Yari imaze ukwezi nta ntsinzi! Rayon Sports yatsinze AS Kigali #rwanda #RwOT

Written by

in

Igitego kimwe rukumbi cya Mugisha Didier yatsinze AS Kigali cyahesheje Rayon Sports amanota atatu ihita inafata umwanya wa wa gatandatu mu rutonde rwa Shampiyona.

Rayon Sports yakinaga umukino w’umunsi wa 18 aho yari yasuye AS Kigali kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026.

Rayon Sports ikaba yari ikumbuye intsinzi aho yaherukaga gutsinda AS Muhanga 2-0 tariki ya 4 Mutarama 2026.

Igice cya mbere yagikinnye ishaka igitego ku kabi n’akeza aho yaremye uburyo butandukanye ariko ntiyabubyaza umusaruro.

Rayon yaje kubona igitego cya mbere ku munota 36 cyatsinzwe na Mugisha Didier ni kuri kufura yari itewe Emery Bayisenge ugakubita igiti cy’izamu ukagaruka maze Didier ahita ashyira mu izamu. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 1-0.

Mu gice cya kabiri cya kabiri, AS Kigali yashyizemo imbaraga ndetse ubona ko yarushije Rayon Sports, ishaka kwishyura ariko biranga. Umukino warangiye ari 1-0.

Gutsinda uyu mukino Rayon Sports yahise ifata umwanya wa 6 n’amanota 29, APR FC ya mbere ifite 36, Al Hilal 35, Police FC 34, Al Merreikh 32, Mukura VS 30.

Wari umukino utoroshye

Mugisha Didier yatsinze igitego cye cya mbere muri Rayon Sports

Bishimira igitego cya Mugisha Didier

Rayon Sports yabonye amanota 3 yari ikeneye

Source : http://isimbi.rw/yari-imaze-ukwezi-nta-ntsinzi-rayon-sports-yatsinze-as-kigali.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *