Author: webrwanda

  • Hatangijwe umushinga ugize gahunda yo kwagura Pariki y'Ibirunga – #rwanda #RwOT

    Uyu mushinga ni agace k'icyiciro cya mbere cyo kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga, kizatwara asaga miliyoni 50$.

    Muri iki cyiciro hazakorwamo ibikorwa byinshi birimo no kubaka umudugudu mushya w'icyitegererezo, Smart Green Village, uzatuzwamo imiryano 510 ituye ahazagurirwa Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.

    Kinigi Horticulture Hub ni igice gito kigize uyu mudugudu, uzuzura utwaye miliyoni 3,4$.

    Pariki y'Igihugu y'Ibirunga iri mu Majyaruguru y'u Burengerazuba bw'u Rwanda ni yo ibonekamo ingagi zo mu misozi zisigaye hake ku Isi. Iri ku buso bwa hegitari 16.000.

    Uyu mudugudu uzubakwa ku buso bwa hegityari 50, uzubakwamo inzu zubatse mu buryo bwo kurengera ibidukikije zifite amashanyarazi akomoka ku mirasire y'Izuba n'uburyo bwo gusukura no kongera gukoresha amazi.

    Uretse inzu zo guturamo, uzaba ugizwe n'ibindi bice bitatu birimo icy'ubuhinzi, icy'ubworozi n'icyubukerarugendo, aho buri gice cyitezweho kubyazwamo amafaranga kandi hanarengerwa ibidukikije.

    Ahari Kinigi Horticulture Hub, ni mu gice cy'ubuhinzi kirimo inzu zo guhingwamo za 'Green Houses', uburyo bwo guhinga hatifashishijwe ubutaka, ububiko bukonjesha n'uburyo bwo gutunganya umusaruro n'ibindi.

    Ku ikubitiro hahise hahingwamo puwavuro, inyanya na cocombre kubera ko ari ibihingwa bifite isoko ryagutse kandi byunguka. Biteganyijwe ko bizajya byinjiza miliyoni 45 Frw buri mwaka, mu gihe ikiguzi cyo kuhitaho ari miliyoni 11 Frw.

    Iki cyanya kizajya gicungwa n'abaturage ubwabo binyuze mu ishyirahamwe ryabo rya 'Volcano Community Association'. Abaturage 211 bamaze guhugurwa mu buhinzi bugezweho, imicungire y'imishinga y'ubuhinzi bugamije ubucuruzi n'ubuziranenge bw'ibiribwa.

    Muri uyu mudugudu hazaba hari ikindi gice cy'ubworozi kizagira ibikorwaremezo by'ubworozi bw'inkoko, intama n'ingurube.

    Hazaba hari igice cy'ubukerarugendo kirimo ibikorwa bishingiye ku kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima, ubukorikori n'umuco.

    Muri rusange mu rwego rwo guhangana n'ikibazo cy'ubwisanzure buke ingagi zifite, Pariki y'Igihugu y'Ibirunga izongerwaho hegitari 3.740 bingana na 23% by'ubuso ifite ubu.

    Umushinga mugari wo kuyagura uzakorwa mu byiciro bizagenda bishyirwa mu bikorwa mu gihe cy'imyaka iri hagati yi 10 na 15 ukazarangira wose muri rusange ushowemo miliyoni 230 z'Amadorari ya Amerika, harimo azatangwa na Leta y'u Rwanda, abafatanyabikorwa bayo, inguzanyo ndetse n'impano.

    Iterambere ry'ubukerarugendo, iterambere ry'abaturage…

    Ubwo hatahwaga Kinigi Horticulture Hub, kuri uyu wa 29 Kanama 2025, Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, Jean-Guy Afrika, yavuze ko uyu mushinga mugari wo kwimura abaturage n'inkunga ibagenerwa byerekana isano iri hagati y'ubukerarugendo mu Rwanda n'iterambere ry'abaturage.

    Ati 'Intego ni uguteza imbere imibereho, guhanga imirimo no guteza imebre urubyiruko n'abagore. Iyo ubukerarugendo buzamutse n'iterambere ry'abaturage na ryo ririyongera.'

    Muri uwo mujyo, RDB, yageneye Akarere ka Musanze inkunga ya miliyoni 600,4 Frw, aka Nyabihu gahabwa 600,4 Frw, aka Burera gahabwa 450,3 Frw mu gihe Akarere ka Rubavu kagenewe 150,1 Frw yo guteza imbere imibereho myiza y'abaturage baturiye Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.

    Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yavuze ko uyu mushinga ari intangiriro y'icyiciro cya mbere cyo kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.

    Ati 'Uyu mushinga ni ikimenyetso cy'uko umushinga wo kwagura pariki watangiye. Uyu mushinga uzatanga ibisubizo kuri bimwe mu bibazo bisanzwe bibangamira abaturage cyane muri aka gace, harimo icyendera ry'ubutaka buhingwa kubera ubwiyongere bw'abaturage, ibibazo biterwa n'inyamanswa zonera abaturage n'ibindi.'

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi, Dr. Ndabamenye Telesphore, yavuze ko gahunda yo kwimakaza ikoranabuhanga mu bikorwa by'ubuhinzi ari gahunda ngari ya Leta, bityo ari intambwe ikomeye kuba abo mu Kinigi babitangiye.

    Ati 'Ni ibisubizo bikomeye kandi birambye bizatuma dukomeza kubona umusaruro. Tuzakomeza no guteza imbere ikoreshwa ry'imbuto n'ifumbire, bijyane no gukomeza kuhira. Ubu buhinzi bujyana n'amasoko, bityo isoko ry'aha nirimara guhaga, tuzajya mu zindi ntara no hanze y'imipaka y'u Rwanda.'

    Kuva gahunda yo gusaranganya inyungu ziva mu bukerarugendo yatangira mu myaka 20 ishize, 10% by'umusaruro wayo byagiye bishyirwa mu mishinga y'abaturage baturiye pariki z'igihugu.

    RDB igaragaza ko kugeza ubu imishinga ifite agaciro ka miliyari 18 Frw irimo amashuri, inzu zo guturamo, amavuriro, ubuhinzi n'ubworozi n'ibikorwa byo kugabanya amakimbirane hagati y'abatu n'inyamanswa, yazanye impinduka mu mibereho y'abaturage.

    Gahunda yo gusaranganya izi nyungu ikomeje kwaguka. Mu mwaka wa 2025 hashyizwe mu bikorwa imishinga 83 y'abaturage ifite agaciro k'arenga miliyari 4 Frw mu turere 14 tw'u Rwanda. Mu mwaka wa 2025-2026 iyi nkunga biteganyijwe ko izarenga miliyari 5 Frw.

    Uyu ni umusaruro wamaze kuboneka muri Kinigi Horticulture Hub

    Jean-Guy Afrika yasuye Kinigi Horticulture Hub yahinzwemo ibihingwa bitandukanye

    Ku ikubitiro muri Kinigi Horticulture Hub hahinzwemo ibirimo inyanya

    Nyirambonigaba Colette na Felicien Maniriho bagaragaje ko banyotewe n'uyu mudugudu ugiye kububakirwa

    Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yavuze ko uyu mushinga ari intangiriro y'icyiciro cya mbere cyo kwagura Pariki y'Igihugu y'Ibirunga

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi, Ndabamenye Telesphore, yavuze ko uyu mushinga ujyanye na gahunda ya Leta mu buteza imbere ubuhinzi

    Igikorwa cyo gutangiza umushinga w'ubuhinzi bw'indabo, imboga n'imbuto bwifashishije ikoranabuhanga, Kinigi Horticulture Hub, cyitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye

    Jean-Guy Afrika, yavuze ko inkunga igenerwa abaturage yerekana isano iri hagati y'ubukerarugendo mu Rwanda n'iterambere ry'abaturage

    Akarere ka Musanze kagenewe asaga miliyoni 600 Frw yavuye mu bikorwa by’ubukerarugendo

    Akarere ka Nyabihu na ko kangewe inkunga yavuye ku nyungu y’ubukerarugendo bukorerwa muri Pariki y’Ibirunga

    Burera yagenewe arenga miliyoni 450 Frw

    Akarere ka Rubavu kahawe asanga miliyoni 150 Frw

    Hafashwe ifoto y’urwibutso

    Mu Karere ka Musanze hamuritse ku mugaragaro umushinga w'ubuhinzi bw'indabo, imboga n'imbuto bwifashishije ikoranabuhanga uri ku buso bwa metero kare 1.250

    Amafoto: Kasiro Claude


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hatangijwe-umushinga-ugize-igice-cya-mbere-cya-gahunda-yo-kwagura-pariki-y

  • Gisagara: Abakorera uruganda rwa Nyiramugengeri binjiza miliyoni 60 Frw ku kwezi – #rwanda #RwOT

    Uruganda rutanga amashanyarazi aturutse kuri Nyiramugengeri rwitwa Hakan Peat Plant ruherereye mu Murenge wa Mamba ho mu Karere ka Gisagara rukaba rwaratangiye gutanga amashanyarazi kuva mu 2021.

    Nubwo abakozi bagabanyutse, ariko ntibagiye bose kuko rwakomeje imirimo yo gutunganya amashanyarazi, ibyahaye akazi abasaga 800 baruturiye biganjemo abacukura nyiramugengeri n'abandi bakora indi mirimo mu ruganda.

    Umuyobozi w'Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérome, yavuze ko uru ruganda rwashyize imbaraga mu gushyigikira iterambere ry'akarere muri byinshi birimo guhanga akazi ku baruturiye, gutera inkunga ikipe ya Gisagara Volleyball Club n'ibindi.

    Ati 'Uruganda rukoresha abaturage bageze kuri 800 barimo abacukura nyiramugengeri n'abandi bakora mu ruganda. Aba bose bahembwa agera kuri miliyoni 60 Frw ku kwezi. Ubu tubabona no mu gufasha ikipe ya Volleyball ya Gisagara, aho bagiye batanga inkunga ifatika. Babaye abafatanyabikorwa b'akarere mu buryo bwagutse.''

    Rutaburingoga yakomeje avuga ko byanongereye urujya n'uruza muri ako gace, byongera icyashara cy'abakodeshwa inzu, byongera ubucuruzi n'akazi ko gutwara abantu n'ibintu biherekeza.

    Mu bindi bishimwa harimo inzu 40 zahubatswe bikozwe n'uruganda, gufasha abatishoboye baturiye uruganda no gufasha mu iterambere ry'amashuri ahaturiye.

    Uruganda rwubatse ahantu hatubutse binatuma rukoresha abantu benshi

    Uruganda rwa nyiramugengeri rukorwamo n’abakozi 800 b’i Gisagara bahembwa miliyoni 60 Frw ku kwezi

    Kubera imirimo myinshi ikorerwa kuri uru ruganda, bituma runakenera abakozi benshi

    Ahacukurwa nyiramugengeri naho haba hakeneye abakozi batubutse n’ubwo bunganirwa n’imashini

    Mu nkengero z’uruganda rwa nyiramugengeri rwa Mamba i Gisagara havutse isantere ifatwa nk’iterambere

    Abakozi bakorera uruganda rwa nyiramugengeri i Mamba, bishimira ko rubafasha kwiteza imbere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gisagara-akamaro-k-uruganda-rwa-nyiramugengeri-rwinjiriza-abarukorera-miliyoni

  • Byamurenze! Amarangamatima ya G Tuff nyuma yo kwerekwa urukundo muri Gen Z #rwanda #RwOT

    Umunyarwenya uri mu bagezweho muri iyi minsi ku mbuga nkoranyambaga, G Tuff yishimiye bikomeye uburyo yaraye yitwaye mu iseka rusange rizwi nka Gen-Z Comedy.

    Ibi byaraye bibaye mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 28 Kanama 2025 muri Camp Kigali, uyu munyarwenya yari yatumiwemo.

    G-Tuff akaba yeretswe urukundo rudasanzwe n’abari bitabiriye iki gitaramo aho yavuye ku rubyiniro batabishaka.

    Nyuma y’iki gitaramo G-Tuff akaba yavuze ko uburyo byagenze byamurenze atari byo yakekaga, akaba yashimiye Imana yabimufashijemo.

    Ati “Ni ibintu bintunguye mu buzima bwanjye, ukuntu mbibonye uko numvaga biri bugende n’uko bigenze harimo itandukaniro cyane, birantunguye hano muri Gen-Z tuba twaje guseka, tubatwaje gushaka ibyishimo rero iyo uje ugakotora (ugaseba) ni ibintu biba bibabaje cyane ariko ndashimira Imana cyane.”

    Yakomeje avuga ko mbere yo kuza ku rubyiniro (stage) ari mu rwambariro yagize ubwoba bwinshi satani yamuteye bituma ahita asenga.

    Ati “Ndibuka ndi mu rwambariro hajemo akantu k’akoba, satani arambwira ngo urahiye, yambwiye ngo urahiye, nahise mpaguruka ndahagarara ndasenga.”

    G-Tuff ni umwe mu banyarwenya bagezweho muri ino minsi cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube binyuze mu biganiro akora.

    G Tuff yari yatumiwe muri Gen Z Comedy

    G Tuff yatanze ibyishimo

    Yishimiye uko yakiriwe

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11731

  • Ukuri ku mafoto ya Bull Dogg, Jay C na Jacky bambaye imyenda y’abihayimana (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umuraperi Jay C yavuze ko amafoto ye ari kumwe na mugenzi we, Bull Dogg bambaye imyenda y’abihayimana ikiyihishe inyuma ari indirimbo bakoranye bise ‘Oh Dieu’.

    Mu gitindo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kanama 2025 nibwo umuraperi Jay C yatunguranye ashyira hanze amafoto ye n’umuraperi Bull Dogg ndetse na Jacky umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga bambaye imyenda y’Abihayimana.

    Ni amafoto yatangiye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga kuko ari ibintu bidasanzwe bibaza inkomoko ya yo.

    Bull Dogg na Jay C bakaba bagaragaye bambaye nk’abapadiri ni mu gihe Jacky we aba yambaye nk’abamasera (Ma Soeur).

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Jay C yavuze ko ari amafoto yavuye mu mashusho y’indirimbo ‘Oh Dieu’ bitegura gushyira hanze yakoranye na Bull Dogg.

    Ati “nta kindi ni indirimbo twitegura gushyira hanze, ni indirimbo yitwa ‘Oh Dieu’, igitekerezo cyo kwambara gutya ni uko twasanze bigendanye n’ubutumwa buri mu ndirimbo.”

    Iyi ndirimbo ya ‘Oh Dieu’ Jay C Ambassador ikaba izajya hanze mu cyumweru gitaha.

    Jay C na Bull Dogg batunguranye bashyira hanze amafoto bambaye nk’abapadiri

    Indirimbo ‘Oh Dieu’ izasohoka bambaye gutya

    Jacky azaba ari muri iyi ndirimbo

    Bull Dogg na Jacky

    Ni amafoto yavugishije benshi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11732

  • Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry'Ubukungu, Uzziel Niyongira ari mu Nteko rusange y'Inama y'Igihugu y'Abagore iri kubera ku Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 29 Kanama 2025, abwiye Abagore ko nubwo mu cyivugo cyabo(Mutimawurugo) harimo ko batazatesha Agaciro uwakabasubije, n'Abagabo ngo niko biri kuko nabo ntako bagiraga, bakagize kubera Perezida Paul Kagame.

    Visi Meya Uzziel, ahereye ku cyivugo cya Mutimawurugo kigira kiti' Ndi Mutima w'Urugo, Ndi Nyampinga, Ndi Umugore Ubereye u Rwanda, Si Nzatesha Agaciro Uwakansubije', yabwiye Abagore ati' Ese mugira ngo natwe nk'Abagabo hari agaciro twari dufite!? Natwe tugakesha uwakadusubije, Perezida Paul Kagame. Buriya tuba twakomeje kuvuga ngo Abagore mwasubijwe Agaciro, Abagabo se twe twari dufite akahe?'.

    Yakomeje ababwira ati' Abagore muri Imbaraga zikomeye, tuzajya dukomeza no kubivuga kenshi n'uwabyumvaga buhoro abyumve cyane!, muri urwego rufatika kandi guha agaciro Umugore ni ukugaha Umuryango. Gushyigikira Umugore ni ugushyigikira Umuryango, ni ugushyigikira iterambere ry'Igihugu kuko ntabwo twabasha kubaka iki Gihugu uruhare rw'Umugore rutabonetse'.

    Yabwiye Abagore ko ibyo bakora, icyo bashyizeho imbaraga z'Umutima n'Umubiri bagikora kandi neza. Yagize ati' Byaragaragaye ko Abagore bafite Impano nyinshi n'imbaraga nyinshi, ahubwo twebwe icyo tugomba gukora ni ugukomeza kubongerera imbaraga no kubaba hafi tugafatanya mu bikorwa bya buri munsi kuko imbaraga zo murazifite n'ibyo gukora birahari'.

    Yakomeje yibutsa Abagore ko bagomba gukora ibikorwa byose biganisha ku mpinduka nziza z'Ubuzima bw'Umugore. Ati' Turifuza ko ibikorwa byose turi gutekereza tuzakora ari ubungubu ndetse n'ibizaza bigomba kugaragaza impinduka mu mibereho myiza y'Abagore, mu iterambere ryabo kuko Umugore hari aho avuye n'aho ageze ariko kandi ntabwo turagera aho dushaka uko bikwiye. Hari ibimaze gukemuka ariko kandi haracyari n'inzitizi tugomba gukomeza gufatanya tukazivana imbere y'Umugore bityo agakomeza gukora agatera imbere'.

    Muri iyi Nteko rusange y'Inama y'Igihugu y'Abagore, abayitabiriye baraganira ku ruhare rw'Umugore mu iterambere rye bwite, Umuryango n'Igihugu muri rusange, ariko kandi n'inzitizi ahura nazo n'uko zakurwaho. Ni mu Nsanganyamatsiko igira iti' Duteze Imbere Umugore, Dufatanya mu kurwanya icyabangamira iterambere rye'.

    Muri iyi Nteko, Abagore bamuritse ibijyanye n'Ubuhinzi bakora.

     

    Munyaneza Théogène

    Source : https://www.intyoza.com/2025/08/29/kamonyi-perezida-kagame-ntabwo-yahaye-umugore-ijambo-gusa-yanarihaye-abagabo-kuko-ntaryo-twagiraga-visi-meya-uzziel/

  • Impamvu izamuka ry'ibiciro by'ikawa ari inyungu ku Banyarwanda – #rwanda #RwOT

    Nubwo umusaruro w'ikawa mu Rwanda wagabanyutseho 13,4% ugera kuri toni 17.037,6 mu 2023/2024 binatuma iyoherejwe mu mahanga igabanyukaho 17.9% igera kuri toni 16.478,5, ntibyayibujije iki gihingwa kwinjiriza u Rwanda miliyoni 78,71$.

    Ayo mafaranga kugira ngo yinjire biterwa n'ibintu byinshi birimo ibiciro biri ku masoko mpuzamahanga.

    Izamuka ryabyo ni ryo rigira inyungu ku bihugu nk'u Rwanda kuko inyungu yabyo igera no ku bahinzi bo mu cyaro mu duce dutanga umusaruro mwinshi w'ikawa mu Rwanda.

    Ibiciro by'ikawa ku isoko mpuzamahanga ahanini bigenwa n'umusaruro uturuka muri Brésil na Vietnam kuko ari byo bihugu bigira umusaruro mwinshi w'ikawa ku Isi.

    Nka Brésil buri mwaka isarura udufuka miliyoni 66. Ni yo ya mbere ku Isi. Mu gihe Vietnam ya kabiri yo ibarirwa udufuka miliyoni 30 buri mwaka. Uwo musaruro w'ibyo bihugu byombi ungana na 57% by'umusaruro wose w'ikawa ku Isi.

    Ibi bihugu iyo umusaruro wabyo wabaye mwinshi ibiciro ku isoko biragabanuka, waba muke ibiciro bikazamuka, ibyo ku bihugu bitanga umusaruro muke aba ari amahirwe kuko umusaruro wabyo na wo ubonerwa isoko.

    Ibi biri no mu byo Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Iyoherezwa mu Mahanga ry'Ibikomoka ku Buhinzi n'Ubworozi, NAEB, kigenderaho kigena igiciro cy'ikawa, hakiyongeraho agaciro k'Idolari rya Amerika mu Rwanda.

    Muri Mutarama 2025 igiciro fatizo cya kawa mu Rwanda NAEB yakijeje kuri 600Frw, kivuye kuri 480Frw ku kilo

    Umuyobozi w'Ihuriro ry'abahinzi batunganya bakanohereza ikawa mu mahanga, CEPAR, Oreste Baragahorana, yabwiye The New Times ko kimwe mu bituma umusaruro muri ibyo bihugu ugabunuka ari imihandugurikire y'ikirere.

    Yavuze ko nko mu minsi ishize muri Brésil na Vietnam umusaruro wagabanutse kubera imyuzure bigatuma abahinzi baho bizirika ku ikawa yabo, bakayitangira ku 6$ cyangwa 7$ ku kilo, bityo n'abo mu Rwanda bagiye kubona isoko.

    Ati 'Ubu twiteguye ko inyungu uyu mwaka iziyongera bitewe n'izamuka ry'ibiciro n'ingano ikenewe ku isoko, byose tubikesha ikirere cyiza dufite iwacu.'

    Imyuzure yabaye muri Brésil no muri Vietnam yagabanyije umusaruro ungana n'imifuka ibihumbi 500 ku musaruro w'imifuka miliyoni 174,9 yari iteganyijwe mu 2024/2025.

    Icyakora iyi mibare igaragaza ko mu mwaka wa 2025/2025 umusaruro uzongera ukiyongera ukagera ku mifuka 178.7.

    Abahinzi b’ikawa mu Karere ka Gicumbi bari mu bungukirwa n’iki gihingwa mu buryo bwuzuye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/impamvu-izamuka-ry-ibiciro-by-ikawa-ari-inyungu-ku-banyarwanda

  • Gatsibo: Impinduka mu mibereho y'abarenga ibihumbi 40 bari bamaze imyaka 17 bafashwa na World Vision Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibi babigaragaje ku wa Gatatu tariki ya 27 Kanama 2025, ubwo mu Murenge wa Kiramuruzi hasorezwaga umushinga w'iterambere wa Kiramuruzi, washyizwe mu bikorwa na World Vision Rwanda kuva mu 2008 kugeza mu 2025.

    Binyuze muri uyu mushinga, World Vision Rwanda yafashije abaturage 40,028 gutera imbere, inafasha abana 13,633. Mu byo aba baturage bafashijwe harimo guhabwa amazi meza, gufashwa kwikura mu bukene, kurwanya imirire mibi n'ibindi byinshi.

    Umuyobozi wa World Vision Rwanda, Pauline Okumu, yavuze ko bishimira ko mu myaka 17 bari bamaze mu Murenge wa Kiramuruzi, bahakoze ibikorwa byinshi bihindura imibereho n'iterambere rirambye by'abaturage baho.

    Ati 'Intego dufite nka World Vision ni ukugeza ubufasha ku bana n'imiryango itishoboye kugira ngo yikure mu bukene. Iyi ni gahunda y'Imana ni nayo izana abafatanyabikorwa kugira ngo bafashe abaturage muri urwo rugendo rwo gukura mu bukene abaturage, turishimira rero ibyo twakoze hano Kiramuruzi.''

    Pauline Okumu yakomeje ashimira World Vision y'u Buyapani na Leta y'u Rwanda kuko aribo baterankunga bakuru bari bafite muri iyi myaka 17 bafasha abaturage ba Kiramuruzi. Yijeje ko ibikorwa bya World Vision Rwanda bizakomeza muri aka Karere ariko ko bagiye kubyimurira mu yindi mirenge nka Muhura, Kageyo na Remera kugira ngo n'aho bafashe abaturage baho.

    Mukabihoyiki Afisa ufite abana bane, yatanze ubuhamya bw'uburyo World Vision Rwanda yasanze aba mu nzu yashyirwagamo imitiba. Batangiye kumwigisha binyuze muri gahunda 'Hinduka wigire' aho banahabwaga ibihumbi 15 Frw bikabafasha kwiteza imbere, aya mafaranga yayaguzemo ihene, iza kuvamo inka.

    Ati ''Nitwaga wa mugore wo mu nzuki ariko ubu nahindutse umugore wo mu gipangu kubera ubufasha bampaye, bampaye amahugurwa menshi banashyira mu matsinda mbasha kwigira. Ubu uyu munsi mba mu nzu ikoropwa ndi rwiyemezamirimo ugaburira ibigo bitanu.''

    Bugingo Boniface utuye mu Mudugudu w'Akarambo mu Kagari k'Akabuga mu Murenge wa Kiramuruzi, yavuze ko amahugurwa yahawe na World Vision Rwanda ariyo yamufashije kwiteza imbere binyuze mu guhinga imboga.

    Ati 'Natangiye mpinga numva ntacyo byamfasha, natangiye mpinga intoryi mbona nkuyemo agafuka, ejo nakuramo akandi amafaranga akamfasha kwizigamira mu itsinda, naje kugabana ngera aho ngura inka y'ibihumbi 600 Frw mbikesha World Vision, ubu meze neza mbasha kwishyurira abana amashuri mbikesha ubuhinzi bw'imboga.''

    Umuyobozi w'Ikigo Nderabuzima cya Gakenke, Nzabakurana Innocent, yavuze ko World Vision, yabubakiye ivuriro ry'ibanze rya Nyabisindu, rifasha abaturage 15,496.

    Ati 'Abo baturage bakoraga ibilometero birenze 15 baza kwivuza ku kigo nderabuzima cya Gakenke, ni ibintu byiza rero tubashimira. Icya kabiri bakoze, batwubakiye ubukarabiro bwiza, banadufasha kuduhugurira abajyanama b'ubuzima 216, ubu babahuguye kumbijyanye no gupima abana bari munsi y'imyaka itanu ku buryo bamenya ko bari mu mirire mibi.''

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa we yashimiye ubuyobozi bwa World Vision Rwanda ku bikorwa byiza bakoreye abaturage ba Kiramuruzi mu myaka 17, avuga ko ibikorwa bakoze byunganiye ibya Leta mu guhindura ubuzima n'iterambere ry'abaturage.

    Guverineri Rubingisa yasabye abaturage b'i Kiramuruzi gukoresha neza amahirwe bahawe na World Vision Rwanda, bakiteza imbere ndetse bakanateza imbere imiryango yabo. Yijeje uyu mushinga ko ibyo bakoreye abaturage Leta izakomeza kubibungabunga ifatanyije nabo.

    World Vision Rwanda yashyikirije ibikorwa byose yakoze mu myaka 17 mu Karere ka Gatsibo kugira ngo kazakomeze kubikurikirana

    Umuyobozi wa World Vision Rwanda, Pauline Okumu, yavuze ko bishimira ko mu myaka 17 bari bamaze mu Murenge wa Kiramuruzi, bahakoze ibikorwa byinshi bihindura imibereho n'iterambere

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa we yashimiye ubuyobozi bwa World Vision Rwanda ku bikorwa byiza bakoreye abaturage ba Kiramuruzi mu myaka 17

    World Vision Rwanda yagize uruhare mu kwigisha ababyeyi uburyo bwo konsa abana

    Umwe mu baturage basigaye bikorera yatanze ubuhamya bw’ibyo yagezeho

    Umuturage yamuritse igitoki asigaye yeza kubera amahugurwa yahawe

    Abaturage bagaragarije ubuyobozi ibyiza bagezeho

    World Vision Rwanda yagize uruhare mu kwigisha abana

    World Vision Rwanda yatanze amatungo magufi

    Mukabihoyiki Afisa ufite abana bane, yatanze ubuhamya bw'uburyo World Vision Rwanda yasanze aba mu nzu yashyirwagamo imitiba

    Riderman yataramiye abitabiriye iki gikorwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gatsibo-impinduka-mu-mibereho-y-abarenga-ibihumbi-40-bari-bamaze-imyaka-17-235331

  • Igisirikare cya Finlande kigiye guhagarika gukoresha ikirango cy'Aba-Nazi – #rwanda #RwOT

    Ni ikimenyetso mu myaka yo hambere cyubahwaga kigafatwa nk'icy'ubukire n'imibereho myiza, amohoro n'amahirwe n'ibindi. Cyakoreshwaga mu myizerere nka Hindouisme, Bouddhisme na Jaïnisme.

    Mu kinyejana cya 2020 Adolf Hitler n'Aba-Nazi muri rusange bafashe 'swastika' nk'ikirangantego cyabo.

    Kubera ko Aba-Nazi ari bo bakoze Jenoside yakorewe Abayahudi, iki kimenyetso, cyafashwe nk'igishishikariza urwango, ivangura, urwango ku Bayahudi n'ibindi bibi byinshi bijyanye n'amarorerwa Aba-Nazi bakoze.

    Igisirikare cya Finlande kirwanira mu kirere cyafashe iki kirango bwa mbere mu 1918, mbere y'uko Adolf Hitler akigira icy'Aba-Nazi mu Budage.

    Indege z'iki gihugu zariho iki kimenyetso kugeza mu 1945 ubwo ibihugu byari byihurije mu itsinda rimwe n'iryarwanaga n'u Budage mu Ntambara ya Kabiri y'Isi byasabye ko abarigize bakuraho icyo kimenyetso.

    Icyakora cyasigaye ku mabendera n'ibindi birango bitandukanye, ku midari itangwa ndetse no ku mpuzankano.

    Ni ikirango cyateye ibibazo Abanya-Finlande mu bufatanye n'ibindi bihugu harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk'uko umwe mu bayobozi iki gisirikare witwa Col Tomi Bohm yabitangaje.

    Ati 'Twari gushobora gukomeza gukoresha iri bendera, ariko rimwe na rimwe ubona ari ibintu biteye isoni iyo twakiriye abashyitsi b'abanyamahanga. Birashoboka ndetse birumvikana ko tugomba kubaho dukurikije ibihe turimo.'

    Abo ku cyicaro gikuru cy'ingabo zirwanira mu kirere bamaze gukuraho iki kirangantego, bagaragaza ko kizagenda kivanwa ku bindi birango mu myaka iri imbere.

    Iki kimenyetso cyakumiriwe n'ibihugu byinshi birimo u Budage mu buryo bwo kwitandukanye n'amarorerwa ya Hitler.

    Igisirikare cya Finlande kigiye gukura ikirango cy'Aba-Nazi ku birango byacyo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/igisirikare-cya-finlande-kigiye-gukura-ikirango-cy-aba-nazi-ku-birango-byacyo

  • Amb. Vincent Karega yatanze kopi z'impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Algérie – #rwanda #RwOT

    Inama y'Abaminisitiri yo ku wa 16 Nyakanga 2025, yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, ni yo yagize Vincent Karega Ambasaderi w'u Rwanda muri Algérie.

    Mu butumwa Amb. Karega yashyize kuri konti ye ya X mu ijoro ryo ku wa 28 Kanama 2025, yagaragaje ko yishimiye gutanga impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Algérie kandi bizafasha guteza imbere ubufatanye.

    Ati 'Gushyiraho Ambasade y'u Rwanda i Alger ni umusaruro w'ubushake bwa politike hagati y'ibihugu byacu byombi bwo kwagura ubufatanye hagati yabyo bukagera ku rwego rwo hejuru no ku rwego rwa Afurika.'

    Algérie n'u Rwanda bifitanye imikoranire mu bijyanye n'umutekano ndetse n'uburezi kuko hari abanyeshuri bava mu Rwanda bajya kwiga muri iki gihugu gikoresha Icyarabu, Igifaransa n'Igi-Tamazight.

    Kuva mu 1982, u Rwanda na Algérie byasinye amasezerano atandukanye arimo ajyanye n'ubukungu, imibereho myiza y'abaturage; ayo gusangira ubunararibonye mu by'umuco ndetse n'imikoranire n'ayandi.

    Ibihugu byombi byanemeranyije kongera imbaraga zihariye mu bijyanye n'ubuzima, ubucuruzi, ishoramari, umutekano n'uburezi.

    Ubwo Perezida Kagame yari muri Algérie ku nshuro ya mbere, yavuze ko umubano w'ibihugu byombi ugomba kuzanira inyungu abaturage b'ibi bihugu ndetse na Afurika muri rusange.

    Mu Ukuboza 2023, Algérie yafunguye Ambasade yayo mu Rwanda, nk'ikimenyetso cy'ubushake bwo kurushaho kwagura umubano hagati y'ibihugu byombi.

    Ku wa 3 Kamena 2025, Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Algérie rwaranzwe n'ibikorwa byinshi birimo gusura ishuri rikuru ry'icyitegererezo muri Algerie rya National School of Artificial Intelligence, rizobereye mu byo kwigisha ikoranabuhanga cyane cyane irijyanye na AI, ryigamo n'Abanyarwanda.

    Yanagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Algérie, byibanze ku kurushaho guteza imbere imikoranire hagati y'ibihugu bya Afurika, mu nzego zirimo ubucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse no gusangira ubumenyi.

    Ambasaderi Karega yahagarariye u Rwanda muri Afurika y'Epfo kugeza mu 2019 ubwo yoherezwaga kuruhagararira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahava mu ku wa 31 Ukwakira 2022 kubera umwuka mubi wari umaze gufata intera hagati y'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ku wa 20 Ukuboza 2024, Amb. Karega yagizwe Ambasaderi wihariye ushinzwe Akarere k'Ibiyaga Bigari.

    Amb. Karega Vincent yashyikirije Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Algerie impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amb-vincent-karega-yatanze-kopi-z-impapuro-zimwemerera-guhagararira-u-rwanda

  • Iburasirazuba: Mu mezi ane abantu 2300 bakurikiranyweho ubujura, Polisi igaruza arenga miliyoni 96 Frw – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe n'Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Iburasirazuba, SP Hamuduni Twizeyimana mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, cyagarukaga ku bujura bwabaye muri iyi Ntara mu mezi ane ashize.

    SP Twizeyimana yavuze ko kuva muri Gicurasi, Kamena, Nyakanga na Kanama, ibyaha by'ubujura byagaragaye mu Ntara y'Iburasirazuba byiganjemo ubujura bwo gushikuza abantu amasakoshi, kwiba amatungo ndetse n'amafaranga.

    Ati ''Muri aya mezi ane habaye ubujura 1475 bwiganjemo ubwo gushikuza ibintu, kwiba amatungo n'ubundi bwinshi. Mu Karere ka Bugesera habaye ubujura 368, Gatsibo ari 100, Kayonza inshuro 149, Kirehe 129, Ngoma 107, Nyagatare 361, Rwamagana 261. Muri ubu bujura bwose bwafatiwemo abakekwa kubugiramo uruhare 2303.''

    SP Twizeyimana yavuze ko bimwe mu bintu byafashwe byari byibwe byagaruwe bimwe bigasubizwa ba nyirabyo mu gihe ibindi bitari byatangwa kubera impamvu zitandukanye.

    Mu byafashwe harimo inka 71 zasubijwe ba nyirazo, ihene 98, intama zirindwi, ingurube 18, inkoko 174, inkwavu 20, amafaranga miliyoni 96 Frw, Amadolari 620, Amashilingi ibihumbi 400, moto 27, amagare 24, televiziyo 35, mudasobwa enye, telefoni 121 n'ibindi byinshi.

    SP Twizeyimana yavuze ko akenshi ubu bujura buterwa n'ibintu bitandukanye birimo kuba abaturage batanga icyuho ntibashyireho ingamba zo kurinda imitungo yabo, kuba hari abantu bumva batungwa no kwiba ntibashake gukora n'ibindi byinshi.

    Ati ''Icyo abaturage basabwa ni ukugira uruhare mu kwirindira umutekano wabo, bagatanga amakuru ku kintu cyose bakeka ko cyahungabanya umutekano. Ikindi abakora ibikorwa by'ubujura twabasaba kubireka kuko ntabwo bizigera bibahira, bihanwa n'amategeko kandi Polisi iri maso umunsi ku munsi kugira ngo iburizemo imigambi yabo.''

    SP Twizeyimana yasabye abaturage kandi gushyiraho ingamba zo kwirinda ko bakwibwa nko gukinga neza aho bakorera, gutunga inyemezabwishyu z'ibintu byose bagura ndetse no gushyiraho ibimenyetso ku buryo biramutse byibwe bahita babimenya.

    Yasabye abaturage kandi kudacika intege mu gihe bibwe ahubwo bakamenyesha Polisi n'izindi nzego kugira ngo ababigizemo uruhare bafatwe.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/iburasirazuba-mu-mezi-ane-abantu-2300-bakurikiranyweho-ubujura-polisi-igaruza