Author: webrwanda

  • Muri Shampiyona y'Isi y'Amagare ibihumanya umwuka byagabanyutseho 45% – #rwanda #RwOT

    Hashingiwe ku bipimo bya mbere y'aya marushanwa yamaze iminsi umunani mu Rwanda no mu gihe yari ari kuba.

    Mu kugenzura ihumana ry'umwuka mu bihe by'iri rushanwa, REMA yashyizeho sitasiyo 10 zigenzura uko umwuka wandura mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali, hagamijwe kureba uko bimeze mu mihanda yafunzwe n'itafunzwe.

    Zashyizwe mu bice bya Gacuriro, Rusororo, Mont Kigali, Gikondo, Nyarutarama, Kibagabaga, Kimironko, Nyabugogo, no ku Kimihurura.

    Mu busesenguzi REMA yakoze yabonye ko gufunga by'agateganyo imihanda minini byagize uruhare mu kugabanya ihumana ry'umwuka abantu bahumeka mu Mujyi wa Kigali.

    Hapimwe PM 2,5 (Particulate Matter). Ni utuvungukira duto tw'ibinyabutabire tujya mu kirere tungana na mikorometero 2,5. Ni duto cyane utabasha kubonesha ijisho kuko tuba turi munsi y'ingano y'umusatsi inshuro nka 30.

    Kuko ari duto cyane iyo umuntu aduhumetse twinjira ako kanya mu bihaha ndetse tukaba twagera mu miyoboro y'amaraso. Iyi myanda ituruka cyane ku binyabiziga bikoresha lisansi na mazutu, gucana amakara n'ibikomoka kuri peteroli, imyotsi iva mu nganda n'ibindi.

    Dutera ibibazo byinshi ku buzima nko gukorora, kubabara mu gituza, kubura umwuka nk'ingaruka z'igihe gito indwara z'ibihaha nka kanseri n'izumutima, stroke, kwangiriza umwana uri mu nda n'izindi.

    Indi mihanda yitabazwaga mu gusimbura iyaberagamo isiganwa kugira ngo ingendo zikomeze ariko itari isanzwe ikoreshwa cyane, ibyanduza imyuka byagabanyutse ku rugero ruri hagati ya 30% na 35%. Mu gihe mu bihanda itararebwaga n'isiganwa nta cyahindutse.

    Mu cyumweru cy'isiganwa sitasiyo zipimirwaho umwuka zagaragaje umwuka udahumanye kuko ibiwanduza byari byagabanyutse ugereranyije n'ibisanzwe.

    Mu mihanda yafunzwe burundu kwandura k'umwuka byari ku rugero rwa µg/m³ 30 ugereranyije no hafi ya µg/m³ 50 biba biriho mu busanzwe.

    µg/m³ bisobanuye mikorogaramu (microgramme) muri metero kibe imwe. Mikorgaramu imwe ingana na kimwe cya miliyoni cy'igarama. Bivuze ngo haba harebwa ingano y'ibyanduza umwuka muri metero kibe imwe.

    Bisobanuye ko mu bihe bya Shampiyona y'Isi y'Amahare, ibyanduza umwuka byanganaga na microgramme 30 muri buri metero kibe imwe y'umwuka ibyo twagereranya nk'ikilo kimwe kirenga cy'umwuka.

    Umuyobozi Mukuru wa REMA, Juliet Kabera, yavuze ko ibyavuye mu isesengura bakoze bigaragaza uburyo kugabanya imyuka yanduza ikirere bigira uruhare mu gusukura umwuka mwiza abantu bagomba guhumeka.

    Ati 'Muri Shampiyona y'Isi y'Amagare, ntabwo umwuka wahumanye cyane, ibintu byiza ku baturage ugereranyije n'amabwiriza y'Ishami rya Loni ryita ku Buzima.'

    OMS isaba ko byibuze ku mwaka impuzandengo y'utuvungukira dufite umurambararo wa mikorometero 2,5 utagomba kurenga microgramme 10 muri metero kibe imwe, na ho mu gihe cy'amasaha 24, tutagomba kurenga microgramme 25 muri metero kibe imwe.

    Kabera ati 'Ibi bikwiriye kutwereka ko dukwiriye kwita ku binyabiziga byacu uko bikwiriye, kwitabira uburyo bw'ubwikorezi butangiza, nko gukoresha ubwikorezi bwa rusange, kwisunga amagare no kugenda n'amaguru aho bishoboka no kwirinda gukoresha imodoka aho bitari ngombwa. Kugira umwuka usukuye twabishobora mu gihe dushizeho ingamba zifatika mu buzima bwa buri munsi.'

    Mu gihe imibare igaragaza ko ibinyabiziga (moto n'imodoka) ari byo biza ku isonga mu guhumanya umwuka, Guverinoma y'u Rwanda yatangiye gupima byihariye imyuka isohorwa na byo.

    Bikorwa mu buryo busanzwe kuri Contrôle technique, aho Polisi igenzura imodoka ariko hakabaho n'ahandi REMA igenzurira umwuka uhumanya w'ikinyabiziga.

    Gusaba gusuzumisha bikorerwa ku Irembo nk'uko bisanzwe ariko mu buryo bubiri, kuko umuntu uvuye gusuzumisha ikinyabiziga azajya ahabwa ibyemezo bibiri.

    Umwuka wo mu Mujyi wa Kigali ntiwahumanye cyane mu bihe bya Shampiona y’Isi y’Amagare

    Shampiyona y’Isi y’Amagare yafashije mu kugabanya ibihumanya umwuka ku kigero cya 45%

    Abasiganwa ku magare bo mu bihugu birenze 100 bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare

    Kugabanya ibinyabiziga bya meteri byagabanyije ihumana ry’ikirere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muri-shampiyona-y-isi-y-amagare-ibihumanya-umwuka-byagabanyutseho-45

  • Abanyeshuri mu ngabo za Zambia bari kwigira ku Rwanda kwimakaza amahoro – #rwanda #RwOT

    Ni uruzinduko iryo tsinda ryatangiye ku itariki 28 Nzeri rukazarangira ku wa 4 Ukwakira 2025. Riyobowe na Col Elias Zulu bakaba biga mu ishuri rya gisirikare rya Zambia ryitwa Zambia Defence Services Command and Staff College.

    Ku wa 30 Nzeri 2025 iryo tsinda ryasuye Minisiteri y'Ingabo z'u Rwanda ku Kimihurura.

    Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yabasobanuriye urugendo rw'u Rwanda mu iterambere n'uburyo rutanga umusanzu warwo mu kugarura umutekano ku Mugabane.

    Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga yashimye Igisirikare cya Zambia n'Ishuri rya Gisirikare iryo tsinda ribarizwamo kuba barahisemo u Rwanda nk'ahantu ho gukorera urugendo rugamije kwiga.

    Yavuze ko kandi urwo rugendoshuri rushimangira ubucuti bukomeye n'ubufatanye mu bya gisirikare hagati y'ibihugu byombi by'umwihariko mu byerekeye kubaka ubushobozi.

    Ati 'U Rwanda uyu munsi ni Igihugu kimaze gutera intambwe. Mu myaka 30 yakurikiye Jenoside yakorewe Abatutsi twavuye ku kuba Igihugu gikeneye ubufasha mpuzamahanga mu kubungabunga amahoro tuba abatanga umusanzu mu kugarura amahoro muri Afurika n'ahandi.'

    Yakomeje ati 'U Rwanda uyu munsi rufite amahoro, rurashikamye kandi ni Igihugu kireba kure mu mibereho myiza n'iterambere ry'ubukungu birambwe rudaciwe intege n'imbogamizi mu bijyanye n'umutekano ziri mu Karere ruherereyemo.'

    Col Elias Zulu yashimye Ingabo z'u Rwanda kuko basobanuriwe birambuye ku musanzu wazo mu iterambere ry'imibereho myiza n'ubukungu by'Igihugu bakabasha kubyigiraho.

    Yagaragaje kandi ko itsinda ayoboye ryigiye isomo rikomeye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali rinjyanye n'amateka yarwo n'uburyo rwanze guheranwa na yo.

    Abagize iryo tsinda kandi banasuye Ingoro y'Amateka y'Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse biteganyijwe ko bazakomeza gusura ahantu hatandukanye mu Rwanda.

    Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga yaganirije abagize iryo tsinda ku rugendo rw'u Rwanda n’umusanzu zitanga mu iterambere

    Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga yashimye Igisirikare cya Zambia n'Ishuri rya Gisirikare iryo tsinda ribarizwamo kuba barahisemo u Rwanda nk'ahantu ho gukorera urugendoshuri

    Abalimu n'abanyeshuri mu ngabo za Zambia bari kwigira ku Rwanda ibyerekeye iterambere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-mu-ngabo-za-zambia-bari-kwigira-ku-rwanda-kwimakaza-amahoro

  • APR FC yatsindiwe na Pyramids FC ku zuba ry’i Nyamirambo, urugendo rugana mu Misiri ruzamo ihurizo (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ibitego bibiri bya Fiston Kalala Mayele byafashije Pyramids FC gutsindira APR FC i Kigali mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League.
    Ni umukino APR FC yagiye gukina ibizi ko igomba gukora ibishoboka byose bakawutsinda cyane ko imikino 4 yahuje aya makipe nta na rimwe bigeze babasha gutsinda Pyramids FC.

    Pyramids FC na yo ikaba itari yakabashije gutsindira APR FC i Kigali kuko inshuro 2 bakiniye mu Rwanda, banganyije.

    Pyramids FC ikaba itari yishimiye ko umukino washyizwe saa 14h00′ kuri Kigali Pelé Stadium, bibazaga icyo Amahoro yabaye.

    Umutoza wa APR FC yari afite abakinnyi be bose uretse rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara urwaye akaba atarakira.

    Uyu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League wasifuwe n’abasifuzi bo muri Mauritania bari bayobowe na Abdel Aziz Bouh.

    Iminota 10 ya mbere y’umukino wabonaga APR FC irimo ishyira igitutu kuri Pyramids ndetse ibona amahirwe ariko ntiyayabyaza umusaruro.

    Pyramids FC nayo yanyuzagamo igasatira ariki ntacyo byatanze kuko amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 0-0.

    APR FC yatangiye igice cya kabiri ishaka igitego ndetse ibayanakibonye ku munota wa 46 ku mupira Ruboneka yahinduye imbere y’izamu maze William Togui agashyiraho umutwe ariko umunyezamu akawushyira muri koruneri itagize icyo itanga.

    Ku makosa ya Niyomugabo Claude ku munota wa 51 Fiston Kalala Mayele yatsindiye Pyramids igitego cya mbere.

    Ku munota wa 54 umunyezamu Naser yongeye kurokora Pyramids ku mupira yatewe na William Togui Mel.

    Ku munota wa 71 Naser yakuyemo undi mupira ukomeye wa Memel Raouf Dao ni nako ku munota wa 72 umutoza wa Pyramids, Krunoslav Jurcic yahawe ikarita itukura.

    APR FC yakomeje gushaka igitego ariko ntiyabyaza umusaruro amahirwe yabonye.

    Ku munota wa 85 Fiston Kalala Mayele yaje kubona igitego cya kabiri umukino urangira ari 2-0.

    Umukino wo kwishyura uzabera mu Misiri ku Cyumweru tariki ya 5 Ukwakira.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11965

  • Muhanga: Umusore wararanye umwana w'imyaka 17 ari guhigishwa uruhindu – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe ko uyu musore wo mu murenge wa Kibangu mu karere ka Muhanga yakingiranye umwana w'umukobwa mu nzu, ku wa 27 Nzeri 2025 mu saa Yine z'Amanywa, akamukingurira umunsi ukurikiye mu masaha ya mu gitondo yamusambanyije.

    CIP Kamanzi Hassan mu kiganiro yagiranye na TV1 yatangaje ko uyu musore ari gushakishwa n'inzego zishinzwe umutekano ndetse ko n'ikirego cyatanzwe mu nzego zirebwa n'iki kibazo muri aka karere.

    Yagize ati 'Umubyeyi w'umwana, mu saa Kumi ni bwo yatanze ikirego, ubwo rero ibindi bijyanye no gushaka uwahohoteye umwana byatangiye rwose.'

    Umuryango w'uyu mwana wasobanuye ko bari babuze umwana wabo mu mugoroba wo ku wa 27 Nzeri nyuma babajije umwana ababwira ko uwo musore yamukingiranye mu nzu biza kurangira anamusambanyije.

    Ku ruhande rw'uyu mwana yasobanuye ko yari yagiye gusura mushiki w'uyu muhungu asanga adahari birangira uyu musore amukingiranye mu nzu, maze ategereza ko ab'aho bataha araheba.

    Yagize ati 'Uyu muhungu yashyizeho ingufuri arakinga, bwije ntegereza ko iwabo bataha ndababura. mu masaa cyenda za nijoro nibwo yamfashe.'

    Byatangajwe ko umuryango ukimenya amakuru ko wahise ujyana umwana ku bitaro bya Nyabikenke kugira ngo ahabwe ubufasha burimo ibinini bituma adasama, n'imiti imurinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    Gusa abaturage batuye muri aka gace bakomeza basaba ko uyu musore yashakishwa kugira ngo ahanirwe ibyo yakoze, kuko yasambanyije umwana utujuje imyaka y'ubukure.

    Umusore wararanye umwana ufite imyaka 17 ari guhigishwa uruhindu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-umusore-wararanye-umwana-w-imyaka-17-ari-guhigishwa-uruhindu

  • CHANCEN na HEC byinjiye mu bufatanye bwo guteza imbere ireme ry'uburezi mu mashuri makuru na kaminuza mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ni ubufatanye bushingiye ku kubakira ubushobozi ibigo bya kaminuza mu guteza imbere ireme ry'uburezi, no gushyigikira gahunda yo gufasha urubyiruko kubona akazi.

    Ni ubufatanye kandi bugamije gusangira ubumenyi, no guteza imbere uburyo bwafasha mu kugeza uburezi bufite ireme kuri bose mu Rwanda. Ari na ko impande zombi zifatanya mu gushishikariza urubyiruko kongera ubumenyi no kubahuza n' isoko ry' umurimo bakiteza imbere.

    Mu bindi bizibandwaho, ni uguhugura abakozi, gutanga ubufasha mu bya tekiniki, kwimakaza ireme ry'uburezi, guteza imbere uburyo bugezweho bwo kugenzura abanyeshuri hagamijwe kubaha ubumenyi bukenewe ku isoko ry'umurimo.

    Aya masezerano yasinywe ku wa 29 Nzeri 2025.

    CHANCEN International ifasha abanyeshuri bashaka kwiga muri kaminuza zo mu Rwanda kwishyurirwa amafaranga y'ishuri. Abishyuririwe, bazajya bishyura CHANCEN International nyuma barangije kwiga nk'uko Umuyobozi Mukuru w'iki kigo, Batya Blankers, abisobanura.

    Yagize ati 'Ubufatanye bwa Chancen International na HEC bugamije guteza imbere ireme ry'uburezi mu Rwanda, abanyeshuri n'abakora mu burezi muri rusange tukabongerera ubushobozi, kuko ni bwo shoramari rikomeye igihugu gikora kigamije iterambere rirambye. Tuzasangira ubumenyi, tunafashe mu kurandura ubushomeri mu rubyiruko hisunzwe ubumenyi bahawe.'

    Batya Blankers yongeyeho ko nta munyeshuri bajya bishyuza atarabona akazi kandi ko n'iyo gahagaze yaratangiye kwishyura baba bamuhagarikiye.

    Umuyobozi Mukuru wa HEC, Kadozi Edward, yagize ati' Aya masezerano yemeza ubufatanye hagati y'ibigo byombi mu rwego rwo guteza imbere uburezi no gushyigikira iterambere ry'abakiri bato.'

    CHANCEN International ikomoka mu Budage ariko icyicaro gikuru kikaba mu Rwanda, ikanakorera mu bindi bihugu bya Afurika nka Kenya, Ghana na Afurika y'Epfo.

    CHANCEN International yishyurira abanyamuryango binyuze mu masezerano yo gusangira inyungu azwi nka 'Income Share Agreement: ISA'.

    Kugeza ubu Ikigo CHANCEN International kimaze kwishyurira mu Rwanda abarenga 4500 kwiga ndetse abangana na 2.000 muri bo batangiye kwishyura.

    Umuyobozi Mukuru wa CHANCEN, Batya Blankers yavuze ko umunyeshuri bafashije kwiga yishyura iyo yabonye akazi

    Umuyobozi Mukuru wa HEC, Edward Kadozi, yavuze ko ubufatanye bugamije kuzamura ireme ry’uburezi mu mashuri makuru mu Rwanda

    Abakozi b’impande zombi bari bahari ubwo hasinywaga amasezerano


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/chancen-na-hec-byinjiye-mu-bufatanye-bwo-guteza-imbere-ireme-ry-uburezi-mu

  • Ngoma: Imbamutima z'abahinzi babonye umusaruro mwiza kubera CDAT – #rwanda #RwOT

    CDAT ni umushinga ugamije guteza imbere ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda, washowemo miliyari 300 Frw harimo inkunga nyunganizi yagenewe miliyari 15 Frw yagenewe gufasha abakora ubuhinzi n'ubworozi kubona inkunga ibafasha kubikora mu buryo bugezweho.

    Bamwe mu bahawe iyi nkunga harimo abahinzi b'inanasi babarizwa muri Koperative KOABANAM ikorera muri Mugesera na Zaza, bakaba bazihinga kuri hegitari 500.

    Perezida wa KOABANAM, Muzerwa Alex, agaragaza ko ahantu bakorera ubu buhinzi ubundi hari hasanzwe hari ishyamba rya kimeza aho bakundaga guhingamo ibihingwa bisanzwe birimo imyumbati n'ibijumba ku buryo batabashaga gusagurira amasoko.

    Yakomeje avuga ko ubuyobozi bw'akarere bwabasabye ko batangira kuzajya bahakorera ubuhinzi bw'inanasi ndetse bagahuza ubutaka kubera ko ari byo byari kubafasha kuziteza imbere.

    Ibyo barabikoze ndetse n'ubuyobozi bukazajya bubafasha kubona imbuto z'inanasi gusa ibi byaje guhinduka birangira iyi koperative isa nkaho isenyutse ndetse abanyamuryango bari barimo bagera ku 120 baza kuyivamo.

    Ati 'Iyo ya mbere yari ifite abanyamuryango 120 b'abahinzi ariko twaje kwisanga turi abantu 11 gusa, dushaka abandi bashya babigize umwuga dutangira guhinga mu buryo bwa kinyamwuga.'

    Nyuma yo kwishakamo imbaraga batangiye gukora ubuhinzi bwa kinyamwuga kandi buvuguruye bwabafashije kongera umusaruro ndetse biza no kugera aho babura uko bawugeza uwo musaruro ku masoko.

    Gusa Muzerwa avuga ko ibyo bibazo byo kubura uko bageza umusaruro ku masoko byatangiye gukemuka ubwo babonaga inkunga na CDAT yo kugura imodoka kuri ubu isigaye ibafasha kuwugeza ku isoko.

    Ati 'Mbere byaratugoraga kubera ko byadusabaga gukodesha imodoka kugira ngo iwujyane ariko rimwe na rimwe ntizize cyangwa zigatinda ariko ubu kuva aho tuyiboneye dusigaye tubasha kuwugeza ku isoko mu buryo bworoshye.'

    Yakomeje avuga ko imodoka baguze ibafasha gutwara umusaruro wa toni enye ariko ko bafite intego yo kugura indi modoka yisumbuyeho izajya ibafasha kuwugeza ku isoko kubera ko hari igihe umusaruro ubabana mwinshi bigasaba ko bongera gukodesha.

    Iyi modoka yahawe iyi koperative ifite agaciro kangana na miliyoni 50 Frw, CDAT yatanze miliyoni 25 Frw mu gihe asigaye yatanzwe n'abanyamuryango ba KOABANAM kuri ubu basigaye barageze kuri 63 barimo abagore 29 n'abagabo 34.

    Ku rundi Mukadusabe Petronile umukobwa wa Mugirasoni Agnes utuye mu Murenge wa Zaza, Akarere ka Ngoma, uri mu bahwe inkunga nyunganizi na CDAT yo kumwubakira ikiraro kigezweho cy'inkoko zitera amagi, na we arashimira uyu mushinga wabafashije kwiteza imbere.

    Mukadusabe avuga ko batangiye gukora ubworozi bw'inkoko mu 2012, icyo gihe bari bafite izigera kuri 500 ariko zigenda ziyongera uko inyungu zitanga ziyongeragamo ku buryo zaje no kugera ku 1000.

    Gusa avuga ko nubwo umubare w'inkoko wiyongeraga n'umusaruro w'amagi wiyongera, batekereje babishyira ku rundi rwego kugira ngo bazabashe guhaza isoko kubera ko bari bamaze kubona abakiliya benshi bikaba byaratumye bajya gusaba iyi nkunga muri CDAT.

    Ati 'Impamvu twahisemo kujya kwaka inkunga yo kubakirwa ibiraro bigezweho muri CDAT ni ukubera ko ibyo twari dufite mbere twari twarabyubatse mu buryo bwacu, bitujuje ubuzirange.'

    Nyuma yo gutanga ubwo busabe, umushinga wabo wahise utoranywa mu mishinga igomba guhabwa inkunga nyunganizi kandi ko kuva bayibona umusaruro wiyongereye cyane.

    Ati 'Mbere twari dufite inkoko 2000 gusa ariko bamaze kutwubakira ikiraro byatumye tugira ingufu ku buryo ubu dufite izigera ku 6000.'

    Yakomeje agira ati 'Inkoko z'amagi dufite ubungubu ziri gutera ku kigero cya 90%, iyo zigabanyutseho gatoya zigera kuri 88% ni ukuvuga ko hafi ya zose ziratera kubera ko ku munsi zishobora gutera amagi 5400 mu gihe mbere zateraga angana 1.800 ku munsi.'

    Ubundi muri rusange, uyu mushinga w'inkoko zitera amagi watwaye agera kuri miliyoni 85.950.008 Frw, CDAT itanga agera kuri 42.975.004 mu gihe na bo batanze ayasigaye.

    Uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa ku bufatanye n'Ikigega giteza imbere imishinga mito n'iciriritse, BDF, ubu cyahujwe na Banki yAmajyambere y'u Rwanda (BRD) n'Ishami rishinzwe gukurikirana imishinga mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n'Ubworozi (RAB-SPIU).

    Umusaruro w’amagi wariyongereye nyuma y’uko babonye inkunga ya CDAT

    Mukadusabe Petronile ari kugaburira inkoko ubu zitera amagi arenga arenga 5400

    Perezida wa KOABANAM, Muzerwa Alex ari gusarura inanasi zatangiye kwera, avuga ko ubu ari bwo babona umusaruro mwiza


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ngoma-imbamutima-z-abahinzi-babonye-umusaruro-mwiza-kubera-cdat

  • Intego y’igitaramo cya ‘Chorale Baraka’ yatumiyemo Rev. Dr. Antoine Rutayisire #rwanda #RwOT

    Chorale Baraka yo muri ADEPR yateguye igitaramo yise ‘IBISINGIZO’ gifite intego yo gufasha abantu kuva mu byaha bakamenya Umwami Yesu.

    Ni igitaramo kizaba tariki ya 4-5 Ukwakira 2025 kikabera kuri ADEPR Nyarugenge.

    Cyatumiwemo Rev. Pastor Valentin Rurangwa, Pastor Mugabowindekwe na Rev. Dr Antoine Rutayisire bazatanga inyigisho.

    Perezida wa Chorale Baraka, Muhayimana Jean Damascene yavuze ko iki gitaramo kizaba iminsi ibiri ari umwanya mwiza wo kwegerana n’Imana.

    Ati “Intego yacu dukuyeho ibindi byose, ni uko abanyabyaha bakizwa, ni uko abantu bava mu byaha bakamenya umwami yesu. Turwanya twivuye inyuma ikintu gituma abantu batava mu byaha.”

    Uretse ibi kandi bizaba umwanya wo kumvisha abakunzi b’iyi Chorale indirimbo nshya za yo zirimo na “IBISINGIZO” bitiriye iki gitaramo.

    Chorale Baraka, yari imaze iminsi isa n’aho icecetse, yamaze impungenge abakunzi ba yo ko ubu noneho bagiye gukora cyane batazongera kubura nk’uko byagenze nubwo birinze kugaruka ku cyabiteye.

    ‘Ibisingizo Live Concert’, Chorale Baraka izafatanya n’andi makorali nka Iriba Choir ya ADEPR Taba ya Huye, Besalel Choir ya ADEPR Murambi, Gatenga Worship Team ya ADEPR Gatenga, The Light Worship Team ya CEP ULK.

    Iki gitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo zitandukanye, kwinjiramo bizaba ari ubuntu.

    Baraka Choir ni korali yatangiye ikorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR Paruwasi Nyarugenge, itangirana n’abaririmbyi 12, iririmbira mu cyumba cyo mu Cyahafi. Nyuma abayobozi bababonyemo impano, bahise babazamura bajya kuririmbira Nyarugenge ku rusengero batangira gukora umurimo w’Imana bisanzuye noneho mu rusengero.

    Icyo gihe, hari mu 1982 batangira bitwa Chorale Cyahafi, nyuma mu 1996 baza guhindura izina bitwa Baraka. Iyi korali ni iya kabiri muri korali umunani zibarizwa kuri uru rusengero.

    Chorale Baraka ifite igitaramo mu mpera z’iki cyumweru

    Chorale baraka izakora gitaramo gifite intego yo gufasha abantu kuva mu byaha

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11964

  • Bernardo Silva ntiyigeze atangaza aho azerekeza nyuma yuko amasezerano ye ari kurangira #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wo hagati wa Manchester City, Bernardo Silva, yongeye kugira icyo atangaza ku bijyanye n'ahazaza he muri Etihad, ariko nanone yirinda gusobanura byinshi. Uyu mukinnyi w'Umudage ufite inkomoko muri Portugal, amasezerano ye ari hafi kurangira muri Kamena 2025, ibintu bituma ikipe ye, abakunzi ndetse n'abashinzwe kuyobora ikipe bategereje kumenya icyerekezo azafata.

    Mu kiganiro yagiranye n'ibitangazamakuru, Silva yagize ati: 'Nzi neza icyo nshaka, ariko si iki gihe cyo kukivugaho. Ni igihe cyo gushyira umutima ku ikipe ya Manchester City no gukora uko nshoboye kugira ngo dushyire ikipe aho ikwiye kuba iri.'

    Aya magambo agaragaza ko uyu mukinnyi w'imyaka 31 y'amavuko afite umugambi udasanzwe, kuko ntacyo yari yatangaza cyemeza niba azaguma muri City cyangwa se niba azahitamo kwerekeza ahandi.

    Bernardo Silva yaje muri Manchester City mu 2017 avuye muri AS Monaco, akaba amaze imyaka isaga umunani ari umwe mu ntwaro zikomeye za Pep Guardiola. Yafashije City gutwara ibikombe bitandukanye birimo Premier League, FA Cup ndetse na Champions League.

    Abasesenguzi b'umupira w'amaguru bo bavuga ko ikipe nyinshi zikomeye i Burayi, nka Paris Saint-Germain na FC Barcelona, zikurikirana bikomeye uko uyu mukinnyi azafata icyemezo. Ariko ku ruhande rwe, aracyashimangira ko ubu ataricyo gihe cyo gutangaza ko afite gahunda yo kuva muri City.

    Kuba Silva yirinze kugira byinshi avuga bishobora kuba uburyo bwo kugaragaza ko agishaka guhesha City ishema mbere yo gufata icyemezo gikomeye ku buzima bwe nk'umukinnyi. Abakunzi ba City bari mu gihirahiro, bibaza niba koko uyu mukinnyi azahitamo gusiga amateka muri Etihad cyangwa se akerekeza ahandi.

    Umukinnyi wo hagati wa Manchester City, Bernardo Silva, yongeye kugira icyo atangaza ku bijyanye n'ahazaza he muri Etihad, ariko nanone yirinda gusobanura byinshi

    Source : https://kasukumedia.com/bernardo-silva-ntiyigeze-atangaza-aho-azerekeza-nyuma-yuko-amasezerano-ye-ari-kurangira/

  • U Rwanda rwavuze ko FDLR igihari, gukuraho ingamba z'ubwirinzi kwaba ari ugusubiramo ikosa ryakozwe mu 1994 – #rwanda #RwOT

    Ni ingingo yagarutseho ku wa 30 Nzeri 2025, ubwo yari imbere y'Akanama k'Umutekano k'Umuryango w'Abibumbye mu biganiro byagarutse ku butumwa bw'Ingabo za Loni muri RDC, Monusco.

    Amb. Martin Ngoga yagaragaje ko u Rwanda rushyigikiye ibiganiro bya Doha ndetse n'amasezerano ya Washington, ariko yibutsa ko byombi kugira ngo bitange umusaruro bisaba ubushake bwa politike ku mpande zose.

    Ati 'Aya ni amahirwe aza rimwe yo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi akanama k'Umutekano ka Loni kagomba kubishyigikira. Turasaba impande zose kubahiriza ibyo zemeye kandi zikinjira mu biganiro mu buryo bwubaka kandi zigaharanira ko ibi biganiro bivamo ingamba zikomeye zizana amahoro, ndetse zigakemura ibibazo bihembera amakimbirane mu Burasirazuba bwa RDC. Ndashaka kongera gushimangira ko u Rwanda rufite ubushake muri ibi biganiro kandi tuzabishyira mu bikorwa.'

    Mu ijambo rye Amb. Martin Ngoga yagarutse ku nenge ziri muri Raporo Loni iherutse gukora ku kibazo cy'umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.

    Yavuze ko kimwe mu bibazo iyi raporo ifite ari uko ica hejuru imvugo zihembera urwango, ndetse n'ubwicanyi bushingiye ku moko buri mu Burasirazuba bwa RDC.

    Ati 'Imvugo zihembera urwango ni ikintu kibi cyane […] ni nde utarabonye imvugo z'urwango ku mbuga nkoranyambaga, mu nsengero, mu mashuri aho urwango rwigishwa abana b'imyaka 10. Mu cyumweru gishize abantu bamwe baribasiwe kubera ko bafite amazuru maremare, abazi amateka y'akarere bazi icyo ibyo bivuze, izuru rirerire rivuze urupfu ku bantu bamwe. Ibi ntabwo ari ibintu iyi raporo ikwiriye kugarukaho mu buryo bw'amahushuka.'

    Yavuze ko ikindi kibazo iyi raporo itagarukaho mu buryo bwimbitse ari ikijyanye n'abacanshuro bari mu Burasirazuba bwa RDC.

    Ati 'Raporo ntabwo ivuga ku bacanshuro. Hari amahame y'Umuryango w'Abibumbye akumira ikoreshwa ry'abacanshuro, hari imyanzuro irenga ibiri y'Akanama k'Umutekano ka Loni irwanya ikoreshwa ry'abacanshuro. Hari umwanzuro w'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe urwanya ikoreshwa ry'abacanshuro, ni ryari aka Kanama kigeze kaganira ku kibazo cy'abacanshuro?'

    'Ubu abacanshuro barahari, na mbere bari bahari ubwo baturumburwaga mu mashyamba, buri wese yari ahari yarabibonye, kubera iki Akanama k'Umutekano ka Loni kadafata ibi bintu nk'ikibazo? Kandi kubera iki ibi Monusco itabifata nk'ikibazo? Kubera iki ari ikibazo gihangayikishije u Rwanda? Ni uko ari hafi y'umupaka wacu.'

    Kuki FDLR yabaye ndakorwaho?

    Muri Nzeri 2025, Ihuriro ry'Ingabo za RDC ryategetse Abanyamulenge kuva muri Uvira mu minsi 10, bakajya mu Rwanda aho bakomoka. Ni icyemezo kandi cyarebaga Aba-Masai bo muri Tanzania na Kenya, kuko bivugwa ko na bo baremetse nk'Abatutsi.

    Amb. Martin Ngoga yagarutse kuri iki kibazo, yibaza impamvu Umuryango w'Abibumbye utagize icyo ugikoraho.

    Ati 'Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda barimo n'Abanyamulenge muri Kivu y'Amajyepfo bari kuvangurwa kugira ngo birukanwe banicwe, ni nde utarumvise cyangwa ngo amenye ko hari umwanzuro watanzwe muri Uvira usaba Abatutsi kuva mu gihugu, bahabwa nyirantarengwa y'iminsi 10 […] ni iyihe nama y'igitaraganya yateguwe mu gukemura iki kibazo?'

    'Kubera iki kugeza uyu munsi Loni yaruciye irarumira kuri byo? Ni ibintu bisanzwe kuba ubwoko runaka bwategekwa kuva mu gihugu cyabwo, ngo bujye ahandi batekereza ko ariho bubarizwa?'

    Amb. Martin Ngoga yabwiye aka Kanama ko bitumvikana uburyo ikibazo cya FDLR gikomeje kurenzwa ingohe, kandi iteje inkeke ku mutekano w'u Rwanda.

    Ati 'FDLR ishyigikiwe na Guverinoma ya RDC ifite inkomoko mu ngabo zishe Abanyarwanda miliyoni imwe, ni wo mutwe wonyine wakoze Jenoside wagumanye imiterere ya gisirikare, mu bice bizwi, ugifite umugambi umwe […] nta wundi mutwe nzi wakoze Jenoside mu mateka wagumanye iyo miterere ya gisirikare, ugumana intwaro zawo, wongera kwisuganya ndetse urashyigikirwa kandi ukomeza guharanira gusohoza umugambi wawo mu gihe cy'imyaka 31, ndetse uyu munsi raporo ikaba ivuga ko hari ibice ugenzura, ariko ukaba ari ntakorwaho? Iyi ni FDLR iganirwaho hano nk'ikibazo kizwi.'

    Yakomeje avuga ko FDLR ikorana na Leta ya RDC muri uyu mugambi, kandi na Loni izi iby'ubu bufatanye.

    Ati 'FDLR iri muri FARDC kandi birazwi ndetse biri no muri raporo yanyu, FDLR ifashwa na Guverinoma ya RDC biri muri raporo yanyu, Monusco ikorana n'igisirikare cya RDC kandi izi neza ko FDLR iri muri iki gisirikare, icyo Monusco ikora ni ukwirinda batayo FDLR ibarizwamo, iyo ni iyihe mikorere?, aho niho Monusco ihagaze, ubufatanyacyaha bwaba buvuze iki? niba ubwo atari ubufatanyacyaha?'

    Yavuze ko bitumvikana uburyo iri huriro ryiyemeje kurwanya M23, kandi ari Abanye-Congo baharanira uburenganzira bwabo.

    Ati 'Mu bwenge bw'aka Kanama ni gute byagenze ngo habeho ubwo bufatanye bugamije kurwanya M23, kurwanya u Rwanda. M23 ni Abanye-Congo birukanwa mu gihugu cyabo, u Rwanda ni igihugu cyanyuze muri Jenoside biturutse kuri FDLR kandi rwagizweho ingaruka n'ibindi bitero 21 nyuma yo mu 1994. […] niba mushaka kumenya inshuro FDLR yateye u Rwanda, murebe umubare w'amatangazo mwagiye musohora, kubera ko buri gihe iyo bateye u Rwanda mugira abaturage banyu inama yo kutajya muri icyo gice cy'u Rwanda.'

    Ni ikosa tudashobora kongera gukora

    Amb. Ngoga yakomeje avuga ko niba abantu bashaka kumenye inshuro FDLR yateye u Rwanda bashobora kugendera kuri ayo matangazo.

    Yavuze ko u Rwanda rudashobora gukuraho ingamba z'ubwirinzi mu gihe FDLR igihari, ashimangira ko rubikoze kwaba ari ugusubiramo amakosa.

    Ati 'Mushobora gukusanya ayo matangazo, azababwira inshuro FDLR yateye u Rwanda, none turi gusabwa gukuraho ingamba zacu z'ubwirinzi, mu gihe FDLR ifite ibice igenzura nk'uko Keita yabitubwiye. Byatubayeho rimwe mu 1994, ubwo twemeraga inama z'Abanyamadini batubwira kwihisha mu nsengero, twicwa nk'inka, ntabwo bizongera kubaho. FDLR ni Abanyarwanda, kandi mu Rwanda niho bakwiriye kuba bari, ibi ni nabyo dusaba RDC gukora.'

    Amb. Ngoga yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hari abayigizemo uruhare bahungira muri Tanzania, ariko iki gihugu cyibyitwaramo neza ku buryo nta kibazo u Rwanda rufitanye na Tanzania. Kuri RDC ho ngo si ko byagenze, kuko FDLR yahawe rugari, yongera kwisuganya ngo izongere itere u Rwanda yice Abatutsi.

    Amb. Martin Ngoga yavuze ko kuba u Rwanda rwakuraho ingamba z'ubwirinzi FDLR igihari, ari ugusubiramo ikosa ryakozwe mu 1994


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwavuze-ko-gukuraho-ingamba-z-ubwirinzi-fdlr-igihari-kwaba-ari

  • U Rwanda rwageze hejuru ya 95% mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu myaka ine – #rwanda #RwOT

    Byagarutsweho mu nama yamurikiwemo raporo y'isuzuma ku iyubahirizwa ry'uburenganzira bwa muntu hagendewe ku byo u Rwanda rwahawe n'Akanama k'Umuryango w'Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu.

    Ni inama yabereye i Kigali kuri uyu wa 30 Nzeri 2025 ihuriza hamwe inzego za Leta zirebwa n'Uburenganzira bwa Muntu n'abo mu miryango itari iya Leta bikora ku Burenganzira bwa Muntu.

    Iyo nama iba nyuma y'imyaka ine igamije gusuzuma ibikubiye muri raporo y'ibyakozwe muri iyo myaka mbere yo kwemezwa burundu ngo ishyikirizwe Akanama ka Loni ku Burenganzira bwa Muntu.

    U Rwanda rwinjiye muri iryo suzuma mu 2011 rukaba rumaze gutanga raporo eshatu z'ibyakozwe mu kubahiriza Uburenganzira bwa Muntu aho inshuro iheruka mu 2020 rwari rwesheje imihigo ku ijanisha rya 95% ry'imyanzuro rwemeye.

    Mu gushyirwa mu bikorwa iyo myanzuro Akanama ka Loni ni ko kayitegura kakayiha ibihugu bigahitamo iyo byiyemeje kuzashyira mu bikorwa.

    Mu 2021 u Rwanda rwari rwahawe igera kuri 260 ariko rwiyemeza gukora 160 ari na yo yatanzweho raporo.

    Bimwe mu byakozwe muri iyo myaka ine bikubiye mu mibereho inyuranye y'abantu ifite aho ihuriye n'uburenganzira bwa muntu harimo imitangire ya serivisi, uburezi, ubuvuzi, ubwisanzurure bwo gutanga ibitekerezo n'ibindi bishyirwa miu bikorwa n'inzego zinyuranye.

    Minisitiri w'Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko ibyinshi u Rwanda rwiyemeje byagezweho mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

    Ati 'Ibyinshi twagiye tubigeraho nko mu burezi twongeye amashuri kugira ngo abana bagire uburenganzira bwo kwiga, twakoze byinshi ku bafite ubumuga harimo kwandika inkoranyamagambo yabo, hari amafaranga agenerwa abageze mu zabukuru yiyongeye ndetse no gutora itegeko rigenga sosiyete sivile kugira ngo ibyo zikora bigirire akamaro abantu.'

    Yakomeje agaragaza ko nubwo raporo igisuzumwa ngo yemezwe burundu kugira ngo izashyikirizwe Loni ku itaiki 21 Mutarama 2026 ariko imyanzuro u Rwanda rwiyemeje yashyizwe mu bikorwa ku ijanisha riruta iry'ubushize.

    Ati 'Iyo urebye mu ijnisha usanga turenga kuri 95% turi nko kuri 97% ubu ngubu. Turi kumurika ibyo tuzi ko byakozwe ariko turakira ibindi bitekerezo nyuma y'iyi nama tozongera dukore ijanisha.'

    Dr. Ugirashebuja yongeyeho ko ibikubiye muri iyo raporo byuzuzanya na gahunda z'imbere mu gihugu kuko ni zo zikorwaho isuzuma.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umuryango utanga ubufasha mu by'amategeko (LAF), Kananga Andrews yavuze ko imyanzuro u Rwanda rwemeye yashyizwe mu bikorwa ku kigero kiri hejuru kurusha iyindi yose yabanje gusa ko kugabanya ubucucike mu magororero no kwihutisha imanza ziregwamo abana biri mu bikwiye gushyirwamo ingufu.

    Umujyanama Mukuru mu Biro bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu mu Buhuzabikorwa bw'Amashami ya Loni mu Rwanda, Ngabirano Michael yashimangiye ko u Rwanda rugaragaza umuhate ufatika mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

    Gusa, yavuze ko asanga hagikenewe ko abaturage bisanzura mu kugaragaza uko babona ibijyanye na politiki ndetse na zimwe mu ngingo ziri mu itegeko riherutse gutorwa rigenga imiryango itari iya Leta zikongera gusuzumwa.

    Umuyobozi w'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Bagore, Jennet Kem ubwo yavugaga ijambo

    Minisitiri w'Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko ibyinshi u Rwanda rwiyemeje byagezweho mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu myaka ine ishize

    Inzego zitandukanye zikora ku Burenganzira bwa Muntu mu Rwanda zari zitabiriye inama yo kumurika raporo y’ibyakozwe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwageze-hejuru-ya-95-mu-kubahiriza-uburenganzira-bwa-muntu-mu-myaka