Author: webrwanda

  • Urukiko rwategetse ko Kabuga yoherezwa kuburanishirizwa i Arusha

    Saa munani ku isaha y’I Paris ari nayo yo mu Rwanda nibwo Kabuga yagejejwe mu Rukiko rw’Ubujurire rwa Paris mu Rugereko rushinzwe gukurikirana ibyaha. Akurikiranweho icyaha cya Jenoside, ubufatanyacyaha mu cyaha cya Jenoside, gukangurira abantu gukora Jenoside, ubwinjiracyaha bwa Jenoside n’ibindi bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Yari atwawe mu igare ry’abafite intege nke ndetse anambaye agapfukamunwa mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Yamaze umwanya munini aganira n’umwunganizi we nyuma anavugana n’abo mu muryango we badasiba mu iburanisha kuva uru rubanza rwatangira.

    Ni ku nshuro ya gatatu yari agaragaye mu rukiko, kuko mu iburanisha riheruka yahakaniye urukiko ko ibyaha byose ashinjwa ari ibinyoma, kuko ngo atigeze yica umututsi n’umwe dore ko ngo bari abakiliya be ndetse ko yajyaga abaguriza amafaranga.

    Mu cyumba cy’iburanisha harimo abantu benshi bo mu muryango wa Kabuga ndetse n’abandi barengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bari bategereje kumva icyo urukiko rwanzura ku ho agomba kuburanishirizwa.

    Abunganizi ba Kabuga kuva mu iburanisha rya mbere bamaganye bikomeye umwanzuro w’uko uyu mugabo w’imyaka 84 (nubwo we avuga ko afite 87) yoherezwa kuburanira i Arusha, bakavuga ko akwiriye kuburanira mu Bufaransa ku mpamvu z’ubuzima bwe kuko aribwo yabasha kwitabwaho.

    Mu iburanisha riherutse, urukiko rwari rwamaganye icyifuzo cy’abunganizi be cy’uko yarekurwa akava muri gereza ya “La Santé” afungiyemo mu Mujyi wa Paris agashyirwa mu nzu acunzwe hifashishijwe inzogera y’ikoranabuhanga hanyuma akitabwaho n’abana be.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Nelly Kelba uri mu bahagaze neza yashyize hanze amashusho y’indirimbo yari imaze umwaka

    Uyu muhanzi uri mu bakiri bato ariko bafite impano zo guhangwa amaso muri muzika Nyarwanda amaze gukora indirimbo zirimo iyo yakoranye na MC Tino yitwa ‘Uzaperereze’, iyitwa ‘Ijana ku Ijana’ n’izindi zitandukanye.

    Kuri ubu yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ndatuje’ yari yarasohotse mu buryo bw’amajwi mu mwaka ushize wa 2019.

    Ni indirimbo irimo amagambo y’urukundo agaragaza uburyo umuntu atuza iyo yahisemo neza umukunzi bazabana kugeza gupfa.

    Mu ndirimbo ‘Ndatuje’ uyu muhanzi agira inama abashaka abakunzi kubanza gushishoza kuko ibishashagirana siko byose biba ‘Ari zahabu’.

    Audio ya Ndatuje yakorewe muri Touch Music na Trackslyayer, video yakozwe na Fab Lab.

    Nelly Kelba yatangiye gukora umuziki we mu ntangiriro za 2019, aho mbere yakoraga muzika mu buryo bwo gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi ibizwi nka ‘Karaoke na live band’ mu birori bitandukanye.

    Atangaza ko imishinga afite imbere ari myinshi ,harimo gukora umuziki mwiza kandi wubaka no kuwumenyekanisha.

    Uyu musore w’imyaka 23, yasoje amashuri y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bijyanye na mudasobwa [Conputer Sciences].

    Reba hano indirimbo ‘Ndatuje’ ya Nelly Kelba


    Reba hano izindi ndirimbo za Nelly Kelba

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Perezida Kagame yagaragaje ko hakenewe ubufatanye mu guhangana n’ingaruka za COVID19

    Yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Kamena 2020, ubwo yari yitabiriye Inama ya Mbere Idasanzwe y’Umuryango uhuza ibihugu bya Afurika, Karayibe, n’ibya Pasifika ‘OACPS’.

    Iyi nama yari iyobowe na Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga [Video Conference], yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma babarizwa muri uyu muryango wa OACPS.

    Umukuru w’igihugu yavuze ko ubufatanye aribwo bw’ibanze mu guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID19.

    Yavuze ko “Icyorezo cya Coronavuris kimaze gutwara ubuzima bw’abantu benshi ndetse n’ibikorwa by’ubukungu byarahangirikiye. Biracyagoranye uyu munsi kuvuga ngo ibi bihe bikomeye turimo bizarangira ryari.

    “Hakenewe kandi imbaraga kugira ngo haboneke ubushobozi bwo kubona ibisubizo kuri byinshi mu bihugu bigize uyu muryango wacu.”

    Perezida Kagame yavuze ko ibigo bishinzwe guhangana n’indwara z’ibyorezo muri Afurika bikomeje kugira uruhare mu kubaka ubushobozi bwo gupima abakekwaho iki cyorezo kuri uyu mugabane.

    Avuga kandi ko ibihugu bya Afurika bisabwa gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi no gukumira icyorezo ariko hakabaho ubufatanye.

    Perezida Kagame yavuze kandi ko Uburayi buzakomeza kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi kuri uyu muryango wa ACP, nk’uko nawo usanzwe ari umufatanyabikorwa w’ingenzi ku mugabane w’Uburayi.

    Yagize ati “Ingaruka za COVD19 zizamara igihe kirekire nyuma yo gutsinda iyi virusi n’urugendo rwo kongera kwiyubaka ruzaba rurerure.”

    Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, yo ku wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, yagaragazaga ko Isi yapfushije abandi bantu ibihumbi 4900 umunsi umwe, abandi barenga ibihumbi 78 barandura.

    Ku mugabane wa Afurika wose hamaze kugaragara abantu 159 838 banduye Coronavirus, abamaze gupfa ni 4 520 naho abakize ni 68 985 .

    Afurika y’Epfo iri imbere mu kugira abafite ubwandu benshi kuko ari 35 812, abamaze gupfa ni 755, ikurikirwa na Misiri ubu ifite abamaze gupfa benshi kuri uyu mugabane kuko bageze kuri 1 052 naho abamaze kwandura ni 27 536.

    Muri Afurika y’Iburasirazuba, Kenya ni cyo gihugu cyugarijwe cyane kuko hamaze kwandura abantu 2 093, hapfuye 71.

    U Rwanda rufite abanduye 384, hamaze gupfa abantu babiri ariko hamaze gukira abandi 269; muri Uganda hari abanduye 489, Tanzania ifite abanduye 509 hamaze gupfa 21, mu Burundi handuye abantu 63 hapfa umwe naho muri Sudani y’Epfo hamaze kwandura abantu 994, hamaze gupfa 10.
    Inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma z’ibihugu bya OACPS yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inama ya OACPS

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Inzu igurishwa 2.000.000 Nyamata

    iherereye mu karere ka Bugesera aho bita mubihari ku muhanda werekeza ruhuha,
    ifite ibyumba 2 na saloon,
    iri mu kibanza gifite 30/35
    ikaba igurishwa 2,000,000 frw negociable.

    kubindi bisobanuro mwahamaga 0784247588

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Musanze: Uwari mu rubyiruko rw’abakorerabushake yishwe atemwe

    Byabere mu mudugudu wa Kabere, Akagari ka Coko, Umurenge wa Muko mu karere ka Musanze. Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze avuga ko uyu musore yatezwe igico n’ uwitwa Flodouard Dushimimana wamutemye agahita yishyikiriza Polisi ikorera ku murenge wa Muko.

    Uyu Habimana washakanye na Nyirazaninka yakoraga akazi ko gufotora ariko akabifatanya n’umurimo w’ubwitange wo kuba umufotozi (photographer).

    Umurambo we woherejwe mu bitaro byo mu Ruhengeri kugirango usuzumwe iby’urupfu rwe.

    Ntabwo yaramenyekana icyabaye intandaro y’ubu bugizi bwa nabi bwakorewe Habimana, gusa hari amakuru avuga ko umwe mu bakekwaho kwica Habimana babana mu rubyiruko rw’abakorera bushake Youth Volunteers

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Igihe ni iki ngo twimakaze umuco w’amahoro n’urukundo binyuze muri Siporo – Minisitiri Munyangaju

    Minisiteri ya Siporo ifatanyije na Komite Olempike y’u Rwanda ndetse n’amafederasiyo atandukanye, kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kamena 2020 batangije icyumweru cyo Kwibuka Abasiporitifu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

    Ni umuhango wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, ukaba witabiriwe n’abanyacyubahiroo batandukanye barimo na Minisitiri wa Sports, Munyangaju Aurore Mimosa.

    Ibi bibaye mu gihe u Rwanda ruri mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 26, ni umuhango wabanjirijwe no gushyira indabo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ahashyinguye imibiri igera kuri 250,000.

    Mu butumwa bwe, Minisitiri wa siporo yasabye abasiporitif kwimakaza umuco w’amahoro n’urukundo binyuze muri siporo.

    Yagize ati“abasiporutifu bahuzwa na byinshi ariko na siporo ikagira umuyoboro mu guteza imbere igihugu binyujijwe mu mahoro no gutanga urukundo. Iyo abantu ari nk’abafana ba Rayon, abafana ba Arsenal cyangwa Real Madrid uba usanga bakundana. Igihe ni iki ngo twimakaze umuco w’amahoro n’urukundo binyuze muri Siporo.”

    Iki ni igikorwa ngaruka mwaka gisanzwe kiba n’ubundi muri uku kwezi Kamena, cyahuriranaga n’imikino yo kwibuka abasiporutifu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 izwi nka “GMT” ariko uyu mwaka kubera icyorezo cya #COVID-19 iyi mikino ntizaba.

    bashyize indabo ku Rwibutso rwa Kigali

    Minisitiri Aurore Mimosa Munyangaju asinya mu gitabo cy’abashyitsi

    Yasabye abasiporutifu kurwangwa n’umuco w’amahoro n’urukundo

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Nyuma yo kuvugwa muri Rayon Sports na Kiyovu Sports ntibumvikane, Kawunga yongereye amasezerano muri Sunrise

    Kapiteni w’ikipe ya Sunrise FC, Uwambazimana Leon uzwi nka Kawunga, yongereye amasezerano y’imyaka 2 muri iyi kipe, ni nyuma yo kutumvikana na Kiyovu Sports.

    Mu cyumweru gishize ni bwo hamenyekanye inkuru y’uko uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yananiranywe na Kiyovu Sports yamwifuzaga bikomeye.

    Ibi byatewe n’uko iyi kipe ngo itubahirije ibyo bari bumvikanye mbere yo guhagaruka Nyagatare aza i Kigali kuyisinyira aho bashatse kugabanya amafaranga bumvikanye bavuga ko afite imvune mu ivi kandi akaba azi ko nta kibazo na kimwe afite.

    Nyuma yo kunaniranwa na Kiyovu Sports byavuzwe ko ashobora kwerekeza muri Rayon Sports yahoze akinira mbere.

    Ibi nabyo ntibyaje gukunda kuko uyu musore ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere yongereye amasezerano y’imyaka 2 akinira Sunrise FC.

    Uwambazimana Leon akaba amaze imyaka 4 muri iyi kipe yo mu Ntara y’Iburasirazuba mu karere ka Nyagatare, akaba ari umwe mu bakinnyi yubakiyeho mu kibiga hagati cyane ko ari na kapiteni wayo.

    Kawunga yongereye amasezerano y’imyaka 2 muri Sunrise FC

    Kawunga asanzwe ari kapiteni wa Sunrise FC

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Tariki ya 2 Kamena, umunsi w’amateka kuri Haruna Niyonzima mu ikipe y’igihugu

    Imyaka 13 irashize kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda uyu munsi, Haruna Niyonzima akinnye umukino we wa mbere mu ikipe y’igihugu nkuru Amavubi, akaba ari na wo munsi yafunguye konti y’ibitego amaze gutsindira u Rwanda.

    Ku munsi nk’uyu, tariki ya 2 Kamena 2007, ni bwo Haruna yakinaga umukino we wa mbere mu Mavubi makuru, u Rwanda rwari rwakiriye Guinea Equatorial kuri Stade Amahoro mu mukino w’itsinda E mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2008 cyabereye muri Ghana.

    Kuri iyi tariki ni bwo Haruna nayikiniye Amavubi umukino we wa mbere, ni na wo munsi yatsinze ibitego bye bya mbere mu ikipe y’igihugu, umukino warangiye ari ibitego 2 by’u Rwanda ku busa bwa Guinea Equatorial, akaba ari ibitego byose byatsinzwe na Haruna Niyonzima.

    Uyu musore wari umeze nka Zahabu abanyarwanda bafite, yabanjye guhagurutsa abanyarwanda ku munota wa 57, mu gihe barimo bakibaza niba Guinea idashobora kwishyura iki gitego ashimangira intsinzi ku munota wa 77.

    Haruna Niyonzima ubu ukinira ikipe ya Young Africans muri Tanzania, bigaragara ko amaze gukinira Amavubi imikino 90, akaba yaratsinzemo ibitego 5 gusa.

    Ku munsi nk’uyu muri 2007 ni bwo yakiniye ikipe y’igihugu umukino we wa mbere

    Ni umukinnyi ukunze kurangwa n’igitsure kuri bagenzi be iyo bari mu kibuga

    Amaze imyaka 13 mu ikipe y’igihugu

    Ubu ni we kapiteni w’ikipe y’igihugu amaze kuyikinira imikino 90

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Impamvu Iradukunda Eric Radu yahisemo gutera umugongo Rayon Sports akerekeza muri Police FC

    Myugariro wo ku ruhande rw’iburyo uherutse gusinyira Police FC, Iradukunda Eric Radu avuga ko impamvu yahisemo kwerekeza muri iyi kipe y’abashinzwe umutekano ari uko yabonaga ikipe ye ya Rayon Sports yari asoreje amasezerano nta kimenyetso na kimwe imwereka cy’uko ikimukeneye.

    Iradukunda Eric Radu, yari asoje amasezerano y’imyaka 2 muri Rayon Sports, akaba ari n’umwe mu bakinnyi bafashije iyi kipe mu myaka 2 ishize dore yari ntyasimburwa ku mwanya we, bitunguranye abantu bumvise yasinyiye Police FC aho kongerera amasezerano Rayon Sports.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI yavuze ko kugeze ubu ari umukinnyi wa Police FC kuko yamaze kuyisinyira imyaka 2.

    Yagize ati“ni byo njyewe ubu tuvugana ndi umukinnyi wa Police FC, nayisinyiye imyaka 2, ni ukuvuga imyaka y’imikino 2(seasons 2)”

    Yakomeje avuga ko impamvu yasinyiye Police FC ntiyongere amasezerano muri Rayon Sports, ngo iyi kipe ntiyigeze imwegera ngo imwereke ko ikimukeneye.

    Yagize ati“urabona twagiye muri bino bihe bya #GumaMuRugo kubera COVID-19, ikipe yacu hahise hazamo ibintu by’ibibazo ariko turavuga ngo reka dutegereze turebe, ariko muri ibyo bihe byose amakipe yaratwegeraga ariko tuavuga ngo reka dutegereze turebe kuko ntitwari tuzi niba shampiyona izakomeza cyangwa igikombe bazahita bagitanga, rimwe na rimwe ntitubavugishe.”

    “Igitekerezo cyo kugenda cyaje ubwo bavuga ngo shampiyona igikombe baragitanze, ikipe yanjye mbona ntinyegereye nkabona abandi barimo kuvugana n’andi makipe, ikipe yanjye ntiyanyegera ngo imvugishe, Police FC inyegereye ndavuga no byashoboka ko nagenda.”

    Iradukunda Eric Radu yinjiye muri Rayon Sports muri 2018 avuye mu ikipe ya AS Kigali, akaba yaramaze kuba umukinnyi wa Police FC yahoze akinira n’ubundi mbere yo kwerekeza muri AS Kigali.

    Radu ngo yahisemo kwisubirira muri Police FC nyuma y’uko yabonye nta muyobozi wa Rayon Sports urimo kumwegera

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!