Author: webrwanda

  • Abaturage 6000 bahawe akazi mu mushinga wa 'Gabiro Agribusness Hub' – #rwanda #RwOT

    Byagaragajwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Kanama 2025 ubwo Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yasuraga iki cyanya gikorerwamo ubuhinzi ku buso bwa hegitari 5600.

    Iki cyanya giherereye mu mirenge ya Rwimiyaga na Karangazi yo mu Karere ka Nyagatare, ni ubutaka bunini buhujwe Leta y'u Rwanda yiyemeje gutunganya ikabuha abashoramari bahinga ku buso bunini. Iki cyanya cyashowemo miliyari zirenga 100 Frw kikaba gitunganywa na kompanyi yo muri Israel yitwa Netafim.

    Kuri ubu mu cyiciro cya mbere hamaze gutunganywa hegitari 5600, hegitari zisaga 4000 zahawe abashoramari barindwi kugira ngo bazibyaze umusaruro bakaba bamaze guha akazi abaturage 6000 mu buhinzi bw'ibigori, ubw'imbuto n'imboga.

    Umuyobozi wa Gabiro Agribusiness Hub, Ngarambe Aloyz, yavuze ko uyu mushinga kuri ubu ugeze kuri 98% ushyirwa mu bikorwa ndetse ko bari kwitegura ko abubakaga uyu mushinga bazawushyikiriza Leta ku mugaragaro muri Nzeri uyu mwaka.

    Yavuze ko kugeza ubu bafite abashoramari barindwi barimo abatangiye guhinga, abandi bakaba barimo gushyira ibikorwaremezo mu mirima, mu gihe abandi batangiye gusarura.

    Ngarambe yavuze ko hegitari 5600 zamaze gutunganywa ari icyiciro cya mbere, icyiciro cya kabiri bakaba bagiye gutangira gukora inyigo y'uwo mushinga aho bazatunganya izindi hegitari 10.000 nazo zihabwe abashoramari bazibyaze umusaruo.

    Bureshyo Peace ukora muri kompanyi ya Kinvest ifite ubuso bungana na hegitari 500, yavuze ko kuri ubu bafite abaturage 602 bahaye akazi muri iki gihe bari guhinga kuri hegitari 170 bahinzeho urusenda, imiteja, amatunda ndetse na avoka.

    Yavuze ko nibatangira guhinga ku buso bwose bafite bungana na hegitari 500, umubare w'abaturage bakoresha uziyongera ukagera ku baturage 1000.

    Chandra Trifonov waturutse muri Bulgarie ufite kompanyi yitwa EA Agro ihinga ku buso bwa hegitari 900, we yashimiye Minisitiri w'Intebe wabasuye, agaragaza ko ikibazo bafite kugeza ubu ari ikijyanye na sisiteme y'imiyoboro y'amazi ituma areka mu mirima yabo, ariko ko nacyo bijejwe ko gikemuka vuba.

    Uretse ibi bikorwa byo kuhira, Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yanasuye abaturage bahoze batuye muri iki cyanya batujwe mu Mudugudu w'icyitegererezo wa Shimwa Paul wubatswemo inzu 72.

    Abayobozi banyuranye bari kumwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva mu gusura icyanya cya Gabiro Agribusiness Hub

    Umushoramari wa EA Agro (wambaye ishati y’umweru), yeretse Minisitiri w’intebe uko ubuhinzi bwe buhagaze

    Minisitiri w’Intebe yeretswe uko Kinvest ikora ubuhinzi bugezweho

    Minisitiri w’Intebe yeretswe ko umusaruro watangiye kuboneka muri Kinvest

    Minisitiri w’Intebe yanasuye igice cyororerwamo inka zitanga umukamo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abaturage-6000-bahawe-akazi-mu-mushinga-wa-gabiro-agribusness-hub

  • Abanyarwanda barenga miliyoni 3 batari ku isoko ry'umurimo bari he? – #rwanda #RwOT

    Ufashe izi miliyoni 8,5 ugakuramo abafite akazi n'abashomeri, ubona ko hari abantu 3.218.556 basigara, bivuze ko atari abashomeri ariko na none ntibari ku isoko ry'umurimo.

    Mu bushakashatsi bivugwa ko umuntu ari hanze y'isoko ry'umurimo iyo afunze, ari ku ntebe y'ishuri, iyo adashaka akazi, iyo ari mu kiruhuko cy'izabukuru cyangwa iyo afite ubumuga butamwemerera gukora.

    Mu Rwanda umubare w'abari muri iki cyiciro warazamutse ugera kuri 37,8%, uvuye kuri 37,5% muri Gicurasi 2024.

    Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare kigaragaza ko muri aba bantu 3.218.556 batari ku isoko ry'umurimo, abagera kuri 1.483.754 (bangana na 46,1%) ni abakora ubuhinzi bugamije kubona ibyo kurya, ku buryo budashobora gufatwa nk'akazi kabo ka buri munsi.

    Abagera ku bihumbi 843,261 (bangana na 26,2%) bo ni abanyeshuri badafite akazi kazi na kamwe bafatanya no kwiga.

    Ikindi cyiciro cy'abagera kuri 888,321 (bangana na 27,6%) ni abari mu cyiciro cy'izabukuru, abafite ubumuga, abarwaye ndetse n'abadashaka akazi kuko nta cyizere bafite cyo kukabona.

    Muri aba bantu batari ku isoko ry'umurimo abagera kuri 44,7% ni ab'igitsina gore. Abafite hagati y'imyaka 16 na 30 ni 41,9%, mu gihe abafite hejuru y'imyaka 55 ari 60,8%.

    Muri aba bose abatarize n'amashuri abanza ni 37,4%, abize abanza gusa ni 38,7%, abize icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye ni 56,2%. Abarangije amashuri yisumbuye ni 26,8%, mu gihe abize kaminuza ari 10%.

    Muri rusange kugera muri Gicurasi 2025, abagera kuri 53,8% by'abaturarwanda bose bari bafite akazi. Ni umubare wazamutseho 1,8% ugereranyije n'abari bagafite mu gihe nk'icyo mu 2024.

    Ab'igitsina gabo bafite akazi bangana na 61,7%, mu gihe ab'igitsina gore bangana na 46,8%, gusa umubare w'abafite akazi wariyongereye ku bitsina byombi.

    Umubare w'ab'igitsana gabo bafite akazi wazamutseho 1,3%, mu gihe uw'ab'igitsina gore wazamutseho 2,2%.

    Umubare munini w'abafite akazi ni abafite imyaka 31 gusubiza hejuru kuko bangana 57,4% by'abari muri iki cyiciro cy'imyaka, mu gihe abari hagati y'imyaka 16 na 30 bafite akazi bo ari 49,1%.

    Urwego rwa serivisi nirwo ruza ku isonga mu gutanga akazi ku mubare munini w'abaturarwanda kuko abarukoramo ari 45,6% by'abafite akazi bose. Kugeza muri Gicurasi 2024 abakoraga muri uru rwego bari 44%.

    Abakora mu buhinzi baragabanyutse kuko ubu ari 38%, mu gihe kugeza muri Gicurasi 2024 bari 39,3%. Abakora mu nganda bo bagabanyutseho 0,3%.

    Ubuhinzi, ubworozi, amashyamba n'uburobyi bikoramo abagera kuri 38% by'abakora bose, ubucuruzi bwo kuranguza n'ubucuriritse ndetse n'ubukanishi bigakorwamo n'abagera kuri 15,6%. Abakora mu bwubatsi ni 8,3%, ubwikorezi ni 6,7%, inganda ni 5,7%, uburezi ni 4,2%, abakora akazi ko mu rugo ni 4,1%, mu gihe abakora mu bijyanye n'amacumbi na restaurants ari 4%.

    Mu baturarwanda bemerewe gukora abarenga miliyoni 3, ntibari ku isoko ry'umurimo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-barenga-miliyoni-3-batari-ku-isoko-ry-umurimo-bari-he

  • Huye: Umugabo yasanzwe mu gikoni yapfuye atwikirizwa amashara – #rwanda #RwOT

    Amakuru y'uru rupfu yamenyekanye mu masaha y'amanywa yo ku wa 9 Kanama 2025, bibereye mu Mudugudu w'Ubumwe, Akagari ka Cyimana, Umurenge wa Tumba, ho mu Karere ka Huye.

    Abaturiye aho nyakwigendera yakoraga bavuga ko yari umuzamu mu gipangu gituyemo imiryango ibiri umwe w'umugabo w'imyaka 67 n'undi uw'imyaka 51.

    Mu muryango w'uwo mugabo w'imyaka 51, bivugwa ko hari hashize iminsi mike babuze ishyiga rya 'gaz', noneho mu ijoro rishyira ku wa 9 Kanama 2025; umugore we w'imyaka 33, yatahanye n'undi mugabo, maze bageze mu rugo batangira gukubita nyakwigendera bamuhora icupa rya gaz bamushinjaga kwiba, bimuviramo urupfu.

    Amakuru akomeza avuga ko bakimara kubona apfuye, bahise bamukururira mu gikoni cy'abaturanyi babo bo mu gipangu, maze bahita bacika.

    Ku wa 9 Kanama 2025 mu ma Saa Saba, nibwo abaturage batanze amakuru, maze inzego z'umutekano zitangira iperereza zihita zita muri yombi uyu Rukundo, mu gihe umugore we agishakishwa n'undi mugabo bikekwa ko baryamanaga.

    Umuvugizi wa Polisi, mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yatangarije IGIHE ko nyir'uru rugo yatashye mu gitondo agasanga umuzamu wabo yapfuye, ariko ntabivuge bikarinda kuvugwa n'abaturanyi ari na yo mpamvu yahise atabwa muri yombi, azira guhishira urupfu rw'umuntu.

    Ati ''Mu buhamya butangwa n'abana bo muri urwo rugo, baremeza ko babonye umugore wo muri urwo rugo akubita umuzamu wabo ari kumwe n'umugabo batamenye, bamaze kumwica baratoroka, ariko na nyir'urugo na we ntiyatanze amakuru.'

    CIP Kamanzi akomeza avuga ko ukekwa afungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Ngoma, mu gihe iperereza ryo gushakisha abo bakekwaho uruhare muri iki cyaha rigikomeje, naho umurambo wa nyakwigendera wo ukaba wajyanywe mu buruhukiro bw'Ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB).

    CIP Kamanzi, yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe, agaya cyane uwahishe amakuru y'urupfu rw'uwari umukozi we.

    Abantu bose bari bacitse ururondogoro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-umugabo-yasanzwe-mu-gikoni-yapfuye-atwikirizwa-amashara

  • Bisa n'aho mudashishikajwe n'uko RDC yatekana: Makolo ku barimo n'umuyobozi wa Komisiyo ya Loni – #rwanda #RwOT

    Ni mu butumwa yanyujije kuri X abwira abarimo umunyamakuru wa Reuters, Sonia Rolley na Volker Türk.

    Byose byaturutse ku nkuru ya Reuters Sonia Rolley yanditse ivuga ko ngo M23 yishe abasivili 319 barimo abana 19 n'abagore 48 muri Nyakanga 2025.

    Ni amakuru iki kinyamakuru cyagaragaje ko gikesha Volker Turk wavuze ko byagaragajwe n'ababibonye imbonankubone.

    Turk yavuze ko ubugizi bwa nabi bwakorewe muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru ari bwo 'bwahitanye abantu benshi kuva M23 yagaba ibitero mu 2022.'

    Ibi biro ntaramakuru ku musozo w'inkuru byanditse ko bitigeze bigenzura neza iby'ubwo bwicanyi icyakora ko hari abantu bo muri RDC bavuga ko bubahiriza uburenganzira bwa muntu bavuze ko ngo babonye M23 yica abantu benshi.

    Uyu musozo w'inkuru ni wo watangaje abarimo na Yolande Makolo, abwira Sonia Rolley na Volker Turk ko ari ibintu biteye isoni.

    Ati 'Bisa nk'aho mutarajwe ishinga no gushaka igusubizo cy'amahoro arambye muri iyi ntambara.'

    Hakivugwa iby'ubu bwicanyi Perezida w'umutwe witwaje intwaro wa M23 mu rwego rwa politiki, Bertrand Bisimwa, yabwiye Reuters ko nubwo bari gukurikirana ukuri kuri ibi birego ariko bishoboka cyane ko ari uburyo bwo gushaka kwanduza izina ry'uyu mutwe ugizwe n'Abanye-Congo baharanira uburenganzira bwabo.

    M23 igiye kumara amezi umunani yarigaruriye ibice by'ingenzi mu Burasirazuba bwa Congo, harimo Umujyi wa Goma muri Kivu y'Amajyaruguru n'uwa Bukavu muri Kivu y'Amajyepfo.

    Ni intambwe uyu mutwe wagezeho ntiyishimirwa na benshi cyane cyane bo mu bihugu byo mu Burengerazuba bw'Isi kuko inyungu bakuraga muri iki gice gikungahaye ku mutungo kamere zari zibangamiwe.

    Uyu mutwe ugaragaza ko ugamije guhagarika ubugizi bwa nabi n'ubwicanyi bikorerwa Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda by'umwihariko abo mu bwoko bw'Abatutsi, kenshi ubutegetsi bwa Congo buvuga ko ufashwa n'u Rwanda, ibintu rutahwemye kugaragaza ko ari amatakirangoyi ya RDC yimakaje ibyo kugirira nabi abaturage bayo.

    Ikindi u Rwanda rushinja RDC guha urwaho FDLR yasize ikoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kugeza naho abarwanyi b'uyu mutwe w'abajenosideri winjijwe mu gisirikare cya Congo.

    Mu minsi mike ishize imirwano ya M23 n'imitwe yitwaje intwaro ikorana na FDLR yakajije umurego mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.

    Umutwe wa CMC-FDP ukorana na FDLR wagabye ibitero ku birindiro bitandukanye bya AFC/M23 muri teritwari ya Rutshuru, havuka imirwano ikomeye, abaturage benshi barahunga.

    Mu gitondo cyo ku wa 4 Kanama, M23 na CMC byahanganiye mu duce dutandukanye two muri gurupoma ya Kihondo, sheferi ya Bwito muri Rutshuru. Amasasu menshi yumvikanye yatumye abaturage bagira ubwoba, bahungira Mwesso na Katsiru.

    M23 kandi yakomeje guhangana n'idi mitwe nka APCLS mu bice bitandukanye bya Masisi no muri teritwari ya Walikale na PARECO mu gace ka Katovu, Mungoti, Kaloba na Mungoti muri gurupoma ya Mufunyi Kibabi.

    Iyi mirwano ikomeje mu gihe AFC/M23 na Leta ya RDC tariki ya 19 Nyakanga 2025 byashyize umukono ku mahame ya Doha aganisha ku masezerano y'amahoro, aho impande zombi zemeranyije guhagarika imirwano burundu.

    Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, tariki ya 4 Kanama 2025 yagaragaje ko Leta ya RDC ifite uruhare mu bitero iyi mitwe iri kugaba ku birindiro byabo, kandi ko ishaka kubasunikira mu makosa.

    Yolande Makolo yakebuye abarimo umuyobozi wa Komisiyo ya Loni ishinzwe uburenganzira bwa muntu, Volker Türk, agaragaza ko bisa n’aho batarajwe ishinga no kuba RDC yatekana


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yolande-makolo-yakebuye-abarimo-umuyobozi-wa-komisiyo-ya-loni

  • Nyanza: Umunani bakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Byabaye mu mukwabu wabaye ku wa 09 Kanama 2025, mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Kibirizi, mu tugari twa Mututu na Rwotso, aho ku bufatanye n'inzego z'ibanze, abaturage na Polisi, hafashwe itsinda ry'abagabo umunani bakekwaho ibikorwa by'ubugizi bwa nabi bihungabanya umutekano n'ituze by'abaturage.

    Polisi y'u Rwanda yavuze ko ibyo bikorwa birimo ubujura n'urugomo rwo gutegera mu nzira abantu bakabashikuza ibyabo, kwiba amatungo ndetse n'imyaka mu mirima.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yabwiye IGIHE ko itsinda ry'abantu umunani batawe muri yombi biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage, kugeza bageze mu maboko y'ubugenzacyaha.

    Ati 'Abafashwe ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muyira, mu gihe Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwo rukomeje iperereza kugira ngo bashyikirizwe Ubushinjacyaha.''

    CIP Kamanzi yakomeje aburira abantu bose bagifite imitekerereze n'imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n'ituze by'abaturage ko itazabihanganira.

    Abatawe muri yombi ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muyira mu Karere ka Nyanza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-umunani-bakekwaho-ubugizi-bwa-nabi-batawe-muri-yombi

  • Akarere ka Muhanga na Minema bari kubakira imiryango isaga 140 yasenyewe n'ibiza – #rwanda #RwOT

    Ni gahunda yatangiriye mu Murenge wa Kiyumba, Akagari ka Ruhina, aho abaturage bifatanyije n'ubuyobozi bw'akarere, inzego z'umutekano n'abandi bafatanyabikorwa mu muganda wo kubaka izi nzu.

    Umuyobozi w'Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yavuze ko izi nzu zizahabwa abageze mu zabukuru n'abandi batagifite imbaraga n'ubushobozi bwo kwifasha kugira ngo bave mu buzima bubi.

    Ati 'Turabizi ko abageze mu zabukuru batagifite imbaraga. Ni ngombwa kubereka ko ibyo badukoreye tubyibuka tukabibitura, bagasaza neza.''

    Meya Kayitare, yasabye abaturage kugira umutima n'umuhate wo kwita ku bageze mu zaburu, kugira ngo babereke ko babari hafi kandi babashimira uko bitanze bagifite imbaraga mu gihe cyabo.

    Meya Kayitare yatangaje ko bitarenze Ukwakira 2025 izi nzu zizaba zuzuye, asaba abaturage gufatirana iki gihe cy'impeshyi bagafasha ubuyobozi gutanga umuganda mu kuzubaka.

    Uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa ku butafatanye bw'Akarere ka Muhanga, Minema ndetse n'umushinga CERC.

    Kanakuze Illuminée wo mu Kagari ka Ruhina, mu Murenge wa Kiyumba, ni umwe mu bageze mu bakecuru batangiye kubakirwa. Yari afite inzu yavaga, ndetse bigera n'aho yimurwa ajya gukodesherezwa.

    Ati 'Ndashimira Perezida wa Repubulika n'abo bafatanya kuyobora. Ntarimurwa imvura yagwaga nkitwikira uturingiti n'uturago, ndetse byasabye ko Gitifu aza kuyinkuramo ngo itazangwaho ajya kunkodeshereza. Nishimiye ko ubuyobozi bwacu buzirikana abatagira kivurira, indushyi n'ababuze epfo na ruguru.'

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Muhanga busaba abaturage kwitanga gutanga umusanzu wabo binyuze mu muganda kugira ngo izi nzu zizuzurire igihe, binatume imiryango izikeneye izibona mbere Umuhindo ugera.

    Meya Kayitare Jacqueline uyobora Akarere ka Muhanga afatanya n’umuturage guterura ibuye ryo kubakisha

    Ubwo Meya Kayitare n’abandi bayobozi bafatanyaga gutangira umusingi w’inzu izaturamo umuryango utishoboye

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwasabye abaturage bazitanga cyane mu muganda kugira ngo abatishoboye bubakirwe

    Abaturage bo mu Karere ka Muahanga bari gufasha mu kubakira bagenzi babo batishoboye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/akarere-ka-muhanga-na-minema-bari-kubakira-imiryango-isaga-140-yasenyewe-n

  • Prof Kayihura yasobanuriye abanyeshuri barihirwa na Mastercard Foundation ibanga ryo kuba umuyobozi mwiza – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa Prof Kayihura yabahaye mu kiganiro cyo ku munsi wa gatanu w'umwiherero barimo uteguwe ku nshuro ya kabiri wiswe 'Summer Camp 2025', uri kubera muri Kaminuza y'u Rwanda, Ishami rya Huye.

    Prof. Kayihura yavuze ko umuntu adatangira kuba umuyobozi mwiza igihe yatangiye kuba umuyobozi, ahubwo atangira yiyobora neza ubwe, noneho abandi bakabona kumugirira icyizere.

    Ati 'Mbere yo gutekereza kuzaba umuyobozi ejo, ukwiriye kuba wibaza uti 'ese aho ntuye mbayeho nte? Mu ishuri nigamo, mbayeho nte? Ubuyobozi si ikindi, ni ukumva ko ufite inshingano zo gufasha abandi no kumenye igikwiye wowe ubwawe, bidasabye ko ubikora kuko uri mu mwanya runaka, ahubwo ukabyiyumwamo, ukumva ko ukora ibyiza abandi bakabyigiraho.'

    Yakomeje ati “Witegereza ko uzabikora wabaye umuyobozi, kuko ntuzi niba uzabona ayo majwi, ndetse nta n'uzayaguha kuko ntacyo abona akwitezemo cyiza umwereka.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye aba banyeshuri ko bakwiriye kwitabira n'ibikorwa byubaka igihugu, birimo kwitabira ubukorerabushake, umuganda ndetse nk'abantu bafite ubumenyi, bakihatira kuvumbura ibintu bishya bigamije gufasha igihugu mu rugendo rugana ku majyambere arambye.

    Ati 'Nkamwe muri ku ntebe y'ishuri tubakeneyeho kuvumbura ibintu bifasha mu mpinduka nziza, biganisha ku iterambere. Nk'ubu twishimira umwe mu rubyiruko nkamwe wakoze porogaramu y'ikoranabuhanga ifasha mu kumenya abana basibye ishuri.'

    Meya Sebutege yavuze ko ubu byoroshye kubona raporo y'umwana wo mu muryango runaka wasibye ishuri, atiriwe ava mu biro, bakamukurikirana akagaruka kwiga.

    Yakomeje abibutsa ko kuba ingirakamaro ku gihugu bisaba ubwitonzi n'ikinyabupfura, abasaba kwirinda ibiyobyabwenge kugira ngo bahorane imbaraga n'imbanduko muri byose.

    Yagize ati 'Niba urubyiruko ari 65% by'Abanyarwanda ariko mukaba ari mwe musiba cyane umuganda, mukisinzirira, mwumva wazakorwa na nde?”

    Aba banyeshuri banahawe kandi ikiganiro ku kwirinda no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kumenya guhitamo umwuga ubabereye ndetse n'ibindi bibategura kuzavamo abayobozi na ba rwiyemezamirimo beza b'ejo hazaza.

    Aya mahugurwa yahawe abanyeshuri 500 bose biga muri Kaminuza y'u Rwanda, bakaba baturuka mu bihugu icyenda by'Afurika birimo u Rwanda, Kenya, Zimbambwe, Sudani, Sudani y'Epfo, u Burundi, RDC, Eritrea, Malawi.

    Umuyobozi Mukuru wa UR, Prof. Muganga Kayihura Didas, yameneye ibanga abanyeshuri bafashwa na Mastercard Foundation ryabafasha kuba abayobozi beza

    SSP Mwenzangu Goretti, na we yahaye aba banyeshuri ikiganiro kigamije kubafasha kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

    Meya w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yasabye urubyiruko kwitabira ibikorwa byubaka igihugu byibanda ku kuvumbura udushya dufitiye akamaro abatuye Isi

    Abayobozi batandukanye batanze ibiganiro byubaka urubyiruko rufashwa na Mastercard Foundation ruri mu mwiherero i Huye

    Urubyiruko rufashwa na Mastercard Foundation ruri mu mwiherero i Huye rugaragaza ko rwungukiyemo byinshi bizarubera impamba mu bihe biri imbere

    Abanyeshuri 500 bafashwa na Mastercard Foundation bamaze iminsi bari mu mwiherero i Huye

    Mastercard Foundation ifasha n’abafite ubumuga, ikabubakira icyizere cy’ubuzima

    Abitabiriye umwiherero w’abanyeshuri bafashwa na Mastercard Foundation barimo abiga mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/prof-kayihura-yameneye-abanyeshuri-barihirwa-na-mastercard-foundation-ibanga

  • RwandAir yiseguye ku bagenzi bakererewe kubera ikirere kitari cyifashe neza – #rwanda #RwOT

    RwandAir yiseguye ku bakiliya bayo kuri uyu wa 9 Kanama 2025 mu butumwe yanyujije kuri X.

    Mu itangazo yakomeje iti 'Bitewe n'ikirere kitari cyifashe neza ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali bigatuma kitagaragara neza, ingendo ziva n'izijya i Kigali ubu zakererewe. Twiseguye ku ngaruka izi mpinduka zateje.'

    Ikigo cy'Igihugu cy'Iteganyagihe, Meteo Rwanda cyari cyatangaje ko ku wa 9 Kanama 2025 hagati ya Saa Kumi n'Ebyiri z'igitondo na Saa Sita z'amanywa hari hateganyijwe imvura mu turere twose tw'Igihugu.

    Meteo Rwanda yari yatangaje ko mu Rwanda hateganyijwe umuyaga uringaniye. Iki kigo cyari cyagaragaje ko mu gitondo cyo ku wa 9 Kanama 2025 mu Karere ka Nyabihu ari ho hagombaga kugaragara igipimo cy'ubushyuhe bwo hasi bungana na 12℃.

    Yakomeje iti 'Ku wa 09 Kanama 2025 hagati ya Saa Sita z'Amajywa na Saa Kumi n'Ebyiri z'umugoroba hateganyijwe imvura yumvikanamo inkuba mu turere twose tw'Igihugu.'

    Iki kigo cyakomeje kivuga ko muri ayo masaha hateganywa umuyaga uringaniye, mu gihe mu Karere ka Nyagatare ari ho hagombaga kuba igipimo cy'ubushyuhe bwo hejuru bungana na 30℃.

    RwandAir igira uruhare mu gutwara abagenzi basura u Rwanda n'abandi berekeza mu bihugu bitandukanye. Mu 2024 u Rwanda rwakiriye abarenga miliyoni 1,36.

    Banagize uruhare mu iterambere ry'igihugu kuko bakoreshereje imbere mu gihugu arenga miliyoni 579,5$ binyuze mu bintu bitandukanye baguze kuva bageze mu gihugu kugeza igihe batashye.

    RwandAir yiseguye ku bagenzi bakererewe kubera ikirere kitari cyifashe neza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwandair-yiseguye-ku-bagenzi-bakererewe-kubera-ikirere-kitari-cyifashe-neza

  • APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry'Imikino Nyafurika. #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gusoza shampiyona y'umwaka wa 2024/25 aho APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona, iyi kipe yatomboye Pyramid FC yo mu misiri mu irushanwa rya CAF Champions League.

    Ikipe izasezerera indi, izahura n'izava hagati ya Rema Stars yo muri Nigeria na US Zilimadjou yo mu Birwa bya Comoros.

    Rayon Sports yabaye iya kabiri ku rutonde rwa shampiyona ndetse ikanagera ku mukino wa nyuma w'igikbe cy'Amahoro, yo mu irushanwa ya CAF Confederation Cup, izahura n'ikipe ya Singida Big Stars yo muri Tanzania.

    Ikipe izasezerera indi, izahura n'izaba yakomeje hagati ya Flambeau de Centre y'i Burundi n'ikipe yo muri Libya itaramenyekana kuko Shampiyona itararangira.

    Kuri aya makipe yombi imikino ibanza izakinwa hagati ya tariki 19 na 21 Nzeri 2025 naho iyo kwishyura yo izakinwe nyuma y'icyumweru kimwe, hagati ya 26 na 29 Nzeri.

    Biteganyijwe ko umukino wa mbere uzakinirwa i Kigali kuri APR FC na Rayon Sports, naho uwo kwishyura kuri APR uzabera mu Misiri naho kuri Rayon Sports ukazabera muri Tanzania.

    The post APR FC izahura na Pyramids yo mu Misiri, Rayon Sports ihure na Singida Black Stars mu irushanwa rya mbere ry'Imikino Nyafurika. appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-izahura-na-pyramids-yo-mu-misiri-rayon-sports-ihure-na-singida-black-stars-mu-irushanwa-rya-mbere-ryimikino-nyafurika/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=apr-fc-izahura-na-pyramids-yo-mu-misiri-rayon-sports-ihure-na-singida-black-stars-mu-irushanwa-rya-mbere-ryimikino-nyafurika

  • Perezida w'u Burundi, Évariste Ndayishimiye yashimangiye ko muri RDC hariyo abasirikare b'u Burundi #rwanda #RwOT

    Perezida w'u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yashimiye abasirikare b'igihugu cye boherejwe mu ntambara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku bw'ubwitange bwo gufasha ingabo za FARDC kurwanya umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho.

    Yabivugiye ku Ishuri Rikuru ry'Igisirikare rya ISCAM, i Bujumbura, ku wa Gatatu tariki ya 6 Kanama 2025, aho yashimangiye ko aho abasirikare b'u Burundi bigeze batanga amahoro, kandi ibibazo bihasanzwe bikarangira vuba.

    Ati: 'Dufite amakuru tubwirwa n'abantu, aho bavuga ko aho abasirikare b'u Burundi batari nta wundi wahasimbura.

    Perezida Ndayishimiye yasabye abasirikare kudatinya, asubiriramo imvugo yamamaye ku rugamba igira iti: 'Intambara ni moteri y'urupfu, aho upfa mbere ari uwafashwe n'isasu ryica; utabyemera ushaka aragenda.'

    Ingabo z'u Burundi ziri mu Burasirazuba bwa RDC kuva mu 2022, nyuma y'amasezerano y'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi. Mu 2023, ayo masezerano yavuguruwe, buri musirikare yemererwa umushahara wa $5,000 ku kwezi, naho igihugu cya RDC kigaha u Burundi miliyoni $5 z'amadolari y'Amerika.

    Izi ngabo ziri mu mirwano yo kurwanya umutwe wa M23 na Twirwaneho muri Kivu y'Amajyepfo, ndetse zigeze no kurwana muri Kivu y'Amajyaruguru mbere yo kuhatsindwa zikajya muri Kivu y'Amajyepfo.

    Raporo y'Umuryango w'Abibumbye yo muri uyu mwaka igaragaza ko abasirikare b'u Burundi bari muri Kivu y'Amajyepfo bagera hagati y'ibihumbi 7,000-9,000.

    Perezida w'u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yashimira ko abasirikare b'u Burundi bari muri RDC bari bagera hagati y'ibihumbi 7,000-9,000

    Source : https://kasukumedia.com/perezida-wu-burundi-evariste-ndayishimiye-yashimangiye-ko-muri-rdc-hariyo-abasirikare-bu-burundi/