Author: webrwanda

  • Kigali:Urukiko rwemeje amasezerano y’imiryango ibiri yumvikanye ko umwe uzatwitira undi #rwanda #RwOT

    Umugabo w’imyaka 40 y’amavuko n’umugore we w’imyaka 33 baherutse kugana Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, basaba ko rwakwemeza amasezerano bagiranye n’undi muryango bagomba guha amafaranga ukabatwitira, hanyuma umwana akazaba uw’aba bafite ikibazo cyo kutabyara. Ni ukuvuga ko intanga z’uyu mugabo n’umugore we zizahuzwa n’abaganga zigashyirwa mu wundi mugore uzabatwitira.

    Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe bari bitabaje babisaba guhuriza intanga zabo mu wundi mugore, akabatwitira ariko umwana uzavuka akazaba uwabo, byabasabye ko amasezerano yemeza ibyo imiryango yombi yumvikanye agomba kubanza akemezwa n’Urukiko rubifitiye ububasha.

    Uyu muryango wari umaze imyaka irenga 10 bashakanye ariko barabuze urubyaro, nyuma yo kumvikana n’undi muryango uzabatwitira n’amafaranga bazawishyura, ikibazo cyaro gisigaye ni ukwemeza abazaba ababyeyi b’umwana byemewe n’amategeko hagati y’abatanze intanga n’umuryango uzamutwita, ukamubyara ukanamwonsa.

    Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwasomye urubanza tariki 30 Kamena 2020, rwanzura ko nta ngingo ivuga ko kuba umuntu yatwitira undi ari inzira yo gushaka urubyaro mu mategeko y’u Rwanda.

    Iki gikorwa n’ubwo kitabuzwa mu mategeko y’u Rwanda, ntibyari bizwi niba kinemewe kuko ingingo ya 254 mu itegeko rigenga abantu n’umuryango mu Rwanda, ivuga ko kororoka bikorwa hagati y’umugabo n’umugore mu buryo busanzwe cyangwa bwifashishije ikoranabuhanga. Igika cya kabiri cy’iyo ngingo kivuga ko kororoka mu buryo bwifashishije ikoranabuhanga bigomba kuba byumvikanyweho n’abo bireba.

    Umucamanza yavuze ko uburyo bwo gufashwa kubona urubyaro bwemewe bukorerwa umugabo n’umugore, aho kuba hagati y’imiryango ibiri.

    Abunganizi b’uwo muryango bo bavuze ko itegeko ryo mu 2016 rigenga abantu n’umuryango, ryemera ko kubyara bishobora kubaho habayeho gufashwa n’abaganga, 'bisobanuye ko hashobora kubaho izindi mpande zitari umugore n’umugabo.'

    Umuryango wahise ujuririra Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, maze kuri uyu wa Gatanu Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeza ishingiro ry’amasezerano iyo imiryango ibiri yagiranye, ko umuryango umwe uzatwitira undi kandi umwana uzavuka akazaba uw’abatanze intanga.

  • Byinshi wamenya ku rukingo rwa Coronavirus, abazaruhabwa mbere, uko ruzakugeraho n’igiciro cyarwo #rwanda #RwOT

    Ubusanzwe inkingo zo kurwanya ibyorezo zifata imyaka ngo zikorwe neza zemezwe zinagezwe ku bantu, ndetse rimwe ntizibe zitunganye neza. Kugeza ubu, kimwe mu byorezo byandura cyararanduwe burundu kitwa ubushita (smallpox/variole), byafashe imyaka 200. Ibindi byorezo kuva ku mbasa, tetanusi, iseru n’igituntu turacyabana nabyo ariko tukabihashya, ku bw’inkingo.

    Ni ryari twakwitega urukingo rwa coronavirus ?

    Hari gukorwa amagerageza y’inkingo ku bihumbi by’abantu bashaka urukingira abantu Covid-19, indwara y’ubuhumekero iterwa na virusi yo mu bwoko bw’izitwa corona. Iki gikorwa ubundi gishobora kumara imyaka 10, kuva ku bushakashatsi kugera ku kurugeza ku bantu, ariko ubu kiri gukorwa mu gihe cy’amezi gusa.

    Abashoramari bashyize miliyari z’amadorari muri ibi bikorwa byo gushakisha vuba bishoboka urukingo rw’iki cyorezo.

    Amagerageza y’urukingo u Burusiya bwise Sputnik-V yerekanye gushitura ubwirinzi bw’umubiri kuri iyi virusi kandi kurutera abantu biratangira mu kwezi kwa cumi. U Bushinwa buvuga ko bwamaze kubona urukingo rukora neza ubu ruri gukorwa ku bwinshi ngo ruhabwe abasirikare.

    Gusa hagaragajwe impungenge nyinshi ku muvuduko izi nkingo zombi zakoranywe. Nta na rumwe muri izo rwashyizwe ku rutonde rw’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO/OMS) rw’inkingo zageze ku cyiciro cya gatatu cy’igerageza – icyiciro cyo kugerageza urukingo ku bantu benshi.

    Bamwe mu bari imbere muri iri siganwa bizeye ko inkingo zabo zizemezwa mu mpera z’uyu mwaka n’ubwo OMS yo ivuga ko ititeze gutangira gukingira abantu bose Covid-19 mbere ya hagati mu 2021.

    Kompanyi AstraZeneca y’Abongereza n’Abanya-Suède iri gukorana urukingo na Kaminuza ya Oxford, yo ubu iri gukora rwinshi mu rwo yamaze kugeraho mu gihe rukiri mu igerageza rya nyuma, ariko yemeje kuzahita iha isi doze miliyari ebyiri zarwo nirumara kwemezwa.

    Pfizer na BioNTech, zivuga ko zashoye arenga miliyari imwe y’amadorari muri gahunda yabo y’urukingo rwa Covid-19, bizeye ko ruzaba rwamaze kwemezwa nibura mu kwezi gutaha kwa cumi. Nirwemezwa, bizaba bivuze ko bazahita batubura bagakora doze nibura miliyoni 100 bitarenze impera za 2020, ndetse birashoboka ko bagera kuri doze miliyari 1.3 ahagana ku mpera za 2021.

    Hari kompanyi zisaga 20 zikora imiti ziri mu magerageza y’inkingo zabo. Ntabwo zose zizaba inkingo zikora neza zemewe kuko ubusanzwe 10% gusa by’inkingo ziri kugeragezwa ni zo zikora neza. Icyizere ni uko abari kurushaka ari benshi no kubona nyinshi zikora bishoboka. Gusa n’ubwo rumwe muri izi nkingo rwakwemezwa ko rukora neza, kuba ruzahita ruba iyanga (rucyeya cyane) nta wubishidikanya.

    Ibuhugu bikomeye birashaka kurwikubira

    Leta zimwe ziri gukora ibishoboka ngo uruzaboneka ruzazigereho vuba, zirakora amasezerano yo guhabwa miliyoni za doze zarwo na kompanyi ziri kuzikora na mbere y’uko ubuziranenge bwazo bwemezwa.

    Nka Leta y’u Bwongereza yonyine imaze gusinya amasezerano y’agaciro katatangajwe yo kubona inkingo esheshatu mu ziri gukorwa, zakwemezwa cyangwa zitakwemezwa ko zikora.

    Leta ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yizeye kuzabona doze miliyoni 300 nibura mu kwezi kwa mbere kubera ishoramari mu kwihutisha kubona urukingo. Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kurwanya ibyorezo (CDC) cyamaze no kugira inama za leta kwitegura gahunda zo gukingira ishobora gutangirana n’ukwezi kwa 11.

    Gusa ibihugu byose ntibifite ubwo bushobozi. Ibigo nka Médecins Sans Frontières, ubundi biba biri imbere muri gahunda zo gutwara inkingo no gukingira, bivuga ko ibiri gukorwa n’ibihugu bikomeye ari “ukwikubira kandi biteye akaga gahunda isanzwe yo gukingira”.

    Ibi bigabanya ingano y’urukingo ruhabwa ibihugu ku isi cyane ku bihugu bikennye. Mu gihe cyashize, dutanze nk’urugero, igiciro cy’inkingo z’indwara zikomeye cyatumaga ibihugu bimwe bitabasha gukingira abana indwara nka mugiga.

    Dr Mariângela Simão, umukuru wa OMS wungirije ushinzwe imiti n’ibikoresho by’ubuvuzi, avuga ko bikenewe ko ibihugu bibuzwa kwikubira urukingo. Ati : “Hazabaho ikibazo cyo kurugeza kuri bose ku buryo bungana – ko ibihugu byose bigerwaho, ntirube urw’ibishoboye kwishyura menshi gusa.”

    Harakorwa iki ngo ruzatangwe mu buryo bufututse ?

    OMS iri gukorana n’itsinda ryo kurwanya ibyorezo, CEPI, hamwe n’ihuriro rya za leta n’imiryango ku by’inkingo rizwi nka Gavi, mu kugira ibyo bumvikanaho. Nibura ibihugu 80 bifite ubukungu bukomeye, kugeza ubu byemeje gahunda yiswe Covax igamije gukusanya miliyari ebyiri z’amadorari bitarenze impera za 2020 yo gufasha kugura no gutanga mu buryo budasumbanya umuti cyangwa urukingo. Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ifite umugambi wo kuva muri OMS, ntabwo iri muri ibyo bihugu.

    Kuba ku isi hari kugeragezwa inkingo nyinshi, Gavi yizeye ko nibura hari uruzaba rwabonetse kandi rwemejwe bityo doze yarwo igera kuri miliyari ebyiri bayigeze ku bantu bitarenze impera za 2021.

    Dr Seth Berkley ukuriye Gavi agira ati : “Ku nkingo za Covid-19 twifuza ko ibintu bihinduka. Niba ibihugu bikize ku isi bizaba byirinze byonyine ubwo n’ubucuruzi n’imibereho y’abantu muri rusange ku isi izakomeza kuzahara kuko icyorezo cyaba gikomeje ahandi ku isi.”

    Bizafata amafaranga angana iki ?

    Mu gihe miliyari z’amadorari ziri gushorwa mu gukora urukingo, izindi miliyoni nyinshi ziri gutegurwa mu kurugura no kurugeza aho rukenewe. Agaciro ka doze imwe gaterwa n’ubwoko bw’urukingo, abarukoze n’umubare w’inkingo zifujwe.

    Urugero, kompanyi y’imiti yitwa Moderna bivugwa ko iri kugurisha urukingo iri kugerageza ku giciro kiri hagati ya $32 na $37 (30,000 na 35,000Frw)
    Serum Institute of India (SII), kompanyi nini ikora inkingo ku isi, igiye guhabwa miliyoni $150 na Gavi hamwe na Bill & Melinda Gates Foundation ngo ikore inatange mu Buhinde no mu bindi bihugu bikennye doze miliyoni 100 z’urukingo ruzaba rwemejwe. Bavuga ko igiciro cyo hejuru kizaba ari $3 (2,900Frw) kuri doze imwe. Gusa abazakingirwa biteganyijwe ko benshi batazishyuzwa. Abazakingirwa biciye mu miryango nterankunga ku isi, nabo ntabwo bazarwishyura.

    Ni bande bazaruhabwa mbere ?

    Kompanyi ziri gukora inkingo za Covid-19 si zo zizagena abazakingirwa mbere y’abandi. Sir Mene Pangalo, umukuru wungirije wa AstraZeneca, yabwiye BBC ati : “Buri muryango cyangwa igihugu ni bo bazagena abazakingirwa mbere.”

    Kubera ko inkingo zizaboneka mbere zizaba nkeya, kugabanya impfu ku barwaye no kurinda abakora mu nzego z’ubuzima ni byo bishobora kuzitabwaho mbere. Umugambi wa Gavi ni uko ibihugu byasinye gahunda ya Covax, ibikize n’ibikennye, bizahita bihabwa doze ingana na 3% by’abaturage babyo – ingano ihagije yo kurinda abo mu nzego z’ubuzima.

    Uko izindi nkingo zizagenda zituburwa, ibihugu bizahabwa izingana na 20% by’umubare w’ababituye – iki gihe abarengeje imyaka 65 ni bo bazitabwaho n’andi matsinda y’abantu afite ibyago byinshi byo kwandura.

    Nyuma y’uko ibihugu byose bibonye 20%, urukingo noneho ruzahabwa ibihugu hari ibikurikijwe, nk’uburyo igihugu cyugarijwe na Covid-19.

    Ibihugu bifite igihe ntarengwa cya tariki 18 z’uku kwezi kwa cyenda ngo byinjire muri iyi gahunda binatange umusanzu wabyo bitarenze tariki 09 z’ukwezi gutaha kwa cumi. Ibiganiro birakomeje ku ngingo nyinshi zirebana n’urukingo rw’iki cyorezo.

    Mu kwezi kwa karindwi, inama y’ubutegetsi ya Gavi yemeje ibihugu 92 bizafashwa muri gahunda ya Covax, ibyo bihugu birimo u Burundi n’u Rwanda ndetse na DR Congo, Tanzania na Uganda.

    Gavi ivuga ko ibihugu bikize biyirimo bishobora guhabwa inkingo ziri hagati ya 10% na 50% by’abaturage babyo, ariko ko nta gihugu kizahabwa urukingo rwo gukingira abarenze 20% ibindi bihugu byose biyirimo bitarahabwa icyo gipimo.

    Dr Berkley avuga ko igipimo cya 5% cy’urukingo ruzaba rwabonetse kizashyirwa ku ruhande, “rugahabwa imiryango ifasha kugira ngo ikingire urugero impunzi n’abandi bo gufashwa”.

    Ni gute urukingo rukwirakwizwa ku isi ?

    Byinshi bizaterwa n’urukingo ruzaba rwabonetse. Urukingo rukenera kubikwa ahari ubukonje rukenera. OMS, UNICEF, Médecins Sans Frontières (MSF), basanzwe bafite gahunda y’inkingo n’uburyo zitwarwamo ku isi mu byitwa “cold chain”.

    Ibyo ni imodoka zifite ibikoresho bikonjesha, uburyo bwo gukonjesha bukoresha imbaraga z’izuba, kugira ngo urukingo ntiruhindure igipimo cy’ubukonje kuva ruvuye aho rwakorewe kugeza rutewe umuntu.

    Inkingo ubusanzwe zikenera kuguma mu bukonje buri hagati ya dogere 2°C na 8°C.
    Gusa urukingo rushya rukenewe n’abantu benshi ku isi kurusha izindi zose ruzatuma ibikoresho bisanzwe biba bicyeya cyane.

    Barbara Saitta, umujyanama wa MSF, yabwiye BBC ati : “Gutwara no gukomeza kubika inkingo muri buriya buryo byari bisanzwe ari ikibazo gikomeye. Hazakenerwa kongerwa ibikoresho bya ‘cold chain’, guhora hateguwe ubundi buryo bukonjesha ibyo byuma igihe amashanyarazi acitse, gusana no gusimbuza ibyangiritse, n’ubwikorezi bwabyo”.

    AstraZeneca yo yamaze gusaba ko urukingo rwayo rwazabikwa mu bikoresho by’ubukonje buri hagati ya dogere 2°C na 8°C. Gusa bisa nk’aho hari izindi nkingo zishobora kuzakenera kubikwa ahantu hari ubukonje bwa -60°C cyangwa no munsi, mbere y’uko ruterwa umuntu.

    Barbara Saitta ati : “Kugira ngo urukingo rwa Ebola rugume ahantu hari -60°C byadusabye ibindi bikoresho bishya byo kuruzana no kurubikamo, kongeraho gutoza abantu bo gukoresha ibintu bishya”.

    Hari ikindi kibazo ku bagomba gukingirwa. Gahunda z’inkingo kenshi zireba abana, bityo abakingira ubu bazaba bagomba gukingira abantu badasanzwe babikorera. Mu gihe isi ihanze amaso abahanga ngo bakore akazi kabo, ibindi bibazo byinshi nabyo biri imbere. Gusa urukingo si yo ntwaro yonyine yo kurwanya coronavirus.

    Dr Simão wo muri OMS ati : “Inkingo si cyo gisubizo gusa. Hakenewe n’ubuvuzi bwayo, hakenewe kugabanya impfu, bityo hakenewe imiti n’urukingo. Iruhande rw’ibyo, hakenewe n’ibindi nko guhana intera, kwirinda ahari abantu benshi n’ibindi.”

    IYI NKURU TUYIKESHA BBC

  • Karongi: Impanuka ikomeye yahitanye abantu bane abandi bane barakomereka #rwanda #RwOT

    Mu Karere ka karongi mu Murenge wa Bwishyura mu Ntara y'Iburengerazuba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Nzeri 2020 ahagana saa kumi n'imwe n'igice habereye impanuka yahitanye, abantu bane barapfa abandi bane barakomereka.

    Umunyamakuru w' Impanuro TV uhatubereye yavuze ko iyo modoka iri mu bwo bwa fuso yari itwaye ibikoresho byinyubako bya mashuri yerekezaga mu Karere ka Karongi.

    Muri yo modoka harimo inyuma abantu 4 babipakiye bagiye kongerea ku bipakurura aho babishyira imbere harimo abapolisi 2 bakomeretse bikabije shoferi n' undi mu gore bo n'ibigeze bakomereka cyane kuko bo bigenza.

    Icyateye iyo mpanuka n' ikiramenyekana

    Turakomeza dukurikirane iyo nkuro yose…….

  • Musanze: Habaye inkongi y' umuriro ikaba itwitse amacumbi mashya y' uruganda rwa Sima #rwanda #RwOT

    Kuri uyu munsi tariki 11 Nzeri 2020 mu ma saa y' umugoroba mu Kagari ka Birira mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, aravuga ko mu ruganda rushya rwa Sima 'Prime Cement Ltd ruherereye muri uwo murenge, mu ma saa kumi z'igicamunsi habaye inkongi y'umuriro yafashe inzu zabagamo amacumbi y'abatekinisiye.

    Icyabiteye ngo ni imiterere y'amashanyarazi (installation) itari imeze neza hahiramo ibiryamirwa (matelas) n'ibindi bikoresho binyuranye byo mu nzu.

    Polisi yahise itabara izimya iyo nkongi, hakaba hataramenyekana agaciro n'ingano y'ibyangiritse.

  • President Kagame says COVID-19 vaccine will be key to economic recovery #rwanda #RwOT

    The president made the remarks on Thursday at a virtual conference on Access to COVID-19 Tools (ACT) Accelerator, as a partnership between countries and international organizations aimed at accelerating the balanced distribution of COVID-19 measuring instruments, drugs, and ‘vaccine.

    President Kagame described ACT-Accelerator as one of the most important programs in the world today and thanked the agencies, including the World Health Organization, WHO, and the European Commission, which support the pillar on which this program is built.

    He said that Rwanda and Africa are coping with the Coronavirus pandemic, saying that success or failure is based on building infrastructure that can help in sustainably tackling health problems.

    He stressed that Rwanda is ready to cooperate with other countries so that this program can produce as much as it needs.

    As various companies continue to search for Coronavirus vaccines, the process recently hit a snag as, during the final trial by AstraZeneca and the University of Oxford in the UK, it was announced that it was put to a standstill after one of its test-takers in the UK got harmed by the concoction.

    AstraZeneca said the suspension was “normal” in the event of a “rare illness”, and that a special analysis was needed to ensure a safe and secure vaccine.

    The Chairman of the African Union, also President of South Africa, Cyril Ramaphosa, told the ACT Accelerator at the meeting that since the launch of the program in April this year it has been productive, and there are many expectations for the future.

    He said it is important for Africa to participate in the Coronavirus vaccines being developed today.

    “As long as one is still exposed to Coronavirus in the world, no matter how far we are, we are all at risk of re-infection with COVID-19. That is why we should strive to ensure that everyone is vaccinated and it reaches everywhere at once.”

    Ramaphosa said countries should use existing infrastructure, conduct research that leads to a reliable and efficient vaccine, and the participating agencies are facilitated so that they are at least free from the risk of vaccination losses.

    “We need to encourage people to take part in various vaccination trials,” he said.

    UN Secretary-General António Guterres said that while people are expecting more from the COVID-19 vaccine, once it’s available should be treated as public property, available to all at a low cost, “because COVID-19 does not care about boundaries.”

    He called on countries to increase funding for the program. In the beginning, $ 3 billion was invested, but now needs at least $ 35 billion to expand, including $ 15 billion over the next three months.

    The program launched in April 2020, brings together governments, scientists, businessmen, NGOs, philanthropists, and international health organizations such as the Bill & Melinda Gates Foundation, CEPI, FIND, Gavi, Global Fund, Unitaid, Wellcome, WHO, World Bank and Global Financing Facility.

    It is the agencies that have put together efforts to find a way to stop the COVID-19 pandemic, through support for the functioning and distribution of equal measures for the testing, treatment and prevention of the pandemic.

    WHO Director-General, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus

    Ramaphosa said it is important for Africa to participate in the Coronavirus vaccines being developed today

    The Minister of Health, Dr Daniel Ngamije and the Minister of Foreign Affairs, Dr Vincent Biruta, attended the meeting

    President Kagame described ACT-Accelerator as one of the most important programs in the world today

    The meeting was held electronically due to the Covid-19 pandemic

    Elina Jonas Ruzindaza

  • Huye: Inyamaswa y'ingwe yari yahejeje barindwi mu nzu yarashwe n'inzego z'umutekano #rwanda #RwOT

    Iyi nyamaswa yagaragaye mu Mudugudu wa Gakera Akagali ka Rango A mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye mu rugo rw'Umugabo witwa John mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 11 Nzeri 2020. Uru rugo rubamo abantu barindwi nyuma y'uko umwe mu bana b'uyu Mugabo babonye iyi Nyamaswa yahise asubira mu nzu abibwira iwabo nabo baza kureba basanga koko iyi nyamaswa baketse ko ari ingwe yaseseye mu bikoresho byashaje byari muri urwo rugo.

    Umwe mu baturage baje kureba uko byagenze utashatse ko amazima ye ajya mu itangazamakuru yabwiye intyoza.com ko inzego z'umutekano, urwego rwa gisirkare na Police baje gutabara ngo barebe niba ntabaturage iyi nyamaswa yagirira nabi, birangira bayirashe amasasu agera kuri atandatu barayica, bahita bashyira mu igunira barayijyana.

    Avugana n'intyoza yagize Ati:' Nibyo koko hano mu kagali ka Rango A Umudugudu w'Agakera hari inyamaswa yasanzwe mu rugo rw'umugabo bita John imeze nk'ingwe, ariko inzego z'umutekano zaje zirasa amasasu nk'atandatu bahita bayishyira mu mufuka, njyewe nabonye umutwe wayo gusa, nabonaga Atari nini cyane'.

    Ubwo twandikaga iyi nkuru, twagerageje kuvugana n'umunyabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mukura atubwira ko ari mu nama naza kuyisoza atuvugisha.

    Mu gushaka kumenya icyo inzego z'umutekano zivuga kuri iyi nyamaswa twavuganye n'umuvugizi wa Police y'u Rwanda CP John Bosco kabera atubwira ko aya makuru ataramugeraho, ariko agiye kuyakurikirana igihe cyose ari buduhe amakuru arambuye iyi nkuru tuzayigarukaho.

    Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

  • Umuhanzi Janvier Ndahimana yinjiye mu mushinga wo gufasha impano zikizamuka muri muzika #rwanda #RwOT

    Janvier Ndahimana ni umuhanzi akaba n'umuvugabutumwa ukorera umurimo w'Imana mu itorero rya ADEPR Butare Ville. Yatangiye umuziki cyera doreko avuga ko amaze hafi imyaka irenga irindwi aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

    Nubwo nawe ari umuhanzi, ariko yahisemo gushinga studio ye bwite izajya imufasha gukora ibihangano bye ku buryo byoroshye dore ko nawe azi kubyikorera. Usibye kuba kandi yarashinze inzu imufasha gutunganya amajwi y'indirimbo ze, avuga ko amarembo akinguye no kubandi bahanzi bifuza gukoresha ibihangano.

    Nyuma yo gushinga inzu itunganya umuziki izwi nka The Winner Records, ubu yinjiye mu mushinga wo gufasha abana bafite impano bakinjira muri muzika, agamije by'umwihariko guteza imbere umuziki wo Ntara y'Amajyepfo.

    Uyu mugabo wamenyekanye mu ndirimbo zakunzwe cyane nka Care, Turabyibutse n'izindi zitandukanye, avuga ko impamvu nyamukuru yafashe umwanzuro wo gufasha impano zikizamuka ari uko akenshi usanga benshi mu bakizamuka baba bafite impano ariko ugasanga ubushobozi bw'amafaranga buri hasi cyane.

    Ati:' Nibyo koko mfite inzu itunganya umuziki yitwa The Winner Records, intego ya mbere yayo ni ugufasha abana bafite impano mu muziki ariko badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira ibihangano. Icyo nzabafasha ni ukubakorera indirimbo mu majwi n'amashusho ariko nkanabafasha kuzimenyekanisha kuko usanga benshi baba batazi aho banyura ngo ibihangano byabo bimenyekane. Ni muri urwo rwego nahisemo gutangira gufasha abantu nkabo, usibye ko bidakuraho ko n'undi wese wumva ufite gahunda kuza tugakorana'.

    Ku ikubitiro, uyu Ndahimana yatangiranye n'abahanzi batatu barimo Vocal king wakoze indirimbo Njyewe Nawe, Holly Rapper wakoze iyitwa Inda ni Iki? Akaba yamaze kongeramo umuhanzi Young Mr, aho avuga ko azabafasha no gutegura ibitaramo igihe icyorezo cya Covid 19 cyagenza make ibikorwa by'imyidagaduro bigasubukurwa.

    Iyi nzu itunganya umuziki ya Janvier Ndahimana, ikorera mu Ntara y'amajyepfo mu Karere ka Huye aho atangaza ko agiye kwagura n'imbibi agakorana n'abandi bahanzi baturutse mu bindi bice bitandukanye by'igihugu.

    Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

  • Impanuka ikomeye ibereye muri karongi Bane bahasize ubuzima abandi bane barakomeretse bikabije #rwanda #RwOT

    Kuri uyu munsi tariki 11 Nzeri mu masaha y' umugoroba mu karere karongi habereye impanuka ikomeye bane bahasize ubuzima abandi bane barakomereka ariko icyateye iyo mpanuka n'ikiramenyekana

    Umunyamakuru w' Impanuro TV uhatubereye yavuze ko iyo modoka iri mu bwo bwa fuso yari itwaye ibikoresho byinyubako bya mashuri yerekezaga mu Karere ka Karongi.

    Muri yo modoka harimo inyuma abantu 4 babipakiye bagiye kongerea ku bipakurura aho babishyira imbere harimo abapolisi 2 bakomeretse bikabije shoferi n' undi mu gore bo n'ibigeze bakomereka cyane kuko bo bigenza.

    Icyateye iyo mpanuka n' ikiramenyekana

    Turakomeza dukurikirane iyo nkuro yose…….

  • COVID-19: 22nd death #rwanda #RwOT

    Information released on Thursday by the Ministry of Health indicates that 19 more people have been diagnosed with the disease, bringing the total number of confirmed cases to 4479, of which 2, 352 including 27 new recoveries recorded.

    Among the new cases identified were 16 from Kigali testing in a high-risk group, who were most affected by the attack, 2 in Gisaraga District, and 1 in Rubavu.

    In the last 24 hours, 2838 sample tests were taken bringing the total tests to 454,246.

    Elina Jonas Ruzindaza

  • VI DEO NSHYA: Butera Knowless na Platin wahoze muri Dream Boys bakatiranye bikabije muri 'Ntabirenze.' #rwanda #RwOT

    Platin Nemeye wahoze mw'itsinda rya Dream Boys kuri ubu usigaye ukoresha akabyiniriro ka Platin P, yumvikanye aterana amagambo n'umuhanzikazi w'icyamamare mu Rwanda Butera Knowless , aho bacyurirana bagira bati 'Oya no Stress , Niba udakunda ibyo ubona ngaho igendere Ntabirenze.'

    'Ntabirenze' n'indirimbo umuhungu n'umukobwa baba bacyurirana buri umwe asebya undi nk'abantu babaga murukundo ariko bagahararukwana , umwe yumva ko kugenda kundi ntabirenze.

    Platini agira ati'Ntukiri wa mukobwa namenye, ikirungo ntikikigufata nkuko wasaga ntereta, wahoraga uri ku myako, nta kosa wakoraga, wahoraga ufunze […] Ese ko wahindutse, ni njya mu byana uzavuga ko nagutaye kandi wizize?'

    Knowless amusubiza yagize ati' Oya nta stress, niba udakunze ibyo ubona ngaho igendere, nta birenze.'

    Knowless mu gitero cye agira ati' Wahagira utarazamuka, ese waza umbwira iki? Iyo mpumuro yawe itikoraho nyiheruka ukikoraho, […] ngaho iruka mu ba miss n'ubundi byose ni iby'Isi. N'ubundi ntacyo nahombaga, ntaho ritarema. Niba udakunze ibyo ubona ngaho igendere.'

    Platin P n'umuhanzi wahoze mw'itsinda rya Dream Boys yabanagamo na TMC waje kwerekeza muri Amerika , maze itsinda ryari ryaramamaye rigasenyuka uko. Kuri ubu Platin ari gukora nk'umuhanzi ku giti cye wafatanyije na Butera Knowless uzwi nk'umwe mu bahanzikazi beza muri Africa.

    REBA AMASHUSHO YIYI NDIRIMBO 'NTABIRENZE' YA PLATIN P NA BUTERA KNOWLESS

    Share on:

    WhatsApp

    The post VI DEO NSHYA: Butera Knowless na Platin wahoze muri Dream Boys bakatiranye bikabije muri “Ntabirenze.” first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.