Author: webrwanda

  • Perezida Kagame yavuze ko ibijya bimuraza ijoro ari ukureba uko yakemura ibibazo Abanyarwanda bafite – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho kuri uyu wa 25 Nzeri 2025 ubwo yatangizaga amasomo y'Ishuri Nyafurika ry'Imiyoborere (ASG).

    ASG ni ishuri ryashibutse ku muryango African School of Governance Foundation washinzwe hubakiye ku bitekerezo bya Perezida Paul Kagame na Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia.

    Iri shuri rishya rizatanga ubumenyi bugamije gufasha Afurika kwigobotora ibibazo bitandukanye bijyanye n'imiyoborere, hahugurwa urubyiruko kugira ngo rugire uruhare mu guteza imbere Afurika.

    Perezida Kagame yavuze ko igitekerezo cy'iri shuri cyatangiriye ku kwiyumvisha neza icyo Afurika ari cyo, aho yavuye, imbogamizi ifite, amahirwe ifite n'icyo Abanyafurika bakora kugira ngo itere imbere n'aho ikeneye kugera.

    Ati 'Afurika ifite buri kimwe cyose isabwa kugira ngo igire ijambo ringana n'indi migabane ku Isi. Ariko iyo urebye ubona ko hari ibibura aha na hariya.'

    Perezida Kagame yavuze ko ikibazo kibangamiye Afurika kurusha ibindi ari uko usanga Abanyafurika batekereza ku ngingo zigezweho nyuma y'abandi.

    Ati 'Tugomba kwitekerezaho cyane ariko tunareba ku bato bacu kuko ari bo ejo heza hacu ndetse no kureba niba hari ikintu cyakorwa kugira ngo bakore ibintu neza kurusha ibyo twakoze, bakemure ibyo bibazo. Afurika ntikwiriye kuguma aho iri, tugomba gutera imbere nk'abo mu bindi bihugu, twari turi no ku rwego rumwe rw'iterambere ndetse bamwe bari n'inyuma yacu, ariko baradusize cyane. Ni iki cyabaye, ni iki cyatubayeho? Ni iki cyabaye kuri Afurika?'

    Perezida Kagame yavuze ko ASG izafasha Abanyafurika kureba icyatumye Afurika idindira bakagikemura umugabane ugatera imbere nk'iyindi yose.

    Ati 'Urubyiruko tugiye kubakira ubushobozi hano hari igihe bazabona uburyo bwo gukoramo ibintu neza kurusha uko twabigenje.'

    Umunyeshuri wo muri Sudani y'Epfo uri mu bagiye kwiga muri iri shuri yabajije Perezida Kagame icyamufashishe kuba ari umuyobozi ushimwa na bose uyu munsi.

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko ibihe yavukiyemo, aho yakuriye n'ubuzima yanyuzemo byagize uruhare mu kuba uwo ari we uyu munsi.

    Ati 'Navukiye mu Rwanda, umuryango uba impunzi ubwo nari mfite imyaka ine, mara imyaka 20 mu buhunzi, nyuma haza ibindi bintu bikomeye. Buri bihe byose byangizeho ingaruka. Umuntu aba agomba guhitamo, ese uremera ibibazo bikomeye kugushwanyaguza bikurigise cyangwa urarwanira amahirwe yawe yo kubaho neza uko ushoboye.'

    Perezida Kagame yavuze ko amahitamo yagize ari yo yatumye agera aho ageze ubu, ko yakuye amasomo akomeye no mu bihe bikomeye, anasaba abanyeshuri kudacika intege mu bihe bikomeye, ahubwo bakagombye gukomeza kwiga.

    Ati 'No mu bihe bikomeye, ntimugapfushe ubusa ibyo bihe, muzakomeze mubikuremo amasomo. Hari amasomo menshi mu bihe bigoye, ariko hari n'amasomo mukwiriye kwigira mu bihe byiza.'

    Yabwiye aba banyeshuri ko amasomo bazajya bakura muri ibyo bihe bitandukanye bakwiriye kujya bayahuza n'intego z'ubuzima bwabo n'ubw'abaturage babayemo.

    Ati 'Uko ni ko byangizeho ingaruka njye ubwanjye ariko n'ibihe nakuriyemo n'abandi bari bato nkanjye…, twarihuje tugerageza gushaka uburyo twahangana n'ibyo bibazo. Nubwo ushobora kuba utazi ikizavamo… ugomba gushyiramo imbaraga wenda ukabaho umwaka umwe, rimwe na rimwe ushobora no kubaho imyaka itanu ugize amahirwe.'

    Umunyeshuri wo muri Mali yabajije Perezida Kagame ikintu kiruta ibindi muri Afurika gihora kimubuza amahwemo buri joro, Umukuru w'Igihugu amusubiza ko ari byinshi aho kuba kimwe.

    Yabwiye urubyiruko ko rukwiriye kwibaza ibibazo bitandukanye ariko banakwiye kwiha umukoro, bakibaza umunsi bahawe inshingano runaka kugeza ku kuba Perezida, bakwiriye kwitegura kugira ngo bakore icyiza gifitiye akamaro abaturage.

    Ati 'Uzibaza uti 'ni gute nakemura kiriya kibazo. Ntukaburane gusa, ntukanenge gusa, renga ibyo, muri wowe wiganirize, uvuge uti 'iyo aza kuba ari njye urebwa n'izi nshingano, nagombaga gukora iki mu gukemura iki kibazo.'

    Ku bimuhangayikisha bigatuma atagoheka, ni ukwibaza ibibazo Abanyarwanda bafite n'uburyo yabikemura kuko ijya kurisha ihera ku rugo, hanyuma bigakomereza no ku bindi Abanyafurika bahura na byo kuko bijya gusa.

    Ati 'Ijoro ryose mba nibaza uburyo twakemura ibi bibazo. Ntabwo ari njye ushobora kubikemura gusa, ahubwo ni ukureba uburyo twafasha Abanyarwanda kumva ko buri wese afite icyo agomba kuzana ku meza mu gukemura ibibazo by'u Rwanda, ibibazo byabo.'

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko mu bindi bibazo ahura na byo nk'umuyobozi ari uko no ku bateshuka ku nshingano zabo aba yiteguye kubitaho 'kuko bafite uburenganzira bwo guhindura bakamveba kuri buri kintu cyose.'

    Perezida Kagame kandi yavuze ko nyuma yibyo haba hagomba no kwitabwa ku bindi bibazo abanyamahanga bashobora gukururira u Rwanda, agaragaza ko nubwo ari ruto ariko bitarubuza kuvangirwa n'abo mu bihugu bikomeye.

    Ati 'Nk'ibibazo by'ubutabera butanoze bitugeraho bizanwa n'abo mu bindi bice by'Isi …. na byo tugomba kubyitaho. Hari n'ibihugu binini ubusanzwe wumva ko nta mwanya bagira wo kudutekerezaho, ariko batwitaho cyane bagamije ikibi.'

    Perezida Kagame yakomeje ati 'Baba bashaka gutegeka uko ibintu bigomba kugenda, niba ugiye gutangira kugenda, baba bashaka gutegeka ngo uratangirana ikirenge cy'iburyo, icy'ibumoso, niba ugiye kurya, ni ibihe biryo urya, niba mugiye gutora, baba bafite urutonde rw'abayobozi baba bashaka. Ni ibintu tubana na byo buri munsi. Ni ikibazo gikomeye.'

    Umukuru w'Igihugu yasabye aba banyeshuri gukora cyane bakaza mu myanya y'ubuyobozi 'simbe njyenyine wita kuri ibyo bibazo byose byugarije Isi.'

    Perezida Kagame na Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia batangije ASG baganirije abanyeshuri bagiye kwiga muri iri shuri ku ndangagaciro zikwiriye umuyobozi nyawe

    Perezida Kagame yerekanye ibanga ryamufashije mu nshingano ze kugeza n’ubu

    Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba mbere bagiye kwiga muri ASG ikimufasha kuzuza inshingano

    Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba ASG ko ari bo Afurika itezeho amakiriro

    Perezida Kagame yatangije amasomo azatangirwa muri ASG

    Perezida Kagame yasabye abagiye kwiga muri ASG kwitegura guhangana n’ibibazo Afurika ifite

    Ubwo Perezida Kagame yari ageze ahari hagiye kubera umuhango wo gutangiza amasomo ya ASG

    Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia uri mu batangije ASG yitabiriye umuhango wo gutangiza amasomo y’iri shuri

    Abanyeshuri 51 bo mu bihugu 14 ni bo bagiye gutangirana na ASG

    Abayobozi batandukanye ba Afurika ubwo bari basoje umuhango wo gutangiza amasomo ya ASG

    Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza amasomo ya ASG

    Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Nsengimana Joseph (iburyo) na VVisi Perezida wa ASG Ushinzwe Amasomo, Amany El-Sharif,

    Visi Perezida wa ASG Ushinzwe Amasomo, Amany El-Sharif, na Francis Gatare uri mu Nama y’Ubutegetsi ya ASG baganirije itangazamakuru

    Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza amasomo ya ASG

    Amafoto: Habyarimana Raoul


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yavuze-ko-ibijya-bimuraza-ijoro-ari-ukureba-uko-yakemura

  • Kamonyi-Nyarubaka: Inzu ya Mudugudu yafashwe n'Inkongi ihitana n'amafaranga #rwanda #RwOT

    Ahagana ku i saa munani z'amanywa yo kuri uyu wa 24 Nzeri 2025, Inkongi y'Umuriro yafashe inzu y'Umuturage witwa Nyirabarame Filomena ari nawe Mukuru w'Umudugudu wa Kibingo, Akagari ka Gitare, Umurenge wa Nyarubaka ho mu Karere ka Kamonyi. Inkuru mbi y'uko inzu ye yafashwe n'Inkongi y'umuriro yamusanze mu kazi aho ari Gapita ahatunganywa Imirwanyasuri. Ibyari mu nzu birimo; Amafaranga, Matora, Imyenda, Inkweto byahatikiriye.

    Mudugudu Nyirabarame, yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko nubwo atazi neza imvano y'iyi nkongi y'Umuriro ariko ko ku makuru yahawe bishobora kuba byatewe n'Umurasire w'Izuba( Panneau Solaire). Ati' Nahuye n'uruvagusenya wa muntu we! Byose byarapokeye, Matora irashya, Imyemda irashya, Amafaranga n'Agatabo ka Banki( SACCO), n'ibindi'.

    Yakomeje ati' Wumve rero umwaku naje kugira! Nari nagiye mu mirwanyasuri aho mfite ikiraka cy'Ubugapita, amafaranga nari nayasigiye umwana ngo ayanjyanire kuri SACCO, sinzi ibyo yahugiyemo nti yajyayo. Ngo bagiye kumva bumva ikintu kiraturitse ngo Pooo! Icyotsi kiracuncumuka!. Ngo ni Pano( Panneau Solaire), nanjye uko nabibonye nkeka ko ari Pano yabiteye'. Akomeza avuga ko abatabaye bafatiranye umuriro utaraba mwinshi mu gisenge ngo gifatwe n'amategura aturagurike.

    Agatabo ka Banki(SACCO) mu byahiye ariko bagakuramo uko.

    Mudugudu Nyirabarame, yabwiye kandi intyoza.com ko n'amahirwe make yagize inzu nti yangirike cyane ari uko ari iy'amategura. Gusa na none avuga ko nyuma y'uko abonye ikibanza, yarimo arwana no gushakisha amafaranga ngo arebe uko yubaka indi nzu kuko iyi aho iri ngo hasa no mu manegeka adakwiye gukomeza kuhatura. Ahamya ko mu gihe yaba abonye ubushobozi yakubaka ikibaza yabonye ku muhanda akimuka.

    Jean Paul Minani, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyarubaka yabwiye intyoza.com ko ikibazo cya Mudugudu Nyirabarame Filomena wahuye n'Inkongi y'Umuriro igatwika inzu( bidakabije) ariko ibyarimo hakangirika byinshi bakimenye ko kandi mu gihe yagaragaza ko hari ubufasha akeneye nk'Ubuyobozi biteguye kumufasha.

    Amafaranga yahagendeye, amwe yabaye ivu.

    Mu gushaka kumenya niba ubufasha bujya buhabwa abatishoboye, haba kubakirwa cyangwa se guhabwa Isakaro n'ibindi hatarebwa uko na Mudugudu agerwaho cyane ko yabonye ikibanza kandi aha Inkongi yamusanze akaba atishimiye kuhaguma cyane ko avuga ko hasa no mu Manegeka, Gitifu Jean Paul Minani wa Nyarubaka yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ati' Turabikurikirana nasaba ubufasha turamufasha nta kibazo. Ubufasha twaha undi uwo ariwe wese, ntabwo twabumwima ngo kuko ari Mudugudu, ntabwo bivuze ko Mudugudu aba yishoboye kurusha abandi baturage'.
    Munyaneza Théogène

    The post Kamonyi-Nyarubaka: Inzu ya Mudugudu yafashwe n'Inkongi ihitana n'amafaranga first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Nyarubaka: Inzu ya Mudugudu yafashwe n'Inkongi ihitana n'amafaranga appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/25/kamonyi-nyarubaka-inzu-ya-mudugudu-yafashwe-ninkongi-ihitana-namafaranga/

  • Mu 2026 RFI izatangira gupima uturemangingo ndangasano tw'inyamaswa n'ibimera – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Nzeri 2025, ubwo RFI yaganiraga na bamwe mu bayobozi b'inzego z'ibanze, abavuga rikijyana n'abandi batandukanye bagera kuri 270, aho baganiraga ku bijyanye na serivisi iki kigo gitanga muri gahunda yiswe '' Sobanukirwa RFI 2025''

    Ni kenshi hirya no hino humvikana abaturage baba bavuga ko batemewe inka n'andi matungo magufi, abandI bakarandurirwa imyaka ariko ababikoze ntibamenyekane.

    Ni ibintu bigiye gutangira gukurikiranwa na RFI aho izajya ipima ibimenyetso by'ahabereye iki cyaha mu rwego rwo gufasha ubugenzacyaha.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr Karangwa Charles, yavuze ko guhera muri Mutarama 2026 bazatangira gupima uturemangingo ndangasano tw'inyamaswa n'ibimera mu rwego rwo kurushaho gufasha abagenzacyaha kubona ibimenyetso ku byaha bitandukanye biba byakozwe.

    Yagize ati ''Tuzajya dupima uturemangingo ndangasano tw'inyamaswa n'ibimera kugira ngo dushobore gutanga ubutabera, ubundi twatangaga serivisi zo gupima uturemangingo ndangasano tw'abantu gusa ariko umwaka utaha tuzatangira noneho tubihuze na rya tungo ryatemwe, bizafasha abagenzacyaha kubona ikimenyetso bajyana mu rubanza.''

    Uku gupima uturemangingo ndangasano tw'inyamaswa n'ibimera byinshimiwe na bamwe mu bayobozi ndetse n'abaturage bo mu Karere ka Ngoma, aho bavuga ko bizagabanya ibyaha.

    Musanabandi Marie Jeanne yagize ati ' Hari ibyaha abantu bakunda gukora nko gutema inka, kurandura imyaka ya mugenzi we, gutema insina n'ibindi byinshi, ibyo rero abantu babikoraga bakibwira ko badashobora kumenyekana ariko RFI yatubwiye ko bagiye kujya bapima bakamenya abo bantu, bizatuma ibyaha bigabanuka bitange umutekano mu baturage.''

    Ntirugirinshungu Patrice, yavuze ko ibyo yungukiye mu byo RFI yababwiye harimo kuba igiciro cyo gupimisha DNA kidahenze ndetse no kuba abaranduraga imyaka y'abaturage ndetse n'abatema inka bagiye kujya bamenyekana.

    Ati ''Ku bwanjye mbona bizagabanya umubare w'ibyaha kuko abantu benshi bakora ibyaha usanga bihisha mu ijoro bagakora ibyaha bibwira ko nta muntu ubareba, ubu rero RFI nitangira gupima uturemangingo ndangasano bizafasha mu gufata ba bantu bakoraga ibyaha bibwira ko nta muntu ubareba.''

    Abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Ngoma basabwe gusaba abaturage kujya bagana RFI mu gihe bakeneye serivisi zayo zirimo gupima uturemangingo ndangasano, gupima ibiyobyabwenge mu mubiri w'umuntu, gupima ibinyobwa n'imiti bitemewe, gupima imikono n'inyandiko hagamijwe kugaragaza umwimerere wazo mu gukemura impaka n'ibindi byinshi.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr Karangwa Charles yavuze ko guhera muri Mutarama 2026 bazatangira gupima uturemangingo ndangasano tw'inyamaswa

    Abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Ngoma bitabiriye ubukangurambaga bugaragaza ibyo RFI ikora

    Abakozi ba RFI basobanuye serivisi serivisi itanga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-2026-rfi-izatangira-gupima-uturemangingo-ndangasano-tw-inyamaswa-n-ibimera

  • Igikomangoma Albert II wa Monaco ategerejwe i Kigali – #rwanda #RwOT

    Mu kiganiro na IGIHE, Thiery Dufresne, yagaragaje ko Albert II biteganyijwe ko azagera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025.

    Yavuze ko Prince Albert II wa Monaco azaba aje mu Rwanda gusura ibikorwa bitandukanye bya OFA ishami ryo mu Rwanda.

    Ati 'Nagarutse hano mu Rwanda kugira ngo mbashe kwakira Igikomangoma Albert II wa Monaco, uzagera mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatanu aho tuzajyana kureba ibikorwa bya OFA bimaze imyaka itatu bikorerwa mu Rwanda. Ibi bikorwa ni inkuru ndende nshobora kugerageza kuvuga mu buryo bw'incamake.'

    Mu 2022 ni bwo Thierry Dufresne yahuje imbaraga na Sonia Rolland bakorana umushinga w'ubworozi bw'inzuki ibizwi nk'ubuvumvu, aho batangije ibigo bibiri bihugura abavumvu batandukanye ku bworozi bw'inzuki.

    Abo bombi bafitanye imikoranire na ARDI (Association Rwandaise pour la Promotion du Développement Intégré) ireberera ibikorwa by'ubuvumvu mu Rwanda.

    Kuri ubu bafite ibigo bibiri mu Rwanda birimo igiherereye i Rugende mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, gishinzwe guhugura abavumvu b'abagabo n'abagore bigishwa uburyo butandukanye bwo gukora ubuvumvu, hibandwa cyane kukongera umusaruro w'ubuki.

    Ikigo cya kabiri giherereye i Huye cyahariwe kubungabunga umusaruro uva mu bworozi bw'inzuki hibandwa cyane ku bisigazwa by'ubuki dore ko OFA yamaze kubibonera isoko.

    Thierry Dufresne yavuze ko yakuze akunda inzuki ku buryo byatumye ubuzima bwe abwegurira guharanira ko inzuki zabaho zitegakanye.

    Ati 'Nahisemo kwegurira ubuzima bwanjye mu kurengera inzuki. Kwiga ku nzuki cyangwa kugira ubumenyi bw'inzuki, ni ugusobanukirwa imico yazo no kumenya impamvu inzuki zigenda zihungabana cyangwa zigapfa.'

    Yavuze ko uwo muryango yashinze wiyemeje gukora ubushakashatsi ku nzuki kuko wagiye waguka gahoro gahoro kandi kuri ubu ukomeje gukora uushakashatsi.

    Ati 'Ubu turi gukora kuri Apropolis. Apropolis ni izina ridasanzwe, kandi benshi muri mwe, bishoboka ko mutazi icyo ari cyo. Ni nk'umuhovo inzuki zikusanya kugira ngo uzifashe gufunga no gukomeza aho ziri.'

    Yavuze ko muri ubwo bushakashatsi ari ho yahuriye na Sonia Roland ukunda igihugu cye cy'u Rwanda bafatanyiriza hamwe gukora ubushakashatsi kandi buri gutanga umusaruro.

    Yavuze ko muri ubwo bushakashatsi byagaragaye ko 'propolis' zigira ubushobozi budasanzwe kandi bwihariye burimo ubwo kurinda ibimera hatabayeho gukoresha imiti yo mu nganda ishobora kwangiza urusobe rw'ibinyabuzima.

    Byagaragaye kandi ko bigira ubushobozi mu guhangana n'udukoko dushobora kwangiza ubuziranenge bw'umusaruro w'inzuki.

    Thiery yongeye kugaragaza ko Igikomangoma Albert II ari ambasaderi mwiza wo kubungangunga urusobe rw'ibinyabuzima ku Isi.

    Yavuze ko Umujyi wa Monaco ufite amateka yo kwita ku kubungabunga ibidukikije uhereye ku bisekuruza bya Kera kugera kuri Albert II, yemeza ko nubwo bibanda cyane ku kubungabunga inyanja ariko Igikomangoma Albert agaragaza n'ubushake bwo kubungabunga inzuki.

    Yongeye gushimangira akamaro k'inzuki kuko zigira uruhare mu kubangurira imyaka n'ibimera ku kigero cya 70%.

    Yakomeje ati 'Mu yandi magambo, niba nta nzuki zari kubaho ku isi kandi zimaze imyaka miliyoni 100 zibaho, byari gusobanura ko nta kororoka kw'ibimera bifite indabo bwabaho. Ibimera bifite indabyo bigira uruhare ku kigero cya 30% cy'ibyo turya. Ni ukuvuga ko ari udukoko duto cyane, ariko dufite akamaro kanini cyane.'

    Uyu Mufaransa uheruka mu Rwanda mu 2022, yishimiye impinduka mu iterambere u Rwanda rugaragaza by'umwihariko kuba rubaye igihugu cya mbere cyo ku mugabane wa Afurika cyakiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare.

    Perezida wa Sosiyete y'Abafaransa bakora ubushakashatsi ku nzuki (OFA), Thierry Dufresne, yavuze ko yeguriye ubuzima bwe kurinda inzuki

    Ubwo Perezida wa Sosiyete y'Abafaransa bakora ubushakashatsi ku nzuki (OFA), Thierry Dufresne, yaganiraga n’Umunyamakuru wa IGIHE Karirima A. Ngarambe

    Igikomangoma Albert II wa Monaco ategerejwe i Kigali


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/igikomangoma-albert-ii-wa-monaco-ategerejwe-i-kigali

  • Ntimugategereze byinshi ku bandi- Perezida Kagame ahanura abo mu Ishuri Nyafurika ry'Imiyoborere – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho kuri uyu wa 25 Nzeri 2025 ubwo yatangizaga amasomo y'Ishuri Nyafurika ry'Imiyoborere (ASG).

    Ni umuhango witabiriwe n'abanyeshuri 51 bo mu bihugu 14, baziga muri iri shuri, abarimu bazabigisha n'abandi bo mu nzego zitandukanye.

    Abo banyeshuri ni abo mu bihugu birimo u Rwanda, Burundi, Cameroon, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ethiopia, Ghana, Kenya, Mali, Nigeria, Sudani y'Epfo, Gambia, Tanzania, Uganda, na Zimbabwe.

    Ni ishuri ryashibutse ku muryango Africa School of Governance Foundation washinzwe hashingiwe ku bitekerezo byatanzwe na Perezida Kagame na Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia.

    Perezida Paul Kagame yavuze ko iri shuri ryahereye mu gitekerezo ubu Afurika ikaba yishimira ko ryashyizwe mu bikorwa kubera abantu batandukanye babigizemo uruhare barimo Hailemariam Desalegn wigeze kuba Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia.

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko iri shuri rizagira uruhare mu iterambere ritari iry'abazaryigamo gusa ahubwo n'abaturage abazaryigamo bakomokamo.

    Ati 'Afurika ikwiriye kwibanda ku masomo atomoye, ndetse bigomba gukorwa namwe rubyiruko rwacu kuko ni mwe ejo hazaza heza hacu.'

    Perezida Kagame yavuze ko uburezi aba banyeshuri bazahererwa muri ASG, buzabafasha gutekereza cyane ndetse no kugira uruhare rw'uko Afurika yatezwa imbere ari bo babigizemo uruhare.

    Yashimangiye ko ASG izabategura ku bijyanye n'ubuyobozi ariko urugendo rugomba gutangirira muri bo ubwabo.

    Mu bintu bitatu aba banyeshuri basabwe harimo ubukangurambaga, kwitonda cyane no gukurikirana uburyo Afurika ifatwa mu Isi, bakareba niba uburyo Afurika ifatwamo bukwiriye, ndetse bushingiye ku kuri.

    Yavuze ko nubwo ibibazo Afurika ihura na byo ari karande ariko hari ubwo bamwe babyitera, ntibagire icyo bakora ndetse ntibagaragaze itandukaniro.

    Ati 'Abo mu bindi bice by'Isi twari no ku rugero rumwe bateye imbere, mu gihe Afurika igihura n'ibibazo byagakwiye kuba byarakemuwe mu myaka myinshi ishize.'

    Umukuru w'Igihugu yasabye aba banyeshuri kwiyemeza gufata inshingano. Yavuze ko bakwiriye kwihesha agaciro, igihugu n'abaturage ba Afurika.

    Yagaragaje ko batakwitega ko Isi iha agaciro Afurika mu gihe Abanyafurika na bo batubaha inshingano zabo.

    Ati 'Ntimukazasabe abandi ibintu byinshi kurusha uko mubyishakamo mwe ubwanyu.'

    Perezida Kagame yasabye aba banyeshuri ni ukujya mu ngamba bagakora, bakitegura kujya hanze bakayobora kuko ari bo Afurika itezeho amakiriro.

    Ati 'Ubukungu bw'Isi buri kujya ku rundi rwego. Ikoranabuhanga riri gutera imbere Afurika ntishobora gusigara inyuma.'

    Perezida Kagame yavuze ko mu gihe aba banyeshuri bazaba basoje aya masomo, ibihugu bakomokamo nibibakenera bazaba biteguye kubifasha.

    Ati 'Mukomereze aho, ni mwe twishingikirijeho, Imana iduhane umugisha.'

    Visi Perezida wa ASG Ushinzwe Amasomo, Amany El-Sharif, yavuze ko iri shuri ryagiyeho mu buryo bwo gukemura ibibazo Afurika ihura na byo ndetse yemeza ko ari ishoramari rirambye ku hazaza ha Afurika.

    Ahanura abagiye kwiga muri iri shuri yagize ati 'Mugomba kubaka ejo hazaza ha Afurika. Ni ukwiyemeza ko muziga mu buryo butomoye, mugaharanira kumenya, mugamije ko ejo hazaza ha Afurika hamera neza. Mugomba guhindura ibitekerezo byanyu mo ibisubizo biteza imbere Afurika.'

    Uyu muyobozi yashimiye abayobozi n'abarimu ba ASG, abereka ko ari intwari abashimira uruhare rwabo mu kwigisha abana bagira uruhare mu iterambere rya Afurika.

    Perezida Kagame yahanuye abagiye kwiga mu Ishuri Nyafurika ry’Imiyoborere, abereka ko ari bo Afurika itezeho amakiriro

    Perezida Kagame yatangije amasomo azajya atangirwa muri ASG

    Perezida Kagame yasabye Abanyafurika bagiye kwiga muri ASG kutitega byinshi ku bandi ahubwo ari bo bagomba kuba igisubizo

    Visi Perezida wa ASG Ushinzwe Amasomo, Amany El-Sharif yashimiye abatangije iri shuri yerekana ko ari ishoramari rirambye kuri Afurika

    Gutangiza amasomo muri ASG byitabiriwe n’abayobozi batandukanye

    Abanyeshuri 51 bao mu bihugu 14 ni bo bagiye gutangirana na ASG

    Amafoto: Habyarimana Raoul


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ntimugategereze-byinshi-ku-bandi-kurusha-ibyo-mwishakamo-perezida-kagame

  • Pariki y'Akagera mu mushinga w'arenga miliyari 2 Frw wo kongera inkura – #rwanda #RwOT

    Uyu muryango wagaragaje ko binyuze muri uyu mushinga, inkura zigera muri 300 zizajya zimurwa buri mwaka ndetse ko Pariki y'Akagera yo mu Rwanda hazaba ari hamwe mu hantu ha mbere hazajya hoherezwa izi nkura.

    Ibi uyu muryango wabitangaje ku wa 23 Nzeri 2025, ubinyujije mu itangazo washyize ku rubuga nkoranyambaga rwayo.

    Itangazo ryagiraga riti 'Nyuma y'ibiganiro byihariye twagiranye na Guverinoma ya Afurika y'Epfo, twumvikanye ko tugiye gutegura inkunga yo gukomeza kubungabunga ubuzima bw'izi nyamaswa, twebwe nk'umuryango twemeye kuzabungabunga ubuzima bw'inkura zigera ku 2.000 zavukiye ahantu zirerwa 'Zoo', zikazoherezwa muri pariki zitandukanye muri Afurika aho zizabaho zituje kandi zitekanye.'

    Mu 2007 inkura zabaga mu Rwanda zose zari zishize kuko ari bwo iya nyuma yapfuye. Nyuma y'imyaka 10, ni bwo u Rwanda rwagaruye inkura zirabura muri Pariki y'Igihugu y'Akagera, ku ikubitiro haza 18 (ingabo umunani n'ingore 10) ziturutse muri Afurika y'Epfo ku bufatanye bwa RDB ndetse n'umuryango wa Howard G. Buffett.

    Binyuze mu bufatanye bwa RDB n'ibi bigo, muri Kamena, u Rwanda rwongeye kwakira inkura 70 zirimo ingabo 28 zivuye muri Afurika y'Epfo, biba ubwa mbere habayeho kwimurira rimwe umubare munini w'inyamaswa zinjizwa mu gihugu kimwe zivuye mu kindi.

    Kugeza ubu inkura zifite abarinzi bihariye bazikurikirana isaha ku isaha bitewe n'uko zikomeje guhigwa cyane ku Isi kubera ko amahembe yazo agurwa akayabo n'abavuzi gakondo bo muri Aziya.

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe kubungabunga Ibidukikije muri RDB, Mutangana Eugene, yabwiye The New Times ko imikoranire hagati y'u Rwanda na African Parks idashingiye ku kwimura inyamaswa gusa ahubwo banateganya gutangira gushyiraho ishuri rihugura abantu ku buryo bashobora kubungabunga ubuzima bw'inyamaswa muri aka gace ndetse no ku mugabane wose.

    Ati 'Uyu mushinga ugiye gufasha u Rwanda kuba igicumbi cyo kubungabunga ibinyabuzima muri aka karere.'

    Mu 2024, abayisura biyongereyeho 3,83% bagera ku 56.219, bavuye ku 54.141 bayisuye mu 2023.

    Mu mwaka wa 2024, Pariki y'Akagera yinjije miliyoni 4,7$ avuye kuri miliyoni 4,6$ yari yinjije mu mwaka wa 2023. Buri gihe 10% by'ayo mafaranga bihabwa abaturage.

    Ni pariki iri ku buso bwa kilometero kare 1122. Yashinzwe mu 1934, ikaba ibarizwamo zimwe mu nyamaswa nini cyane ku Isi zirimo; Intare, Ingwe, Inzovu, Inkura n'Imbogo.

    Pariki y’Akagera mu mushinga w’arenga miliyari 2 Frw wo kongera inkura


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/pariki-y-akagera-mu-mushinga-w-arenga-miliyari-2-frw-wo-kongera-inkura

  • Gasabo: Four Points by Sheraton yahaye abanyeshuri 100 ibikoresho by'ishuri – #rwanda #RwOT

    Iyi nkunga yatanzwe binyuze muri gahunda yiswe 'Serve 360' ishishikariza abakora muri Marriott International Inc inabarizwamo Four Points by Sheraton, gukora ibikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y'umuryango mugari.

    Ubuyobozi bw'iyi hoteli bwagaragaje ko ibi bikoresho by'ishuri byahawe aba banyeshuri bigiye kubafasha kwiga neza ndetse no kubazamurira icyizere kugira ngo bazatsinde neza umwaka w'amashuri batangiye.

    Ibikoresho bahawe birimo amakayi, amakaramu, ibikapu ndetse n'ibindi bitandukanye bishobora kubafasha kwiga neza ndetse no gutsinda neza mu ishuri mu mu mwaka w'amashuri wa 2025/2026 watangiye ku wa 8 Nzeri 2025.

    Hoteli za Four Points by Sheraton ni ishoramari ry'ikigo gikora mu bijyanye n'ubukerarugendo n'amahoteli cya Marriott International, mu Rwanda kinahafite Kigali Marriott Hotel.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gasabo-four-points-by-sheraton-yahaye-abanyeshuri-100-ibikoresho-by-ishuri

  • Abaturage baturuka mu bihugu 49 basabye serivisi za RFI mu 2024 – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr Karangwa Charles avuga ko iki kigo gikomeje gutera imbere umunsi ku munsi ari nako bafasha Abanyarwanda benshi kubona ubutabera.

    Yavuze ko kandi bamaze gukemura ibibazo ibihumbi 96 hifashishijwe ibimenyetso bya gihanga.

    Ati 'Nk'umwaka ushize ibihugu 49 byaje gusaba serivisi hano mu Rwanda, bisobanuye ko bizera ubutabera bw'u Rwanda ndetse banizera ubuyobozi bw'Igihugu cyacu, harimo ibihugu bya Afurika hakabamo n'abaturage bo mu bihugu byateye imbere baza gusaba serivisi zacu.''

    Dr Karangwa yavuze ko muri serivisi abanyamahanga bakunze gusaba cyane harimo gupimirwa DNA kugira ngo bemererwe gutambuka ku kibuga cy'indege bajyanye n'imiryango yabo, gupimisha ibijyanye n'inyandiko mpimbano. Serivisi ikunze gusabwa cyane n'ibihugu bya Afurika ngo ni ijyanye no gupima ibyahumanyije abantu.

    Kuri ubu RFI ishaka kugaba amashami mu bihugu 12 byayisabye kujya gukorerayo, hakaba n'ibindi bakiri mu biganiro.

    RFI yasabye ababyeyi kandi kujya bayigana ikabafasha mu kureba ingano y'ibiyobyabwenge biri mu mubiri wabo mu gihe hari abana babona babifata, ibi ngo byatuma uwo mwana yitabwaho hakiri kare bitari byamugiraho ingaruka.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr Karangwa Charles yavuze ko abaturage bo mu bihugu 49 basabye serivisi batanga umwaka ushize


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abaturage-baturuka-mu-bihugu-49-basabye-serivisi-za-rfi-mu-2024

  • Umufaransakazi yegukanye Shampiyona y’Isi, Abanyarwandakazi bose ntibasoza (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umufaransakazi, Gery Célia, ni we wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu batarengeje imyaka 23 mu cyiciro cy’abagore mu gusiganwa mu muhanda, ni mu gihe abanyarwandakazi nta n’umwe wasoje.

    Abakinnyi barahagurukiye kuri Kigali Convention Centre bafata umuhanda ujya i Nyarutarama [mu Kabuga] banyuze ku Gishushu (RDB), baze gukata bagana kuri Kigali Golf Club, bazamuke bagana Kimicanga ku buryo baza kuzamuka mu muhanda w’amabuye wa Kimihurura [Kwa Mignonne], bakomeze bongere banyure kuri KCC.

    Iyi ntera ni yo bazengurutse inshuro umunani, ku ntera y’ibilometero 119,3.

    U Rwanda rwari rufitemo abakinnyi abakinnyi bane ari bo: Iragena Charlotte, Mwamikazi Jazilla, Ntakirutimana Martha na Nyirarukundo Claudette.

    Umufaransakazi, Gery Célia ni we wegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gutwara isiganwa ryo mu muhanda mu cyiciro cy’abakobwa batarengeje imyaka 23, akoresheje amasaha atatu, iminota 24 n’amasegonda 26 ku ntera y’ibilometero 119,3.

    Yahigitse Umunya-Slovakia, Chladonová Viktória, yasize amasegonda abiri naho Umunya-Espagne, Blasi Paula, aba uwa gatatu yasizwe amasegonda 12.

    Abanyarwandakazi uko ari bane bose nta n’umwe wabashije gusoza isiganwa.

    Ni isiganwa ryakinwe n’abakinnyi 85 muri 86 bari bateganyijwe kurikina, ni mu gihe 35 ari bo basoje.

    Umufaransakazi ni we wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23 mu bagore

    Abanyarwandakazi nta n’umwe wasoje isiganwa

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11935

  • Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya 'Jenoside muri RDC' #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, adafite ishingiro ryo kujya imbere y'Umuryango w'Abibumbye agashinja abandi gukora jenoside mu gihugu cye, nyamara ubwicanyi bukorerwa Abatutsi b'Abanye-Congo bukozwe n'ingabo za FARDC n'imitwe biyambaza.

    Mu ijambo rya Perezida Tshisekedi mu Nteko Rusange ya Loni ku wa 24 Nzeri 2025, yasabye amahanga kwemera ko mu Burasirazuba bwa RDC hakorerwa jenoside, ariko ntiyagaragaje ubwoko cyangwa itsinda ryibasirwa. Yavuze gusa ko ibibera muri ako gace atari intambara isanzwe ahubwo ari 'Jenoside ikorwa bucece.'

    Amb. Nduhungirehe binyuze kuri konti ye ya X yasubije ko ibi birego bidafite ishingiro, ahubwo bigamije gusibanganya ukuri ku bikorwa bya FARDC n'imitwe iyifatanyije. Yagize ati:

    'Tshisekedi afite igisirikare gifatanya n'abagize FDLR barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse agashyira mu ngabo za FARDC imitwe nka Nyatura. Yanashinze n'umutwe wa Wazalendo, awushyiramo amafaranga n'intwaro.'

    Yakomeje agaragaza ingero z'ubwicanyi bwakorewe Abatutsi bo muri Congo, harimo igitero cya Wazalendo, FDLR na Nyatura cyatwitse amazu arenga 300 mu Nturo, Masisi, mu Ukwakira 2023, n'ubundi bwicanyi bwahitanye abasivili bazize gusa ko ari Abatutsi. Ati: 'Yaricecekeye ubwo abantu batwikwaga ari bazima, ubwo FARDC n'imitwe iyifatanya yicaga abasivili, ndetse ubwo abana bahabwaga intwaro bakabazwa niba biteguye kwica Abanyarwanda. Ntacyo yavuze ubwo abayobozi ba Wazalendo batanze iminsi 10 ku Banyamulenge ngo basubire mu Rwanda.'

    Ibi bibazo bikomeje mu gihe FARDC ikora ibitero bikomeye mu Burasirazuba ikoresheje indege za Sukhoi-25, drones na za misile ku bice bigenzurwa na M23, aho abenshi mu bahatuye ari abasivili. Ku wa 19 Nzeri 2025, Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibitero byo kuri uwo munsi byahitanye abaturage benshi i Bibwe, Chysto, Hembe na Nyange.

    U Rwanda rubona ko ibi byose bigaragaza ko Tshisekedi adakwiye gushinja abandi jenoside, ahubwo agomba kubazwa ku ruhare rw'ingabo ze n'imitwe afasha. Amb. Nduhungirehe ati:

    'Nyuma y'ibyo byose, arongera akajya imbere y'Umuryango w'Abibumbye akavuga jenoside? Ibyo ntibyumvikana.'

    Abasesengura ibya politiki mu Karere k'Ibiyaga Bigari bavuga ko imyitwarire ya RDC igaragaza ubushake buke mu kubahiriza amasezerano yo kugarura amahoro yasinyiwe i Washington ku wa 27 Kamena 2025 hagati ya Kinshasa na Kigali. Na none ibiganiro biri kubera i Doha hagati ya Leta ya RDC n'umutwe wa M23 ntibiratanga umusaruro, mu gihe ibitero by'ingabo za Kinshasa bigikomeje.

    Source : https://rushyashya.net/nduhungirehe-yihanangirije-tshisekedi-ku-birego-bya-jenoside-muri-rdc/