Author: webrwanda

  • Manishimwe Djabel yamaze kubona ikipe nshya #rwanda #RwOT

    Nyuma y’igihe nta kipe, Manishimwe Djabel ubu ni umukinnyi w’ikipe ya Police FC ya mbere ku rutonde rwa shampiyona ya 2025-26.

    Djabel uheruka gutandukana n’ikipe ya Naft Al-Wasat Sports Club yo muri Iraq, nta kipe yari afite kuva uyu mwaka w’imikino wa 2025-26 watangira.

    Mbere y’uko utangira yavugwaga mu makipe yo mu Misiri na Algeria, nyuma hazamo na Azam FC yo muri Tanzania, Police FC yaravugwaga, gusa nta n’imwe yasinyiye.

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira 2025, Police FC ikaba yamaze kumutangaza nk’umukinnyi wayo mushya ugiye kuyifasha mu mwaka w’imikino wa 2025-26.

    Manishimwe Djabel yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo Rayon Sports, APR FC yabereye kapiteni na Mukura VS.

    Police FC yasinyishije Manishimwe Djabel

    Ubu ni umukinnyi mushya wa Police FC

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12041

  • Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET #rwanda #RwOT

    Umunyamahirwe utangaje muri FORTEBET yateze imikino itanu ku bitego, aterekaho amafaranga y'u Rwanda ibihumbi mirongo itanu(50,000Frws) bimuhesha amahirwe yo kwegukana 989,500Frws.

    Uyu munyamahirwe wo muri FORTEBET, ibi yabikoze mu gihe cy'amasaha make ubwo hari tariki ya 10 Ukwakira 2025 bityo aba yanditse amateka mashya kandi akomeza inzira yo kugwiza ubukire.

    Mu gukora Ipari ye atega, uyu munyamahirwe wiyizeye yarakeneye gusa imikino itanu aho yahisemo gutega ku bitego gusa maze bikamuhesha amahirwe yo gutsindira akayabo k'Amafaranga. Mu gutega kwe, harimo ibikubo bya over ya 6.5 (umukino warangiye ari 9-0) yongeraho over ya 3.5 na 2.5 ndetse indi mikino 2 ahitamo over 1.5, byose biba uko yabihisemo, atahana ibyishimo by'intsinzi.

    Gusa muri uku gutega, byabanje kumuhangayikisha kuko imikino 3 muri 5 yarangiye neza uko yabihisemo hatarenzeho igitego na kimwe. Iyi ntsinzi iri ku itike ifite nimero 3528333704169999 ndetse amafaranga yayatahanye yose ako kanya.
    Turakwishimiye!
    intyoza.com

    The post Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET first appeared on Intyoza.

    The post Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/10/14/ibihumbi-50-byamuhesheje-amahirwe-yo-gutsindira-hafi-miliyoni-imwe-muri-fortebet/

  • Supermanager ntacana uwaka na radio ya SK FM #rwanda #RwOT

    Umwuka mubi hagati ya Supermanager na Radio SK FM ukomeje gufata indi ntera, nyuma y'uko Supermanager atangaje ko bamwe mu banyamakuru b'iyi radiyo batagikora akazi kabo neza nkuko babishinzwe, ahubwo basigaye bategereza ko umuntu abashyiriraho mu buryo bwa 'giti' kugira ngo batangaze inkuru.

    Ibi byakuruye impaka zikomeye cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bashyigikiye Supermanager bavuga ko hari aho itangazamakuru ryo mu Rwanda ritarimo gukorera mu mucyo, abandi bakavuga ko ari amagambo akomeretsa abahanga mu mwuga w'itangazamakuru.

    Samu Karenzi, nyiri Radio SK FM, ntiyaciye ku ruhande. Mu kiganiro yahaye The Choice Live, yavuze ko ibyo Supermanager yavuze ari 'ibinyoma n'uguharabika' radiyo ye, ashimangira ko abanyamakuru ba SK FM bakora akazi kabo kinyamwuga kandi bashyira imbere ukuri. Yagize ati: 'Nta munyamakuru wacu ukora ibintu nk'ibyo. Turi itsinda ry'abahanga kandi dukorera mu mucyo. Ibyo avuga ni ugushaka gusenya izina ryacu.'

    Supermanager we usanzwe agura akanagurisha abakinnyi ndetse akanareberera inyungu zabo yakomeje gushimangira ko ibyo yavuze ari ukuri, avuga ko afite ibimenyetso by'uko hari abakozi bamwe muri radiyo batakibona akazi nk'akazi, ahubwo nk'uburyo bwo gushakisha inyungu bwite; guhemuka cyangwa kuramuka.

    Abasesengura mu by'itangazamakuru bo bavuga ko ibi bigaragaza ikibazo gikomeye mu myitwarire y'abanyamakuru bamwe na bamwe, ndetse bihanura isomo rikomeye ku bijyanye n'ubunyamwuga n'imyitwarire ikwiye mu itangazamakuru ry'u Rwanda.

    Uyu mwuka mubi uri hagati ya Supermanager na SK FM ukomeje kuvugisha benshi, ndetse benshi bakomeje kwibaza niba hari intambwe zizafatwa mu rwego rwo gusobanura ukuri nyakuri kuri izi mvururu.

    'Sinemeranya nibyo Supermanager avuga'
    'Abanyamakuru bamaze gukunda amafaranga cyane kuruta akazi k'ibyo bakora'

     

    Source : https://kasukumedia.com/supermanager-ntacana-uwaka-na-radio-ya-sk-fm/

  • Diamond Platnumz yahaye nyina impano zihenze biramurenga (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Nyina w’umuhanzi w’icyamamare muri Afurika wanditse izina no ku Isi, Diamond Platnumz yasazwe n’ibyishimo kubera impano uyu muhungu we yamuhaye.

    Ni impano zihenze cyane ziganjemo imirimbo yo kwambara ikozwe muri Zahabu yaba imikifu, ibikomo, impeta n’amaherena kongeraho ba telefoni yo mu bwoko bwa iPhone 17 cyane ko ari yo igezweho imaze igihe gito isohotse.

    Mu mashusho Sanura Kasimu cyangwa Mama Dangote nk’uko akunda kwiyita yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza Diamond amuzaniye izi mpano.

    Aya mashusho yaherekejwe n’amagambo agira ati “Imana ishimwe. Ndashima Imana ku buri kimwe yanyeretse iwanjye. Naseeb (Diamond) mwana wanjye urakoze cyane ku mpano wanzaniye, Imana ikomeze kukongerera umugisha igihe kirekire mukunzi wanjye. Ntabwo ari kuri izi mpano ahubwo mwana wanjye ndagushira kuba uzi agaciro ka Mama. Ndagukunda.”

    Diamond Platnumz ni inshuro nyinshi yagiye agaragaza ko we na nyina babyumva kimwe, ndetse n’abagore benshi batandukanye na we bamushinjaga kumvira nyina akaba ari byo byabasenyeye.

    Yamwambitse n’impeta

    Yamuhaye imikufi ihenze cyane

    Yamuhaye iPhone17

    Nyina byamurenze

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12039

  • Abegukanye Champions League bazatangira icyumweru cya UCL bonyine guhera 2027/28 #rwanda #RwOT

    Guhera mu mwaka w'imikino wa 2027/28, UEFA yatangaje impinduka zikomeye zizahindura uburyo Champions League itangirwamo buri mwaka. Ku nshuro ya mbere mu mateka, abegukanye Champions League bazatangira umwaka mushya bakina ari bo rukumbi ku munsi wa kabiri w'icyumweru cya mbere cya UEFA Champions League.

    Uyu mukino uzaba ari umukino wihariye (standalone fixture), bivuze ko nta yindi kipe izaba ikina uwo munsi. Impamvu y'iyi gahunda ni ugutanga icyubahiro cyihariye ku ikipe iba yarabaye intwari y'u Burayi, ndetse no kongera igikundiro cy'umunsi w'itangiriro rya Champions League.

    UEFA yavuze ko uyu mukino uzaba ufite umuhango wo gufungura (opening ceremony) uzajya ubanziriza umukino nyirizina.

    Uwo muhango uzajya uba urimo ibirori biranga imico y'ahabereye umukino, umuziki, abakinnyi b'ibyamamare, n'amateka y'iri rushanwa rikomeye kurusha ayandi ku mugabane w'u Burayi.

    Ikindi gishya gishimishije ni uko uyu mukino uzajya utambutswa live ku mbuga nkoranyambaga za UEFA cyangwa ku mikoranire na zimwe ku mbuga za streaming zizemererwa na UEFA. Ibi bigamije gutuma abafana bo mu bice byose by'Isi babasha gukurikirana uyu mukino mu buryo bworoheye abafana.

    Ku munsi ukurikiyeho, imikino yindi yose izajya ikinwa ku wa gatatu no ku wa kane, bityo ku wa kabiri ukazajya uba ari umunsi w'icyubahiro cy'abanyabigwi, ikipe yegukanye igikombe giheruka.

    Abasesenguzi bo bavuga ko iyi gahunda izafasha UEFA gukurura abafana benshi ndetse ikabyutsa amarangamutima menshi ku munsi wa mbere wa Champions League. Byitezwe kandi ko bizatanga amahirwe y'ubucuruzi menshi, kuko umukino umwe wihariye ku munsi uzajya urekura umwanya munini wo kwamamaza, gusakaza ibirango bya UEFA no gushyiraho udushya mu buryo bwo kwerekana umupira w'amaguru.

    Nk'uko byemezwa na UEFA, iyi gahunda izatangira mu mwaka wa 2027, ubwo ikipe izaba yaratsinze Champions League ya 2026/27 izatangira ku mugaragaro icyumweru cya mbere cya UCL mu mukino wihariye uzandikwa mu mateka.

    'Ni uburyo bushya bwo guha icyubahiro intwari z'umwaka ushize no gutangira irushanwa mu buryo buhebuje,' ni ko umwe mu bayobozi ba UEFA yabivuze. Kuva icyo gihe, buri mwaka, abafana bazajya bategereza uwo mukino w'imbanziriza y'umwaka.

    Abegukanye Champions League bazatangira icyumweru cya UCL bonyine guhera 2027/28

     

     

    Source : https://kasukumedia.com/abegukanye-champions-league-bazatangira-icyumweru-cya-ucl-bonyine-guhera-2027-28/

  • Kavita ntari mu bakinnyi bakina na Afurika y’Epfo #rwanda #RwOT

    Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kavita Phanuel ntabwo ari bukine umukino u Rwanda rukinamo na Afurika y’Epfo kubera imvune.

    Uyu munsi saa 18h00′ kuri Mbombela Stadium, Afurika y’Epfo irakira u Rwanda mu mukino usoza itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexco na Canada.

    Mu bakinnyi umutoza Adel Amrouche ari bwitabaze ntabwo harimo myugariro wa Birmingham Legion yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kavita Phanuel wagize ikibazo cy’imvune.

    Uyu mukinnyi kuva bagera muri Afurika y’Epfo nta myitozo yakoze, ejo nibwo yagerageje gukora ariko biranga, uyu yagize ikibazo cyo gukweduka kw’inyama zo mu itako bizwi nka “Hamstring”.

    Amakuru aturuka muri Afurika y’Epfo aho ikipe iri, ni uko uyu mutoza wamaze kubura itike uyu munsi ashobora kuza gukora impinduka muri 11 ari bubanze mu kibuga agaha umwanya abandi bakinnyi batakinnye umukino batsinzwemo na Benin i Kigali.

    Kavita ntabwo akina na Afurika y’Epfo

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12040

  • Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye #rwanda #RwOT

    Umugabo witwa Ukurikiyeyezu Jean Damascene bakundaga kwita Lizembe wacururizaga inyama Bishenyi, wari atuye mu Mudugudu wa Kagangayire, Akagari ka Sheli, Umurenge wa Rugalika ho mu Karere ka Kamonyi yasanzwe mu rugo iwe yapfuye bituma umugore we afatwa arafungwa.

    Amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage ba hafi ni uko uyu nyakwigendera kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ukwakira 2025 yagiye mu kazi bisanzwe aho akorera Bishenyi ndetse n'Umugore we akajyayo kuko bose niho bakorera, aho Umugabo yabaga acuruza Inyama muri Busheri(Butchery), mu gihe Umugore acuruza Ibinono, Isombe n'ibindi bijyana nayo.

    Ubwo basozaga akazi, mu gutaha umugabo ngo yahitiye aho bafite amatungo ariko ahagana ku i saa moya z'Ijoro ngo yari mu rugo ariko bigaragara ko asa n'unaniwe. Nk'ibisanzwe ngo barariye, bararyama ariko bigeze mu ijoro umugabo asa n'utengurwa, umugore arafatafata umugabo akomeza kuryama, nyuma umugore arahaguruka ngo ajya kureba abana.

    Mu kujya kureba abana, umugore ngo yicaye mu ntebe ruganiriro(Salon) agatotsi karamutwara, aho akangukiye agiye kureba asanga Umugabo byarangiye(yapfuye) aribwo yatabazaga, hajyayo Polisi na RIB ndetse n'Ubuyobozi bw'Umurenge.

    Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rugalika yabwiye intyoza.com ko amakuru y'urupfu rwa Ukurikiyeyezu Jean Damascene (Lizembe) bayamenye batabajwe mu gitondo cyo ku wa 12 Ukwakira 2025.

    Gitifu Nkurunziza Jean de Dieu, avuga ko Nyakwigendera yari afite imyaka 36 y'amavuko. Asize abana batatu yabyaranye n'Umugore we barasezeranye mu buryo bwemewe n'amategeko.
    Ku yandi makuru, umwe mu bakorera Bishenyi yabwiye intyoza.com ko batunguwe n'urupfu rwa Lizembe. Gusa na none yabwiye umunyamakuru ko baherukanaga ku wa Gatanu muri Sitade Amahoro barebana Umupira w'Amavubi na Benin.

    Uyu mucuruzi Bishenyi, avuga ko ubwo bari kumwe byagaragaraga ko atameze neza ku buryo ngo yanamubajije ko abona afite intege nkeya, amusaba kujya kwa muganga undi amubwira ko afite imiti ari kunywa. Nyuma mu ma saha yo kuri iki cyumweru nibwo yumvise inkuru y'incamugongo ko Lizembe yapfuye.

    Ubwo Inzego z'Umutekano n'iz'Ibanze bageraga mu rugo kwa Lizembe, RIB bagiye mu kazi kabo baganiriza Umugore ndetse ngo banaganira na bamwe mu baturanyi, nyuma batwara umurambo Kigali gupimwa ariko ngo nyuma y'aho umugore baza ku mutwara.

    Mu bantu baganiriye na intyoza.com baba abakorera Bishenyi ndetse na bamwe mu baturanyi ba Nyakwigendera, bavuga ko yari Umunyamahoro, umuntu uzi kubanira abandi neza.

    Kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, icyaba cyabaye intandaro y'urupfu rwa Lizembe ntabwo kiramenyekana.
    intyoza.com

    The post Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/10/14/kamonyi-rugalika-umugabo-uzwi-ku-izina-rya-lizembe-yapfuye-umugore-yisanga-mu-maboko-atari-aye/

  • Rayon Sports yahagaritse umutoza Afhamia Lotfi #rwanda #RwOT

    Nyuma y’iminsi bivugwa, umutoza wa Rayon Sports, Afhamia Lotfi na Azzouz Lotfi wari umwungiriza we bahagaritswe kuri izi nshingano.

    Amakuru yabyutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira 2025 yavugaga ko umutoza wa Rayon Sports Afhamia Lotfi agomba kwirukanwa ari bwo ahabwa ibaruwa imwirukana.

    Byaje gutungura benshi kuko yaje kugaragara ku myitozo ya Rayon Sports saa cyenda mu Nzove ariko ntabwo yakoresheje imyitozo.

    Umwanya munini yagaragaye ari kuri telefoni ari nako yanagiye avugana n’abayobozi ba Rayon Sports bari ku kibuga barimo visi perezida Muhirwa Prosper ariko na we yahise ava ku kibuga aragenda.

    Mbere gato y’uko imyitozo irangira nibwo Lotfi yavuye mu kibuga agenda agana ku modoka ye ari nabwo yahuye na Directeur Sportif, Irambona bahise banavana ku kibuga.

    Rayon Sports ikaba imaze gusohora itangazo rimuhagarika aho inshingano ziba zifitwe n’umutoza wungirije Haruna Ferouz.

    Yagize iti “ubuyobozi bw’umuryango wa Rayon Sports bwafashe icyemezo cyo guhagarika mu nshingano umutoza mukuru Afhamia Lotfi n’umutoza wungirije wa kabiri, Azzouz Lotfi. Umutoza wungirije Haruna Ferouz n’abandi bakorana barakomeza inshingano zo gutegura imikino iri imbere.”

    Afhamia Lotfi winjiye muri iyi kipe mbere y’uko uyu mwaka w’imikino wa 2025-26 utangira, yari amaze gutoza imikino 4 y’amarushanwa yatsinzwe na Singida Black Stars i Kigali 1-0, inamutsindira Tanzania 2-1, atsinda Kiyovu muri Shampiyona 2-0 ananganya na Gasogi United 2-2.

    Afhamia Lotfi na Azzouz Lotfi bahagaritswe muri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12037

  • Bigoranye Rayon Sports yatandukanye na Nsabimana Aimable #rwanda #RwOT

    Kera kabaye, Rayon Sports yatandukanye na myugariro wayo Nsabimana Aimable nyuma y’igihe impande zombi zirebana ay’ingwe.

    Nsabimana Aimable wari ku mwaka we wa nyuma muri Rayon Sports yagiranye ibibazo bishingiye ku mafaranga iyi kipe imurimo kuva mu mpera z’umwaka ushize w’imikino.

    Ibi byarakurutse kugera no mu myiteguro ya shampiyona ya 2025-26 aho yavugaga ko atazatangira imyitozo batamwishyuye.

    Gusa yaje gufata umwanzuro wo gusubukura imyitozo ngo atazafatwa nk’uwataye akazi ariko Twagirayezu Thaddée yari yaramaze kumubwira ko atamukeneye.

    Nsabimana Aimable na we yifuzaga gusesa amasezerano ariko ntibumvikane kuko Nsabimana yifuzaga ko yahabwa ibyo ikipe imugomba, miliyoni 6 Frw z’imishahara y’amezi 6 yo gusesa amasezerano nk’uko amasezerano abivuga ndetse na miliyoni 5 Frw zo yasigawemo ubwo yongeraga amasezerano. Yose hamwe akaba miliyoni 11 Frw.

    Aha niho Twagirayezu Thaddée yahise avuga ko bitazakunda ahubwo azajya amuhemba adakina.

    Yasabiye abandi bakinnyi License ariko Nsabimana Aimable aramureka.

    Aimable yaje kwisanga ashaka gusesa amasezerano na Rayon Sports ariko byari bitagishoboka baramwangira binatuma n’ikipe yo Sudani y’Epfo yari yabonye bidakunda ko ayerekezamo.

    Nyuma y’ibiganiro birebire, Rayon Sports yaje kwemera gusesa amasezerano na Aimable ubu akaba atakiri umukinnyi wayo.

    Mu itangazo yasohoye yagize a
    iti “Nsabimana Aimable na Rayon Sports batandukanye ku bwumvikane.”

    Amakuru avuga ko Nsabimana Aimable agiye kwerekeza gukina muri Libya yabonye ikipe imwifuza.

    Nsabimana Aimable yatandukanye na Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12038

  • Shema Fabrice yongeye guca amaranga ku mpinduka mu Mavubi, Adel Amrouche aragenda? #rwanda #RwOT

    Perezida w’ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Shema Fabrice yavuze ko hari amavugururwa agomba kuba mu ikipe y’Igihugu Amavubi intsinzi ikaboneka.

    Ni nyuma y’uko mu minsi yashize yatangaje ko hari ibyo batazihanganira mu ikipe y’Igihugu nk’uburyo ikipe ihamagarwamo n’ibindi.

    Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru yitegura umukino usoza urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi u Rwanda ruzakina na Afurika y’Epfo ejo, Shema Fabrice yavuze ko hari amavugururwa azaba mu ikipe y’igihugu.

    Aha yakomozaga ku mukino u Rwanda rwatsinzwemo na Benin, ati “Twararangaye twaratsinzwe ngira ngo Abanyarwanda benshi byarabababaje natwe turimo ariko icyo turimo turiga ni ukugira ngo tuvugurure Amavubi.”

    Yakomeje avuga ko batazahera mu ikipe nkuru ahubwo no mu bana ari ho hagomba gushyirwa ingufu bagategurwa.

    Ati “Tugiye gushyiramo imbaraga nyinshi cyane mu bana bato. Turashaka kubaka umunsingi ukomeye kugura ngo natwe tube dufite aho dukura abakinnyi kandi bamenyereye amarushanwa'.

    Iyo wumvise ubu butumwa bwa Perezida Fabrice ukareba n’ubutumwa Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yatanze nyuma yo gutsindwa na Benin, yavuze ko hari ibigomba guhinduka mu Mavubi.

    Ati “Uyu munsi ntabwo twageze k’umusaruro twifuzaga kandi twari dushoboye kuba twawubona! Ntabwo twavuga ngo ntakundi! Hari ukundi byakorwa kandi bizanakorwa.”

    “Ndashimira cyane abafana b’Amavubi … mwakoze kwitabira muri benshi , ikipe mukayitiza umurindi na vibes. Aho twasezeranye ko duhurira twahahuriye muri indashyikirwa murakabaho! Ku kipe yacu y’Amavubi, ntabwo tuva mu ngamba ahubwo duhindura umuvuno. Iki ni igihe cyo kurushaho gukora kuko birashoboka ariko biraharanirwa.”

    Uyu munsi ntabwo twageze k’umusaruro twifuzaga kandi twari dushoboye kuba twawubona!

    Ntabwo twavuga ngo ntakundi! Hari ukundi byakorwa kandi bizanakorwa.

    Ndashimira cyane abafana b’amavubi … mwakoze kwitabira muri benshi , ikipe mukayitiza umurindi na vibes. Aho twasezeranye…

    — Nelly Mukazayire (@nmukazayire) October 10, 2025

    Izi mpinduka zivugwa zigomba kuba bivugwa ko ari mu mitoreze mu gihe umutoza yakomeza gufunga umutwe ntagirwe inama cyane cyane mu bakinnyi bahamagarwa, hari abasigara kubera impamvu nabo batumva.

    Adel Amrouche ntabwo arimo guhuza n’ubuyobozi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12032