Author: webrwanda

  • Coronavirus : Umunsi wa mbere wo gufungura utubari mu Bwongereza waranzwe n’udushya gusa [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020, umunsi wiswe ‘supper Saturday’, umunsi Ubwongereza bwongeye gufunguriraho utubari nyuma y’amezi 3 utubari dufunze.

    Utubari dufite amazina azwi tw’ahitwa Lincoln n’ahitwa Nottinghamshire twafunze hakiri karere nyuma y’uko Polisi yarimo ifungwa abanywi batubahirije intera ya metero.

    Metro yatangaje ko ku tubari hagaragaye imirongo miremire y’abanywi ku buryo hari abanywi bamaze isaha ku miryango y’utubario bategereje guhabwa inzoga.

    Umuyobozi wa Polisi muri Nottinghamshire Craig Berry yavuze ko bataye muri yombi abantu bane bazira kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid-19. Ngo nta kabari polisi yigeze itegeka gufunga utubari twafunze twabikoze ku bufashake bwatwo.

    Umuturage witwa Dreek yashyize ifoto ku mbuga nkoranyambaga yafatiye mu mujyi wa Londres ahitwa Soho yandikaho ati “Bwari ubusazi.Iminsi 100 nta kujya mu kabari”.

    Uburyo Abongereza bitwaye ku munsi wa mbere bafunguye utubari, bica amarenga ko bishobora kongerera umuvuduko iki cyorezo muri iki gihugu.

    Gusa n’ubwo byagenze bitya Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Boris Johnson mbere y’uko utubari dufungura yahanje kwihanangiriza abaturage abasaba kudatezuka ku ngamba zo kwirinda covid-19.

    Ati “Icyatugejeje kuri iyi ntambwe yo gufungura ibikorwa ni uko abaturage bakoranye neza na guverinoma muri guma mu rugo. Kugira ngo ibikorwa byafunguwe bikomeze bikora birasaba ko abaturage bakomeza gutanga umusanzu wabo ntibigire ntibindeba kuko icyorezo kiracyari muri twe”.

    Hari ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bakize coronavirus baba bafite ibyago byo kuzongera kuyandura.

    Mu Bwongereza abamaze kwandura coronavirus ni ibihumbi 284, abo imaze kwica ni ibihumbi 44, mu gihe ubwongereza butuwe na miliyoni 67.

    Ku rwego rw’Isi abamaze kwandura ni miliyoni 11, abapfuye ni ibihumbi 533, abakize ni miliyoni zirenga 6.














    source http://www.ukwezi.rw/Udushya/article/Coronavirus-Umunsi-wa-mbere-wo-gufungura-utubari-mu-Bwongereza-waranzwe-n-udushya-gusa-AMAFOTO

  • AOS Ltd: celebrating Liberation with intensified efforts of turning Rwanda into an IT hub #rwanda #RwOT

    AOS Ltd Management and staff wish all Rwandans a Happy Liberation Day as we celebrate 26 years of liberation. This is a day when friends of Rwanda and Rwandans across the world come together to reflect on the time when the 1994 Genocide against the Tutsi was stopped and to celebrate the transformation journey.

    AOS Ltd started its operation in 2014 and has contributed to the development of the ICT sector in Rwanda; developed and deployed various systems for both the public and private sectors. We have developed and deployed the electronic procurement system (e-Procurement) of Rwanda called “Umucyo” in collaboration with Minecofin and RPPA which has increased accountability, transparency, and efficiency in the public procurement process.

    AOS also deployed the public surveillance CCTV and vehicle enforcement system in collaboration with Rwanda National Police that contributes to the safety and security of Rwandans by providing real-time accurate information.

    The company has been managing and operating the National Data Center of Rwanda hosting both the public and private sector offering various hosting services including cloud computing, server colocation, web, and email hosting, Backup as a service and disaster recovery services to suit customer needs and improve the way they are doing business.

    AOS has implemented the Government smart administration system in collaboration with RISA to improve the collaboration system and ensure paperless communication between Government institutions and private customers. The project is ongoing.

    There are ways AOS use to minimize the cost of hosting websites locally.
    AOS are minimizing the cost of acquisition by using customized homegrown solutions and growing customer base to capitalize on the volume of sales and not on the price. The company has made a significant drop in service charges for hosting websites locally with the lowest option being Rwf2,025 per month (24,300 Rwf annually) and for cloud computing services for the private sector.

    AOS Ltd aims to provide good quality of service at an affordable price and will continue to offer better affordable rates to its customers.

    AOS says there are several benefits of local web hosting.

    “Hosting locally contributes to the development of the economy by employing the Rwandan workforce and promoting made in Rwanda solutions. End users hosted locally will have a better experience reducing the network latency, therefore, enjoying faster browsing, more website uptime, and better loading time while accessing their data especially if the data hosted is mostly accessed by users in Rwanda,” indicates a statement from the top-notch IT company.

    “Another advantage is that users hosted locally can get better support from the local hosting provider when needed at any time using our home language Kinyarwanda. There’s also a security aspect knowing that your data is locally hosted especially sensitive data for Rwandans.”

    According to AOS Ltd, they see an increase in web and mail hosting customers over the years in the private sector. Customers look for good quality of service, good support at an affordable price. The price reduction has also contributed to attract more people to host locally but there’s still more to be done to bring back local content in Rwanda and AOS Ltd is committed to provide the best service at good rates and to contribute in the growth of the private sector in Rwanda.

    AOS services are sharpening Rwanda’s vision of becoming an ICT Hub.

    “We are contributing to make Rwanda an ICT hub by providing Data Center services not only to local customers but also to regional as we have been targeting the EAC market and international customers.

    “As of September 2018, the World Bank officially acknowledged that Rwanda e-procurement system “Umucyo” is the first successful case in Africa. The system has attracted interest from various African countries that would like to have a similar system in their countries.”

    Back in 2018, several websites went down in the country including some of the government-owned websites. The interviewer asked AOS what are the measures that have been taken to get this issue answered once and for all.

    “We have reviewed policies and procedures in place to avoid incidents or technical problems and we have put in place a mitigation plan to the issues that were noticed,” AOS assures.

    In the level of the continent when it comes to its mission of bringing ICT solutions and services that will transform Africa, AOS place themselves as an ICT provider company with expertise and experience in Data Center operations, solution development, systems integration that can be exported to other African countries. They are challengers on the market and believe to be competitive in the EAC market.

    AOS Ltd has initiatives to help Rwanda to turn into a high-tech hub as well as channels that will foster their targets.

    “We need to develop more homegrown solutions. In the beginning, we start developing our solutions with the support from others with more expertise which will increase the knowledge and skills of our local engineers in various aspects and enhance our understanding of the end-users.

    Then, there will be more local engagement for other solutions and at the end, we will be able to successfully deliver ourselves by given the focus to the people who are engaged in these efforts such as software developers, network and security engineers, sales and marketing experts who interact with end-users.

    “We need to keep them and give them the tools that they need so that they can build their experience and build their know-how. Finally, knowledge sharing and training should be done. We also plan to have an ICT academy to teach various IT skills to Rwandans.”

    They will also export those successful solutions to other African countries as Made in Rwanda products, therefore, boost the economy and turn Rwanda into an ICT hub.

    Manzi Olivier Rwaka is the Chief Marketing Officer at AOS Ltd

    IGIHE

    source https://en.igihe.com/news/article/aos-ltd-celebrating-liberation-with-intensified-efforts-of-turning-rwanda-into

  • Bayern München itsinze Leverkusen yegukana gikombe cya kabiri muri uyu mwaka w’imikino. #rwanda #RwOT

    Bayern München itsinze Leverkusen yegukana gikombe cya kabiri muri uyu mwaka w’imikino

    Bayern München yegukanye igikombe cyayo cya kabiri muri uyu mwaka w’imikino nyuma yo gutsinda Bayer Leverkusen ibitego 4-2 mu mukino wa nyuma wa DFB-Pokal.

    Robert Lewandowski wabaye umukinnyi w’umwaka muri Bundesliga yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino byiyongera ku gitego cya David Alaba na Serge Gnabry.

    Ni Bayern München yaje ishaka kwegukana igikombe igakomeza gushimangira ko ari ikipe ya mbere mu Budage na Bayer Leverkusen yashakaga kwegukana igikombe cya mbere mu myaka 27 yose.

    David Alaba yafunguye amazamu ku gitego cyiza cyane yatsinze giturutse kuri coup-franc ku munota wa 15 w’umukino mbere yuko Serge Gnabry aterekamo igitego cya kabiri nyuma y’umupira yahawe na Joshua Kimmich nuko igice cya mbere kirangira Bayern iyoboye ku bitego 2-0.

    Mu gice cya kabiri cy’umukino Robert Lewandowski wasoje Bundesliga ayoboye abatsinze ibitego byinshi yateretsemo igitego cya gatatu cya Bayern München kikaba igitego cya 50 yari atsinze muri uyu mwaka w’imikino.

    Nyuma y’umupira mwiza yahawe na Kerem Demirbay, Sven Bender yagaruyemo igitego kimwe nubwo bitagize icyo bitanga kuko Bayern München yakomeje kurusha Leverkusen kugeza Robert Lewandowski ateretsemo igitego cya kane cya Bayern München mu minota ya nyuma y’umukino ku mupira yahawe na Ivan Perisic.

    Ku munota wa nyuma w’umukino Kevin Volland yateretsemo igitego cya kabiri cya Leverkusen kirangwa ariko nyuma yo kwifashisha VAR basanze Alphonso Davies yari yakoze ikosa nuko batanga penaliti yinjijwe neza na Kai Havertz nuko umukino urangira Bayern München itsinze ibitego 4-2 yegukana DFB-Pokal ku nshuro ya 20 mu mateka.

    The post Bayern München itsinze Leverkusen yegukana gikombe cya kabiri muri uyu mwaka w’imikino. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/bayern-munchen-itsinze-leverkusen-yegukana-gikombe-cya-kabiri-muri-uyu-mwaka-wimikino/

  • Leicester City, Man United & Arsenal: Ibyaranze imikino yo kuwa Gatandatu muri Premier League. #rwanda #RwOT

    Leicester City, Man United & Arsenal: Ibyaranze imikino yo kuwa Gatandatu muri Premier League

    Arsenal yongeye kwitwara neza muri Premier  League aho itsinze Wolves ibitego 2-1 amahirwe yo kuza mu makipe atandatu ya mbere ku rutonde rwa shampiyona ariyongera.

    Wolves yatangiye igira amahirwe yar avuyemo igitego cya mbere aho Adama Traore yahushije  uburyo bwiza bwakabaye bwabyaye igitego.

    Arsenal yaje gufungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Bukayo Saka wari utsinze igitego cye cya mbere muri Premier League. Wolves yinjijwe igitego nyuma y’iminota 448 itinjizwa igitego  muri shampiyona.

    Alexander Lacazette wari umaze amezi 18 adatsinda igitego cyo hanze yajw guterekamo igitego cya kabiri cya Arsenal – yaranzwe no kugarira neza muri uyu mukino – nyuma y’umupira mwiza yahawe na Joe Willock.

    Manchester United yanyagiye Bournemouth mu mukino wagaragayemo ibitego byinshi

    Manchester United yitwaye neza nanone aho yatsinze Bournemouth ibitego 5-2 kuri Old Traffold mu mukino wagaragayemo penaliti ebyiri.

    Bournemouth itari ihagaze neza yatangiye neza umukino aho Junior Stanislas yafunguye amazamu ku gitego cyiza cyane nyuma y’amakosa ya Harry Maguire ariko ntabwo byatwaye umwanya munini kugira ngo Mason Greenwood akishyure ku ishoti rikomeye yarekuye nyuma y’umupira yaru ahawe na Bruno Fernandes.

    Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Manchester United ifite ibitego 3-1 kuko Marcus Rashford yaje guterekamo igiteho cya kabiri kuri penaliti mu gihe Anthony Martial yateretsemo igitego cya gatatu ku ishoti yarekuye inyuma y’urubuga rw’amahina.

    Mu gice cya kabiri amakipe yagarutse ahanganye nuko nyuma yuko Eric Bailly wari winjiyemo asimbuye akoze umupira, Joshua King yatsinze igitego cya kabiri ari nacyo cya nyuma cya Bournemouth muri uyu mukino.

    Mason Greenwood wigaragaje cyane yaje guterekamo igitego cya kane cya Manchester United nyuma y’umupira yahawe na Nemanja Matic mbere yuko Bruno Fernandes aterekamo agashinguracumu kuri coup-franc nuko umukino urangira Manchester United itsinze ibitego 5-2 ikomeza inzira igana mu makipe ane ya mbere.

    Leicester City yatsinze nyuma y’imikino myinshi na Brighton yitwara neza

    Jamie Vardy utaherukaga gutsinda igitego muri Premier League yongeye kugaruka ku rupapuro rw’abatsinze ibitego mu mukino wa Leicester City na Crystal Palace warangiye Foxes itsinze ibitego 3-0 mu rugo.

    Wari umukino w’ingenzi cyane ku ruhande rw’abasore ba Brendan Rodgers bari bakeneye kuguma mu makipe ahatanira kuza mu makipe ane ya mbere muri Premier League.

    Igice cya mbere cyarangiye amakipe anganyije 0-0 ariko mu gice cya kabiri byahinduye isura aho Kelechi Iheanacho yafunguye amazamu ku makosa yakozwe na Vicent Guaita nyuma y’umupira wahinduwe na Youri Tielemans.

    Igitego cya mbere cyakurikiwe n’ibindi bibiri bya Jamie Vardy watsindaga igitego cye cya 100 na 101 muri Premier League nuko Leicester City yegukana amanota atatu bari bakeneye cyane.

    Ku mukino wabanjirije iyindi uyu munsi, Brighton and Hove Albion yatsinze Norwich City igitego 1-0 cyatsinzwe na Leandro Trossard ikomeza gushaka uburyo yaguma mu kiciro cya mbere.

    The post Leicester City, Man United & Arsenal: Ibyaranze imikino yo kuwa Gatandatu muri Premier League. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/leicester-city-man-united-arsenal-ibyaranze-imikino-yo-kuwa-gatandatu-muri-premier-league/

  • Arsenal mu biganiro na Aubameyang: Ibyo akeneye ngo yongere amasezerano muri Arsenal. #rwanda #RwOT

    Arsenal mu biganiro na Aubameyang: Ibyo akeneye ngo yongere amasezerano muri Arsenal

    Arsenal iri mu biganiro na Pierre-Emerick Aubameyang ngo barebe ko bamwongerera amasezerano nkuko amakuru dukesha ibitangazamakuru byo ku mugane w’Uburayi abitugezaho.

    Nkuko James Olley wandikira ESPN yabitangaje, ibiganiro hagati ya Arsenal na Aubameyang bigeze kure aho uyu rutahizamu ukomoka muri Gabon ashaka ibihumbi £250 nk’umushahara. Nubwo bataremeranya, ibiganiro biri kugenda  neza.

    Arsenal ikomeje kugenda yongerera amasezerano bamwe mu bakinnyi bayo harimo nka Bukayo Saka uherutse gusinya amasezerano y’igihe kirekire na Gabriel Martinelli wayasinye kuwa Gatanu.

    Biteganyijwe ko amasezerano ya Pierre-Emerick Aubameyang azaba agana ku musozo mu mpeshyi y’umwaka utaha butuma hari amakipe atandukanye ari kumushaka harimo Inter Milan na FC Barcelona nkuko bigenda bitangazwa.

    Julien Laurens yatangaje ko ibiganiro biru kugenda neza. Aubameyang ashaka kuguma muri Arsenal kandi na Arsenal ishaka ku mugumana. Ibimenyetso biragaragaza ko uyu rutahizamu umazw gutsinda ibitego 19 muri Premier League ashobora kongera amasezerano.

    Arsenal ifite abandi bakinnyi iri gushaka kugura harimo Thomas Partey wa Atletico Madrid nkuko byemezwa n’ibitangazamakuru byo muri Espanye.

    Arsenal izamuha amafaranga ashaka?

    Hari aba gushidikanya ko Arsenal itazamuaha amasezerano y’imyaka itatu n’umushahara w’ibihumbi £250k nkuko ari kubisaba ku myaka 31 y’amavuko bitewe nibyabaye kuri Mesut Ozil.

    Kubwanjye, nshobora kwemera ko bazayamuha kuko Aubameyang ntabwo akunda kuvunika cyane aho yasibye imikino 14 ya shampiona kuva yagera muri Arsenal nkuko tubikesha transfermarkt.

    Kandi ikindi niwe umaze gutsinda ibitego byinshi muri Premier League kugeza ubu aho yatsinze ibitego 19. Uburyo atsindamo ibitego ubona ko ari umuntu ukenewe cyane muri Arsenal.

    The post Arsenal mu biganiro na Aubameyang: Ibyo akeneye ngo yongere amasezerano muri Arsenal. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/arsenal-mu-biganiro-na-aubameyang-ibyo-akeneye-ngo-yongere-amasezerano-muri-arsenal/

  • Reba ibintu bisekeje abakobwa bakora iyo bakimara gutandukana n’abakunzi babo bakundaga cyane. #rwanda #RwOT

    Gutandukana n’umuntu akundaga by’ukuri ni kimwe mu bintu biremereye umuntu ashobora guhura nabyo, nyamara abakobwa boroha umutima kurusha abasore. Niyo mpamvu umukobwa iyo ababajwe n’umusore bagatandukana ari nawe ubabara bikomeye bigatuma akora ibintu umuntu yavuga ko bisekeje mu gihe atari yabyakira.

    N’ubwo benshi bagerageza kubihisha, abakobwa benshi usanga iyo batandukanye n’umuntu bakundaga by’ukuri bahinduka cyane, yaba mu mibereho yabo, imivugire n’ibindi bitandukanye ugasanga ntibari bo ubwabo bitewe n’uko ubuzima bwababeraga bwiza buhindutse mu buryo butunguranye bakumva nta byishimo bizakurikiraho nyuma yaho.

    Reba bimwe mu bintu bisekeje cyangwa bitangaje abakobwa bakora iyo bakimara gutandukana n’abakunzi babo bakundaga cyane.

    1.Gusiba nimero ya telefoni y’uwo bakundanaga

    Iki ni kimwe mu bintu bikorwa n’abakobwa benshi iyo batari babasha kwakira igikomere cyo gutandukana n’umuntu ubahemukiye bamukundaga cyane, nyamara akenshi usanga izo nimero aba asiba muri telefoni ye azizi mu mutwe cyangwa afite ubundi buryo bworoshye adashobora kuzitakaza, byanagera igihe bikamurambira akaba yahamagara wa muntu yasibiye nimero.

    2. Kumva yarabaye inzobere mu by’urukundo

    Umukobwa ukimara gutandukana n’umusore yakundaga cyane ahita yumva abijyanye n’urukundo byose abisobanukiwe ku buryo yanagiramo impamyabumenyi y’ikirenga ndetse icyiciro waba urimo cyose akaba yumva yabasha kuguha inama zikwiye ku bijyanye n’urukundo kuko aba yumva byose yarabinyuzemo.

    3. Kongera gukunda Imana cyane

    Umukobwa umaze kubabazwa mu rukundo akenshi hari igihe yongera kumva ko akeneye kwiyegereza Imana, ndetse n’umwe utari usanzwe asenga ahita atangira kwiyegereza Imana kugirango imushumbushe undi musore ufite urukundo nyarwo, nyamara iyo amaze kubona undi musore umufatisha ibyo gusenga yongera akabishyira ku ruhande.

    4. Utugambo tugaragaza gukomera mu mutima

    Akenshi ibi bigaragarira ku mbuga nkoranyambaga, ugasanga umukobwa ibintu ashyira ku mbuga ze bigaragaza ko ari umunyembaraga, adakeneye umugabo cyangwa umusore kugira ngo yibonemo imbaraga, mbese ibintu bigaragaza ko ari umuntu ufite umutima ukomeye, nyamara ugasanga ahubwo muri icyo gihe nibwo umutima woroshye cyane ndetse anifuza kuba yaba ari kumwe n’uwo batandukanye.

    5.Bumva cyane indirimbo zituje

    Hari indirimbo zivuga ku rukundo ariko zivuga guhemukirana n’ibindi bibabaje, akenshi zikunze kuba zigenda gahoro. Izi ndirimbo zihinduka umusego kuri bamwe mu bakobwa iyo bakimara gutandukana n’umusore, uturirimbo nka Someone Like You ya Adele tuzana amarira n’amwe yibera mu ndiba y’umutima akameneka.

    6. Kubwira mu buryo butaziguye uwo bakundanaga ku mbuga nkoranyambaga

    Hari bamwe batandukana n’abakunzi babo ugasanga banditse amagambo akenshi adashobora gusigurwa na buri wese uretse uwo babiziranyeho, cyane cyane uwo bakundanaga wamubabaje. Ibi hari n’igihe ntacyo bitanga kuko hari n’igihe uwo muntu aba atabyitayeho ahubwo abandi bitareba ugasanga nibo basaba nyir’ukubishyira ku mbuga nkoranyambaga ibisobanuro.

    7. Gutangira gusohoka kenshi

    Iyo umukobwa afite umukunzi, akenshi aba yumva yasohoka ari uko bari kumwe. Umukobwa umaze gutandukana n’umusore yakundaga usanga yishimira noneho kwirekura no gusohoka aho abonye hose kabone n’ubwo yaba atabiteganyije, hari n’ababa bumva ari bwo buryo bwiza bwo kugerageza kongera kubona umukunzi.

    8. Kwihutira kujya mu rukundo rushya

    Bamwe mu bakobwa bakoresha ubu buryo ngo biyibagize umuntu bakundaga cyane, bakaba babijyamo bataniteguye.

    The post Reba ibintu bisekeje abakobwa bakora iyo bakimara gutandukana n’abakunzi babo bakundaga cyane. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/reba-ibintu-bisekeje-abakobwa-bakora-iyo-bakimara-gutandukana-nabakunzi-babo-bakundaga-cyane/

  • Nyuma ya divayi yagarutse kuri ruswa y’igitsina ikunze kuvugwa mumuziki. #rwanda #RwOT

    Tuyizere kellia ukoresha izina rya kellia mumuziki yashyize hanze indirimbo ye yambere ayita divayi nyuma yo kumenyekana aririmba mu makwe no mubindi birori bitandukanye.

    Indirimbo divayi iyo uyiteze amatwi ukayikurikirana neza kellia yumvikanamo abwira umuhungu bakundana ko amuryohera nka divayi, gusa ubwo kasukumedia.com yaganiraga nawe kellia yavuzeko igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo yagikuye k’ubuzima abona abantu bakundana babayemo, ko atari inkuru imwerekeyeho ati rwose nge ndi single nta mukunzi mfite.
    kellia warusanzwe aririmba mu makwe.

    Kellia nkundi muhanzi wese ugitangira ngo usanga harimbogamizi n’utubazo bahurira natwo muri studio bwa mbere we avugako ikintu cyamuteye ubwoba akinjira muri studio arukuririmba harimo abantu benshi ati “mubyukuri numvaga ntari bushobore no kuririmba gusa abobantu ahubwo nibo bagiye bantinyura bambwira ko ntagikomeye kirimo.

    Ubwo yabazwaga kumuhanzikazi yumva umutera ubwoba muri muzika nyarwanda yasubije ashize amanga ko ntanumwe we icyo ashyize imbere ari ugukora umuziki ushimisha abawumva.

    Ku kibazo cya bamwe mubahanzikazi bakunze gushyira ibice byabo by’ibanga ahagaragara muburyo bwo gushaka kumenyekana vuba kellia yagize ati”nemerako umuntu agira uburyo akoramo ibintu bye, aramutse abona aribyo byamwinjiriza uko abyifuza gusa nge sinabyinjiramo”.
    kellia ntiyemeranya nabatanga ruswa y’igitsina ngo bakunde bamenyekane.

    Agaruka ku kibazo cya ruswa ishingiye ku gitsina ikunze kuvugwa mumuziki kellia yavuzeko bitaramubaho gusa ko abyumva ati”iyo ruswa ndabyumva ko ihari gusa niba aruko ntarabimaramo igihe simbizi njye ntibirambaho, iyo bibaye bidindiza iterambere ry’umuziki cyane kuko harawo bica intege Kari wenda yaranashoboye akaba yanabireka

    Ati”kubwange biramutse bimbayeho ntayo natanga,nakomeza nkakora cyane igihe cyazagera ibikorwa byanjye bikamenyekana nubwo byafata igihe kirekire cyane,
    Kimwe nuko wihanganye ntuhite wihutira kumenyekana vuba Dore ko aribyo bituma abenshi bayitanga ati ushobora kuzabona ukunda impano yawe akaguteza imbere ntakindi agusabye.

    Kanda hano wumve indirimbo divayi ya kellia

    The post Nyuma ya divayi yagarutse kuri ruswa y’igitsina ikunze kuvugwa mumuziki. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/nyuma-ya-divayi-yagarutse-kuri-ruswa-yigitsina-ikunze-kuvugwa-mumuziki/

  • Irebere ubwiza bw’inzu z’ibyamamare hano mu Rwanda -Amafoto #rwanda #RwOT

    Bimaze kuba nk’akamenyero ko Abanyarwanda bamaze kugira ubushobozi bw’amafaranga, mu bitekerezo byabo hahita hazamo no kubaka inzu zo guturamo.

    Abahanzi iyo baririmba turanezerwa cyane, abakinnyi batsinda ibitego tugafatikanya kubyishimira (celebration), nyamara ntitumenye aho ibi byamamare dukunda bitaha.

    Muri iyi nkuru, turakugezaho amafoto y’inyubako za bamwe mu bakinnyi mu mikino itandukanye, baba abakina hano mu Rwanda n’abakina hanze yarwo, ndetse n’amafoto y’inzu za bamwe mu bahanzi (abaririmbyi) b’Abanyarwanda.

    Inyinshi muri izo nyubako ntizubatse mu mujyi wa Kigali, bivuze koi bi byamamare bidakunda gutura rwagati mu mujyi, ahubwo byahisemo kwiturira mu nkengero cyangwa mu yindi mijyi yunganira uwa Kigali.

    Abakinnyi

    1. Umunyezamu Ndayishimiye Jean Luc (Bakame)

    Iyi ni yo nzu Bakame n’umuryango we babamo

    Uyu mugabo ukinira ikipe ya AS Kigali nk’umunyezamu, ari mu bakinnyi bafite inzu z’akataraboneka.

    Kwa Bakame

    Bakame kandi ni n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, akaba yaranakiniye andi makipe ya hano mu Rwanda nka Rayon Sports, APR FC, n’andi.

    2. Haruna Niyonzima

    Inyubako ya Haruna Niyonzima

    Haruna Niyonzima, ubusanzwe ni muramu wa Bakame, kuko Bakame yashakanye na mushiki wa Haruna.

    Aba bombi batuye mu gace kamwe, ndetse inzu zabo ziregeranye. Haruna ubu akinira ikipe ya AS Kigali nk’umukinnyi ukina hagati. Ni umukinnyi kandi w’ikipe y’igihugu Amavubi, ndetse akanayibera kapiteni (captain).

    Kwa Haruna Niyonzima

    Ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini ikipe y’igihugu Amavubi. Na we yamaze kuzuza inzu ye nziza hafi y’iya muramu we Bakame.

    3. Hakizimana Muhadjiri

    Inyubako ya Muhadjiri Hakizimana

    Hakizimana Muhadjiri, ubusanzwe we avukana na Haruna Niyonzima. Birumvikana ubwo na we ni muramu wa Bakame.

    Muhadjiri ubu umukinnyi mpuzamahanga, ukinira ikipe ya Emirates Football Club yo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

    Kwa Muhadjiri

    Uyu rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, na we afite inyubako y’akataraboneka hafi y’aho mukuru we Haruna Niyonzima na muramu we Bakame bubatse.

    4. Bizimana Djihad

    Inzu ya Djihad Bizimana

    Bizimana Djihad, ni umukinnyi mpuzamahanga ukina mu bataha izamu mu ikipe ya Waasland-Beveren yo mu gihugu cy’u Bubiligi, yagiyemo avuye muri APR FC.

    Ubusanzwe ni mwishywa wa Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjiri, kuko aba ba bamubereye ba nyirarume kuko bavukana na nyina umubyara.

    Uyu musore ukinira n’ikipe y’igihugu Amavubi, na we afite inzu y’agatangaza hafi y’aho babyara be (Haruna na Muhadjiri) ndetse na muramu we Bakame bubatse.

    5. Jacques Tuyisenge

    Inzu ya Jacques Tuyisenge

    Uyu rutahizamu w’ikipe ya Petro Atletico de Luanda muri Angola, na we ni umwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bamaze kuzuza inzu z’akataraboneka hano mu Rwanda.

    Tuyisenge ni n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi.

    6. Areruya Joseph

    Inyubako ya Areruya Joseph

    Areruya Joseph ni umukinnyi w’umukino w’amagare wabigize umwuga. Yegukanye Tour du Rwanda yo muri 2017.

    Uretse gutwara Tour du Rwanda 2017, yatwaye Tour de l’Espoir 2018, na La Tropicale Amissa Bongo 2018, bimuhesha amahirwe yo kwerekeza mu ikipe ya Delko Marseille Province yo mu Bufaransa.

    Uyu musore na we ni umwe mu bakinnyi bafite inyubako nziza hano mu Rwanda.

    Abahanzi (Abaririmbyi)

    1. Ama G The Black

    Kwa Ama G The Black

    Ama G The Black, ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bamaze kwiyubakira inzu zigezweho.

    Uyu mugabo aririmba injyana ya Hip Hop, akaba umwe mu bahanzi bakunzwe hano mu Rwanda.

    2. Butera Knowless na Ishimwe Clement

    Kwa Ishimwe Clement na Butera Knowless

    Uyu muryango w’abahanzi (umuririmbyi n’utunganya imiziki- producer), na wo utaha mu nyubako nziza cyane.

    3. Platini (Dream Boys)

    Inyubako ya Platini wo muri Dream Boys

    Nemeye Platini ubarizwa mu itsinda rya Dream Boys, na we ni umwe mu bafite inzu nziza. N’ubwo itaruzura neza, ariko bigaragarira amaso ko izaba ari inzu y’igitangaza.

    4. TMC (Dream Boys)

    Inyubako ya TMC

    Mujyanama Claude uzwi nka TMC, na we abarizwa mu itsinda rya Dream Boys, akaba na we ari umwe mu bahanzi bafite inzu nziza.

    Inzu ye yegeranye neza n’iya mugenzi we babana mu itsinda rya Dream Boys

    5. Tom Close

    Kwa Tom Close

    Dr. Muyombo Thomas uzwi ku izina rya Tom Close muri muzika, na we ni umwe mu bahanzi bafite inzu nziza.

    SOURCE: KIGALITODAY
    http://dlvr.it/RZxd5N