Author: webrwanda

  • Amata y'ifu akorwa n'uruganda rwa Inyange yatangiye gucuruzwa mu maduka mu ngano nto – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe n'uru ruganda binyuze ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 1 Ukwakira 2025, aho rwavuze ko ayo mata y'ifu yarwo kuri ubu aboneka mu dusashi tw'ikilo ndetse n'utwa 500g.

    Amata ya 500g azajya agurwa ibihumbi 10 Frw, naho aya 1kg akaba agura 20.000 Frw, akaba azajya aboneka hose ahasnzwe haboneka ibicuruzwa bya Inyange.

    Mu gihe uru ruganda rumaze rutangiye, kuri ubu rugura ku borozi amata arenga litiro 2.800.000 buri kwezi, akorwamo amata y'ifu acuruzwa mu nganda nini z'imbere mu gihugu no mu bindi bihugu bitandukanye.

    Uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya amata y'ifu apima toni 40 ku munsi, ariko ko kuri ubu rutunganya toni 25 ku munsi, bitewe n'ubusabe urwo ruganda ruba rufite imbere mu gihugu no hanze.

    Inyange Milk Powder Plant itunganya amata y'ifu, ghee, fromage n'ibindi. Amata y'ifu bakora afungwa mu mifuka y'ibilo 25 n'ibilo 50, ahanini agenewe inganda, kuri hakaba hiyongereyeho aya 500g na 1kg. Akoze ku buryo umuntu aramutse ayasubijemo amazi yakongera akaba inshushyu.

    Amata y’ifu y’uruganda rwa Inyange yatangiye kuboneka mu ngano ya 500g na 1kg

    Uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya amata y'ifu apima toni 40 ku munsi

    Ni uruganda ruherereye i Nyagatare


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amata-y-ifu-akorwa-n-uruganda-rwa-inyange-yatangiye-gucuruzwa-ku-isoko-ry-u

  • Karongi: Ukekwaho ubujura yishe umunyerondo w'umwuga – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Rubona, Akagari ka Kibilizi, Umurenge wa Rubengera ku wa 1 Ukwakira 2025, mu isoko rya Kibilizi.

    Abari muri iri soko babwiye IGIHE ko umusore wo mu Murenge wa Rugabano usanzwe uvugwaho ubujura, yibye amavuta yo guteka y'amasukano igice cya litiro barayamutesha, bamufashe arabacika ariruka bamwirukaho.

    Mu bamwirutseho, harimo na Nyakwigendera Mutuyimana warushije abandi intambwe. Uyu usanzwe akora irondo ry'umwuga yafashe ukekwaho kwiba wirukaga. Ukekwa yahise akura icyuma mu ipantalo akimutera mu nda ahita apfa.

    Ibi bikimara kuba abaturage bahise bahurura, bafata ukekwa, bamukomeretsa ku gutwi byorohereje abanza kujya kuvurirwa mu Kigo Nderabuzima cya Rubengera.

    Umuyobozi w'Akarere ka Karongi, Muzungu Gelard, yabwiye IGIHE ko ukekwa yatawe muri yombi akaba afungiye kuri RIB sitasiyo ya Rubengera mu gihe hagikorwa iperereza.

    Ati 'Uwamuteye icyuma yafashwe, n'ubundi hari inama twateguye izaba ku wa Kane, izahuriramo abayobozi bose kuva ku Isibo kugira ngo turebe ikibazo cyaba gihari giteza umutekano muke muri kariya gace, turebe uko tugifatira ingamba”.

    Meya Muzungu yasabye abaturage kurushaho kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe, igihe babonye umuntu ushobora guteza umutekano muke kugira ngo habeho gukumira icyaha kitaraba.

    Nyakwigendera Mutuyimana abaye umuntu wa kane upfiriye mu Murenge wa Rubengera mu gihe kitageze ku kwezi kumwe, aho mu bikekwaho guteza izi mfu za hato na hato harimo n'inzoga zitujuje ubuziranenge.

    Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kibuye gukorerwa isuzuma mbere y'uko ushyingurwa.

    Mu Karere ka Karongi ukekwaho ubujura yishe umunyerondo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/karongi-ukekwaho-ubujura-yishe-umunyerondo-w-umwuga

  • Kamonyi-Mugina: RIB yataye muri yombi umugabo ukekwaho gukubita no gukomeretsa, guhoza ku nkeke uwo bashakanye #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB rwabwiye intyoza.com ko kuri uyu wa 01 Ukwakira 2025 rwataye muri yombi Twizeyimana Faustin utuye mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Mugina, Akagari ka Mbati, Umudugudu wa Kigorora. Akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake hamwe no guhoza ku nkeke umugore bashyingiranywe witwa Mukamuyango Esperance.

    Umugore wa Twizeyimana Faustin witwa Mukamuyango Esperance, aherutse kubwira intyoza.com ko uyu mugabo we bashakanye byemewe n'Amategeko bakabyarana abana batatu, aherutse kumukorera iyicarubozo, aho yamukubise bikomeye akamukomeretsa, akamuciraho imyenda ndetse akamumenesha bigatuma ahunga urugo akajya gucumbika kubera gutinya kwicwa.

    Uyu mubyeyi wagizwe atyo, afitanye abana 4 n'uyu mugabo kandi bose bakuru. Umwe muri aba bana umugabo yaje amusanga kuko Umugore ni uwo mu Mayaga, Mugina.

    Dr Murangira B Thierry, Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko Twizeyimana Faustin yamaze gutabwa muri yombi, ko ari mu maboko y'Ubugenzacyaha, aho afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Mugina mu gihe Dosiye ye igitunganywa ngo yoherezwe mu bushinjacyaha.

    DR Murangira B Thierry, avuga ko Iperereza ry'ibanze rigaragaza ko uyu Twizeyimana Faustin, mu bihe bitandukanye yagiye ahoza ku nkeke umugore we, amukubita akamuraza hanze no kumutuka ibitutsi bitandukanye ndetse agakoresha umutungo w'Urugo mu buryo butumvikanyweho.

    IBYAHA AKURIKIRANYWEHO;

    Gukubita no gukomeretsa ku bushake. Ingingo ya 11 y'Itegeko Nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko Nº 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, riteganya Igihano cy'Igifungo kiri hagati y'Umwaka Umwe n'Imyaka itatu n'Ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda hagati y'Ibihumbi magana atatu(300,000Frws) n'Ibihumbi magana atanu(500,000Frws).

    Guhoza ku nkeke uwo bashyingiranywe. Ingingo y'i 147 y'Itegeko N°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'Ibihano muri rusange, riteganya Igifungo kiri hagati y'Umwaka umwe n'Imyaka ibiri.

    Kanda hano usome uko umugore yabwiye intyoza.com iby'iyicarubozo;Kamonyi-Mugina: Yakorewe Iyicarubozo n'Umugabo we bwite aramumenesha ahunga atinya kwicwa

    Dr Murangira B Thierry, avuga ko Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha-RIB rushishikariza abantu kugira umuco w'ubworoherane, ariko kandi no kureka amakimbirane kuko ibi ari ibyaha bitakihanganirwa.
    Munyaneza Théogène

    The post Kamonyi-Mugina: RIB yataye muri yombi umugabo ukekwaho gukubita no gukomeretsa, guhoza ku nkeke uwo bashakanye first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Mugina: RIB yataye muri yombi umugabo ukekwaho gukubita no gukomeretsa, guhoza ku nkeke uwo bashakanye appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/10/02/kamonyi-mugina-rib-yataye-muri-yombi-umugabo-ukekwaho-gukubita-no-gukomeretsa-guhoza-ku-nkeke-uwo-bashakanye/

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw'abaninnyi b'Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y'Epfo hashakwa itike y'igikombe cy'Isi 2026 #rwanda #RwOT

    Umutoza mukuru w'ikipe g'igihugu y'u Rwanda, Amavubi, Adel Amrouche, yatangaje  urutonde rw'agateganyo rw'abakinnyi 27 bazifashishwa mu gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya 2026.

    Amavubi yitegura gukina umunsi wa 9 n'uwa 10 wo gushaka itike y'imikino ya nyuma y'igikombe cy'Isi, azakira  ikipe y'igihugu ya Benin tariki ya 10 ukwakira 2025 nyuma izasoreze ku mukino izasuramo Afurika y'Epfo tariki ya 13 Ukwakira 2025.


    Mu bakinnyi bahamagawe hagaragayemo
    Joy-Lance Mickels, ukinira Sabah FK yo muri Azerbaijan.

    Lance w'imyaka 31 yakuriye muri Borussia Mönchengladbach ariko ntiyigeze akina umukino n'umwe wa Bundesliga.


    Ni
    umukinnyi ukina asatira anyuze ku ruhande, akaba yaritwaye neza  ubwo yatsindaga ibitego bitatu mu mukino wa Europa League bakina na Celse yo muri Slovenia mu ijonjora ry'ibanze.

    Abakinnyi bahamagawe

    Abazamu: Ntwari Fiacre (Kaizer Chiefs), Buhake Clément Twizere (Ullensaker/Kisa), Ishimwe Pierre (APR FC).

    Ba myugariro: Mutsinzi Ange (Zira FC), Manzi Thierry (Al Ahly Tripoli), Kavita Phanuel Mabaya (Bermingham Legion FC), Byiringiro Jean Gilbert (APR FC), Niyomugabo Claude (APR FC), Nkurikiyimana Darryl Ngajijimana (Standard de Liège), Nshimiyimana Emmanuel (Rayon Sports FC), Nshimiyimana Yunusu (APR FC).

    Abakina hagati: Bizimana Djihad (Al Ahly Tripoli), Mugisha Bonheur (Al Masry), Muhire Kevin (Jamus FC), Ruboneka Jean Bosco (APR FC), Hamon Aly-Enzo (Angoulême CFC), Ishimwe Anicet (Olympique Béja).

    Ba rutahizamu: Mugisha Gilbert (APR FC), Kwizera Jojea (Rhode Island), Nshuti Innocent (Espérance Sportive de Zarzis), Biramahire Abedy (ES Sétif), Gitego Arthur (FUS Rabat), Joy-Lance Mickels (Sabah FK).

    Kugeza ubu, Amavubi ari ku mwanya wa kane n'amanota 11, anganya na Nigeria iri ku mwanya wa gatatu.


    Imikino ibiri iri imbere izaba ari ingenzi cyane ku kuyitsinda ku Rwanda kugira ngo rukomeze guhatanira itike yo kwerekeza muri
    FIFA World Cup 2026.


    Uko itsinda rihagaze

    1. Benin — 14 pts (+4)

    2. South Africa — 14 pts (+3)

    3. Nigeria — 11 pts (+2)

    4. Rwanda — 11 pts (0)

    5. Lesotho — 9 pts

    6. Zimbabwe — 4 pts

    Source : https://rushyashya.net/ferwafa-yatangaje-urutonde-rwabaninnyi-bamavubi-bitegura-gukina-na-benin-na-afurika-yepfo-hashakwa-itike-yigikombe-cyisi-2026/

  • Dr. Nsanzimana Sabin yaje ku rutonde rwa TIME rw'abayobozi 100 batanga icyizere mu 2025 – #rwanda #RwOT

    Ni urutonde rwashyizwe ahagaragara ku wa 30 Nzeri 2025.

    Ruriho abantu 100 bakomeye mu byiciro bitandukanye bakoramo kandi batanga icyizere cy'ahazaza harimo abanyapolitiki n'abayobozi b'ibigo n'inzego runaka n'abo mu mikino n'imyidagaduro.

    Harimo kandi abakora ubucuruzi, ubuvanganzo, abahanga muri Siyansi, impirimbanyi z'Uburenganzira bwa Muntu n'abandi.

    Dr.Nsanzimana Sabin we yaje mu kiciro cy'abanyapolitiki.

    Uyu mugabo uyobora Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda kuva mu Ugushyingo 2022 nyuma yo gushyirwa kuri urwo rutonde yavuze ku ntambwe z'ingenzi zigaragaza ko ubuzima bwitaweho mu Rwanda.

    Ati 'Ushaka kumenya uburyo urwego rw'ubuzima mu Rwanda rukora neza, wabirebara ku bintu bibiri: umubare w'abagore bapfa babyara n'abana bapfa bavuka. Mu myaka 25 ishize u Rwanda rwateye intambwe ikomeye muri ibyo bipimo.'

    Imibare yo mu 2020 yerekana ko mu Rwanda abagore bapfaga babyara bari 203 ku bagore 100,000 ariko baramanutse bagera ku 105 ku bagore 100,000 mu 2024.

    Ni mu gihe abana bapfa bavuka na bo bavuye ku bana 19 mu bana igihumbi bagera kuri 11 mu bana 1000 mu 2024 kandi Minisiteri y'Ubuzima iteganya ko iyo mibare izakomeza kumanuka kuko buri wese akwiye kubaho.

    Umuyobozi Mukuru w'Umuryango Gates Foundation washinzwe n'umuherwe Bill Gates, Mark Suzman yavuze ko uburyo Minisiteri y'Ubuzima mu Rwanda iyobowe na Dr. Nsanzimana yitwaye mu guhashya icyorezo cya Marburg mu 2024 ari kimwe mu bintu by'ikitegerezo byakozwe mu guhangana n'ibyorezo vuba.

    Suzman yavuze ko Dr. Nsanzimana ari umuntu wumva neza uburyo bwo gushaka ibisubizo byihuse kandi bibasha gutabara ubuzima bw'abantu benshi.

    Dr. Nsanzimana Sabin yaje ku rutonde rw'abayobozi 100 batanga icyizere ku Isi mu 2025


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/dr-nsanzimana-sabin-yaje-ku-rutonde-rw-abayobozi-100-batanga-icyizere-ku-isi-mu

  • Nyanza: Babiri baturikanwe na kanyanga bari batetse, umwe ahasiga ubizima – #rwanda #RwOT

    Byabaye mu ijoro rishyira ku wa 1 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Nkomero, Umurenge wa Mukingo, mu Karere ka Nyanza aho abagabo babiri, bari bitwikiriye ijoro bari mu gikorwa guteka kanyanga mu ngunguru maze iyo ngunguru iza gushyuha cyane iraturika.

    Muri uko guturika byatumye n'inzu y'amategura barimo isenyuka bituma umwe muri bo w'imyaka 35 ahasiga ubuzima naho mugenzi we wimyaka 36 arakomereka bikomeye.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yavuze ko bihutiye gutabara, maze bajyana uwakomeretse n'uwapfuye ku Bitaro bya Gitwe.

    Ati 'Uwakomeretse ari ku Bitaro bya Gitwe ari kwitabwaho n'abaganga ndetse n'umurambo wa nyakwigendera ni ho wajyanywe.'

    CIP Kamanzi yakomeje yibutsa abaturage kwirinda ibikorwa bibi birimo no guteka, kunywa no gucuruza kanyanga kuko bitemewe kandi bihanirwa n'amategeko

    Yanaboneyeho gukomeza kwibutsa abaturage gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukumira ibyaha bitaraba anaburira abakomeje kwijandika mu bikorwa bigayitse bihungabanya umutekano wabo ubwabo ndetse nuwa bagenzi babo kubicikaho.

    Kanyanga yaturitse itetse mu ngunguru, inama amategura y’inzu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-babiri-baturikanwe-na-kanyanga-bari-batetse-umwe-ahasiga-ubizima

  • Rwandair yatangije ingendo i Mombasa na Zanzibar – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo RwandAir yashyize hanze ku wa 29 Nzeri 2025, yagaragaje ko ingendo zijya muri icyo cyerekezo gishya, Zanzibar – Mombasa, zizajya zikoresha indege ya Boeing B737, izajya igenda inshuro enye mu cyumweru; ku wa Mbere, ku wa Gatatu, ku wa Gatanu no ku Cyumweru.

    RwandAir yongeye gusubukura ingendo zerekeza i Mombasa, nyuma y'uko yaherukaga gukorerayo mu 2019, mu gihe icyerekezo cya Zanzibar ari gishya. Ibyo byerekezo bizasiga u Rwanda rukorera mu byerekezo bitatu muri Tanzania na bibiri muri Kenya.

    Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, yagize ati “Gusubira mu cyerekezo cy'i Mombasa no gutangira ingendo muri Zanzibar ni indi ntambwe mu rugendo rwacu rwo kwaguka…mu kwagura aho tugera muri Afurika y'Iburasirazuba, biradufasha kurushaho kugira Kigali nk'ahantu h'ingenzi, guha abakiliya bacu andi mahirwe yo kunona byinshi mu karere, ndetse no gufungura amarembo ku bucuruzi, ubukerarugendo ndetse no gukomeza ubufatanye muri Afurika y'Iburasirazuba.”

    Indege ya mbere ijya muri icyo cyerekezo gishya, izahaguruka i Kigali saa 9:50 z'igitondo, igere muri Zanzibar saa 12:50, nyuma yo kuhahagarara gato izakomereza i Mombasa, ihaguruke saa 13:40, igereyo saa 14:35.

    Urugendo rusubira i Kigali indege izahaguruka i Mombasa saa 17:10 igere i Zanzibar saa 18:05, hanyuma ihaguruke Zanzibar saa 19:00 igere i Kigali ahagana saa 20:00.

    Muri gahunda ya Guverinoma y'imyaka itanu yo kwihutisha iterambere, harimo ko mu rwego rwo guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere, hazongerwa ibyerekezo RwandAir ijyamo, bizajyana no kwiyongera k'umubare w'abagenzi bagenda na RwandAir ku buryo umubare wazikuba kabiri.

    Rwandair yatangije ingendo i Mombasa na Zanzibar


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwandair-yatangije-ingendo-i-mombasa-na-zanzibar

  • Danny Usengimana yabatirijwe muri Canada #rwanda #RwOT

    Usengimana Danny wabaye rutahizamu w’amakipe atandukanye n’Ikipe y’Igihugu, yakiriye agakiza maze yemera kuvuka bundi bushya.

    Ni nyuma yo kubatirizwa muri Canada aho asigaye atuye n’umugore we.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yagaragaje ko yishimiye kubatizwa.

    Yifashishije amagambo aboneka mu Gitabo cy’Ibyahishuwe igice cya mbere umurogo wa 5 yagizd ati “Koko, Kristu aradukunda, yadukijije ibyaha akoresheje amaraso ye.”

    Danny Usengimana yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda nka Police FC na APR, Singida United yo muri Tanzania.

    Ni umwe mu bakinnyi bazi uburyohe bw’ikipe y’igihugu Amavubi kuko yayikiniye imikino itandukanye.

    Muri 2023 nibwo yafashe icyemezo cyo gusa nureka ruhago maze muri Nyakanga yerekeza Canada asanzeyo umugore we.

    Danny Usengimana yabatijwe

    Danny Usengimana yanakiniye ikipe y’Igihugu Amavubi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11966

  • Nyanza-Mukingo: Umwe muri 2 yishwe n'ingunguru bari batetsemo Kanyanga #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Nzeri rishyira iya 1 Ukwakira 2025, mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Nkomero, Umurenge wa Mukingo, Akarere ka Nyanza, abagabo 2 bitwikiriye ijoro bateka Kanyanga(ikiyobyabwenge mu Rwanda). Mu gihe bari bayitetse mu ngunguru, yabashyuhanye cyane iraturika, ihitana umwe w'imyaka 35 y'amavuko arapfa. Ni mu gihe undi bari kumwe w'imyaka 36 y'amavuko yarusimbutse ariko arakomereka. Polisi na RIB bakigera yo, bihutiye kujyana uwakomeretse ku bitaro bya Gitwe kugirango yitabweho, ari n'aho umurambo wajyanywe.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi yabwiye intyoza.com ko nubwo uwakomeretse yajyanywe kwa muganga kugira ngo yitabweho, ariko ko niyoroherwa agomba gukurikiranwa n'Ubugenzacyaha/RIB ku gikorwa kitemewe cyo gukora cyangwa guteka Kanyanga, kuko ari Ikiyobyabwenge.

    Polisi, irahumuriza abaturage ariko kandi ikanabibutsa ko bakwiye kwirinda ibikorwa byose bibi birimo; Guteka, Kunywa no Gucuruza Kanyanga kuko bitemewe kandi bihanirwa n'Amategeko.

    Inkono ya Kanyanga, Ingunguru yabaturikanye itwara ubuzima bw'umwe.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, asaba kandi abaturage gukomeza gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukumira no kurwanya Ibyaha. Arabwira abantu bose ko uwo ariwe wese wijandika mu bikorwa byose bitemewe, bigize icyaha atazihanganirwa, ko Polisi izamuhiga agafatwa agashyikirizwa Amategeko.
    intyoza.com

    The post Nyanza-Mukingo: Umwe muri 2 yishwe n'ingunguru bari batetsemo Kanyanga first appeared on Intyoza.

    The post Nyanza-Mukingo: Umwe muri 2 yishwe n'ingunguru bari batetsemo Kanyanga appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/10/01/nyanza-mukingo-umwe-muri-2-yishwe-ningunguru-bari-batetsemo-kanyanga/

  • Bugesera: Izuba ryumishaga imyaka rigiye gukoreshwa mu kuyuhira – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Nzeri 2025, ubwo mu Murenge wa Rweru hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ugamije kuhirira imyaka kuri hegitari 20 zikikije ikiyaga cya Rweru gisanzwe gihingwaho n'abahinzi bo muri uyu Murenge. Ibi bikorwa byo kuhira bikazagirwamo uruhare n'umuryango wita ku bidukikije n'Amajyambere y'icyaro (REDO)

    Umuyobozi Mukuru wa REDO, Dr. Gashumba Damascene, yavuze ko batekereje gushyira mu bikorwa uyu mushinga wo kuhirira imyaka abaturage kugira ngo bafashe abaturage kubyaza umusaruro izuba ryari ryarabazengereje baribyazamo ibisubizo mu kongera umusaruro.

    Ati '' Twafashe imirasire y'izuba turagenda dukurura amazi akajya hejuru ku musozi ku buryo abaturage bayakura ku musozi bakayohereza mu mirima yabo. Ikindi tuzakora ni ugutera ibiti ibihumbi 60 birimo ibihumbi 30 by'ibiti bivangwa n'imyaka ndetse n'ibiti ibihumbi 30 by'imbuto ziribwa.''

    Nkurayabo Eugenie utuye mu Kagari ka Batima mu Murenge wa Rweru, yavuze ko uyu mushinga watangiye wuhirira imirima baturanye babona ari byiza bituma bifuza ko na bo wabafasha mu guhinga ibihembwe bitatu kubera kuhirirwa imyaka.

    Yagize ati '' Ibihembwe bibiri twahingaga na byo twararumbije none tugize Imana tubona badusabye kujya muri Koperative tukihuza ubundi bakadufasha kuhira, twarabikoze rero uko tugera kuri 60, ubu rero turishimye bizaba ari byiza cyane.''

    Musabyimana Jean de Dieu we yagize ati '' Ubusanzwe hano dukunda kugira izuba ryinshi hari n'igihe twizera ko igihembwe cy'ihinga kigiye kutubera cyiza bigahindagurika ugasanga havuye izuba ryinshi cyane, uyu mushinga rero REDO yatugejejeho, n'iyo izuba ryadutungura twakomeza tugahinga, rya zuba tukaribyaza umusaruro.''

    Musabyimana yavuze ko kuhira bakoresheje imirasire y'izuba bizabafasha kweza imyaka myinshi bitewe n'uko mu igerageza rya mbere ryakorewe kuri hegitari 5000 bejejemo ibitunguru n'izindi mboga nyinshi.

    Umuyobozi wa RAB Sitasiyo ya Rubirizi, Ayinkamiye Agnes, yavuze ko iki gikorwa cyo kuhirira abaturage ba Rweru ari cyiza cyane kuko bizafasha mu kuzamura umusaruro ndetse binatume abahinzi bahinga ibihembwe bitatu.

    Ati '' Aho bazatunganya hazahingwa imboga n'ibindi bihingwa nk'ibigori, ibishyimbo n'ibindi. Uyu mushinga rero icyo uje gukora ni ugufasha aba bahinzi kongera umusaruro no kongera ibiti bivangwa n'imyaka ndetse n'ibiti by'imbuto.''

    Biteganyijwe ko uyu mushinga uzamara imyaka ibiri ukazatwara miliyoni 300 Frw, abaturage basabwe kurinda ibikorwaremezo bizubakwa ndetse no kurushaho kubyaza umusaruro ubuso buzuhirwa.

    Ibikorwa byo kuhira bisigaye bikorwa hifashishije ingufu z’imirasire y’izuba


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bugesera-izuba-ryumishaga-imyaka-rigiye-gukoreshwa-mu-kuyuhira