Author: webrwanda

  • Israhel/Coronavirus: Ibihumbi by’abigaragambya bakamejeje bashinja Leta kubabeshya #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Abanya-Israel babarirwa mu bihumbi bigabije imihanda mu myigaragambyo mu murwa mukuru Tel Aviv kuri uyu wa 11 Nyakanga 2020. Baramagana Leta bavuga ko yababeshya imfashanyo mu gihe cya gahunda ya“ Guma mu rugo”. Bavuga ko bari mu mibereho mibi iterwa n’ingaruka zikomeye z’ubukungu bwifashe nabi zatewe n’uburyo bubi Leta iri guhanganamo n’iki cyorezo cya coronavirus.
    Agace ka Rabin Square rwagati muri Tel Aviv kari kakubise kuzuye abigaragambya biganjemo urubyiruko bambaye udupfukamunwa, ariko badakurikiza amabwiriza yo guhana intera.
    Bavuga ko ingurane y’amafaranga Leta yaberemeye muri ibi bihe badakora kubera ingamba zo kwirinda coronavirus yatinze kubageraho. Iyo myigaragambyo y’ejo ku wa gatandatu yateguwe n’abakora ubucuruzi buciriritse, abikoresha ku giti cyabo ndetse n’amatsinda y’abahanzi.
    Benshi mu banya-Israhel nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, bari kugirwaho ingaruka zikomeye kubera ubukungu bwifashe nabi muri iki gihe. Ndetse barakajwe n’ingamba zo kurwanya coronavirus zatumye uburyo bakuragaho imibereho buhagarara. Bavuga ko amafaranga y’ingoboka bemerewe na Leta batarayahabwa.
    Benshi muri Israel bari kugirwaho ingaruka no kuba ubukungu bwifashe nabi.
    Mu gihe abakozi bakorera umushahara hari ubufasha babona ku kazi muri iki gihe badakora, abikoresha ku giti cyabo bo bavuga ko benshi muri bo bamaze amezi bategereje imfashanyo Leta yabasezeranyije.
    Michal Gaist-Casif, visi-perezida muri kompanyi ikora ibyo gutanga indangururamajwi n’urumuri mu bitaramo, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati: “Nkoresha abakozi 40 badafite ahandi bakura imibereho, nta mafaranga ariho. Ducyeneye ko Leta imenamo amafaranga kugeza twongeye gusubira mu bihe bisanzwe [by’imikorere]”.
    Akomeza ati: “Tumaze igihe tudakora guhera hagati mu kwezi kwa gatatu kugeza mu kwa kane, ukwa gatanu, ukwa gatandatu n’ukwa karindwi, kandi ukwa munani gusa nk’ukuzatubera akaga”.
    “Ubushomeri bwariyongereye”
    Ku wa gatanu tariki 10 Nyakanga 2020, Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu yagiranye inama n’impirimbanyi baganira ku byo binubira. Ibiro bya Bwana Netanyahu byasubiyemo amagambo ye ababwira ati: “Tuzasohoza ibyo twiyemeje birimo no kwihutisha kuriha aka kanya ibyo dushaka kubaha”.
    Abigaragambya bavuga ko ingurane Leta yabemereye, muri iki gihe badakora kubera coronavirus, ikomeje gutinda kubageraho.
    Hagati mu kwezi kwa gatatu, Israel yashyizeho ingamba zikaze za “Guma mu rugo”, ariko mu mpera y’ukwezi kwa gatanu itangira kuzikuraho. Ubushomeri bwarazamutse bugera ku kigero cya 21%.
    Iki gihugu cyagize ukwiyongera gukomeye k’ubwandu bwa coronavirus, ku wa gatanu habonetse abanduye bashya bagera hafi ku 1,500. Kugeza ubu, abantu barenga 38,000 ni bo bamaze gutangazwa ko banduye coronavirus muri Israel, muri bo 358 yarabishe naho abarenga 18,000 barayikize nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com
  • Abasore barantinya none bigiye gutuma ngumirwa niyo mpamvu nshaka umukunzi byihutirwa. #rwanda #RwOT

    By Doriane Umutoni
    Nitwa Nailla Ikuzwe Karengera mfite imyaka 40, kuva kera nkiri muto ababyeyi banjye banyigishije gushaka amafaranga, kuburyo ubu umpaye n’ibyatsi nabishakira abakiriya kandi bikagurwa. N’ubwo mu bucuruzi ndi umuhanga ariko mu rukundo ho ndi umuswa mubi. Mu myaka 20 ishize sinigeze nkundana n’umuhungu. Impamvu yabiteye n’uko njye n’ababyeyi banjye ntabwo twakunze kuba mu gihugu kimwe ngo tukigumemo igihe kinini kuko iyo twajyaga gutura mu gihugu runaka ababyeyi banjye bahatangizaga business yamara gushinga imizi dugahita twimukira mu kindi gihugu kuhatangiza indi gutyo gutyo. Ubwo rero iyo nabaga ntangiye kumenyera ahantu ntangiye kuhagira inshuti byahitaga biba ngombwa ko twimuka. Ubu rero nyinshi muri izo business ninjye nzicunga rero bigatuma ntajya nicara mu gihugu kimwe igihe kinini. Gusa iyo siyo mpamvu yonyine yabiteye ahubwo impamvu nyamukuru yabiteye n’uko abasore bantinya bakanga kunsaba urukundo. Umusore iyo tukimenyana bwa mbere akanyishimira iyo amenye uwo ndiwe ko ndi umukobwa wa Karengera ntiyongera kumvugisha. Bamwe barantinya bakumva ko ntaho bampera bansaba urukundo kuko ubusanzwe baba bamenyereye guteretesha amafaranga, rero bakumva ko nyabarusha bagatekereza ko ntamahirwe bafite yo kuba nabaha urukundo. Abandi nabo bakavuga ngo turamutse dukundanye tukabana sinazigera mbubaha kuko mbarusha amafaranga ngo najya mbasuzugura. Ariko muri njye siko nteye, nubwo nkize ariko sinirata, mu buzima nkunda guca bugufi, ndetse no guha agaciro buri wese. Ubu rero ndashaka umusore wakwemera ko dukundana. Sinzigera mukangisha amafaranga, ndetse sinzayamurutisha, nzamwubaha mu buryo bwose bushoboka, ibyanjye bizaba ibye, ndetse imitungo yanjye yose azayigiraho ijambo. Ikindi mwijeje nuko nta gihugu na kimwe nzajyamo atabishaka, ingendo zanjye zimwe nzazihagarika kugira ngo mpe umukunzi wanjye umwanya uhagije, kandi aho azumva ashaka kumperekeza nta kibazo tuzabyumvikanaho. Uwumva yanyemera akankunda by’ukuri yanyandikira inbox.
    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.
  • Ndamutse mbonye umusore w’inyangamugayo sinazuyaza kumuha umutima wanjye. #rwanda #RwOT

    By Doriane Umutoni
    Abasore barahari ndetse benshi, abansaba urukundo barahari ndetse benshi, ariko kubona umuhungu w’inyangamugayo ni ikibazo gikomeye. Muri iki gihe umusore akunda umukobwa hari inyungu runaka amukurikiyeho, iyo amaze kuzibona ahita amuta akajya gushaka undi. Iyo mvuga inyangamugayo si mu rukundo gusa ahubwo ni mu bintu byose. Hari umusore uherutse kunsaba urukundo, njye narabibonaga ko ankunda kuko yakoraga ibishoboka byose kugira ngo anyereke urukundo, kandi mu gihe ukundana n’umusore hashira icyumweru agatangira kugusaba ko muryamana, we ntabyo yansabye ninacyo cyanyerekaga ko ari uw’ukuri. Nyuma yo kumusuzuma neza naje kumuha urukundo, turakundana, mukunda ntizigamye ndetse mwereka n’inshuti zanjye ziramumenya, baramenyana baba inshuti. Muri izo nshuti zanjye harimo umukobwa w’inshuti yanjye magara tujya dukunda no kugurizanya amafaranga. Igihe kimwe rero uwo musore yaje kujya kureba uwo mukobwa w’inshuti yanjye amubwira ko mutumye amafaranga nawe ahita ayamuha atabanje no kumbaza. Ubwo uwo musore yahise agenda gutyo n’amafaranga arayajyana. Rero buri gihe kubona umusore wagukunda by’ukuri kandi akaba ari inyangamugayo, ari indakemwa mu mico no mu myifatire ni ikibazo. Ushobora gukunda umusore kandi akaba ari umusinzi ndetse agura n’abakobwa bigurisha wowe ntubimenye, umusore mushobora gukundana ari igisambo ntubimenye, mugakundana ari umutekamutwe ntubimenye, mugakundana afite abakobwa benshi yateye inda wowe ntubimenye, mugakundana wowe ukajya ubona ari ntama w’Imana kandi ari umunyabyaha ruharwa yarayogoje agace ntubimenye. Umusore murakundana, akajya akubeshya ko ari umukire, akakwiyemeraho cyane ko yize ko afite ubushobozi, akajya akwereka amafoto ye ari mu modoka zihenze wowe ukamwizera ukagira ngo nibyo kandi byose ari ibinyoma ntanurwara rwo kwishima yigirira. Nubwo abasore hafi ya bose ari gutyo bateye ariko ndabizi ko hakiriho abasore b’inyangamugayo, uwo rero nimubona sindi buzuyaze kumuha umutima wanjye tukikundanira. Niba wiyiziho ubunyangamugayo, ukaba wujuje indangagaciro zijyanye n’umuco wacu ukaba wumva twakundana unyandikire inbox amazina yanjye ni Umutoniwase Elevanie.
    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

  • Igisirikare cya RDC cyijeje Perezida Tshisekedi ko kimuri inyuma #rwanda #RwOT

    Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyijeje Perezida Felix Tshisekedi, umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu, ko kimuri inyuma mu migambi yo gucunga imbibi z’igihugu no guhashya imitwe yitwaje intwaro ikigaragara muri bimwe mu bice byacyo.
  • Abakize Coronavirus mu Rwanda bakomeje kuruta abanduye #rwanda #RwOT

    Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda igaragaza ko umubare w’abakize Coronavirus mu Rwanda ukomeje kuba munini kurusha abanduye.
  • Miss Umunyana Shanitah yatangije ubukangurambaga buzafasha benshi #rwanda #RwOT

    Miss Umunyana Shanitah wegukanye ikamba rya Miss Suprantional Rwanda 2019, yatangije ubukangurambaga bugamije gusubiza abana mu ishuri abayacikirije ndetse no kurwanya inda ziterwa abangavu.

    Ni mu gikorwa yise ‘Stand for Vulnerable teenage mothers’ aho harimo gushakishwa amafaranga angana n’amapawundi ibihumbi 10, ni ukuvuga amafaranga asaga miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Bimwe mu byo Miss Umunyana Shanitah yiyemeje gukora harimo gushakira ishuri abana baritaye, amafaranga yo kubishyurira, ndetse n’abashaka kwiga imyuga azabafasha.

    Inda ziterwa abana b’abangavu ni kimwe mu bihangayikishije u Rwanda, kuko aba bana bahura n’ibibazo bikomeye kuko bibaviramo kureka ishuri, guhohoterwa n’ababyeyi babo bamwe bikanabaviramo kwirukanwa mu miryango yabo.

    Ku munsi w’ejo ku Cyumweru ni bwo Umunyana Shanitah yatangije ubu bukangurambaga binyuze muri gahunda yise GoFundMe.

    Ku bantu bifuza gutera inkunga ubu bukangurambaga, wakoresha uburyo bwa Mobile Money wakanda *182*8*1*33311*Amafaranga#.

    Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko abana 70.614 batewe inda mu 2016 kugeza mu 2018.

    Miss Umunyana Shanitah yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya inda zitewa abana

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/miss-umunyana-shanitah-yatangije-ubukangurambaga-buzafasha-benshi

  • Umukobwa Nelson Mandela yitabye Imana #rwanda #RwOT

    Zindzi Mandela, umukobwa wa Nelsona Mandela wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo yitabye Imana ku myaka 59 nk’uko ikinyamakuru cyo muri Afurika y’Epfo, SABC cyabitangaje.

    Iki kinyamakuru gitangaza ko yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere muri Afurika y’Epfo mu mujyi wa Johannesburg.

    Uyu mugore akaba yari ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Danmark. Umuryango we n’ubwo wemereye iki kinyamakuru ko umukobwa wabo yapfuye, ntabwo iratangaza icyamwishe.

    Bagize bati“ku myaka 59 umukobwa w’uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo Nelson Mandela, yitabye Imana mu bitaro bya Johannesburg mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.”

    Zindzi Mandela ni umwana wa 6 wa Nelson Mandela, akaba umwana wa kabiri mu bana yabyaranye na Winnie Madakizela- Mandela.

    Umukobwa wa Nelson Mandela yitabye Imana

    source http://isimbi.rw/andi-makuru/article/umukobwa-nelson-mandela-yitabye-imana

  • Miss Shanitah yatangiye gukusanya inkunga yo guhangana n’ibibazo by’inda ziterwa abangavu #rwanda #RwOT

    Uko imyaka ishira indi igataha niko raporo zisohoka zigaraga imibare iteye impungenge y’abangavu baterwa inda mu Rwanda, yiyongera ku gipimo cyo hejuru kandi bikabagiraho ingaruka zitandukanye zirimo imibereho mibi, kubicira ahazaza n’ibindi.

    Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango iheruka gutangaza ko mu mwaka wa 2016, abangavu basambanyijwe bakabyarira kwa muganga bari 17 849, mu 2017 bari 17337, mu 2018 bagera kuri 19 832 mu gihe hagati ya Mutarama-Kanama 2019 bari 15 596.

    Nta gushidikanya ko ikibazo cy’abangavu baterwa inda kiri muby’inguti bihangayikishije u Rwanda nk’uko byanashimangiwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard mu Ugushyingo 2019, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena.

    Miss Shanitah nk’umwe mu bavuga rikumvikana by’umwihariko mu rubyiruko ndetse akaba yarabaye Miss Supernatural mu 2019, avuga ko iki kibazo kuri we abona giteye inkeke ari nayo mpamvu agomba gufata iya mbere mu gutanga umusanzu we.

    By’umwihariko ubwo yari mu irushanwa rya Miss Supranational yari afite umushinga ujyanye no gukora ubukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu, gusa kubera icyorezo cya COVID19 yakomwe mu nkokora ari nayo mpamvu kuri ubu agiye kwifashisha ikoranabuhanga mu gukusanya inkunga yo gukora ibi bikorwa.

    Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI, yavuze ko kubera ko amashuri agiye gutangira by’umwihariko aba babyeyi baba barabyaye inda zitateganyijwe bazagorwa no kubona ubushobozi bwo kubajyana mu mashuri ari nayo mpamvu yatangije ubu bukangurambaga.

    Ubu bukangurambaga yise “Stand for Vulnerable teenage mothers” bwatangijwe kuri iki Cyumweru tariki 12 Nyakanga 2020, binyuze ku rubuga rwa GoFundMe, aho hashakishwa amapawundi ibihumbi 10 [Ni hafi Miliyoni 10 Frw].

    Abari mu Rwanda bashaka gutera inkunga ubu bukangurambaga bwa Miss Umunyana Shanitah bashyiriweho uburyo bwa Mobile Money, aho ukanda *182*8*1*33311*Amafaranga#.
    Miss Shanitah wahagurukijwe n’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu, arasaba abanyarwanda n’abandi bose kumushyigikira

    Miss Shanita yagize ati “Iki ni ikibazo gihangayikishije cyane, by’umwihariko byaragaraye mu Burasirazuba ko ariho icyo kibazo kiri cyane ko abana b’abangavu baterwa inda bagahita bava mu mashuri biturutse ku bibazo by’uko babyaye bakiri bato.”

    Imibare y’abangavu batewe inda Minisiteri y’Ubuzima yabashije kumenya igaragaza ko umwaka wa 2018 warangiye Akarere ka Nyagatare kari ku isonga n’abana 1465 batewe inda, Gatsibo 1452, Gasabo 1064, Kirehe 1055 na Bugesera 925.

    Umunyana Shanitah avuga ko azahera mu Ntara y’Uburasirazuba nk’ahakomeje kwibasirwa n’ibi bibazo, asaba by’umwihariko abana b’abakobwa kwirinda imico ishobora kubagusha ku gusambanywa cyangwa guterwa inda igihe kitaragera.

    Yagize ati “Abakobwa ubwabo nabo bakwiriye kwirinda, kujya mu bagabo ntabwo aribyo bizatuma bagira imibereho myiza, nababwira kwirinda cyane ko ingaruka zigaragara ari uko guterwa inda kandi abenshi bigiraho ingaruka ni abo bo mu cyaro baba badafite ubsuhobozi kuko nyuma yo guterwa inda imibereho iba mibi kurushaho.”

    Miss Shanitah avuga ko n’abagabo bagomba kugaragaza uruhare rwabo muri uru rugamba rwo kurwanya inda ziterwa abangavu cyane ko haba harimo bashiki babo n’abana babo.

    Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko umubare w’abangavu babyara imburagihe wavuye ku bana 17,337 mu mwaka wa 2017 ugera ku bana 19,832 mu mwaka wa 2018.

    Nyamara imibare itangwa n’ubushinjacyaha bukuru igagaragaza ko kuva muri Nyakanga 2017 kugeza muri Kamena 2018, bakiriye dosiye 2,996 z’abasambanyije abana.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Miss-Shanitah-yatangiye-gukusanya-inkunga-yo-guhangana-n-ibibazo-by-inda-ziterwa-abangavu

  • Abajura bibye kwa Depite Habineza bakomeretsa umukozi we umwe arafatwa #rwanda #RwOT

    Muri aba bajura hafashwemo umwe. Uwafashwe ni umusore uri mu kigero cy’imyaka 30. Abandi bahise biruka.

    Dr Habineza avuga ko buriye igipangu, umwe agafatwa n’umushinzwe umutekano waho, ariko ngo n’abaturanyi bakaba babatabaye.

    Si ubwa mbere Dr Habineza yibwe kuko no gicuku cyo ku itariki 16 Kanama 2018 abantu bataramenyekanye bahengereye abo mu rugo rwe basinziriye, burira igipangu cy’urugo biba ibikoresho bitandukanye, aho atuye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo.

    Icyo gihe bamwibye ibikoresho bitandukanye bifite agaciro karenze miliyoni 2 y’amafaranga y’u Rwanda.

    Icyo gihe yagize ati “Batwaye televiziyo n’ibindi bikoresho byo mu nzu. Agaciro k’ibyibwe byose hamwe ntiturakamenya neza ariko televiziyo igura nka miliyoni 1.2 Frw, ibyibwe byose hamwe bishobora kuba birengeje miliyoni ebyiri ariko ntiturabasha kubimenya byose.”

    Uyu musore wafashwe ari mu bari bagiye kwiba Depite Frank Habineza yamaze gushyikirizwa Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha.

    Dr Habineza ayoboye ishyaka ritavugarumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse yiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda atsindwa amatora, nyuma yiyamamariza kuba umudepite ishyaka rye ribona imyanya ibiri.

    source http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Abajura-bibye-kwa-Depite-Habineza-bakomeretsa-umukozi-we-umwe-arafatwa

  • South Africa: Umukobwa wa Nelson Mandela, yitabye Imana afite imyaka 59 #rwanda #RwOT

    Zindzi Mandela-Hlongwane — umukobwa w’uwahoze ari perezida wa Afurika y’epfo Nelson Mandela — yapfuye ku myaka 59 nk’uko byemejwe na Nelson Mandela Foundation uyu munsi kuwa mbere.

    Urupfu rwa Zindzi Mandela rwemejwe n’umuryango mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, amakuru yagaragaza ko ambasaderi wo muri Denmark yapfuye ku cyumweru nijoro mu bitaro bya Johannesburg.

    Mandela, wavutse kuri Nelson Mandela na Winnie Madikizela-Mandela ku ya 23 Ukuboza 1960 i Soweto, bahagaze nk’umudamu wa mbere wa Afurika y’Epfo kugeza igihe se yongeye gushaka mu 1998. Mu 2014, Zindziswa Mandela yagizwe ambasaderi muri Denmark

    Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Afurika y’epfo yatangaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Zindzi Mandela ambasaderi w’iki gihugu muri Denmark

    Itangazo rya ministeri y’ububanyi n’amahanga y’iki gihugu rivuga ko “bagikusanya amakuru ku rupfu rwe”, bagatangaza ibirambuye nyuma.

    Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Naledi Pandor avuga ko Madamu Zindzi atazibukwa gusa nk’umukobwa w’abantu b’intwari, ahubwo “nk’intwari yaharaniye uburenganzira mu bushobozi bwe”.

    Abanyafurika y’epfo benshi ku mbuga nkoranyambaga bagaragaje akababaro batewe n’urupfu rwa Madamu Zindzi.

    Zindzi yapfushije se – Mandela – mu kwa 12/2013, mu kwa kane 2018 apfusha nyina Winnie Madikizela-Mandela.

    BBC

    source https://www.hillywood.rw/?p=74889