Author: webrwanda

  • Nigeria: Igihano ku mugabo wahamijwe gufata ku ngufu ni ugukonwa/kumuca amabya #rwanda #RwOT

    Inteko ishingamategeko yo muri leta ya Kaduna mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw'igihugu cya Nigeria, yemeje gukoresha ibyuma byo kwa muganga mu gucyeba udusabo tw'intanga ngabo/amabya, nk'igihano ku bahamijwe n'inkiko gufata abagore ku ngufu.

    Hafsat Baba, komiseri ushinzwe abagore n'iterambere ry'umuryango muri iyo leta, yavuze ko icyo cyemezo ari 'inkuru nziza'. Yongeyeho ko 'bizaca intege' abasambanya abagore ku ngufu.

    Byitezwe ko ubu Nasir Ahmad el-Rufai, Guverineri wa leta ya Kaduna, agiye gushyira umukono kuri uwo mushinga w'itegeko kugira ngo uhinduke itegeko muri iyo leta.

    Mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, ba guverineri ba leta zigize Nigeria batangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu kubera gufata abagore ku ngufu n'ibindi bikorwa by'urugomo byibasira abagore n'abana.

    Umubare w'imanza z'abacyekwaho gufata abagore ku ngufu uracyari ku kigero cyo hasi, ndetse nkuko BBC ibitangaza ngo ipfunwe akenshi rituma abagore bamwe bafashwe ku ngufu babiceceka.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

  • Amakosa 5 yo kwirinda ku bantu bambara inkweto #rwanda #RwOT

    Kwita ku nkweto zawe, kuzihitamo neza, no kuzikoresha neza, bifasha kubungabunga ubuzima bw'ibirenge n'umubiri wose. Ibirenge byacu ni igice cy'umubiri dukunda kwirengagiza no guhohotera. Uburyo duhitamo no gukoresha inkweto zacu bifitanye isano n'ubuzima bwacu.

    Ariko, ibirenge nibyo shingiro rya amagufa yacu, bidutera inkunga, kandi bishobora guteza ibibazo byinshi mu gihe bititaweho neza kandi mu gihe kirekire. Igihe kirageze cyo gukumira amakosa no kwita ku birenge byacu.

    Dore amakosa atanu ugomba kwirinda ku nkweto

    Ikosa 1: kwambara inkweto ndende cyane

    Inkweto ndende cyane zituma ikirenge kijya imbere mu nkweto, ibi bigashyira igitutu kinini kumano. Mu gihe wambaye, amano nayo agomba gutekana kugirango agufashe kugenda neza. Ibi rero iyo utabikoze byongera nka plantar fasciitis, bunions na heels spurs. Hagarara kuri santimetero nkeya z'inkweto ku gatsinsino kugirango wirinde ububabare kandi wubahe morphologie yawe uko bishoboka kose: cm 3,5 kugeza kuri 4 ku bagore na cm 1,5 kugeza kuri 2 ku bagabo. Inkweto zo mu bwoko bwa stiletto zigomba kwirindwa buri munsi.

    Ikosa 2: kwambara couple imwe y'inkweto udahagarara/udahindura

    Niba warigeze ukunda umuguru umwe w'inkweto menya kuwambara igihe cyose atari byiza. Kwambara inkweto zimwe buri munsi byerekana ko uhora ukoresha ibice bimwe by'ikirenge, Gerageza ushake izindi nkweto nziza kandi uzihindure nibura rimwe mu cyumweru.

    Ikosa 3: kwambara inkweto zishaje

    Iyo inkweto zishaje kandi zambawe igihe kirekire, zishobora guhengeka ikirenge kandi bishobora gutera ububabare ku gatsitsino. Hindura inkweto zawe za siporo hafi buri mezi atandatu.

    Ikosa 4: kwambara inkweto iringaniyeiy

    Iyo ugenda mu m'amagorofa, ntabwo bitanga ubwisanzure nk'iyo utangiye nko kuzamuka muri Etage, inkweto iringaniye cyane iguhatira gukurura agace k'inyuma ku kirenge ukaba wagira ibyago byo kubabukaho.

    Ikosa 5: kwambara inkweto zitagukwira

    Uri nko kwiruka uri muri sport nibyiza ko wambara inkweto zigukwira kandi zitabangamira igice icyo aricyo cyose cy'ikirenge, Gerageza gukurikiza inama z'uburyo wakwambara inkweto zijyanye n'ikirenge cyawe kuko nuramuka wambaye inkweto zitajyanye n'ikirenge cyawe bizakugiraho ingaruka.

    Ku buzima bw'ibirenge, ni byiza guhinduranya inkweto ndende, inkweto nto, inkweto zifunguye cyangwa zifunze!
    Source: www.santemagazine.fr

    Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

  • Kenyan Police Arrest Poacher With 14Kg Elephant Tusks #rwanda #RwOT

    Security officers in the northwestern Kenya town of Kitale on Thursday arrested a poacher in possession of 14 kilograms of elephant tusks with a market value of 1.4 million shillings (US$14,000).

    Local police commander Ayub Gitonga said the suspected poacher had been on the radar of security agencies amid a spike in poaching of iconic animals in northern Kenya counties. 'We set a trap after we received intelligence reports that the suspect was in possession of the consignment and was looking for a market,' said Gitonga. He said that poachers have taken advantage of the heavy rains in northern Kenya to sneak into wildlife sanctuaries and kill elephants and other giant land mammals.

    'We are working on intelligence information to stamp out the menace and protect wildlife and we urge the public to collaborate with security agents to bring to book those engaged in illegal activities in our national parks,' said Gitonga. He said police have launched a manhunt for six poachers on the run in the expansive plains dotting Kenya's northwestern region.

    Meanwhile, Kenyan security forces said Thursday they have rescued 16 foreigners after busting a human trafficking ring along the Marsabit-Isiolo highway in northern Kenya.
    The officers from the multi-agency special operations team said six suspects who were ferrying the foreigners aboard three vehicles were arrested during an early Wednesday operation. 'The minors were being transported in three motor vehicles along the Marsabit-Isiolo highway heading towards Isiolo general direction at Ngaremara area,' the Directorate of Criminal Investigations (DCI) said in a police report.
    According to the DCI, illegal immigrants had no relevant documents in their possession. 'All the arrested aliens are of Ethiopian origin and are to be charged for the offense of being unlawfully present in Kenya while the Kenyan drivers are to be charged with the offense of human smuggling,' said the DCI.
    The DCI said the suspects will be arraigned in court to answer to charges of human trafficking.
  • Une rencontre imminente des Présidents de la région à Goma : Stratégies de ratissage des Groupes armés #rwanda #RwOT

    La ville de Goma au Nord-Kivu s’apprête à accueillir d’ici quelques jours, le mini-sommet des Chefs d’Etats de la sous-région. La question a été évoquée au cours du conseil extraordinaire des ministres du Nord-Kivu, présidé ce mercredi 9 septembre 2020 à Goma par le gouverneur Carly Nzanzu Kasivita. Le gouvernement provincial appelle les habitants de la ville volcanique à la propreté dans leurs parcelles ainsi que sur les voies publiques, rapporte le journal pour qui,

    ” les Chefs d’Etat vont aborder les questions relatives à la paix et la sécurité dans la région ; les relations diplomatiques et politiques entre ces Etats ; et la relance des activités économiques dans le contexte actuel de la lutte contre la Covid-19″.

    On sent le journaliste qui rapporte la nouvelle mesurer ses mots.

    Paix et sécurité, très souhaitées par les citoyens de la région des Grands Lacs

    Le Président Félix Antoine Tschisekedi en est à sa deuxième tentative d’inviter les Etats de l’Est de la région à étudier pratiquement comment éradiquer l’insécurité dans ces deux provinces des Kivus devenues, depuis 1994, l’épicentre de cette insécurité pour la région Est, avec l’établissement des Interahamwe et autres ex-FAR rwandais.

    Depuis lors, cette vaste bande où s’étendent d’infinies platebandes arborisées et incontrôlées, des mouvements armés illégaux tant étrangers que locaux y ont élu leurs quartiers généraux. Ils échappent parfaitement au contrôle des FARDC et de la Monusco à qui, cette dernière, échappe le vrai sens de son mandat onusien de stabilisation de la RDC .

    Les chefs d’Etat souscriront-ils à la possible suggestion de gestion conjointe de Tshisekedi de ce déficit de sécurité ?

    En 2019, A peine élu Président, Fatshi a suggéré la rencontre des Chefs des Etats majors des pays de l’Afrique des Grands lacs. Des voix influentes avaient diversement accueilli cette initiative qui sort de l’ordinaire. Quelle initiative ? Une gestion commune de cette crise de la sécurité de l’Est de la RDC qui impacte immédiatement sur les Etats voisins.
    Une voix positive, celle de Me Omar Kavota, Président du Centre d’étude pour la promotion de la Paix, la démocratie et les droits de l’homme (CEPADHO) de la région de Beni, au grand nord de la Province du Nord Kivu :

    ” Aujourd’hui que l’on fait face à des mouvements comme les ADF/ Allied Democratic forces ugandaises, FDLR/Forces Démocratiques de Libération du Rwanda , FNL/Forces Nationales de Libération burundaises, et autres, qui ont un caractère transfrontalier, il importe que les Etat, d’où viennent ces rebelles, soient mis à contribution pour qu’on arrive à bout de ces mouvements “, rapporte le journal onusien Radio Okapi du 24 octobre 2019 citant Omar Kavota.

    Le journal continuait plus loin annonçant que “Des documents attribués au chef d’Etat-major général des FARDC, qui circulent déjà sur internet et qui avaient déjà annoncé cette deuxième rencontre du 24 au 25 octobre, font état de l’ouverture, d’ici quelques semaines, à Goma, d’un Etat-major intégré, que formerons les armées de ces quatre pays avec l’objectif de traquer la dizaine de groupes armés locaux et étrangers actifs dans la partie de l’Est de la RDC”.
    Cette rencontre aura lieu un mois plus tard. Les Commandants de la Monusco et de l’Africom américaine y soront conviés.

    Cet Etat-major intégré sera combattu
    Cette rencontre ne donnera pas la satisfaction. Il y a eu des parties qui n’ont pas adhéré entièrement à cette idée de formation d’un Etat-Major intégré des quatre pays.
    Ce n’est pas compliqué de comprendre pourquoi cette idée était dissonante en cette année 2019 finissante. Les parties ugandaise et burundaise se croyaient fortes de venir à bout du Rwanda en renforçant leur soutien aux groupes armés rwandais qui devaient foudroyer le régime en place au Rwanda.

    Le maintien du statu quo de l’Est de la RDC les arrangeait. Fatshi, lui, n’a rien compris. L’acheminement de l’aide militaire dans le grand secret était acheminé sur les hauts plateaux de l’Itombwe où des camps d’entrainement des FLN/Forces Nationales de Libération du Rwanda aile armée de la Coalition MRCD/Mouvement Rwandais pour les Changements Démocratiques de Paul Rusesabagina.

    Cette rencontre de Goma est survenue au moment où l’Uganda de Museveni avait aussi offert son territoire pour une arrière base politique et de recrutement militaire des RNC/Rwanda National Congress qui était lui aussi sur pied de guerre prêt à en découdre avec le Régime de Paul Kagame.

    La réunion de Goma des Chefs des Etats Majors du Rwanda, Uganda , Burundi et RDC en 2019 en présence des observateurs de l’Africom/Commandement Africain de l’Armée Américaine et de la Monusco

    La suite on la connaît, la supposée opération Sokola II faite de contingent des FARDC pour ratisser cet Est de la RDC a appliqué son balai dans ces montagnes inaccessibles pour, immédiatement, détruire ces camps et prendre des prisonniers de guerre dont les chefs de ce mouvement pour les renvoyer au Rwanda.

    Ce que l’on ne saura pas ce sera par quels moyens et le véritable auteur de cette opération militaire gigantesque qui a fait que les Etats majors ugandais et burundais ont perdu tout espoir de revanche sur leur voisin rwandais et qu’ils se sont résignés à, cette fois-ci, négocier la paix des braves pour la sécurité de la région.

    Les Chefs d’Etats renégocieront la cogestion du ratissage des groupes armés de l’Est

    Radio Okapi de ce 11 septembre se perd dans les conjectures. Il croit que sur l’agenda de ce mini sommet, il sera question de ” décrisper les tensions entre l’Ouganda et le Rwanda, d’une part, et entre le Burundi et le Rwanda de l’autre. Une forte méfiance est observée ces derniers mois entre l’Ouganda et le Rwanda. Ces 2 pays s’accusent mutuellement d’espionnage, d’ingérence et de déstabilisation”.

    Mais cette façon de voir le problème est simpliste. Ni l’Uganda, ni le Burundi ne peuvent abriter des foyers de guerrilla à l’endroit du Rwanda. Tout ce qu’ils peuvent, c’est d’appuyer ces foyers qui profitent de l’immensité, du relief accidenté et de l’ingouvernabilité d’une grande partie de l’Est de la RDC pour s’y implanter.

    Une parade des FARDC : Sur ordre de Fatshi, elles tentent de venir à bout des groupes armés locaux et surtout étranger ; un travail de Titans

    La thèse de Fatshi est parfaitement souhaitée par le Rwanda qui, à lui seul, pourrait faire tout le travail. Il suffira de certaines influences dont probablement celle de la Monusco contre l’idée de cet Etat Major Intégré des Forces armées des pays de la Région avec à leur tête, un commandant suprême congolais, pour voir l’Ugandais Museveni ou le Burundais Ndayishimiye se désolidariser du souhait de Tshisekedi.

    Du reste, il s’entend que le projet de Tschisekedi de ratissage de cet Est de la RDC signerait la fin précipitée de la mastodonte Monusco. Cela, logiquement, ne doit pas épouser l’assentiment de la Communauté internationale qui, avec cette force géostratégique stationnaire, fait le monitoring des forces et puissances économiques indésirables, (Chine ? Russie ?…), qui voudraient elles aussi s’implanter dans ce géant de l’Afrique centrale.

    Dans ce jeu d’échecs, le poids de Joao l’Angolais sera décisif pour changer les cartes de la région. Mais c’est aussi et surtout le camps des observateurs qui y seront associés, la Monusco, l’ICGLR et surtout cet AFRICOM. Ces observateurs sont si influents qu’ils font pencher la balance où ils veulent dans de tels contentieux internationaux et inter-Etats.

    Jovin Ndayishimiye

  • Gahunda y’imikino y’Amavubi muri CHAN, iby’ingenzi wamenya ku mijyi 3 izakira irushanwa #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko igikombe cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu by bo 'CHAN’ icya 2020 gisubitswe kubera COVID-19, ubu kizaba guhera tariki ya 16 Mutarama kugeza 7 Gashyantare 2021 kibere muri Cameroun.

    Mbere cyari giteganyijwe ku wa 4 Mata kugeza 25 Mata 2020 muri Cameroun, Amavubi y’u Rwanda n’ubundi aracyari mu itsinda C kumwe na Morocco, Uganda na Togo.

    Ni imikino izabera mu mijyi 3 ku bibuga 4. Umujyi wa Douala akaba ari na wo mujyi munini muri iki gihugu aho unafatwa nk’igicumbi cy’ubukungu, ni umwe mu mijyi izakira iri rushanwa, muri uyu mujyi hazakoreshwa ibibuga 2 ari byo Japoma Stadium ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 50 na Stade de la Réunification yakira abantu ibihumbi 30.

    Umujyi wa Yaounde utuwe n’abantu hafi miliyoni 3 ukaba umujyi wa kabiri mu bunini nyuma ya Daoula, byongeye kandi ni wo murwa mukuru w’iki gihugu, na wo uzakira iyi mikino ya CHAN 2020, azakinirwa ku kibuga kimwe cya Stade Ahmadou Ahidjo gifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 42.

    Limbe ni umujyi washinzwe mu 1858 n’umuvugabutumwa w’umwongereza, Alfred Saker, uherereye mu Magepfo y’Uburengerazuba bwa Cameroun, ukaba ukora cyane ku Nyanja, muri 2005 abaturage bari bawutuye bageraga ku 84,223, ni wo mujyi wa 3 uzakira imikino ya CHAN 2020, itsinda rizakinira muri uyu mujyi, bazakinira kuri Limbe Stadium yakira abantu ibihumbi 20.

    Itsinda C u Rwanda ruherereyemo bazakinira mu mujyi wa Douala uretse umukino usoza itsinda w’u Rwanda na Togo uzakinirwa mu mujyi Limbe.

    Ntabwo amatariki nyirizina imikino y’Amavubi izaberaho aramenyekana, gusa izatangira ikina na Uganda, ikurikizeho Morocco mu gihe izasoreza kuri Togo.

    Iri rushanwa rigizwe n’amatsinda 4, hakazazamuka amakipe abiri muri buri tsinda, itsinda ry’u Rwanda rya C, muri ¼ ikipe ya mbere izahura n’iya kabiri mu itsinda D mu gihe iya mbere mu itsinda D izahura n’iya kabiri mu itsinda C.

    Gahunda uko iteye

    Amavubi yamenye gahunda nshya ya CHAN 2020

  • Ikoranabuhanga: Hakozwe agakoresho ko kurinda amabanga y’ibikorerwa kuri mudasobwa na telefoni #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amabanga y
    Amabanga y’ibikorerwa kuri za mudasobwa na telefone agiye kujya abungwabungwa mu buryo bwizewe

    Ako gakoresho gashya kakaba kari kugurishwa amadolari ya Amerika 55, ni ukuvuga hafi ibihumbi 60 by’amafaranga y’u Rwanda.

    Abahanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga baravuga ko ako gakoresho gafite ubushobozi bukomeye kandi bwizewe mu kurinda umuteno w’amakuru bwite y’abantu cyangwa ibigo.

    Ako gakoresho kandi gashobora kwinjizwa muri telefone igendanwa kakaninjizwa muri mudasobwa mu mwenge usanzwe winjiramo ‘USB’.

    Iki kigo cya Yobico, ni cyo cya mbere ku isi gicuruza ibikoresho byo kurinda umutekano mu bijyanye n’ikoranabuhanga, yaba kuri murandasi, muri mudasobwa, telefone n’ibindi nk’uko ikinyamakuru CBNET dukesha iyi nkuru kibitangaza.

    Iki kigo akaba ari cyo giha imfunguzo z’umutekano ibigo bikomeye nka Microsoft, Google, Facebook na Twitte,r kugira ngo abakora ibyaha byifashishije ikoranabuhanga rya murandasi (Cyber crimes) batinjirira ibyo bigo.

    Iki kigo kandi ni cyo cyakoze ikoranabuhanga ryo gukoresha igikumwe, ijisho n’isura, kugira ngo umuntu abashe kwinjira muri telefone ye cyangwa mudasobwa.


    source https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/ibindi-bikoresho/article/ikoranabuhanga-hakozwe-agakoresho-ko-kurinda-amabanga-y-ibikorerwa-kuri-mudasobwa-na-telefoni

  • Rusizi: Abaturage batuye Rwambogo barasaba ko bakwegerezwa ikigo Nderabuzima #rwanda #RwOT

    Nyuma yuko poste de sante ya Gasumo mu kagari ka Rwambogo iherewe rwiyemezamirimo abayivurizaho bagaragaje ko batishimiye serivisi mbi bahabwa, bakavuga ko yahabwa ubushobozi nk'ubw'Ikigo Nderabuzima kuko bivuza kure.

    Ikigo Nderabuzima kuri bo kiri kure muri Km 25, basabye ubuyobozi ko Poste de sante ibegereye igirwa Ikigo Nderabuzima.

    CIPANDA Alex yagize ati 'Mbere itarahabwa rwiyezamirimo twavurwaga neza, aho bayimuhereye ntibigenda neza, twanejejwe n'ubuvugizi twijejwe kuzakorerwa Poste de santé ikaba Ikigo Nderabuzima.'

    Undi na we ati 'Mbere habaga Abaganga batanu wahagera haba nijoro cyangwa ku manywa bakagufasha, umugore iyo afashwe n'inda nijoro biratugora kumugeza ku Kigo Nderabuzima, hari nubwo ashobora gupfa cyangwa akabyarira mu nzira.'

    Undi muturage avuga ko poste de sante nigira ingufu ikaba Ikigo Nderabuzima bizabashimisha kurushaho.

    Ku wa 4 Kanama 2020 Goverineri w'Intara y'Iburngerazuba Alphonse Munyantwari n'Umuyobozi  w'Akarere ka Rusizi, Ephrem Kayumba bagiranye inama n'abaturage batuye muri uyu Murenge babizeza ko bagiye kubakorera ubuvugizi poste de sante igahabwa ubushobozi nk'ubw'Ikigo Nderabuzima.

    Dieudonne Safari uyobora Butare yasabye abaturage gufata neza ibikorwa bagezwaho abashimira ubufatanye bagirana n'ubuyobozi, anabizeza ko Leta izakomeza kubakorera ibagegezaho iterambere.

    Yagize ati 'Ndabasaba gufata neza ibikorwa by'iterambere bagiramo uruhare, ndabashimira ko bakomeje kugira ubufatanye n'ubuyobozi, Leta izakomeza kubagezaho iterambere.'

    Rwiyezamirimo ukoresha iriya Poste de sante ya Gasumo, witwa Jean Claude Tuyisenge yabwiye Umuseke ko dukesha iyi nkuru yemeranyijwe n'Akarere ka Rusizi ko poste de sante nihabwa imbaraga nk'iz'Ikigo Nderabuzima bazamuha indi poste de sante.

    Ati 'Bambwiye ko iyi poste de sante igiye guhabwa ingufu za centre de sante, twemeranyijwe n'Akarere ko bazampa indi poste de sante.'

    Abatuye hano bavuga ko Poste de sante yabo ikwiye kuba Ikigo Nderabuzima kubera ko bivuriza kure, kandi service bakenera hano ntibazibone

  • Inyungu zo gusoma Bibiliya buri munsi #rwanda #RwOT

    Aramusubiza ati' Handitswe ngo 'Umuntu ntatungwa n’umutsima gusa, ahubwo atungwa n’amagambo yose ava mu kanwa k’Imana' Matayo 4:4

    Gusoma Bibiliya buri munsi ni ingenzi cyane bitewe n’uko ari kimwe mu bikuza buri mukristo mu buzima bwe bwo mu mwuka , kandi mu buryo bwinshi. Muri iyi nyigisho muriboneramo inyungu eshatu z’ingenzi buri mwizera wese akwiye kuba aronka buri munsi.

    Burya tugaburirwa n’Ijambo ry’Imana

    Iyo dusomye Bibiliya, tugaburirwa n’Ijambo ry’Imana kandi tugahaza ubuzima bwacu bwagikristo. Yesu yabivuze neza muri Matayo 4: 4 'Umuntu ntatungwa n’umutsima gusa, ahubwo atungwa n’amagambo yose ava mu kanwa k’Imana.'

    Indi mirongo yo muri Bibiliya nayo isobanura neza ko Ijambo ry’Imana ari intungamubiri ku bakristo ni 1 Petero 2: 2 haravuga ngo, 'Mumere nk’impinja zivutse vuba , mwifuze amata y’umwuka adafunguye, kugira ngo abakuze abageze ku gakiza.'Kandi no mu Isezerano rya Kera, muri Yeremiya 15:16 hagira hati, 'Amagambo yawe amaze kuboneka ndayarya, maze ambera umunezero n’ibyishimo byo mu mutima wanjye.'

    Iyo turya ibiryo by’umubiri, duhabwa intungamubiri dukeneye zituma tubaho hagamijwe kugira ubuzima bwiza. Turonka imbaraga zo kujya kukazi, gukora siporo, no kwishimana n’umuryango tutibagiwe n’inshuti zacu . Bitabaye ibyo, iyo dusibye kurya twumva dufite intege nke, tunaniwe. Mu gihe kandi dukomeje kubura amafunguro, duhura n’ibibazo bikomeye bishobora kutuviramo n’indwara.

    Mu buryo nk’ubwo rero, iyo turiye ibiryo by’umwuka turonka kubaho mu buzima bwa gikristo. Ariko mu gihe tugiye kure y’Ijambo ry’Imana niyo cyaba igihe gito, nibwo tujya mu ntege nke mu buryo bw’umwuka, tugahora tugwagwana ari naho havamo kwinangira. Iyo habuze ijambo ry’Imana mu buzima bw’umukristo kandi nta buryo bwiza agira bwo gukemura ibibazo neza. Ubukene bw’Ijambo ry’Imana butera kwibasirwa n’ibishuko, gushidikanya, n’ubundi bwoko bw’indwara zo mu mwuka. Tudafite ijambo ry’Imana ntitubasha guhangana n’ingorane nyinshi ziba mu buzima bwacu bwa buri munsi .

    Ni ngombwa cyane rero, ko dutungwa no gusoma no kugaburirwa Ijambo ry’Imana buri munsi Kugira ngo dukomeze ubuzima bwa gikristo buzira umuze , ndetse tunezerewe. Dukeneye gusoma Bibiliya buri munsi kugira ngo turonke intungamubiri z’umwuka mu Ijambo ry’Imana .

    Twezwa n’Ijambo ry’Imana

    Bigende bite se niba tutumva neza ibyo dusoma? Dushobora kwibaza niba dukwiye gukomeza gusoma Bibiliya. Cyangwa birashoboka ko twacitse intege kubera ko nyuma ya saa sita twibagirwa ibyo twasomye mu gitondo. Ese tugomba gukomeza gusoma n’ubwo tutibuka byinshi? Igisubizo ni yego, byanze bikunze burya inyungu yambere yo gusoma Ijambo ry’Imana ni uko rigira umumaro wo kutweza. Abefeso 5:26 hagira hati, …Nk’uko Kristo yakunze itorero akaryitangira ' ngo aryeze, amaze kuryogesha amazi n’ijambo rye.' Hano ni itorero, rigizwe n’abizera bose muri Kristo, kandi 'kwezwa n’amazi mu ijambo ry’Imana ' byerekana ikintu gitandukanye no kwezwa ibyaha n’amaraso ya Yesu Kristo.

    Noneho kwezwa n’amazi ni iki?

    'Bitandukanye no kwezwa n’amaraso y’Umucunguzi Kristo. Amaraso yo gucungura yoza ibyaha byacu (1Yohana 1: 7; Ibyah 7:14), mu gihe amazi yo atwozaho inenge n’ibicumuro byacu , amazi kandi hari aho agereranywa n’ibigeragezo . Umwami Yesu yabanje kutwezaho ibyaha byacu n’amaraso ye (Abaheburayo 13:12) hanyuma kandi anahanagura ibicumuro byacu n’inenge zacu karemano umunsi ku munsi akoresheje amazi . Buri munsi duhora twezwa kugira ngo itorero rishobore kubaho ryera kandi ridafite inenge . Amazi atweza agereranywa n’Ijambo ry’Imana nanone. N’ubwo rero tutakwibuka cyangwa ngo dusobanukirwe neza ibyo dusoma, gusoma Bibiliya buri munsi biaratweza.

    Ijambo ry’Imana riradukuza

    Ukwizera kwacu ntigushingiye ku bitekerezo byacu bwite , ahubwo gushingiye ku Ijambo ry’Imana, ni ngombwa rero ko twe nk’abakristo twese tumenya icyo Ijambo ry’Imana rivuga. Mu gusoma Ijambo ry’Imana buri gihe twungukiramo byinshi. Kumenyera amagambo y’Imana biradukuza tukamenya ukuri kw’ ibitangaje Imana yakoze 'Mumere nk’impinja zivutse vuba , mwifuze amata y’umwuka adafunguye, kugira ngo abakuze abageze ku gakiza.' 1 Petero 2: 2

    Twunguka kandi ubumenyi dukoresha bwo kubaka ubwami bw’Imana. Imana yaduhaye impano ikomeye kandi nziza y’Ijambo ryayo. Mu gusoma Bibiliya, ntabwo twezwa gusa , ahubwo tugaburirwa imbere kugira ngo ubuzima bwacu bwo mu mwuka bukure.

    Source: Bibles for America( Blog)

    [email protected]

  • Ese wari uziko ibyishimo byo mu mibonano mpuzabitsina biva ku Mana, Umva uko Papa Francis abisobanura. #rwanda #RwOT

    Mubiganiro yagiranye n'umwanditsi Carlo Petrini , Papa Francis Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, yavuze ko ibyishimo biva ku Mana bityo ko n'ibituruka mu gukora imibonano mpuzabitsina nabyo ariho bituruka.

    Iki gitekerezo cya Papa Francis ku bijyanye n'imibonano mpuzabitsina gikubiye mu gitabo 'TerraFutura' cyashyizwe hanze ku wa 9 Nzeri 2020, kikaba kirimo ibiganiro bitandukanye yagiye agirana n'umwanditsi, Carlo Petrini.

    Ni igitabo kirimo ibiganiro bigera kuri bitatu uyu mwanditsi yagiranye na Papa ariko ahanini bigaruka ku buryo abona ibintu bitandukanye.

    Muri ibi biganiro hari aho Papa avuga ko kimwe n'ibyishimo bituruka mu kurya ko ibiva mu gukora imibonano mpuzabitsina nabyo bituruka ku Mana.

    Yagize ati 'Ibyishimo byo kurya n'ibyishimo byo gukora imibonano mpuzabitsina bituruka ku Mana […] Ibyishimo bituruka mu kurya biberaho kugira ngo ukomeze kumera neza igihe uri kurya, kimwe n'ibyishimo biva mu gukora imibonano mpuzabitsina biberaho kugira ngo birusheho kurushaho kugira urukundo rwiza no gutuma ibiremwa bikomeza kubaho.'

    Yakomeje agira ati 'Ibyishimo bituruka ku Mana, ntabwo ari ibya Gatolika, ibya Kirisitu cyangwa ikindi kintu icyo aricyo cyose, bituruka ku Mana.'

    Papa Francis kandi yavuze ko afata imibonano mpuzabitsina n'ibyishimo byo kurya ibiryo bitetse neza nko gukabiriza kwaranze amatorero mu bihe byashize ku bijyanye n'imyitwarire iboneye, ibintu avuga ko ari 'ugusobanura nabi ubutumwa bwa Gikirisitu'.

    Umushumba wa Kiliziya Gatolika avuga ko uku gukabiriza ibijyanye n'imyitwarire myiza 'byateye ikibazo gikomeye n'uyu munsi kikigaragara'.

    Share on:

    WhatsApp

    The post Ese wari uziko ibyishimo byo mu mibonano mpuzabitsina biva ku Mana, Umva uko Papa Francis abisobanura. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

  • Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko abagabo bikinisha cyane kurusha abagore #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwakozwe n'Ikigo gikora ibikoresho byifashishwa mu kwikinisha cya 'Womanizer' bwagaragaje ko umubare w'abagabo bikinisha mu mwaka uruta uw'abagore.

    Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bantu 6000 bwagaragaje ko buri mwaka abagabo bikinisha ku mpuzandego y'inshuro 154 mu gihe bagenzi babo b'abagore babikora ku mpuzandego y'inshuro 49 mu mwaka.

    Mu bantu bakoreweho ubu bushakashatsi, 35% by'abagore nibo bavuze ko batarikinisha na rimwe mu gihe abagabo bo bavuze ko batarikinisha na rimwe bagera kuri 12%.

    Kuba Womanizer yemera ko umubare w'abagabo bikinisha uruta uw'abagore, ibihuriyeho n'ubundi bushakashatsi bwakozwe n'Umwarimu w'Ibijyanye n'Imitekerereze yo mu Mutwe muri Kaminuza ya Otterbein, Noam Shpancer.

    Muri ubu bushakashatsi bwa Noam Shpancer yashyize hanze mu 2010 avuga ko yasanze 95% by'abagabo bose bageza imyaka 20 barikinishije mu gihe iyo bije ku bagore bo iki kigereranyo kimanuka kikagera kuri 60%.

    Ibivugwa na Noam ntibitandukanye cyane n'ibyavuye mu bundi bushakashatsi bwakozwe n'Umushakashatsi ku bijyanye n'ubuzima bw'imyororokere n'imibanire y'abantu, Dr Kristen Mark.

    Mark avuga ko mu bantu yabukoreyeho, abagabo 25% bemeye ko bikinisha hafi ya buri munsi, mu gihe abagore bo bari 8.7%.

    Noam we avuga ko kandi abagabo bagera kuri 35% bemeye ko bikinisha inshuro ziri hagati y'ebyiri n'eshatu mu cyumweru mu gihe abagore bikinisha kuri iki kigero bo bari 24%.

    Nubwo abenshi mu bashakashatsi bagaragaza koko ko abagabo bikinisha cyane kuruta abagore, impamvu zibitera ntizivugwaho rumwe.

    Umukozi muri Womanizer, Johanna Rief, we avuga ko impamvu zituma umubare w'abagore bikinisha ari muto kuruta uw'abagabo zirimo kuba mu mico imwe n'imwe bumva ko kwikinisha ku mugabo ntacyo bitwaye mu gihe ku mugore babibona nk'ikizira.

    Urugero Rief yatanze ni urwo mu Bufaransa aho abantu bagera kuri 29% bumva ko kwikinisha k'umugabo nta kibazo kibirimo mu gihe abagera kuri 15% bo bavuga ko kwikinisha k'umugore bidakwiye ndetse 11% bo bakavuga ko ari kirazira.

    Iyi mpamvu Rief ayihuriyeho na Dr Kristen Mark uvuga ko igikorwa cyo kwikinisha cyumvikana nk'igiteye isoni ku bagore ariko ku bagabo bo bikaba nta kibazo ku buryo bashobora no kwicara bakabiganiraho.

    Kuba abakobwa bemeye ko bikinisha bagira ukundi bafatwa, Dr Kristen Mark avuga ko bishobora kuba biri mu mpamvu zituma umubare w'abagore bikinisha ari muto, ahanini ushobora guterwa n'uko hari n'ababikora ariko ntibabyemere kubera gutinya ko abandi bagira uko babafata.

    Izi mpamvu zose aba bashakashatsi bazihurizaho na Noam Shpancer ariko we akongeraho indi ivuga ko abagabo bararikira gukora imibonano mpuzabitsina kurusha abagore akaba ariyo mpamvu ituma banikinisha cyane kubarusha.

    Uku gukunda imibonano mpuzabitsina Noam avuga ngo n'uko abagabo aribo bakunda kuyitekerezaho cyane kandi bakagaragaza imyitwarire iyiganishaho kurusha abagore, ari nabyo bituma abagabo bagaragara mu byaha bifite aho bihuriye n'imibonano mpuzabitsina nko gufata abana ku ngufu aribo benshi kurusha abagore.