Author: webrwanda

  • Umutoza wa APR FC uhangayikishijwe no kubura Ouattara, ntatewe ubwoba na Pyramids #rwanda #RwOT

    Umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim yavuze ko ari igihombo kubura rutahizamu we Cheikh Djibril Ouattara ku mukino wa Pyramids FC ariko na none ntabwo imuteye ubwoba.

    Yabigarutseho nyuma y’imyitozo y’ejo ikipe yakoreye kuri Kigali Pelé Stadium, aho yavuze ko ubu ikibazo kibahangayikishije ari ibura rya Cheikh Djibril Ouattara.

    Ati “Ikibazo dufite ubu ni uko tutari kumwe na Djibril Ouattara, kuko nk’uko mwabibonye ni umukinnyi uzana imbaraga n’umwuka mwiza mu ikipe. N’ubwo atari hano, ikipe yose ishyize hamwe kandi yiteguye uyu mukino n’ubwo tuzakina n’ikipe ikomeye.'

    Yavuze ko ariko na none afite abandi bakinnyi bazagerageza kuziba icyuho cy’uyu rutahizamu.

    Ati 'Mfite abandi bakinnyi b’abasore kandi bafite inyota yo kwigaragaza, nka William Togui na Mamadou Sy. Bari gukora cyane, kandi njyewe mbona ari imbaraga nshya mu ikipe.'

    Taleb yakomeje avuga ko ikipe ya Pyramids FC ayizi ari ikipe ikomeye, ifite abakinnyi yatoje bityo ntabwo imuteye ubwoba bazahangana na yo.

    Ati 'Ni ikipe nzi, hari abakinnyi bo muri Maroc harimo abo natoje hambere. Turabizi ko ari ikipe ikomeye ifite irushanwa riheruka ndetse iheruka no gutwara igikombe cya FIFA Africa-Asian-Pacific Cup.'

    APR FC izakira Pyramids FC tariki ya 1 Ukwakira kuri Kigali Pelé Stadium, umukino wo kwishyura uzabera mu Misiri tariki ya 5 Ukwakira, ni mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League.

    Cheikh Djibril Ouattara ntabwo azakina imikino ya Pyramids FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11945

  • Kirehe: GIZ yatangije icyiciro cya kabiri cyo guhuza abashaka akazi n'abagatanga – #rwanda #RwOT

    Job Fair ni urubuga ruhuza abatanga akazi n'abagashaka rugamije guteza imbere urubyiruko rw'impunzi mu nkambi n'abanyarwanda baturiye inkambi.

    Ni umushinga ugamije kubakira ubushobozi urwo rubyiruko, kwigira no kwishakamo ibisubizo.

    Dutere Intambwe Action iterwa inkunga n'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi, EU na Minisiteri y'Ubudage y'ubukungu n'iterambere BMZ, ugashyirwa mu bikorwa na GIZ mu kongera ubumenyi bugamije impinduka.

    Uyu mushinga uhura neza n'intego za EU mu Karere mu gutanga ibisubizo birambye ku mpunzi z'Abarundi ziri mu Karere k'Ibiyaga Bigari.

    Binahuye kandi n'ingamba zu Rwanda zikomatanyije zirimo Ingamba zigamije iterambere ridaheza mu nkambi n'abazituriye, NST2 na gahunda yo gufasha impunzi kwikura mu bukene.

    Inkambi ya Mahama iki gikorwa cyabereyemo kuri iyi nshuro ni yo ifite impunzi nyinshi zigera kuri 69158 zirimo Abarundi, Abanye-Congo, Sudan n'abaturutse mu bindi bihugu.

    Umwe mu banyuze muri Job Fair ni umunyarwanda w'imyaka 22 ukorana n'Umuryango wa APAD muri Afurika, Saidi Samuel, yavuze ko ari amahirwe akomeye kuko yamufunguriye amahirwe yo kugera ku isoko ry'umurimo.

    Ati 'Amahirwe yose nabonye navugaga ko yabonetse binyuze muri Job Fair, ubumenyi ndi kugenda ngira buzafasha mu gufasha abafata ibyemezo, kujya inama, mbese navuga ko bizangira umuntu utandukanye n'uwo nari ndi we nkirangiza amashuri yisumbuye.'

    Yavuze ko afite inzozi zo kuba rwiyemezamirimo kuko ubumenyi bahabwa binyuze muri Job fair harimo n'uburyo bakwiteza imbere binyuze mu guhanga imirimo kugira ngo abe yaha n'abandi akazi.

    Yerekanye ko hakwiye gushyirwaho uburyo bushya bwo gukurikirana abahawe amahugurwa na job fair mu rwego rwo kubafasha kwinjira ku isoko ry'umurimo kuko usanga bikiri ingorabahizi.

    Umukozi mu Karere ka Kirehe, Gatsinzi, yavuze ko iyi gahunda ifasha impunzi muri gahunda zo kwikura mu bukene kuko nubwo bakorana n'impunzi ariko na bo ari abantu.

    Ati 'Nubwo ari impunzi ariko ni abantu bacu. Kugira ngo babone ko ari nk'abandi tugomba kubaha aya mahirwe yo kubona akazi. Nyuma yo guhabwa ayo mahirwe bashobora kujya muri ibi bigo, bashobora kujya gukora mu nganda nto, hari inganda za hano ziha akazi abavuye muri iyi nkambi ariko dufite n'abari mu nkambi bashobora gutanga akazi kandi baha akazi n'Abanyarwanda. Ibyo bisobanuye ko Abanyarwanda n'impunzi bunga ubumwe kandi bakorera hamwe mu mahoro.'

    Yagaragaje ko mu nkambi hari impunzi zifite ibikorwa by'iterambere kandi bigira uruhare mu iterambere ry'akarere cyane ko usanga hari abatanga akazi haba ku mpunzi n'Abanyarwanda baturiye inkambi bafite ubumenyi bunyuranye.

    Ati 'Ntabwo ari umutwaro kuri twe nubwo ari impunzi kuko baratanga umusaruro ugaragara.'

    Umukozi ushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry'uwo mushinga mu Karere ka Kirehe, Ngarambe Bernard, yavuze ko uyu mushinga uteganya gufasha nibura abantu 500 barimo impunzi n'Abanyarwanda baturiye inkambi ukaba uzarangira muri Kanama 2026.

    Yagaragaje mu bashaka akazi bagiye bitabiriye iki gikorwa harimo ababonye akazi gahoraho, ababonye akazi kadahoraho n'ababonye imenyerezamwuga rishobora kubyara akazi.

    Ni umushinga watangiye muri Gashyantare 2024 ukaba uzamara amezi 31.
    Wibanda ku guteza imbere ishoramari, guhanga imirimo no kuyitanga ariko harimo igice cyo gufasha impunzi ku bijyanye n'amategeko, kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gukemura amakimbirane n'ibindi.

    Urubyiruko rufite ubumenyi ruhuzwa n’ibigo bitanga akazi

    Gahunda yo guhuza abatanga akazi n’abagasha ikomeje gutanga umusaruro

    Abo mu Nkambi ya Mahama n’abayituriye beretswe amahirwe y’akazi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kirehe-giz-yatangije-icyiciro-cya-kabiri-cyo-guhuza-abashaka-akazi-n-abagatanga

  • Ngo ntashobora kugenda mu ndege: Impaka mu rukiko ku cyifuzo cyo kohereza Kabuga mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Urukiko rwagaragaje ko impuguke zagaragaje ko Kabuga adafite ubushobozi bwo gukora urugendo rurerure mu ndege.

    Umucamanza yavuze ko ku wa 22 Mata 2025 Dr. Ge Merling yasohoye raporo igaragaza ko bigendanye n'ibibazo by'ubuzima bwa Kabuga Felicien adashobora kugenda mu ndege.

    Ku wa 2 Kamena 2025 Urukiko rwasabye Dr. Ge Merling kugaragaza no gushyira umucyo kuri ayo makuru ndetse no anasubiza bimwe mu bibazo yabajijwe n'abacamanza.

    Yagaragaje ko ku wa 23 Kamena 2025, Dr Merling yatanze indi raporo, agaragaza ko nubwo hatabayeho ibizamini bigaragaza urwego rw'urugendo Kabuga ashobora kugenda n'indege, byashingiye ku ntege nke z'umubiri n'uruhurirane rw'indwara bityo ko urugendo rurerure byaba ari ugushyira mu kaga Kabuga.

    Ku wa 15 Kanama 2025, Umwanditsi w'urukiko yanditse raporo igaragaza hashyizweho izindi mpuguke zigenga batanga ibitekerezo bemeza ko Kabuga afite intege nke zo kuba yaburanishwa cyangwa yakora urugendo n'indege.

    Izo mpuguke ngo zagaragaje ko ubuzima bwo mu mutwe bwa Kabuga bukomeje kurushaho kumera nabi, ugereranyije n'uko yari ameze muri Gashyantare.

    Hagati ya 15 Kanama 2024 na 18 Nzeri 2025, hakiriwe raporo 14 zitanzwe n'abaganga bita ku bantu bafungiwe muri gereza ya Loni zirebana n'ubuzima bwa Kabuga.

    Umucamanza yagaragaje ko imbaraga zikomeje gushyirwamo ku ruhande rw'abunganizi ba Kabuga mu gushaka igihugu gishobora kumwakira kugira ngo afungurwe by'agateganyo, urukiko rwabemereye gusangiza inzego bireba ibirebana n'ubuzima bwa Kabuga kugira ngo ibihugu bibe byakwemera kumwakira.

    Rwibukije ko ku wa 9 Nzeri 2025, Ubushinjacyaha buyobowe na Serge Brammertz, bwagaragaje ko nubwo Kabuga yinubira gukomeza gufungwa avuga ko uburenganzira bwe butubahirizwa, ibihugu by'i Burayi yifuje ko bimwakira byamwanze.

    Bwagize buti 'Nyuma y'imyaka ibiri Kabuga aracyari mu rujijo, mu gihe yinuba ko gukomeza gufungwa birenga ku burenganzira bwe bw'ibanze. Ibihugu by'i Burayi yahisemo byagaragaje ko bitamwemera kandi igihugu arimo cyashimangiye ko Kabuga 'atafungurirwa ku butaka bwacyo'.'

    Abunganira Kabuga Felicien basubije ku cyifuzo cy'Ubushinjacyaha ku wa 22 Nzeri 2025 bavuga ko kohereza Kabuga mu Rwanda bidakwiye kuba amahitamo bigendanye na raporo zitandukanye zigaragaza ko ubuzima bwe butameze neza.

    Umucamanza yakomeje agaragaza ko ku bijyanye n'ubwo busabe, Urukiko rwasanze nta nyungu n'imwe iri mu kubisuzuma kuri iki cyiciro, kuko rijyanye no gusaba icyemezo cyerekeye ububasha bwo kuba yakora urugendo cyane cyane ko impande zombi zizi neza ko iki kibazo kiri gusuzumwa.

    Bityo ku buryo iri suzuma ryafatwa nk'ukwiregure bikaba byanzwe.

    Urukiko kandi rwibukije ko mu gika cya nyuma cy'inyandiko y'igisubizo cyatanzwe n'ubwunganizi, habonekamo icyifuzo cyerekeye igisubizo cy'agateganyo gishobora gushyirwa mu bikorwa muri iki kirego, mu gihe hagikomeza gushakishwa igihugu gishobora kwakira Kabuga ku mugabane w'i Burayi.

    Yavuze ko icyo gisubizo cyatanzwe n'uruhande rwa Kabuga kitatanzweho ibisobanuro bihagije, bityo ko urwo rukiko rutagiye kugisuzuma ahubwo mu gihe ubwuganizi bwabona ko ari cyo gisubizo gishoboka bushobora kuzatanga ibisobanuro birambuye mu nyandiko no kugaragaza izindi nzira zikwiye.

    Me Altit wunganira Kabuga yavuze ko ubusabe bwabo bohereje mu Bufaransa hari urugereko rwabwanze ruvuga budakwiye gutangwa n'umuntu ku giti cye ahubwo ko byatangwa n'Urukiko mu mikoranire rusanzwe rufitanye n'u Bufaransa.

    Yavuze ko urwo rukiko rwasabye ko IRMCT yakohereza ubusabe hakazategerezwa igisubizo cyatangwa na Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga kandi ibyo bishobora kuzafata hagati y'amezi umunani n'icumi.

    Perezida w'Urukiko yabajije niba icyo cyemezo, kitazajuririrwa Me Altit azubiza ko byakozwe ku wa 2 Nzeri 2025.

    Ibisobanuro bya Altit ku ifungurwa ry'agateganyo byakunze gutangirwa mu muhezo ku buryo abatari mu cyumba cy'iburanisha batabashaga kumenya ibiri kuvugwa.

    Ubushinjacyaha bugaragaza ko nta kindi gihugu bushaka kuvugaho ko cyakoherezwamo Kabuga mu gihe hatarafatwa icyemezo ku kuba yakoherezwa mu Rwanda.

    Bugaragaza kandi ko muri raporo zatanzwe ku buzima bwa Kabuga zagaragaje ko hari ibishobora gukorwa mu kugabanya ingaruka zishobora guterwa n'urugendo bityo ko ari byo byakorwa mu gihe urukiko rwaba rutegetse ko yoherezwa mu Rwanda.

    Me Altit we yakomeje gutsimbarara agaragaza ko ibyatanzwe n'impuguke ari byo bakomeza kurebaho ngo kuko kohereza Kabuga byaba ari ugushyira ubuzima bwe mu kaga.

    Yibukije kandi ko umukiliya we akomeje gukomererwa n'ibibazo by'ubuzima aho afungiwe nubwo afashwe neza.

    Kabuga wari umushoramari ukomeye mu Rwanda, yabaye umwe mu baterankunga ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu byo yashinjwe harimo gutumiza mu mahanga toni nyinshi z'imihoro, yifashishijwe mu kwica Abatutsi.

    Inzego z'umutekano z'u Bufaransa zamutaye muri yombi tariki ya 16 Gicurasi 2020 nyuma y'imyaka 26 yihishe ubutabera. Mu Ukwakira uwo wo mwaka, yoherejwe i La Haye kugira ngo aburanishwe na IRMCT.

    Ibyaha yakurikiranyweho birimo gukora jenoside, kuba icyitso cy'abakoze jenoside, guhamagarira abantu gukora jenoside, ubwinjiracyaha bwa jenoside, ubwumvikane bugamije gukora jenoside, itsembatsemba n'itoteza.

    IRMCT yasobanuye ko icyemezo cyo guhagarika kumuburanisha kitamugira umwere, ariko ntinikamuhamya ibyaha yashinjwaga.

    Hakomeje kwibaza igihugu gishobora kwakira Kabuga Felicien


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hagaragajwe-ko-adashobora-kugenda-mu-ndege-impaka-mu-rukiko-ku-cyifuzo-cyo

  • Bugesera: Umugabo yishe umugore we amukekaho kumuca inyuma ahita yishyikiriza Polisi – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu rukerera rwo ku wa 25 Nzeri 2025, bibera mu Mudugudu wa Cyaruhirira mu Kagari ka Mbyo mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera.

    Uyu muryango ubusanzwe wari ugizwe n'umugabo w'imyaka 27 wari usanzwe aragira inka z'abandi n'umugore w'imyaka 25 ndetse n'abana babiri, bakaba babanaga mu buryo butemewe n'amategeko.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mayange, Mukantwari Berthilde, yabwiye IGIHE ko urupfu rw'uwo mugore barumenye batabajwe n'abaturage, mu gihe bari gushakisha umugabo we wari wamwishe bumva ngo yageze kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata yijyanye.

    Yagize ati ''Uwo mugabo ubusanzwe akora akazi k'ubushumba, abaturage batubwiye ko yaje ajyana n'umugore we ku kabari bajya kunywa inzoga nta kibazo bari bafitanye. Baje kuva ku kabari barataha mu rukerera, ni bwo yishe umugore we, umugabo ahita ajya kwa nyina amubwira ko yishe umuntu ndetse ko yijyana kuri Polisi.''

    Gitifu Mukantwari yakomeje avuga umugabo yakekaga umugore we ko yasambanaga n'abandi bagabo, ati 'Dukeka ko yamwicishije umuhoro kuko yamukomerekeje inyuma mu mutwe, uwo mugabo ari mu maboko y'inzego z'umutekano. Umurambo twawujyanye ku bitaro kugira ngo ukorerwe isuzuma, tuwugarura mu muryango we kugira ngo ushyingurwe.''

    Uyu muyobozi yakebuye abaturage bagirana ibibazo ntibabibwire ubuyobozi, abasaba kujya babugana bukabafasha kubikemura aho kuvutsanya ubuzima.

    Ati ''Abantu nibirinde kuvutsanya ubuzima. Turagira inama abantu yo kubahana bakirinda gusagarirana, niba umuntu yaguhemukiye ubuyobozi tubereyeho kugufasha.''

    Kuri ubu uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu gihe iperereza rikomeje. Itegeko rivuga ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igihano cy'igifungo cya burundu.

    Ibiro by’Akarere ka Bugesera


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umugabo-w-i-bugesera-wishe-umugore-amuziza-ku-muca-inyuma-yishyikirije-polisi

  • Ababyeyi b'i Rusizi batewe impungenge n'abiba amafaranga bakayashukisha abangavu bakabatera inda – #rwanda #RwOT

    Mu Karere ka Rusizi abangavu batewe inda kuva muri Mutarama 2025 ni 69. Mu 2024 bari 64.

    Aba batekamutswe bagaragara mu Karere ka Rusizi by'umwihariko mu mirenge ya Nkungu, Nyakarenzo na Gashonga.

    Ubasanga mu mashyamba bicaye mu matsinda bakora ibyo bita 'kuransa', aho bandika ubutumwa bugufi buvuga 'ngo ya mafaranga yohereze kuri iyo nimero'. Aba ni nabo bahamagara abaturage ku materefone bakabatekera umutwe.

    Icyimpaye Jacqueline wo mu Murenge wa Nkungu yabwiye IGIHE ko murumuna we yatewe inda n'abo batekamutwe bamushukishije amafaranga batuburiye abaturage none ngo byarangiye uwo mukobwa na we yinjiye muri iryo tsinda ry'abajura.

    Ati 'Igitiza umurindi inda ziterwa abangavu ni abatekamutwe. Iyo bamaze kubona amafaranga bashaka ba bana bacu bakiri bato bafite imyaka 14 na 15, bakabashukisha amafaranga babonye batavunitse, bakabashora mu mibonano mpuzabitsina'.

    Nyirahategekimana Jacqueline wo mu murenge wa Nyakarenzo ufite abana barimo umukobwa w'imyaka 14 avuga ko afite ubwoba ko ibyo bisambo bishobora kuzatera inda umwana we.

    Ati 'Abameni ni ikibazo kuko iyo bamaze gufatisha amafaranga bayashukisha abana b'abakobwa bakabasambanya, hakaba abatwita batarageza ku myaka y'ubukure'.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB ruherutse kwereka itangazamakuru abagera kuri 26 biganjemo abo mu Murenge wa Nkungu bafatiwe mu bikorwa byo gutekera umutwe abaturage bakabiba arenga miliyoni 30Frw

    Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel mu kiganiro na IGIHE yibukije abasore n'inkumi bo mu Karere ka Rusizi ko ubu bujura ari icyaha gihanwa n'amategeko kuko kiri mu bwambuzi bushukana, abasaba kubireka bagakora imirimo n'akazi bibyara inyungu batishoye mu byaha.

    Ati 'Ntabwo tubihakana, abagaragaye koko ni urubyiruko rukomoka muri Rusizi ariko ntabwo ari bo bonyine hari n'ababikora bari mu tundi turere. Ruriya rubyiruko turwibutsa ko ubwenge n'amaboko bafite atari ibyo gukora ubwambuzi no gushaka gukira mu buryo bwo guhuguza. Tubagira inama kandi tubaba hafi kugira ngo bahinduke, ariko kandi dufite ingamba ko abatemera guhinduka dukomeza kubakurikirana mu rwego rw'ubutabera'.

    Umuntu ukoresha amayeri arimo kwiyita amazina atari aye, imirimo adafitiye ububasha agira ngo yizeze icyiza cyangwa atinyishe ko hari ikizaba kibi maze akambura undi imari ye yose cyangwa igice cyayo, aba akoze icyaha cy'ubwambuzi bushukana.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu kugeza ku myaka itanu n'ihazabu itari munsi ya miliyoni 3 Frw kugeza kuri miliyoni 5 Frw.

    Ibiro by’Akarere ka Rusizi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ababyeyi-b-i-rusizi-batewe-impungenge-n-abiba-amafaranga-bakayashukisha

  • Raphinha ntazagaragara mu kibuga mu byumweru bitanu biri imbere bitewe n'imvune ikomeye yagize #rwanda #RwOT

    Raphinha, umukinnyi mpuzamahanga w'umunya-Brazil ukinira FC Barcelona, ntazagaragara mu kibuga mu byumweru bitanu biri imbere bitewe n'imvune ikomeye yagize mu misokoro. Ibi byemejwe n'abaganga b'ikipe nyuma y'ibipimo by'imitsi byakozwe kuri uyu mukinnyi kuri uyu wa gatanu, aho basanze yagize ikibazo gikomeye gishobora kumusaba igihe gihagije cyo gusubira mu mwanya we usanzwe.

    Iyi nkuru yababaje abafana ba Barcelona, kuko Raphinha yari umwe mu bakinnyi bari barashyizeho itandukaniro mu mikino ya vuba aha.

    Uyu mukinnyi azabura mu mukino ukomeye cyane uzahuza Barça na Paris Saint-Germain mu irushanwa rya UEFA Champions League, ibintu bigiye kongera ingorane ku ikipe y'umutoza Hansi Flick wari usanzwe afite ikibazo cy'abakinnyi bake mu busatirizi.

    Raphinha amaze kwerekana ubuhanga buhambaye kuva yagera muri Barcelona avuye muri Leeds United, aho yagiye agaragaza imbaraga, guhanahana ndetse no kugaragaza ubuhanga mu gushakisha imipira ivamo ibitego. Imvune ye igiye gusiga icyuho mu busatirizi, bituma abandi bakinnyi nka Lamine Yamal na Ferran Torres basabwa kuziba icyo cyuho mu gihe cy'amezi atari make.

    Abafana benshi b'iyi kipe bakomeje kwifuriza uyu mukinnyi gukira vuba, kugira ngo asubire mu kibuga akomeze gufasha ikipe mu rugamba rwo gushaka ibikombe. Nubwo imvune ari igihombo gikomeye, hari icyizere ko azagaruka afite imbaraga nshya, kuko ubuzima bwe bw'imikino burangwa n'umurava agaragaza mu kibuga.

    Raphinha ntazagaragara mu kibuga mu byumweru bitanu biri imbere bitewe n'imvune ikomeye yagize

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/raphinha-ntazagaragara-mu-kibuga-mu-byumweru-bitanu-biri-imbere-bitewe-nimvune-ikomeye-yagize/

  • Ibiciro by'ingendo za RwandAir byagabanyijweho 50% kugeza mu 2026 – #rwanda #RwOT

    Sositeye y'u Rwanda itwara abantu n'ibintu yabitangaje binyuze mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga zayo ku wa 26 Nzeri 2025.

    Yagize iti 'Ishimire igabanyuka rya 50% ku biciro by'ingendo zacu mu bice bitandukanye kugeza ku wa 30 Kamena 2026. Kureba ubwiza bwa za pariki n'imijyi n'inkombe z'inyanjya, umwanya wawe ngo uzenguruke Isi kuri kimwe cya kabiri cya tike.'

    Iri tangazo risohotse nyuma y'ukwezi kumwe hasohotse irindi ryavugaga ko ibiciro byagabanyijweho 50%, bikaba byagombaga kurangirana na tariki 30 Ugushyingo 2025.

    Ryavugaga ko 'Niba wifuza kujya ku mucanga, kuruhukira mu mujyi cyangwa se ufite urugendo rutunguranye, twagabanyije 50% kuri tike zo ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru!'

    Indege za RwandAir zijya mu byerekezo birenga 23 hirya no hino ku Isi. Imibare igaragaza ko mu 2024 RwandAir yatwaye abagenzi barenga miliyoni 1, ikagira intego yo kuzatwara miliyoni 1,2 mu 2025/26

    RwandAir ifite intego yo kongera abagenzi itwara


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibiciro-by-ingendo-za-rwandair-byagabanyijweho-50-kugeza-mu-2026

  • Kamonyi: Umuntu yagaragaye muri Nyabarongo ari mu rwasaya rw'ingona – #rwanda #RwOT

    Iyi ngona yagaragaye ku wa 25 Nzeri 2025, mu gice cy'Umugezi wa Nyabarongo giherereye mu Mudugudu wa Kamuhoza, Akagari ka Kagina, Umurenge wa Runda.

    Abaturage babonye iyi ngona iri kugendana umuntu mu mazi, bahise batabaza inzego z'umutekano, baje ihita ibikanga yibira mu mazi ijyanye n'uwo murambo.

    Umuhuzabikorwa w'Urwego Rwunganira uturere mu Gucunga Umutekano (DASSO), mu Murenge wa Runda watabaye mu ba mbere, Nsanzamahoro Pierre, yavuze ko ubwo yageraga ahagaragaye iyi ngona, yavuze ko yiboneye iyo ngona mu mazi ifite umuntu mu rwasaya ariko igahita yibira mu mazi.

    Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, na we yabwiye IGIHE ko bakibimenya, bahise batangira ibikorwa by'ubutabazi ngo bashakishe uyu murambo, utaramenyekana inkomoko n'imyirondoro.

    Ati 'Polisi na RIB bagiye ahabereye ibi byago, tugeze aho abaturage batweretse dusanga ingona imaze kumanukana uwo murambo mu mazi, twatangiye ibikorwa by'ubutabazi. Ntiturabasha kumenya niba ari umugabo cyangwa umugore, ibikorwa by'ubutabazi biracyakomeje, ngo hashakishwe niba yaza kuboneka.'

    Mu Mugezi wa Nyabarongo habonywemo ingona iri kurya umuntu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-umuntu-yagaragaye-muri-nyabarongo-ari-mu-rwasaya-rw-ingona

  • Ibitaro bya Kabgayi birishyuriza abakozi babyo ibirarane bya miliyoni 100 Frw – #rwanda #RwOT

    Abakozi bishyurizwa ni abagera ku 157 bakorera Ibitaro bya Kabgayi n'ibigo nderabuzima biyishamikiyeho 16 n'abo mu ivuriro riri mu Igororero rya Muhanga ibyo bitaro bireberera.

    Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro bya Kabgayi, Dr. Muvunyi Jean Baptiste yabwiye IGIHE ko ibyo birarane ari iby'imyaka itandukanye yo mu gihe cya Covid-19.

    Bikubiyemo ariko n'andi mafaranga ashingiye ku makosa aba yarabayemo nk'abakozi bagiye batinda kuzamurwa mu ntera igihe kigeze kandi baba bagomba guhabwa amafaranga yabo kuva icyo gihe bari bujurije ibisabwa ariko na yo akaba ataratangwa.

    Yasobanuye ko ubusanzwe abakozi ba Leta muri rusange bongezwa buri nyuma y'imyaka itatu bizwi nka 'Horizontal Promotion' ariko ko mu gihe cya Covid-19 Leta yabihagaritse by'agateganyo no ku bakora kwa mu muganga.

    Nyuma y'uko icyo cyorezo kigenje make ariko Leta yaje gusubukura iyo gahunda ndetse igena ko abantu bari bagejeje igihe cyo kuzamurwa mu ntera muri Covid-19 ariko bigahagarikwa, amafaranga y'icyo gihe bazayahabwa ari yo abo bakozi bo mu Bitaro bya Kabgayi bishyuza.

    Dr. Muvunyi ati 'Iyo uzamuwe mu ntera hari amafaranga make wongerwa ku mushahara ariko ntiyagiriyeho igihe. Iyo tuyateranyije yose aba miliyoni 100 Frw. Twakoze ibisabwa byose byageze muri Minisiteri y'Imari n'Igemigambi (MINECOFIN) bireba ariko abakozi baba babigaragaje kuko babona biri gutinda. Twari tuzi ko bizakorwa mu ngengo y'imari y'umwaka ushize.'

    Dr. Muvunyi yongeyeho ko uretse ibyo birarane byo mu gihe cy'icyorezo ubu nta kibazo cy'amafaranga y'izamurwa mu ntera gihari kuko yaba abo bafitiwe ibirarane ubu bahabwa umushahara ugenwe ndetse n'abandi uko bagenda buzuza imyaka itatu barazamurwa.

    Uwo muyobozi yaboneyeho gusaba MINECOFIN ko yakemura icyo kibazo kuko nk'ubuyobozi bw'Ibitaro bya Kabgayi bwakoze ibyo bugomba kandi abakozi ayo mafaranga na bo bakaba bayategereje.

    Ibitaro bya Kabgayi birishyuriza abakozi babyo ibirarane bya miliyoni 100 Frw


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibitaro-bya-kabgayi-birishyuriza-abakozi-babyo-ibirarane-bya-miliyoni-100-frw

  • BNR yashimangiye ko abitabiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare bose bahawe serivisi z'imari bakeneye – #rwanda #RwOT

    Visi Guverineri wa BNR, Nick Barigye yabwiye RBA ko haba uburyo bw'amakarita ndetse n'ubundi bwo kwishyurana hifashishijwe ikorababuhanga, abitabiriye iri siganwa basanzwe bakoresha mu bihugu byabo, babashije kububona no mu Rwanda.

    Barigye yavuze ko irushwanwa nk'iri riba ririmo abantu baturutse mu bihugu bitandukanye kandi mu gihe bari mu Rwanda uburyo bwo guhererekanya amafaranga barabukenera.

    Ati 'Kubera uko twiteguye hamwe n'ishoramari rimaze gukorwa mu rwego rw'imari, ubu umuntu waje akoresha amakarita yo kwishyurana nka 'mastercard', 'visa card' n'andi akoreshwa ku Isi birashoboka ko yakwishyura, hoteli, restaurent n'indi serivise zose yakenera.'

    Barigye yongeyeho ko uretse gukoresha amakarita mu Rwanda hari n'ubundi buryo bunyuranye bwo guhererekanya amafaranga mu ikoranabuhanga buhari ku buryo abanyamahanga barugana bashobora kubona serivisi z'imari bakeneye nta nkomyi.

    Impuguke mu mikorere y'urwego rw'imari Rukesha Valens, yavuze ko guha serivisi z'imari abanyamahanga bari mu Rwanda binazamurira agaciro Amafaranga y'u Rwanda kuko kwishyurana hakoreshejwe amakarita bijyana no kuvunjisha amadovise mu Manyarwanda.

    Abakora akazi ko kuvunja amafaranga, na bo bavuga ko Shampiyona y'Isi y'Amagare iri kubera i Kigali yatumye bakorera kuko uretse abayavunjisha mu ikoranabuhanga, hari n'abayavunjisha ari amafaranga afatika bakabona kuyashyira ku makarita cyangwa bakayakoresha gutyo.

    Sangabandi Nadia ukorera mu nzu y'ivunjisha ya Shahashah Forex yagize ati 'Muri iyi minsi turi kuboba abakiliya benshi bavunjisha ubwoko bw'amamafaranga butandukanye bwo mu bihugu bakomokamo. Ubucuruzi bwacu buri gukora ku rwego rwo hejuru ruhambaye.'

    Shampiyona y'Isi y'Amagare iri kubera mu Mujyi wa Kigali kuva ku wa 21-28 Nzeri 2025, mu gihe aya mabwiriza mashya yo atangira gukurikizwa kuri uyu wa 19 Nzeri 2025.

    Ni shampiyona ubusanzwe ikunda kubera ku Mugabane w'i Burayi, aho mu nshuro imaze kuba, inshuro 11 ari zo zonyine yabereye hanze y'uyu mugabane, mu gihe Kigali izaba umujyi wa mbere wo ku Mugabane wa Afurika uzakira iri rushanwa rimaze imyaka 103 rikinirwa mu bihugu binyuranye.

    BNR yagaragaje ko abanyamahanga bari mu Rwanda kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare babonye serivisi z’imari nk’izo basanzwe babona iwabo

    Irushanwa ry’amagare rimaze iminsi umunani ribera mu Rwanda

    Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera mu Rwanda ni ubwa mbere ibereye muri Afurika


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bnr-yashimangiye-ko-abitabiriye-shampiyona-y-isi-y-amagare-bose-bahawe-serivisi