Author: webrwanda

  • Nyanza-Kibirizi: Polisi yataye muri yombi itsinda ry'Abagabo 8 bakekwaho ubugizi bwa nabi #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 09 Kanama 2025 mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Kibirizi mu Tugari twa Mututu na Rwotso, Polisi y'u Rwanda ifatanije n'Abaturage hamwe n'inzego z'ibanze bataye muri yombi abagabo Umunani babarizwa mu itsinda rikekwaho ibikorwa by'ubugizi bwa nabi.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko abagize iri tsinda bose uko ari umunani batawe muri yombi biturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu baturage bamaze gusobanukirwa neza uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya ibyaha.

    CIP Hassan Kamanzi, Avuga ko ibyo abafashwe bakurikiranyweho ari ibikorwa by'ubugizi bwa nabi bihungabanya umutekano n'ituze ry'Abaturage aribyo; Ubujura n'Urugomo bakorera Abaturage aho babatangira mu nzira bakabatwara ibyabo. Hari kandi Kwiba Amatungo ndetse n'Imyaka mu mirima y'Abaturage.

    Abafashwe bose nk'uko CIP Hassan yabibwiye intyoza.com, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muyira. Ni mu gihe Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB rwamaze gutangira iperereza ryimbitse ku byaha bose bakekwaho kugira ngo bashyikirozwe Ubushinjacyaha.

    CIP Hassan Kamanzi, avuga ko Polisi iburira n'undi wese ugifite imitekerereze n'imigirire mibi igamije guhungabanya umutekano n'ituze by'Abaturage ko itazamwihanganira, ko izamuhiga aho yaba ari hose agashyikirizwa ubutabera, amategeko akamukanira urumukwiye. Ashimira kandi Abaturage bakomeje gutanga amakuru ku bo bakekaho ibikorwa bibi bigize ibyaha. Asaba buri wese kuba maso no kumva ko gutanga amakuru ari ukugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha ibyo aribyo byose.
    intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/2025/08/09/nyanza-kibirizi-polisi-yataye-muri-yombi-itsinda-ryabagabo-8-bakekwaho-ubugizi-bwa-nabi/

  • Inguzanyo itanga zageze kuri miliyari 666 Frw: Umusanzu wa BPR Bank Rwanda Plc mu myaka 50 ishize – #rwanda #RwOT

    Minisitiri Murangwa yerekanye ko mu mwaka ushize wa 2024, igitabo cy'inguzanyo itangwa na BPR Bank Rwanda Plc kigaragaza ko zageze kuri miliyari 666 Frw bigize inyongera ya 6% ya buri mwaka, bigashimangira uko iyi banki ikomeje kugira uruhare mu guteza imbere Abanyarwanda.

    Yabigarutseho ubwo BPR Bank Rwanda Plc yizihizaga isabukuru y'imyaka 50 imaze ikorera mu Rwanda, yemeza ko ari urugendo rwahinduye byinshi mu rwego rw'Imari.

    Minisitiri Murangwa yavuze ko BPR Bank Rwanda Plc imaze gutanga arenga miliyari 53 Frw mu gushyigikira imishinga mito n'iciriritse aho 25% yashyizwe mu mishinga ya barwiyemezamirimo b'abagore binyuze muri gahunda nka Ikamba.

    Ati 'Iyi gahunda ifasha abagore ba rwiyemezamirimo kubona igishoboro no kububakira ubushobozi.'

    Yagaragaje kandi ko kandi iyo banki igira uruhare mu kwigisha Abanyarwanda binyuze muri gahunda ya Igire Initiative aho kuri ubu urubyiruko rugera kuri 840 ruri gufashwa n'aho 776 bamaze kuyinyuramo.

    Yasabye banki gukomeza gukora imishinga igamije iterambere no kuzana udushya mu rwego rw'Imari mu gihugu mu ngeri zitandukanye zirimo kubaka urwego rw'imari rudaheza no gushyira imbaraga mu guteza imbere imishinga ibungabunga ibidukikije.

    Ati 'Ibyo bizatugeza ku iterambere ry'urwego rw'imari ridaheza ku Banyarwanda bose n'iterambere rigira umusaruro ku gihugu by'umwihariko mu kugabanya ubukene ari na yo ntego nyamukuru yacu duhuje imbaraga.'

    Yongeyeho ati 'Indi myaka 50 ikwiye kuzarangwa no guhanga udushya birushijeho, kugira umumaro n'impinduka ku Banyarwanda, Akarere ndetse no ku rwego mpuzamahanga.'

    Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Mutesi Patience, yavuze ko iyi banki yita cyane ku bakiliya na bo abashimira uko bayigiriye icyizere.

    Ati 'Twita cyane ku kumva abakiliya bacu, kuri abo bakiliya bacu aho bari hose mwarakoze cyane kutwizera no kwemera ko dukorana mu bikorwa by'ishoramari ryanyu.'

    Yerekanye ko banki yakomeje kugenda yaguka aho kuri ubu ifite amashami 73, aba-agents 2242, ibyuma bya ATM 59 kandi ikomeje kwaguka.

    Mutesi yagaragaje ko BPR Bank Rwanda Plc yatangiye gushyigikira imishinga migari aho guhera mu 2017 bahisemo gushyigikira iyubakwa ry'ikibuga cy'indege cya Bugesera, iba banki ya mbere imbere mu gihugu iteye iyo ntambwe.

    Yashimangiye ko ibyo byakurikiwe n'aheruka gutangwa ku bufatanye bw'ibigo by'imari mu Rwanda angana na miliyoni 322$ yatanzwe nk'ubwishingizi harimo miliyoni 161$ y'ubwitwa “Performance Guarantee” n'izindi nk'izo z'ubwitwa Advanced Guarantee yahawe UMCJV Ltd.

    Hari kandi umushinga ugamije gushyigikira gahunda yo kwihaza mu biribwa wa Africa improve Food, gukorana n'imishinga itandukanye mu guhangana n'ingaruka z'ihindagurika ry'ibihe nko muri Gabiro no gushyigikira gahunda yo kwimakaza iterambere ry'ingufu zitangiza ibidukikije.

    Uyu muyobozi kandi yashimangiye ko bagira uruhare mu gushyigikira ba rwiyemezamirimo bato binyuze mu kubaha igishoro, kubahugura ku ikorwa ry'ishoramari by'umwihariko abari n'abategarugori.

    Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya BPR Bank Rwanda Plc, Rubagumya George, yagaragaje ko banki yagutse cyane ku buryo kuri ubu nta mushinga n'umwe itashobora gushyigikira mu buryo bwo guharanira iterambere ry'igihugu muri rusange.

    Ku rundi ruhande Umuyobozi Mukuru wa KBC Group Ltd, Paul Russo, yashimangiye ko bazakomeza gushyira imbaraga mu gutanga serivisi nziza, kwimakaza ikoranabuhanga, ubufatanye na Guverinoma no kugira uruhare mu iterambere ry'Igihugu.

    Abakiliya banyuzwe na serivisi

    Nsengiyumva Louis wabaye umukiliya wa mbere wa BPR Bank Rwanda Plc kuko yayifungujemo konti mu 1975, yavuze ko yamufashije mu iterambere kuko byagabanyije ibihombo bahuraga na byo muri icyo gihe, bituruka ku kuba amafaranga yakwibwa cyangwa akaba yagirira ikindi kibazo kuko benshi babikaga mu ngo zabo.

    Umuyobozi w'Ikigo gitanga serivisi mu bikenerwa mu buhinzi n'ubworozi nk'imiti n'amafumbire, RABSCO Ltd, Kabahizi Théoneste, na we yavuze ko ku bashoramari ari ingenzi gukorana na banki mu guteza imbere ibikorwa byabo.

    Ati 'Imyaka 50 ya BPR Bank Rwanda Plc ni urugendo rwiza. Ntabwo ushobora gutera imbere udakoresheje Banki kuko urayikenera, ugakorana na yo neza, ukishyura neza, igatera imbere na we ugatera imbere. Udakoresheje banki ntibyashoboka ko ugera ku mishinga minini.'

    Kalimpinya Queen uri mu bakorana na BPR Bank Rwanda Plc yashimye uko iyi banki yahisemo gushyira imbaraga mu guteza imbere abagore n'abakobwa, asaba abacyitinya gutinyuka bakayoboka gukorana n'ibigo by'imari.

    Ati 'Gufasha abagore n'abakobwa, ni ikintu kigaragaza ko mu by'ukuri ari banki y'abaturage, banki twisangamo kandi ni banki iyo witekerejeho, ukareba intego ufite mu buzima n'icyo ushaka kugeraho, ubona ko kiri mu murongo w'icyo banki iri guteganya.'

    Banki yiyemeje gukomeza gutanga serivisi nziza mu ishoramari rya Leta n'abikorera ku giti cyabo, hamwe na serivisi zo kwishyura no kuzigama ku bakiliya bayo.

    Kalimpinya Queen uri mu bakorana na BPR Bank Rwanda Plc yashimye uko iyi banki yahisemo gushyira imbaraga mu guteza imbere abagore n'abakobwa

    Umuyobozi w'Ikigo gitanga serivisi mu bikenerwa mu buhinzi n'ubworozi nk'imiti n'amafumbire, RABSCO Ltd, Kabahizi Théoneste, yavuze ko ari ingenzi ku bashoramari gukorana na banki

    Mu myaka 50 iri imbere BPR Bank Plc yasabwe gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu n’abaturage

    Imyaka 50 ya BPR Bank Rwanda Plc yagaragajwe nk’iyafashije mu iterambere ry’Igihugu

    Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 byitabiriwe n’abantu benshi

    Ibi birori byitabiriwe n’abantu batandukanye barimo na Guverineri Wungirije wa Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), Nick Barigye.

    Ibyishimo byari byose kuri BPR Bank Rwanda Plc yizihiza imyaka 50 imaze ikora

    Itorero Inganzo Ngari ryasusurukije abitabiriye ibyo birori

    Minisitiri Murangwa yasabye BPR Bank Rwanda Plc gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu

    Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yussuf Murangwa, yagaragaje ko BPR Bank Rwanda Plc yagize uruhare rukomeye mu guteza imbere Abaturarwanda

    Paul Russo yashimangiye ko BPR Bank Rwanda Plc izakomeza gutanga serivisi nziza

    Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya BPR Bank Rwanda Plc, Rubagumya George, yagaragaje ko banki yagutse cyane ku buryo kuri ubu nta mushinga n'umwe itashobora gushyigikira

    Umuyobozi Mukuru wa KCB Group Limited, Paul Russo, yemeje ko iyi banki izakomeza kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu

    Umukozi wakoze muri BPR Bank Rwanda Plc igihe kinini, Nyinawabayiru Grace yashimiwe

    Nsengiyumva Louis wabaye umukiliya wa mbere wa BPR Bank Rwanda Plc, yagaragaje ko yafunguye konti banki igitangira mu 1975

    Nsengiyumva Louis wabaye umukiliya wa mbere wa BPR Bank Rwanda Plc yashimiwe

    Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Mutesi Patience, yavuze ko iyi banki yita cyane ku bakiliya na bo abashimira uko bayigiriye icyizere

    Mutesi yagaragaje ko BPR Bank Rwanda Plc yatangiye gushyigikira imishinga migari

    Makanyaga Abdoul yaririmbye indirimbo irata ibigwi bya BPR Bank Rwanda yizihiza isabukuru y’imyaka 50

    Umunyamakuru Nizeyimana Lucky ni we wayoboye ibi birori

    Imyaka 50 ya BPR Bank yahinduye byinshi mu guteza imbere urwego rw’Imari

    Ababyina gakondo bahawe umwanya wo gutarama

    Amafoto: Cyubahiro Key


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/inguzanyo-itanga-zageze-kuri-miliyari-666-frw-umusanzu-wa-bpr-bank-rwanda-plc

  • SONARWA Life yabaye umunyamuryango wa Women in Finance Rwanda – #rwanda #RwOT

    Umuhango wo gusinya amasezerano y'imikoranire hagati ya Sonarwa Life na WIFR wabaye ku wa 6 Kanama 2025 ku Cyicaro Gikuru cya Sonarwa Life mu Mujyi wa Kigali.

    Umuyobozi w'Agateganyo wa SONARWA Life, Isaïe Muhoza, yavuze ko kuba ubuyobozi bw'iyi Sosiyete bwafashe umwanzuro wo kuba umunyamuryango wa WIFR atari umuhango gusa ahubwo ari mu rwego rwo gutizanya imbaraga mu guteza imbere uburinganire mu rwego rw'imari.

    Ati 'Ubu bunyamuryango ntabwo ari ikimenyetso gusa cyangwa umuhango ahubwo ni icyerekana ko twiteguye gukomeza kwimakaza uburinganire mu kigo cyacu, dutanga amahirwe angana kuri bose yo kuzamuka mu myanya ifata ibyemezo. Hagamijwe gufatanya n'abandi banyamuiryango mu kubugeza n'ahandi hose cyane cyane mu bijyanye n'imari.'

    Muhoza yagaragaje ko Sonarwa Life isanganywe umwihariko wo guteza imbere uburinganire, cyane cyane mu buryo itangamo akazi, uburyo gakorwa ndetse n'uburyo abakozi bazamurwa mu kazi.

    Yakomeje avuga ko kugira abakozi bahabwa amahirwe angana ari ingenzi cyane kubera ko bifasha ikigo gutanga umusaruro uhagije ku baturage ndetse ko bifasha kugera ku musaruro w'igihe kirekire kandi urambye.

    Binyuze muri gahunda yo gushyigikira no kongerera ubumenyi abagore mu rwego rw'imari, abakozi batatu ba Sonarwa Life, bahawe buruse zo kwiyungura ubumenyi mu bijyanye n'imari mu Kigo cyo mu Bwongereza gitanga ubumenyi mu birebana n'imicungire y'imari [Chartered Institute for Securities & Investment- CISI].

    U Rwanda rufite intego yo kuba igicumbi cya serivisi z'imari muri Afurika, kandi ubushakashatsi bwerekana ko uruhare rw'abagabo n'abagore mu iterambere ry'urwego rw'imari rukenewe kugira ngo iyi ntego igerweho. Bityo, gahunda ya WIFR yo kongerera ubumenyi n'ubushobozi abagore bakora mu rwego rw'imari yuzuzanya cyane na gahunda ya Guverinoma y'u Rwanda yo kugira u Rwanda igicumbi cya serivisi z'imari muri Afurika.

    Esther Mugisha ni umwe mu bahawe buruse, aho yashimiye ubuyobozi bwa Sonarwa Life na WIFR ku gikorwa cyiza bakoze cyo kubafasha gukomeza kwiyungura ubumenyi mu bijyanye no gucunga imari.

    Ati 'Iki gikorwa mwakoze ni ikimenyetso ko mukomeje gufasha abagore bakiri bato kongera ubumenyi. Bibafasha gutera imbere mu mwuga wo gucunga imari, bikaba umusingi ukomeye ufasha mu guteza imbere urwego rw'imari mu Rwanda muri rusange.'

    WIFR yashyizweho kugira ngo ihuze ibigo by'imari bitandukanye bikorera mu Rwanda hagamijwe guhuza imbaraga mu kongerera ubushobozi abagore bakora mu rwego rw'imari, binyuze mu kungurana ibitekerezo n'amahugurwa atandukanye azagenda atangwa.

    Ni muri urwo rwego abakozi batatu ba Sonarwa Life barimo Esther Mugisha, Ingrid Isimbi, na Chantal Ikirenga bahawe buruse yo kwiga mu kigo gikomeye mu bijyanye no kubakira ubushobozi abo mu rwego rw'imari n'imigabane, CISI.

    Kuva WIFR yatangira mu 2023, abagore barenga 50 bakora muri banki n'ibigo by'imari biciriritse ni bo bamaze guhabwa buruse zo kwiga ibirebana n'imicungire y'imari muri CISI.

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe gushyiraho Amabwiriza mu Kigo cy'Igihugu Gitsura Ubuziranenge, RSB, Gatera Emmanuel, yavuze ko u Rwanda ruzatangira guha ibyangombwa ibigo byubahiriza uburinganire.

    Iki cyangombwa cyashyizweho n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Iterambere, UNDP, n'Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry'uburinganire n'ubwuzuzanye (Gender Monitoring Office).

    Sosiyete y'Ubwishingizi, Sonarwa Life, yinjiye mu muryango Women in Finance Rwanda (WIFR)

    Umuyobozi w'Agateganyo wa SONARWA Life, Isaïe Muhoza, yavuze ko kuba ubuyobozi bw'iyi Sosiyete bwafashe umwanzuro wo kuba umunyamuryango wa WIFR atari umuhango gusa ahubwo ari mu rwego rwo gutizanya imbaraga

    SONARWA Life yishimiye kuba umunyamuryango wa Women in Finance Rwanda

    Esther Mugisha ushinzwe gukorana n’ibigo binini muri Sonarwa Life yishimiye iyi ntambwe yatewe

    Maurice Ntagungira ushinzwe Iyamamazabikorwa n’Itumanaho muri Sonarwa Life yayoboye iyi gahunda

    abakozi batatu ba Sonarwa Life barimo Esther Mugisha, Ingrid Isimbi, na Chantal Ikirenga bahawe buruse yo kwiga mu kigo gikomeye mu bijyanye no kubakira ubushobozi abo mu rwego rw'imari n'imigabane, CISI

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe gushyiraho Amabwiriza mu Kigo cy'Igihugu Gitsura Ubuziranenge, RSB, Gatera Emmanuel, yavuze ko u Rwanda ruzatangira guha ibyangombwa ibigo byubahiriza uburinganire

    Umuyobozi Mukuru wa Mayfair Insurance, Jessica Igoma, yavuze ko kuba SONARWA Life yinjiye muri WIFR ari ikintu cy’ingenzi

    Chantal Ikirenga yahawe buruse

    Ingrid Isimbi yahawe buruse

    Esther Mugisha yahawe buruse


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/sonarwa-life-yabaye-umunyamuryango-wa-women-in-finance-rwanda

  • Myugariro wo hagati Iñigo Martínez yerekeje muri Al Nassr avuye mu ikipe ya FC Barcelona #rwanda #RwOT

    Iñigo Martínez ari mu nzira ajya gukora isuzumwa ry'ubuzima nk'umukinnyi mushya wa Al Nassr uyu munsi, akaba yiteguye gutangira urugendo rushya mu gihugu cya Arabia Saudite. Uyu myugariro w'umunyabigwi mu mupira w'amaguru w'i Burayi yarangije amasezerano ye na FC Barcelona, aho yayikiniye umwaka umwe gusa.

    Amasezerano ye mashya muri Al Nassr azamara umwaka umwe, ariko afite amahitamo yo kongerwa bitewe n'imyitwarire ye n'uko azitwara mu kibuga.

    Martínez, w'imyaka 33 y'amavuko, yagiye muri Barça avuye muri Athletic Club Bilbao mu mpeshyi ya 2023, aho yari yitezweho kuzana ubunararibonye no gukomeza umutekano bw'ugarizi bw'ikipe.

    Nubwo yagiye ahura n'imbogamizi z'imvune zagiye zimubuza gukina imikino myinshi, yagaragaje ubuhanga mu mikino mike yabashije gukina, bituma aguma ku rwego rw'umukinnyi ufite izina rikomeye.

    Al Nassr, ifite abakinnyi b'ibyamamare nka Cristiano Ronaldo na Sadio Mané, ikomeje gahunda yo kongera imbaraga mu ikipe no guhatanira ibikombe mu marushanwa atandukanye. Kwinjiza Martínez biri mu mugambi wabo wo kugira abakinnyi bafite ubunararibonye mpuzamahanga bashobora gufasha ikipe kugera ku ntego zayo.

    Kuri Martínez, ni amahirwe mashya yo gukomeza kwerekana impano ye no gukina mu buryo bushya butandukanye n'ubwo yari amenyereye i Burayi. Kuri ubu, abakunzi ba Al Nassr bategereje kureba uko azitwara mu mwaka utaha w'imikino, bakaba bizeye ko azaba umusingi ukomeye mu bwugarizi bwabo.

    Myugariro wo hagati Iñigo Martínez yerekeje muri Al Nassr avuye mu ikipe ya FC Barcelona
    Martínez, w'imyaka 33 y'amavuko, yagiye muri Barça avuye muri Athletic Club Bilbao mu mpeshyi ya 2023

    Source : https://kasukumedia.com/myugariro-wo-hagati-inigo-martinez-yerekeje-muri-al-nassr-avuye-mu-ikipe-ya-fc-barcelona/

  • Kwicwa n'ivangura ku basirikare ba Banyamulenge muri RDC bikomeje gufata indi ntera #rwanda #RwOT

    Guhohotera abasirikare b'Abanyamulenge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byongeye gufata indi ntera. Ingabo za AFC/M23/MRDP zigaruriye kamwe mu duce duherereye muri Kivu y'Epfo, mu gihe umwe mu miryango ikomeye ku isi wamaganaga ubugwari bwa FARDC na MONUSCO. FARDC n'abambari bayo bongeye gutsindwa mu kandi gace ko muri Kivu y'Epfo.

    Muri RDC, kuba Umututsi bikomeje gufatwa nk'icyaha. Ibi byongeye kugaragarira mu ifungwa rya Colonel Aaron Nyamushebwa, umwe mu basirikare barwaniriye iki gihugu, wafunzwe nyuma y'abandi benshi b'Abatutsi bafungiwe i Kinshasa bazira ubwoko bwabo.

    Ku wa Kane w'iki cyumweru, tariki ya 7 Kanama 2025, ni bwo Colonel Nyamushebwa yafashwe mu masaha ya saa sita z'amanywa aho yakoreraga mu gace ka Butembo, Intara ya Kivu y'Amajyaruguru. Ku munsi ukurikiyeho, tariki ya 8 Kanama, yahise yoherezwa i Kinshasa, aho kugeza ubu ari kubazwa n'urwego rwa DEMIAP rushinzwe iperereza ry'igisirikare.

    Umutangabuhamya yabwiye Kasuku Media ko gushyigikira ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi kuri bamwe bisa nko kubura amahitamo. Yagize ati:

    'Biratangaje kubona Nyamushebwa wari umwizerwa kuri Tshisekedi ariko akaba amufunze. Nta kindi azira uretse kuba ari Umututsi.'

    Kugeza ubu, Abanyamulenge benshi bari mu gisirikare cya RDC bamaze gufungwa bazira ubwoko bwabo. Barimo ba Colonel Ruterera, Major Rugaza, Nyenyeri n'abandi. Abo bose bafashwe mu bihe bitandukanye, ariko ntibigeze bagezwa imbere y'ubutabera ngo baburane. Kenshi bafatwa nk'abagambanyi, nyamara ni bo bakomeje kurwanirira igihugu.

    Byongeye kandi, bivugwa ko na General Ndaywel, wahoze ayoboye urwego rwa DEMIAP akaba yari umugaba mukuru w'Ingabo zirwanira ku butaka, yafunzwe. Nk'uko amakuru abivuga, ashinjwa kuba umugambanyi, nta bindi bimuvugwaho.

    General Ndaywel, wahoze ayoboye urwego rwa DEMIAP akaba yari umugaba mukuru w'Ingabo zirwanira ku butaka, yafunzwe

    Source : https://kasukumedia.com/uyicwa-nivangura-ku-basirikare-ba-banyamulenge-muri-rdc-rikomeje-gufata-indi-ntera/

  • Akarere ka Muhanga kari kubakira imiryango isaga 140 itishoboye – #rwanda #RwOT

    Ni gahunda yatangiriye mu Murenge wa Kiyumba, Akagari ka Ruhina, aho abaturage bifatanyije n'ubuyobozi bw'akarere, inzego z'umutekano n'abandi bafatanyabikorwa mu muganda wo kubaka izi nzu.

    Umuyobozi w'Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yavuze ko izi nzu zizahabwa abageze mu zabukuru n'abandi batagifite imbaraga n'ubushobozi bwo kwifasha kugira ngo bave mu buzima bubi.

    Ati 'Turabizi ko abageze mu zabukuru batagifite imbaraga. Ni ngombwa kubereka ko ibyo badukoreye tubyibuka tukabibitura, bagasaza neza.''

    Meya Kayitare, yasabye abaturage kugira umutima n'umuhate wo kwita ku bageze mu zaburu, kugira ngo babereke ko babari hafi kandi babashimira uko bitanze bagifite imbaraga mu gihe cyabo.

    Meya Kayitare yatangaje ko bitarenze Ukwakira 2025 izi nzu zizaba zuzuye, asaba abaturage gufatirana iki gihe cy'impeshyi bagafasha ubuyobozi gutanga umuganda mu kuzubaka.

    Kanakuze Illuminée wo mu Kagari ka Ruhina, mu Murenge wa Kiyumba, ni umwe mu bageze mu bakecuru batangiye kubakirwa. Yari afite inzu yavaga, ndetse bigera n'aho yimurwa ajya gukodesherezwa.

    Ati 'Ndashimira Perezida wa Repubulika n'abo bafatanya kuyobora. Ntarimurwa imvura yagwaga nkitwikira uturingiti n'uturago, ndetse byasabye ko Gitifu aza kuyinkuramo ngo itazangwaho ajya kunkodeshereza. Nishimiye ko ubuyobozi bwacu buzirikana abatagira kivurira, indushyi n'ababuze epfo na ruguru.'

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Muhanga busaba abaturage kwitanga gutanga umusanzu wabo binyuze mu muganda kugira ngo izi nzu zizuzurire igihe, binatume imiryango izikeneye izibona mbere Umuhindo ugera.

    Meya Kayitare Jacqueline uyobora Akarere ka Muhanga afatanya n’umuturage guterura ibuye ryo kubakisha

    Ubwo Meya Kayitare n’abandi bayobozi bafatanyaga gutangira umusingi w’inzu izaturamo umuryango utishoboye

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwasabye abaturage bazitanga cyane mu muganda kugira ngo abatishoboye bubakirwe

    Abaturage bo mu Karere ka Muahanga bari gufasha mu kubakira bagenzi babo batishoboye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/akarere-ka-muhanga-kari-kubakira-imiryango-isaga-140-itishoboye

  • Abarenga 1600 barangije amasomo muri Kaminuza ya Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni mu muhango wabaye ku wa 8 Kanama 2025, muri Intare Conference Arena, iherereye i Rusororo.

    Uyu muhango witabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa, abayobozi bo muri UoK, ababyeyi n'abandi.

    Mu bagera ku 1.654 barangije amasomo, harimo abagera kuri 269 basoje Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza, 38 basoje mu Icyiciro cy'Isumbuye n'abandi 1.347 basoje mu cyiciro cya Kabiri cya Kaminuza.

    Umuyobozi wa Kaminuza ya Kigali, Dr. Carlos Fernando Sotz, yavuze ko aba banyeshuri barangije bagaragaje ubutwari, ubwitange n'udushya mu guhindura ibibazo mo ibisubizo.

    Agira ati 'Uyu munsi urihariye cyane kuko ugaragaza uko abanyeshuri basoje amasomo, imbogamizi zababereye inzira yo kugera ku ntsinzi, mugaragaza ubutwari, udushya mu bitekerezo n'ubwitange mu gukora neza.'

    Yavuze ko UoK ikomeje kurangwa n'indangagaciro zirimo ubuhanga mu myigire, ubushakashatsi, guhanga udushya no guteza imbere umunyeshuri mu buryo bwuzuye.

    Asaba abasoje amasomo kuba intumwa mu kugaragaza izo ndangagaciro n'ubumenyi bahabwa, baharanira gukemura ibibazo no guteza imbere aho batuye.

    Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yashimiye abarangije amasomo, abagaragariza ko imbogamizi bahura na zo mu byo bakora ari zo zizabafasha kubasha gukomeza gutsinda no mu myaka iri imbere, abasaba kurangwa n'ubushishozi.

    Ati 'Guhindura imbogamizi amahirwe ni igikorwa gifite agaciro gakomeye. Uburyo mwakemuye imbogamizi mwagiye muhura na zo mu masomo yanyu, bugaragaza ibyo mwagezeho n'uburyo bwo gutekereza kugira ngo mukomeze gutsinda mu myaka myinshi iri imbere.'

    Abanyeshuri bose uko ari 1.654, basoje mu masomo atandukanye abarizwa mu mashami yose y'iyi kaminuza harimo ishami rya Kigali na Musanze.

    Abanyeshuri bahize abandi bahawe ibihembo

    Abanyeshuri basoje bari mu byiciro bitatu bitandukanye harimo n’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza

    Abanyeshuri bose bahawe impamyabumenyi barenga 1.600

    Hatazwe ibihembo bitandukanye

    Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye

    Ni ibirori byaranzwe no kwidagadura binyuze mu byino gakondo

    Umuhango wo guha impamyabushobozi ubaye ku nshuro ya cyenda muri UoK

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yasabye abarangije kurangwa n’ubushishozi mu byo bakora

    Umuyobozi wa Kaminuza ya Kigali, Dr. Carlos Fernando Sotz, yavuze ko aba banyeshuri barangije bagaragaje ubutwari, ubwitange n'udushya mu guhindura ibibazo mo ibisubizo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarenga-1600-barangije-amasomo-muri-kaminuza-ya-kigali

  • Amata y'ifu akorwa n'uruganda rwa Inyange azatangira gucuruzwa ku isoko ry'u Rwanda muri Nzeri – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 8 Kanama 2025, ubwo Minisitiri w'Intebe, Dr. Jusin Nsengiyumva, yasuraga uruganda rw'amata y'ifu rwa Inyange ndetse n'uruganda rukora amakaro mu mabuye rwa East African Granite Industries zose ziherereye mu Karere ka Nyagatare.

    Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yashimiye ibikorwa by'izi nganda, anazisaba kongera umusaruro wazo kugira ngo zibashe kwagura isoko ryo mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

    Umuyobozi Mukuru wa Inyange, Butare James, yavuze ko Minisitiri w'Intebe, kandi yanabagiriye inama yo kubanza guhaza isoko ry'imbere mu gihugu, mbere yo kugana amasoko mpuzamahanga.

    Ati 'Inama ya mbere yatugiriye ni ugushaka icyo twakora kugira ngo tuzamure umusaruro w'amata yaba no ku borozi ku kuntu twazamura umukamo kugira ngo uruganda rukora ku bushobozi bwarwo bwose, ikindi ni ku isoko ry'imbere mu gihugu, icyo twakora ngo tubanze dukore ibicuruzwa bihaza isoko ry'imbere mu gihugu mbere y'uko tujya hanze''

    Butare yakomeje asobanura ko kuva uru ruganda rw'amata y'ifu rwuzuye babanje gushyira imbaraga mu gukora amata y'ifu akenerwa n'inganda, yizeza Abanyarwanda ko Nzeri izasiga amata y'ifu ameze nka Nido bayashyize ku isoko.

    Ati 'Amata y'ifu twakoze ni amata ajya mu nganda kugira ngo inganda zikeneye gukora nka Ice cream, Yoghurt, abakora imigati babone ayo mata asabwa. Ubu ng'ubu rero turi gushaka gutangira gukora andi mata y'ifu asanzwe ameze nka Nido, mu minsi mike muraza kuyabona.''

    Butare yavuze ko bamaze kubona ibyangombwa byose bibemerera kujya ku isoko Mpuzamahanga agaragaza ko kuri ubu bari kongerera ubushobozi aborozi kugira ngo bongere umukamo. Yavuze ko kuri ubu uru ruganda rw'amata y'ifu aho rutangiriye rwatumye Amakusanyirizo y'amata bakoranaga yiyongera ava kuri 43 agera ku 139 mu gihugu hose.

    Uruganda rwa Inyange rumaze kubona isoko ry'aya mata akoreshwa mu nganda mu bihugu nka Turkiye,Sylie,Tanzania, Ghana, Oman, Misiri, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, Kenya, Quatar, Zimnbabwe, Malawi n'ahandi henshi hatandukanye.

    Kugeza ubu uruganda rw'amata y'ifu rwa Nyagatare rukora kuri 31% by'umusaruro rwakabaye rutunganya, ubuyobozi bukavuga ko bukurikije uburyo uru ruganda aribwo rugitangira bitanga icyizere, aho ngo umusaruro uzagenda wiyongera buhoro buhoro.

    Amata y’ifu ari mu mifuka minini uruganda rwa Inyange rukora kuri ubu akoreshwa mu nganda

    Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye inganda zo mu Karere ka Nyagatare kongera umusaruro w’ibyo zikora

    Minisitiri w’Intebe, yeretswe ikoranabuhanga rikoreshwa mu gukora amata mu ruganda rwa Inyange

    Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yeretswe amabuye akorwamo amakaro

    Umuyobozi Mukuru wa Inyange, Butare James, yavuze ko Nzeri izasiga bakora amata y’ifu azashyirwa ku isoko ry’u Rwanda


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amata-y-ifu-akorwa-n-uruganda-rwa-inyange-azatangira-gucuruzwa-ku-isoko-ry-u

  • Abasirikare bashinzwe imyitwarire muri RDF basoje amahugurwa y'ibyumweru bitandatu – #rwanda #RwOT

    Ni amahugurwa yateguwe na RDF ku bufatanye n'Igisirikare cya Qatar. Yakorewe mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako (Rwanda Military Academy).

    Ibirori byo gusoza amahugurwa byayobowe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga. Byitabiriwe kandi na Chargé d'Affaires wa Qatar mu Rwanda, Ali Bin Hamad, abayobozi bakuru muri RDF n'abandi bo mu Ngabo za Qatar.

    Amahugurwa yatanzwe yari mu byiciro bitandukanye, birimo kurinda abayobozi bakuru, kurwanya iterabwoba, kurwanya imyigaragambyo ihungabanya umutekano w'abaturage, no kwigisha abayahawe uko barwanira mu mijyi n'ahantu hari abantu benshi n'inyubako nyinshi bitangijwe.

    Yari agamije kubakira ubushobozi abakozi ba RDF mu bijyanye n'ubumenyi bukenewe mu guhangana n'ibibazo by'umutekano, kurinda abayobozi bakuru, guhangana n'iterabwoba no kubungabunga ituze ry'abaturage.

    Gen Mubarakh Muganga yashimiye Igisirikare cya Qatar ku bufatanye bwabo na RDF, anagaragaza uburyo umubano w'impande zombi ukomeje kubyara umusaruro.

    Yagarutse ku musanzu w'abarimu bo muri Qatar, badahwema kwifashisha ubuhanga bwabo mu gutoza abo mu Ishami rya RDF rishinzwe imyitwarire no kububakira ubushobozi, bakabaha ubumenyi bwifuzwa mu guhangana n'ibibazo bitandukanye.

    Gen Mubarakh Muganga yagaragaje ko RDF irajwe ishinga no kubakira ubushobozi abakozi bayo no gukomeza guhamya umubano n'ubufatanye n'abafatanyabikorwa batandukanye, hagamijwe kubungabunga umutekano w'u Rwanda n'Akarere ruherereyemo.

    Ati 'Kuba witeguye neza mu bijyanye no kubungabunga umutekano, ubu ntabwo bisaba kuba ufite inzego zihamye gusa, ahubwo binasaba kuba ufite abakozi bafite ubumenyi buhagije, bashoboye guhangana n'ibibazo bitandukanye.'

    Yakomeje avuga ko ari yo mpamvu RDF iha agaciro gakomeye ubufatanye bwayo n'Igisirikare cya Qatar, hagamijwe gukomeza guharanira inyungu z'impande zombi no gukomeza guhangana n'ibibazo by'umutekano bivuka umunsi ku wundi.

    Maj Nader Alhajri wari uhagarariye aya amahugurwa, yashimiye RDF ku bijyanye no guhora iharanira guteza imbere umubano wa Qatar n'u Rwanda binyuze mu mishinga itandukanye irimo n'iyi gahunda y'amahugurwa.

    Yakomeje ati 'Aya mahugurwa yashyizwe mu bikorwa nka kimwe mu bigize ubufatanye bw'ibihugu byombi. Ubumenyi bwatanzwe buzafasha Ishami rya RDF rishinzwe imyitwarire mu kuzuza inshingano zabo mu buryo bunoze ndetse bwa kinyamwuga.'

    Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga yashimiye uruhare rwa Qatar mu guha ubumenyi bukwiye abasirikare ba RDF

    Abasirikare bashinzwe imyitwarire muri RDF bahuguwe no ku guhangana n’iterabwoba

    Abasirikare bo mu Ishami rya RDF rishinzwe imyitwarire bigishijwe no kurwanira mu mijyi ituwe cyane ndetse ifite inyubako ndende

    Abasirikare ba RDF bashinzwe imyitwarire basoje amahugurwa bahawe ku bufatanye na Qatar


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abasirikare-bashinzwe-imyitwarire-muri-rdf-basoje-amahugurwa-bari-bamazemo

  • I Rubavu hari kubakwa ubwanikiro bufite ubushobozi bwo kubika toni 100 z'ibitunguru – #rwanda #RwOT

    Ubu bwanikiro bufite ubushobozi bwo kwakira toni enye ku munsi bukagira ububiko bufite ubushobozi bwo kubika toni 100 z'ibitunguru. Bufite kandi ubushobozi bwo kumisha ibitunguru bikaba byamara amezi atandatu bibitswe bitarangirika.

    Ni ubwanikiro buri kubakwa mu Murenge wa Kanzenze, Akagari ka Nyamirango ku buso bwa metero kare 3.310.

    Imirimo yo kubwubaka igeze ku kigero cya 60%. Buri kubakwa n'abakozi bahoraho bagera kuri 60. Bigitangira bageraga ku 180.

    Buzafasha abo mu mirenge ya Mudende, Cyanzarwe, Kanzenze, Busasamana, Bugeshi na Nyakiliba.

    Imirimo yo kubaka yatangiye muri Werurwe 2025 biteganywa ko buzuzura muri Nyakanga 2025, icyakora abubatsi bavuze ko bagowe n'imiterere y'ubutaka, basaba kongererwa igihe, aho kuri ubu bemeza ko imirimo yo kubaka izarangira mu Ukwakira 2025.

    ACP (Rtd) Joel Ndahiro ushinzwe imirimo yo kubaka ubu bwanikiro yabwiye IGIHE ko bufite umwihariko wa 'Green House' izaba ifite ubushobozi bwo kubika umusaruro amezi atandatu.

    Ati 'Umushinga wose uzatwara miliyari 2 Frw. Harimo azagenda ku nyubako, ubwiherero bw'imbere n'ubwo hanze, moteri yunganira amashanyarazi, ibiro by'abayobozi, parking, imashini zitwara umusaruro mu bwanikiro imbere n'inzu ibungabunga ubushyuhe bw'ibyumishijwe.'

    Yasobanuye ko iyi nzu ibungabunga ubushyuhe bw'ibihingwa izashyirwa muri ubu bwanikiro ari yo izajya ibikwamo ibitunguru bimaze gutunganywa.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yabwiye IGIHE ko ubu bwanikiro buje kubafasha kubika neza umusaruro wangirikaga mu gihe ibiciro byamanutse, ukazagurishwa byongeye kuzamuka.

    Ati “Tumaze imyaka dufite ikibazo cy'ibitunguru byera ari byinshi mu bihe bimwe na bimwe, ku isoko ibiciro bikagabanyuka, abahinzi bagahomba […] ukaba wasaga n'umwuga wugarijwe n'uruhuri rw'ibibazo. Ubu bwanikiro buri kubakwa, bugiye kuba igisubizo ku musaruro wangirikaga.”

    Yavuze ko igihe ibitunguru bizajya byera ari byinshi bazajya babifata babitware mu bwanikiro bategereze ibiciro byiza, abahinzi bakomeze bahinge kuko amahirwe yo guhomba azaba yavuyeho.

    Yanavuze ko ubu bwanikiro buzacungwa na koperative imwe, aho bishoboka ikazajya igurira umusaruro abandi bahinzi ku biciro byiza mu gihe byamanutse, ikazawugurisha byongeye kuba byiza.

    Ikindi ni uko izajya iwubabikira bakazishyurira serivisi bahawe kandi byose bizakorwa neza.

    I Rubavu hari kubakwa ubwanikiro bwa miliyari 2 Frw


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/i-rubavu-hari-kubakwa-ubwanikiro-bwa-miliyari-2-frw