Author: webrwanda

  • 2017-2020: Impinduka zimaze kuba muri Guverinoma ya manda ya Gatatu ya Perezida Kagame #rwanda #RwOT

    Harabura igihe gito ngo imyaka itatu igere uhereye ku wa 30 Kanama 2017, ubwo Perezida Kagame yatangazaga abagize Guverinoma ye nshya muri manda ya gatatu. Kuva uwo munsi, benshi mu bari bayirimo barasimbujwe. Bigaragazwa n’uko Minisiteri enye gusa muri 19 ari zo zitahinduye abayobozi, mu gihe hari izahinduriwe abayobozi inshuro eshatu.
  • Abari muri Kasho na Sitasiyo za Polisi I Kigali batubuye umubare w’abarwaye Covid-19 #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima rigaragaza imbonerahamwe y’imibare y’icyorezo cya Covid-19 uko gihagaze mu masaha 24 ashize yo kuri uyu wa 12 Nyakanga 2020, ryerekana ko habonetse abantu 38 bashya barwaye Covid-19 mu bipimo 3,021 byafashwe. Kigali yihariye 29 barimo abafungiye muri za Kasho zirimo na Sitasiyo za polisi.

    Dore uko iyi mbonerahamwe igaragaza imibare yose muri rusange;

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abari-muri-kasho-na-sitasiyo-za-polisi-i-kigali-batubuye-umubare-wabarwaye-covid-19/

  • Israel : Baramagana leta yatindanye imfashanyo yabemereye muri ‘guma mu rugo’. #rwanda #RwOT

    Abanya-Israel babarirwa mu bihumbi bari mu myigaragambyo mu murwa mukuru Tel Aviv bamagana icyo bavuga ko ari ingaruka zikomeye z’ubukungu bwifashe nabi zatewe n’uburyo bubi leta iri guhangana n’iki cyorezo cya coronavirus.

    Agace ka Rabin Square rwagati muri Tel Aviv kari kakubise kuzuye abigaragambya biganjemo urubyiruko bambaye udupfukamunwa, ariko badakurikiza amabwiriza yo guhana intera.

    Bavuga ko ingurane y’amafaranga leta yabemereye muri iki gihe badakora kubera ingamba zo kwirinda coronavirus, yatinze kubageraho.

    Iyo myigaragambyo yabaye ku wa gatandatu yateguwe n’abakora ubucuruzi buciriritse, abikoresha ku giti cyabo ndetse n’amatsinda y’abahanzi.

    Benshi bari kugirwaho ingaruka zikomeye kubera ubukungu bwifashe nabi muri iki gihe.

    Ndetse barakajwe n’ingamba zo kurwanya coronavirus zatumye uburyo bakuragaho imibereho buhagarara.

    Bavuga ko amafaranga y’ingoboka bemerewe na leta batarayahabwa.

    Abigaragambya bavuga ko ingurane leta yabemereye, muri iki gihe badakora kubera coronavirus, ikomeje gutinda kubageraho

    Mu gihe abakozi bakorera umushahara hari ubufasha babona ku kazi muri iki gihe badakora, abikoresha ku giti cyabo bo bavuga ko benshi muri bo bamaze amezi bategereje imfashanyo leta yabasezeranyije.

    Michal Gaist-Casif, visi-perezida muri kompanyi ikora ibyo gutanga indangururamajwi n’urumuri mu bitaramo, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati:

    Mfite abakozi 40 badafite ahandi bakura imibereho, nta mafaranga ariho”.

    Ducyeneye ko leta imenamo amafaranga kugeza twongeye gusubira mu bihe bisanzwe [by’imikorere]”.

    Tumaze igihe tudakora guhera hagati mu kwezi kwa gatatu kugeza mu kwa kane, ukwa gatanu, ukwa gatandatu n’ukwa karindwi, kandi ukwa munani gusa nk’ukuzatubera akaga”.

    Ubushomeri bwariyongereye’

    Ku wa gatanu, Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu yagiranye inama n’impirimbanyi baganira ku byo binubira.

    Ibiro bya Bwana Netanyahu byasubiyemo amagambo ye ababwira ati:

    Tuzasohoza ibyo twiyemeje birimo no kwihutisha kuriha aka kanya ibyo dushaka kubaha”.

    Hagati mu kwezi kwa gatatu, Israel yashyizeho ingamba zikaze za ‘guma mu rugo’, ariko mu mpera y’ukwezi kwa gatanu itangira kuzikuraho. Ubushomeri bwarazamutse bugera ku kigero cya 21%.

    Iki gihugu cyagize ukwiyongera gukomeye k’ubwandu bwa coronavirus, ku wa gatanu habonetse abanduye bashya bagera hafi ku 1,500.

    Kugeza ubu abantu barenga 38,000 ni bo bamaze gutangazwa ko banduye coronavirus muri Israel, muri bo 358 yarabishe naho abarenga 18,000 barayikize nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.

    BBC

    source https://www.hillywood.rw/?p=74872

  • Frank Gashumba: Chameleone aruta Bobi Wine na Bebe Cool mu muziki . #rwanda #RwOT

    Frank Gashumba ku wa gatandatu, yatangaje ko Jose Chameleone ari umucuranzi mwiza muri Uganda ndetse no hakurya y’umupaka.

    Yashimangiye ko Chameleone yamye arusha Bobi Wine na Bebe Cool muri muzika.

    Nigihangange kimaze igihe kirekire mu muziki kandi arekura hits zidashira.

    Ubwo yagaragaraga mu gitaramo cya NBS Uncut yagize ati: “Bobi Wine arimo aragenda, ariko ku bijyanye n’umuziki, wange cyangwa ukunde Jose Chameleone ni umuhanzi mwiza muri Uganda. Nshobora kuvuga na muntu umuruta muraba babiri hagati ya Bobi Wine na Bebe Cool.”

    Nyuma yimyaka 20, inshize aba bahanzi batatu barushanwe kugeza vuba aha ubwo Bobi Wine yahisemo kwibanda kuri politiki

    source https://www.hillywood.rw/?p=74869

  • niba imiti n’inkingo bihawe urushije abandi amafaranga, hazabaho icyorezo kimara igihe kirekire”bill gates” #rwanda #RwOT

    Umuherwe Bill Gates yavuze ko icyorezo cya Coronavirus kizakomeza kubaho mu gihe imiti ikoreshwa mu guhangana na cyo ndetse n’urukingo bishobora kuboneka bigahabwa abifite gusa, yashimangiye ko imiti nk’iyo ikwiye kugera ku bihugu biyicyeneye cyane kurusha ibindi.

    BBC yanditse ko mu nama yakoresheje mu buryo bwo kuri internet, Gates w’imyaka 64 y’amavuko yavuze ko niba imiti n’inkingo bihawe urushije abandi amafaranga, hazabaho icyorezo kimara igihe kirekire, kirimo akarengane kurushaho kandi gihitana abantu benshi kurushaho.

    Mu gihe hakomeje ibikorwa byinshi byo gukora inkingo, ndetse ibihugu by’i Burayi n’Amerika bikaba bikomeje kubishoramo za miliyari z’amadolari, hari impungenge ko ibihugu bikize kurusha ibindi byaziharira imiti yatanga icyizere cyo kuvura Covid-19.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Buzima (OMS) muri Afurika, rikomeje gusaba Umuryango Mpuzamahanga ndetse n’ibihugu bya Afurika, kugira icyo bikora kugira ngo inkingo za Coronavirus zizagere kuri bose, mu gihe hakomeje urugamba rwo gushaka uburyo bwo gukumira iki cyorezo.

    Umuyobozi wa OMS muri Afurika, Dr Matshidiso Moeti, yavuze ko mu gihe Isi yose ikomeje guhuriza hamwe mu gushaka urukingo n’umuti wa Coronavirus, ari ngombwa ko kubigeza kuri bose byitabwaho bikagirwa intego y’ibanze.
    Ati “Kenshi usanga ibihugu bya Afurika bisigara inyuma mu ikoranabuhanga rishya harimo n’inkingo. Ubu buryo bwo kuramira ubuzima bugomba kugera kuri buri wese, atari abashobora kubugura gusa”.

    Dr Moeti yashishikarije ibihugu byinshi muri Afurika kwitabira igeragezwa ry’inkingo n’imiti bya Coronavirus, kugira ngo ibizakorwa bizabe bihuye n’ibyo abanyafurika bakeneye.

    Ni mu gihe ku Isi yose hari inkingo zigera hafi ku 150 z’icyorezo cya Coronavirus zirimo gukorwa, izigera kuri 19 zigeze ku cyiciro cyo kugeragerezwa ku bantu.
    Ibi byagiye bugaragazwa cyane mu mafirime yagiye akinwa mbere yuko icyorezo gitera sho mu mwaka wa 2015 abanyamerika bakoze iyo bise the last ship Aho barwanaga n’icyorezo neza kimeze nka covid-19.

    The post niba imiti n’inkingo bihawe urushije abandi amafaranga, hazabaho icyorezo kimara igihe kirekire”bill gates” appeared first on KASUKU MEDIA.
    http://dlvr.it/RbSZBF

  • Mbabazi Milly wo muri Ambassadors of Christ yavuze impamvu abahanzi ba ‘gospel’ badatera imbere nk’abasanzwe #rwanda #RwOT

    Uyu muhanzikazi uririmba muri Ambassadors kuva mu 1998, yavuze ko ubusanzwe abahanzi baririmba indirimbo zizwi nk’izi’Imana bakora cyane kubw’umuhamagaro ariko nabo bakenera amafaranga cyangwa ubushobozi bwo gutunganya indirimbo kugira ngo zigere ku bantu zikoze neza.

    Avuga ko kubona ubwo bushobozi bikomeza kuba imbogamizi kuko abantu badakunda kumva indirimbo z’aba bahanzi baririmba ‘Gospel’ ngo babashyigikire nabo babpne ubwo bushobozi.

    Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na FINE FM, kuri iki Cyumweru tariki 12 Nyakanga 2020, ubwo yagarukaga ku rugendo rwe nk’umukristo, umuririmbi ndetse n’ubuzima bwe busanzwe.

    Yagize ati “Ibintu by’Imana birasharira, abantu benshi bakunda iby’Isi, uzarebe indirimbo dukora tuzishyira kuri YouTube abantu ntibazirebe ndetse burya n’iyo umuntu ari kumva radio akumvaho indirimbo y’Imana ahita ahindura akigira ahandi.”

    Mbabazi avuga ko yavukiye I Masaka muri Uganda, nyuma umuryango we ukaza gutaha mu gihugu kimwe n’abandi banyarwanda bose bari barahejejwe ishyanga.

    Avuga ko nk’umuntu wavukiye mu muryango w’Abadivantisite b’Umunsi wa Karindwi, yakuze aririmba muri korali cyane ko na Se umubyara yari umuririmbyi, nyuma bageze mu Rwanda atangirira muri korali y’I Gikondo ariho yaje kuva mu 1998, yinjira muri Ambassadors.

    Mbabazi uretse kuba aririmba muri Ambassadors kuri ubu nawe afite indirimbo ze bwite zirimo iyitwa ‘Nyemerera, COVID19 n’izindi.

    Mbabazi avuga ko kugira umugabo we umushyigikira mu mpano ye yo kuririmbira Imana ari kimwe mu byamusunikiye ku gukora umuziki igihe abona afite umwanya wa nyuma yo kuba muri Korali.

    Reba hano indirimbo za Mbabazi Milly Kamugisha
    http://dlvr.it/RbSZBf

  • President Tshisekedi Demands For Loyalty From Army #rwanda #RwOT

    DRC President Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo has demanded unconditional loyalty from the National Army FARDC during an expanded Military High Command meeting.

    This meeting, the second of such kind since Tshisekedi took over power in 2019 was convened inside the Congress Hall at the State palace in the capital Kinshasa on Saturday.

    For more than a year, President Tshisekedi has been at the forefront of a military campaign to rid the country’s eastern region of armed rebellion including foreign armies that have for more than three decades held the country hostage.

    The Congolese leader has been carefully making changes within the country’s military leadership which in the past had been highly compromised and infiltrated by negative forces meaning that its loyalty to him was questionable.

    He summoned the general officers and senior officers from the military regions of the national army. They were led to the meeting by FARDC Chief of General Staff, General Célestin Mbala Musiense.

    Gen. Mbala Musense presented the country’s security situation as President Tshisekedi carefully listened.

    The army through in their statement, promised, “to scrupulously and correctly execute all your instructions with a view to putting out all the fires of fire and to neutralize definitively all the negative forces, authors of the insecurity throughout the national territory so as to produce peace, an essential factor in guaranteeing investments, producers of wealth and development in our country.”

    Gen. Léon Richard Kasonga the FARDC spokesperson also  read the act of engagement of loyalty in which the General officers, Superiors and subordinates, non-commissioned officers and Troops remain resolutely committed never betray the Congo, in accordance with their oath because the FARDC are “the cement of national unity.” This oath, he added, also reflects their determination to serve the country in discipline, with self-sacrifice and circumspection.

    The general officers, superiors and troops reiterated their loyalty to the Supreme Authority as well as their unwavering attachment to the Commander in chief to materialise his vision of making the FARDC a truly national, professional and modern army.

    President Tshisekedi Makes Major Changes In Military
    http://dlvr.it/RbSZD7

  • Huye : Ishuri riherutse gusenywa n’ibiza rigiye gusimbuzwa irya etage ya miliyoni 110 #rwanda #RwOT

    Babitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga 2020, ubwo Komite nyobozi y’ishyaka FPR Inkotanyi mu karere ka Huye yari yaje kwifatanya nabo mu muganda wo gusiza ikibanza kizubakwamo iri shuri rya etage.

    Ni mu mudugudu wa Buremera Akagari ka Byinza, Umurenge wa Kinazi, uhana imbizi n’uwa Rusatira.

    Uwimbabazi Naome utuye hafi y’ishuri ribanza rya Buremera rigiye kubakwaho etage, avuga ko abana bo muri aka gace bakora urugendo rurerure kugira ngo bagere ku mashuri y’uburezi bw’ibanza by’imyaka 9 ndetse n’imyaka 12.

    Ati “Bakora urugendo rurerure kuko urabona nk’abahariya hakurya I Nyarurama, bajya kwiga hari hakurya ku Ruvugiza, abandi bakajya kwiga I Buhimba, urugendo rero ni nk’isaha kugira ngo bahagere”.

    Misago Emmanuel, avuga kuri iri shuri rya E.P. Buremera hari ikibazo cy’ubucukike, ati “Twishimiye iri terambere Perezida Paul Kagame atwegereje abana bacu bigiraga mu mashuri ashaje cyane”.

    Misago avuga ko bitewe n’uko aya mashuri yari ashaje haje Ibiza birayasenya biba ngombwa ko iyo bloc yose ishyirwa hasi. Ayo iyo bloc yasenywe n’ibiza yari iri niho hagiye kubakwa ishuri rya etage.

    Akomeza avuga ko abana bo muri aka gace bakora urugendo rurerure iyo bagiye kwiga mu mashuri yisumbuye ndetse ngo banambuka umugezi. Muri uyu mugezi mushiki wa Misago yaguye agiye kwiga.

    Ati “Mushiki wanjye yagiye kwiga hari hakurya ku Ruyenzi, rimwe baza kutubwira ngo umwana wanyu arapfuye muge kumureba. Yari aguye mu mazi kuko byari ukwambuka amazi”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye akaba n’Umuyobozi wa FPR –Inkotanyi muri aka karere yavuze ko ibi byumba 8 bigiye kubakwa mu buryo bwa etage bizagabanya ikibazo cy’ubucucike n’ikibazo cy’abakoraga ingendo ndende bajya kwiga muri 9YBE na 12YBE.

    Ati “Turimo turabyubaka mu rwego rwo gukemura ibibazo 2, ikibazo cy’ubucukike mu mashuri ndetse n’ikibazo cy’ingendo ndende. By’umwihariko uyu munsi twaje kubatera inkunga hano kugira ngo badasigara inyuma y’abandi”

    Yakomeje agira ati “Dukomeza gusaba imisanzu y’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi kugira nabo bakomeze batange imisanzu yabo binyuze mu miganda kugira ngo ibi byumba by’amashuri turusheho kubyubaka kuko nibyo batuma dukemura ibyo bibazo, kandi nicyo umuryango RPF inkotanyi ubereyeho gukemura ibibazo by’abaturage”.

    Jean de Dieu Nsengimana, uhagarariye urubyiruko muri Komite Nyobozi ya FPR Inkotanyi mu karere ka Huye yabwiye UKWEZI ko ibikorwa bakoze ari ugusiza ikibanza, gutunda amabuye azakoreshwa mu kubaka umusingi.

    Ati “Gukora ibi bikorwa byo gutanga umusanzu wacu nk’urubyiruko mu kubaka amashuri ni ugushimangira ya mvugo twatojwe tukanayitora ko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu kandi zubaka”.


    Nsengimana Jean de Dieu, uhagarariye urubyiruko muri komite nyobozi ya FPR-Inkotanyi mu karere ka Huye

    Abagize Komite Nyobozi ya FPR mu karere ka Huye bitabiriye uyu muganda banakusanyije umusanzu w’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 mu rwego rwo gushyigikira iki gikorwa cyo kubaka iri shuri.

    Biteganyijwe ko iri shuri rya etage rigiye kubakwa muri Buremera rizuzura rifite agaciro ka miliyoni 110 z’amafaranga y’u Rwanda habariwemo n’imirimo izakorwa n’abaturage mu miganda.

    Muri rusange mu karere ka huye harimo kubakwa ibyumba 461, ubwiherero 567, n’ibikoni n’ibikoni 90. Ibi bikorwa byose no gushyira intebe muri aya mashuri bizatwara miliyari 1,3.


    Umuyobozi w’Umurenge wa Kinazi na Meya wa Huye Ange Sebutege, bafatanyije n’abaturage gusiza ikibanza



    Abaturage bishimiye gufatanya n’abayobozi ba FPR mu karere ka Huye mu muganda wo gutunganya ahagiye kubakwa ishuri rya Etage

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Huye-Ishuri-riherutse-gusenywa-n-ibiza-rigiye-gusimbuzwa-irya-etage-ya-miliyoni-110