Author: webrwanda

  • Hatangijwe ubukangurambaga bwa 'Bime Amatwi' bugamije guhashya ubutekamutwe bukorerwa kuri telefoni – #rwanda #RwOT

    Ni ubukangurambaga bwatangijwe na Banki Nkuru y'u Rwanda ku bufatanye n'Ikigo cy'igihugu gishinzwe Kugenzura Imirimo imwe n'imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA, Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, Polisi y'Igihugu, MTN Rwanda na Airtel Money.

    Uko iterambere rigenda rizamuka ni nako n'abantu b'abanyabyaha bagenda biga amayeri yo gushaka gucucura amafaranga y'abaturage bakoresheje.

    RIB igaragaza ko mu myaka itatu ishize hakiriwe ibirego 272, birimo abakekwa 378, mu gihe amafaranga bibye ari miliyoni 81 Frw hagaruzwa miliyoni 63 Frw bigize ikigero cya 77%.

    Amwe mu mayeri bakoresha

    Abatekamutwe bakoresha amayeri menshi arimo kwiyitirira undi ku mbuga za WhatsApp, bifashisha ifoto n'izina bya WhatsApp by'umuntu uzwi, bagasaba amafaranga abo mu muryango cyangwa inshuti zabo bigira nk'aho ari we uri mu kibazo.

    Banakoresha guhimba imbuga nkoranyambaga z'ubucuruzi zidahari Abantekamutwe bahimba imbuga nkoranyambaga babeshya ko bafite ibicuruzwa bitandukanye bagurisha. Hari n'abahimba izindi mbuga bavuga ko bakorana n'ibigo by'imari bitandukanye bakabeshya abantu ko nushoramo amafaranga bakungukira ku kigero cyo hejuru.

    Hari kandi abiyita abakozi b'ibigo by'itumanaho, baguhamagara biyitirira MTN cyangwa Airtel bakubwira ko habayeho kwibeshya bakohereza amafaranga kandi usabwa kuyasubiza utabikora bagafunga konti yawe. Bakubwira imibare ukanda kugira ngo batagufungira konti ya MOMO, wakumvira ibyo bakubwiye amafaranga ari kuri MOMO bakayiba ndetse n'amafaranga ufite yo kuri konti ya banki yahujwe na numero yawe akibwa.

    Hari uguhamagarwa n'uwiyita umukozi wa MTN akubeshya ko watsindiye ibihembo runaka muri tombora, ariko ugasabwa kugira umubare w'amafaranga wohereza kuri nimero baguhaye kugira ngo ubashe kuza gutwara ibihembo watsindiye.

    bamwe hari ubwo biyita abakozi ba MTN bakubwira ko mu butaka bwawe bashaka kuhubaka umunara, biherekezwa no kugusaba amafaranga runaka wohereza ngo ayo mahirwe yo kugurirwa na MTN atagucika.

    Abandi biyita abakozi ba MTN bakora mu ishami rya Mokash, bakakubwira ko bagufasha kongera inguzanyo yawe ya Mokash, hanyuma bakagusaba gukanda imibare runaka ibaha uburenganzira bwo kwinjira muri konti yawe.

    Abatekamutwe kandi bahamagara cyangwa bakohereza ubutumwa ababyeyi biyise abarimu cyangwa abaganga, bavuga ko umwana wawe yarwaye cyangwa yakomerekeye mu mpanuka, bakagusaba amafaranga kugira ngo yitabweho n'abaganga.

    Hari n'umuntu uguhamagara avuga ko ari inshuti yawe y'umusirikare uri ku mupaka afite isanduku y'amadolari ariko atabasha kuyambutsa. Akakubwira ko numufasha uzayagiramo inyungu, ariko agasaba amafaranga yo gutanga ruswa cyangwa ubundi bufasha.

    Hari abatekamutwe bahamagara bizeza abantu kubavura indwara zananiranye cyangwa bakoresha imbaraga zidasanzwe bakizeza abantu ibitangaza birimo ubukire bwihuse kandi mu buryo bworoheje. Gukemurirwa ibibazo, ikibazo umuntu yaramaranye iminsi (uburwayi, urubyaro, igihombo n'ibindi bibazo)

    Muri ayo mayeri kandi harimo n'uguhamagara cyangwa akakwandikira ubutumwa bugufi yiyitirira umukozi w'Imana uvuye i Kibeho akubwira ko afite ubutumwa cyangwa ubuhanuzi, bakagusaba amafaranga yo gutura cyangwa isengesho kandi ko nta wundi muntu ugomba kubibwira.

    Abaturage basabwe kubirinda

    RURA igaragaza ko uburyo bwo kubirinda harimo kwirinda guha umwanya bene abo, kumutega amatwi no gukurikiza amabwiriza aguha y'ibyo ukora kuri telefoni yawe.

    Kugira amakenga igihe cyose umuntu utazi aguhamagaye cyangwa akwandikiye ubutumwa buzamura amarangamutima yawe (umwana bamugonze, umufasha wawe ari kwa muganga, umuturanyi akeneye ubufasha bw'amafaranga, kumpera umuntu amafaranga kuko we ari mu nama aza kuyaguzubiza…)

    RIB isaba ko na nimero za telefoni zakoreshejwe bagamije kwiba kuzimenyekanisha ku nzego z'umutekano kugira ngo zikurikiranwe.

    Umuyobozi ushinzwe Ikoranabuhanga muri RURA, Gahungu, yagaragaje ko abantu bakwiye kugira amakenga ya Simukadi zibabaruyeho, izo badakoresha bakazikura ku murongo, kuko iyo bigaragaye ko yakoreweho ibyaha bifatwa ko uwo ibaruyeho ari we wabigizemo uruhare.

    Ikindi kandi mu gihe bakwibye amafaranga ukwiye guhita wihutira gutanga gutanga ikirego kuri sitasiyo ya RIB ikwegereye cyangwa ugahamagara kuri RIB 166, 100 ya MTN na Airtel.

    Social Media

    — Kwiyitirira abakozi b'ibigo by'itumanaho
    — Kwiyitirira abanyamadini
    — Kwiyitirira undi ku imbuga za WhatsApp inshuti yawe

    Hagaragajwe amwe mu mayeri yifashishwa mu bikorwa by'ubutekamutwe n'ubujura bukorwa mu kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga by'umwihariko ubukorerwa kuri telefoni bugamije gucucura amafaranga.

    Ubu bukangurambaga buhuriweho n’ibigo bitandukanye

    Hatangijwe ubukangurambaga bwa Bime Amatwi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hatangijwe-ubukangurambaga-bwa-bime-amatwi-bugamije-guhashya-ubutekamutwe

  • Ubwiteganyirize bugeze kuri 48%: Uko Abanyarwanda bahagaze mu kwizigamira – #rwanda #RwOT

    Byagarutsweho n'Umuyobozi w'Urwego rw'Ubwiteganyirize muri BNR, Batamuriza Faith, wari mu kiganiro Dusangire Ijambo cya Televiziyo Rwanda.

    Yavuze ko Urwego rw'Ubwiteganyirize rukiri hasi ugereranyije n'aho igihugu cyifuza ko rugera bijyanye n'akamaro karwo ku bukungu bw'igihugu ariko yemeza ko hari intambwe ikomeje guterwa.

    Ati 'Mu buryo bw'ijanisha tugiye kureba abantu bakora urwego rw'ubwiteganyirize ruri kuri 48%, biri hasi cyane pe. Ikigero ntabwo kiragera ahashimishije twifuza ariko n'ubukangurambaga turimo, kugira ngo Abaturarwanda bumve ko kwiteganyiriza ari byiza kandi ari ngombwa kuko bituma witeganyiriza uyu munsi ejo ukazabaho neza, ntibinagutere guhangayika wibaza uko bizagenda.'

    Yavuze ko BNR ifite gahunda yo gukora ubukangurambaga bugamije guteza imbere urwego rw'ubwiteganyirize mu Rwanda cyane ko rugira uruhare rukomeye mu guhindura ubuzima bw'abazigamiye mu gihe bageze mu zabukuru.

    Ati 'Iyo umuntu ari muto aba afite imbaraga zo gukora, bigufasha ko iyo ugeze mu zabukuru, kuko ushobora kubaho udahangayitse, udafite n'abandi bantu ugora kuko hari amafaranga witeganyirije agufasha mu buzima bwa buri munsi.'

    Yagaragaje ko urwego rw'imari ari moteri y'igihugu kandi harimo n'ubwiteganyirize, kandi rugira uruhare mu bukungu bw'igihugu birimo no guteza imbere ishoramari.

    Ati 'Nk'uko mubizi urwego rw'imari ni moteri y'Igihugu na pansiyo ikaba irimo rero, bivuze ko uko umuntu yiteganyiriza bimufasha ariko n'igihugu muri rusange kikaba gifite ibyo cyunguka kuko yashowe mu bikorwa runaka bigiteza imbere.'

    Yagaragaje ko BNR igenzura urwego rw'ubwiteganyirize hamijwe kureba uko amafaranga y'abanyamuryango atekanye ndetse no kureba ko ibigo by'ubwiteganyirize bishora ahantu hadashobora guteza ingorane.

    Umuyobozi Ushinzwe Inyungu z'Abanyamuryango, mu Kigo gishinzwe Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, Dr. Hitimana Regis, yagaragaje ko kwizigamira biba bigamije ko mu gihe imbaraga wakoresheje ukuri muto zibaye nke, zigomba kukugirira akamaro ari na yo mpamvu Leta yashyizeho uburyo bwo kwiteganyiriza bugamije izabukuru.

    Yasobanuye ko kugeza ubu mu Rwanda hari uburyo bw'ubwiteganyirize bugamije izabukuru bwatangijwe kuva mu 1962 igihugu cyabona ubwigenge.

    Hari ubundi buryo bw'abantu batagize amahirwe yo kujya mu mirimo itanditse bwa Ejo Heza aho kuri ubu abantu 4.200.000 bamaze kwiyandikisha muri bo abagera kuri 3.600.000 batangiye kwizigamira. Muri cyo hamaze kuzigamwamo arenga miliyari 80 Frw.

    Hakaba n'uburyo bwa pansiyo z'abigenga aho umukoresha ashobora gushyiraho pansiyo ku gite cye azajya atangira abakozi be cyangwa ubundi buryo abikorera bashobora gushinga ibigega bya pansiyo bishobora gufasha abantu akenshi biba bigamije kongera kuri ya pansiyo.

    Dr. Hitimana yagaragaje ko muri pansiyo habayeho impinduka zishingiye ku kuzamura umusanzu w'ubwiteganyirize ndetse no kuzamura amafaranga ahembwa abageze mu zabukuru.

    Yashimangiye ko ubwiteganyirize bw'umukozi ari itegeko ku bakoresha bose kandi ko bakwiye no kumva ko hari ibihano biremereye ku bakoresha batabikora uko bikwiye.

    U Rwanda kandi rufite Ikigega RNIT Iterambere Fund (RIF) kimaze gukusanya agera kuri miliyari 59,1 Frw ubariyemo n'ayasubijwe abanyamuryango basabye kubikuza.

    Mu 2024, abanyamigabane batangira kwizigamira biyongereye ku ijanisha rya 69,97% baba 33.137 bavuye ku 19.495 mu 2023.

    Ubwiteganyirize mu banyarwanda bakora bugeze kuri 48%


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ubwiteganyirize-bugeze-kuri-48-uko-abanyarwanda-bahagaze-mu-kwizigamira

  • Ababyeyi b'i Rusizi ntibavuga rumwe ku kwemerera abakobwa b'imyaka 15 kuboneza urubyaro – #rwanda #RwOT

    Ni impaka zavutse nyuma y'aho Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w'Abadepite, itoye itegeko ririmo ingingo yemerera abakobwa b'imyaka 15 uburenganzira bwo gusaba serivisi z'ubuzima zirimo no kuboneza urubyaro batari kumwe n'umubyeyi.

    Nyirandikubwabo Ruth, umubyeyi wo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi ufite abana bane, abakobwa batatu n'umuhungu umwe, yabwiye IGIHE yavuze ko bitewe n'ibintu bari kubona batigeze babona mu mabyirukire yabo, aho umwana agira imyaka 15 atwite, ku giti cye ashyigikiye ko abakobwa b'imyaka 15 bemererwa kuboneza urubyaro.

    Ati 'Iriya gahunda yateguye (kwemerera abakobwa b'imyaka 15 kuboneza urubyaro) njyewe mbona ari nziza kubera ko nta mwana urera undi. Umwana bamubonerereje urubyaro byaba byiza, akazabyara yubatse urugo agashobora kurera wa mwana abyaye mu gihe gikwiriye'.

    Undi witwa Nyirandagijimana Speciose yavuze ko ashyigiye ko abakobwa ba 15 bemererwa kuboneza urubyaro kuko hari igihe ababyeyi batanga inyigisho ariko umwana akanga akananirana.

    Ati 'Hari umwana w'umukobwa se na nyina baherutse kuganiriza bamubwira kwifata no kwirinda ubusambanyi, arabasubiza ngo 'nimuzane umuhati mukiganyemo kabiri, igice cyanyu mukigishe ibyo byo kwifata njyewe mundeke'.

    Ku rundi ruhande, Nyirandikubwimana Clemence, ufite abana batandatu barimo abahungu n'abakobwa barimo umukuru w'imyaka 28, avuga ko atakwemerera umwana we w'umukobwa kuboneza urubyaro ku myaka 15.

    Ati 'Impamvu ntabyemera njya mbona iyo umuntu yaboneje urubyaro akiri mutoya hari igihe amara kubaka urugo, kubyara bikagorana. Iyo bigoranye rero icyo gihe n'urugo ntaba akirwubatse aho yashatse bashobora kumwanga. Njyewe rero ku giti cyanjye namucunga, nkamugira inama, nkamuha uburere bwiza ku buryo agera igihe cyo gushinga urugo ataraguye mu cyaha'.

    Nyirahagenimana Ruth w'imyaka 28, ufite abana b'abakobwa bakiri bato yavuze ko adashyigikiye ko abakobwa bafite 15 baboneza urubyari.

    Ati 'Abana nibabigishe mu mashuri bongeremo inyigisho zo kwifata no kwirinda ubusambanyi, ababyeyi mu rugo bereke abakobwa babo ingero za bagenzi babo babyariye iwabo. Naho kubabonereza urubyaro byo ntabyo pe! Kumubonereza urubyaro mbona ko byatuma umwana asambana cyane kuko bamuhaye umurongo akoreramo n'ubundi barasambana ariko ababyeyi nibasubire ku mpanuro'.

    Tariki ya 4 Kanama, umutwe w'abadepite mu Nteko Ishinga y'u Rwanda, watoye itegeko rigenga serivisi z'ubuvuzi, ririmo ingingo yerekeye ku kororoka hifashishijwe ikoranabuhanga no kwemerera abana b'imyaka 15 kwifatira ibyemezo kuri serivisi z'ubuvuzi zirimo kuboneza urubyaro.

    Abadepite batoye iri tegeko nyuma y'impaka ku kwemerera abana b'imyaka 15 kuboneza urubyaro zatangiye mu 2022. Mu Ukwakira uwo mwaka, 30 banze ishingiro ry'umushinga w'irindi tegeko ryari ryerekeye kuri iyi ngingo, basobanura ko wibanda ku gukumira ingaruka z'ikibazo, aho gukumira impamvu zigitera.

    Ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi ntibavugwarumwe ku ngingo yo kwemerera abakobwa b’imyaka 15 kuboneza urubyaro

    Ababyeyi ntibavuga rumwe ku kwemerera abakobwa b’imyaka 15 kuboneza urubyaro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ababyeyi-b-i-rusizi-ntibavuga-rumwe-ku-kwemerera-abakobwa-b-imyaka-15-kuboneza

  • Ubwiteganyirize muri Ejo Heza bwageze kuri miliyari 80 Frw – #rwanda #RwOT

    Byagarutsweho kuri uyu wa 10 Kanama 2025, mu kiganiro Dusangire Ijambo cya Televiziyo Rwanda cyagarukaga ku kamaro ka pansiyo n'impamvu ari ngombwa kwiteganyiriza by'igihe kirekire.

    Umuyobozi muri RSSB ushinzwe Inyungu z'Abanyamuryango, Dr. Regis Hitimana, yagaragaje ko kuri ubu abatangirwa pansiyo harebwe ku bageze mu kigero cyo gukora bakiri bake kuko bari ku 9%.

    Ubusanzwe Abanyarwanda bari mu gihe cyo gukora ni uguhera ku bafite imyaka 16 kugera kuri 60 nubwo bitaba bivuze ko abo bose bari gukora kuko haba harimo abari mu mashuri.

    Dr. Hitimana agaragaza ko muri abo bageze mu kigero cyo gukora usanga nibura 50% bafite akazi harimo n'abakora imirimo itanditse kandi uba usanga badatanga ubwiiteganyirize cyangwa abakoresha badatangira abakozi babo iyo misanzu.

    Yavuze ko mu rwego rwo gufasha abakora mu mirimo itanditswe hashyizweho ikigega cy'ubwiteganyirize cya Ejo Heza ku buryo bashobora gukora ubwizigame bw'igihe kirekire kandi gikomeje kwitabirwa.

    Ati 'Abo ni bo tuba twifuza ko bagira uburyo bw'ubwiteganyirize. Leta yatekerejeho ishinga ikigega cya Ejoheza, gitegurwa ku buryo gisubiza ibibazo byabo, gufungura konti biroroshye, uburyo bwo gushyiramo amafaranga buroroshye, ntabwo kigutegeka ngo utange imisanzu buri kwezi. Gitanga amahirwe kuri buri wese bitewe n'ingano y'umusanzu we.'

    Yakomeje agaragaza ko kuri ubu ubwizigame muri cyo bumaze kugera kuri miliyari 80 Frw mu gihe abarenga 4.200.000 bamaze kuyiyoboka.

    Ati 'Uwo musanzu tuwucunga neza dufatanyije n'Ikigega cya RNIT Iterambere, bigatanga inyungu iri hejuru iri hagati ya 11% na 12% kuko hari ibyo Leta iba yashyizemo n'igihe cyo kujya mu zabukuru kiri ku myaka 55. Uyu munsi dufite 4,200.000 binjiyemo, muri bo 3.600.000 batangiye kwizigamira kandi mu gihe kitarenze imyaka itandatu ikigega kivutse tugeze kuri miliyari 80 Frw.'

    Yakomeje agaragaza ko hari gushyirwa imbaraga mu gushishikariza urubyiruko kwitabira gahunda yo kwizigamira by'igihe kirekire binyuze muri Ejo Heza.

    Inyungu zo kuba muri EjoHeza ni nyinshi kuko ku myaka 55 uwizigamiye ahabwa pansiyo, uwizigamiye muri EjoHeza amugaye mbere y'imyaka 55 ashobora gusaba pansiyo ye y'ubumuga.

    Uwizigamiye muri EjoHeza akarenza Miliyoni 4 Frw ubwizigame burengaho aba ashobora gusaba 40% yayo akayakoresha mbere y'uko agera ku myaka ya pansiyo 55, mu kwishyura ishuri, gushaka icumbi, ndetse no kuba yagirwa ingwate muri banki.

    Mu gihe uwizigamye muri EjoHeza yitabye Imana, abasigaye bemewe n'amategeko bahabwa ubwizigame bwa nyakwigendera.

    Ubwiteganyirize muri Ejo Heza bwageze kuri miliyari 80 Frw


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ubwiteganyirize-muri-ejo-heza-bwageze-kuri-miliyari-80-frw

  • Banki ya Kigali yegereje serivisi zayo abitabira Expo 2025 – #rwanda #RwOT

    Iyi banki yajyanye serivisi zose isanzwe itanga ku mashami yayo zirimo gufungura konti, kubitsa no kubikuza, gutanga inguzanyo n'izishingiye ku cyuma gitanga amafaranga (ATM Machine).

    Umuyobozi Uhagarariye Banki ya Kigali muri Expo, Kabatesi Maureen yavuze ko bitabiriye Expo mu rwego rwo kwegera abakiliya n'abandi bose bashaka serivisi zayo.

    Ati 'Twazanye serivisi zose dusanzwe dutanga ku mashami yacu. Turi gufasha abakiliya guhuza konti na telefoni, kubitsa, kubikuza ndetse turi no gutanga inguzanyo.'

    Yakomeje agira ati 'Impanvu twaje hano ni ukwegereza abaturage serivisi zose bakeneye, mbese turi gusabana nabo. Uyu mwaka twifuje kwegera abaturage cyane, by'umwuhariko abashya bifuza gufunguza konti kuko bisigaye byoroshye cyane.'

    Rugarura Raphael ucuruza ibikoresho byo mu rugo muri Expo yishimiye ko begerejwe banki hafi yabo.

    Ati 'Kuba BK iri hano biradufasha cyane kuko nkatwe abacuruzi ntabwo gucyura amafaranga mu ntoki bitekanye, nka buri masaha abiri nza kubitsa kugira ngo nizere umutekano. Ikindi biturinda guta umwanya kuko batwegereye.'

    Nyandwi Jean Baptiste yishimiye cyane ko konti ye bayikanguye nyuma y'igihe kinini atayikoresha.

    Ati 'Naje muri Expo ngira impungege ko amafaranga bashobora kuyiba cyangwa nkayasesagura. Nibwo nibutse ko kera nagiraga konti muri BK mu 2006 ndi umunyeshuri. Naje barayikangura, banayihuza na nimero nshya ubu meze neza. Ndashimira serivisi nziza bampaye.'

    Iri murikagurisha Mpuzamahanga riba buri mwaka, riri kuba ku nshuro ya 28, aho rizarangira tariki ya 17 Kanama 2025.

    Umuyobozi Uhagarariye Banki ya Kigali muri Expo, Kabatesi Maureen yakira umukiriya uri mu kazi muri Expo

    Kuri iri shami uhasanga serivisi zose zisanzwe ku mashami yose ya BK

    Serivisi ya ATM ni imwe mu zo BK yajyanye muri Expo

    Banki ya Kigali yitabiriye Expo mu rwego rwo kurushaho kwegera abayigana

    Abitabira Expo bishimiye kwegerezwa serivisi za BK

    Amafoto: Ishimwe Alain Kenny


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/banki-ya-kigali-yegereje-serivisi-zayo-abari-kwitabira-expo-2025

  • ‎Kigali: Polisi yafashe abagabo babiri bafite ibilo 31 by'urumogi – #rwanda #RwOT

    Bafashwe tariki ya 9 Kanama 2025, mu Murenge wa Rusororo, Akagali ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza.

    Polisi y'u Rwanda yatangaje ko bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage ko aba bagabo bakwirakwiza urumogi mu baturage bakoresheje moto.

    ‎Bakimara gufatwa, batangaje ko urumogi barukuye mu Karere Ka Kirehe aho rwinjiriye ruvuye muri Tanzania bakaba bari barujyanye mu Karere ka Muhanga, barushyiriye uwabahaye akazi ko kurutwara akabahemba.
    ‎
    ‎Umwe muri aba bagabo niwe nyiri moto akaba ayikoresha akazi ko gutwara ibiyobyabwenge by'urumogi kuko atari ubwa mbere afatirwa mu bikorwa nk'ibi. Avuga ko iyo uru rumogi arugezayo yari guhembwa ibihumbi 150 Frw, mugenzi we wari ufashe umufuka we akaba yari guhabwa ibihumbi 50 Frw.
    ‎
    ‎Abafashwe n'urumogi bafatanywe bakorewe amadosiye ngo bashyikirizwe Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB), ndetse ibikorwa byo gufata abo bakoranaga byatangiye.
    ‎
    ‎Abishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge bagirwa inama yo kubireka kuko amayeri yose bakoresha yamenyekanye.
    ‎
    ‎Polisi y'igihugu yavuze ko itazihanganira umuntu wese uroga abaturage abaha ibiyobyabwenge.

    Iti 'Tuributsa abaturage gukomeza kugira uruhare mu gutahura no kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge, dutangira amakuru ku gihe dukumira icyaha kitaraba.'
    ‎
    ‎
    ‎Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy'ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n'urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n'ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

    Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali yafashe abagabo babiri bafite ibilo 31 by'urumogi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/%E2%80%8Ekigali-polisi-yafashe-abagabo-babiri-bafite-ibilo-31-by-urumogi

  • NCBA Bank Rwanda yafunguye ishami rishya i Rubavu – #rwanda #RwOT

    Iri shami rishya rya Rubavu rihuye n'icyerekezo cya NCBA Bank, cyo gutanga ibisubizo mu by'imari byubakiye ku mukiliya, bifite agaciro kandi byizewe mu Karere.

    NCBA ivuga ko yabengutse amahirwe y'ubucuruzi mu Karere ka Rubavu, nk'umuyoboro ukomeye w'ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

    Ubukungu bw'aka karere kandi bukomeje kuzamurwa n'ubucuruzi bwo kohereza no kwakira ibicuruzwa, ubukerarugendo, ubuhinzi n'izindi serivisi.

    Umuyobozi Mukuru wa NCBA Bank Rwanda, Maurice Toroitich, yagize ati 'Nk'ishoramari ryizewe mu Karere, NCBA izakomeza kugaragaza ubunararibonye mu by'imari ku bakiliya b'i Rubavu n'abaturanyi bayo. Twemera ko ubukungu buri kuzamuka muri aka Karere bufite amahirwe menshi, turifuza gufatanya n'abakiliya bacu no kubafasha kugera ku nzozi zabo mu buryo buboneye kandi burambye.'

    Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya NCBA Bank Rwanda, Ambasaderi Dr. Benjamin Rugangazi, yavuze ko iryo shami rigamije kugeza ibikorwa byayo ku baturage aho bari hirya no hino mu gihugu.

    Ati 'Ifungurwa ry'iri shami rishya rihamya ukwemera kwacu mu cyerekezo cy'Igihugu cyo guteza imbere ubukungu bwuzuzanya kandi bushingiye ku kwegereza abaturage serivisi. Twiyemeje gushyigikira urwego rw'imari mu Rwanda no kwagura imiryango hirya no hino mu gihugu.'

    Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Deogratius Nzabonimpa, yashimiye ibikorwa by'iyi banki, yemeza ko kuzana ishami ryayo bizagira uruhare runini mu kuzamura ubushobozi bw'abaturage mu by'imari.

    Yakomeje avuga ko iri shami rishya rizongerera imbaraga icyerekezo cya NCBA Bank Rwanda cyo kubaka umuyoboro ukomeye kandi urambye wa serivisi z'imari mu Rwanda uzana ubusabane, no guharanira guteza imbere abantu bose aho banki ikorera.

    NCBA Bank Rwanda, n'ishami ry'ikigo NCBA Group gikorera mu bihugu bitanu birimo Kenya, Uganda, Tanzania, Rwanda na Côte d'Ivoire.

    NCBA Bank Rwanda ifite amashami ane i Kigali, ndetse no mu Turere twa Musanze, Nyagatare, Rubavu na Kayonza ndetse iteganya no gufungura irindi shami i Rusizi.

    NCBA Bank Rwanda yafunguye ishami rishya i Rubavu

    Igikorwa cyo gufungura ishami i Rubavu cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye

    Ishami rya NCBA Bank Rwanda ryitezweho koroshya ubucuruzi

    Abayobozi batandukanye bafungura ku mugaragaro iryo shami

    NCBA Bank Rwanda yemeje gukomeza kwegera abaturage mu bice bitandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ncba-bank-rwanda-yafunguye-ishami-rishya-i-rubavu

  • Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo #rwanda #RwOT

    Umuryango Gifts Rwanda utegamiye kuri Leta, kuri uyu wa 08 Kanama 2025 waremeye abarangije amasomo mu mwuga w'Ubudozi, ubaha Mashine(ibyarahani). Uko bose ari 20 basoje, Abakobwa 19 n'Umuhungu umwe bahawe Mashine 20 zigiye kubafasha guhindura Ubuzima bakihangira Umurimo, bakiteza imbere bo ubwabo ndetse n'imiryango yabo. Ni amasomo bahawe mu gihe kigera ku mezi atandatu(6).

    Nyiratunga Immaculee, Umubyeyi w'abana bane n'Abuzukuru batatu ni umwe mu barangije amasomo y'Ubudozi. Yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko yaje kwiga afite abamucaga intege benshi bamubwira ngo arajya he ko akuze yaretse abakiri bato, ko we atazabibasha.

    Nyiratunga Immaculee wacibwaga intege ngo ntajye kwiga, ari muri 2 ba mbere.

    Avuga ko nubwo yacibwaga intege bamwumvisha ko atazabishobora, muri we ngo yari afite intego yo kwiga akagira umwuga azi ushobora kumufasha gukora akikura mu bukene kuko kuri we ngo buryana kurusha gutega amatwi ibisharira biva mu bamucaga intege n'ibindi.

    Ashima Gifts Rwanda yamufashije akaba asoje amasomo nta mafaranga yishyujwe ahubwo bakanagerekaho kumuha Imashine yo kumufasha kwihangira Umurimo. Agira ati' Ndashima Gifts Rwanda. Kimwe na bagenzi banjye, dusoje amasomo tutabazwa amafaranga y'ishuri ahubwo banarenzaho baduha Imashine nk'igishoro kizaturemera Ubuzima. Ngiye kugenda nkore nivane mu bukene kuko bwo buryana kurusha ibindi wacamo. Abancaga intege bazambona nkora kandi muri bo harimo abazampa akazi'.

    Emmanuel Nzabandora, Nyuma yo kubura ubushobozi butuma akomeza ayisumbuye, avuga ko ahawe amahirwe, ko agomba kuyabyaza umusaruro agatangira ubuzima bushya.

    Emmanuel Nzabandora, Umuhungu umwe rukumbi muri 20 barangije amasomo y'Ubudozi, ku myaka ye 18 y'amavuko avuga ko amezi atandatu amaze yiga kudoda atari impfabusa kuko ayasoje afite umwuga azi mu buzima kandi akaba agiriwe ubuntu agahabwa Imashine izamufasha gukora akiteza imbere we n'umuryango.

    Agira kandi ati' Ni  byiza kugira abagiraneza nka Gifts Rwanda. Bampaye intangiriro y'Ubuzima. Ni ahanjye ho kubyaza umusaruro aya mahirwe mpawe nkiteza imbere. Nacikishije amashuri ngeze mu mwaka wa 2 w'amashuri yisumbuye mbura ubukomeza kuko nta bushobozi bwari Buhari ariko ubu mbonye igishoro cy'ubuzima, ngiye gukora'.

    Akomeza kandi ati' Ngiye gutangira umwuga w'Ubudozi, si nzongera kuba wa mwana mu rugo usaba ababyeyi n'abandi, ahubwo nanjye ngiye kugira uruhare mu gukora ibituma ndema ubuzima bwanjye bwiza, mfashe umuryango nanjye niteze imbere'.

    Uwavuze mu izina rya Gifts Rwanda, yashimiye abanyeshuri bose uko ari 20 barangije amasomo yabo y'Ubudozi bakaba bajyanye Ubumenyi ku isoko buzabafasha guhindura ubuzima bagakora bakiteza imbere.

    Yagize kandi ati' Uyu munsi ntabwo twizihiza gusa ubumenyi mukuye hano, ahubwo turizihiza n'Imbaraga, Ukwihangana n'Ubutwari bwa buri wese yagize mu minsi yose yamaze aha. Iyo mbarebye simbona gusa abarangije amasomo yo kudoda, ahubwo mbona Abagore bari guhindura Ubuzima bwabo, bw'Imiryango yabo ndetse n'ubwa Sosiyete Nyarwanda muri rusanjye'.

    Yababwiye kandi ati' Mwigishijwe ubuhanga bwo kudoda yego!, ariko birenze n'ibyo byo kudoda. Mwubatse icyizere, mwubaka Umuryango kandi mwahesheje ishema Igihugu ndetse n'ejo Hanyu hazaza. Ubu mufite Ubushobozi bwo kudoda ariko ni ukurushaho. Mufite kandi ubushobozi bwo kwihangira Imirimo mugafasha n'abandi kubaka ejo hazaza. Ndizera ko buri umwe muri mwe azakomeza gukora ibikorwa bikomeye ndetse akaba ikitegererezo mu bandi'.

    Uwiringira Marie Josee, Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe imibereho myiza y'Abaturage wari Umushyitsi mukuru muri iki gikorwa cyo gutanga impamyabushobozi ku barangije, yashimiye Umuryango Gifts Rwanda nk'umufatanyabikorwa mwiza w'Akarere ufasha mu gutuma ubuzima bw'Abaturage buba bwiza, akabafasha kuva ku rwego rumwe rw'Ubuzima bajya ku rundi.

    Marie Josée Uwiringira/VMayor Kamonyi.

    Yasabye abarangije amasomo gutera intambwe bagakora, bakivana mu bukene kuko bahawe ubumenyi ndetse bahabwa n'Igishoro. Ati' Ni mujye ku isoko ry'Umurimo mukore kandi twizeye ko mugiye guhindura imibereho yanyu ikaba myiza kurusha. Uwarwaniraga n'umubyeyi isabune ni agire uruhare mu kuyigura, uwabwiraga umubyeyi ko nta nkweto afite zo kugira ngo agende ni agire uruhare mu gufasha uwo mubyeyi kwiteza imbere. Mwigiye guhindura imibereho yanyu no guhindura imibereho y'Imiryango yanyu kandi imiryango yanyu ni mwebwe ubwanyu, Abo mubana n'abazabakomokaho'.

    Gifts Rwanda, ni Umuryango utegamiye kuri Leta ugamije gufasha Abaturage kugira iterambere rirambye, bakagira ubuzima bwiza. Abanyeshuri 37 nibo bamaze kuhabonera amasomo ajyanye n'Ubudozi kuva itangiye. Abarangije bose bahabwa Imashine zidoda zibafasha kujya ku isoko ry'Umurimo bagakora bakiteza imbere ubwabo n'imiryango yabo.

    Abasoje amasomo, bahawe ibyemezo( Certificate) by'ishimwe.

    Uretse Abanyeshuri 17 ba mbere basoje amasomo nk'aya mu kwezi kwa Kabiri k'uyu mwaka wa 2025 ndetse bakanahabwa Imashine zibafasha kujya ku isoko ry'umurimo bagatangira ubuzima bushya bafashijwe na Gifts Rwanda, aba 20 barangije nabo bahawe ibyemezo by'uko basoje amasomo yabo y'Ubudozi ndetse bahabwa Imashine zidoda kuri buri umwe. Uko ari 20 basoje amasomo, igihe bamaze biga ndetse na Mashine bahawe, agaciro k'ibibagenzeho kuko nta faranga na rimwe basabwaga, ni Miliyoni  hafi Eshanu n'ibihumbi Magana ane y'u Rwanda (5,395,000Frws) kuri aba gusa 20.

    Abahagarariye Gifts Rwanda baturutse muri America bashimiwe.
    Brigitte Mukanyandwi, Umuyobozi wa Gifts Rwanda mu Rwanda.

    Umuhungu umwe muri 20 basoje amasomo.

    Abasoje amasomo batanze impano.

    Umugabo wa Nyakwigendera Sharon Shelton.
    Imashine zatanzwe ni 20 kuri buri umwe mu barangije.

    Uwaje kwiga acibwa intege ngo arakuze, yashimiwe muri 2 ba mbere bahize abandi. 

    Habaye kandi umwanya wo Kwizihiza no Kwibuka Ubuzima bwa Sharon Shelton washinze Gifts Rwanda;

    Munyaneza Théogène 

    Source : https://www.intyoza.com/2025/08/10/kamonyi-rugalika-abasoje-amasomo-muri-gifts-rwanda-bahawe-igishoro-kibafasha-kwihangira-umurimo/

  • Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy'umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n'abazungu bateguye Jenoside #rwanda #RwOT

    Protais Zigiranyirazo wabaye Perefe wa Perefegitura ya Ruhengeri hagati y'umwaka wa 1974 kugeza mu 1989, akaba musaza wa Agathe Kanziga umugore w'uwari Perezida Habyarimana Juvenal aherutse gupfa afite imyaka 87 aguye mu gihugu cya Niger. Protais Zigiranyirazo, wari uzwi ku izina rya 'Monsieur Z', yavukiye mu cyahoze ari Komine Giciye, Perefegitura ya Gisenyi mu 1938. Yari umuntu w'umunyabubasha cyane, yaba mu rwego rwa gisivili no mu butegetsi bwa Perezida Habyarimana.

    Kuva mu 1974 kugeza mu 1989, yabaye Perefe wa Ruhengeri, nyuma y'uko aza kuba umucuruzi ukomeye, wibera mu majyaruguru y'igihugu gukomera mu bucuruzi bwe byaje nyuma y'uko yigaruriye imitungo y'abatutsi b'Abagogwe n'abo mu majyaruguru yari amaze kumenesha, baricwa abarokotse bahitamo guhungira muri Congo; ibyo akabifatanya no gukora ubucuruzi butemewe burimo gusahura ibiti ndetse no gushimuta ingagi mu birunga, akazigurisha mu banyaburayi.

    Diana Fossey yishwe tariki ya 26 Ukuboza 1985 yicwa n'abambari b'akazu kubera impamvu ko Nyiramacibiri yari abangamiye ibikorwa byabo byo gushimuta inyamaswa z'ingagi cyane cyane ibyana byazo byajyaga kugurishwa mu Burayi

    Umwanditsi w'umwongereza Nicholas Gordon mu gitabo yise'' Murderers in the mist'' aho muri iki gitabo agaragaza ibimenyetso byose bigaragaza ko Zigiranyirazo ariwe wishe Dian Fossey bapfuye ko yitambitse ubucuruzi bw'ingagi yajyana mu Burayi.

    Umunsi umwe abakozi bakoraga ku kibuga cy'indege I Kanombe mu myaka ya za 80 ntibazibagirwa uburyo ibyana by'ingagi bisaga 50 byasanzwe mu bikarito biri gusakuza kuko indege yari kubijyana yatinze hanyuma imiti yo kubisinziriza igashira ; ibi byose n'ubwo byabaga bitemewe Zigiranyirazo yavunaga umuheha akiyongera undi.

    Zigiranyirazo yari umwe mu bari bagize Politiki y'Akazu yabarizwagamo umuryango mugari n'inshuti za hafi za Perezida Habyarimana bari ku ruhembe rw'imbere muri Politiki y'ivangura n'amacakubiri yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Icyakora, icyamuhaye ububasha bukabije ni uko yari muramu wa Perezida Habyarimana, akaba n'umwe mu bagize itsinda rizwi nka Akazu

    Akazu, ryari itsinda ry'abantu bake bose b'inkoramutima za Habyarimana n'umugore we. Mu yandi magambo yoroshye kumva, Akazu kari kagizwe na Habyarimana na baramu be na Agatha Kanziga. Ni ko kagenzuraga igihugu haba mu by'ubukungu, ibya gisirikare, itangazamakuru n'izindi nzego zikomeye.

    Ibikorwa byako, byiganjemo ibyoretse igihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bihumira ku mirari ubwo kagiraga n'uruhare rweruye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Protais Zigiranyirazo yari asanzwe afitiye urwango Abatutsi, ariko ku wa 01 Ukwakira 1990 ubwo yamenyaga ko ingabo za RPA zatangiye urugamba rwo kubobohora igihugu, ibintu byahinduye isura ndetse birushaho kujya irudubi.

    Yaba Protais Zigiranyirazo, Kanziga ndetse na Perezida Habyarimana ku bufatanye n'abandi bari bagize Akazu, bakajije umurego mu bikorwa byo gutegura umugambi wabo wa Jenoside.

    Protais Zigiranyirazo na Kanziga bafataga Abatutsi nk'abantu baciriritse kandi b'abanyamahanga ku buryo batigeze bashyigikira imishyikirano ndetse n'amasezerano y'amahoro y'Arusha ibintu byazanye agatotsi mu mubano wa Kanziga n'umugabo we Habyarimana wabaga ushaka gufata impu zombi.Protais Zigiranyirazo azwiho kuba yaragize uruhare mu nama zateguraga ikorwa rya Jenoside ndetse akanatera inkunga imishinga y'Interahamwe yo gutegura no kugerageza uko jenoside izakorwa.

    Igihe ingabo za RPA zatangizaga urugamba rwo kubohora igihugu, Protais Zigiranyirazo, Habyarimana n'ingabo ze nabo batangiye kwica Abatutsi ku bwinshi.

    Hari ijoro rimwe ryo muri Mutarama, 1991 ahagana saa munani z'ijoro habaye inama rukokoma yahuje Protais Zigiranyirazo Agatha kanziga , Perezida Habyarimana hamwe n'abandi bantu mu bari bagize Akazu barimo Joseph Nzirorera hamwe na Charles Nzabagerageza ndetse na Perefe wa Gisenyi, Come Bizimungu na Colonel Elie Sagatwa wari umunyamabanga wihariye wa Perezida.

    Iyi nama yasize hemejwe icyo bise 'Umuganda', aho hari abasivili b'abahutu bigishijwe imbunda mu ibanga bagasabwa gutanga umuganda wo kwica Abatutsi ndetse banababwira ko n'inkotanyi yose bahura nayo bayica kuko ngo gutema urumogi biba bidahagije iyo utaranduye umuzi warwo.

    Zigiranyirazo yari umwe mu bantu bakomeye muri Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, impapuro zo kumuta muri yombi zikaba zaragaragazaga ko yayoboye igitero cyagabwe ku Batutsi bashakaga ubuhungiro nyuma y'iminsi mike Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye.

    Nubwo urukiko rwaje kumugira umwere biturutse ku kagambane k'uwayoboraga urukiko rwa TPIR ariwe Theodor Meron. Amakuru y'abarokotse ibitero byategurwaga na Zigiranyirazo bavuga ko icyo gitero yagabye cyahitanye abasaga 1000 ndetse na nyuma y'aho kigaruka guhorahoza abandi bari barokotse.

    Zigiranyirazo kandi yashinjwaga kuba mu itsinda ry'abicanyi ryiswe 'Zero Network' ryategekaga abaturage gushyiraho za bariyeri mu bukangurambaga bwo kwica Abatutsi benshi, ndetse bakanishyura abandi bacukuraga imva rusange bajugunywagamo hanze y'urugo rwe.

    Zigiranyirazo yahunze Igihugu ubwo mu 1994 kugeza muri Nyakanga 2001 ubwo yatabwaga muri yombi ari mu Bubiligi

    Amakuru y'urupfu rw'uyu mugabo yatangajwe n'umuhungu we, Antoine Mukiza Zigiranyirazo tariki 4 Kanama 2025.yapfiriye i Niamey muri Niger ku wa 3 Kanama 2025. Abanyarwanda ntabwo bazibagirwa ibikorwa by'ubunyamanswa bwateguwe kandi bishyirwa mu bikorwa na Protais Zigiranyirazo afatanije n'akazu.

    The post Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy'umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n'abazungu bateguye Jenoside appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/protais-zigiranyirazo-igisobanuro-cyumunyembaraga-wishe-abatutsi-akagirwa-umwere-nabazungu-bateguye-jenoside/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=protais-zigiranyirazo-igisobanuro-cyumunyembaraga-wishe-abatutsi-akagirwa-umwere-nabazungu-bateguye-jenoside

  • Mu myaka itanu mu Mujyi wa Musanze hubatswe amagorofa 60 – #rwanda #RwOT

    Mu mezi atandatu y'umwaka wa 2025 huzuye amagorofa atanu, ndetse hari n'andi ategerejwe.

    Yavuze ko babyaje umusaruro amahirwe aboneka mu Karere ka Musanze arimo ubutaka bwera ibirayi, ibishyimbo n'ibigori n'ibindi bihingwa.

    Uretse ibyo Meya Nsengimana yavuze ko bafite kandi amakoro atunganywamo amapave n'amakaro, ndetse n'amahirwe y'ubukerarugendo buturuka ku Birunga n'ibiyaga nka Burera na Ruhondo.

    Ati 'Bimwe mu byo twagezo mu bijyanye n'ishoramari mu 2024 no mu 2025 dukesha ubufatanye, harimo hoteli ebyiri zubatswe, ziyongera kuri 42 zari zihasanzwe. Uyu mwaka twujuje amagorofa atanu yiyongera kuri 25 twari twatashye umwaka ushize. Amagorofa y'ubucuruzi yubatswe muri iyi myaka itanu agera kuri 60.'

    Uyu muyobozi yavuze ko ubu hari andi magorofa 24 arimo kubakwa ndetse azatahwa mbere y'uko 2025 irangira.

    Meya Nsengimana yavuze ko kubaka izo nzu byakozwe mu rwego guteza imbere Umujyi ukundwa cyane na ba mukerarugendo.

    Yakomeje avuga ko banakataje mu bindi bikorwa b'iterambere birimo inganda zikora inzoga, izikora amapave n'amakaro mu mabuye bakungahayeho cyane yitwa amakoro, ibi byose bikinjiriza iguhugu binyuze mu guha akazi benshi ndetse n'imisoro.

    Akarere ka Musanze ni na ko gafite umujyi uri muri itandatu yunganira Umujyi wa Kigali Kigali, kakaba kamaze kugaragaza impinduka zidasanzwe bitewe n'iterambere rimaze kuhagera.

    Impinduka zayo zigaragarira by'umwihariko mu bikorwaremezo birimo imihanda, amashanyarazi, amashuri, inyubako z'imiturirwa, amahoteli, amabanki n'ibindi bikorwa by'iterambere.

    Ni iwabo w'ubukerarugendo bushingiye ku ngagi zo muri Pariki y'Ibirunga n'ibindi bikorwa bikurura ba mukerarufendo benshi.

    I Musanze haboneka kandi amashyamba ya cyimeza agizwe n'ibirimo agashyamba ka Nkotsi na Bikara, ibiyaga bya Burera na Ruhondo, Ubuvumo bwa Musanze n'ibindi bihongerera agaciro hagasurwa cyane.

    Kubera umubare utubutse w'abahasura, bituma hoteli n'amacumbi agenda yiyongera, aho kuri buhu habarirwa hoteli zisaga 40 zirimo eshanu z'inyenyeri eshanu, n'andi macumbi muri rusange agera ku 119.

    Akarere ka Musanze gafite ubuso bwa kilometero kare 530.2, habariwemo ubuso bwa Pariki y'Ibirunga ingana kilometerokare 160 n'ikiyaga cya Ruhondo na Burera biri ku buso bwa hegitari 2800.

    Kabarizwamo ingo zirenga ibihumbi 119 zituwe n'abaturage basaga 476.500 zituye ku bucucike bwa bw'abaturage 1157 kuri kilometerokare imwe, aho abatuye mu mujyi ari 50,8% naho 49,2% bakaba batuye mu cyaro.

    Umujyi wa Musanze ni umwe mu yunganira uwa Kigali

    Bisate Eco Lodge ni imwe muri hoteli zikomeye i Musanze

    Meya w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien yavuze ko mu myata itanu i Musanze hubatswe amagorofa 60

    Singita Kwitonda Lodge and Kataza House ni imwe muro hoteli zigezweho i Musanze

    Ibirunga ni bimwe mu bikurura ba mukerarugendo basura Akarere ka Musanze

    Wilderness Sabyinyo muri hoteli zikomeje kugira uruhare mu iterambere rya Musanze

    Mu myaka itanu ishize i Musanze hubatswe imiturirwa irenga 60

    Isoko rigezweho rizwi nka GOICO ni umwe mu miturirwa ikomeje kugira uruhare mu iterambere rya Musanze


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-myaka-itanu-mu-mujyi-wa-musanze-hubatswe