Ni ubushakashatsi bwakozwe n'itsinda rya Minisiteri y'Ubuzima ryayobowe na Dr. Nsanzimana Sabin uyiyobora. Bwatangajwe muri NEJM ku itariki 10 Nzeri 2025.
Nyuma y'uko butangajwe muri NEJM, Dr. Nsazimana yanditse ku rukuta rwe rwa X ati 'Nyuma y'umwaka ubushakashatsi bwacu bwagaragaje uburyo twagendeye kuri siyansi dutahura virusi vuba tunayivura vuba. U Rwanda mu byumweru bike rwabashije guhagarika Marburg yari ihageze bwa mbere bituma ihitana abantu bake kurusha ahandi yagaragaye.'
Marburg yagaragaye bwa mbere mu Rwanda muri Nzeri 2024 mu bitaro by'i Kigali ihereye ku bakozi 20 bo kwa muganga irandurwa burundu mu Ukuboza 2024.
Nyuma yo kubona umurwayi wa mbere wa Marburg, byamenyekanye ko indwara yaturutse ku ducurama twitwa 'Egyptian rousette bats' twari mu kirombe cy'amabuye y'agaciro kiri hafi y'Umujyi wa Kigali.
Abantu 66 ni bo basanganywe Marburg mu barenga 6.000 bapimwe. Abagize ijanisha rya 77% by'abasanganywe Marburg ni abakozi bo kwa muganga.
Ubwo bushakashatsi bugaragaza ko abantu 15 Marburg yahitanye mu Rwanda bangana na 23% bya 66 bayanduye bigaragaza umwihariko mu guhangana n'iyo ndwara.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Ryabugenge mu Kagari ka Mpondwa mu Murenge wa Gitoki, uyu mugabo akaba yatawe muri yombi ku wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025.
Tariki ya 3 Nzeri 2025 ni bwo abagabo babiri bashwaniye mu kabari bapfuye umugore wagakoragamo. Icyo gihe umwe muri bo ngo yahise ahigira kuzahemukira mugenzi we akamukorera ikintu kizamubabaza cyane.
Nyuma y'icyumweru tariki ya 10 Nzeri, undi yarabyutse asanga insina zirenga 100 zari ziri mu rutoki rwe zose ziri hasi zatemaguwe, ahita atanga ikirego. Uwo mugabo bari bafitanye ibibazo ngo yahise atangira kwihishahisha kugeza ubwo ku wa Kane atawe muri yombi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umusigire w'Umurenge wa Gitoki, Mayunzwe Pierre Claver, yabwiye IGIHE, ko uwo mugabo watawe muri yombi akekwaho gutema izo nsina kubera amagabo yabwiye mugenzi we ubwo bari bari mu kabari, ikindi ngo cyatumye akekwa ni uburyo izo nsina zigitemwa yabanje kwihishahisha kugeza ubwo atawe muri yombi.
Ati 'Ni ibintu bitari iby'i Rwanda, gutema insina nyinshi kuriya kandi zari kuzavaho ibitoki, rero twamufashe tumushyikiriza RIB kugira ngo ikomeze iperereza nibasanga yarabikoze abihanirwe. Abaturage turabasaba kubana neza no kwirinda amakimbirane. Mu gihe bibaye hari inzego z'ubuyobozi kuva ku Isibo, Umudugudu, Akagari ndetse no ku Murenge nta mpamvu yo kwihorera cyangwa ngo ukore ibyaha.''
Uyu muyobozi yavuze ko kuri ubu bafite inama n'abaturage bo mu Mudugudu wa Ryabugenge mu rwego rwo kubasaba kubana neza no kwirinda amakimbirane. Kuri ubu uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Mugera mu gihe iperereza rigikomeje.
Kuri uyu wa 12 Nzeri 2025, Polisi y'u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X (rwahoze rwitwa Twitter), yatangaje ko yataye muri yombi umwe mu bantu batatu bagaragaye mu mashusho yanyuze ku mbuga nkoranyambaga, aho bari ku muhanda batemagura umuntu bari barambitse hasi aryamye.
Mbere y'iri tangazo, hari irindi ryaribanjirije aho Polisi ibinyujije kuri X yagize iti' Polisi y'u Rwanda, yatangiye gushakisha abasore batatu bagaragaye mu mashusho bakubita bakanakomeretsa umukobwa. Byabereye mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Rwampara taliki 11 Nzeri 2025, turabizeza ko turimo gukora ibishoboka byose kugira ngo bafatwe'.
Mu gihe kitagera ku masaha 24 agize umunsi, Polisi nibwo yahise itanga irindi tangazo ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X( rwahoze rwitwa Twitter), ivuga iti' Turabamenyeshe ko umwe mu bagaragaye mu mashusho, aho abantu batatu bakoreraga umuturage igikorwa cy'ubugome yafashwe. Gushakisha abandi babiri bari hamwe birakomeje'.
Imodoka ikivuza amahoni, baretse ku mutema biruka bahunga ariko umwe muri bo agaragara asa n'utora ibuye hasi bigaragara ko hari uwo basaga n'abirukankana. Bikekwa ko ari uwo babonaga mu nzira bahunga. Bigaragara kandi ko, abari mu modoka cyangwa se undi muntu wari hafi aho ari bo bashobora kuba barafashe amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga. Gusa nubwo batabashije gutabara, ariko barabatesheje wenda bari no ku mwica, ariko kuvuza amahoni no gufata aya mashusho byatumye hamenyekana ubu bugome ndetse ababukoze batangira gukurikiranwa. intyoza.com
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Shema Ngoga Fabrice yavuze ko hari impinduka zigomba kuba mu Mavubi kuko hari ibyo umutoza akora atazihanganira kuko akoresha umutungo w’abanyarwanda.
Ibi yabibwiye itangazamakuru nyuma yo kugera mu Rwanda bavuye muri Nigeria na Afurika y’Epfo gukina imikino y’umunsi wa 7 n’uwa 8 mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.
Batsinzwe na Nigeria 1-0 nyuma baza gutsinda Zimbabwe 1-0 mu mukino wabereye Afurika y’Epfo.
Bageze mu Rwanda yavuze ko yishimiye urugendo rwe rwa mbere yaherekeje ikipe y’Igihugu aho yagize n’amahirwe yo kuganira n’abakinnyi amenya icyo baneye.
Yagarutse ku mpinduka zishobora kuba mu guhamagara abakinnyi ubutaha, yemeza ko ashaka kubaka ikipe ikomeye yitwara neza.
Ati “nababwiye ko hari ibintu byinshi ngiye guhindura mu Mavubi, igomba kuba ikipe y’inyamwuga ikagira aho abana bakina, tugakuramo amarangamutima.”
Yakomeje kandi avuga ko uko abakinnyi bahamagarwa nibyo umutoza afite ububasha ariko na none agomba kumenya ko akoresha umutungo w’abanyarwanda.
Ati “uko abakinnyi bahamagarwa, ni byo umutoza afite ububasha ariko ububasha afite akoresha umutungo wacu kugira bize, niba harimo igiciro gituma Amavubi atsindwa kuko bahamagaye abantu badakina, hari ibintu ntazemera.”
“Tuzicara turebe tuzi abantu bakina, abafite ubwenegihugu bw’ahandi ariko ari abanyarwanda tugomba kubageraho tukabazana dushaka ko Amavubi akomera.”
Yavuze ko yasabye abatoza kuba mu cyumweru kimwe bamaze gusohora urutonde rw’agateganyo rw’abakinnyi bifuza kuzakinisha mu kwezi gutaha ku mukino wa Benin na Afurika y’Epfo.
Yanavuze ko hari abakinnyi bashya bafite ku rutonde bifuza gusura bakaba baganira na bo bahise bemera hari abagaragara muri iyo mikino.
Shema Ngoga Fabrice yavuze ko hari impinduka agiye gukora mu Mavubi
Umunsi nk’uyu tariki ya 12 Nzeri 2017 byari amarira n’agahinda mu bakunzi ba ruhago mu Rwanda by’umwihariko aba Rayon Sports kuko nibwo uwari umunyezamu wa bo, Mutuyimana Evariste yitabye Imana.
Uyu munyezamu akaba yarazize urupfu rutunguranye aho yasanzwe iwe mu nzu yashizemo umwuka.
Ni urupfu rwashenguye benshi cyane ko atari anarwaye. Yitabye Imana tariki ya 12 Nzeri ashyingurwa tariki ya 17 Nzeri, akaba yarashyinguranywe inkweto na ‘Gants’ yakinanaga.
Yamenyekanye akinira Kiyovu Sports na Police FC, yaje kuvamo yerekeza muri Sofapaka yo muri Kenya. Uyu munyezamu wanakiniraga ikipe y’Igihugu Amavubi yagarutse mu Rwanda muri Kanama 2016 nyuma yo kubengukwa na Rayon Sports, ikipe yari amazemo umwaka ndetse akaba yaratwaranye na yo igikombe cya Shampiyona ya 2016/2017.
Imyaka 8 irashize Mutuyimana Evariste wakiniraga Rayon Sports yitabye Imana
Imikino yakurikiyeho ya Mlandege na KMC ntabwo yayikinnye kubera uburwayi bwa Malaria yamufashe imushyira hasi.
Amakuru ISIMBI ikesha umwe mu bantu bari Tanzania ni uko nyuma y’umukino wa KMC banganyije 1-1 wabaye ku wa Mbere nibwo hafashwe umwanzuro wo kumwohereza i Kigali kuko babonaga kuri we irushanwa ryarangiye.
Amakuru avuga ko ubu Cheikh Djibril Ouattara arwariye mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe ndetse akaba arimo agenda yoroherwa.
Cheikh Djibril Ouatarra wa APR FC arwariye I Kanombe
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi umwe mu basore batatu bagaragaye batema umukobwa.
Ku mugoroba w’ejo hashize nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho abasore batatu barimo batema umukinnyi bakoresheje umuhoro.
Polisi yavuze ko ubu bugizi bwa nabi bwabereye mu Kagari ka Rwampara mu Murenge wa Nyarugenge tariki ya 11 Nzeri 2025.
Polisi ibunyujije ku rukuta rwa Twitter kuri uyu wa Gatanu yagize iti “Turabamenyesha ko umwe mu bagaragaye mu mashusho, aho abantu batatu bakoreraga umuturage igikorwa cy’ubugome yafashwe. Gushakisha abandi babiri bari hamwe birakomeje.”
Mu Rwanda hari urwego rwihariye rw'ingabo rufite inshingano zo kurinda abayobozi bakuru n'ibikorwa remezo by'ingenzi by'Igihugu. Uru rwego ni Republican Guard (RG), abenshi bita Abajepe. Aba basirikare batoranywa mu ngabo z'Igihugu kubera ubunyamwuga, ubuhanga n'ubunyangamugayo, bagahabwa amahugurwa akomeye yo gucunga umutekano wihariye. Dore abo bafite uburenganzira bwo gucungira umutekano n'aba basirikare b'inkorokoro:
1. Perezida wa Repubulika n'umuryango we
Perezida w'u Rwanda arindwa n'Abajepe kuva agitorwa kugeza asoje manda ye. Ariko bitarangira aho, kuko no nyuma yo kuva ku buyobozi, Perezida wa Repubulika akomeza kurindwa n'aba basirikare ubuzima bwe bwose, kimwe n'umuryango we wa hafi. Ibi bigaragaza agaciro Igihugu giha umutekano w'umukuru wacyo.
Perezida wa Repubulika n'umuryango weUmukuru wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame
2. Perezida mushya utararahira
Iyo hatowe Perezida mushya ariko ataratangira inshingano ze ku mugaragaro, we n'umuryango we wa hafi bahabwa kurindwa n'Abajepe. Ibi bikorwa hagamijwe kwirinda ibyago byavuka muri icyo gihe cy'inzibacyuho.
3. Abakuru b'Ibihugu n'abahagarariye guverinoma basura u Rwanda
Iyo umukuru w'Igihugu cy'amahanga cyangwa se intumwa nkuru ya guverinoma y'icyo gihugu igiriye uruzinduko mu Rwanda, umutekano wabo uba uri mu maboko y'Abajepe. Ni uburyo bwo kubaha ishema no kurinda umutekano w'abanyamahanga ba bayobozi b'Ibihugu muri rusange.
Abakuru b'Ibihugu n'abahagarariye guverinoma basura u Rwanda
4. Minisitiri w'Intebe
Minisitiri w'Intebe wa Repubulika y'u Rwanda nawe arindwa n'Abajepe igihe cyose ari mu nshingano. Na nyuma yo kuva ku buyobozi, akomeza kurindwa mu gihe cy'amezi atandatu kugira ngo ubuzima bwe busubire mu buryo bwari busanzwe.
Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva
5. Perezida wa Sena
Perezida wa Sena wa Repubulika y'u Rwanda na we agenerwa kurindwa n'Abajepe mu gihe cy'inshingano ze, kandi na nyuma yo kuva ku buyobozi akomeza kurindwa mu gihe kingana n'amezi atandatu.
Perezida wa Sena, Dr François-Xavier Kalinda
6. Perezida w'Umutwe w'Abadepite
Perezida w'Umutwe w'Abadepite agenerwa umutekano uhabwa n'Abajepe mu gihe cy'inshingano ze, ndetse n'amezi atandatu nyuma yo kuva ku buyobozi.
Perezida w'Umutwe w'Abadepite, Gertrude Kazarwa
7. Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, nk'umwe mu bacamanza bakuru b'igihugu, na we arindwa n'Abajepe mu gihe ari mu nshingano ze no mu mezi atandatu akimara kuzisoza.