Author: webrwanda

  • Richmond Lamptey yatandukanye na APR FC #rwanda #RwOT

    Umunya-Ghana wakiniraga ikipe ya APR FC yamaze gutandukana n’iyi kipe aho yerekeje muri Libya mu ikipe ya Al Ittihad Al Masarat.

    Lamptey yageze mu Rwanda umwaka ushize wa 2024 aho yasinyiye iyi kipe amasezerano y’imyaka 2 akaba yari ku mwaka we wa nyuma.

    Ikipe ya Al Ittihad Al Masarat yamweretse ko imwifuza ndetse inumvikana na APR FC ariko ntiyahita yishyura.

    Ibi byatumye uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati ajyana na APR FC muri Tanzania mu mikino ya CECAFA Kagame Cup irimo kuberayo.

    Gusa ntabwo yari mu bakinnyi bazayakina ahubwo yari ategereje ko iyi kipe yo muri Libya ikora ibyo yumvikanye na APR FC.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko ejo hashize ku wa Kane ari bwo iyi kipe yamaze kuzuza ibyo yumvikanye na APR FC maze Lamptey na we ahita ava Dar es Salaam agaruka i Kigali, uyu munsi akaba ari bwo afata indege yerekeza muri Libya.

    Richmond Lamptey yatandukanye na APR FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11780

  • Abahinzi b'i Rwabicuma bakomeje kwinubira igiciro gito cy'umusaruro w'ibigori #rwanda #RwOT

    Mu karere ka Nyanza, mu Murenge wa Rwabicuma, mu Kagari ka Gishike, hari abaturage bakomeje kugaragaza impungenge ku giciro cy'umusaruro w'ibigori. Aba bahinzi bavuga ko amafaranga bahabwa ku kilo cy'ibigori adahuye n'amikoro baba bashoye mu bikorwa byo guhinga, ari na byo bituma bagorwa kubona inyungu ku buhinzi bwabo.

    Bamwe muri bo bavuze ko kugira ngo ube umuhinzi w'ibigori bisaba ishoramari rikomeye, harimo kugura imbuto z'indobanure, gukoresha ifumbire mvaruganda n'iy'imborera, kugura imiti irwanya indwara n'ibyonnyi ndetse no kwishyura abakozi bagufasha gukora isuku mu  mirima cyangwa mu gihe uri mu isarura.

    Ariko ngo iyo umusaruro ugeze ku isoko cyangwa bagurishije ku makoperative, igiciro bahabwa kiba gito cyane ku buryo badashobora kugaruza amafaranga bashoye.

    Umwe mu baturage yagize ati: 'Dushora amafaranga menshi mu ifumbire, tugakoresha imbaraga nyinshi mu mirima, ariko ku isoko bagaha ikilo cy'ibigori amafaranga make. Ibyo biduca intege, kandi twari twizeye ko ubuhinzi bw'ibigori buzaduteza imbere.'

    Abahinzi bakomeje gusaba inzego bireba gufasha gushyiraho igiciro fatizo cyajyana n'igihe n'ubushobozi basohora mu buhinzi, kugira ngo badakomeze guhombera mu musaruro wabo. Banavuga ko iyo hakenewe ibiribwa, usanga ibigori bigira uruhare runini mu kugaburira imiryango myinshi mu gihugu ndetse no hanze y'igihugu, bityo bikwiye no guhabwa agaciro mu isoko ry'u Rwanda.

    Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze bwo bwemera ko iki kibazo gihari, bukavuga ko bugiye gukorana n'inzego z'ubuhinzi kugira ngo haboneke ibisubizo birambye, harimo no kureba uko abahinzi babona inyungu ihagije ku masoko.

    Abahinzi b'i Rwabicuma bakomeje kwinubira igiciro gito cy'umusaruro w'ibigori

     

    Source : https://kasukumedia.com/abahinzi-bi-rwabicuma-bakomeje-kwinubira-igiciro-gito-cyumusaruro-wibigori/

  • Indirimbo 'Comme Ça' ya Joni Boy ikomeje kuba isereri mu bantu #rwanda #RwOT

    Joni Boy akomeje gutera ubwoba abakunzi b'umuziki Nyarwanda, nyuma yo gushyira hanze indirimbo nshya yise 'Comme Ça' ikomeje kumvwa n'abatari bake. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya Kompa, ikaba iri no mu rurimi rw'amahanga rw'Igifaransa.

    Nyuma y'ibitaramo bitandukanye yakoze ku mugabane w'Uburayi, birimo n'icyo yahuriyemo na The Ben mu gihugu cya Norvège ku butumire bwa Ambasaderi w'u Rwanda, Dr. Diane Gashumba, umuhanzi Joni Boy yongeye kugaragaza ubuhanga n'imbaraga ashyira mu muziki we.

    Ubwo aheruka gutaramira Abanyarwanda batuye mu bihugu bizwi nka Nordic countries, Joni Boy yishimiwe bikomeye n'abafana, ndetse ibi byashimangiwe n'ibaruwa y'ishimwe yashyikirijwe na Ambasaderi Dr. Diane Gashumba.

    Joni Boy ufite n'akazina kagatazirano yagize icyo atangariza Kasuku Media, ati: 'indirimbo nshya 'Comme Ça' si atari indirimbo isanzwe kuko uretse kuba iri mu njyana ya Kompa, nayanditse mu rurimi rw'amahanga rw'igifaransa kandi ni nanjye witunganyirije amashusho (Video editing & Color grading).

    Uyu muhanzi akomeje kwagura umuziki we mu buryo bwihuse, dore ko ari numwe mu bahanzi Nyarwanda batuye mu mahanga dufite, mu bisanzwe atuye mu gihugu cya Sweden ibintu bigaragaza ko ashobora kuba mu bahanzi Nyarwanda bafite ijwi rizashinga imizi ku ruhando mpuzamahanga.

    Joni Boy akomeje kwagura umuziki we mu buryo bwihuse
    Nyuma y'ibitaramo bitandukanye yakoze ku mugabane w'Uburayi, birimo n'icyo yahuriyemo na The Ben mu gihugu cya Norvège

     

    Source : https://kasukumedia.com/indirimbo-comme-ca-ya-joni-boy-ikomeje-kuba-isereri-mu-bantu/

  • Perezida wa FERWAFA yaciye impamvu muri Nigeria, abakinnyi b’Amavubi mu byishimo bikomeye #rwanda #RwOT

    Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Shema Ngoga Fabrice yatunguye abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavubi abishyura ibirarane by’agahimbazamusyi bingana na miliyoni 75 Frw.

    Ibi yabikoze mu ijoro ryakeye ryo ku wa 4 Nzeri 2025 aho yaganiraga n’abakinnyi abafasha kwitegura umukino wa Nigeria uzaba ejo ku wa Gatandatu muri Leta ya Uyo muri Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.

    Yababwiye ko mu bibazo bafite mu rwego rwo kwitegura uyu mukino hari ibyo agiye gukemura.

    Kimwe mu byo yahereyeho ni agahimbazamusyi ko muri 2025 abakinnyi na staff batabonye.

    Ni ako kunganya na Lesotho 1-1, yababwiye ko abari muri Nigeria bagiye guhita bayahabwa mu ntoki abandi badahari bakazayabona kuri uyu wa Gatanu.

    Aya mafaranga yose hamwe bagomba kwishyurwa akaba agera kuri miliyoni 75 Frw. Yababwiye ibibararane byo muri 2024 nabyo bazabibona vuba.

    Fabrice yishyuye prime za 2025 mu ikipe y’Igihugu

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11779

  • Lionel Messi, umukinnyi w'ibihe byose wubatse amateka adasanzwe mu mupira w'amaguru, yaraye akinnye umukino ushobora kuba ari wo wa nyuma akiniye ikipe y'igihugu ya Argentine. Mbere y'uko umukino utangira, abafana bari buzuye sitade bafashe umwanya wo kuririmbira izina rye mu ijwi rimwe, bamugaragariza urukundo n'ishimwe ku byo yabagejejeho. Ibyo byagize ingaruka zikomeye kuri Messi ubwe, maze amarira aramuganza.

    Messi amaze imyaka myinshi ari umutima wa Argentine, ayihesha ibikombe bikomeye birimo Copa America ya 2021 ndetse na FIFA World Cup 2022 yabereye muri Qatar. Ku myaka ye 38, benshi bibaza niba azongera kwitabira indi mikino y'igikombe cy'Isi, cyangwa niba uyu ari wo mwanya wo gusezera ku ikipe y'igihugu yubatsemo amateka akomeye.

    Nyuma y'umukino, kapiteni Messi ntiyigeze atangaza neza niba azakomeza gukinira La Albiceleste cyangwa niba agiye gushyira akadomo ku rugendo rwe mu mikino mpuzamahanga. Ubu Argentine isigaje umukino umwe izakina na Ecuador, naho indi mikino yose izakurikiraho ikazaba ari iy'igikombe cy'Isi cy'umwaka utaha.

    Abakunzi benshi b'iyi kipe bavuga ko kumubona akinnye ryaba ari ishema rikomeye, ndetse bamwe bakavuga ko n'iyo yava mu ikipe ubu yahoranye amateka adasanzwe. Nk'uko abanyarwanda bavuga ngo 'umwana w'inkomo ntavukira rimwe ngo agire ibimasa bibiri,' byerekana ko Messi ari impano itazongera kuboneka vuba muri Argentine.

    Abasesenguzi b'imikino bemeza ko n'ubwo Messi yaba asezeye, azasigara ari ikimenyetso cy'ibihe byose mu mupira w'amaguru, ndetse yandike izina rye mu mateka nk'umukinnyi wihariye cyane kurusha abandi benshi. Iyo bagereranyije inkuru ye n'abami b'umupira nka Maradona, usanga Messi yarakoze byinshi kurusha uko byari byitezwe.

    Mu gihe Isi yose ikomeje kwibaza ku hazaza h'uyu mukinnyi w'icyamamare, abakunzi ba ruhago bategerezanyije amatsiko niba bazongera kumubona mu mikino y'igikombe cy'Isi cya 2026. Ariko icyo benshi bahurizaho ni uko Messi ari umugabo wakoze amateka atazibagirana kandi ko urukundo abafana bamugaragarije ejo hashize ari gihamya ko yubatse umurage uzahoraho iteka.

    Lionel Messi, umukinnyi w'ibihe byose wubatse amateka adasanzwe mu mupira w'amaguru, yaraye akinnye umukino ushobora kuba ari wo wa nyuma akiniye ikipe y'igihugu ya Argentine

    𝐋𝐢𝐨𝐧𝐞𝐥 𝐌𝐞𝐬𝐬𝐢 𝐲𝐚𝐬𝐮𝐭𝐬𝐞 𝐚𝐦𝐚𝐫𝐢𝐫𝐚 𝐮𝐛𝐰𝐨 𝐲𝐚𝐬𝐞𝐳𝐞𝐫𝐚𝐠𝐚 𝐚𝐛𝐚𝐟𝐚𝐧𝐚 𝐛'𝐈𝐤𝐢𝐩𝐞 𝐲'𝐈𝐠𝐢𝐡𝐮𝐠𝐮 𝐲𝐚 𝐀𝐫𝐠𝐞𝐧𝐭𝐢𝐧𝐞

     

    Source : https://kasukumedia.com/%F0%9D%90%8B%F0%9D%90%A2%F0%9D%90%A8%F0%9D%90%A7%F0%9D%90%9E%F0%9D%90%A5-%F0%9D%90%8C%F0%9D%90%9E%F0%9D%90%AC%F0%9D%90%AC%F0%9D%90%A2-%F0%9D%90%B2%F0%9D%90%9A%F0%9D%90%AC%F0%9D%90%AE%F0%9D%90%AD/

  • Iburengerazuba: Abagore bashyizeho gahunda ya 'Tuzitire tutaronerwa' mu guhashya amakimbirane yo mu ngo – #rwanda #RwOT

    Ibi byagarutsweho ubwo bari mu nteko rusange y'igihugu y'abagore yabereye mu karere ka Karongi, aho basabwe kugira uruhare mu iterambere ry'igihugu kugira ngo u Rwanda rugere ku ntego rwihaye yo kuba igihugu gikize mu 2050.

    Bamwe mu bagore baganiriye na RBA, batangaje ko batangiye gahunda ya 'Tuzitire tutaronerwa' igamije gukemura bimwe mu bibazo urubyiruko ruhura nabyo birimo ihohoterwa, no gukemura amakimbirane yo mu ngo.

    Umwe yagize ati 'Tumaze kubona ko hari abana baterwa inda zitateganyijwe, tumaze kubona ko umuryango nyarwanda usenyuka kubera amakimbirane, twaricaye turasesengura dusanga dukemura ibibazo byarenze inkombe ni bwo twatangije iyi gahunda.'

    Iyi gahunda yitezweho kugira uruhare mu kuganiriza abana kuva bakiri bato kugira ngo babashe kugira urubyiruko ruzima mu gihugu, no kuganiriza abana uburyo bakwiye kwitwara ku gitsina gabo.

    Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yatangaje ko intego aba bagore bihaye yo guharanira imibereho myiza y'umuryango iterambere bose bashyize imbere, bizagerwaho vuba.

    Yagize ati 'Abagore icyo tubatumye dushingiye ku ntego bihaye, ni uko bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje kuko twabonye ifite uruhare runini.'

    Bamwe mu bagore bahagarariye abandi ku rwego rw'Intara y'iburengerazuba babwiwe ko uruhare rwabo ari ntagereranwa mu kugera kuri iyi ntego kuko uruhare rwabo rukenewe cyane.

    Zimwe mu ntego aba bagore bihaye harimo guherekeza ingo ebyiri muri buri mudugudu zikivana mu bukene, ibintu bizatuma ingo 7.300 ziva mu bukene mu ntara yose, no kuvana abana 12.000 mu mirire mibi, naho ingo zigera ku 3700 zizaganirizwa zikemurirwe amakimbirane.

    Abagore bo mu Burengerazuba bitezweho uruhare mu iterambere y’igihugu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abagore-bo-mu-ntara-y-iburengerazuba-bashyizeho-tuzitire-tutaronerwa-mu

  • Muhanga: 'Gera no mu ntanzi z'urugo' yazamuye ibipimo by'isuku mu ngo – #rwanda #RwOT

    Ni ubukangurambaga bwatangijwe n'Inama y'Igihugu y'abagore mu Karere ka Muhanga mu 2024, bugamije kuzamura imyumvire ku isuku kugira ngo abagize imiryango bose babeho neza, aho yita ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza birimo kubaka no gusana inzu ku miryango itagira aho iba, gufasha abatagira uburyamo bahabwa amagodora, ndetse no guhwitura abakigaragaza isuku nke.

    Nyiraminani Triphine, umugore wo mu Murenge wa Kabacuzi, yavuze ko iyi gahunda ari agashya k'abagore batuye muri Muhanga, kabafasha kwimakaza isuku mu ngo, aho abagore bose bashishikarizwa gukora isuku itagira aho isize.

    Ati 'Aha dushishikarizwa gukora isuku itari ukurebera ku jisho, tugakora na hahandi tujya twirengagiza mu buryo bwo kugira ngo isuku irusheho kwimakazwa.''

    Nyiraminani, avuga ko binyuze muri iyi gahunda bagiye bibumbira mu bimina bagahuza ubushobozi, kugira ngo bikemurire ibibazo bikemurira nka matela yo kuryamaho, kugura ibikoresho by'isuku, kugura imyenda, gutunganya inzu n'ibindi.

    Mugenzi we witwa Nibagwire Odile, wo mu Murenge wa Mushishiro na we ashimangira umusanzu w'iyi gahunda mu kuzamura isuku kuko byatumye abagore bose bikebuka bakibuka no gusukura hahandi hatahabwaga agaciro nko munsi y'urutara cyangwa igitanda, kumesa mu mutwe udatekereje ko uzahatwikiriza igitambaro n'ahandi abantu batekereza ko hatagaragara, biri mu bituma isuku izamuka.

    Yakomeje avuga ko hari n'ingo za bagenzi babo basura bakahakorera umuganda, bagamije kwerekera umugore urubamo uko isuku ikorwa neza kugira ngo na we azakurikize urwo rugero.

    Ati 'Hari bamwe mu bagore bo mu cyaro batita ko na hahandi hatarebwa na buri wese hagomba gukorwa isuku, yitwaje ngo ni we wenyine uhabona, noneho bigatuma atahitaho, ari na yo mpamvu yatumye dutangiza ubu bukangurambaga. Tugerageza kumwerekerera mu rugo rwe mu gisa n'umuganda, noneho na we agasigara abyigana, bikaba umuco, noneho bigatuma ingo zose zo muri Muhanga, zazagera ku isuku.'

    Umuyobozi w'Inama y'Igihugu y'Abagore mu Karere ka Muhanga, Mukasekuru Marcelline, yabwiye IGIHE ko iyi gahunda yatumye baterura imihigo iremereye irimo no kubakira abagore 12 batagiraga aho baba, kugira ngo bazamure isuku ariko babihereye ku nzu nziza zibahesha agaciro.

    Ati 'Mu kuzamura imibereho myiza, twanubatse inzu 12, nibura imwe mu murenge, aho buri yose ifite agaciro gasaga miliyoni 6 Frw. Ibi tubifata nk'intango nziza ku bagore bagenzi bacu batagiraga aho baba, kuko kubaho utagira aho urambika umusaya, bitera ibindi bibazo, n'iyo suku ntibe igishobotse.'

    Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere ka Muhanga, Nshimiyimana Gilbert, na we yavuze ko ibi bikorwa by'abagore b'i Muhanga bishimangira akamaro k'umugore mu kubaka igihugu, binajyanye n'icyivugo cyabo kivuga ko ari ba 'nyampinga', abasaba gukomeza iyo mihigo.

    Abagore b’i Muhanga bigishijwe kwibuka ko kizira guteka ifunguro ritagira imboga barwanya imirire mibi

    Hanatezwa imbere uturima tw’igikoni hagamijwe kuzamura imirire mu muryango

    Mu byo abagore b’i Muhanga bakoze mu kuzamura imibereho y’abaturage, birimo n’inzu 12 bubakiye abagore batagiraga aho kuba


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-gera-no-mu-ntanzi-z-urugo-yazamuye-ibipimo-by-isuku-mu-ngo

  • Perezida Kagame yavuze ku byo kwifashisha 'drones' za Zipline Rwanda mu bucuruzi – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho kuri uyu wa 5 Nzeli 2025 mu nama nyafurika ya cyenda yiga ku bijyanye no guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere (Aviation Africa Summit And Exbitions 2025).

    Perezida Kagame yashimiye abateguye iyi nama no kuyizana mu Rwanda ndetse abaha ikaze mu Mujyi wa Kigali, yemeza ko igaragaza uruhare rukomeye ubwikorezi bufite mu iterambere.

    Yagarutse ku mushinga wa Zipline Rwanda, agaragaza ko mu myaka nka 10 ishize, u Rwanda rwatangiye kohereza amaraso mu bice bitandukanye by'igihugu.

    Zipline Rwanda yatangiriye ibikorwa byayo mu Rwanda mu Ukwakira 2016.

    Mu Ugushyingo 2024, iki kigo cyari kimaze kugeza serivisi zacyo mu bitaro 654 birimo amavuriro mato arenga 100, gishyira amaraso, imiti n'inkingo n'ibindi bikoresho byo mu buvuzi.

    Ubu 35% by'ibyo Zipline Rwanda itanga biba ari inkingo n'intanga biterwa amatungo.

    Drone ya Zipline ikora urugendo rw'ibilometero 160, igendera ku muvuduko wa kilometero 130 ku isaha, icyakora kuri ubu urugendo runini ikora ruyisaba iminota itarenze 40. Ni uruva i Muhanga rwerekeza ku Bitaro by'Akarere bya Mibilizi mu Karere ka Rusizi.

    Zipline Rwanda ifite imihanda irenga 500 indege zayo zinyuramo zijyanye ubutumwa, ibyumvikana ko n'ahantu zigwa hangana n'uwo mubare.

    Perezida Kagame ati 'Iri koranabuhanga ntabwo ryagabanyije igihe byatwaraga gusa ahubwo ryatabaye n'abantu. Ubufatanye bwacu bwatanze umusaruro ndetse turi kugerageza uko twarizana mu mujyi rikazajya rijyanayo ibikoresho mu bijyanye n'ubucuruzi bw'ikoranabuhanga.'

    Perezida Kagame yanagarutse ku gikorwa cyo kumurika drones zitwara abantu mu Rwanda, avuga ko Abanyarwanda bishimiye cyane kugira uruhare mu gutangiza drones zitwara abantu ndetse ko biteguye gufatanya mu iterambere ry'iri koranabuhanga.

    Drones zatangijwe mu Rwanda zizwi nka 'eVTOL' zikorwa n'Uruganda rwo mu Bushinwa rwa EHang. Zikoresha amashanyarazi ku rugero rwa 100%.

    Imwe itwara abantu babiri. Ishobora no gutwara ibilo birenga 620 by'imizigo. Ishobora kugenda intera y'ibilometero 30 iri mu kirere. Ishobora kugenda iminota 25 itarashiramo umuriro.

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko intumbero ya Afurika ari ugushora imari mu bwikorezi bwo mu kirere mu buryo bugaragara hagamijwe iterambere ry'ubukungu.

    Yavuze ko ubwiyongere bw'abaturage ndetse n'iterambere ry'ubukerarugendo, byatumye abashaka gukora ingendo zo mu kirere muri Afurika biyongera.

    Ni mu gihe kuko mu 2044 abagenzi bakoresha indege bazaba barageze kuri miliyoni 411 bavuye kuri miliyoni 180,1 bariho ubu.

    Perezida Kagame ati 'Mu myaka igiye kuza abakoresha ingendo zo mu kirere ku Mugabane wacu bazikuba hafi kabiri. Ku rwego rw'umugabane hashyizwemo imbaraga nyinshi mu gufungura ikirere cyacu binyuze mu mishinga itandukanye.'

    Yavuze ko Isoko rusange rya Afurika na ryo riri kugira uruhare mu kongera ubukungu bwa Afurika, agaragaza ko u Rwanda ruzakomeza kugaragaza uruhare rwarwo mu gushyiraho politiki zitandukanye ziteza imbere uyu mushinga.

    Ati 'Nk'urugero twakuyeho viza ku Banyafurika bose. Guteza imbere abari n'abategarugori mu kwitabira urwego rw'ubwikorezi bwo mu kirere na byo biri mu bituraje ishinga.'

    Yavuze ko mu gihe ibyo byaba bikozwe mu buryo bukwiriye, bizatanga imirimo myinshi no kwimakaza udushya.

    Perezida Kagame yatangaje ko Sosiyete y'u Rwanda y'ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir na yo iri kwagura ibyerekezo ijyamo, icyakora agaragaza ko ubwikorezi bwo mu kirere bukomeje guhura n'imbogamizi zikomeye cyane zirimo izamuka ry'ikiguzi cy'imirimo ndetse n'ibikorwaremezo bike.

    Ati 'Bituma ubwikorezi bw'abantu n'imizigo bihenda kurusha uko byakagenze. Ntabwo ingendo zikwiriye kuba iz'abakire gusa, ahubwo dukeneye gufatanya twese, ibigo, cyane cyane Afurika Yunze Ubumwe (AU) n'Ikigo Nyafurika gishinzwe umutekano no kuyobora ingendo z'indege (ASECNA) bigahabwa imbaraga kugira ngo hagerwe ku ntego y'ikirere kimwe ndetse n'ingendo zidaheza ku mugabane wacu.'

    Perezida Kagame yavuze Abanyafurika bashobora kugera kuri byinshi mu gihe bakoreye hamwe na cyane ko Afurika ifite umutungo kamere n'ubushobozi bukenewe.

    Yahaye ikaze abarenga 1600 bitabiriye inama, agaragaza icyizere cy'uko ibizavamo bizagira uruhare mu kubaka Afurika Abanyafurika bashaka ndetse ikwiriye kubayo.

    Umuyobozi w'Ikigo Nyafurika gishinzwe umutekano no kuyobora ingendo z'indege (ASECNA), Prosper Zo'o Minto'o na we yavuze ko Afurika ikeneye guteza imbere ibikoresho no kubakira ubushobozi abakora mu bwikorezi kugira ngo bajyane n'ikoranabuhanga.

    Ati 'Dufite icyuho mu bijyanye n'ibikoresho, ibibuga by'indege bike,… hari byinshi byo gukora. Turi gukorana na AU kugira ngo duhangane n'ibi bibazo dufatanyije n'abandi bafatanyabikorwa kugira ngo ubwikorezi bwo mu kirere bujyanye n'ikoranabuhanga rigezweho.'

    Zo'o Minto'o yavuze ko bari gushaka ikoranabuhanga rishingiye ku cyogajuru kugira ngo bateze imbere ubwikorezi butekanye ku rugero twifuza.

    Yibukije ko ubukerarugendo bwa Afurika buri kuri 50% kubera ko ubwikorezi bwo mu kirere buhenze. Agaragaza ko bidakwiriye kuba urugendo ruva i Dakar kugera i Kigali rudakwiriye gutwara iminsi itatu, ahubwo bakwiriye gushyiramo imbaraga ingendo zikihuta.

    Igitekerezo cyo mu Rwanda ku bijyanye n'ikoreshwa rya drones mu mirimo ya gisivili cyagukiye muri Nigeria, Ghana, Côte d'Ivoire, Kenya, u Buyapani, u Burayi no muri Leta za Arkansas na Utah muri Amerika, no muri Aziya mu Buyapani n'ahandi.

    Abanyarwanda ni bo bagiye gufasha kubaka izo site mu bindi bihugu, ndetse no muri Amerika ahubakirwa drones zizanwa mu Rwanda harimo Abanyarwanda barenga batanu bafasha ibihugu byose Zipline iri gukoramo.

    Zipline iri mu bushakashatsi butandukanye bwo kongera ingano y'igihe batiri ya drone yamara itarasubizwa ku muriro, ndetse mu 2026 iki kigo kigaragaza ko kizaba cyazanye drones zindi zikozwe mu bundi buryo butandukanye zifashishwa mu mijyi.

    Ubwo Perezida Kagame yari ageze ahari kubera inama yiga ku guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere

    Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere iri kubera i Kigali

    Inama yiga ku guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere yitabiriwe n’abapilote batandukanye barimo n’Abanyarwanda

    Drones za Zipline zikomeje gutanga umusaruro mu gutabara imbabare

    U Rwanda ruri kugerageza uburyo bwo kwifashisha drones za Zipline mu bucuruzi bwifashishije ikoranabuhanga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yavuze-ko-drones-za-zipline-rwanda-zigiye-kwifashisha-mu

  • Umuhanzi Chryso Ndasingwa yasezeranye imbere y’amategeko (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa na Sharon Gatete basezeranye imbere y’amategeko

    Aba bombi basezeraniye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa Kane tariki 4 Nzeri 2025.

    Ni mu gihe biteganyijwe ko ku wa 22 Ugushyingo 2025 ari bwo bazakora ubukwe.

    Ni nyuma y’uko ku wa 25 Kamena 2025 ari bwo Ndasingwa yambitse impeta umukunzi we.

    Ni umuhango wari ukurikiye uwo gufata irembo wabaye ku wa 22 Kamena 2025, ari nabwo benshi bamenye inkuru y’urukundo rwabo cyane ko mu mwaka bari bamaranye, abantu batari barigeze barutahura.

    Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11777

  • Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n'abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo #rwanda #RwOT

    Akagari ka Mukinga, Umurenge wa Nyamiyaga, Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 03 Nzeri 2025 bakoze igitaramo kigamije Ubukangurambaga bwo Gukundisha no gusubiza abana mu ishuri. Ni igikorwa cyahujwe na gahunda yo gusoza ibikorwa by'Intore mu biruhuko, aho muri aka Kagari hagaragaye abana 28 bataye ishuri ndetse n'abandi 100 baricikishirije. Ubuyobozi bw'Akagari hamwe na SOS Children Rwanda nk'umufatanyabikorwa begereye abana n'imiryango bakomokamo bemeranywa gusubira mu ishuri.

    Anastase Dushimimana, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Mukinga aganira n'Umunyamakuru wa intyoza.com kuri iki gikorwa cyo gusubiza abana 128 mu ishuri bari bararizinutswe, yagize ati' Dufite ibigo 2 by'Amashuri mu Kagari kacu aribyo; EP Nyabubare na GS Mukinga. Dufite abana 28 bavuye mu ishuri ariko kandi tunafite abandi bana Ijana bacikishirije amashuri, bariga bagarukira mu mwaka wa Gatandatu w'amashuri abanza bumva ko birangiye kandi nibura gahunda ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ni ukurangiza imyaka 12 y'ibanze. Iyo rero umwana yize akagarukira muri itandatu urumva ko hari urundi rugendo aba agomba gukora'.

    Gitifu Anastase Dushimimana/Mukinga Cell

    Akomeza ati' Abo bana 100 twabashakiye umufatanyabikorwa wo kubafasha muri bya bibazo bafite. Tumaze iminsi tubaganiriza ukwabo, tubahugura. Uyu munsi batwemereye ko bagomba gusubira mu ishuri kandi twagiranye nabo amasezerano, n'ibyo basabwa byose turaza gufatanya n'ababyeyi babo n'umufatanyabikorwa SOS Children Rwanda bahabwe ibikoresho ku buryo ejobundi amashuri natangira bazajya kwiga bitewe n'aho buri wese yahisemo kwiga. Turimo turarwana no kugira ngo hatagira undi mwana wo mu Kagari ka Mukinga ushobora kongera guta ishuri'.

    Gitifu Dushimimana, avuga ko mu isesengura bakoze basanze ko kimwe mu bibazo biza ku isonga mu gutuma abana bata ishuri cyangwa se bakaricikishiriza ari 'IMYUMVIRE'. Ahamya ko nubwo hari n'aho usanga biterwa n'Ubukene ariko ngo sicyo kiza ku isonga, ahubwo Imyumvire, cyane cyane y'Ababyeyi kuko ngo batagize uruhare mu gushishikariza umwana kujya ku Ishuri, bamufashe, bamube hafi birangira umwana abuze gikurikirana akava mu ishuri kuko ngo ku bitwaza Ubukene, basanze ko abana bata ishuri batabiterwa n'uko aribo bava mu miryango ikennye kurusha iy'abandi biga.

    Louise Mukeshimana, Umukozi wa SOS Children Rwanda( Umuryango mpuzamahanga wita ku bana batagira kirengera) aganira n'Ababyeyi, Abana n'abitabiriye bose ibi birori yibukije ko nta mwana ukwiye kuba atiga kandi ari mu myaka yo kuba ari mu ishuri. Yibukije Ababyeyi ko bakwiye gushyira imbaraga mu kwigisha no gukundisha abana babo kwiga aho kubakoresha imirimo rimwe na rimwe ivunanye, ibabuza ishuri.

    Louise Mukeshimana/SOS Children Rwanda

    Ati' Imirimo ni myiza ku mwana ariko kandi agakora imwe itamuvuna. Ntabwo twanze ko ayikora, ariko kandi birashoboka ko ashobora kuyikora avuye ku ishuri, birashoboka ko ashobora kuyikora mbere y'uko ajya ku ishuri kugira ngo ejo n'ejobundi azabe Umuyobozi, azayobore Igihugu, azabe Muganga, azabe Mwarimu, azabe umuyobozi ukomeye abikesha ko yageze mu ishuri akiga kandi neza'.

    Akomeza avuga ko umunsi nk'uyu wateguwe kugira ngo bongere bibutse Ababyeyi ko bariya bana bari mu rugo hakwiye gukoreshwa imbaraga zose zishoboka bagafashwa, bagashishikarizwa gusubira mu ishuri kuko ariwo murage mwiza ku mwana.

    Uzziel Niyongira, Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry'Ubukungu wari umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, yabwiye abitabiriye bose ko buri wese akwiye guterwa ishema no kuba yujuje uruhare rwe, Inshingano ze mu gutuma umwana yiga.

    Visi Meya Uzziel Niyongira.

    Yasabye Ababyeyi gukora inshingano zabo mu gutuma abana babyaye n'abo barera biga kuko nta mpamvu n'imwe yakumvikanisha uburyo umwana ukwiye kuba ari mu ishuri ataririmo. Yabasabye guhindura imyumvire ariko kandi no kureka amakimbirane aho akigaragara kuko ari kimwe mu bituma abana babangamirwa ndetse n'ababyeyi nti bakore inshingano zabo ku bana ngo babakundishe Kwiga.

    Yagize kandi ati' Banyamukinga rero, Banyabibungo, baturage ba Nyamiyaga mu tugari dutandukanye, mwateguriwe iki gitaramo kugira ngo turusheho gutangira amashuri neza ariko kandi tubonereho n'umwanya wo kwidagadura no kugubwa neza. Turashima ubufatanye bw'Akarere na SOS, Umurenge, Utugari kugera ku Midugudu ku bikorwa byiza turimo byo kugira ngo abana basubire ku ishuri. Twese ni tubyumve kimwe, abana bajye ku ishuri cyane ko Ababyeyi tubiziranyeho!, Umunani twifuza guha abana bacu, Umurage dushaka kubaha ni uwo kugira ngo bige neza bazigirire umumaro, bawugirire Umuryango wacu, bawugirire n'Igihugu muri rusange. Amasomo ni ingenzi cyane mu rwego rwo kugira ngo twubake Ejo hazaza heza'.

    Abaturage bitabiriye iki gitaramo wagira ngo banatiriye mu tundi tugari.

    Muri iki gitaramo cy'Ubukangurambaga bugamije gukundisha abana ishuri no kurisubizamo abaritaye n'abacikishirije, habaye isozwa ry'umukino w'Umupira w'Amaguru muri gahunda y'INTORE mu biruhuko aho iri rushanwa ryahuzaga Imidugudu 9 y'Akagari ka Mukinga. Umudugudu wa mbere wabaye uwa KABEZA, hakurikiraho MBAYAYA, NYARUHENGERI iba iya Gatatu. Bose bahembwe imipira(Ballon) yo gukinana ariko kandi buri Kipe ihabwa Amverope irimo ishimwe ry'uko yitabiriye.

    Iki gitaramo cyo gukundisha abana ishuri n'Ubukangurambaga ku barivuyemo n'Abaricikishirije basabwa kurisubiramo, cyateguwe n'Akagari ka Mukinga ku bufatanye n'Umuryango SOS Children Rwanda mu nsanganyamatsiko igira iti' GARUKA MU ISHURI INZOZI ZAWE ZIBE IMPAMO'. Ni mu mushinga Iterambere iwacu ufite intego yo guteza imbere Urubyiruko binyuze mu kwihangira imirimo, kwigisha Urubyiruko Imyuga.

    Abanyeshuri bahawe ibikoresho by'Ishuri, basabwa kwita ku masomo azabagira ab'Umumaro ku Gihugu ku hazaza habo.

    Ikipe zahuriye ku mukino wa nyuma ndetse n'iyabaye iya 3 barahembwe.

    Ikipa yabaye iya mbere.
    Abagize uruhare mu migendekere myiza y'iki gikorwa barashimiwe.

     

    Gitifu Rafiki Mwizerwa wa Nyamiyaga amaze kwambikwa Umudari na Visi Meya Uzziel Niyongira.
    Louise Mukeshimana wa SOS amaze kwambikwa Umudari.
    Abarimo DIGIDIDI, Mama Sava n'abandi basusurukije abaturage mu Inkinamico yaryoheye abaturage, aho bagaragazaga Uruhare rw'amakimbirane yo mu muryango mu gutuma abana batiga, bagaragaza kandi ibyiza byo guhyira hamwe mu muryango ko bituma umwana agana ishuri, akabaho atekanye.

    Mico The Best na Beatha Musengamana uzwi ku izina rya Azabatsinda Kagame.
    Mico The Best yataramiye Abanyamukinga.
    Ku kibuga ubwo umupira warimo, abaturage bari bakubise buzuye.

    Abaturage kubona aho unyura byari bikomeye.

    Munyaneza Théogène 

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/04/kamonyi-mukinga-abana-basaga-128-bataye-nabacikishirije-ishuri-bagiye-kurisubizwamo/