Category: Uncategorized

  • APR FC yakuye inota i Rubavu nta nkuru #rwanda #RwOT

    Bigoranye ikipe ya APR FC yakuye inota kuri Marines FC, ni nyuma yo kunganya ibitego bibiri kuri bibiri.

    Wari umukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyona wo APR FC yari yasuyemo Marines FC kuri Stade Umuganda i Runavu.

    Ni umukino benshi bumvaga ko ushobora kuza korohera ikipe ya APR FC, gusa siko byaje kugenda ahubwo inota yaribonye bigoranye.

    Marines yakoze akazi kayo hakiri kare maze aho ku munota wa 5 Ndombe Vingile yari yamaze gufungura amazamu.

    Ku munota wa 39, Mbonyumwami Taiba yayitsindiye icya kabiri maze amakipe ajya kuruhuka ari 2-0.

    APR FC yagarutse mu gice kabiri ishaka kwishyura maze ku munota wa 49, Cheikh Djibril Ouattara ayitsindira igitego, aza no gushyiramo icya kabiri ku munota wa 57. Yagerageje gushaka ikindi gitego biranga umukino urangira ari 2-2.

    Indi mikino Mukura yatsinze Musanze FC 1-0, Bugesera FC itsinda Kiyovu Sports 2-1, Gasogi United yanganyije na Rutsiro FC 0-0.

    Ubu APR FC ni iya kabiri n’amanota 43, Al Hilal ya mbere ifite 45, Al Merreikh ya kabiri ifite 41.

    APR FC yanganyije na Marines FC

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yakuye-inota-i-rubavu-nta-nkuru.html

  • Uko Prince yakomeye indirimbo ‘Baba’ ku bibazo by’inzitane yanyuzemo #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Prince Salomon yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise 'BABA', indirimbo yibanda ku gushimira Imana ku mirimo yakoze mu buzima bwe no ku rukundo rwayo rutajya rumusiga mu bihe bitandukanye yanyuzemo.

    Iyi ndirimbo yaririmbwe mu rurimi rw’Igiswahili, mu gihe amajwi yayo (Audio) yakozwe na Iyzo Pro, mu rwego rwo kurushaho kuyigeza ku bantu benshi mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

    Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Prince Salomon yavuze ko iyi ndirimbo yayihimbye ashingiye ku buhamya bw’ubuzima bwe n’ibyo yanyuzemo mu myaka ishize.

    Yagize ati: 'Nayihimbye nyuma yo gutekereza cyane ku buzima bwanjye no ku bihe bitandukanye nanyuzemo kugira ngo mbe uwo ndiwe uyu munsi. Iyo nsubije amaso inyuma, mbona neza ko mu rugendo rw’ubuzima bwanjye habayeho ukuboko kudasanzwe kwagiye kuntabara no kundinda mu bihe byinshi.'

    Yakomeje asobanura ko ibyo byatumye arushaho kumenya ko ibyo byose byaturutse ku Mana, ari yo yise 'BABA' bisobanura Data wo mu ijuru.

    Ati: 'Ibyo byatumye menya ko iryo kuboko ari irya BABA, ari we Data wo mu ijuru wahoraga ari kumwe nanjye. Ni indirimbo rero yavuye ku buhamya bw’ubuzima bwanjye, igamije gushimira Imana no kwibutsa abantu ko hari Data wo mu ijuru utajya areka abana be, kabone n’iyo banyuze mu bihe bikomeye.'

    Prince Salomon yavuze ko ubutumwa bukubiye muri iyi ndirimbo ari ukwibutsa abantu ko Imana ari yo Data nyakuri wabo, kandi ko ari yo soko y’icyizere n’imbaraga mu buzima bwa muntu.

    Yavuze ko iyi ndirimbo igamije guhumuriza abantu, cyane cyane abacitse intege cyangwa bari mu bihe bikomeye, ibibutsa ko nubwo ibintu bishobora kuba bigoye uyu munsi, ejo hashobora kuba heza kurushaho kubera ko Imana ishobora byose.

    Ati: 'Ni indirimbo y’ihumure ku bantu bizera Imana, ibafasha kuyegera, kuyiringira no kuyisenga kurushaho. Ibanibutsa ko Imana ishobora byose kandi ko nta cyayinanira kuko ari Umwami w’abami n’Ushobora byose.'

    Ku mpamvu yahisemo kuririmba mu Giswahili, Prince Salomon yavuze ko ari ururimi akunda cyane kandi akunze gukoresha mu gihe ari gusenga no guhimbaza Imana.

    Yasobanuye ko kandi ari rumwe mu ndimi zikoreshwa cyane muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse no mu bindi bice bya Afurika, bityo kurukoresha muri iyi ndirimbo bikaba byari bigamije gutuma ubutumwa buyirimo bugera ku bantu benshi kurushaho.

    Ati: 'Intego ni uko ubutumwa bwo kwizera Imana, icyizere n’urukundo bugera ku bantu benshi, haba muri Afurika no ku isi hose.'

    Uyu muhanzi yavuze ko abakunzi b’umuziki we muri uyu mwaka wa 2026 bashobora kwitega ibikorwa byinshi bishya, kuko ari gukora ku mishinga itandukanye irimo indirimbo nshya n’amashusho yayo.

    Yagaragaje ko intego ye ari ugukomeza gukora umuziki ufite ubutumwa bwiza, utera abantu imbaraga, ubahumuriza kandi ubafasha kwegera Imana.

    Ati: 'Ndizera ko uyu mwaka uzaba umwaka mwiza cyane ku muziki wanjye ndetse no ku bakunzi bawo.'

    Amashusho y’indirimbo 'BABA' yamaze kujya hanze, aho Prince Salomon yizeye ko azafasha benshi kubona imbaraga nshya no kongera kwizera Imana mu buzima bwabo.

    Prince Salomon yasohoye amashusho y’indirimbo nshya yise 'BABA', indirimbo irimo ubutumwa bwo gushimira Imana ku rugendo rw’ubuzima bwe no ku mirimo yamukoreye

    Prince Salomon yavuze ko kuririmba indirimbo 'BABA' mu Giswahili byari bigamije gutuma ubutumwa bwo kwizera Imana bugera ku bantu benshi muri Afurika no hanze yayo

    Prince Salomon yatangaje ko uyu mwaka wa 2026 ateganya gushyira hanze ibikorwa byinshi bishya rimo indirimbo n’amashusho bizakomeza gutanga ubutumwa bwo kwizera Imana

    Mu ndirimbo 'BABA' yaririmbwe mu Giswahili, Prince Salomon yagaragaje ko yasohoye igitekerezo cyo gushimira Imana yamubaye hafi mu bihe bitandukanye by’ubuzima bwe

    Prince Salomon yavuze ko indirimbo 'BABA' yayihimbye nyuma yo gusubiza amaso inyuma akabona uko Imana yamubaye hafi mu bihe byinshi byamugoye

    Source : http://isimbi.rw/uko-prince-yakomeye-indirimbo-baba-ku-bibazo-by-inzitane-yanyuzemo.html

  • Ibyo mubona byose dukora ni prank! – Lynda Priya n’umugabo we #rwanda #RwOT

    Nyuma y’amashusho aherutse gukwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga akavugisha abantu batandukanye, Lynda Priya n’umugabo we Chris Irenge bashyize umucyo ku byagaragaye muri ayo mashusho bemeje ko atari ukuri ku buzima bwabo busanzwe.

    Mu butumwa bashyize kuri Instagram, bagaragaje ko abantu benshi bafashe amashusho yabo nk’aho ari ibintu byabaye mu buzima busanzwe bw’urugo rwabo, nyamara ari ibice by’amashusho bategura bagamije imyidagaduro.

    Mu mashusho amwe yashyizwe ku rubuga rwabo rwa YouTube, harimo agaragaza Lynda asanga umugabo we mu igaraje ry’imodoka ari kumwe n’abandi bakanishi hanyuma akamwicara hejuru, ibintu byatumye bamwe batangira kuvuga ko hari ikibazo mu rugo rwabo.

    Hari andi mashusho agaragaza Lynda akorera umugabo we ibizwi nka prank, aho amwirukankana mu rugo kugeza ubwo amugongesha igikuta bisa nk’ibigambiriwe.

    Andi mashusho na yo yavuzweho cyane yerekana inkuru isa n’aho Lynda yaba yarahukanye, mu gihe Chris agaragara arira cyane kugeza n’aho ajugunye impeta bambikanye bashyingiranwa. Ibi byose byateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bakeka ko urugo rwabo ruri mu bibazo bikomeye.

    Gusa mu butumwa bwabo, Lynda Priya na Chris bashimangiye ko ibyo byose ari ibice by’inkuru z’imyidagaduro bakina bagamije gushimisha abakunzi babo.

    Bagize bati 'Ibintu byinshi mubona mu mashusho yacu ni acting, nk’uko biba mu mafilime. Ni prank zo gusetsa no kwidagadura, si ubuzima bwacu bwite.'

    Basabye kandi abakoresha imbuga nkoranyambaga kujya babanza gutekereza ku byo babona mbere yo kubifata nk’ukuri, kuko kenshi biba ari ibihangano byateguwe.

    Ku wa 8 Gashyantare 2026 nibwo aba bombi bari bamaze igihe bakundana bakoze ubukwe .

    Bavuze ko ibyo babona atari bwo buzima nyakuri babamo

    Source : http://isimbi.rw/ibyo-mubona-byose-dukora-ni-prank-lynda-priya-n-umugabo-we.html

  • Impungenge z'umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n'ingengabitekerezo yayo y'ubutagondwa #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo abo mu muryango wa Habyarimana cyane cyane umuhungu we bakomeje gukorera ingendo i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mugambi wo gukorera mu ngata umutwe w'Iterabwoba wa FDLR wasize ukoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

    Umukuru w'Igihugu yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n'abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, ku wa 6 Werurwe 2026, ubwo yabakiraga ku meza.

    Yasobanuye ko uyu mutwe w'iterabwoba ukomeje kuvuna umuheha ukongezwa undi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wubakiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside kandi ukomeje kuwukongeza mu Karere ari ikibazo gihangayikishije u Rwanda.

    Ati 'Impungenge z'umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n'ingengabitekerezo yayo y'ubutagondwa bw'urugomo, ari na yo ngengabitekerezo ya Jenoside. Birababaje kubona bigaragara ko hari abayishyigikira no mu karere n'ahandi.'

    Perezida Kagame yerekanye ko kuva FDLR yagera muri RDC, ibitero igaba ku Rwanda mu bihe bitandukanye byahitanye ubuzima bw'abatari bake mu gihugu.

    Yibukije uburyo Guverinoma ya RDC yemeye guha ubufasha bwose FDLR haba mu bya dipolomasi, kuyiha intwaro no kuyishyira mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC.

    Ati 'Guverinoma ya RDC yahaye iri tsinda uburinzi mu bya politiki n'inkunga y'amafaranga, ndetse inaryinjiza no mu nzego zayo za gisirikare, aho ubu rikorera nta nkomyi kandi ntawe uribaza ibyo rikora.'

    Yanavuze kandi ku bucuti bukomeye buri hagati y'umuhungu w'uwahoze ari Perezida w'u Rwanda n'umutwe wa FDLR wiyemeje guhuza umugambi na yo ndetse kuri ubu akomeje gusura RDC mu gushimangira ubushuti bwe na FDLR.

    Ati 'Umuhungu w'uwahoze ari Perezida w'u Rwanda, wagejeje iki gihugu muri Jenoside, n'abandi bafatanyije, bakomeje gusura Kinshasa mu rwego rwo kwagura imikoranire yabo na FDLR, kandi bagahabwa ikaze.'

    Yavuze ko u Rwanda rwakomeje kugaragaza icyo kibazo ku ruhando mpuzamahanga, ariko ugasanga ibyafasha ku kwita ku kibazo muzi byazana igisubizo byirengagizwa nkana.

    Perezida Kagame ariko yavuze ko bitewe n'amateka y'u Rwanda n'aho ruherereye bisaba kurinda umutekano w'imipaka yarwo.

    Yongeye gushimangira ko umutwe wa FDLR atari abarwanyi bawugize gusa ahubwo ko ingengabitekerezo ya Jenoside ukomeje gukwirakwiza ari yo iteye inkeke, yanagejeje ku kwibasira Abanye-Congo b'Abatutsi.

    Umukuru w'Igihugu kandi yashimye inzego z'umutekano z'u Rwanda ku kazi gakomeye zikora mu gucunga umutekano w'igihugu hirindwa ko abaturage bacyo bakongera kwisanga mu kaga.

    Kugeza ubu muri RDC habarurwa abarwanyi ba FDLR bari hagati ya 7000 n'ibihumbi 10.

    Mu mpera za 2025 byamenyekanye ko Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n'umuryango wa Juvénal Habyarimana uba mu Bufaransa, batangiye kunoza umugambi wo guhungabanya umutekano w'u Rwanda babinyujije mu mutwe w'iterabwoba wa FDLR.

    Amakuru yizewe yavugaga ko Tshisekedi n'umuryango wa Habyarimana bateganyaga guha FDLR ibikoresho bihagije, bayifashe kubona abarwanyi bashya, kandi ihabwe ubuyobozi bushya; aho umuhungu wa Habyarimana, Jean-Luc Habyarimana azaba ari we muyobozi mukuru w'uyu mutwe.

    Umuntu wa hafi y'ibiro bya Perezida wa RDC yahishuye ko ubutegetsi bw'iki gihugu buri gukorana na Jean-Luc, abanyamuryango b'ihuriro RNC riyoborwa na Kayumba Nyamwasa n'iyiyita 'Guverinoma y'u Rwanda iri mu buhungiro' iyoborwa na Thomas Nahimana wabaye Padiri.

    Byagaragajwe ko Tshisekedi yateganyaga inama yo ku rwego rwo hejuru i Kinshasa mu ntangiriro za 2026, yagombaga guhuza abantu bo mu mitwe y'iterabwoba biyita abatavuga rumwe n'ubutegetsi bw'u Rwanda, kugira ngo bareme ihuriro rifite igisirikare gikomeye gishobora guhungabanya umutekano w'u Rwanda, kikaba cyanakuraho ubutegetsi bwarwo.

    Ku wa 4 Gashyantare 2026, Tshisekedi yari muri Amerika mu gushyira imbaraga mu bukangurambaga busaba abagize Inteko Ishinga Amategeko b'Abanyamerika gusunikira ubutegetsi bw'icyo gihugu gufatira ibihano u Rwanda kubera uruhare arushinja mu ntambara yo mu burasirazuba bwa RDC.

    Bisa n'aho urugendo rwe rutamuhiriye kuko yeretswe ko kugira ngo haboneke amahoro arambye, Leta ya RDC igomba gusenya umutwe w'iterabwoba wa FDLR nk'uko amasezerano y'amahoro ya Washington abiteganya ndetse na Wazalendo.

    Itangazo ryagiraga riti 'Kugira ngo umutekano urambye uboneke, RDC igomba gukora ibyo isabwa mu guhosha amakimbirane, ifata ingamba zifatika kuri FDLR n'imitwe y'abagizi ba nabi ya Wazalendo ikorera abaturage ubugizi bwa nabi.'

    U Rwanda rwagaragaje kenshi ko rudashobora gukuraho ingamba z'ubwirinzi mu gihe umutwe wa FDLR ugihabwa intebe n'ubutegetsi bwa RDC kandi ari ikibazo ku mutekano warwo n'Akarere k'Ibiyaga Bigari.

    Perezida Paul Kagame yasobanuye ko u Rwanda rushaka amahoro arambye kandi rwiteguye gukuraho ingamba z'ubwirinzi mu gihe RDC yakubahiriza inshingano zayo nk'uko ziteganyijwe mu masezerano ya Washington ibihugu byombi byashyizeho umukono mu mpera z'umwaka ushize.

    Perezida Kagame yagaragaje ko uko iminsi ishira, uburenganzira bw'igihugu n'inshingano zacyo mu guharanira umutekano wacyo n'abaturage bacyo bitigeze bihinduka kuri buri gihugu kandi ko n'u Rwanda rwakomeje kwicungira umutekano.

    Umukuru w'Igihugu yakomoje ku makimbirane yo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yerekana ko atari mashya, ahubwo amaze igihe kirekire asa n'ayirengagizwa n'ibihugu bikomeye byakabaye bifasha mu gutanga igisubizo.

    Yongeye kugaragaza ko nyuma Jenoside yakorewe Abatutsi, umutwe w'iterabwoba wa FDLR wacumbikiwe n'ubutegetsi bwa RDC buwuha ubufasha, ibikoresho ndetse unashyirwa mu ngabo z'icyo gihugu, ibituma ukomeje gukora nta cyo wikanga.

    Perezida Kagame kandi yagaragaje ko bisa n'aho uburyo bwo gukemura amakimbirane yo mu Burasirazuba usanga busa naho hari uruhande rumwe rwikorezwa umutwaro wose kandi bitatanga igisubizo cy'ukuri.

    Yasabye ko gukemura ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyakemurwa n'uko impande zifitanye ikibazo zibazwa inshingano ku buryo bungana.

    Yakomeje yerekana ko u Rwanda rwiteguye gukuraho ingamba z'ubwirinzi igihe cyose RDC yaba ishyize mu bikorwa inshingano zayo nk'uko biteganywa mu masezerano ibihugu byombi byashyiriyeho umukono i Washington muri Amerika mu Ukuboza 2025.

    Ati 'U Rwanda rushaka amahoro ariko dushaka amahoro arambye twakubakiraho ahazaza hacu heza. Turashaka gusiga politiki mbi inyuma yacu iteka. U Rwanda rwiteguye gukuraho ingamba zarwo z'ubwirinzi mu gihe RDC yujuje inshingano zayo nk'uko ziteganywa mu masezerano ya Washington.'

    Yasobanuye kandi ko ayo masezerano areba impande eshatu zirimo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kandi ko kugira ngo ashyirwe mu bikorwa ari uko buri ruhande rukora inshingano zarwo.

    Ati 'Kugira impande eshatu, muri uru rugendo, hanyuma ugatekereza ko uruhande rumwe ni rwo rugomba kubahiriza inshingano zarwo. Ntabwo nzi ibyo twakabaye twitega muri ibyo. Aho ni ho usanga turi. Aya masezerano ashyizwe mu bikorwa, yaha impande zose umutekano, ukenewe kandi bikwiye n'ubufatanye mu by'ubukungu.'

    Amasezerano arimo ingingo nk'ijyanye no gusigasira ubusugire bw'ibihugu no kwirinda ubushyamirane, gusenya imitwe yitwaje intwaro, gushyiraho urwego rw'umutekano ruhuriweho, gucyura impunzi n'ibikorwa by'ubutabazi, uruhare rwa MONUSCO n'izindi nzego ndetse n'amahame y'ubufatanye bw'akarere mu bukungu.

    Harimo ko impande zombi zemeranyije ko ubusugire bwa RDC bugomba kubahirizwa. Zemeje gushyira mu bikorwa gahunda ihuriweho yo gusenya umutwe w'iterabwoba wa FDLR no gukuraho ingamba z'ubwirinzi (CONOPS) yemerejwe mu biganiro bya Luanda tariki ya 31 Ukwakira 2024.

    Zemeranyije kandi ko ubusugire bw'u Rwanda bugomba kubahirizwa, hasenywa umutwe wa FDLR nk'uko biteganywa muri CONOPS.

    Yongeye kwibutsa ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w'umwizerwa kuko rukora ibyo ruvuga kandi rukavuga ibyo rwanakora.

    Yashimangiye ko u Rwanda rwihaye isezerano ry'uko rutazongera gusubira mu bihe bibi rwanyuzemo ukundi, yemeza ko u Rwanda ruzikorera mutwaro warwo.

    Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda akanaba Uhagarariye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, Prof. Charity Manyeruke, yashimye u Rwanda uburyo rukomeje kwimakaza ubufatanye n'ibindi bihugu.

    Yanarushimiye ko rwabashije kwakira Shampiyona y'Isi y'Amagare ikagenda neza ku nshuro ya mbere yari ibereye muri Afurika.

     

     

     

    Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rubangamiwe na FDLR

     

    Abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda beretswe ububi bwa FDLR

     

     

    U Rwanda rweretse amahanga ko adakwiye gukomeza kureberera FDLR

     

    Perezida Paul Kagame yasobanuye ko FDLR yahawe intebe muri RDC

     

    Umusangiro w'abadipolomate wanitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame

    IVOMO: IGIHE

     

    Source : https://rushyashya.net/impungenge-zumutekano-wacu-zishingiye-ku-gukomeza-kubaho-kwa-fdlr-ningengabitekerezo-yayo-yubutagondwa-bwurugomo-ari-na-yo-ngengabitekerezo-ya-jenoside/

  • Danny Mutabazi yasohoye Album ‘Waranzuye’ ashimira umugore we #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Danny Mutabazi yamuritse album ye ya kabiri yise 'Waranzuye’, ni nyuma y’igihe atumvikana mu muziki.

    Iyi Album akaba yaraye ayimuritse ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatanu tariki ya 6 Werurwe 2026 kuri Dove Hotel ku Gisozi.

    Danny Mutabazi akaba avuga ko ifite umwihariko kuko igaruka ku butumwa bw’umusaraba n’urukundo rwa Kristo.

    Uyu muzingo w’indirimbo kandi ukaba ugizwe n’indirimbo 7 zose ze ku giti cye nta n’imwe iriho yafashishijemo abandi bahanzi, yari amaze amezi abiri ayikoraho.

    Danny Mutabazi yabwiye itangazamakuru ko impamvu yahisemo iri zina ‘Waranzuye’ bisonuye abapfanye na Kristo bakazukana na we.

    Ati ''Waranzuye’ bisobanuye ko twapfanye na Kristo tukazukana na we, kuko yaducunguye akoresheje amaraso ye. Ubutumwa buri kuri iyi Album ni urukundo.'

    Yakomeje asobanura ko bigeze neza uyu mwaka yazakora igitaramo cyo kumurikira abakunzi be iyi Album.

    Yiseguye ku bakunzi be batamuherukaaga kuko yari yarabuze cyane ko ataherukaga gusohora indirimbo aho yaherukaga muri 2019, abizeza ko agiye gukora cyane.

    Danny Mutabazi wagize uruhare mu kwandikira Vestine na Dorcas indirimbo zirimo; Iriba, Umutaka, Ihema, Isaha n’iyitwa Ku Musaraba, yashimiye umugore we wabanye na we ubwo yakoraga iyi album kuko yamwihanganiye bitewe n’amajoro yatahaga.

    Ati “Nta ndirimbo yamfashije kwandika ariko urumva byantwaye imbaraga nyinshi ariko yambaye hafi, urumva gutaha amajoro, saa munani akabyihanganira akaza kumfungurira yishimye, nta kibazo kuko yabaga azi ko ndi muri studio, ndamushimira.”

    Muri rusange utabariyemo indirimbo ziri kuri iyi album nshya, amaze gusohora indirimbo 16. ‘Waranzuye’ ije ikurikiye ‘Calvary’ yasohoye muri 2019.

    Indirimbo 7 zigize Album ya Danny Mutabazi

    Danny Mutabazi yasohoye Album ‘Waranzuye’

    Source : http://isimbi.rw/danny-mutabazi-yasohoye-album-waranzuye-ashimira-umugore-we.html

  • Aimée Beauté Mushashi yakoze ubukwe (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, yazezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Nyamwasa Francis.

    Uyu munyamakuru wamamaye mu bitangazamakuru bitandukanye mu gusoma amakuru birimo na TV1 akaba ubu ari kuri Televiziyo Rwanda, kuri uyu wa Gatanu yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga amafoto yasezeranye n’umukunzi we bitegura kurushinga.

    Mu butumwa bwaherekeje aya mafoto yo gusezerana imbere y’amategeko byabaye ejo hashize ku wa Kane tariki ya 5 Werurwe 2026, yagize ati “Reba ibyo Imana yankoreye, nasszeranye imbere y’amategeko n’urukundo rw’ubuzima bwanjye.”

    Biteganyijwe ko nyuma y’uyu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko bazakora indi mihango tariki ya 14 Werurwe 2026.

    2014 kugeza 2016 Aimée Beauté Mushashi yakoreye RC Huye, 2016 yahise ajya gukora kuri Radio ya Kaminuza y’u Rwanda (Radio Salus) yanizemo ibijyanye n’ububanyi bw’amahanga, 2017 yahise ajya kuri Radio&TV1 yavuye 2024 ajya kuri RBA akorera kugeza uyu munsi.

    Aimée Beauté Mushashi yamamaye mu gusoma amakuru mu bitangazamakuru bitandukanye

    Wari umunsi w’ibyishimo kuri bo

    Beauté Mushashi yasezeranye imbere y’amategeko na Nyamwasa Francis

    Source : http://isimbi.rw/aimee-beaute-mushashi-yakoze-ubukwe-amafoto.html

  • Amarangamutima ya Bwiza nyuma yo guhura na Ambasaderi w’u Rwanda muri Sweden #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Nyarwanda, Bwiza Emerance yakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Sweden aho yagiye gutaramira mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Bwiza Emerance yashyizeho amafoto ari kumwe na Ambasaderi Diane Gashumba, aho yaherekejwe n’amagambo agaragaza ibyishimo bikomeye.

    Ati “Hura na Ambasaderi wacu muri Sweden, ni mu gihe nitegura igitaramo cyanjye.”

    Yakomeje avuga ko ibindi ari kuri wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe 2026, mu gitaramo kizabera Boulebar Haga, Solna.

    Ni igitaramo kiri mu bitaramo azakora azenguruka Isi yise “Bwiza-Home World Tour” ariko by’umwihariko kuri iyi nshuro azaba ari mu rwego rwo kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’Abagore wizihizwa tariki ya 8 Werurwe 2026.

    Akaba yasabye abakunzi be n’abakunzi b’umuziki muri rusange baba i Burayi kuba bagura amatike hakiri kare batazabura muri iki gitaramo cy’amateka.

    Muri iki gitaramo Bwiza azaba ari umwe mu bahanzi b’imena bazasusurutsa abazacyitabira, afatanyije n’aba-DJ barimo DJ LVLV na DJ Sister Justice.

    Muri Mutarama yatangaje ko ari mu myiteguro yo guhura n’abakunzi be batuye mu bihugu bitandukanye biri mu rugendo rw’ibitaramo yise 'Home World Tour 2026′.

    Biteganyijwe ko uru rugendo ruzamugeza mu bihugu byo ku migabane itandukanye irimo u Burayi, Afurika, Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. ISIMBI yabwiwe ko uru rugendo rw’ibitaramo rugamije gutegura abakunzi ba Bwiza kwakira album nshya yitwa 'Home’ iri gutunganywa.

    Iyi album nshya izaba ikurikiye iyo yise '25 Shades’, yasohotse mu mwaka ushize igakundwa n’abatari bake.

    Bwiza yahuye na Ambasaderi w’u Rwanda muri Sweden

    Byari ibyishimo bidasanzwe kuri Bwiza

    Source : http://isimbi.rw/amarangamutima-ya-bwiza-nyuma-yo-guhura-na-ambasaderi-w-u-rwanda-muri-sweden.html

  • Abarayon bagabanye amagambo – Umutoza wa Etincelles #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Etincelles, Bizimana Abdou Bekeni yasabye abakunzi ba Rayon Sports kugabanya amagambo kuko bashobora kuzatungurwa n’ibizababaho ku Cyumweru.

    Etincelles izakira Rayon Sports ku Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026 kuri Stade Umuganda i Rubavu mu mukino w’umunsi wa 23 wa Sha mpiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Umutoza Bekeni akaba yahaye ubutumwa abakunzi ba Rayon Sports bumva ko bazaza i Rubavu gutoragura amanota ko bakwiye kwitonda kuko bashobora kuzatungurwa.

    Ati “Abakunzi ba Rayon Sports nababwira nti 'bitonde, bitonde rwose ntibavuge cyane.’ Burya ngo 'ntabwo ugurisha uruhu rw’ingwe utarayica’ urabanza ukajyenda ukayica kwanza ukabona kujya kugurisha uruhu rwayo. Ntibaze bavuga ngo bagiye gutoragura amanota, batazatungurwa.'

    Aya makipe yombi akaba agiye guhura Rayon Sports ari yo ihabwa amahirwe kuko iri ku mwanya wa 5 n’amanota 37, Etincelles iri ku mwanya wa 15 n’amanota 19. Mu mikino 15 iheruka guhuza aya makipe yombi muri shampiyona, Rayon yatsinzemo imikino 8, Etincelles itsinda 3 banganya imikino 4.

    Bekeni yasabye abakunzi ba Rayon kugabanya amagambo

    Source : http://isimbi.rw/abarayon-bagabanye-amagambo-umutoza-wa-etincelles.html

  • Amashusho ya Muyango asezera umuhungu we yazamuye amarangamutima ya benshi #rwanda #RwOT

    Amashusho ya Muyango Claudine asezera imfura ye mbere yo kwerekeza mu Bubiligi, yazamuye amarangamutima ya benshi.

    Muyango yerekeje mu Bubiligi aho azaba MC mu gitaramo kizaririmbwamo n’abahanzi Bruce Melodie na Sheebah Karungi kikazaba ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe 2026.

    Ni igitaramo cyiswe Afro Legacy, cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore wizihizwa buri tariki ya 8 Werurwe, kikazaba mu ijoro riwubanziriza.

    Muyango akaba yaraye agiye mu Bubiligi aho yamaze kugerayo, ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali I Kanombe akaba yari yaherekejwe n’imfura ye, Kimenyi Yannis Miguel.

    Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza arimo asezera umuhungu we.

    Ni amashusho Miguel uba ubona asa n’ufite agahinda mu maso hafi kurira kubera ko mama we agiye kumusiga, ni amashusho yazamuye amarangamutima ya benshi.

    Muyango asezera umwana we Miguel

    Source : http://isimbi.rw/amashusho-ya-muyango-asezera-umuhungu-we-yazamuye-amarangamutima-ya-benshi.html

  • Kenny Sol na Bulldogg bahurije imbaraga mu ndirimbo nshya 'My Gheez' #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Kenny Sol, umwe mu bahanzi bagezweho mu njyana ya R&B mu Rwanda, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise 'My Gheez', yakoranye n'umuraperi w'inararibonye Bulldogg, umaze igihe kinini ari ku isonga mu muziki nyarwanda. Iyi ndirimbo igaragaza ubufatanye bw'abahanzi babiri bafite uburyo butandukanye bwo kuririmba ariko bahuje ubuhanga.

    'My Gheez' ni indirimbo igaragaramo injyana ihuza R&B na Hip Hop, aho Kenny Sol agaragaza ubuhanga bwe mu miririmbire irimo amarangamutima, mu gihe Bulldogg we atanga rap irimo amagambo akomeye kandi agaragaza ubunararibonye mu muziki. Ubu bufatanye bwatumye iyi ndirimbo ihabwa agaciro n'abakunzi b'umuziki batandukanye.

    Mu butumwa buri muri iyi ndirimbo, aba bahanzi bagaruka ku buzima bw'inshuti nyazo, ubufatanye ndetse n'ukuntu abantu bagomba gushyigikirana mu buzima bwa buri munsi. Ni ubutumwa busaba abantu guha agaciro inshuti z'ukuri zibabera hafi mu bihe byiza no mu bihe bikomeye.

    Kenny Sol asanzwe azwiho gukora indirimbo zifite ubuhanga mu majwi no mu butumwa, kandi kenshi akorana n'abandi bahanzi batandukanye mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki nyarwanda. Gukorana na Bulldogg, umwe mu baraperi bubashywe cyane mu Rwanda, biratumye iyi ndirimbo irushaho gukurura amatsiko y'abakunzi b'umuziki.

    'My Gheez' yamaze kujya ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki ndetse no ku rubuga rwa YouTube, aho abakunzi b'umuziki bashobora kuyireba no kuyumva. Biteganyijwe ko iyi ndirimbo irakomeza kwakirwa neza, cyane cyane bitewe n'ubuhanga bw'abahanzi bayikoze n'ubutumwa bwayo bufite icyo busigira abayumva.

    Kenny Sol na Bulldogg bahurije imbaraga mu ndirimbo nshya 'My Gheez'

    Source : https://kasukumedia.com/kenny-sol-na-bulldogg-bahurije-imbaraga-mu-ndirimbo-nshya-my-gheez/