Author: webrwanda

  • Akamaro k’imibonano mpuzabitsina mu buzima

    Ubushakashatsi bugaragaza ko kwifata bitabangamira ubuzima bw’umuntu, ariko gukora imibonano mpuzabitsina ku bashakanye bifitiye umubiri wa muntu inyugu nyinshi cyane. Mu ngingo z’abahanga zakozwe zerekanye ko gukora imibonano mpuzabitsina n’iyo byaba ku rugero ruke mu cyumweru, hari akamaro bigirira umubiri.

    Nk’uko tubitangarizwa kandi na forbes.com, imwe muri iyo mimaro ni iyi ikurikira:

    1.Kongera ubushobozi bwo guhumurirwa

    Nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina, umubiri urekura umusemburo witwa “Prolactin”. Uyu musemburo utuma uturemangingo two mu bwonko dutuma hiyongera ibice bihererye mu bwonko bishinzwe impumuro.

    2. Kugabanya indwara y’umutima

    Mu bushakashatsi bwakozwe muri Kaminuza ya Queens (Queens University) y’i Belfast, ku bijyanye n’umutima, basanze gukora imibonano mpuzabitsina inshuro eshatu cyangwa nyinshi mu cyumweru bigabanya ibyago byo guhura n’indwara y’umutima.

    3. Kugabanya ibiro

    Buriya ngo gukora imibonano mpuzabitsina na byo ntaho bitaniye no gukora imyitozo ngororamubiri, kuko iyo umuntu arangije rimwe gusa; ibingana no kwiruka mu gihe cy’ iminota 15 kuri Treadmill (igikoresho cya gymnastic umuntu yirukaho atava aho ari).

    4. Kugabanya kwiheba

    Inyigo yakozwe mu mwaka wa 2002, ku bakobwa 233; aba bakobwa baryamanye na bagenzi babo b’abahungu bamwe bambaye udukingirizo abandi batatwambaye. Ku bakobwa bahuye n’abahungu batambaye udukingirizo, basanze ikibazo cyo kwiheba ari gike ugereranyije na bagenzi babo bahuye n’abahungu bambaye udukingirizo. Ibi biterwa n’ umusemburo wa “prostaglandin” uba mu masohoro, ukinjirira mu mukobwa biciye mu myanya ndangagitsina ye. Uyu musemburo ugabanya kwiheba.

    5. Kugabanya ububabare

    Nyuma y’ibyishimo byinshi bibonwa nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina hari umusemburo urekurwa witwa “Ocytocin” ku rugero rukubye inshuro Eshanu ku rwari rusanzwe ruriho. Uyu musemburo na wo utuma harekurwa “endorphins”, ariyo ikuraho ibijyanye n’ububabare; nk’umutwe ukabije. Ku bagore ho hanarekurwa umusemburo, “estrogen” ufite ubushobozi bwo kugabanya uburibwe bubanziriza igihe cy’imihango ku bantu b’igitsina gore.

    6. Kugabanya ibyago byo kurwara ibicurane na Giripe

    Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Wilkes (Wilkes University) yo muri Pennsylvania buvuga ko gukora imibonano mpuzabitsina inshuro imwe kugera kuri ebyiri mu cyumweru byongera 30% urugero rwa “immunoglobin A”, ishinzwe kurinda umubiri.

    7. Gukora neza k’uruhago rw’inkari

    Imibonano mpuzabitsina kandi ituma Uruhago rw’inkari rugira ubushobozi bwo gukora neza.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Nta cyizere twari dufitiwe – Rwabugiri Umar wakomoje ku bihe bikomeye yanyuzemo muri APR FC

    Umunyezamu w’ikipe ya APR FC, Rwabugiri Umar avuga ko batangiye shampiyona abantu nta cyizere babafitiye bitewe n’uko yari ikipe igaragaramo amasura mashya gusa, akaba ashimira Imana kuba baregukanye igikombe.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI kibanze ku buzima bwe muri APR FC mu mwaka wa mbere, yavuze ko ari umwaka waranzwe n’ibihe bibi n’ibyiza kuri we.

    Kwinjira muri APR FC yari imaze gusezerera abakinnyi 16, bigaragara ko amasura menshi ari mashya, byatumye abantu benshi batabagirira icyizere, gusa ngo bakoze ibishoboka byose baratsinda.

    Yagize ati“ni umwaka wari mwiza kuri twebwe nk’ikipe yari nshya, ngira ngo barebye ukuntu twaje turi bashya bamwe nta cyizere badufitiye, ku buryo umuntu areba APR FC akabona ni ikipe irimo abantu atazi, urumva nta cyizere, ariko twahuye n’abayobozi beza ndetse n’abatoza baturemamo icyizere dukorera hamwe maze n’ubushobozi bwacu twarabikoze.”

    Yakomeje avuga ko ku giti cye umwaka wa mbere muri APR FC wamukomereye ariko abatoza be bakaba baramubaye hafi.

    Yagize ati“ni umwaka wankomereye cyane, byansabye gutekereza cyane no gutuza no kumvira ibyo abatoza bambwira, byari bikomeye mu gutangira ariko byari bigiye kurangira neza n’ubwo bitarangiye neza nk’uko nabyifuzaga ariko urebye byari byiza kuko nabashije kwigaranzura ibihe bibi natangiranye.”

    Ngo ntazibagirwa imikino ibiri mu mwaka ushize w’imikino wa 2019-2020.

    “Ibihe ntazibagirwa ni imikino ibiri, umwe mwiza n’undi mubi. Navuga ko ntazibagirwa umukino wa Etincelles natwe i Rubavu, ni byo bihe bibi nagize mu buzima(yakoze ikosa rituma banganya 1-1). Undi mukino ni derby yanjye ya mbere(APR FC vs Rayon Sports), nitwaye neza tuza kuyitsinda.” Rwabugiri Umar

    Rwabugiri Umar yinjiye muri APR FC mu mwaka ushize wa 2019 avuye muri Mukura VS et Loisir, akaba umwaka we wa mbere muri iyi yarayifashije kwegukana igikombe cya shampiyona.

    Yishimira ko begukanye igikombe n’ubwo bari abakinnyi baturutse ahantu hatandukanye

    Ahamya ko ari umwaka wamugoye cyane

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Kimenyi Yves wasinyiye Kiyovu Sports ashobora kongera kwisanga muri Rayon Sports

    Nyuma y’uko Kiyovu Sports itangaje ko Kimenyi Yves wari umunyezamu wa Rayon Sports yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka 2, iyi kipe yamaze kwandikira Kiyovu Sports iyimenyesha ko bakoze amakosa yo kumusinyisha batavuganye n’ikipe agifitiye amasezerano.

    Tariki ya 26 Gicurasi 2020 ni bwo inkuru yamenyekanye ko Kimenyi Yves wari usigaranye amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sports yasinyiye Kiyovu Sports amasezerano y’umwaka umwe kuko yari yarayisinyiye amasezrano y’imyaka 2 muri 2019.

    Impamvu nyamukuru yateye Kimenyi Yves gusinyira Kiyovu Sports bivugwa ko ubwo yasinyiraga Rayon Sports hari amafaranga agera kuri miliyoni 6 iyi kipe itamuhaye imwizeza ko izayamuha vuba ndetse mu masezerano ye bivugwa ko hari ingingo irimo ivuga ko mu gihe adahawe amafaranga ye mu gihe bumvikanye afite uburenganzira bwo kuba yakwigendera.

    Ikipe ya Rayon Sports binyuze muri CEO wa yo, Itangishaka Bernard yamaze kwandikira Kiyovu Sports bayimenyesha ko bakoze amakosa yo gusinyisha Kimenyi Yves batavuganye n’ikipe afitiye amasezerano.

    Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yasinyweho n’uyu muyobozi iri mu rurimi rw’igifaransa, yavuze ko batunguwe no kumva mu itangazamakuru ko umukinnyi wa bo Kimenyi Yves yasinye amasezerano y’akazi na Kiyovu Sports kandi agifite amasezerano ya Rayon Sports, iyi kipe kandi ikaba itaregereye Rayon Sports ngo baganire niba bamwifuza babangire cyangwa babemerere.

    Akomeza avuga ko bakimubara nk’umukinnyi wa bo kuko nta n’urwandiko rumurekura (release letter) yigeze ahabwa kandi bakaba bashingiye no ku ibaruwa FIFA yandikiye FERWAFA tariki ya 19 Mata 2020 ivuga uburyo abakinnyi bashobora kurangiza amasezerano bari bafitanye n’amakipe bitewe n’ibi bihe bya COVID-19, babamenyesheje ko iyo baza kuba bakeneye uyu mukinnyi bakabaye barubashye byibuza amabwiriza agenga isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi batararangiza amasezerano y’akazi.

    Yasoje ibaruwa we abwira perezida wa Kiyovu Sports ko yizeye ko bumvishe kandi bakanemera ibyo bamaze kubasobanurira.

    Iyi baruwa kandi bivugwa ko ari nayo yandikiwe Police FC nyuma y’uko na yo yasinyishije kapiteni w’iyi kipe, Rutanga Eric.

    Ibaruwa yandikwe Kiyovu Sports

    Kimenyi Yves yasinyiye Kiyovu Sports agifite amasezerano ya Rayon Sports

    Rutanga Eirc na we ashobora kugaruka muri Rayon Sports

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Myugariro wahoze akinira Rayon Sports yayireze ayishyuza umushahara w’amezi 40

    Runanira Amza nyuma yo kwirukanwa muri Rayon Sports yareze iyi kipe muri FERWAFA avuga ko yirukanywe mu buryo bunyuranyije n’amategeko aho ayishyuza amafaranga y’u Rwanda agera kuri 18 475 000 arimo umushahara w’amezi 40 yari asigaje muri iyi kipe.

    Muri Kamena 2019 ni bwo Runira Amza yasinyiye Rayon Sports amasezerano y’imyaka 4 avuye muri Marines FC, muri Gashyantare uyu mwaka iyi kipe yaje kumwirukana imuziza amakosa yakoze yanahanwa ntakore ibihano yahawe.

    Uyu musore n’umunyamategeko we, Uwineza Neema bandikiye FERWAFA bayibutsa ikirego bayishyikirije tariki ya 11 Werurwe 2020 aho arega Rayon Sports kumwirukana binyuranyije n’amategeko.

    Mu ibaruwa ya Runanira Amza yandikiye perezida w’akanama nkemurampaka ka FERWAFA abasaba kumurenganura ku karengane yakorewe n’uwari umukoresha we Rayon Sports.

    Yakomeje avuga ko hari ingingo zitubahirijwe mu masezerano yagiranye na Rayon Sports ubwo iyi kipe yamwandikiraga imusezerera ku kazi.

    Uyu musore muri rusange arishyuza Rayon Sports amafaranga angana na 18 475 000 frw harimo amafaranga y’umushahara w’amezi 40 nk’amasezerano yari asigaje muri iyi kipe afite agaciro ka miliyoni 12 kuko yahembwaga ibihumbi 300. Umushahara w’amezi 2(Mutarama na Gashyantare 2020) atabonye ungana n’ibihumbi 600, agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 75 ko ku mikino ya Kiyovu Sports na AS Muhanga, indishyi zo guseza amasezerano aho asaba amezi 6 y’umushahara, ni ukuvuga 1.800.000, indishyi zo kuba yarasebejwe mu itangazamakuru zingana na miliyoni 3 ndetse n’igihembo cy’umuhagarariye mu mategeko kingana na miliyoni.

    Ibaruwa yo kwibutsa FERWAFA

    Ikirego batanze muri FERWAFA

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Abantu bashya barwaye Coronavirus babonetse i Rusizi barimo umumotari nibo bateje ikibazo

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yatangarije RBA ko impamvu hafashwe icyemezo cyo kudasububukura ingendo z’abamotari n’izihuza Intara n’Umujyi wa Kigali, byatewe no kuba hari ubwandu bushya bwagaragaye mu Karere ka Rusizi, aho hagaragaye abantu 5. Minisitiri Ngamije yavuze ko gusubukura ingendo bitari gukorwa hatabanje gusesengura neza kugira ngo harebwe ingamba zafatwa zatuma abantu batakwandura.

    Mu bantu batanu bagaragaye mu karere ka Rusizi harimo umumotari watwaraga ibicuruzwa muri ako karere, naho abandi bane bagaragaye ni abasanzwe batwara imodoka zikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagana i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

    Minisitiri Ngamije yavuze kandi ko abantu badakwiye kugira impungenge kuko inzego z’ubuzima zikomeje gukora ibishoboka byose, gusa abantu bose bakumva ko icyorezo kigihari mu gihugu ndetse no mu bihugu duturanye. Asaba ko bakomeza kwirinda mu buryo bushoboka bwose.

    Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase avuga ko atari ubwa mbere agace runaka kaba kagaragayemo abanduye, hagakorwa ibishoboka ngo bashakishwe. Avuga ko abantu bakwiye kubahiriza amabwiriza yashyizweho bakirinda gukora ingendo zitemewe.

    Mnisitiri Shyaka yavuze ko mu karere ka Rusizi by’umwihariko hagiye gushyirwa imbaraga mu kugabanya urujya n’uruza ruva cyangwa rujya muri aka karere kugira ngo hasuzumwe uko icyorezo gihagaze. Avuga kandi ko ingamba zo kwirinda zitareba aka karere gusa, ahubwo bireba igihugu cyose

    source https://webrwanda.com/

  • Abantu bashya barwaye Coronavirus babonetse i Rusizi barimo umumotari nibo bateje ikibazo

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yatangarije RBA ko impamvu hafashwe icyemezo cyo kudasububukura ingendo z’abamotari n’izihuza Intara n’Umujyi wa Kigali, byatewe no kuba hari ubwandu bushya bwagaragaye mu Karere ka Rusizi, aho hagaragaye abantu 5. Minisitiri Ngamije yavuze ko gusubukura ingendo bitari gukorwa hatabanje gusesengura neza kugira ngo harebwe ingamba zafatwa zatuma abantu batakwandura.

    Mu bantu batanu bagaragaye mu karere ka Rusizi harimo umumotari watwaraga ibicuruzwa muri ako karere, naho abandi bane bagaragaye ni abasanzwe batwara imodoka zikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagana i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

    Minisitiri Ngamije yavuze kandi ko abantu badakwiye kugira impungenge kuko inzego z’ubuzima zikomeje gukora ibishoboka byose, gusa abantu bose bakumva ko icyorezo kigihari mu gihugu ndetse no mu bihugu duturanye. Asaba ko bakomeza kwirinda mu buryo bushoboka bwose.

    Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase avuga ko atari ubwa mbere agace runaka kaba kagaragayemo abanduye, hagakorwa ibishoboka ngo bashakishwe. Avuga ko abantu bakwiye kubahiriza amabwiriza yashyizweho bakirinda gukora ingendo zitemewe.

    Mnisitiri Shyaka yavuze ko mu karere ka Rusizi by’umwihariko hagiye gushyirwa imbaraga mu kugabanya urujya n’uruza ruva cyangwa rujya muri aka karere kugira ngo hasuzumwe uko icyorezo gihagaze. Avuga kandi ko ingamba zo kwirinda zitareba aka karere gusa, ahubwo bireba igihugu cyose

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Umukinnyi Iradukunda Bertrand yakuze afata nk’icyitegererezo baje no gukinana

    Rutahizamu mushya w’ikipe ya Gasogi United, Iradukunda Jean Bertrand avuga ko umukinnyi yakuze afata nk’icyitegererezo ari Michel Rusheshangoga bakaba baraje no gukinana.

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru ISIMBI, Bertrand yavuze ko umukinnyi yakuze afata nk’icyitegererezo cye ari Michel Rusheshangoga kuko yakuze ari we muntu abona azi umupira cyane ko bakuriye mu gace kamwe.

    Yagize ati“rero kuko nakuriye i Muhanga dukina umupira, umuntu nakuze mfata nk’icyitegererezo cyanjye ni Michel Rusheshangoga, yari mu bantu bakinnye imbere yanjye rero aho twari dutuye twese twaramwemeraga no ku ishuri bavugaga ko ari we mukinnyi uzi umupira.”

    Yakomeje avuga ko abantu badakwiye gutungurwa n’uko ari rutahizamu ariko umukinnyi afata nk’icyitegererezo akina mu bwugarizi ahazwi nko kuri 2 kuko uyu mukinnyi mbere yakinaga na we mu busatirizi.

    Yagize ati“oya Michel yahinduye umwanya, mbere yakinaga imbere kuri 7 na 11, yaje guhindura umwanya nyuma, ariko yari azi umupira buri wese yifuzaga kuba nka we.”

    Uyu mukinnyi yakuze afata nk’icyitegererezo baje no gukinana, bakinanye mu ikipe ya APR FC ndetse bakaba banakinana mu ikipe y’igihugu.

    Bertrand Michel yakuze afatiraho ikitegererezo barabanakinanye

    Michel Rusheshangoga ubu asigaye akinira AS Kigali, ni we mukinnyi Bertrand yakuze afatiraho ikitegererezo

    source https://webrwanda.com/

  • Nyabihu: Abajura binjiye muri ADEPR Kora batwara ibikoresho by’urusengero

    Ubu bujura bwabaye mu rukerera rwo ku wa Mbere rushyika ku wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, aho bivugwa ko aba bajura baje bakinjira mu rusengero bagakuramo ibi bikoresho.

    ADEPR Paruwasi ya Kora iherereye mu Mudugudu wa Bugarama, Akagari ka Bukinanyana, mu Murenge wa Jenda ho mu Karere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba.

    Ubuyobozi bw’iyi paruwasi butangaza ko ibyibwe ari icyuma kivanga umuziki [Mixer] gifite agaciro k’ibihumbi 600Frw, printer ifite agaciro k’ibihumbi 200Frw ndetse na matera eshatu nini aho imwe igura ibihumbi 120Frw.

    Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI, Umushumba Mukuru w’iyi Paruwasi ya Kora, Pasiteri Dukuzumuremyi Joseph yavuze ko abatwaye ibi bikoresho bataramenyekana ariko Urwego Rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB rwatangiye gukora iperereza.

    Yakomeje agira ati “Abajura ngo baje mu ma samunani z’urukerera barabitwara ariko Umugenzacyaha yahageze afata ibimenyetso byose agira n’abo abaza harimo n’umuzamu ubwo natwe aratubaza turasobanura.”

    Pasiteri Dukuzumuremyi yavuze ko hari hari umuzamu, usanzwe ariko nawe avuga ko atazi uko ibi bikoresho byibwe.

    source https://webrwanda.com/Nyabihu:_Abajura_binjiye_muri_ADEPR_Kora_batwara_ibikoresho_by’urusengero_1591218532542708.html

  • Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yiga ku ngamba zo kurwanya COVID19 –Amafoto

    Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Kamena 2020, nk’uko byari biherutse gutangazwa n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard mu mpera z’icyumweru gishize.

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko “Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri igamije gusesengura ingamba zafashwe mu kurwanya ikwirakwira rya COVID19 no kuganira ku bihe biri imbere mu kurwanya iyi virusi.

    Mu byari biteganyijwe gusuzumwa muri iyi nama harimo kureba niba hasubukurwa ingendo zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali ndetse na moto zitwara abagenzi.

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 18 Gicurasi 2020, yari yemeje ko ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali zongera gusubukurwa ku wa 1 Kamena ndetse ko ari nawo munsi moto zitwara abantu zagombaga kwemererwa kongera gukora.

    Gusa ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 31 Gicurasi 2020, itangazo ryo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ryaje rivuga ko ibi byose bikubujijwe harategerezwa ibizava mu nama yo kuri uyu wa Kabiri.

    Iri tangazo ryavugaga ko impamvu ingendo zitahise zifungurwa tariki 1 Kamena nk’uko byari byaratangajwe ari uko hakozwe isesengura hagamijwe gukomeza kurinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19 giterwa na Coronavirus, ingendo zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali ndetse na moto zitwara abagenzi bagasanga bigomba kuba bifunzwe.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yatangarije RBA ko impamvu hafashwe icyemezo cyo kudasububukura ingendo z’abamotari n’izihuza Intara n’Umujyi wa Kigali, byatewe no kuba hari ubwandu bushya bwagaragaye mu Karere ka Rusizi, aho hagaragaye abantu 5.

    Minisitiri Ngamije yavuze ko gusubukura ingendo bitari gukorwa hatabanje gusesengura neza kugira ngo harebwe ingamba zafatwa zatuma abantu batakwandura.

    source https://webrwanda.com/Perezida_Kagame_yayoboye_Inama_y’Abaminisitiri_yiga_ku_ngamba_zo_kurwanya_COVID19_–Amafoto_1591218532543339.html

  • Amagambo Beyonce, yavuze kurupfu rwa George Floyd wishwe na Polisi, yateye benshi ikiniga, yasabye amasengesho kuri Amerika

    Amazina akomeye ya muzika arimo kuvuga agahinda nyuma y’urupfu rwa George Floyd.

    Mu gihe umujinya n’imyigaragambyo byakwirakwiriye muri Amerika, Beyoncé, Rihanna, na Drake bakoresha ubwamamare bwabo kugira ngo basabe ubutabera mu izina rya George Floyd, umwirabura w’imyaka 46 utagira intwaro wishwe n’umupolisi wera muri Minneapolis.

    Beyoncé yasangiye ubutumwa bw’amarangamutima abamukurikirana barenga miliyoni 147. Uyu muhanzikazi yagize ati: “Twese twiboneye ubwicanyi bwe ku manywa y’ihangu”, avuga ku mashusho y’uwahoze ari ofisiye Derek Chauvin, wakandagiye ivi ku ijosi rya Floyd mu gihe cy’iminota icyenda ubwo yatakambaga ati: “sinshobora guhumeka!”

    Beyonce yakomeje agira Ati: “Twaravunitse turabyanze. Ntidushobora guhagarika ubu bubabare ”. Ati: “Ntabwo mvugana nabo duhuje uruhu gusa. Niba uri umuzungu, Umwirabura, cyangwa undi wese, nzi neza ko wumva udafite ibyiringiro by’ivanguramoko ribera muri Amerika muri iki gihe. Ntibizongere kwica abantu bidafite ishingiro. Ntabwo dushobora gukomeza kureba abirabura nkaho atari abantu. Ntidushobora gukomeza kurebera. ”

    Yakomeje agira ati: “George ari mu muryango wacu nk’abantu. Ni umuryango kuko yari umunyamerika mugenzi wacu. Habayeho inshuro nyinshi cyane twabonye ubwo bwicanyi bukabije kandi nta ngaruka. Yego, hari umuntu washinjwaga ariko ubutabera ntibugerwaho. ” Beyoncé yasangiye ubutumwa bw’amarangamutima abamukurikirana barenga miliyoni 147.

    Yasabye abakunzi be gushyira umukono ku cyifuzo cya Change.org kandi “bakomeje gusengera amahoro, impuhwe, no gukiza igihugu .” Iki cyifuzo gifite imikono irenga miliyoni 7, kikaba aricyo cyiyongera cyane muri Amerika mumateka ya Change.org.

     
    http://dlvr.it/RXwqY5