Author: webrwanda

  • Karongi: Yiyemeje kongerera agaciro ibumba, ashinga uruganda rwa miliyoni 600 Frw – #rwanda #RwOT

    Mu 2020 nibwo uyu mushoramari usanzwe afite iguriro Future Supermarket mu mujyi wa Karongi, yatangije uruganda Future Bricks rukora ibikoresho 36 mu ibumba ryo mu Murenge wa Rubengera mu Akarere ka Karongi, Intara y'Iburengerazuba.

    Ni igitekerezo yagize nyuma yo kubona ko mu Ntara y'Iburengerazuba nta ruganda ruhari rukora ibikoresho by'ubwubatsi byo mu ibumba mu buryo bugezweho, ibyatumaga umuntu ukeneye amatafari, amapave, n'amategura bikozwe mu buryo bugezweho abitumiza i Kigali.

    Ikindi cyatumye atekereza gutangiza uruganda rukora ibi bikoresho ni uko yari amaze kubona ko abantu benshi babikora mu buryo bwa gakondo bwangiza ibidukikije.

    Mu kiganiro na IGIHE, Urimubenshi Amiable yavuze ko mu matanura batwika amatafari bakoresheje inkwi mu gihe mu ruganda rwe akoresha ibarizo.

    Ati “Dutwika amatafari nta giti dutemye, ahubwo aho dukorera twahateye ibiti mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije. Dukorana n'udukiriro n'abandi babaji bakaduha ibarizo niryo dukoresha mu gutwika”.

    Ifuru ikoreshwa mu gutwika amatafari muri uru ruganda yubatse muri metero 8 munsi y'ubutaka, ikagira intoboro imanurirwamo ibarizo, bituma umuriro n'ubushyuhe bigumamo, mu gihe abubaka amatanura ya gakondo bubaka hejuru y'ubutaka umuriro n'ubushyuhe bigatwarwa n'umwuka bigatuma bakoresha inkwi nyinshi.

    Uyu mushinga wo kongerera agaciro ibumba wahaye akazi abakozi 50 bahoraho biganjemo abagore n'urubyiruko.

    Urimubenshi ati “Inyungu yanjye ya mbere ni ukuba igitekerezo cyanjye cyaragezweho. Nari mfite inzozi zo kugira ikintu nshyira ku Isi kimeze nk'igihangano cyanjye. Indi nyungu ni uko niteje imbere, mfite abana biga barimo n'abiga hanze y'u Rwanda, barihirwa n'uruganda rwanjye”.

    Tabaro Emmanuel uri mu bakozi barenga 50 bahawe akazi muri uyu mushinga wo kongerera agaciro ibumba, aho akora akazi ko kubumba, avuga ko mu myaka ibiri n'igice amaze akora muri uru ruganda yabashije kugura ikibanza yubaka inzu ya miliyoni 8 Frw.

    Ati 'Nk'umuntu wari ukiri urubyiruko byaramfashije, kuko mu byo umukoresha adutoza, atugira inama yo kwizigamira, ari nabyo byambashishije kugura ikibanza ndubaka'.

    Uruganda Future Bricks rwatangiye rufite agaciro ka miliyoni 300 Frw ariko bitewe n'imashini zongewemo ubu rugeze kuri miliyoni 600Frw.

    Uruganda Future bricks rwahaye akazi abakozi 50 bahoraho

    Mu bikorwa biri kumurikwa mu Karere ka Karongi harimo n’ibikoresho by’ubwubatsi

    Urimubenshi Aimable yatangije uruganda rwongerera agaciro ibumba nyuma


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-yiyemeje-kongerera-agaciro-ibumba-ashinga-uruganda-rwa-miliyoni-600-frw

  • Abanyarwanda batuye muri Sénégal bizihije Umuganura – #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabaye ku wa 22 Kanama 2025. Cyitabiriwe n'abadipolomate batandukanye barimo n'abahagarariye ibihugu byabo muri Sénégal.

    Ni igikorwa kandi cyitabiriwe n'abayobozi bo muri Sénégal bari bayobowe na Minisitiri w'Urubyiruko, Umuco na Siporo, Khady Diene Gaye.

    Ibirori byo kwizihiza Umuganura byaranzwe n'ibikorwa bitandukanye birimo imbyino za Kinyarwanda, kuvuza ingoma za Kinyarwanda, guha abana amata n'ibindi.

    Hatanzwe kandi ikiganiro cyarimo Dr Munana Yves utuye muri Sénégal, Prof. Racine Senghor wahoze ari Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya Musee des Civilisations Noires yo muri Sénégal n'Umuhuzabikorwa w'amashami ya Loni muri Sénégal, Aminata Maiga.

    Muri iki ikiganiro, Dr Munana yibanze ku kamaro k'Umuganura ku Banyarwanda, mu gihe abandi bagaragaje isano yawo n'ibindi bikorwa byo mu muco w'ibihugu bya Afurika.

    Ambasaderi w'u Rwanda muri Sénégal, Festus Bizimana yashimye umubano mwiza umaze igihe hagati y'u Rwanda n'iki gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika.

    Yeretse abitabiriye ibirori ko Umuganura ari inkingi mwamba mu mibereho y'Abanyarwanda, agaragaza ko ugira uruhare mu kunga ubumwe no mu iterambere ry'igihugu.

    Ambasaderi Bizimana yibukije kandi ko mu gihe cyo hambere Umuganura wibandaga cyane ku musaruro mu buhinzi n'ubworozi ariko ko ubu wibanda ku bikorwa byose by'iterambere mu bukungu no mu mibereho myiza y'Abanyarwanda.

    Minisitiri Gaye yerekanye ko Umuganura ufitanye isano na bimwe mu bikorwa byo muri Sénégal, atanga urugero ku baturage bo mu gice cya Petite Côte giherereye ku Nyanja ya Atlantique, na bo bakora ibirori byo kwishimira umusaruro, biba hagati ya Nzeri na Ugushyingo.

    Minisitiri Gaye yashimangiye ko ibikorwa nk'ibyo, bikunze kugaragara mu gice cyo muri Afurika yo munsi y'Ubutayu bwa Sahara, bigaragaza ubumwe bw'abaturage, yemeza ko gukomeza uwo muco ari inshingano za buri wese cyane cyane urubyiruko.

    Mu birori byo kwizihiza Umuganura muri Sénégal herekanwe filime mbarankuru isobanura uyu muco, inagaragaza ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 31 ishize rwiyubaka.

    Ni filime yatumye abitabiriye biganjemo abahagarariye ibihugu byabo muri Sénégal, batangarira ibyagezweho nyuma y'amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Leta y'u Rwanda yafunguye Ambasade muri Sénégal muri Gicurasi 2011 ikaba ireberera n'ibihugu bya, Cabo Verde, Gambia, Guinea Bissau na Mali.

    Festus Bizimana ni Ambasaderi wa kane nyuma ya Gerard Ntwari, Mathias Harebamungu na Jean Pierre Karabaranga.

    U Rwanda na Sénégal bifitanye amasezerano arimo ay'ubufatanye mu by'umuco yasinywe mu 1975, ay'ubutwererane rusange yasinywe mu 2004, ay'ishyirwaho rya komisiyo ihoraho ishinzwe kugenzura umubano w'ibihugu byombi yasinywe mu 2016.

    Hari kandi amasezerano y'ubufatanye ari hagati y'Urwego rw'Igihugu rw'Itangazamakuru, RBA na Radiodiffusion Télévision Sénégalaise.

    Ambasaderi w'u Rwanda muri Sénégal, Festus Bizimana, yasobanuriye abitabiriye ibirori byo kwizihiza Umuganura uburyo ugira uruhare runini mu kwimakaza ubumwe n’iterambere ry’u Rwanda

    Minisitiri w'Urubyiruko, Umuco na Siporo muri Sénégal, Khady Diène Gaye yavuze ko Umuganura ufitanye isano na bimwe mu bikorerwa iwabo

    Mu birori byo kwizihiza Umuganura byabereye muri Sénégal abana bahawe amata

    Abitabiriye basusurukijwe mu mbyino za Kinyarwanda

    Abanyarwanda baba muri Sénégal bizihije Umuganura

    Abana bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umuganura byabereye muri Sénégal bategereje guhabwa amata


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-batuye-muri-senegal-bizihije-umuganura

  • Abakozi ba MAJ bose bamaze guhugurwa ku buhuza – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe ku wa 22 Kanama 2025 ubwo icyiciro cya kabiri cy'aba bakozi basozaga amahugurwa y'iminsi itanu ku buhuza. Abasoje aya mahugurwa baturutse mu bice bitandukanye by'igihugu.

    Ni amahugurwa baherewe mu Ishuri Rikuru ryo Kwigisha no Guteza Imbere Amategeko (ILPD).

    Muhirwa Vincent, wo mu Karere ka Musanze, yabwiye IGIHE ko amahugurwa bahawe ahura neza n'inshingano basanganywe zo guhuza abaturage bafitanye ibibazo kugira ngo batajya mu manza.

    Ati 'Ntitwari tuzi uburyo buboneye twaganirizamo abantu bakimbiranye kugeza ubwo bageze ku cyemezo cyo kwiyunga. Ubu tugiye kunoza akazi dushinzwe kandi binagirire inyungu abaturage.'

    Umuhuzabikorwa wa MAJ mu Karere ka Ngororero, Uwingabire Jeannette Sarah yavuze ko we yari asanzwe afasha abaturage gukemura amakimbirane, yemeza ko ubu agiye kurushaho kubishyiramo imbaraga 'kugira ngo bwa butabera nsanasano burusheho kuboneka, kandi budahenze.'

    Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y'Ubutabera, ushinzwe kwegereza ubutabera abaturage, Gahongayire Myriam, na we yeretse abahuguwe ko bahanzwe amaso n'igihugu mu kugabanya imanza mu nkiko.

    Yagize ati 'Turabasaba ko aya mahugurwa azazana impinduka mu mitangire ya servisi bityo igihugu kikagera ku ntego cyihaye muri Gahunda ya Kabiri yo Kwihutisha Iterambere (NST2), zijyanye no kwimakaza ubutabera bunoze.'

    Izo ntego zirimo kugabanya ½ cy'ibirarane by'imanza biri mu nkiko, kongera itangwa rya serivisi nziza ku kigero kiri hejuru ya 90%.

    Umuyobozi Ushinzwe Amasomo muri ILPD, Bangayandusha Viateur, yasabye abahuguwe guhagararira neza MINIJUST aho bakorera, bafasha abaturage kumva neza ko ubuhuza ari uburyo bwiza bwabegerejwe ngo bakemure amakimbirane bidasabye gusiragira mu nkiko.

    Aba bahuguwe ubu bose hamwe babaye 90 mu gihugu hose. Buri karere kaba gafite abakozi batatu ba MAJ.

    MAJ yatangiye mu Rwanda mu 2007. Mu bakozi batatu bayigize ku karere harimo umuhuzabikorwa n'abandi babiri bamwunganira. Umwe aba ashinzwe gukurikirana irangizwa ry'imanza mu karere undi ashinzwe gukurikirana ibibazo bishingiye ku ihohotera n'ibikorwa by'abunzi.

    Dr Tite Niyibizi, umwe mu babahaye amahugurwa, yabasabye kugaragaza impinduka

    Umuyobozi Ushinzwe Amasomo muri ILPD, Bangayandusha Viateur, yasabye abahuguwe gufasha abaturage biruseho

    Umuyobozi Mukuru muri MINIJUST, Ushinzwe kwegereza ubutabera abaturage, Gahongayire Myriam, yabasabye kugira uruhare mu gukemura ibibazo hatisunzwe inkiko

    Abasoje aya mahugurwa bahawe impamyabumenyi

    Dukundane Jean Luc Fréderic, Umuhuzabikorwa wa MAJ mu Karere ka Huye (uri hagati), yashyikirijwe impamyabumenyi ye asoje amahugurwa

    Abakozi ba MAJ mu turere dutandukanye biyemeje kwimakaza ubutabera nsanasano


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abakozi-ba-maj-bose-bamaze-guhugurwa-ku-buhuza

  • Minisitiri w'Ingabo wa Mozambique yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali – #rwanda #RwOT

    Minisitiri Maj Gen Cristóvão yari kumwe n'abasirikare batandukanye barimo Umuyobozi mu Ngabo, Maj Gen André Rafael Mahunguane, Umuyobozi muri Polisi ya Mozambique, CP Fabião Pedro Nhancololo n'abandi.

    Ubutumwa bwashyizwe ku rukuta rwa Minisiteri y'Ingabo z'u Rwanda, bugaragaza ko iri tsinda 'riri mu Rwanda mu ruzinduko rw'akazi rugamije gushimangira umubano n'ubufatanye busanzweho hagati y'ibihugu byombi, ndetse kuri iki gicamunsi basura icyicaro gikuru cya Minisiteri y'Ingabo.'

    Aba basirikare 'basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, bunamira Abatutsi bishwe mu 1994. Banasuye Ingoro y'Amateka y'Urugamba rwo Guhagarika Jenoside.'

    Muri Nyakanga 2021 ni bwo u Rwanda rwohereje abasirikare n'abapolisi muri Cabo Delgado, mu gihe gito zirukana abarwanyi b'umutwe w'iterabwoba wa Ansar al Sunnah mu birindiro bari bamaze imyaka ine bahashinze.

    Nyuma yo gukura abarwanyi b'uyu mutwe mu birindiro bihoraho bari bafite muri iyi ntara, hakurikiyeho ibikorwa bihuriweho byo kubahiga mu mashyamba bahungiyemo. U Rwanda kandi runatoza abasirikare ba Mozambique kugira ngo bazashobore kwirindira umutekano mu bihe bizaza.

    Basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali basobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Bunamiye Abatutsi bashyinguye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi

    Basuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-w-ingabo-wa-mozambique-yasuye-urwibutso-rwa-jenoside-rwa-kigali

  • Rutsiro: Abana bagwingiye bagabanyutseho 14% mu myaka itanu ishize – #rwanda #RwOT

    Izo gahunda zirimo kondora abana binyuze mu iziko ry'umudugudu hagamijwe kwita no gukurikirana umwana ufite imirire mibi no kwita ku ngo mbonezamikurire.

    Raporo yakozwe muri Mutarama 2025 mu cyumweru cyahariwe ubuzima bw'umubyeyi n'umwana yagaragaje ko Akarere ka Rutsiro ari ko kaza ku isonga mu kugira abana benshi bagwingiye.

    Hagaragaye ko aka karere kari gafite abana 11.979, muri bo abangana na 3.652 (30,5%) bagwingiye.

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Rutsiro bugaragaza ko n'ubwo mu myaka itanu ishize hakozwe ibikomeye, ariko ikibazo kigihari, bugahamagarira buri wese kugira uruhare mu kurandura igwingira no guca ikibazo cy'imirire mibi.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative, yabwiye IGIHE ko mu guhangana n'igwingira n'imirire mibi mu bana, bashyizeho uburyo butandukanye.

    Ati 'Turishimira ko igwingira ryagabanyutseho 14%, ariko na none duhangayikishijwe na 30% isigaye. Ni yo mpamvu twafashe ingamba zirimo kubanza kumenya impamvu ituma abana bagwingira, tugafata ibipimo by'abana bose bari munsi y'imyaka ibiri, ubundi abo dusanze bari mu mirire mibi tukabondora biciye mu iziko ry'umudugudu ndetse tukigisha ababyeyi kumenya gutegura indyo yuzuye twifashishije ibiboneka iwacu.'

    Yavuze ko bazakomeza gukurikirana uko izi ngamba zishyirwa mu bikorwa kugira ngo iki kibazo kirandurwe burundu.

    Ku wa 20 Kanama 2025, ubwo mu Karere ka Rutsiro hatangizwaga icyumweru cyahariwe konsa neza cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Konsa neza, ahazaza heza.” Ababyeyi bibukijwe akamaro ko konsa umwana uko bikwiye.

    Umukozi w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA), Jean Yves Ntimugura, yagaragaje ko konsa neza bituma umwana akura atagwingiye, agakura neza mu gihagararo no mu mitekerereze.

    Ati 'Impinduka dukeneye mwebwe ubwanyu mutabigizemo uruhare ntabwo byakunda. muhaguruke dufatanye turwanye imirire mibi n'igwingira binyuze mu konsa neza, kuko abana bazakura neza mu gihagararo, imitekerereze n'imbamutima.'

    Yagaragaje kandi impungenge zigihari z'ababyeyi batonsa neza, aho bamwe batangira guha abana imfashabere hakiri kare, mbere y'amezi atandatu n'abatinda kuyibaha, abibutsa ko na byo bigira ingaruka ku mikurire y'umwana.

    Yanibukije abagabo ko umwana atari uw'umugore gusa, na bo abasaba kugira uruhare bafasha ababyeyi mu gihe bonsa bakabasha kubona ifunguro ryujuje ibisabwa mu rugo.

    Guverinoma y'u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu guhangana n'ikibazo cy'igwingira ry'abana.

    Gahunda y'Igihugu yo kwihutisha iterambere kuva mu 2024 kugeza mu 2029 (NST2) igaragaza ko hazashyirwa imbaraga mu kurwanya imirire mibi ku buryo igwingira ry'abana rizava kuri 33% rikagera kuri 15% mu gihugu.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative agaburira abana


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-abana-bagwingiye-bagabanyutseho-14-mu-myaka-itanu-ishize

  • Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa 'Basketball Without Borders' urimo urubyiruko 60 #rwanda #RwOT

    Ku nshuro ya mbere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa 'Basketball Without Borders (BWB)' ugizwe n'urubyiruko 60 rukina Basketball rufite imyaka 18 n'urufite munsi yayo, rwaturutde mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.

    Ni umwiherero watangiye kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Nzeri ukazasozwa kuya 26 Nzeri 2015, akaba ari umwiherero uhuje abana b'Abahungu ndetse n'Abakobwa ukaba uri kubera muri BK Arena na Petit Stade.

    Uyu mwiherero uri kuba ku nshuro ya 21, ukaba usanzwe uba mu bice bitandukanye by'Isi, muri Afurika ukaba warabeye muri Angola, Misiri, Sénégal na Afurika y'Epfo.

    Agaruka ku mwiherero w'uyu mwaka, Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Clare Akamanzi, yagize ati 'Basketball Without Borders Africa ikomeje guha urubuga impano z'urubyiruko ku mugabane kugira ngo zizamuke ndetse zigere ku rwego rwo hejuru mu mukino.'

    Mu banyuze muri iyi nzira ku Mugabane wa Afurika harimo Joel Embiid ukinira Philadelphia 76ers, Pascal Siakam ukinira Indiana Pacers wanatwaye NBA mu 2019 n'Umunya-Sudani y'Epfo Khaman Maluach ugiye gutangira gukina muri NBA mu Ikipe ya Phoenix Suns.

    Basketball Without Borders ya 2025 muri Afurika, iterwa inkunga n'Uruganda rwa NIKE ruyishyigikira kuva mu 2002, aho rwatanze imyambaro n'inkweto ku bitabiriye uyu mwiherero bose.

    The post Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa 'Basketball Without Borders' urimo urubyiruko 60 appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/bwa-mbere-mu-karere-u-rwanda-rwakiriye-umwiherero-wa-basketball-without-borders-urimo-urubyiruko-60/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=bwa-mbere-mu-karere-u-rwanda-rwakiriye-umwiherero-wa-basketball-without-borders-urimo-urubyiruko-60

  • Karongi: Imirimo yo gucukura gaz méthane ikoreshwa mu guteka izatangira mu Ukuboza – #rwanda #RwOT

    Guverineri Ntibitura yateguje abashoramari bo muri iyi ntara, by'umwihariko mu Karere ka Karongi ko bagiye kugira abakiliya benshi bazaba baje gukora mu mushinga wo gucukura gas méthane mu Kiyaga cya Kivu, abasaba kwitegura neza.

    Yabikomojeho ubwo yatangizaga Imurikabikorwa n'Imurikagurisha ry'Akarere ka Karongi ryabereye mu busitani bw'Umujyi wa Karongi kuva tariki 18-22 Kanama 2025.

    Muri Gashyantare 2019, ni bwo Leta y'u Rwanda yasinyanye amasezerano na sosiyete yitwa Gasmeth Energy, yo gucukura gaz méthane ndetse ikayitunganya ikifashishwa mu guteka, mu nganda ndetse no mu binyabiziga.

    Muri ayo masezerano y'imyaka 25, biteganyijwe ko Gasmeth Energy izajya icukura mu Kiyaga cya Kivu meterokibe zigera kuri miliyoni 40 z'uyu mutungo kamere ku munsi.

    Ni umushinga uzabasha kugeza gaz mu ngo ziri hagati y'ibihumbi 300 n'ibihumbi 400 hashingiwe ku ikoreshwa mu butetsi kugeza ubu.

    Tariki 18 Kanama 2022, Guverinoma y'u Rwanda n'ubuyobozi bwa Gasmeth bashyize ibuye ry'ifatizo mu Murenge wa Bwishyura w'Akarere ka Karongi, ahazubakwa uruganda ruzatunganya iyi gaz hahita hakurikiraho imirimo y'ibanze.

    Guverineri Ntibitura avuga ko nubwo Gasmeth itaratangira gucukura gaz méthane, imaze igihe ikora imirimo y'ibanze.

    Ati 'Gasmeth izaba ifite abakozi benshi cyane. Mu minsi ishize baje kutumurikira ibikorwa bateganya gukora, bateganya ko ibikorwa bizatangira mu Ukuboza 2025. Biragaragaza ko abantu benshi bazaba baje mu bikorwa by'uwo mushinga bazakenera serivisi nyinshi hano.”

    Akomeza agira ati 'Ni ngombwa rero ko ari abacuruzi, ari abikorera n'abandi bafatanyabikorwa bose, bitegura kwakira abantu benshi kandi bakabakira neza.”

    Biteganyijwe ko gaz méthane yo mu Kiyaga cya Kivu, ishobora gutangira gukoreshwa mu guteka mu 2027 nk'igisubizo ku itumbagira ry'ibiciro bya gaz yo gutekesha.

    Ubushakashatsi bwa karindwi ku mibereho y'ingo (EICV7) bwagaragaje ko ingo zikoresha ibicanwa bibungabunga ibidukikije mu Rwanda zageze kuri 5,4% mu 2024 zivuye kuri 1% mu 2017.

    Ubushakashatsi bwakorewe ku ngo 15066 bugaragaza ko 75% by'ingo zo mu Rwanda zigitekesha inkwi, mu gihe 18,8% zikoresha amakara.

    Ingo 0,6% zo zitekesha ibisigazwa by'imyaka bahinze, na ho abatekesha gaz cyangwa biogaz n'amashanyarazi ni 5,4%.

    Ingo ziri mu Mujyi wa Kigali zitekesha gaz zingana na 23%, mu gihe izitekesha amakara ari 59% na ho abagitekesha inkwi ni 17%.

    Biteganyijwe ko gaz méthane yo mu Kiyaga cya Kivu, ishobora gutangira gukoreshwa mu guteka mu 2027


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imirimo-yo-gucukura-gaz-methane-izatangira-mu-ukwakira-2025

  • MTN Rwanda yaciwe miliyoni 30 Frw kubera serivisi mbi – #rwanda #RwOT

    RURA yahannye MTN Rwanda ku wa 28 Nyakanga 2025, nyuma y'ibibazo byari muri sisiteme yayo byatumye serivisi zo guhamagara, kohereza amafaranga n'izindi serivisi zikoresha USSD Code zidakora neza.

    Uwo munsi MTN Rwanda, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yavuze ko ibibazo byo guhamagara abakiliya bayo bahuye na byo byakemutse.

    Itegeko rigenga ikoranabuhanga mu itangazabumenyi n'itumanaho, ingingo yaryo ya 26, ivuga ko iyo uwahawe uruhushya atubahirije icyemezo cyihanangiriza cy'Urwego Ngenzuramikorere cyafashwe hakurikijwe ibiteganwa n'itegeko, ahanishwa kimwe cyangwa byinshi muri ibi bihano birimo “gutanga ihazabu yo mu rwego rw'ubutegetsi iri hagati y'ibihumbi 500 Frw na miliyoni 15 Frw kuri buri munsi wose atubahirije ibyo asabwa, uhereye igihe yamenyeshejwe icyemezo cyongeye gushimangirwa.”

    Mu kiganiro yagiranye IGIHE, Umuyobozi Ushinzwe Ikoranabuhanga muri RURA, Gahungu Charles yasobanuye ko nyuma yo gufata icyo cyemezo, MTN Rwanda yishyuye gusa iminsi ibiri kuko yari imaze gukemura ikibazo.

    Ati 'Kugeza uyu umunsi ikibazo cyari gihari cyarakemutse, kuko nyuma y'uko tubahannye bashyizemo imbaraga nyinshi, bashatse igisubizo kandi batumenyesha ko babikosoye.'

    Yakomeje avuga ko ari inshingano z'abatanga serivisi kugenzura no gukora ibishoboka byose ngo abakiliya babo babone serivisi uko bikwiye.

    Ati 'Ubu turi kugenzura ngo turebe kuko icyari cyabaye muri biriya bihe, cyari ikibazo rusange cyari cyabayeho. Ikiri gukorwa kugira ngo bitazongera kubaho ni uko twebwe nk'abagenzura dukomeza kugenzura imikorere y'abari muri urwo rwego ariko nabo ni inshingano zabo zo kugenzura ibyo bakora. Baba bagomba gushyiraho ingamba kuko baba bazi ingano y'ababagana, bagashyiraho abakozi, ibikoresho bishyashya n'ibindi byose.'

    Gahungu yavuze ko 'Nk'uko babitwijeje, natwe nk'uko twabonye ibyo bakoze, mu by'ukuri biratanga icyizere ko bitazongera. Naho ku kijyanye n'ingano y'amande, bishyuye iminsi ibiri.'

    Ikibazo MTN Rwanda yagize gishingiye ku mubare munini w'abakoresha umuyoboro wayo, ku buryo byatumye uruta uwo ibasha kwakirira icya rimwe, bituma ihuzanzira ryayo ribura imbaraga zo gutanga serivisi ku mubare wiyongereye cyane.

    Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Ali Monzer, wari witabiriye ibiganiro byahuje RURA n'abarimu, abayobozi ba za kaminuza n'abanyeshuri ku kungurana ibitekerezo ku bishobora gushyirwa mu itegeko rishya rigenga itangazabumenyi n'itumanaho, yagaragaje ko biteguye gukomeza gutanga serivisi nziza.

    MTN Rwanda yishyuye miliyoni 30 Frw ubwo yahanwaga na RURA


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/yishyuye-miliyoni-30-frw-ibyo-wamenya-ku-bihano-byafatiwe-mtn-rwanda

  • Iburasirazuba: Imurikagurisha ry'abikorera ryongerewe igihe – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe ubwo Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yafunguraga ku mugaragaro iri murikagurisha ribaye ku nshuro ya 14, ryitabiriwe n'abamurika 264 biganjemo abo mu Ntara y'Iburasirazuba.

    Umuyobozi w'Urugaga rw'Abikorera mu Ntara y'Iburasirazuba, Nkurunziza Jean de Dieu, yavuze ko ubusanzwe iri murikagurisha ryajyaga riba iminsi 11 cyangwa iminsi 12 ariko ko uyu mwaka bahisemo ko rizamara iminsi 23 kugira ngo bifashe abamurika n'abaryitabira.

    Yagize ati 'Iri murikagurisha rizamara iminsi 23. Ni umwihariko ukomeye kuko ubundi ryamaraga iminsi 12 ariko ku cyifuzo cy'abaza kumurika, bifuje ko iminsi yakwiyongera kugira ngo bamurike ariko banagurishe kugira ngo ibyo bazanye babashe kubicuruza.''

    Nkurunziza yakomeje avuga ko banishimira ko muri iri murikagurisha, harimo ibikorwa byinshi by'ubuhinzi n'ubworozi nk'imashini zihinga, abakora ibiryo by'amatungo, ubworozi bushingiye ku mafi, amatungo magufi n'ibindi.

    Bamwe mu baje kumurika ibikorwa ndetse n'abaguzi, bishimiye ko iri murikagurisha ryahawe iminsi myinshi.

    Bajeneza Emmanuel wari wazanye umugore n'abana gushaka ibyo bagura, yagize ati 'Iri murikagurisha ririmo ibintu byinshi byiza, ubusanzwe wapangaga kuza ukumva ngo rirarangiye, ubu rero twishimiye ko iminsi bayongereye kandi hakanazamo ibintu byiza byinshi. Njye nakunze uburyo ubuki buri kuboneka kuri make ugereranyije n'uburyo hanze tubugura.''

    Mukantwari Marie Josee waje kumurika urusenda rwa pilipili yongereye ubushobozi, yavuze ko yishimiye kuba muri iri murikagurisha, avuga ko rimufasha guhura n'abakiliya bashya.

    Ati 'Mbere baduhaga iminsi mike ntitubashe kugurisha ibyo twazanye ariko ubu iminsi 23 turizera ko tuzagurisha ibyo tuba twazanye, ndetse tunabashe kungukira ubumenyi no kuri bagenzi bacu benshi baba bazanye ibyenda kumera nk'ibyo dukora.''

    Ruhorimbere Valens wongerera agaciro ibihaza akabikoramo imigati, amandazi n'ibindi bitandukanye, yagize ati 'Twasurwaga ariko kubera umwanya muke ntitubashe gusobanurira abantu serivisi twabazaniye zose, ubu turi gukora ifu y'igikoma dukoresheje inzuzi, tukanereka abaturage ibindi bihingwa bisanzwe batahaga agaciro nk'ibihaza n'ibindi. Twishimiye ko bongereye iminsi kuko bizatuma tugurisha, tunerekane ibyo twazaniye abantu byose.''

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yavuze ko basanze iri murikagurisha iyo rimaze icyumweru kimwe, abaturage batanyurwa n'iminsi baba bahawe kimwe n'abaje kumurika.

    Biteganyijwe ko iri murikagurisha ry'Intara y'Iburasirazuba ryatangiye tariki ya 18 Kanama rizarangira tariki ya 9 Nzeri 2025. Ryitabiriwe n'abikorera 264 barimo abakorera muri iyi Ntara ndetse n'abanyamahanga.

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yavuze ko basanze iri murikagurisha iyo rimaze icyumweru kimwe, abaturage batanyurwa n'iminsi baba bahawe

    Umuyobozi w'Urugaga rw'Abikorera mu Ntara y'Iburasirazuba, Nkurunziza Jean de Dieu, yavuze ko iri murikagurisha ryongerewe iminsi kugira ngo abacuruzi n’abaguzi baribyaze umusaruro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/iburasirazuba-imurikagurisha-ry-abikorera-ryongerewe-igihe

  • Rusizi: Rurageretse hagati y'abaturage n'uwo bashinja kubatesha umutwe akabakodesha ubutaka bwa leta – #rwanda #RwOT

    Mutirende Martin bahimba Mutirende yababeshye ko yatumwe n'Akarere ka Rusizi, akabaka amafaranga y'ubukode bw'igishanga cyahoze gicukurwamo nyiramugengeri. Amafaranga abaturage bavugaga ko bayanyuzaga ku mukomisiyoneri witwaga Mandevu,

    Mu ntangiriro za Nyakanga 2025 ni bwo Mutirende yatangiye kwegera bagenzi be ababwira ko Akarere kamuhaye uburenganzira bwo gukodesha iki gishanga akabaka amafaranga, abahamo imirimo yo guhinga.

    Mukashema Francine wo Mudugudu Gishoma, Akagari ka Karenge, Umurenge wa Rwimbogo yabwiye IGIHE ko yahamagaye na Mutirende amubwira ko Akarere ka Rusizi kamuhaye uburenganzira bwo gutanga imirima mu gishanga ariko ko uhabwa umurimo agomba kujya atanga icyayi buri mwaka.

    Ati 'Njyewe natanze ibihumbi 80 Frw.'

    Rudaherishyanga Ignace wo mu Mudugudu wa Ruzeneko, Akagari ka Karenge, Umurenge wa Rwimbogo avuga ko yabonye aba mbere babonye imirima mu gishanga ababaza uko biri kugenda, bamubwira ko bisaba gutanga amafaranga.

    Ati 'Banyeretse umusaza wakira amafaranga, kuko umurima nari nkeneye umurima muha ibihumbi 130 Frw, kugira ngo njye mu matsinda abiri. Ariko uwo musaza tumubajije atubwira ko ayo mafaranga atari aye ko ahubwo iyo amaze kuyafata ayaha Mutirende.”

    Nzabirinda Anastase wo mu Mudugudu wa Gakombe, Akagari ka Mushaka watanze ibihumbi 65 Frw avuga ko icyamuteye kuyatanga ari uko Mutirende yavugaga ko yahawe uburenganzira n'akarere no kuba yarabonaga abayatanze bahawe imirima yo guhinga.

    Benimana Julienne watanze ibihumbi 65 Frw avuga ko ibyo Mutirende yabakoreye ari ubutekamutwe kuko yabonye ubuyobozi bw'umurenge buje kubakoresha inama akavuga ngo ntihagire uvuga ko yatanze amafaranga.

    Ati 'Turashimira ubuyobozi ko butatwambuye imirima, ariko turanabusaba ko Mutirende yakurikiranwa akadusibiza amafaranga yacu.'

    Mutirende wakodesheje ubutaka bwa Leta yasabye abaturage umunani ibihumbi 480 Frw kuri 'boroke' imwe, nk'uko amakuru akomeza abivuga.

    Boroke imwe ni umurima ugizwe na metero 20 z'ubugari na metero 100 z'uburebure. Ubutaka bwose bwakodeshejwe bugizwe na boroke 15.

    Mu kiganiro na IGIHE, Mutirende Martin yavuze ko nta muturage wigeze amuha amafaranga ngo amuhe umurima, ndetse ko Mandevu bivugwa ko yakiraga amafaranga akayamushyiriza, nta mafaranga yigeze amuha.

    Umunyabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rwimbogo, Joas Nzayishima, yabwiye IGIHE ko iki kibazo bakimenye biturutse ku muturage wabarije mu nteko y'abaturage impamvu Akarere kari gukodesha igishanga kandi cyari gisanzwe gitangirwa ubuntu.

    Ati 'Hari ibimenyetso bigenda bigaragara ko ayo mafaranga koko yatanzwe kandi n'abayakiriye harimo abemera ko bayakiriye. Hari abafashwe bari gukurikiranwa abandi baracyashakishwa, inzego zibishinzwe nizimara gukurikirana azagaruzwa. Twakwizeza abayatanze ko bashobora kuyabona, ariko icyo twavuga ni uko abaturage bakwiye kujya baba maso bakirinda ubushukanyi n'ubuhemu nk'ubwo'.

    Kugeza ubu hamaze kuboneka abagera kuri 50 barimo abavuga ko bahaye amafaranga Mutirende Martin n'abavuga ko bayahaye Mandevu uvugwaho kuba komisiyoneri wa Mutirende.

    Imibare irakiyongera kuko umunsi ku wundi Umurenge wa Rwimbogo wakira abaturage bavuga ko Mutirende yabatekeye umutwe akabakodesha ubutaka bwa Leta. Imibare igaragaza ko niba koko Mutirende Martin yarahawe amafaranga, ashobora kuba yarakiriye arenga miliyoni 6 Frw.

    Inzego zitandukanye zahagurukiye iki kibazo kugira ngo abaturage basubizwe amafaranga yabo.

    Aba baturage bakodeshejwe ubutaka bwa Leta bufite ubuso bwa metero kare zirenga ibihumbi 30 bwo mu Gishanga cya Gishoma

    Mukaniyonsaba Florence avuga ko Mutirende yamuhaye umurima, nyuma amusaba ibihumbi 65 Frw ndetse amwambura umurima yari yamuhaye nyuma yo kuyabura

    Benimana Julienne yatanze ibihumbi 65 Frw kugira ngo ahabwe umurima mu gishanga cya Gishoma


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-abarenga-50-batekewe-umutwe-na-mugenzi-wabo-abakodesha-ubutaka-bwa-leta