Author: webrwanda

  • Ibaruwa Rayon Sports yasubije Kimenyi na Rutanga Eric bayisabye gusesa amasezerano

    Nyuma y’uko abakinnyi babiri ba Rayon Sports, Kimenyi Yves na Rutanga Eric bandikiye iyi kipe bayisaba gusesa amasezerano bari bafitanye dore ko buri umwe yari asigajemo umwaka umwe, Rayon Sports yabasubije ko iseswa ry’amasezerano bifuza ridakurikije amategeko cyane ko bandikiye iyi kipe baramaze gusinyira andi makipe.

    Mu mpeshyi ya 2019, ni bwo Rutanga Eric yongereye amasezerano muri Rayon Sports y’imyaka 2 bemeranywa kumuha miliyoni 9 z’amafaranga y’u Rwanda, ariko bamwishyuyemo 2. Kimenyi Yves na we yasinye imyaka 2 avuye muri APR FC kuri miliyoni 8 na we yishyurwamo 2.

    Mu masezerano ya bo bashyizemo ingingo ivuga ko nibigera ku itariki ya 30 NZeri 2019 batarishyurwa amafaranga ya bo bazaba bameze nk’abakinnyi badafite ikipe(free agent).

    Ibi ni byo aba basore bashingiyeho maze Kimenyi Yves asinyira Kiyovu Sports mu gihe Rutanga Eric yasinyiye Police FC(buri umwe yasinye imyaka 2).

    Gusa ibi ntabwo babibona kimwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe kuko yahise yandikira Kiyovu Sports na Police FC ibamenyesha ko bakoze amakosa gusinyisha aba bakinnyi kuko bagifite amasezerano ya Rayon Sports.

    Nyuma yo gusinyira aya makipe, aba bakinnyi na bo bakaba barahise bandikira Rayon Sports bayisaba gusesa amasezerano y’umurimo bari bafitanye.

    Mu ibaruwa yasinyweho n’umuyobozi Nshingwabikorwa wa yo(CEO), Itangishaka King Bernard, bamenyeshaje aba abasore ko kuba itariki bari bumvikanye iri mu masezerano(30 Nzeri 2019) yarageze ntibahite bubahiriza ingingo iri mu masezerano ngo bashake indi kipe ahubwo bakemera gukomeza akazi bubahiriza amasezerano bafitanye n’ikipe birengagije iyo ngingo nk’uko bigaragara mu ibaruwa bandikiye Rayon Sports, bivuze ko iyo ngingo yahise iteshwa agaciro.

    Rayon Sports yakomeje ivuga ko iri seswa ry’amasezerano bifuza ridakurikije amategeko kuko basabye gusesa amasezerano baramaze gusinya amasezerano mu y’andi makipe.

    Yagize ati“ Nkwandikiye nkumenyesha ko iseswa ry’amasezerano watugejejeho ridakurikije amategeko n’amasezerano dufitanye cyane ko mbere yo kurikora, wasinye andi masezerano n’indi kipe mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Nk’aba nkushishikariza wowe n’abo mwasinyanye ayo masezerano kwegera ubuyobozi bwa Rayon Sports ngo dukemure ikibazo mu bwumvikane nk’uko biteganywa n’amasezerano dufitanye mu ngino ya 4 agaka ka 5, bitabaye ibyo mu gihe cy’iminsi 15 tukazitabaza amategeko nk’uko biteganywa n’ingingo ya 4 y’amasezerano dufitanye.”

    Kimenyi Yves yabwiwe ko kuba atarahise yubahiriza amasezerano yagiranye n’iyi kipe iyo ngingo yateshejwe agaciro

    Rutanga yabwiwe n’ubuyobozi ko iseswa ry’amasezerano yifuza ridakurikije amategeko

    source http://isimbi.rw/siporo/article/ibaruwa-rayon-sports-yasubije-kimenyi-na-rutanga-eric-bayisabye-gusesa-amasezerano

  • Biteye ubwoba: Umusozi uriho amazu menshi waridutse ugwa mu nyanja

    Mu gihugu cya Norvege, indege nto itajyamo abapilote ‘drone’ yafashje amashusho y’igice cy’umusozi uriho amazu 8 gikushumuka kigwa mu nyanja. Igitangaje ni uko nubwo byari bigoye gutabara abari muri aya mazu nta muntu wapfuye cyangwa uwakomeretse.

    Polisi yo mu mujyi wa Alta muri Norvege ivuga ko yahawe ubutumwa mbere ya kumi z’umugoroba wo ku wa gatatu 3 Kamena 2020 ko hari amazu agiye kugwa mu nyanja. Polisi yahise ihagurutsa kajugujugu ijya gutabara.

    Abaturage bavuga ko bagiye kubona bakabona umusozi utangiye kugenda bari mu mazu nk’uko babitangarije ikinyamakuru cyo muri iki gihugu kitwa

    Kugeza ubu ntabwo haramenyekana icyateje iyi nkangu, gusa aho yabeye hari ubutaka bw’ibumba ryinshi bituma byorohera inkangu ku butwara.

    Anders Bjordal, umuyobozi ushinzwe amazi n’ingufu muri iki gihugu avuga ko kugeza ubu nta muntu baramenya wahitanywe n’iyi nkangu.

    Ati “Amazu 8 yazimiriye mu nyanja. Twapimye dusanga iyi nkangu yarakushumutse ahantu hareshya na metero 650.

    Anders Bjorke Olsen, umuyobozi wa polisi agira ati “Twakiriye ubutumwa mbere ya saa kumi z’umugoroba ko amazu abiri aguye mu nyanja. Twihutiye guhagurutsa za kajugujugu, imbwa zikora ubutabazi, tumenyesha croix rouge, abasirikare, abaganga n’abashinzwe umuriro natwe abapolisi tujyayo”.

    Akomeza agira ati “Twasanze ari byinshi bikeneye ubufasha n’amazu menshi yangiritse. Twakoze ku buryo nta muntu bihitana”.

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Umutekano/article/Biteye-ubwoba-Umusozi-uriho-amazu-menshi-waridutse-ugwa-mu-nyanja

  • Papy yasobanuye ibyo kuza gukina mu Rwanda muri Rayon Sports na Kiyovu Sports

    Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Yanga mu gihugu cya Tanzania, Sibomana Patrick uzwi nka Papy, yateye utwatsi amakuru avuga ko ashobora kugaruka mu Rwanda nyuma y’uko bivuzwe ko ashobora gutandukana n’iyi kipe.

    Mu minsi ishize byavugwaga ko uyu mukinnyi ashobora kwerekeza muri Kiyovu Sports cyane ko ngo umutoza uzaba atoza iyi kipe, Olivier Karekezi ari umwe mu bakinnyi yifuzaga kuba yazakwifashisha.

    Amakuru agezweho ubu ni uko bivugwa ko ashobora kuzakinira ikipe ya Rayon Sports umwata utaha w’imikino.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Papy yavuze ko ibyo ari ibihuha na we arimo kubyumva nk’abandi bose cyane ko nta muyobozi n’umwe muri ayo makipe bivugwa amwifuza bigeze baganira.

    Yagize ati“amakuru murimo kumva nanjye ndimo kuyumva gutyo, ku ruhande rwa Rayon Sports nta muyobozi ndavugana na we, Kiyovu Sports na yo nta muntu turavugana, ndacyari umukinnyi wa Yanga biramutse bibaye nkatandukana na Yanga muzabimenya.”

    Akomeza avuga ko we n’ikipe ye bameranye neza nta kibazo na kimwe gihari mu mwaka umwe ayimazemo.

    Yageze muri Yanga muri 2019 avuye muri Mukura VS, hari nyuma yo gutandukana na Shahktyor Soligorsk yo muri Belarus yari yagezemo avuyemuri APR FC.

    Sibomana Patrick avuga ko ibyo gutandukana na Yanga na we abyumva nk’abandi

    source http://isimbi.rw/siporo/article/papy-yasobanuye-ibyo-kuza-gukina-mu-rwanda-muri-rayon-sports-na-kiyovu-sports

  • Abakinnyi ba AS Kigali mu gihirahiro

    Bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali bari mu gihirahiro nyuma y’uko shampiyona isojwe iyi kipe ibafitiye ibirarane by’amezi 2 bakaba batazi igihe bazayishyurirwa, ni mu gihe bamwe basoje amasezerano ya bo batazakomezanya n’iyi kipe.

    Abakinnyi baganiriye n’ikinyamakuru ISIMBI batifuje ko amazina ya bo atangazwa, bavuga ko ubu ibintu bitifashe neza kuko baheruka amafaranga y’ukwezi 3, kandi ngo iyi kipe ntiyigeze ihagarika imishahara ya bo ngo babimenye babe baraniteguye.

    Nyuma y’uko shampiyona isojwe, bamwe mu bakinnyi basoje amasezerano bo bafite impungenge ko bashobora gutandukana n’iyi kipe batabonye amafaranga ya bo bakoreye, ni mu gihe ubuyobozi bumaze igihe ngo bubizeza ibitangaza.

    Yagize ati“nk’ubu shampiyona yararangiye, bamwe ntibakiri abakinnyi ba AS Kigali kuko basoje amasezerano, hari amafaranga y’amezi 2 ubuyobozi budufitiye, ubwo se umuntu yakwizera ko azayabona yarahavuye? Ubuyobozi bwirirwa butwizeza ibitangaza ariko noneho barabuze neza.”

    Ubwo twandikaga iyi nkuru twagerageje kuvugana n’umunyamabanga w’iyi kipe, Francis ariko ntibyakunda kuko atabonekaga ku murongo wa telefoni ye ngendanwa.

    Abakinnyi ba AS Kigali barayishyuza amezi 2

    source http://isimbi.rw/siporo/article/abakinnyi-ba-as-kigali-mu-gihirahiro

  • Imwe mu mikino mu Rwanda yakomorewe

    Hashize amezi arenga 3 mu Rwanda ibikorwa by’imikino byarahagaritswe kubera icyorezo cya COVID-19, kuri ubu Minisiteri ya Siporo yamaze gutangaza ko imikino irimo Tennis, Golf, Cycling… yemerewe gusubukurwa guhera ku wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2020.

    Ni mu itangazo rya Minisiteri ya Siporo yashyize hanze ishingiye ku myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 2 Kamena 2020 ku ngamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, Minisiteri ya Siporo yatangaje ko hari imikino yemerewe gusubukurwa guhera tariki ya 8 Kamena 2020 ariko ikubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, izi ngamba zikazasubirwamo nyuma y’iminsi 15.

    Iyo mikino ni Tennis, Golf, Cycling, imikino ngororamubiri, gutwara imodoka, Fencing, kugenda n’amaguru(jogging).

    source http://isimbi.rw/siporo/article/imwe-mu-mikino-mu-rwanda-yakomorewe

  • Biteye ubwoba: Umusozi uriho amazu menshi waridutse ugwa mu nyanja

    Mu gihugu cya Norvege, indege nto itajyamo abapilote ‘drone’ yafashje amashusho y’igice cy’umusozi uriho amazu 8 gikushumuka kigwa mu nyanja. Igitangaje ni uko nubwo byari bigoye gutabara abari muri aya mazu nta muntu wapfuye cyangwa uwakomeretse.

    Polisi yo mu mujyi wa Alta muri Norvege ivuga ko yahawe ubutumwa mbere ya kumi z’umugoroba wo ku wa gatatu 3 Kamena 2020 ko hari amazu agiye kugwa mu nyanja. Polisi yahise ihagurutsa kajugujugu ijya gutabara.

    Abaturage bavuga ko bagiye kubona bakabona umusozi utangiye kugenda bari mu mazu nk’uko babitangarije ikinyamakuru cyo muri iki gihugu kitwa

    Kugeza ubu ntabwo haramenyekana icyateje iyi nkangu, gusa aho yabeye hari ubutaka bw’ibumba ryinshi bituma byorohera inkangu ku butwara.

    Anders Bjordal, umuyobozi ushinzwe amazi n’ingufu muri iki gihugu avuga ko kugeza ubu nta muntu baramenya wahitanywe n’iyi nkangu.

    Ati “Amazu 8 yazimiriye mu nyanja. Twapimye dusanga iyi nkangu yarakushumutse ahantu hareshya na metero 650.

    Anders Bjorke Olsen, umuyobozi wa polisi agira ati “Twakiriye ubutumwa mbere ya saa kumi z’umugoroba ko amazu abiri aguye mu nyanja. Twihutiye guhagurutsa za kajugujugu, imbwa zikora ubutabazi, tumenyesha croix rouge, abasirikare, abaganga n’abashinzwe umuriro natwe abapolisi tujyayo”.

    Akomeza agira ati “Twasanze ari byinshi bikeneye ubufasha n’amazu menshi yangiritse. Twakoze ku buryo nta muntu bihitana”.

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Papy yasobanuye ibyo kuza gukina mu Rwanda muri Rayon Sports na Kiyovu Sports

    Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Yanga mu gihugu cya Tanzania, Sibomana Patrick uzwi nka Papy, yateye utwatsi amakuru avuga ko ashobora kugaruka mu Rwanda nyuma y’uko bivuzwe ko ashobora gutandukana n’iyi kipe.

    Mu minsi ishize byavugwaga ko uyu mukinnyi ashobora kwerekeza muri Kiyovu Sports cyane ko ngo umutoza uzaba atoza iyi kipe, Olivier Karekezi ari umwe mu bakinnyi yifuzaga kuba yazakwifashisha.

    Amakuru agezweho ubu ni uko bivugwa ko ashobora kuzakinira ikipe ya Rayon Sports umwata utaha w’imikino.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Papy yavuze ko ibyo ari ibihuha na we arimo kubyumva nk’abandi bose cyane ko nta muyobozi n’umwe muri ayo makipe bivugwa amwifuza bigeze baganira.

    Yagize ati“amakuru murimo kumva nanjye ndimo kuyumva gutyo, ku ruhande rwa Rayon Sports nta muyobozi ndavugana na we, Kiyovu Sports na yo nta muntu turavugana, ndacyari umukinnyi wa Yanga biramutse bibaye nkatandukana na Yanga muzabimenya.”

    Akomeza avuga ko we n’ikipe ye bameranye neza nta kibazo na kimwe gihari mu mwaka umwe ayimazemo.

    Yageze muri Yanga muri 2019 avuye muri Mukura VS, hari nyuma yo gutandukana na Shahktyor Soligorsk yo muri Belarus yari yagezemo avuyemuri APR FC.

    Sibomana Patrick avuga ko ibyo gutandukana na Yanga na we abyumva nk’abandi

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Abakinnyi ba AS Kigali mu gihirahiro

    Bamwe mu bakinnyi ba AS Kigali bari mu gihirahiro nyuma y’uko shampiyona isojwe iyi kipe ibafitiye ibirarane by’amezi 2 bakaba batazi igihe bazayishyurirwa, ni mu gihe bamwe basoje amasezerano ya bo batazakomezanya n’iyi kipe.

    Abakinnyi baganiriye n’ikinyamakuru ISIMBI batifuje ko amazina ya bo atangazwa, bavuga ko ubu ibintu bitifashe neza kuko baheruka amafaranga y’ukwezi 3, kandi ngo iyi kipe ntiyigeze ihagarika imishahara ya bo ngo babimenye babe baraniteguye.

    Nyuma y’uko shampiyona isojwe, bamwe mu bakinnyi basoje amasezerano bo bafite impungenge ko bashobora gutandukana n’iyi kipe batabonye amafaranga ya bo bakoreye, ni mu gihe ubuyobozi bumaze igihe ngo bubizeza ibitangaza.

    Yagize ati“nk’ubu shampiyona yararangiye, bamwe ntibakiri abakinnyi ba AS Kigali kuko basoje amasezerano, hari amafaranga y’amezi 2 ubuyobozi budufitiye, ubwo se umuntu yakwizera ko azayabona yarahavuye? Ubuyobozi bwirirwa butwizeza ibitangaza ariko noneho barabuze neza.”

    Ubwo twandikaga iyi nkuru twagerageje kuvugana n’umunyamabanga w’iyi kipe, Francis ariko ntibyakunda kuko atabonekaga ku murongo wa telefoni ye ngendanwa.

    Abakinnyi ba AS Kigali barayishyuza amezi 2

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Imwe mu mikino mu Rwanda yakomorewe

    Hashize amezi arenga 3 mu Rwanda ibikorwa by’imikino byarahagaritswe kubera icyorezo cya COVID-19, kuri ubu Minisiteri ya Siporo yamaze gutangaza ko imikino irimo Tennis, Golf, Cycling… yemerewe gusubukurwa guhera ku wa Mbere tariki ya 8 Kamena 2020.

    Ni mu itangazo rya Minisiteri ya Siporo yashyize hanze ishingiye ku myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 2 Kamena 2020 ku ngamba zafashwe zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima, Minisiteri ya Siporo yatangaje ko hari imikino yemerewe gusubukurwa guhera tariki ya 8 Kamena 2020 ariko ikubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19, izi ngamba zikazasubirwamo nyuma y’iminsi 15.

    Iyo mikino ni Tennis, Golf, Cycling, imikino ngororamubiri, gutwara imodoka, Fencing, kugenda n’amaguru(jogging).

    Click here for more…
    from #Bangladesh #News aka Bangladesh News Now!!!

  • Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego cy’u Burundi ku itorwa rya Martin Ngoga  

    Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, kuri uyu wa 04 Kamena 2020 rwatesheje agaciro ubujurire bwa Leta y’u Burundi yaregeye itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku mwanya w’umuyobozi w’inteko ishinga amategeko y’uyu muryango-EALA. Abacamanza bane kuri batanu bashyigikiye uko itora ryagenze, mu gihe u Burundi bwavugaga ko itora ryakozwe mu buryo bunyuranije n’amategeko.

    Mu kwezi kwa karindwi k’umwaka ushize wa 2019 urwego rw’ibanze rw’uru rukiko rwatesheje agaciro ikirego cya Leta y’u Burundi cyavugaga ko Martin Ngoga yatowe bidakurikije amategeko.

    Leta y’u Burundi yashyikirije ubujurire bwayo mu kwezi kwa munani umwaka ushize wa 2019 nk’uko bigaragazwa n’inyandiko z’uru rukiko. Inyandiko z’uru rukiko zigaragaza ko Leta y’u Burundi yajuririye uwo mwanzuro ivuga ko urwego rw’ibanze rw’uru rukiko “rwibeshye mu mategeko ntirubone ko ukuriye EALA yatowe hirengagijwe ingingo ya 51(1) igena imikorere y’inteko rusange y’uwo muryango“.

    Uyu munsi, uru rukiko rwatangaje ko ubujurire bw’u Burundi bwateshejwe agaciro ku bwiganze bw’abacamanza bane kuri umwe. Mu iburanisha ry’umwaka ushize Bwana Nestor Kayobera uhagarariye u Burundi, yari yavuze ko amatora Martin Ngoga yatorewemo, yabaye intumwa z’u Burundi na Tanzania muri iyi Nteko zidahari.

    Bwana Kayobera, yari yavuze ko iryo tora ryanyuranyije n’amahame agenga umubare w’abatora uwo muyobozi n’amahame agenga uyu muryango w’ibihugu. Yasabaga ko amatora asubirwamo.

    Martin Ngonga, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yatorewe kuyobora inteko ya EALA mu kwezi kwa 12 mu mwaka wa 2017. Uyu mwanya usimburanwaho n’ibihugu bigize umuryango wa EAC buri nyuma y’imyaka itanu.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/urukiko-rwa-eac-rwatesheje-agaciro-ikirego-cyu-burundi-ku-itorwa-rya-martin-ngoga/