Category: Uncategorized

  • Danny Mutabazi yasohoye Album ‘Waranzuye’ ashimira umugore we #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Danny Mutabazi yamuritse album ye ya kabiri yise 'Waranzuye’, ni nyuma y’igihe atumvikana mu muziki.

    Iyi Album akaba yaraye ayimuritse ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatanu tariki ya 6 Werurwe 2026 kuri Dove Hotel ku Gisozi.

    Danny Mutabazi akaba avuga ko ifite umwihariko kuko igaruka ku butumwa bw’umusaraba n’urukundo rwa Kristo.

    Uyu muzingo w’indirimbo kandi ukaba ugizwe n’indirimbo 7 zose ze ku giti cye nta n’imwe iriho yafashishijemo abandi bahanzi, yari amaze amezi abiri ayikoraho.

    Danny Mutabazi yabwiye itangazamakuru ko impamvu yahisemo iri zina ‘Waranzuye’ bisonuye abapfanye na Kristo bakazukana na we.

    Ati ''Waranzuye’ bisobanuye ko twapfanye na Kristo tukazukana na we, kuko yaducunguye akoresheje amaraso ye. Ubutumwa buri kuri iyi Album ni urukundo.'

    Yakomeje asobanura ko bigeze neza uyu mwaka yazakora igitaramo cyo kumurikira abakunzi be iyi Album.

    Yiseguye ku bakunzi be batamuherukaaga kuko yari yarabuze cyane ko ataherukaga gusohora indirimbo aho yaherukaga muri 2019, abizeza ko agiye gukora cyane.

    Danny Mutabazi wagize uruhare mu kwandikira Vestine na Dorcas indirimbo zirimo; Iriba, Umutaka, Ihema, Isaha n’iyitwa Ku Musaraba, yashimiye umugore we wabanye na we ubwo yakoraga iyi album kuko yamwihanganiye bitewe n’amajoro yatahaga.

    Ati “Nta ndirimbo yamfashije kwandika ariko urumva byantwaye imbaraga nyinshi ariko yambaye hafi, urumva gutaha amajoro, saa munani akabyihanganira akaza kumfungurira yishimye, nta kibazo kuko yabaga azi ko ndi muri studio, ndamushimira.”

    Muri rusange utabariyemo indirimbo ziri kuri iyi album nshya, amaze gusohora indirimbo 16. ‘Waranzuye’ ije ikurikiye ‘Calvary’ yasohoye muri 2019.

    Indirimbo 7 zigize Album ya Danny Mutabazi

    Danny Mutabazi yasohoye Album ‘Waranzuye’

    Source : http://isimbi.rw/danny-mutabazi-yasohoye-album-waranzuye-ashimira-umugore-we.html

  • Aimée Beauté Mushashi yakoze ubukwe (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, yazezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Nyamwasa Francis.

    Uyu munyamakuru wamamaye mu bitangazamakuru bitandukanye mu gusoma amakuru birimo na TV1 akaba ubu ari kuri Televiziyo Rwanda, kuri uyu wa Gatanu yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga amafoto yasezeranye n’umukunzi we bitegura kurushinga.

    Mu butumwa bwaherekeje aya mafoto yo gusezerana imbere y’amategeko byabaye ejo hashize ku wa Kane tariki ya 5 Werurwe 2026, yagize ati “Reba ibyo Imana yankoreye, nasszeranye imbere y’amategeko n’urukundo rw’ubuzima bwanjye.”

    Biteganyijwe ko nyuma y’uyu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko bazakora indi mihango tariki ya 14 Werurwe 2026.

    2014 kugeza 2016 Aimée Beauté Mushashi yakoreye RC Huye, 2016 yahise ajya gukora kuri Radio ya Kaminuza y’u Rwanda (Radio Salus) yanizemo ibijyanye n’ububanyi bw’amahanga, 2017 yahise ajya kuri Radio&TV1 yavuye 2024 ajya kuri RBA akorera kugeza uyu munsi.

    Aimée Beauté Mushashi yamamaye mu gusoma amakuru mu bitangazamakuru bitandukanye

    Wari umunsi w’ibyishimo kuri bo

    Beauté Mushashi yasezeranye imbere y’amategeko na Nyamwasa Francis

    Source : http://isimbi.rw/aimee-beaute-mushashi-yakoze-ubukwe-amafoto.html

  • Amarangamutima ya Bwiza nyuma yo guhura na Ambasaderi w’u Rwanda muri Sweden #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Nyarwanda, Bwiza Emerance yakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Sweden aho yagiye gutaramira mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Bwiza Emerance yashyizeho amafoto ari kumwe na Ambasaderi Diane Gashumba, aho yaherekejwe n’amagambo agaragaza ibyishimo bikomeye.

    Ati “Hura na Ambasaderi wacu muri Sweden, ni mu gihe nitegura igitaramo cyanjye.”

    Yakomeje avuga ko ibindi ari kuri wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe 2026, mu gitaramo kizabera Boulebar Haga, Solna.

    Ni igitaramo kiri mu bitaramo azakora azenguruka Isi yise “Bwiza-Home World Tour” ariko by’umwihariko kuri iyi nshuro azaba ari mu rwego rwo kwizihiza Umunsi mpuzamahanga w’Abagore wizihizwa tariki ya 8 Werurwe 2026.

    Akaba yasabye abakunzi be n’abakunzi b’umuziki muri rusange baba i Burayi kuba bagura amatike hakiri kare batazabura muri iki gitaramo cy’amateka.

    Muri iki gitaramo Bwiza azaba ari umwe mu bahanzi b’imena bazasusurutsa abazacyitabira, afatanyije n’aba-DJ barimo DJ LVLV na DJ Sister Justice.

    Muri Mutarama yatangaje ko ari mu myiteguro yo guhura n’abakunzi be batuye mu bihugu bitandukanye biri mu rugendo rw’ibitaramo yise 'Home World Tour 2026′.

    Biteganyijwe ko uru rugendo ruzamugeza mu bihugu byo ku migabane itandukanye irimo u Burayi, Afurika, Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. ISIMBI yabwiwe ko uru rugendo rw’ibitaramo rugamije gutegura abakunzi ba Bwiza kwakira album nshya yitwa 'Home’ iri gutunganywa.

    Iyi album nshya izaba ikurikiye iyo yise '25 Shades’, yasohotse mu mwaka ushize igakundwa n’abatari bake.

    Bwiza yahuye na Ambasaderi w’u Rwanda muri Sweden

    Byari ibyishimo bidasanzwe kuri Bwiza

    Source : http://isimbi.rw/amarangamutima-ya-bwiza-nyuma-yo-guhura-na-ambasaderi-w-u-rwanda-muri-sweden.html

  • Abarayon bagabanye amagambo – Umutoza wa Etincelles #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Etincelles, Bizimana Abdou Bekeni yasabye abakunzi ba Rayon Sports kugabanya amagambo kuko bashobora kuzatungurwa n’ibizababaho ku Cyumweru.

    Etincelles izakira Rayon Sports ku Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026 kuri Stade Umuganda i Rubavu mu mukino w’umunsi wa 23 wa Sha mpiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Umutoza Bekeni akaba yahaye ubutumwa abakunzi ba Rayon Sports bumva ko bazaza i Rubavu gutoragura amanota ko bakwiye kwitonda kuko bashobora kuzatungurwa.

    Ati “Abakunzi ba Rayon Sports nababwira nti 'bitonde, bitonde rwose ntibavuge cyane.’ Burya ngo 'ntabwo ugurisha uruhu rw’ingwe utarayica’ urabanza ukajyenda ukayica kwanza ukabona kujya kugurisha uruhu rwayo. Ntibaze bavuga ngo bagiye gutoragura amanota, batazatungurwa.'

    Aya makipe yombi akaba agiye guhura Rayon Sports ari yo ihabwa amahirwe kuko iri ku mwanya wa 5 n’amanota 37, Etincelles iri ku mwanya wa 15 n’amanota 19. Mu mikino 15 iheruka guhuza aya makipe yombi muri shampiyona, Rayon yatsinzemo imikino 8, Etincelles itsinda 3 banganya imikino 4.

    Bekeni yasabye abakunzi ba Rayon kugabanya amagambo

    Source : http://isimbi.rw/abarayon-bagabanye-amagambo-umutoza-wa-etincelles.html

  • Amashusho ya Muyango asezera umuhungu we yazamuye amarangamutima ya benshi #rwanda #RwOT

    Amashusho ya Muyango Claudine asezera imfura ye mbere yo kwerekeza mu Bubiligi, yazamuye amarangamutima ya benshi.

    Muyango yerekeje mu Bubiligi aho azaba MC mu gitaramo kizaririmbwamo n’abahanzi Bruce Melodie na Sheebah Karungi kikazaba ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe 2026.

    Ni igitaramo cyiswe Afro Legacy, cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore wizihizwa buri tariki ya 8 Werurwe, kikazaba mu ijoro riwubanziriza.

    Muyango akaba yaraye agiye mu Bubiligi aho yamaze kugerayo, ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali I Kanombe akaba yari yaherekejwe n’imfura ye, Kimenyi Yannis Miguel.

    Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza arimo asezera umuhungu we.

    Ni amashusho Miguel uba ubona asa n’ufite agahinda mu maso hafi kurira kubera ko mama we agiye kumusiga, ni amashusho yazamuye amarangamutima ya benshi.

    Muyango asezera umwana we Miguel

    Source : http://isimbi.rw/amashusho-ya-muyango-asezera-umuhungu-we-yazamuye-amarangamutima-ya-benshi.html

  • Kenny Sol na Bulldogg bahurije imbaraga mu ndirimbo nshya 'My Gheez' #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Kenny Sol, umwe mu bahanzi bagezweho mu njyana ya R&B mu Rwanda, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise 'My Gheez', yakoranye n'umuraperi w'inararibonye Bulldogg, umaze igihe kinini ari ku isonga mu muziki nyarwanda. Iyi ndirimbo igaragaza ubufatanye bw'abahanzi babiri bafite uburyo butandukanye bwo kuririmba ariko bahuje ubuhanga.

    'My Gheez' ni indirimbo igaragaramo injyana ihuza R&B na Hip Hop, aho Kenny Sol agaragaza ubuhanga bwe mu miririmbire irimo amarangamutima, mu gihe Bulldogg we atanga rap irimo amagambo akomeye kandi agaragaza ubunararibonye mu muziki. Ubu bufatanye bwatumye iyi ndirimbo ihabwa agaciro n'abakunzi b'umuziki batandukanye.

    Mu butumwa buri muri iyi ndirimbo, aba bahanzi bagaruka ku buzima bw'inshuti nyazo, ubufatanye ndetse n'ukuntu abantu bagomba gushyigikirana mu buzima bwa buri munsi. Ni ubutumwa busaba abantu guha agaciro inshuti z'ukuri zibabera hafi mu bihe byiza no mu bihe bikomeye.

    Kenny Sol asanzwe azwiho gukora indirimbo zifite ubuhanga mu majwi no mu butumwa, kandi kenshi akorana n'abandi bahanzi batandukanye mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umuziki nyarwanda. Gukorana na Bulldogg, umwe mu baraperi bubashywe cyane mu Rwanda, biratumye iyi ndirimbo irushaho gukurura amatsiko y'abakunzi b'umuziki.

    'My Gheez' yamaze kujya ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki ndetse no ku rubuga rwa YouTube, aho abakunzi b'umuziki bashobora kuyireba no kuyumva. Biteganyijwe ko iyi ndirimbo irakomeza kwakirwa neza, cyane cyane bitewe n'ubuhanga bw'abahanzi bayikoze n'ubutumwa bwayo bufite icyo busigira abayumva.

    Kenny Sol na Bulldogg bahurije imbaraga mu ndirimbo nshya 'My Gheez'

    Source : https://kasukumedia.com/kenny-sol-na-bulldogg-bahurije-imbaraga-mu-ndirimbo-nshya-my-gheez/

  • 'Ndi Uwawe': Indirimbo nshya ya King James ikomeje kuryohera amatwi y'abakunzi b'umuziki #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w'icyamamare mu muziki nyarwanda, King James, yongeye gushimangira ubuhanga bwe mu muziki binyuze mu ndirimbo nshya yise 'Ndi Uwawe', yakiriwe neza n'abakunzi b'umuziki nyuma y'amasaha make gusa ishyizwe hanze. Iyi ndirimbo irimo amagambo aryoheye amatwi n'ijwi rituje rya King James risanzwe rimuranga, bituma abayumva bumva amarangamutima y'urukundo rudasanzwe.

    'Ndi Uwawe' ni indirimbo yuje ubutumwa bw'urukundo n'ubudahemuka hagati y'abakundana. Mu magambo ayigize, King James agaragaza uburyo umuntu ashobora kwitangira uwo akunda akamwiyegurira, amwizeza ko umutima we ari uwe iteka ryose. Ni indirimbo ivuga ku rukundo rushikamye, rutarangwa n'uburyarya ahubwo rishingiye ku kuri no ku kwizerana.

    Mu buryo bw'imiririmbire n'injyana, iyi ndirimbo ifite umudiho woroheje uhuza neza n'amagambo ayirimo, bigatuma umuntu uyumvise atinda kuyibagirwa. Abakunzi b'umuziki bamaze kuyumva bagaragaza ko kuyitega amatwi ari uburyo King James akoresha amagambo yuje amarangamutima ndetse n'uburyo injyana yayo ituje ituma umuntu ayumvana umutuzo.

    Iyi ndirimbo ije mu gihe King James ari kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, urugendo rudasanzwe rwaranzwe n'indirimbo nyinshi zakunzwe ndetse n'uruhare rukomeye yagize mu guteza imbere muzika nyarwanda. Mu myaka amaze mu muziki, yagiye agaragaza ubuhanga mu ndirimbo z'urukundo, ibintu byatumye agira abakunzi benshi mu Rwanda no hanze yarwo.

    'Ndi Uwawe' ni imwe mu ndirimbo zigaragaza ko King James agifite imbaraga n'ubushobozi bwo gukomeza gushimisha abakunzi be, ndetse igahesha ishema urugendo rwe rw'imyaka 20 amaze mu muziki.

    Source : https://kasukumedia.com/ndi-uwawe-indirimbo-nshya-ya-king-james-ikomeje-kuryohera-amatwi-yabakunzi-bumuziki/

  • U Rwanda rugiye kwakira igikombe cya Afurika #rwanda #RwOT

    U Rwanda ni rwo ruzakira Igikombe cya Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa Volleyball cya 2026, ni nyuma y’amasezerano rwasinyanye n’Impuzamashyirahamwe y’umukino wa Volleyball muri Afurika(CAVB).

    Ni nyuma y’uruzinduko rw’akazi Umuyobozi wa CAVB, Bouchra Hajij yagiriye mu Rwanda aho yahageze ku wa Gatatu ni njoro.

    Ubwo yari ageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe akaba yarakiriwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda, Raphael Ngarambe.

    Ejo hashize ku wa Kane tariki ya 5 Werurwe 2026 mu gitondo bakaba barahuye na Minisitiri wa Siporo, Nellly Mukazayire ari nabwo hasinywe aya masezerano yo kuzakira iki gikombe cya Afuruka cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo.

    Iki gikombe kizaba kiba ku nshuro ya 47, giteganyijwe kuzaba guhera tariki ya 20 Mata kugeza kuya 3 Gicurasi 2026. Ni igikombe igihugu cyakiriye gihagararirwa n’amakipe ane yitwaye neza mu mwaka ushize (utari urimo gukinwa), bivuze ko ari APR VC, Police VC, REG VC na Kepler VC.

    Umwaka ushize iki gikombe kikaba cyarabereye Libya aho u Rwanda rwari ruhagarariwe n’ikipe ya APR VC ni mu gihe muri 2022 Gisagara VC yakoze amateka yo kuba ari yo kipe yo mu Rwanda yegukanye umudali ubwo yabaga iya gatatu mu irushanwa ryabereye muri Tunisia.

    U Rwanda rwasinye amasezerano yo kwakira Igikombe cya Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

    Ni igikombe kizaba muri Mata na Gicurasi uyu mwaka

    Source : http://isimbi.rw/u-rwanda-rugiye-kwakira-igikombe-cya-afurika.html

  • Trump arifuza kugira inama ku uzasimbura umuyobozi w'ikirenga wa Iran #rwanda #RwOT

    Nyuma y'ibitero byahitanye umuyobozi w'ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, ibintu bikomeje gufata indi ntera muri politiki mpuzamahanga. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko igihugu cye gikwiye kugira uruhare mu kugena uzasimbura uwo muyobozi, bitabaye ibyo bikaba byakongera guteza intambara mu myaka iri imbere.

    Khamenei yishwe mu bitero byagabwe mu mpera za Gashyantare 2026 mu mujyi wa Tehran, ibitero byavuzwe ko byari bifite aho bihuriye n'ingabo za Amerika n'iza Israel. Urupfu rwe rwasize icyuho gikomeye mu buyobozi bwa Iran, igihugu kimaze imyaka irenga 30 kiyobowe na we.

    Mu kiganiro Trump yagiranye n'itangazamakuru, yavuze ko adashyigikiye ko Mojtaba Khamenei, umuhungu w'uwo wahoze ari umuyobozi w'ikirenga, yaba ari we umusimbura. Yavuze ko umuntu uzasimbura uwo mwanya akwiye kuba ushobora kuzana amahoro n'ituze mu Karere.

    Trump yavuze ko niba Iran ihisemo umuyobozi ukomeje politiki nk'iya Khamenei, bishobora kongera guteza amakimbirane hagati y'ibihugu byombi mu gihe kiri imbere. Ni yo mpamvu ashimangira ko Amerika ikwiye kugira ijambo mu buryo umuyobozi mushya azatoranywamo.

    Ku rundi ruhande, Iran yo ivuga ko igikorwa cyo gushaka umusimbura wa Khamenei kiri mu nshingano z'inzego zayo bwite, cyane cyane Inteko y'Abahanga mu bya Islamu igizwe n'abanyamadini batorwa kugira ngo bagenzure ubuyobozi bw'ikirenga bw'igihugu.

    Iyi mvugo ya Trump yakomeje guteza impaka mu rwego mpuzamahanga, aho bamwe babona ko kwivanga mu miyoborere y'ikindi gihugu bishobora kurushaho gukaza umwuka mubi hagati ya Iran n'ibihugu by'i Burengerazuba.

    Abasesenguzi bavuga ko icyemezo kizafatwa ku muyobozi mushya wa Iran gishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati ndetse no ku mubano w'ibihugu bikomeye ku Isi.

    Source : https://kasukumedia.com/trump-arifuza-kugira-inama-ku-uzasimbura-umuyobozi-wikirenga-wa-iran/

  • Israel yongeye kugaba ibitero by'indege ku birindiro bya Hezbollah i Beirut #rwanda #RwOT

    Igisirikare cya Israel cyongeye kugaba ibitero by'indege mu nkengero z'amajyepfo y'Umujyi wa Beirut muri Liban, ahavugwa ko ari hamwe mu hantu h'ingenzi umutwe wa Hezbollah ukorera ibikorwa byawo. Aya majyepfo ya Beirut asanzwe azwi nk'Akarere gafatwa nk'igicumbi gikomeye cy'uyu mutwe ushyigikiwe na Iran.

    Aya mabombe mashya yatewe nyuma y'ijoro ryabanje kurangwa n'urusaku rw'ibisasu bikomeye byumvikanye muri ako gace, ibintu byateye impungenge abaturage bahatuye. Abatangabuhamya bavuga ko indege z'intambara za Israel zagaragaye zigurukira hasi cyane mbere y'uko ibisasu bitangira guturika mu bice bitandukanye by'inkengero z'uwo mujyi.

    Bivugwa ko ibi bitero byari bigamije gusenya ibikorwaremezo n'ibirindiro bivugwa ko bikoreshwa na Hezbollah mu gutegura no kugaba ibitero kuri Israel. N'ubwo igisirikare cya Israel kitaratangaza amakuru arambuye ku byo cyari kigamije muri iki gikorwa, cyakomeje kugaragaza ko kidashobora kwihanganira ibitero cyangwa ibikorwa by'imitwe kiyita iy'iterabwoba iri hafi y'imipaka yacyo.

    Ku rundi ruhande, Hezbollah nayo yakomeje kugaragaza ko itazacika intege mu guhangana na Israel, cyane cyane mu gihe umwuka mubi hagati y'impande zombi ukomeje kwiyongera. Ibi byatumye impungenge z'uko iyi ntambara ishobora kwaguka zikomeza kuvugwa mu Karere k'Uburasirazuba bwo Hagati.

    Abasesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga bavuga ko ibi bitero bishya bishobora gukomeza kongera ubushyamirane hagati ya Israel na Hezbollah, cyane ko uyu mutwe ufite ubufasha bukomeye bwa Iran. Ibi bishobora gutuma umutekano w'Akarere ukomeza guhungabana mu gihe amahanga akomeje gusaba impande zombi kwirinda ibikorwa byakongera ubukana bw'intambara.

    Aya mabombe mashya yatewe nyuma y'ijoro ryabanje kurangwa n'urusaku rw'ibisasu bikomeye byumvikanye muri ako gace, ibintu byateye impungenge abaturage bahatuye.

    Source : https://kasukumedia.com/israel-yongeye-kugaba-ibitero-byindege-ku-birindiro-bya-hezbollah-i-beirut/