Author: webrwanda

  • USA: Isuzuma ry’umurambo wa George Floyd ryagaragaje ko yari yaranduye Coronavirus

    Image

    Isuzuma ryakorewe ku murambo wa George Floyd uherutse kwicwa n’umupolisi mu Mujyi wa Minneapolis ryagaragaje ko yari yaranduye icyorezo cya Coronavirus.

    Umuganga witwa Dr. Andrew Baker wakoreye isuzuma umurambo we, yavuze ko uburyo bwakoreshejwe mu gupima bushobora kwerekana indwara umuntu yari afite ibyumweru bike mbere y’uko yitaba Imana.

     Raporo ya muganga ivuga kandi ko mu mibiri we harimo imiti ya fentanyl na methamphetamine yifashishwa mu kugabanya ububabare nubwo bitemezwa ko ariyo yamwishe. Ikindi gisobanurwa ni uko kuba yari yaranduye Coronavirus ntaho bihuriye n’urupfu rwe.

     Inavuga kandi ko impamvu y’urupfu rwe ishingiye ku bibazo ibihaha n’umutima we byagize bikananirwa gukora ndetse n’ijosi rye rikaba ryari ryikubye. Ibyatangajwe n’iyi raporo bihabanye n’ibyavuye mu ryo umuryango wa Floyd wakoresheje ry’abantu bigenga ryagaragaje ko yishwe no kubura umwuka.

    Iyi raporo y’abaganga ba leta ntaho ivuga ibijyanye no kubura umwuka kubera kunigwa, ndetse no mu kirego cy’umushinjacyaha ntaho bivugwa.

     Gusa iyi raporo igaragaza ibikomere byari ku mubiri wa Floyd ahagana ku mutwe, mu isura ndetse no ku munwa, kimwe no ku rutugu, ku kiganza no ku nkokora.

    George Floyd yapfuye nyuma yo kunigwa n’umupolisi witwa Derek Chauvin washinze ivi rye ku ijosi rya Floyd mu gihe kingana n’iminota umunani n’amasegonda 46, ndetse ko muri icyi gihe cyose “iminota ibiri n’amasegonda 53” Floyd yayimaze yataye ubwenge.

  • Umuhanzi MC Monday waririmbye “Inyoni yaridunze” yavuze icyatumye areka umuziki.


    By Umulisa Fillette
    The Music Stars You May Soon Forget – KT PRESS
    Assoumani Gashumba [MC Monday] wamamaye mu itangazamakuru no mu muziki mu Rwanda yongeye kugaragara asobanura iby’irengero rye ndetse n’ukuntu yakomanyirijwe mu myidagaduro agasezera umuziki n’ibindi byose biwushamikiyeho.
    Uyu mugabo ubu wiyise Saga Assou yasezeye mu ruganda rwa muziki nyarwanda ahanini kubera urusobe rw’ibibazo yawubonagamo, bitanatangaga icyizere cyo kuzakemuka kubera aho bishingiye.
    MC Monday afatwa nk’impirimbanyi yaharaniye kuzamuka k’umuziki nyarwanda guhera mu myaka ya za 2000. Mbere yo kwinjira mu itangazamakuru yabanje kuba umuraperi. Yakoreye Radio 10 kuva mu mwaka wa 2004 kugeza mu 2012.
    Yavuzwe ubudasiba aho abenshi wumva iyo bagaruye izina rye bahita barihuza n’indirimbo yakoze yitwa ‘Inyoni yaridunze’.
    Mu 2012 yahinduye izina ava kuri MC Monday yiyita Saga Assou Gashumba. Bamwe bavuga ko yaba yarahinduye izina nyuma yo gukora indirimbo yitwa “Inyoni yaridunze” yagawe cyane n’abayobozi bakuru b’igihugu.
    Hari igihe yanditse kuri Facebook avuga ko afite agahinda n’intimba ikomeye ku bw’ibibazo by’urudaca no guhezwa mu bintu byose kugeza ubwo yari asigaye asaba akazi ntihagire umureba n’irihumye.
    Kuri ubu, yongeye kugaragara mu itangazamakuru aho yatumiwe mu kiganiro Isango na Muzika gica kuri Televiziyo Isango Star, asobanura irengero rye ndetse n’ibindi byerekeye umuziki we.
    Nashatse gusibanganya izina ryajeho icyasha biranga!
    Ubwo yahinduraga izina mu 2012, MC Monday ntiyigeze yerura ngo avuge impamvu nyayo ariko ubu yemeje ko yarihinduye ashaka gusibanganya iryari rimaze kuzaho icyasha ariko bikanga.
    Ati “Ntaho nigeze njya ndahari, hari umugani baca mu Kinyarwanda ngo umuntu asiga ikimwirukankana ariko ntasiga ikimwirukamo. Umuziki nari narawuhunze, narabyanditse ko navuye mu muziki bijya no mu binyamakuru, nashatse gusiba rya zina abantu bazi rya MC Monday ariko biranga, ahantu hose nahinduye izina nitwa Saga Assou ariko wa MC Monday nashatse ko agenda byaranze.”
    Akomeza avuga ko abantu bose babizi ko yahinduye amazina ariko ubu ahura nabo bakamwita MC Monday n’ugeregeje kumwita Saga Assou akongeraho ngo ‘wa wundi witwaga MC Monday’.
    Uyu mugabo ngo akumbuye ibintu byinshi mu ruhando rw’imyidagaduro birimo kubona umuhanzi aza amusanga amusaba ubufasha nyuma yamara kubumuha akabona aramamaye.
    Atanga urugero rurimo nka Mani Martin, unafite igihembo yahawe biturutse ku kiganiro yakoraga agasaba abaturage gutora umuhanzi uhiga abandi.
    Ashushanya mu bihe bye ibiganiro by’imyidagaduro nk’ikintu cyabayeho mu gihe cy’intambara ikomeye kuko aho kuba umuhanzi ujya kumwishakira ari umunyamakuru wabikoraga.
    Ati “Yari intambara ikomeye. Uyu munsi abahanzi baza kwishakira abanyamakuru. Ku gihe cyacu twajyaga kwishakira abahanzi, ahantu hari studio, producer akampa indirimbo zarangiye nkazitwara.”
    MC Monday yaragambaniwe …
    MC Monday yazinutswe uruganda rwa muzika bitewe n’uhuri rw’ibibazo yagiye ahuriramo narwo birimo kuba mu 2012 abantu batazwi baratemaguye imodoka ye bayisanze mu rugo rwe mu gicuku.
    Uyu mugabo muri Werurwe 2014 yahisemo gukuramo akarenge ngo arebe ko yabona agahenge, asezera umuziki.
    MC Monday yahagaritse umuziki by’agateganyo, ahamya ko ashobora kuzawugarukamo Imana nibishaka. Nyuma yo gusezera muri Gicurasi 2014, nabwo imodoka ye yogongewe mu rugo iwe bamwe bakabihuza n’ibibazo uruhuri yari amazemo iminsi.
    Muri Nzeri uwo mwaka, yatangaje ko yagarutse muri muzika ariko byanga gufata bimuyobeye ahitamo kwigendera ubutareba inyuma n’ubwo avuga ko byanga bikunze azagaruka mu gihe nawe atazi.
    Yavuze ko kimwe mu byatumye azinukwa uruganda rw’umuziki ari ishyari yagiriwe n’abari baje bamusangamo cyane ko uretse kuba umunyamakuru yari afite na studio yitwaga ‘C4D’.
    Ati “Buriya abanyarwanda turi beza ku isura ariko ku mutima ntabwo turi beza. Bamwe bababazwa no kuba undi yateye imbere. Ishyari ryabaye ikibazo, murabizi cyane batema imodoka yanjye n’imipanga n’ibindi ntavuze. Baje kugira Imana njyewe ngira ibyago, nyakubahwa Perezida Paul Kagame avuga ku ndirimbo yanjye yitwa ’Inyoni yaridunze’.”
    “Ntawe yategetse ko indirimbo zanjye bazihagarika, nta nama y’abaminisitiri yateranye ngo bankomanyirize ariko abantu bamwe bo ubwabo bamfatanyije n’abandi bo mu itangazamakuru baravuga ngo tumuzimye, ahantu hose hari indirimbo zanjye barazisiba, umuturage yazisaba bakazibura.”
    Uyu mugabo afatwa nk’impirimbanyi yaharaniye kuzamuka k’umuziki nyarwanda guhera mu myaka ya za 2000. Uretse kuba umunyamakuru anazwiho kuba umuhanzi. Niwe waririmbye “Inyoni yaridunze”, “Gitanu”, “Panda Gali”, “Oh Rayon” n’izindi. Ubu asigaye yikorera ku giti cye mu bijyanye n’itumanaho.
    ‘Inyoni yaridunze’ indirimbo yakojeje agati mu ntozi Mc Monday agakomanyirizwa
  • Umurundikazi wari uhagarariye OMS/WHO muri Guinée Equatoriale yirukanwe ashinjwa ibinyoma


    By Umwanditsi

    03.06.2020, Malabo, Guinée Equatoriale
    Igihugu cya Guinée Equatoriale cyategetse ko uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ava muri icyo gihugu. Intandaro yo kwirukana uyu murundikazi, ni ibinyoma ashinjwa mu gutangaza mibare kuri Covid-19 muri iki gihugu.
    Ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo akubiye mu nyandiko ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’ibyavuzwe n’umukozi wo muri OMS muri iki Gihugu.
    Leta ya Guinée équatoriale, ishinja Dr Triphonie Nkurunziza “gutanga imibare itari ukuri” ijyanye n’uko icyorezo cya coronavirus gihagaze mu gihugu.
    Amagambo ya Pascual Obama Asue, Minisitiri w’Intebe wa Guinée équatoriale, yagejeje kuri sena ku wa gatanu ushize akaza no gutangazwa kuri televiziyo y’Igihugu, yasubiwemo agira ati: “Nta kibazo dufitanye na OMS, dufitanye ikibazo n’uhagarariye OMS i Malabo [umurwa mukuru wa Guinée équatoriale]”.
    Ibiro ntaramakuru AFP bisubiramo amagambo y’umukozi wa OMS i Malabo agira ati:
    “Leta yamusabye [Dr Triphonie Nkurunziza] kugenda, twabonye inyandiko bikubiyemo – ashinjwa gutangaza imibare itari ukuri ya Covid-19”.
    Ntacyo Dr Triphonie Nkurunziza yari yatangaza ku mugaragaro. BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu Dr Nkurunziza Triphonie akiri i Malabo kubera ko nta ndege ihamukura ihari, nkuko AFP ibivuga, yongeraho ko imibare itangazwa na OMS n’itangazwa na Leta kugeza ubu ari imwe muri icyo gihugu.
    Kugeza ubu imibare igaragaza ko abantu 1,306 ari bo bamaze kwemezwa ko banduye coronavirus muri icyo gihugu, 12 muri bo imaze kubica naho 200 barayikize.
  • Patrick uherutse gufatwa ari gusambana na mushiki we yagerageje kwiyahura ntibyamuhira.

    By Umulisa Fillette

    Umugabo witwa Patrick Ayoyi Ajunga uherutse kugaragara muri Video ari gusambana na mushiki we muto yagerageje kwiyahura ariko ntiyapfa. Uyu mugabo wo mu gihugu cya Kenya yatawe muri yombi ubwo video imugaragaza ari gusambana na mushiki we yakwiraga ku mbuga nkoranyambaga. Patrick Ayoyi Ajunga ukomoka muri Kenya yifashe amashusho y’iminota 20 n’amasegonda 15 amugaragaza ari gusambana na mushiki we utarageza imyaka y’ubukure, amashusho akomeje kuvugisha abatari bake muri kiriya Gihugu. 
    Nyuma yaje kurekurwa ubwo mama w’uyu mwana yageraga ku biro bya polisi yo mu gace ka Kericho yerekana icyemezo cy’amavuko cy’uyu mukobwa kigaragaza ko afite imyaka y’ubukure ihagije yo kuba yaryamana n’uwo ashaka. Ndetse uyu mubyeyi yongeyeho ko uwo mukobwa atari mushiki wa Patrick ahubwo ko ari mubyara we bityo akaba ntampamvu nimwe ihari yo gufunga Patrick kuko ibyo bakoze atari amahano. Nyuma yo kurekurwa kwa Patrick abaturage bo mu gace atuyemo bakomeje kumwereka urwango ndetse no kumwereka ko ibyo yakoze ari amarorerwa ibyo nibyo byatumye Patrick agerageza kwiyahura ariko ntiyapfa. Patrick akaba avuga ko kwihanganira isoni n’ikimwaro aterwa no kuba video imugaragaza ari gusambana na mushiki we yarakwiye ahantu hose byamunaniye akaba yumva atagishoboye kubana nabyo. Ibi bikaba bibaye nyuma y’uko uyu mwana w’umukobwa we yamaze kwiyahura akaba yaranapfuye. Uyu mukobwa bamusanze yimanitse mu giti akoresheje umugozi ndetse munsi y’umurambo we hari ibaruwa. Ubwo uyu mukobwa yiyahuraga yasize yanditse ibaruwa igira iti:
    Mama na Papa, mumbabarire nari mfite gukora ibi, nabakundaga cyane, ubu ubuzima bwahindutse ubudashoboka kuko ubu ndi idayimoni iri kuvugwa n’igihugu cyose, nabasize igisebo mugihe mwari munyitezeho ibyiza, sinkishoboye kubaho muri ubu buryo na rimwe.
    Hagati aho inzego z’umutekano zikomeje iperereza kuko hari amakuru avuga ko iyi video nubwo yagaragaye cyane uyu mwaka ariko ishobora kuba yarafashwe mu myaka ine ishize bikaba byerekana ko Patrick yatangiye kuryamana na mushiki we akiri muto atarageza imyaka y’ubukure. Inzego z’umutekano kandi ziracyashakisha umuntu washyize iyi video hanze ndetse n’icyabimuteye. Uyu Patrick akaba afite umugore n’abana 3 ndetse hakaba hari n’amakuru yemeza ko uyu mukobwa atari mubyara we ahubwo ko Patrick amubereye se wabo.
  • Uwo rushatse ruramusanga! Inkuru y’urukundo rwa Pasiteri Nyirishema na Fanny

    Inkuru y’urukundo rwa Nyirishema Gabriel na Numukobwa Epiphanie isobanura neza ibyanditse mu gika cyabanje kandi nuramuka uyikurikiye urakuramo isomo rikomeye n’ubwo ntazi neza uko iwawe bihagaze [Niba waramaze kurushinga].

    Aba bombi ni abakozi b’Imana mu Muryango w’Ivugabutumwa, Getsemani Ministries uherereye I Kabuga mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo ho mu Mujyi wa Kigali.

    Gukorera Imana kuri bo bias n’ibyabahuje ndetse bituma babana mu buryo busa nk’ibitangaza cyane ko iyo bakubwira inkuru y’uko bamenyanye, uko bemeranyije kubana ndetse n’aho bageze uyu munsi uhita ubona ibitakaza Imana ikora.

    Abanyamakuru ba UKWEZI, ryarabasuye rigirana ikiganiro mu buryo bw’amajwi n’amashusho n’uyu muryango utuye mu birometero bike cyane uvuye ahitwa Rugende ukazamuka werekeza I Ruhanga mu Kagari ka Ruhanga.

    Pasiteri Nyirishema avuga ko yabayeho mu buzima bubu ku buryo yageze aho akajya yambara ipantalo imwe nayo yahawe n’umuntu, abaho mu buzima acumbikiwe,mbese ari umukene utagira aho yikora gusa ku rundi ruhande ngo yumvaga aguwe neza.

    Yagize ati “Nari umuntu mu buzima uri hasi, mu gakiza kanjye nahisemo kugendera mu nzira yo gukiranuka. Nari umusore ufite akazi mfite ibintu ariko kubera inshuti nagiraga bigatuma mba mu byaha rero byansabye guhara byose njya gukorera Imana kugeza ubwo nagiye no kuba mu rusengero kubera kubura aho mba.

    Yakomeje agira ati “Nagiraga ipantalo imwe, ntabwo nari mfite aho mba kuko naryamaga kumanywa ijoro ryagera nkajya kurara mu rusengero.”

    Avuga ko yateguye ubukwe adafite amafaranga uretse impapuro zigaragaza ibizakenerwa mu bukwe ariko afite amafaranga 1000Frw gusa. Ubukwe bwabo bwabaye ku wa 10 Ukwakira 2010, mu mwaka bamenyaniyemo.

    Yagize ati “Tujya gukora ubukwe nta mafaranga nari mfite. Gusa niringiye icyanditswe kivuga ngo ‘andika iyerekwa ryawe’ nanjye nari narakoze urutonde rw’ibikenewe ariko nta buryo bwo kubigura nari mfite.

    “Muri make ikintu cyo kudafata icyemezo mu bijyanye no gushaka, wibuke ndacumbitse kandi nawe nta kintu yari afite ariko icyo twari dufite ni ukwizera n’amasezerano twahawe n’Imana.”

    Pasiteri Nyirishema avuga uburyo habura iminsi ibiri ngo itariki y’ubukwe igere aribwo yabonye umuntu umufasha gukodesha inzu nayo ayishyura amezi abiri ku buryo nyuma yo gukora ubukwe baje kuyirukanwamo ibintu birushaho kuba bibi.

    Pasiteri Numukobwa washakanye na Nyirishema afite ubuhamya bukomeye dore ko yabaye umubikira akaza kubivamo nyuma akanyura mu buzima bukomeye ndetse akaza no kuva iwabo aje gukorera ivugabutumwa mu Mujyi wa Kigali.

    Ni ubuzima butari bumworoheye nk’uko abivuga aho atangaza ko yabagaho mu buzima bwo gutunga inkweto imwe, ijipo imwe n’ishati imwe, ariko kuri we ngo ntacyo byari bimutwaye kuko icya mbere ari ugukiranuka.

    Pasiteri Numukobwa we avuga ko “Nk’uko uwo urukundo rushatse rumusanga, nanjye nari nicaye ntegereje hari ubuzima nari ndimo. Ntabwo nigeze nsaba umuntu uri hirya y’umuhamagaro ahubwo nashakaga umuntu uzanshyigikira.

    Inkuru y’urukundo rwa Pasiteri Numukobwa na Pasiteri Nyirishema ikubiye mu kiganiro kirambuye bagiranye na UKWEZI aho bavuze kuva ubwo bamenyaniye kugeza uyu munsi wa none aho babyiruye abana babiri b’abahungu.

    Uyu muryango kandi kubera kubaho mu kwizera no kubana neza kuri ubu batuye munzu nziza biyubakiye kandi bakomeje gukorera Imana nk’uko byari bimeze ubwo bari bakimenyana.

    Umva ikiganiro cyose hano.

    Baba barebana akana ko mu jisho iwabo mu rugo urukundo ni rwose

    Amafoto&Video: Kwizera Remmy Moses

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Haratangazwa umwanzuro w’ aho Kabuga azaburanishirizwa

    Mu iburanisha riheruka, ku nshuro ya mbere mu myaka irenga 20 ishize ashakishwa ashinjwa ibyaha bya Jenoside, Bwana Kabuga yahakanye ibyaha aregwa abyita ibinyoma.

    Abunganizi be bahanganye n’ingingo itegeka ubutabera bw’Ubufaransa gutanga abafashwe bisabwe n’ubutabera mpuzamahanga.

    Me Laurent Bayon yavuze ko umukiriya we atinya ko mu rukiko rwa UN yaburanishwa urubanza rwa politiki, ko ubucamanza bw’Ubufaransa bufite ubushobozi bwo kumuburanisha.

    Serge Brammertz umushinjacyaha w’urwego rwasigaye rurangiza imirimo yasizwe n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha yatangaje ko Kabuga yafashwe bisabwe n’uru rwego, asaba ko yoherezwa gufungirwa by’agateganyo i La Haye mu Buholandi.

    Kabuga yafashwe nyuma y’imyaka 22 ashakishwa, umupolisi ukuriye ishami rya jenoside n’ibindi byaha muri polisi y’Ubufaransa aheruka gutangaza ko yafashwe ‘bivuye mu gukurikirana umwana we wavaga mu Bwongereza akajya kumusura’.

    Mu cyumweru gishize, umucamanza William H. Sekule w’urwego rwasigaye rurangiza imirimo yasizwe n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha yategetse ko urubanza rwa Kabuga rugomba kubera i Arusha.

    Me Laurent Bayon uri ku ruhande rumwunganira, mu cyumweru gishize yabwiye urukiko ko bashaka kohereza Kabuga i Arusha “batitaye ku buzima bwe n’amagara ye”.

    Me Bayon yavuze kandi ko umukiriya we atinya ko muri urwo rukiko yaburanishwa urubanza rwa politiki, ko ubucamanza bw’Ubufaransa bufite ubushobozi bwo kumuburanisha.

    Umwanzuro w’urukiko uratangazwa uyu munsi guhera saa munani ku isaha y’i Paris ari nayo y’i Nyanga ya Mukarange mu karere ka Gicumbi mu Rwanda Bwana Kabuga aho yavukiye.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Miller namufataga nka murumuna wanjye kuko ninjye wamuhaye akazi ka mbere yakoze- Deejay Pius

    Deejay Pius kuri ubu yahurije hamwe abahanzi batandukanye barimo Tom Close, Danny Vumbi, Uncle Austin, Butera Knowless, Bruce Melodie, Rider Man, Charly na Nina.

    Iyi ndirimbo yise ‘Corona’kandi irimo abahanzi Aline Gahongayire, Jules Sentore ndetse n’umusaza Ngarambe Francois.

    Ni indirimbo irimo ubutumwa bwo kurwanya Coronavirus no gushishikariza abanyarwanda gukaza ingamba zo kwirinda iki cyorezo.

    Ubwo yari mu kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu, Pius yabajijwe uko yafataga Deejay Miller avuga ko kuri we yamufataga nka murumuna we kuko ariwe wamuhaye akazi yakoze bwa mbere.

    Ati “Namufataga nka murumuna wanjye kuko ninjye wamuhaye akazi ka mbere yakoze.”

    Deejay Miller wari usanzwe ari inshuti ya hafi cyane ya Pius yitabye Imana mu ntangiro za Mata 2020, azize uburwayi.

    Pius avuga ko “Muri make namufataga nka murumuna wanjye, namugiraga inama, twarakoranaga yari amaze kugera aho nawe yampa akazi urebye. Twaramubuze ariko turacyafite ibikorwa bye byinshi nta kundi.”

    Umuhanzi Dj Pius asanzwe ari umuyobozi wa kompanyi ya 1K Entertainment isanzwe ifasha abahanzi n’aba Djs banyuranye.

    Reba hano amashusho y’indirimbo nshya Deejay Pius yahurijemo abahanzi batandukanye

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Umwana watabwe ari muzima yatabawe mu buryo bw’igitangaza

    Byabereye mu majyaruguru y’Ubuhinde ahitwa Sonoura mu karere ka Siddharthnagar mu ntara ya Uttar Pradesh mu mpera z’icyumweru gishize.

    Uwatabaye uyu mwana avuga ko yarimo ashaka ibisigazwa by’inzu yasenywe n’inkangu akandagiye ahantu yumva ahonyoye ikintu kidasanzwe, arebye abona n’ikirenge cy’umwana muzima utabye mu butaka.

    Uyu mutabazi yahise asesurura itaka ryose rwari hejuru y’umwana amujyana mu bitaro byo muri aka gace. Abaganga bari gukurikiranira hafi ubuzima bw’uyu mwana bavuga ko nubwo yahumetse ivumbi ameze neza nk’uko bitangazwa na The Sun.

    Ntabwo haramenyekana abanyeyi b’uyu mwana, ntiharanamenyekana niba abamutabye mu butaka barabikoze ku bushake.

    Uwatabaye uyu mwana yemeye kumubera umubyeyi akamwiyandikisha.

    Ibi bibaye mu gihe n’ubundi ahitwa Sao Paulo hari umwana w’umukobwa watawe mu gisimu atoragurwa n’umuntu wamunyuzeho akumva umwana arira.

    Uwanyuze kuri uyu mwana wari watawe mu gisimu ari mu bishashi n’indi myenda yahise ahamagara polisi ifata uyu mwana imujyana mu bitaro bya Vila Nova Cachoerinha.

    Mu butumwa polisi ya Brazil yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo yavuze ko uyu mwana w’umukobwa ameze neza. Akenshi abana batawe na banyina ku mpamvu zo kubikuraho bakunze gutoragurwa bakiri bazima niyo uwabataye yaba yari yashyize ubuzima bwabo mu kaga kangana iki.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Yatwitse umukobwa we nyuma yo kumva avuga ko agiye kuva muri Islam akajya mu Bakirisitu

    Tariki 4 Gicurasi 2020 nibwo uyu mukobwa Rehema yatwitswe na se. Sheikh Hussein Byaruhanga, usanzwe ari umuvugabutumwa mu idini ya Isalam muri Uganda yasutse essence kumukobwa yibyariye aramutwika kuko agiye kujya mu bakirisitu.

    Uyu mukobwa yahiye hafi umubiri wose, kuko yajyanywe ku bitaro afite ibikomere ku maguru, mu nda, mu mbavu, ku ijosi, mu mugongo, no ku mbutwe.

    Uyu mukobwa yatwitswe na se ubwo bari bajyanye mu kazi mu mujyi wa Mbarara nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru kitwa Morning Star. Ubwo yari Mbarara ingendo nibwo zahagaritswe kubera covid-19 agumayo kwa mukuru we akajya yumva radio ya gikirisitu birangiye yumvise agomba kuva muri Islam.

    Aganira n’itangazamakuru ari ku gitanda cyo kwa muganga yagize ati “Ubwo naganiraga n’inshuti ya papa yakundaga kumva radio ya gikirisitu yansobanuriye Kristu numva ndanyuzwe mfata icyemezo cyo kwakira Yesu nk’umwami n’umukiza”.

    Akomeza agira ati “Ubwo naganiraga n’iyo nshuti ya papa, Papa yumvise turi kuvuga ibintu bya gikirisitu ahita abyuka araza arankubita, inshyi, n’imigeri”.

    Nyuma yo kumukubita imigeri nibwo ngo yasanze bidahagije ajya kuzana akabido ka essence aramudoka avuga ‘ngo ku kwica aho kugira ngo uzage mu bakirisitu’.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!