Author: webrwanda

  • Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa #rwanda #RwOT

    Nyuma y'imyaka irenga 28 ubutabera bw'u Bufaransa butinze, urubanza rwa Dr. Sosthène Munyemana, wahoze ari umuganga w'indwara z'abagore (gynécologue) mu bitaro bya Butare, rwasoje mu rwego rwa mbere ku wa 20 Ukuboza 2023, aho Urukiko rwa Rubanda rwa Paris (Cour d'Assises de Paris) rwamuhamije icyaha cya Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu n'ugushaka gukora Jenoside.

    Mu rukiko rwari rwuzuye abantu, Perezida w'urukiko Marc Sommerer yasomye urubanza mu masaha akuze y'ijoro, ahamya ko Munyemana yari umwe mu bari bashyigikiye kandi bategura ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Komini Tumba, mu majyepfo y'u Rwanda.

    'Mwabaye mu itsinda ryateguye kandi rigakurikiranira hafi ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside buri munsi… Mwafashe uruhare mu buryo bwose — mu bitekerezo no mu bikorwa. Nka muganga, mwishe indahiro y'umwuga wanyu, mukoresha ububasha n'icyubahiro mwari mufite mu nyungu z'ubugome,' nibyo Perezida w'urukiko Sommerer yavuze mu ijambo rye ryasomwe saa saba z'ijoro.

    Urukiko rwakatiye Munyemana igihano cy'imyaka 24 y'igifungo, harimo igihe cy'umutekano cy'imyaka 8, bivuze ko azaba ashobora gusaba kurekurwa nyuma y'imyaka umunani. Yahise afungwa ako kanya nyuma yo kumva urubanza.

    Munyemana w'imyaka 68 y'amavuko yaburanishijwe mu gihe cy'amezi atandatu, aho abatangabuhamya barenga 60 bumviswe. Bamushinjaga kuba yarashyigikiye ubutegetsi bwa leta y'agateganyo bwateguye Jenoside nyuma y'urupfu rwa Perezida Juvénal Habyarimana ku wa 6 Mata 1994.

    Ubuhamya bwatanzwe mu rukiko bwagaragaje ko Munyemana yari inshuti ya hafi ya Jean Kambanda, Minisitiri w'Intebe wa leta y'agateganyo wahamijwe Jenoside n'urukiko mpuzamahanga rwa Arusha. Munyemana yashinjwaga gufasha gushyiraho bariyeri n'irondo ryicaga Abatutsi muri Tumba, no kuba umwe mu bari bafite urufunguzo rw'ibiro bya komine aho Abatutsi benshi bari bafungiwe mbere yo kwicwa.

    Munyemana yahungiye mu Bufaransa muri Nzeri 1994 hamwe n'umugore n'abana be batatu. Nubwo ikirego cya mbere cyatanzwe muri 1995, yakomeje kubaho nk'umuganga ukomeye mu bitaro bitandukanye bya Bordeaux na Villeneuve-sur-Lot, kugeza ubwo yasezeraga mu kazi aherutse kujya mu kiruhuko cy'izabukuru. Urubanza rwe rwagiye rusubikwa inshuro nyinshi mu myaka 28 ishize kubera impamvu za politiki n'amategeko.

    Mu 2008, urukiko rwa Gacaca rwa Butare rwamukatiye igihano cya burundu, ariko ntiyigeze yoherezwa mu Rwanda kuko urukiko rw'ubufaransa rwanze kumushyikirizwa kubera impamvu z'ibura ry'amakuru mu cyemezo cy'u Rwanda.

    Nyuma y'uko ahamijwe icyaha mu Ukuboza 2023, abamwunganira batangaje ko bajuriye. Ubu bujurire bushobora gutinda imyaka ibiri cyangwa irenga kubera umubare munini w'imanza za Jenoside zikiburanishwa mu Bufaransa. Nubwo yahamijwe ibyaha bikomeye, abatangabuhamya n'imiryango y'abarokotse Jenoside bavuga ko bashimishijwe no kubona ubutabera butangiye gukorwa nyuma y'imyaka irenga 30.

    Kugeza ubu, imanza nke cyane z'abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni zo zimaze kuburanishwa mu Bufaransa, igihugu cyashinjwe kenshi kugira uruhare mu gushyigikira ubutegetsi bwateguye Jenoside mbere na nyuma yayo. Urukiko ruzatangaza mu minsi iri imbere inyandiko yuzuye y'urubanza rwa Munyemana, mu gihe ubujurire bwe bwitezweho gukomeza uyu mwaka aho byiotezwe ko bizagera no muri 2026.

     

     

     

     

     

     

     

    Source : https://rushyashya.net/urubanza-rwa-sosthene-munyemana-rukomeje-mu-bujurire-mu-bufaransa/

  • Amavubi yakinnye nk’iyashyiriweho agahimbazamusyi ka miliyoni 4 Frw? Adel yagambaniye Fiacre #rwanda #RwOT

    Urujijo ni rwinshi ku myitwarire y’Ikipe y’Igihugu Amavubi yaraye itsinzwemo na Afurika y’Epfo 3-0, benshi mu mitwe haracyazengurukamo ibitego yatsinzwe.

    Wari umukino usoza itsinda C mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexico na Canada.

    Wari umukino u Rwanda rwakinnye rudafite ikintu na kimwe ruharanira kuko itike yari yaragiye kera, Afurika y’Epfo yo yasabwaga gutsinda gusa ikajya mu Gikombe cy’Isi.

    Mbere y’umukino havuzwe u Rwanda rwashyiriweho amafaranga menshi niruramuka rutsinze Afurika y’Epfo aho perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice we ku giti cye yari yemereye abakinnyi miliyoni 2 z’Amfaranga y’u Rwanda asanga amadorali 1500 nk’agahimbazamusyi basanzwe bemerewe. Byari bivuze ko buri mukinnyi yagombaga kubona arenga miliyoni 4 Frw batsinze uyu mukino.

    Benshi bumvaga uyu mukino uri buze kuba ukomeye ariko abarebye umukino babonye ibitandukanye n’ibyo bakekaga.

    Kuba Afurika y’Epfo ishaka kujya mu Gikombe cy’Isi gutsinda Amavubi adafite icyo irwanira ntabwo ari inkuru ariko uburyo yatsinzwemo nibyo nkuru.

    Amavubi ni ikipe yari isanzwe ikina neza nubwo gutsinda byagiranaga ariko ntabwo abanyarwanda baherukaga kubona ikipe y’igihugu itsindwa isuzuguwe cyane.

    Uyu mukino Amavubi iyo wumvise amafaranga yari yashyirweho n’uko yakinnye byari bihabanye cyane, yakinnye nabi ku rwego rwose rushoboka.

    Mu bitego bitatu Ntwari Fiacre yatsinzwe bibiri muri byo (icya 1 n’icya 3) hakabaye hakozwe ibirenze kugira ngo ntibijyemo kuko nk’igitego cya mbere cya Thalente Mbatha yamuteye umupira aho yari ahagaze ariko uburyo yawukuyemo wakomeje ujya mu izamu.

    Iyo urebye igitego cya gatatu cy’umutwe cyatsinzwe na Evidence Makgopa ku mupira wari uvuye muri koruneri, nabyo biragoye kwemera ko bagitsinze umunyezamu nka Ntwari Fiacre ariko na none wakibaza uko Manzi Thierry wari umufashe yamuretse agatera umutwe.

    Gusa nubwo tuvuga umunyezamu ariko iyo urebye ibitego byose uko byatsinzwe abakinnyi ntacyo bamufashije nabo wabonaga batashyizemo imbaraga zose, guhagarara nabi nibyo byabaranze.

    Muri rusange ikipe yose yakinnye nabi ku buryo wa mugani w’abakoresha imbuga nkoranyambaga bavuga ko haba habaye kuganira hagati ya Afurika y’Epfo n’Amavubi byaba ari ukuri wabiha ishingiro.

    Umutoza Adel Amrouche yagambaniye Ntwari Fiacre

    Mbere y’uyu mukino abakoresha imbuga nkoranyambaga cyane cyane abo muri Afurika y’Epfo bavugaga ko ari we byiringiro byabo kugira ngo bajye mu Gikombe cy’Isi.

    Uyu munyezamu yari ku gitutu cyinshi cyane, bamwe bibaza niba yabuza Igihugu ahahiramo (akinira Kaizer Chiefs) kujya mu gikombe cy’Isi.

    Ibyo byose byaje kwiyongera ku kuba uyu munyezamu yagize umukino mubi cyane bitewe n’ibitego yatsinzwe, abantu batangira kugenda babihuza huza, gufata ko yagize umukino mubi nk’ibintu bisanzwe hari abatabyemera ahubwo bakagendera ku byavuzwe mbere y’umukino.

    Gusa ku rundi ruhande umutoza Adel ameze nk’uwagambaniye uyu munyezamu kuko nk’umutoza wari uzi igitutu yari afite kandi ikipe y’Igihugu nta kintu irwanira kuko yamaze kubura itike yakabaye yatekereje kabiri mbere yo kumushyira muri iri zamu.

    Yakabaye yashyizemo Buhake Twizere Clement na we akamuha umwanya wo gukina aho gushyiramo Fiacre umukino ukamubera inzozi mbi. Ikindi si na we gusa yakabaye yahaye abandi bakinnyi umwanya batakoreshejwe mu rwego rwo gutegura ikipe azakoresha mu minsi iri imbere.

    Umutoza Adel Amrouche kwikorera Amavubi bizagorana

    Ntwari Fiacre ntabwo yagize umukino mwiza

    Amavubi ntabwo azibagirwa umukino yakiniye muri Afurika y’Epfo

    Amavubi yagize umukino mubi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12047

  • Dubai iritegura kumurika imodoka zizajya zitwara abagenzi mu kirere #rwanda #RwOT

    Umujyi wa Dubai uzwiho gutera imbere mu ikoranabuhanga n'imiturire igezweho, urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha wa 2026. Uyu mushinga uje mu rwego rwo gukemura ibibazo by'umubyigano w'imodoka nyinshi no guteza imbere uburyo bushya bwo gutwara abantu mu mujyi uri mu ba mbere bateye imbere ku Isi.

    Nk'uko byatangajwe n'ikigo Dubai Roads and Transport Authority (RTA), izi modoka zizaba zifite ubushobozi bwo gutwara abantu babiri cyangwa batatu icyarimwe, kandi zizajya zigendera ku muriro w'amashanyarazi.

    Biteganyijwe ko zizajya zigenzurwa n'ikoranabuhanga rikoresha Artificial Intelligence (AI), rifasha mu gucunga umutekano, kugenzura umuvuduko, ndetse no kurinda impanuka.

    Uyu mushinga uzashyirwa mu bikorwa ku bufatanye n'ikigo XPeng AeroHT, kimwe mu byamamaye mu gukora indege. Abahanga bo bavuga ko imodoka zo mu kirere zishobora kugabanya urugendo rurerure rwafata iminota 45 ku butaka rukagabanuka rukagera ku minota 10 gusa mu kirere.

    Biravugwa ko u Rwanda na rwo mu ntangiro za


    rwamuritse umushinga usa n'uyu, werekanaga uburyo bwo gukoresha imodoka ziguruka mu buryo bw'ikoranabuhanga rihuriweho n'urubyiruko rw'Abanyarwanda n'abafatanyabikorwa bo mu mahanga.

    Ibi byombi byerekana ko Isi iri kwinjira mu gihe gishya cy'imodoka zitagendera ku butaka. Abasesenguzi bavuga ko nibimara gutangira, bizahindura ishusho y'imijyi, uburyo bwo gutwara abantu, ndetse n'imyumvire y'abatuye Isi ku bijyanye n'ubwikorezi bugezweho.

    Umujyi wa Dubai uzwiho gutera imbere mu ikoranabuhanga n'imiturire igezweho, urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha wa 2026

    Source : https://kasukumedia.com/dubai-iritegura-kumurika-imodoka-zizajya-zitwara-abagenzi-mu-kirere/

  • Umugore wa Sadate Munyakazi yatomagije umugabo we #rwanda #RwOT

    Umuherwe Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports, yagaragaje ko yishimiye bikomeye ubutumwa umugore we yamugeneye mu gihe barimo bizihiza isabukuru y’imyaka 30 bamaze barushinze.

    Uyu munsi Sadate n’Umugore we bakaba bizihiza isabukuru y’imyaka 30 bamaze bakoze ubukwe aho nabo bafite amashami yabashibutseho, babyaranye abana batanu.

    Yifashishije imbuga nkoranyambaga, Sadate yagaragaje ubutumwa burimo amagambo asize umunyu, bwuje imitoma umugore we yamugeneye kuri uyu munsi.

    Yagize ati “Isabukuru nziza y’ubukwe bwacu mukundwa. Warakoze cyane mbere na mbere kuba warampisemo no ku bw’urukundo rwawe rutagira icyo rushingiraho. Bibaye ngombwa ko nongera kubikora, naguhitamo amaso mfunze. Ndagusaba rero ko wazongera kumpitamo mu buzima bw’iteka. Imana Ishoborabyose iduhe indi myaka myinshi y’ibyishimo no gusaza turi kumwe.”

    Yasoje ubutumwa bwe amubwira ko amukunda kuruta ikindi kintu cyose ku Isi akaba urukundo rw’ubuzima bwe ndetse ni na byose kuri we.

    Uyu mugabo umwe mu bavuga rikijyana ku mbuga nkoranyambaga akaba inshuti y’urubyiruko nk’uko akunda kwiyita, ni kenshi yagiye akunda kuvuga ko iterambere afite abikesha umugore we mwiza.

    Sadate Munyakazi aheruka kwemeza ko ari mu batunze agatubutse ariko akaba ataragera aho yifuze, ni we nyiri Kompanyi y’Ubwubatsi ya Karame Rwanda Ltd, yabaye umuyobozi wa Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020.

    Munyakazi Sadate n’umugore we barizihiza Isabukuru y’imyaka 30 bamaze barushinze

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12049

  • Raila Odinga yitabye Imana #rwanda #RwOT

    Raila Odinga, wahoze ari Minisitiri w'Intebe wa Kenya, yapfiriye mu bitaro bya Ayurvedic Eye Hospital and Research Centre biherereye i Koothattukulam mu Karere ka Ernakulam, muri Leta ya Kerala, ku wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira 2025, afite imyaka 80.

    Nk'uko ubuyobozi bw'ibi bitaro bubivuga, yitabye Imana mu gitondo ahagana saa tatu (9:00) azize guhagarara k'umutima ubwo yari ari mu myitozo ngororamubiri mu busitani bw'ivuriro.
    Odinga yari amaze iminsi itanu ari kwitabwaho n'abaganga b'aho, aho yari aherekejwe n'umukobwa we hamwe n'umuganga we bwite.

    Ubuyobozi bw'ivuriro bwatangaje ko umurambo we ugiye kubanzirizwa no kubikwa mu buryo bwa embalming, hanyuma hakurikizwe amabwiriza ya Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Buhinde hamwe na Ambasade ya Kenya iri i New Delhi.

    Raila Odinga yari afitanye umubano wihariye n'iri vuriro kuko umukobwa we, Rosemary Odinga, yahaboneye ubuvuzi bwamufashije kugarura ubushobozi bwo kubona nyuma yo gutakaza kubona kw'amaso burundu mu mwaka wa 2017 bitewe no kwangirika kw'imitsi y'amaso (optic nerve damage).
    Mu 2019, Odinga ubwe yashimye abaganga b'aho kubera uko batanze ubufasha bwatumye umukobwa we yongera kubona.

    Odinga yabaye Minisitiri w'Intebe wa Kenya kuva mu 2008 kugeza mu 2013, akaba kandi yarabaye umudepite uhagarariye Akarere ka Langata kuva mu 1992 kugeza mu 2013. Yanabaye kandi Umuyobozi w'abatavuga rumwe n'Ubutegetsi mu gihugu cya Kenya mu gihe kirekire, aho azibukirwa nk'umwe mu banyapolitiki b'ingenzi bagize uruhare rukomeye mu mateka ya politiki y'icyo gihugu.

    Raila Odinga yitabye Imana ubwo yarari kwitabwaho mu bitaro bya Ayurvedic byo muri India kuri uyu wa Gatatu

    Source : https://kasukumedia.com/raila-odinga-yitabye-imana/

  • ‘Before&After’, reba abakinnyi ba APR FC mu isura nshya nyuma yo guhindura inyogosho (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ubu inkuru igezweho ku mbuga nkoranyambaga ni ukwiyogoshesha kw’abakinnyi ba APR FC biyogoshesheje bakaba bagaragara mu isura nshya.

    Benshi bibajije ibyo kuba bahinduye inyogosho ariko amakuru akavuga ko babisabwe n’ubuyobozi bwa APR FC.

    APR FC ikaba ari ikipe y’Ingabo z’Igihugu izwiho kuba n’abakozi bayo bagomba kuba bagendera ku murongo bafite ikinyabupfura.

    Mu minsi ishize havuzwemo abakinnyi badafite imyitwarire aho nka Mamadou Sy na Seidu Dauda bahagaritswe kubera myitwarire mibi.

    Kubona rero aba bakinnyi biyogoshesheje benshi bahise babihuza no kuba ari zimwe mu ngamba bafashe zigendanye no gukaza ikinyabupfura mu ikipe.

    Abakinnyi benshi bari bafite ‘dreadlocks’ bazikuyeho bakaba bafite inyogosho isanzwe ubona ko bahindutse cyane.

    Abakinnyi nka Niyigena Clement, William Togui, Memel Dao na Hakim Kiwanuka bigaragara ko bahindutse cyane ku mutwe wabo.

    Memel Dao na we yiyogoshesheje

    Rutahizamu William Togui Mel mu isura nshya

    Hakim Kiwanuka na we yariyogoshesheje

    Niyigena Clement uko yahindutse, hamwe agifite dread ahandi yiyogoshesheje

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12046

  • Sibomana Patrick Papy yabonye ikipe nshya (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’umunyarwanda ukina anyuze ku mpande, Sibomana Patrick Papy yamaze gusinyira ikipe ya Ethio Electric yo muri Ethiopia.

    Iyi kipe ikina mu cyiciro cya mbere muri Ethiopia ikaba yararangizanyije na Papy ejo hashize ku wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira 2025.

    Papy yerekeje muri iyi kipe nyuma yo gutandukana na Al Wehda yo muri Libya.

    Sibomana Patrick yakiniye amakipe atandukanye arimo APR FC, Mukura VS, Police FC zo mu Rwanda, Yanga yo muri Tanzania, Gor Mahia yo muri Kenya, Clube Ferroviária de Beira yo muri Mozambique, El Elttihad Almisraty yo muri Libya yanakiniye Shakhter Soligorsk yo muri Belarus.

    Papy yasinyiye Ethio Electric yo muri Ethiopia

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12044

  • Amategeko aritabazwa – Perezida wa Rayon Sports ashobora kujyana umujyanama wa Lotfi mu nkiko #rwanda #RwOT

    Perezida wa Rayon Sports ashobora kugana iy’amategeko arega Habimana Hussein umujyanama w’uwari umutoza w’iyi kipe Afhamia Lotfi kubera kumuharabika amushinja gushaka kugena uko umukino uri bugende (match fixing).

    Nyuma y’uko Rayon Sports isohoye ibaruwa ihagarika Afhamia Lotfi muri izi nshingano, ejo aganira na SK FM, Habimana Hussein akaba umujyanama wa Lotfi yavuze ko ikintu cya mbere uyu mutoza yapfuye na perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée ari uko yamusabye kwitsindisha undi ntabikozwe, yari akiri muri Mukura VS bendaga guhura muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro.

    Ati “Yarambwiye ngo duhurire Mundi Center sinzi ikintu cyari cyahabaye bakiriye Rayon Sports y’Abagore, arambwira ngo 'njye ndumva mfite ubwoba, uriya mutoza amaze kudutsinda inshuro enye. Ni iki dukora?’'

    'Icyo gihe byari byarangiye umutoza abizi ko azaza muri Rayon Sports. Noneho iriya ntsinzi yari kubafasha gusohoka, baramubwira bati 'nonese uzaza utoze ikipe itazasohoka?’ Muha telefone ngo yivuganire n’umutoza.'

    Hussein yakomeje avuga ko yamubwiye kubyibwirira umutoza Lotfi, maze uyu mutoza abitera utwatsi ndetse ngo yumva ananze uyu muyobozi, ngo aho niho havuye ibindi bibazo byose.

    Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée yabwiye ISIMBI ko icyo ari ikinyoma cyambaye ubusa, ahubwo ari ugushaka kwanduza izina rye.

    Ati “[Hahaha] none se ko wumva yanze kwitsindisha yaradutsinze? Byagenze bite? Mu ijambo rimwe ibyo bintu ntabwo byigeze bibaho rwose.”

    Yavuze ko utabuza umuntu kuvuga ibyo ashaka ariko na none hari amategeko.

    Ati “ntabwo wabuza umuntu kuvuga ibyo ashaka ariko na none hari amategeko. Ibyo ni ibintu bikomeye, urumva yanshije kugena uko umukino uri bugende (match fixing) turaza kureba ikigomba gukorwa.”

    Yakomeje avuga ko ibi ari uguharabika umuntu kandi hari amategeko, aramutse acecetse yaba ameze nk’uwemeye ko byabaye bityo ko agomba kugira icyo akora.

    Ati “ntabwo wavugwaho ibintu nk’ibyo ngo uceceke cyane cyane ko uba ushinjwe ikintu gikomeye, iyo ucecetse uba umeze nk’uwagikoze, byanze bikunze hari amategeko agomba kwitabazwa na we akagenda akagaragaza ibimenyetso.”

    Afhamia Lotfi wakuruye izi mpaka zose muri Rayon Sports, yahagaritswe amaze gutoza imikino 5 y’amarushanwa, yatsinzwemo ibiri na Singida (0-1 na 2-1) muri Confederation Cup, atsindwa na Police FC 1-0 muri Shampiyona, atsinda Kiyovu Sports muri Shampiyona 2-0 anganya na Gasogi United 2-2.

    Habimana Hussein yavuze ko icyo bapfuye ari uko yaabye Lotfi kwitsindisha akanga

    Twagirayezu Thaddée yavuze ko uku ari ukumuharabika atabireka ngo bigende gutyo

    Afhamia Lotfi yahagaritswe muri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12045

  • Amavubi yanyagiriwe muri Afurika y’Epfo (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Amavubi asoje urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi anyagirwa na Afurika y’Epfo 3-0.

    Ni umukino wabereye kuri Mbombela Stadium muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira 2025.

    Amavubi atari afite ikintu na kimwe arwanira, byaje no kugaragara mu kibuga kuko yakinnye nabi bishoboka kugeza atsinzwe ibyo bitego.

    Afurika y’Epfo yabonye igitego hakiri kare ku munota wa 5 cyatsinzwe na Thalente Mbatha ku ishoti yateye aho Ntwari Fiacre yari ahagaze akanawukoraho ariko ugakomeza ujya mu izamu.

    Bidateye kabiri ku munota wa 26, Oswin Apollis yatsindiye Afurika y’Epfo igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 2-0.

    Afurika y’Epfo yaje gutsinda afashinguracumu ku munota wa 72 cyatsinzwe na Evidence Makgopa umukino urangira ari 3-0.

    Muri iri tsinda kandi Nigeria yanyagiye Benin 4-0. Mu itsinda C, Afurika y’Epfo ikaba yahise ibona itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexco na Canada nyuma yo gusoza n’amanota 18, Nigeria ifite 17 ikaba izanyura mu mikino ya kamarampaka. Benin ifite 17, Lesotho 12, U Rwanda 11 na Zimbabwe 5.

    Amavubi yanyagiriwe muri Afurika y’Epfo

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12043

  • Kimenyi Yves yasubije Muyango #rwanda #RwOT

    Kimenyi Yves yafashe umwanya asubiza umugore we Muyango Claudine wamwifurije isabukuru nziza, amubwira ko amagambo ye yamusubije inyuma yibuka ibihe byiza bagiranye.

    Ni nyuma y’uko umubano wabo bombi umaze iminsi uvugwamo agatotsi ndetse bikavugwa ko batandukanye ariko nta n’umwe uragira icyo abivugaho.

    Ubwo Kimenyi Yves yizihizaga isabukuru y’imyaka 33 ejo hashize, Muyango Claudine yamwifurije umunsi mwiza akoresheje amagambo meza yuje imitoma.

    Yagize ati “Isabukuru nziza kuri wowe ugifite umwanya wihariye mu mutima wanjye. Uko ubuzima bwagenda kose uzahora wihariye kuri njye ku bwo kuba umubyeyi mwiza n’umutima mwiza, nta kindi nkwifuriza uretse urukundo n’umugisha ubuzima butanga. Wishimishe cheri.'

    Kimenyi Yves akaba yamubwiye ko aya magambo amubwiye yamusubije inyuma mu ntekerezo yibuka ibihe byiza.

    Ati “urakoze cyane, ubutumwa bwawe bungaruriye ibihe byinshi byiza, urakoze ku bw’urukundo rwawe n’amagambo meza, icyaba cyose uzahora uri umwe mu bintu by’ingenzi bigize ubuzima bwanjye. Urakoze cherie.”

    Kimenyi Yves na Muyango yabatangiye gukundana muri 2019 hagati, tariki ya 28 Gashyantare 2021 mu birori byiza byabereye Romantic Garden, nibwo yamwambitse impeta ya Fiançailles amusaba kuzamubera umugore undi arabyemera.

    Yves na Muyango babanaga nk’umugore n’umugabo, muri Kanama 2021 baje kwibaruka imfura yabo y’umuhungu, Kimenyi Yanis Miguel

    Tariki ya 4 Mutarama 2024 basezeranye imbere y’amategeko maze tariki ya 6 Mutarama 2024 nibwo umukinnyi w’umupira w’amaguru wabigize umwuga, Kimenyi Yves yakoze indi mihango y’ubukwe na Uwase Muyango Claudine wegukanye ikamba ry’umukobwa uberwa n’amafoto muri Miss Rwanda ya 2019.

    Ubutumwa Kimenyi Yves yasubije Muyango Claudine

    Kimenyi Yves na Muyango Claudine ni bamwe mu byamamare bizwi mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12042