Author: webrwanda

  • Ubushakashatsi bwagaragaje ko u Rwanda rwarushije ibindi bihugu bya Afurika guhashya Marburg – #rwanda #RwOT

    Ni ubushakashatsi bwakozwe n'itsinda rya Minisiteri y'Ubuzima ryayobowe na Dr. Nsanzimana Sabin uyiyobora. Bwatangajwe muri NEJM ku itariki 10 Nzeri 2025.

    Nyuma y'uko butangajwe muri NEJM, Dr. Nsazimana yanditse ku rukuta rwe rwa X ati 'Nyuma y'umwaka ubushakashatsi bwacu bwagaragaje uburyo twagendeye kuri siyansi dutahura virusi vuba tunayivura vuba. U Rwanda mu byumweru bike rwabashije guhagarika Marburg yari ihageze bwa mbere bituma ihitana abantu bake kurusha ahandi yagaragaye.'

    Marburg yagaragaye bwa mbere mu Rwanda muri Nzeri 2024 mu bitaro by'i Kigali ihereye ku bakozi 20 bo kwa muganga irandurwa burundu mu Ukuboza 2024.

    Nyuma yo kubona umurwayi wa mbere wa Marburg, byamenyekanye ko indwara yaturutse ku ducurama twitwa 'Egyptian rousette bats' twari mu kirombe cy'amabuye y'agaciro kiri hafi y'Umujyi wa Kigali.

    Abantu 66 ni bo basanganywe Marburg mu barenga 6.000 bapimwe. Abagize ijanisha rya 77% by'abasanganywe Marburg ni abakozi bo kwa muganga.

    Ubwo bushakashatsi bugaragaza ko abantu 15 Marburg yahitanye mu Rwanda bangana na 23% bya 66 bayanduye bigaragaza umwihariko mu guhangana n'iyo ndwara.

    Mu bindi bihugu bya Afurika Marburg yagaragayemo mu bihe bitandukanye birimo Angola, RDC, Kenya, Afurika y'Epfo n'ibindi yagiye ihahitana abarenga 50% by'abayanduye.

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko u Rwanda rwarushije ibindi bihugu bya Afurika guhashya Marburg


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ubushakashatsi-bwagaragaje-ko-u-rwanda-rwarushije-ibindi-bihugu-bya-afurika

  • Gatsibo: Yatawe muri yombi azira gutema insina 100 za mugenzi we bashwaniye mu kabari – #rwanda #RwOT

    Ibi byabereye mu Mudugudu wa Ryabugenge mu Kagari ka Mpondwa mu Murenge wa Gitoki, uyu mugabo akaba yatawe muri yombi ku wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025.

    Tariki ya 3 Nzeri 2025 ni bwo abagabo babiri bashwaniye mu kabari bapfuye umugore wagakoragamo. Icyo gihe umwe muri bo ngo yahise ahigira kuzahemukira mugenzi we akamukorera ikintu kizamubabaza cyane.

    Nyuma y'icyumweru tariki ya 10 Nzeri, undi yarabyutse asanga insina zirenga 100 zari ziri mu rutoki rwe zose ziri hasi zatemaguwe, ahita atanga ikirego. Uwo mugabo bari bafitanye ibibazo ngo yahise atangira kwihishahisha kugeza ubwo ku wa Kane atawe muri yombi.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umusigire w'Umurenge wa Gitoki, Mayunzwe Pierre Claver, yabwiye IGIHE, ko uwo mugabo watawe muri yombi akekwaho gutema izo nsina kubera amagabo yabwiye mugenzi we ubwo bari bari mu kabari, ikindi ngo cyatumye akekwa ni uburyo izo nsina zigitemwa yabanje kwihishahisha kugeza ubwo atawe muri yombi.

    Ati 'Ni ibintu bitari iby'i Rwanda, gutema insina nyinshi kuriya kandi zari kuzavaho ibitoki, rero twamufashe tumushyikiriza RIB kugira ngo ikomeze iperereza nibasanga yarabikoze abihanirwe. Abaturage turabasaba kubana neza no kwirinda amakimbirane. Mu gihe bibaye hari inzego z'ubuyobozi kuva ku Isibo, Umudugudu, Akagari ndetse no ku Murenge nta mpamvu yo kwihorera cyangwa ngo ukore ibyaha.''

    Uyu muyobozi yavuze ko kuri ubu bafite inama n'abaturage bo mu Mudugudu wa Ryabugenge mu rwego rwo kubasaba kubana neza no kwirinda amakimbirane. Kuri ubu uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Mugera mu gihe iperereza rigikomeje.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gatsibo-yatawe-muri-yombi-azira-gutema-insina-100-za-mugenzi-we-bashwaniye-mu

  • Nyarugenge: Polisi iri guhigisha uruhindu abasore bagaragaye bakomeretsa umukobwa – #rwanda #RwOT

    Ibyo byabereye mu Kagari ka Rwampara talik ya 11 Nzeri 2025.

    Amashusho yashyizwe hanze n'uwiyita Kazungu Kaboss kuri X watabazaga inzego za Polisi n'Ubugenzacyaha, agaragaza abasore batatu barimo n'ufite umuhoro bari gukupita umukobwa yaryamye hasi.

    Bigera aho ufite umuhoro akawukubita wa mukobwa, mbere y'uko biruka bakamusiga arambaraye hasi.

    Kazungu ati 'RIB, Polisi y'u Rwanda izi nsoresore z'i Nyamirambo, Rwampara mudufashe muzirase mu cyico! kandi mu mutwe. Ibi byabaye nijoro i Nyamirambo umanuka Rwampara. Ibaze insoresore zitwaza umuhoro koko. Ubu bujura, urugomo rusigaye muri Nyamirambo muruhagurukire pe.'

    Mu gusubiza, Polisi y'u Rwanda yifashishije X yatangaje ko yatangiye gushakisha abagaragaye muri ayo mashusho.

    Ati 'Polisi y'u Rwanda, yatangiye gushakisha abasore batatu bagaragaye mu mashusho bakubita bakanakomeretsa umukobwa. Byabereye mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Rwampara tariki 11 Nzeri 2025 turabizeza ko turimo gukora ibishoboka byose kugira ngo bafatwe. Murakoze'

    Raporo y'Urwego rw'Ubucamanza yagaragaje ko ibyaha byiganje muri sosiyete nyarwanda birangajwe imbere n'ubujura aho mu mwaka wa 2024/2025 w'ubucamanza hinjiye dosiye zirebana n'ubujura zirenga ibihumbi 13 mu nkiko.

    Icyaha cy'ubujura ni cyo kiza ku isonga aho hakiriwe dosiye 13.956, gikurikirwa n'icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, ahagaragaye dosiye 10.948.

    Itegeko riteganya ko umuntu wese uhamijwe n'urukiko icyaha cy'ubujura ahanishwa igifungo kitari munsi y'umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni 2 Frw.

    Uwagihamijwe ashobora gutegekwa gukora imirimo y'inyungu rusange mu gihe cy'amezi atandatu.

    Ku cyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake giteganywa n'itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, aho riteganya ko umuntu, ubishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'amezi atandatu ariko kitarenze umwaka 1 n'ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 300.000 FRW.

    Iyo byateye uwakorewe icyaha indwara idakira, ubumuga buhoraho butuma ntacyo yikorera, kubuza burundu urugingo rw'umubiri gukora no gutakaza igice cy'umubiri, igihano kiba igifungo kitari munsi y'imyaka imyaka itanu.

    Abo basore basize uwo mukobwa yabaye intere

    Polisi yatangiye gushakisha abasore bagaragaye bakomeretsa umukobwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyarugenge-polisi-iri-guhigisha-uruhindu-abasore-bagaragaye-bakomeretsa

  • Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 12 Nzeri 2025, Polisi y'u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X (rwahoze rwitwa Twitter), yatangaje ko yataye muri yombi umwe mu bantu batatu bagaragaye mu mashusho yanyuze ku mbuga nkoranyambaga, aho bari ku muhanda batemagura umuntu bari barambitse hasi aryamye.

    Mbere y'iri tangazo, hari irindi ryaribanjirije aho Polisi ibinyujije kuri X yagize iti' Polisi y'u Rwanda, yatangiye gushakisha abasore batatu bagaragaye mu mashusho bakubita bakanakomeretsa umukobwa. Byabereye mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Rwampara taliki 11 Nzeri 2025, turabizeza ko turimo gukora ibishoboka byose kugira ngo bafatwe'.

    Mu gihe kitagera ku masaha 24 agize umunsi, Polisi nibwo yahise itanga irindi tangazo ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X( rwahoze rwitwa Twitter), ivuga iti' Turabamenyeshe ko umwe mu bagaragaye mu mashusho, aho abantu batatu bakoreraga umuturage igikorwa cy'ubugome yafashwe. Gushakisha abandi babiri bari hamwe birakomeje'.

    Ubwo amashusho y'ubu bugizi bwa nabi yagaragaraga aba bantu batatu batemagura umuntu wari uryamye hasi, humvikanye amahoni y'imodoka yasaga n'itabaza ndetse aba basore batatu bagaragara umwe afite umupanga atema umugore/Kobwa wari uryamye hasi.

    Imodoka ikivuza amahoni, baretse ku mutema biruka bahunga ariko umwe muri bo agaragara asa n'utora ibuye hasi bigaragara ko hari uwo basaga n'abirukankana. Bikekwa ko ari uwo babonaga mu nzira bahunga. Bigaragara kandi ko, abari mu modoka cyangwa se undi muntu wari hafi aho ari bo bashobora kuba barafashe amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga. Gusa nubwo batabashije gutabara, ariko barabatesheje wenda bari no ku mwica, ariko kuvuza amahoni no gufata aya mashusho byatumye hamenyekana ubu bugome ndetse ababukoze batangira gukurikiranwa.
    intyoza.com

    The post Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi first appeared on Intyoza.

    The post Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/12/umwe-muri-3-bagaragaye-batemagura-umuntu-ku-muhanda-yatawe-muri-yombi/

  • Gorilla FC yatangiye shampiyona itsinda AS Muhanga (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Gorilla FC yatangiye shampiyona itsinda AS Muhanga itozwa na Gatera Moussa wahoze ayitoza ibitego 2-0.

    Wari umukino ufungura shampiyona ya 2025-26 ukaba wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

    AS Muhanga yazamutse mu cyiciro cya mbere uyu mwaka ikaba yari yasuye Gorilla FC.

    Amakipe yombi yagerageje gushaka igitego hakiri kare ariko impande zombi ntizabasha kureba mu izamu, bajya kuruhuka ari 0-0.

    Mu gice cya kabiri AS Muhanga yahererekanyaga neza ndetse ikanagera imbere y’izamu ariko ntibashe gutsinda.

    Gorilla FC yakinaga ibintu bike ariko bifite intego yaje kubona igitego ku munota wa 68 cyatsinzwe na Nduwimana Frank.

    Ku munota wa 84 Mudeyi Mussa wari winjiye mu kibuga asimbura yatsindiye Gorilla FC igitego cya kabiri. Umukino warangiye ari 2-0.

    Indi mikino y’umunsi wa wa shampiyona

    Ku wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2025

    Bugesera FC vs Gicumbi FC
    Etincelles vs Gasogi United
    Mukura VS vs Musanze FC
    Police FC vs Rutsiro FC
    Kiyovu Sports vs Rayon Sports

    Ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri 2025

    AS Kigali vs Amagaju

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11845

  • Ni umutoza ariko akoresha umutungo wacu – Perezida Fabrice yavuze amagambo akomeye k’umutoza w’Amavubi #rwanda #RwOT

    Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Shema Ngoga Fabrice yavuze ko hari impinduka zigomba kuba mu Mavubi kuko hari ibyo umutoza akora atazihanganira kuko akoresha umutungo w’abanyarwanda.

    Ibi yabibwiye itangazamakuru nyuma yo kugera mu Rwanda bavuye muri Nigeria na Afurika y’Epfo gukina imikino y’umunsi wa 7 n’uwa 8 mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.

    Batsinzwe na Nigeria 1-0 nyuma baza gutsinda Zimbabwe 1-0 mu mukino wabereye Afurika y’Epfo.

    Bageze mu Rwanda yavuze ko yishimiye urugendo rwe rwa mbere yaherekeje ikipe y’Igihugu aho yagize n’amahirwe yo kuganira n’abakinnyi amenya icyo baneye.

    Yagarutse ku mpinduka zishobora kuba mu guhamagara abakinnyi ubutaha, yemeza ko ashaka kubaka ikipe ikomeye yitwara neza.

    Ati “nababwiye ko hari ibintu byinshi ngiye guhindura mu Mavubi, igomba kuba ikipe y’inyamwuga ikagira aho abana bakina, tugakuramo amarangamutima.”

    Yakomeje kandi avuga ko uko abakinnyi bahamagarwa nibyo umutoza afite ububasha ariko na none agomba kumenya ko akoresha umutungo w’abanyarwanda.

    Ati “uko abakinnyi bahamagarwa, ni byo umutoza afite ububasha ariko ububasha afite akoresha umutungo wacu kugira bize, niba harimo igiciro gituma Amavubi atsindwa kuko bahamagaye abantu badakina, hari ibintu ntazemera.”

    “Tuzicara turebe tuzi abantu bakina, abafite ubwenegihugu bw’ahandi ariko ari abanyarwanda tugomba kubageraho tukabazana dushaka ko Amavubi akomera.”

    Yavuze ko yasabye abatoza kuba mu cyumweru kimwe bamaze gusohora urutonde rw’agateganyo rw’abakinnyi bifuza kuzakinisha mu kwezi gutaha ku mukino wa Benin na Afurika y’Epfo.

    Yanavuze ko hari abakinnyi bashya bafite ku rutonde bifuza gusura bakaba baganira na bo bahise bemera hari abagaragara muri iyo mikino.

    Shema Ngoga Fabrice yavuze ko hari impinduka agiye gukora mu Mavubi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11841

  • Imyaka 8 irashize uwari Umunyezamu wa Rayon Sports yitabye Imana #rwanda #RwOT

    Umunsi nk’uyu tariki ya 12 Nzeri 2017 byari amarira n’agahinda mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda by’umwihariko aba Rayon Sports kuko nibwo uwari umunyezamu wa bo, Mutuyimana Evariste yitabye Imana.

    Uyu munyezamu akaba yarazize urupfu rutunguranye aho yasanzwe iwe mu nzu yashizemo umwuka.

    Ni urupfu rwashenguye benshi cyane ko atari anarwaye. Yitabye Imana tariki ya 12 Nzeri ashyingurwa tariki ya 17 Nzeri, akaba yarashyinguranywe inkweto na ‘Gants’ yakinanaga.

    Yitabye Imana afite imayaka 29 kuko yavutse tariki ya 12 Mutarama 1988.

    Yamenyekanye akinira Kiyovu Sports na Police FC, yaje kuvamo yerekeza muri Sofapaka yo muri Kenya. Uyu munyezamu wanakiniraga ikipe y’Igihugu Amavubi yagarutse mu Rwanda muri Kanama 2016 nyuma yo kubengukwa na Rayon Sports, ikipe yari amazemo umwaka ndetse akaba yaratwaranye na yo igikombe cya Shampiyona ya 2016/2017.

    Imyaka 8 irashize Mutuyimana Evariste wakiniraga Rayon Sports yitabye Imana

    Yashyinguranywe inkweto na Gants yakinanaga

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11842

  • Rutahizamu wa APR FC arwariye i Kanombe #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa APR FC, Cheikh Djibril Ouatarra yavuye muri Tanzania akaba arwariye i Kanombe.

    Uyu rutahizamu ukomoka muri Burkina Faso yari kumwe na APR FC muri Tanzania aho yitabiriye CECAFA Kagame Cup.

    Yakinnye umukino umwe gusa wa Bumamuru aho yanatsinze igitego 1 muri 2 batsinze.

    Imikino yakurikiyeho ya Mlandege na KMC ntabwo yayikinnye kubera uburwayi bwa Malaria yamufashe imushyira hasi.

    Amakuru ISIMBI ikesha umwe mu bantu bari Tanzania ni uko nyuma y’umukino wa KMC banganyije 1-1 wabaye ku wa Mbere nibwo hafashwe umwanzuro wo kumwohereza i Kigali kuko babonaga kuri we irushanwa ryarangiye.

    Amakuru avuga ko ubu Cheikh Djibril Ouattara arwariye mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe ndetse akaba arimo agenda yoroherwa.

    Cheikh Djibril Ouatarra wa APR FC arwariye I Kanombe

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11843

  • Polisi yataye muri yombi umwe muri batatu bagaragaye batema umukobwa #rwanda #RwOT

    Polisi y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi umwe mu basore batatu bagaragaye batema umukobwa.

    Ku mugoroba w’ejo hashize nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho abasore batatu barimo batema umukinnyi bakoresheje umuhoro.

    Polisi yavuze ko ubu bugizi bwa nabi bwabereye mu Kagari ka Rwampara mu Murenge wa Nyarugenge tariki ya 11 Nzeri 2025.

    Polisi ibunyujije ku rukuta rwa Twitter kuri uyu wa Gatanu yagize iti “Turabamenyesha ko umwe mu bagaragaye mu mashusho, aho abantu batatu bakoreraga umuturage igikorwa cy’ubugome yafashwe. Gushakisha abandi babiri bari hamwe birakomeje.”

    Polisi yemeje ko yafashe umwe muri 3

    Abasore batemye umukobwa

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11844

  • Menya abayobozi n'ibikorwa remezo by'u Rwanda birindwa n'Abajepe( Republican Guard ) #rwanda #RwOT

    Mu Rwanda hari urwego rwihariye rw'ingabo rufite inshingano zo kurinda abayobozi bakuru n'ibikorwa remezo by'ingenzi by'Igihugu. Uru rwego ni Republican Guard (RG), abenshi bita Abajepe. Aba basirikare batoranywa mu ngabo z'Igihugu kubera ubunyamwuga, ubuhanga n'ubunyangamugayo, bagahabwa amahugurwa akomeye yo gucunga umutekano wihariye. Dore abo bafite uburenganzira bwo gucungira umutekano n'aba basirikare b'inkorokoro:

    1. Perezida wa Repubulika n'umuryango we

    Perezida w'u Rwanda arindwa n'Abajepe kuva agitorwa kugeza asoje manda ye. Ariko bitarangira aho, kuko no nyuma yo kuva ku buyobozi, Perezida wa Repubulika akomeza kurindwa n'aba basirikare ubuzima bwe bwose, kimwe n'umuryango we wa hafi. Ibi bigaragaza agaciro Igihugu giha umutekano w'umukuru wacyo.

    Perezida wa Repubulika n'umuryango we
    Umukuru wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame

    2. Perezida mushya utararahira

    Iyo hatowe Perezida mushya ariko ataratangira inshingano ze ku mugaragaro, we n'umuryango we wa hafi bahabwa kurindwa n'Abajepe. Ibi bikorwa hagamijwe kwirinda ibyago byavuka muri icyo gihe cy'inzibacyuho.

    3. Abakuru b'Ibihugu n'abahagarariye guverinoma basura u Rwanda

    Iyo umukuru w'Igihugu cy'amahanga cyangwa se intumwa nkuru ya guverinoma y'icyo gihugu igiriye uruzinduko mu Rwanda, umutekano wabo uba uri mu maboko y'Abajepe. Ni uburyo bwo kubaha ishema no kurinda umutekano w'abanyamahanga ba bayobozi b'Ibihugu muri rusange.

    Abakuru b'Ibihugu n'abahagarariye guverinoma basura u Rwanda

    4. Minisitiri w'Intebe

    Minisitiri w'Intebe wa Repubulika y'u Rwanda nawe arindwa n'Abajepe igihe cyose ari mu nshingano. Na nyuma yo kuva ku buyobozi, akomeza kurindwa mu gihe cy'amezi atandatu kugira ngo ubuzima bwe busubire mu buryo bwari busanzwe.

    Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva

    5. Perezida wa Sena

    Perezida wa Sena wa Repubulika y'u Rwanda na we agenerwa kurindwa n'Abajepe mu gihe cy'inshingano ze, kandi na nyuma yo kuva ku buyobozi akomeza kurindwa mu gihe kingana n'amezi atandatu.

    Perezida wa Sena, Dr François-Xavier Kalinda

    6. Perezida w'Umutwe w'Abadepite

    Perezida w'Umutwe w'Abadepite agenerwa umutekano uhabwa n'Abajepe mu gihe cy'inshingano ze, ndetse n'amezi atandatu nyuma yo kuva ku buyobozi.

    Perezida w'Umutwe w'Abadepite, Gertrude Kazarwa

    7. Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga

    Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, nk'umwe mu bacamanza bakuru b'igihugu, na we arindwa n'Abajepe mu gihe ari mu nshingano ze no mu mezi atandatu akimara kuzisoza.

    Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa

    8. Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda

    Umugaba Mukuru w'Ingabo (CDF) afite ububasha bwo gufata icyemezo cyo gushyira abandi bantu mu rwego rwo kurindwa na Republican Guard bitewe n'ibihe cyangwa akamaro bafite mu mutekano w'Igihugu.

    Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga.

    9. Ibikorwa remezo by'ingenzi

    Uretse abayobozi, Abajepe bashinzwe kurinda ibikorwa remezo by'ingenzi mu gihugu, nk'ibibuga by'indege, ibigo by'ingufu, ndetse n'ahandi h'ingenzi hagenwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo. Ibi bikorwa byose bigamije kurinda umutekano w'Igihugu n'abenegihugu bacyo.

    Ibikorwa remezo by'ingenzi

    Nk'uko bigaragara, kurindwa n'Abajepe si ikintu gihabwa buri wese, ahubwo ni uburenganzira bugenerwa abayobozi b'ikirenga cyangwa se abashyizwe mu byiciro byihariye n'ubuyobozi bw'ingabo. Ibi bituma Igihugu gikomeza kuba icyitegererezo mu kubungabunga umutekano w'abayobozi n'ibikorwa remezo byacyo.

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/menya-abayobozi-nibikorwa-remezo-byu-rwanda-birindwa-nabajepe-republican-guard/