Category: Uncategorized

  • 5K Etienne yakoze umurenge #rwanda #RwOT

    Umunyarwenya Iryamukuru Etienne uzwi nka 5K Etienne yasezerenye mu mategeko n’umukunzi we yari amaze umunsi yambitse impeta.

    Kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026 ni bwo nyuma y’inkubiri y’urukundo no gusangira amarangamutima hagati yabo, 5K Etienne na Uwizeyimana Josiane basezeranye imbere y’amategeko kubana mu bibi no byiza.

    Etienne na Josiane bari bamaze imyaka ibiri bakundana nyuma yo guhurira mu bukwe bari batashye, basezeranye ku biro by’Umurenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo kuri iki gicamunsi.

    Amakuru ISIMBI yamenye avuga uyu musore wamenyekanye cyane mu itsinda rya Bigomba guhinduka ryakoraga urwenya aho yakoranaga na Mazimpaka Japhet waje kuba umunyamakuru ategura gukora ubukwe vuba aha.

    5K Ethienne yambitse impeta umukunzi we ku mugoroba w’itariki 3 Gashyantare 2026, mu birori byabereye ku i Rebero mu Mujyi wa Kigali byitabirwa n’inshuti zabo bombi.

    5k Etienne yasezerenye imbere y’amategeko na Josiane

    Source : http://isimbi.rw/5k-etienne-yakoze-umurenge.html

  • Miss Keesha yavuze uko abakobwa b’abanyarwandakazi batangwamo ibitambo mu bapfumu (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Miss Keesha yasabye abakobwa b’abanyarwandakazi kutagwa mu mutego w’amafaranga bashukishwa n’abagabo b’abanyamahanga bashaka kubatambamo ibitambo ku bapfumu kugira ngo bibonera ubutunzi budasanzwe.

    Kayirebwa Marie Paul wegukanye ikamba rya Nyampinga ukunzwe cyane [Miss Popularity] muri Miss Rwanda 2021 yasobanuye ko hari benshi mu bagabo bo mu bihugu byo hanze y’u Rwanda by’umwihariko muri Afurika y’Iburengerazuba byiganjemo imyemerere ya gipfumu basabwa gushaka ibitambo birimo no kuryamana n’abana b’abakobwa bo mu bihugu runaka.

    Mu kiganiro na ISIMBI, Keesha yavuze ko hari ubwo abapfumu bategeka aba bagabo gushaka ibintu byumvikana nk’ibigoranye birimo kuryamana n’umwana w’umukobwa utari uwo muri icyo gihugu unanutse kandi ufite isura nziza bigatuma atangira kuzenguruka kuri interineti ashaka uwo yashuka.

    Ati 'Abagabo benshi bo muri Nigeria na Ghana babayeho mu buryo bwo gushakira ubutunzi mu kujya mu bapfumu. Hano ikiba, bagenda ku mbuga nkoranyambaga bashaka umukobwa umwe nk’uwo bamutegetse kuryamana nawe akamutangaho amafaranga yose ashoboka kugira ngo abone ibyikubye.'

    Keesha wakunzwe kwifashishwa inshuro nyinshi mu ndirimbo z’abahanzi bafite izina rinini hano mu Rwanda yagaragaje ko igiteye inkeke kuri ubu ndetse kinakwiye no guhindurwa ari ubushishozi buke no kutagira amakenga kuri benshi mu banyarwandakazi bakunze kwisanga muri uwo mutego wo kwerekwa ingano y’amafaranga menshi babwiwe ko bagiye guhabwa icya rimwe.

    Ati 'Iyo umwana w’umukobwa hano bamubwiye ngo 'ndaguha ibihumbi bine by’amadolari utegemo uze hanyuma nujya no gutaha nguhe andi nk’ayo’ mu by’ukuri we ntabwo aba ari gutekereza ibindi. Ntamenye ko aba agutenzemo igitambo, birangira upfuye uhagaze umuvumo wose ukakujyaho hanyuma uwo mugabo agahita yinjiza amafaranga akubye inshuro nyinshi utwo yaguhaye.'

    Muri 2018 Miss Mutesi Jolly yatangaje uburyo hari umugabo wamwandikiye kuri Instagram, akamubwira uburyo yamukunze, ko ndetse yifuza ko bahura bakaganira, uwo mugabo ngo yamubwiye ko azamwoherereza itike n’ibindi byose hanyuma akamusanga mu mahanga aho aba.

    Nubwo uyu mukobwa yavuze ko yabyanze, agakomeza kumubera ibamba burundu si umwihariko we, hari n’abandi benshi byabayeho ariko gushikama ngo bavuge ngo 'oya' bikanga, agatima kagakomeza kurehareha.

    Keesha ashimangira ko inama kuri uku kureshywa kw’abakobwa igomba kudasigana no kunyurwa n’utwo bita duke kuri bo ari byo bizatuma bakomeza kurama ndetse bakirinda gukururwa n’ibyifuzo by’uko bagenzi babo bagaragara ku mbuga nkoranyambaga mu gihe batari babigirira ubushobozi.

    Keesha yavuze uko abanyarwandakazi batangwamo ibitambo batabizi

    Yabasabye kutagwa mu mutego w’ababashukisha amafaranga

    Source : http://isimbi.rw/miss-keesha-yahishuye-uko-abakobwa-b-abanyarwandakazi-batangwamo-ibitambo-mu.html

  • Abarimo Dj Lou, Dj Rice, Mc Pato, Jesca na CYCY ni bamwe mu bazasusurutsa abantu mu gitaramo 'SOCIAL THURSDAY' #rwanda #RwOT

    Igitaramo ni kimwe mu bintu bigira uruhare runini mu gutuma umuntu agira akanyamuneza, akaruhuka mu mutwe, akanishimira ubuzima amaze kugeraho. Ni muri urwo rwego Bar & Resto Ti'Amo Lounge i Remera ikomeje kwiyegereza abakunzi b'imyidagaduro ikaba yarateguye igitaramo 'SOCIAL THURSDAY', kizaba ku wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026, kikazaba ari umwanya mwiza wo gusangira ibyishimo n'inshuti n'umuryango.

    Iki gitaramo kizaba kirimo umuziki uvanze neza n'aba-Dj b'inzobere barimo Dj Lou na Dj Rice, bazasusurutsa abitabiriye bakoresheje indirimbo zigezweho n'izakunzwe n'abatari bake. Ku rundi ruhande, abazaba bayoboye igitaramo ni MC Pto, Jesca na CYCY, bazamenyekanisha igitaramo mu buryo bushimishije, kandi bwuzuye imbaraga.

    Niba ukomeje kwibaza aho waruhukira mu minsi ya weekend, cyangwa ukaba warazengurutse henshi ushaka ahantu heza ho kwidagadurira, SOCIAL THURSDAY yo ku wa Kane ntikizagucike. Ni igitaramo cyateguwe mu buryo budasanzwe, kizaba cyuzuyemo ibyishimo, guseka no gusabana mu mwuka mwiza.

    Ikirenzeho, Ti'Amo Lounge yashyizeho promotion idasanzwe, aho ibiciro bizagabanuka 20% guhera ku isaha y'isaa 10:00 z'umugoroba. Ibi ni amahirwe adasanzwe yo kwishimana n'abawe udahenzwe.

    Muri Ti'Amo, abataraharonkera mwisiganuza, ahubwo ni muhagere mwihere ijisho. Si impanuka kuba ikomeje kuvugwa na benshi nk'ahantu heza kubera serivisi nziza, umutekano n'ikirere cyiza. Tangira witegure wowe n'abawe, kuko SOCIAL THURSDAY igiye gusiga amateka i Remera.

    Abarimo Dj Lou, Dj Rice, Mc Pato, Jesca na CYCY ni bamwe mu bazasusurutsa abantu mu gitaramo 'SOCIAL THURSDAY'

    Source : https://kasukumedia.com/abarimo-dj-lou-dj-rice-mc-pato-jesca-na-cycy-ni-bamwe-mu-bazasusurutsa-abantu-mu-gitaramo-social-thursday/

  • Urukiko rwasuzumye ubujurire bwa Dj Toxxyk ku Rukiko rw'Ibanze #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 04 Gashyantare 2026, Urukiko rwasuzumye ubujurire bwa Dj Toxxyk wasabaga ko icyemezo cyafashwe n'Urukiko rw'Ibanze cyateshwa agaciro, bityo akarekurwa by'agateganyo. Dj Toxxyk yavuze ko atanyuzwe n'uko raporo y'umudugudu yakoreshejwe mu rubanza rwe, asobanura ko yakozwe igihe yari afunze muri gereza kandi ko atigeze ayisoma cyangwa ngo ayigireho icyo ayivugaho.

    Yongeye gusobanura ko icyaha ashinjwa ari ubwicanyi budaturutse ku bushake, kuko byaturutse ku mpanuka yabaye atabigambiriye. Yavuze ko iyo mpanuka itari igikorwa cy'ubugizi bwa nabi, bityo ko yakabaye ifatwa nk'iyabaye ku bw'impanuka itateguwe.

    Dj Toxxyk kandi yagaragaje ko yapimwe ibiyobyabwenge inshuro eshatu, ariko ko atigeze ahabwa ibisubizo by'izo raporo, bityo ko atafungirwa icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge hatagaragajwe ibimenyetso bifatika.

    Mu byo yifashishije asaba gufungurwa by'agateganyo, yavuze ko afite umwana akeneye kwitaho, ndetse ko ababyeyi be batuye mu Bubiligi barwaye indwara ya stroke bityo bikaba ari ngombwa ko abasha kubaba hafi no kubitaho.

    Umwunganizi we mu by'amategeko yavuze ko bemera icyaha cy'ubwicanyi budaturutse ku bushake, asobanura ko nta mananiza bafite yo gusuzugura urukiko, ahubwo ko ari ukwemera ko habaye impanuka ikomeye yahitanye ubuzima bw'umuntu. Yongeyeho ko amategeko ateganya kuri icyo cyaha igihano cy'amande n'igifungo, anagaragaza ko ubushinjacyaha butigeze bugaragaza ko hari irindi perereza ryisumbuyeho ritarakorwa ryatuma afungwa by'agateganyo.

    Dj Toxxyk yavuze ko atanyuzwe n'uko raporo y'umudugudu yakoreshejwe mu rubanza rwe, asobanura ko yakozwe igihe yari afunze
    Urukiko rwasuzumye ubujurire bwa Dj Toxxyk ku Rukiko rw'Ibanze

    Source : https://kasukumedia.com/urukiko-rwasuzumye-ubujurire-bwa-dj-toxxyk-ku-rukiko-rwibanze/

  • Kinihira: Abantu batabashe kumenyekana baranduye ibiti by'icyayi bigera kuri 400 #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu, abatuye mu Kagari ka Butunzi, mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Rulindo, batunguwe no gusanga abantu batabashe kumenyekana baranduye ibiti by'icyayi bigera kuri 400 byari byaratewe mu murima w'umuyobozi w'umudugudu wabo. Ibi byabaye mu masaha ya nijoro, aho byagaragaye ko ababikoze babigambiriye, kuko ibiti byaranduwe bigashyirwa ku ruhande, bitangirika burundu.

    Abaturage bo muri ako gace bavuga ko ibi ari ibintu bibateye impungenge, kuko icyayi ari kimwe mu bihingwa byinjiriza amafaranga imiryango myinshi, kandi kikaba gifite uruhare runini mu iterambere ry'Akarere. Bamwe mu baturage bavuze ko kuba byibasiye umuyobozi w'umudugudu bituma bagira ubwoba ko n'abandi baturage bashobora kuzibasirwa mu gihe kiri imbere.

    Ubuyobozi bw'Umurenge wa Kinihira bwabwiye Kasuku Media ko iyi ari inshuro ya kabiri uyu muyobozi agizweho n'iki kibazo, kuko mu minsi ishize nawe yari yararanduriwe ibishyimbo bye, bituma hakekwa ko hari abantu bafite umugambi wo kumuhutaza cyangwa kumuca intege mu nshingano ze. Byongeyeho ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane ababigizemo uruhare.

    Ubuyobozi bwashimangiye ko ibikorwa nk'ibi binyuranyije n'amategeko, busaba abaturage gutanga amakuru yose yafasha inzego z'umutekano kubimenya vuba, ndetse bugakangurira buri wese kurinda imitungo ye n'iy'abandi, hagamijwe kubungabunga umutekano n'iterambere rusange.

    Kinihira: Abantu batabashe kumenyekana baranduye ibiti by'icyayi bigera kuri 400

    Source : https://kasukumedia.com/kinihira-abantu-batabashe-kumenyekana-baranduye-ibiti-byicyayi-bigera-kuri-400/

  • Rúben Neves yongerewe amasezerano muri Al Hilal kugeza 2029 #rwanda #RwOT

    Rúben Neves, umwe mu bakinnyi b'Abanya-portugal bakomeje kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga, yamaze gusinya amasezerano mashya n'ikipe ya Al Hilal yo muri Arabia Saoudite, azageza muri Kamena 2029. Ibi byemejwe mu gihe uyu mukinnyi yari amaze iminsi avugwaho gukururwa n'amakipe atandukanye yo ku mugabane w'u Burayi, ariko agahitamo kuguma mu mushinga w'ikipe ya Al Hilal.

    Uyu mukinnyi wo hagati uzwiho gutera imipira ikomeye iva kure, yafashe iki cyemezo ashingiye ku icyerekezo cy'igihe kirekire Al Hilal ifite, haba mu marushanwa yo mu gihugu, ku mugabane wa Asia ndetse no ku rwego rw'isi. Neves yagaragaje ko yishimira icyizere ahabwa n'ubuyobozi bw'iyi kipe, abafana bayo n'uburyo umupira w'amaguru uri gutera imbere muri Saudi Pro League.

    Kuva yagera muri Al Hilal, Rúben Neves yabaye umwe mu nkingi za mwamba mu kibuga hagati, atanga umusanzu ukomeye mu gutsinda ibitego, gutegura imikino no kuyobora bagenzi be. Ubunararibonye bwe bwafashije iyi kipe gutsinda imikino ikomeye no gukomeza kwigarurira imitima y'abafana.

    N'ubwo amahirwe yo gusubira i Burayi yari ahari, Neves yahisemo gukomeza urugendo rwe muri Al Hilal, agaragaza ko atari amafaranga gusa, ahubwo n'umushinga uhamye, icyubahiro n'icyerekezo gifite agaciro gakomeye. Ibi byatumye abafana bishimira cyane iki cyemezo, bemeza ko 'Rúben stays' atari amagambo gusa, ahubwo ari isezerano ryo gukomeza kubaka amateka mashya muri Al Hilal.

    Kuva yagera muri Al Hilal, Rúben Neves yabaye umwe mu nkingi za mwamba mu kibuga hagati, atanga umusanzu ukomeye mu gutsinda ibitego
    Rúben Neves yongerewe amasezerano muri Al Hilal kugeza 2029

    Source : https://kasukumedia.com/ruben-neves-yongerewe-amasezerano-muri-al-hilal-kugeza-2029/

  • Menya byinshi k'umuhanzi Full Stop ukomeje kubica bigacika muri uyu Mujyi wa Kigali #rwanda #RwOT

    Umuziki wo mu Karere ukomeje kugenda urushaho guhuza impano ziturutse impande zose, kandi muri izo mpano hari umuhanzi witwa Full Stop, uri mu bari gutuma izina rye rirushaho kumenyekana mu Mujyi wa Kigali. Amavuko ye ni mu Gihugu cy'Uburundi, amazina ye nyakuri yiswe n'ababyeyi be ni Niyonkuru Vianney, yatangiriye urugendo rwe rw'umuziki mu gace ka Kanyosha mu Mujyi wa Bujumbura mu gihugu cy'Uburundi.

    Full Stop yatangiye umuziki nk'uwabigize umwuga mu mwaka wa 2018, atangira yiyubaka gahoro gahoro mu ndirimbo ziganjemo injyana zigezweho zikunzwe n'urubyiruko. N'ubwo yatangiriye umuziki iwabo mu Burundi, ubu ibikorwa bye byinshi biri kubera mu Rwanda, aho amaze kubona umwanya wo kwagura impano ye no kuhakorera umuziki.

    Indirimbo 'Oya' ni imwe mu ndirimbo ze zimaze kumufasha kwigarurira abakunzi b'umuziki, cyane cyane abo mu Mujyi wa Kigali. Iyo ndirimbo igaragaza uburyo Full Stop ashobora guhuza amagambo yoroheje n'injyana ifite umwimerere, ibyo bituma yumvikana ku nshuro ya mbere uyumvise. Si ibyo gusa, kuko no mu bihe byashize yakoze indirimbo yitwa 'Kandada, n'iyitwa 2015', izo ndirimbo ni zimwe mu zigaragaza ko yari amaze igihe agerageza kwinjira mu muziki n'ubwo atari yaramenyekanye cyane icyo gihe.

    Uyu muhanzi afatwa nk'umwe mu bari kubica bigacika muri uyu Mujyi wa Kigali, aho agenda agaragara mu bitaramo no mu mishinga itandukanye y'imyidagaduro. Abamuzi bavuga ko ari umuhanzi udatinya guhindura uburyo akora umuziki, akagenda yigira ku bandi uko bakora umuziki.

    Full Stop ni izina rigenda ryubaka amateka mashya mu muziki wo mu Karere, aho yavuye i Bujumbura akaza i Kigali, azanye inzozi zo gutuma umuziki we wumvikana kure hashoboka. Abakunzi b'imyidagaduro bakwiye gukomeza kumukurikirana, kuko ejo hazaza he mu muziki hasa n'ahizeza byinshi ku bakiri kuzamuka.

    Full Stop yatangiye umuziki nk'uwabigize umwuga mu mwaka wa 2018, atangira yiyubaka gahoro gahoro mu ndirimbo ziganjemo injyana zigezweho zikunzwe n'urubyiruko

    Source : https://kasukumedia.com/menya-byinshi-kumuhanzi-full-stop-ukomeje-kubica-bigacika-muri-uyu-mujyi-wa-kigali/

  • Icurangitse mu mudiho wa kinyafurika! Byinshi kuri Ep nshya ya Logan Joe #rwanda #RwOT

    Umuraperi Logan Joe yatangaje ko yitegura gushyira hanze umuzingo muto w’indirimbo yise 'Energy Ya Kweli’ yiganjeho byinshi mu bihangano bicurangitse mu mudiho w’injyana z’umuziki wa kinyafurika.

    Usibye kuba iyi EP yerekana icyerekezo gikeye mu rugendo rwe rwa Muzika, Logan Joe yasobanuye ko Energy Ya Kweli ikura iyi nyito mu buryo bw’imitungarize bw’amajwi y’indirimbo ziyiriho mu buryo bufitanye isano n’ubuzima bw’umugabane w’Afurika.

    Mu kiganiro kirambuye yagiranye na ISIMBI, Logan yagize ati 'Njyewe meze neza kandi aho ndi kugana ni heza cyane. Energy Ya Kweli twayikoze mu muziki w’imbaraga wa gakondo n
    Nyafurika.”

    Energy Ya Kweli yagizweho uruhare mu kuyitunganyiriza amajwi n’aba-Producer barimo Murillo, Yeah Man na Package. Logan Joe yemeza ko bayikoranye umuhate n’ubumenyi budasanzwe.

    Ati 'Ndabizi ko buri mufana wange niyumva iyi EP azajya yumva umutima we uri gufunguka kuko yagizwemo uruhare n’aba-Producer bayishyizeho umutima n’ubwenge bwinshi.'

    Logan Joe yemeje ko iyi EP igizwe n’indirimbo enye igomba kujya ahagaragara mu mpera za Gashyantare hariho indirimbo yamuhurije hamwe na Passy Kizito nk’indirimbo rukumbi yakoranye n’undi muhanzi izasohokaho.

    Uyu ugezweho mu ndirimbo yise 'Treasure’ yanasobanuye ko abakunzi be bakwiye gufata iyi EP nk’ikiraro kigomba kubasogongeza ku buryohe bw’inganzo ye yumvikana kuri album yitegura gushyira hanze muri Kanama uyu mwaka.

    Logan Joe yagarutse ku mwihariko w’indirimbo ze ziri kuri EP agiye gusohora

    Source : http://isimbi.rw/icurangitse-mu-mudiho-wa-kinyafurika-byinshi-kuri-ep-nshya-ya-logan-joe.html

  • Ndayishimiye Richard yigarukiye muri Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Nyuma y’igeragezwa yari amazemo iminsi muri Uzbekistan yagarutse mu Rwanda ndetse ahita asubukura imyitozo bitegura AS Kigali.

    Uyu mukinnyi wari wagiye mu mpera z’ukwezi gushize kwa Mutarama 2026, ku munsi w’ejo hashize tariki ya 3 Gashyantare 2026 yagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports mu Nzove.

    Amakuru avuga ko Richard yatsinze igeragezwa ariko hakaba harabayeho kutumvikana n’iyi kipe yari agiyemo aho Rayon Sports itemeraga ibyo iyi kipe yatangaga kuri Ndayishimiye Richard.

    Byahise biba ngombwa uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati ukomoka i Burundi agaruka mu Rwanda gukomeza akazi mu ikipe ye Rayon Sports akaba ari no mu bakinnyi barimo kwitegura umukino wa AS Kigali uzaba ejo ku wa Kane kuri Kigali Pele Stadium.

    Gusa ku rundi ruhande hari amakuru avuga ko uyu mukinnyi uri ku mpera z’amasezerano ye muri Gikundiro afite indi kipe imwifuza yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, bityo ko ashobora kwerekezayo mu minsi mike cyane ko inatanga amafaranga menshi agera ku bihumbi 50 by’Amadorali.

    Ndayishimiye Richard yagarutse muri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/ndayishimiye-richard-yigarukiye-muri-rayon-sports.html

  • APR FC yatangaje myugariro mushya #rwanda #RwOT

    APR FC yamaze gutangaza ko yasinyishije myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi, Ishimwe Abdul avuye muri Mukura VS.

    Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, APR FC yagize ati “Indi ntare yiyunze ku zindi, ikaze mu muryango wa APR FC, Ishimwe Abdul.”

    Ishimwe Abdul akaba yasinyiye APR FC amasezerano y’imyaka ibiri akaba aje kongera imbaraga muri APR FC mu bwugarizi bwayo.

    Byari byateje imvururu

    Guhera mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo hatangiye intambara hagati ya Intare FC na Mukura VS kubera Ishimwe Abdul.

    Ku wa Kane w’icyumweru gishize ni bwo haje amakuru y’uko Niyigena Clement agiye muri Al Hilal ni nabwo Intare FC yari yandikiye Mukura VS ivuga ko yasheshe amasezerano nayo ubwo baguraga Ishimwe Abdul kuko batayubahirije. Amakuru yavugaga ko ari we ugiye gusimbura Niyigena Clement.

    Bivugwa ko iyi kipe ya Intare FC ikina icyiciro cya kabiri yahise itumizaho Ishimwe Abdul na Mukura VS iyoberwa aho ari.

    Mukura VS ikaba yarahise yandikira FERWAFA ngo ibakemurire iki kibazo.

    Ishimwe Abdul yageze muri Mukura VS muri 2023 atijwe imyaka 2, ayisoje yongeye kumutira Intare ariko ibabwira ko adatizwa ahubwo bamugura.

    Ishimwe Abdul wari usigaje umwaka umwe w’Intare yasinyiye Mukura VS imyaka 3 nyuma yo kumvikana na Intare FC miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Mu masezerano bumvikanye ko bahita bishyura miliyoni 5 Frw izindi miliyoni 5 Frw akazishyurwa tariki ya 3 Gashyantare 2026.

    Iki gice cya mbere ntabwo cyahise cyishyurwa ahubwo babonye ko Intare FC ibabwiye ko basheshe amasezerano kubera batubahirije ayo bagiranye, Mukura VS yahise yishyura miliyoni 10 zose.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko FERWAFA imaze kumva impande zombi yanzuye ko Mukura VS yishe amasezerano nkana bityo ko Abdul yasubira mu Intare FC. Amakuru avuga ko uyu mukinnyi ari mu muryango winjira muri APR FC bamaze kumvikana.

    ISIMBI kandi yamenye amakuru ko Mukura VS yamaze kujuririra iki cyemezo cya FERWAFA.

    Ishimwe Abdul ni umukinnyi wa APR FC

    Atembera aho ibikombe bya APR FC bibitse

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yatangaje-myugariro-mushya.html