Abatuye Akagari ka Kirwa ndetse n'Abanyakayenzi muri rusange barashima Kampani y'Ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro 'Gisizi Mining Company Ltd/GIMI' ku kubakorera umuhanda wari utakiri nyabagendwa ahubwo warabaye nk'inzira nayo itagendwa cyane kuko hari ibinyabiziga byari bitakihanyura. Miliyoni zisaga 12 zashowe mu ikorwa ry'uyu muhanda.
Vedaste Hakizimana, atuye mu Mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Kirwa, Umurenge wa Kayenzi ho mu Karere ka Kamonyi. Ahamya ko ikorwa ry'uyu muhanda rije nk'Igisubizo cyiza ku banyakayenzi, by'umwihariko abagenda Kirwa barimo abakoresha Imodoka.
Agira kandi ati' Twagiriwe ubuntu kuko umukire uhagarariye ubucukuzi bw'amabuye y'Agaciro hirya aha yadushyiriyemo abakozi be n'imashine badukorera umuhanda biratunyura. Hari abantu benshi bajyaga baza ino kuko hari ibiro by'ubuyobozi(Akagari), hari ikigo cy'amashuri. Kuhagenda byari bimaze kuba ikibazo ariko ubu cyakemutse umuhanda ni Nyabagendwa yaba imidoka ntoya n'Inini ndetse na Moto hari abamotari bahakatiraga bagaca akandi kayira ka twirwaneho'.
Solange Nishimwe, umuturage wa Kayenzi yabwiye intyoza.com ko ikorwa ry'uyu muhanda ridakemuye gusa ikibazo cy'abafite imodoka n'ibindi binyabiziga, ko ahubwo rinafashije mu gutuma ahantu hasa neza, hazana umutekano ku binyabiziga no ku bantu bahagenda n'amaguru.
Ati' Si abafite amamodoka babyungukiyemo, ahubwo n'abanyamaguru batugiriye neza kuko umuhanda uragutse, urakoze ku buryo ahari habi bahakoze. Erega tutirengagije n'uko mbere hari hameze, n'umuntu yashoboraga kwikinga ahantu akagutega akakwambura, akakugirira nabi ariko ubu uko biri haracyeye'.
Isabukuru Nziza Kimenyi Yves! Umunsi nk’uyu mu 1992 ni bwo umunyezamu w’umunyabigwi mu Rwanda wakiniye amakipe akomeye nka APR FC Rayon Sports, Kiyovu Sports. AS Kigali tutibagiwe n’Ikipe y’igihugu Amavubi, yavutse akaba yujuje imyaka 33.
Kimenyi Yves wagize imvune ikomeye mu Kwakira 2023 isa n’aho yashyize iherezo ku rugendo rwe rwa ruhago, tugiye kugaruka kuri bimwe byaranze ubuzima bwe by’umwihariho mu mupira w’amaguru aho rutahizamu wamuzonze ari umunya-Ghana wakiniraga Rayon Sports ari muri APR FC, Michael Sarpong.
Mu kiganiro cy’umwihariko uyu musore yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBi, Kimenyi akaba umugabo w’umugore umwe n’umwana umwe w’umuhungu, Kimenyi Yanis Miguel yahishuye byinshi bijyanye n’urugendo rwe rwa ruhago ndetse na bimwe mu buzima bwe bwite.
Kimenyi Yves yavutse tariki 13 Ukwakira 1992, akaba avuka mu muryango w’abana batatu abahungu babiri n’umukobwa umwe, yavukiye mu Mujyi wa Kigali, ubu akaba nta kipe afite.
Ntiyigeze agira amahirwe yo kubana na papa we umubyara kuko yitabye Imana undi akiri muto cyane, yakuze abona mama we ashugurika mu bintu byinshi kugira ngo abashe kubabonera ikibatunga we n’abavandimwe be.
Yagize amahirwe yo kwiga aho amashuri abanza yayigiye mu ishuri ribanza rya APAPER kugeza mu mwaka wa 4 aho yahise ajya kwiga muri Ecole Primaire Kicukiro ari naho yayirangirije, amashuri yisumbuye akaba yarayatangiriye muri King David kugeza mu mwaka wa 2, yahise ajya kwiga muri Kabuga High School ari naho yarangirije amashuri yisumbuye, yize Computer Science ari nabyo yakomeje muri kamunuza ya ULK ariko kubera akazi aza kuba abihagaritse.
Kimenyi Yves yakiniye amakipe akomeye mu Rwanda
Urugendo rwe muri ruhago
'Muri 2012 nibwo natangiye kumva ko umupira ari wo ugomba kuba umwuga wanjye, ariko uko abantu bose bakura njye nakundaga umupira ndetse na mama yakundaga kujya kuwureba ariko ntanjyane nkumva nanjye mfitemo umujinya ngo azaze kuwureba ari njye aje kureba.'
Yakomeje agira ati 'muri 2011-2012 nibwo natangiye gusa n’ubigira umwuga nkina mu ikipe y’abana b’I Remera yatozwaga na Mateso yitwa Imena, nyuma yaho ngaho nibwo naje gutoranywa mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17, aho niho natangiriye urugendo rwanjye rwa ruhago.'
Yakomeje avuga ko iyo bavaga mu ikipe y’igihugu bajyaga mu ikipe y’Isonga, aha yahakinnye imyaka 2 maze muri 2013-2014 ahita asinyira ikipe ya APR FC.
Yinjiye muri APR FC intego ari ugushaka ubumenyi atari uguhita ajya mu izamu gukina
Kwinjira muri APR FC avuga ko yari agiye gushaka ubumenyi kuruta gushaka umwanya wo gukina kuko yabonaga ko abariyo ari bo Kwizera Olivier na Ndoli Jean Claude wari mu mvune bamurushaga cyane.
Yagize ati 'ntabwo nagiye mvuga ko ngiye gukina muri APR FC kuko harimo Olivier, Ndoli yari afite ikibazo cy’imvune, numvaga ko ngiye gushakayo ubumenyi, n’ubundi Olivier twarakinanaga mu Isonga ariko nari uwa 3 kuri we, nasanzeyo na Ndoli mfata amahugurwa, nyuma y’umwaka wa 2 Ndoli na Olivier baje kuvayo njye ngumamo ariko bazana Ntaribi Steven na Emery Mvuyekure, aho ngaho niho natangiye gutekereza ko noneho baramutse bampaye umwanya nagira icyo nywubyaza.'
Kwinjira mu izamu rya APR FC nk’umunyezamu wa mbere avuga ko byamutwaye imbaraga nyinshi ariko na none ngo yabifashijwemo no kwihanga.
APR FC ngo yamufashije kumenya icyo umupira wamarira umuntu, yagize ati 'nagiyemo ndi muto, nayigiriyemo ibihe byiza, barandeze, APR FC yamfashije kumenya icyo umupira wamarira umuntu, nahuriyemo n’ababyeyi, nahuriyemo n’abarimu, nagizemo ibihe byiza ntabasha kurondora kuko ari byinshi cyane.'
Umukino wamushimishije mu ikipe ya APR FC ni umukino wa mbere yahuyemo na Rayon Sports muri 2017 nta muntu n’umwe umufitiye icyizere kuko yari akiri umwana ndetse ari nabwo atangiye gufatira iyi kipe, umukino waje kurangira ari 1-1 ndetse atorwa nk’umukinnyi w’umukino.
Umukino wamubabaje ni umukino wa nyuma w’igikombe cy’Agaciro cya 2018 batsinzwemo na Rayon Sports igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Mugisha Francois Master ku munota wa nyuma.
Umukino wa Rayon Sports na APR FC ni wo mukino wamushimishije ariko ni nawo wamubabaje
Nyuma y’imyaka igera muri 5 ari muri APR FC, muri Kamena 2019 ngo yaje gutungurwa no kwisanga ku rutonde rw’abakinnyi 16 iyi kipe igomba gusezerera, ngo byaramubabaje kuko atabwiwe icyo azize gusa nk’umukozi yatekereje ko hari ikitaragenze neza mu kazi ke yaba mu kibuga no hanze yacyo.
Yishimira kuba yaratwaranye ibikombe na APR FC birimo igikombe cya shampiyona icy’Amahoro, kuba umukinnyi w’umwaka mu mwaka w’imikino wa 2017-2018.
Ibikombe yatwaranye na APR FC ntazabyibagirwa
Kimenyi Yves muri Rayon Sports
'Byamfashe nk’icyumweru n’igice kuko nabonaga iminsi irimo kunsiga, amakipe yarimo ampamagara ari menshi, muri icyo cyumweru n’igice nibwo nafashe umwanzuro wo kuba najya muri Rayon Sports kandi nyijyamo numva ngomba kuyijyamo kuko mu makipe yose twaganiriye niyo yampaga ibyo nufuzaga.'
Akomeza agira ati 'ni ikipe nziza ku mpande zose, ni ikipe y’igitutu yaba ku buyobozi n’abafana, navuga ko ntaho iba itandukaniye cyane na APR FC kuko na APR FC haba harimo igitutu cy’abafana n’igitutu cyawe ku giti cyane, no muri Rayon Sports niko bimeze kuko abafana baba bagushyizeho igitutu kinshi, uba ugomba kubereka ko uri umukinnyi Rayon Sports ikeneye, ni ikipe yakugeza aho wifuza.'
Ngo Rayon Sports nayo yasanze ari ikipe nziza cyane
Yemeza ko itandukaniro riri kuri aya amakipe ari abafana bonyine, kuko abafana ba Rayon Sports bababashyiraho igitutu cyinshi cyane.
Muri ba rutahizamu yahuye nabo mu Rwanda, uwamuteye ubwoba ni Sarpong kuko n’ubwo batahuye igihe kinini ariko iyo bajyaga guhura yabaga afite ubwoba bwinshi. Umukinnyi iyo yabonaga ari mu kibuga mu ikipe ya APR FC akizera intsinzi ni Hakizimana Muadjiri.
Michael Sarpong ngo niwe rutahizamu wamuteye ubwoba
Muhadjiri iyo yabaga ari mu kibuga ngo yabaga yizeye ko bari butsinde
Ntabwo yahiriwe nk’uko yabyifuzaga kuko umwaka wa 2020 yifuzaga gusohoka akajya gukina hanze y’u Rwanda ariko akaba yaragize imvune muri 2023 atarajyayo ndetse nubwo atarasezera biragoye ko yazagaruka mu kibuga.
Ibindi wamenya kuri Kimenyi Yves
• Mu Rwanda abakinnyi afata nk’ikitegererezo ni Ndoli Jean Claude na Kwizera Olivier • Yakubitiwe kuzerera, kujya mu gasobanuye, kwanga kuryama ku manywa n’ibindi • Ikintu atazibagirwa ni ukuntu umukozi w’iwabo yari atwite agiye kwicara ku ntebe agahita ayikuraho undi akikubita hasi, ngo nabyo yarabikubitiwe. • Muri basketball afana ikipe ya Patriots mu Rwanda na Los Angeles Lakers hanze y’u Rwanda. • Ngo hari umuntu wamuhemukiye atifuza kongera guhura nawe, gusa yanze kumutangaza ariko we ngo yarabimubwiye
Ndoli Jean Claude amufata nk’icyitegererezo
Kwizera Olivier umwe mu banyezamu afata nk’icyitegererezo
Uwase Muyango Claudine, yafashe umwanya yifuriza umugabo we Kimenyi Yves isabukuru nziza y’amavuko amwibutsa ko agifite umwanya wihariye mu mutima we.
Ni mu magambo yuje imitoma myinshi yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze kuri uyu wa wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira 2025.
Yagize ati 'Isabukuru nziza kuri wowe ugifite umwanya wihariye mu mutima wanjye. Uko ubuzima bwagenda kose uzahora wihariye kuri njye ku bwo kuba umubyeyi mwiza n’umutima mwiza, nta kindi nkwifuriza uretse urukundo n’umugisha ubuzima butanga. Wishimishe cheri.'
Amwifurije isabukuru nziza mu magambo asize umunyu mu gihe hamaze iminsi amakuru hirya no hino ko aba bombi batandukanye batakibana.
Kimenyi Yves na Muyango yabatangiye gukundana muri 2019 hagati, tariki ya 28 Gashyantare 2021 mu birori byiza byabereye Romantic Garden, nibwo yamwambitse impeta ya Fiançailles amusaba kuzamubera umugore undi arabyemera.
Yves na Muyango babanaga nk’umugore n’umugabo, muri Kanama 2021 baje kwibaruka imfura yabo y’umuhungu, Kimenyi Yanis Miguel
Tariki ya 4 Mutarama 2024 basezeranye imbere y’amategeko maze tariki ya 6 Mutarama 2024 nibwo umukinnyi w’umupira w’amaguru wabigize umwuga, Kimenyi Yves yakoze indi mihango y’ubukwe na Uwase Muyango Claudine wegukanye ikamba ry’umukobwa uberwa n’amafoto muri Miss Rwanda ya 2019, kuri uyu wa 6 Mutarama 2024.
Amagambo ya Muyango yifuriza Kimenyi Isabukuru nziza
Muyango yifurije umugabo we Kimenyi Yves isabukuru nziza
Mu gihe Rayon Sports irimo kurwana no gushaka uko yasezerera umutoza Afhamia Lotfi, amakuru avuga ko yamaze kumvikana na Nshimirimana Ismail Pitchou.
Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati w’Umurundi, yari amaze iminsi adafite ikipe nyuma yo gusoza amasezerano muri APR FC.
Picthou wakiniye amakipe arimo Kiyovu na APR FC mu Rwanda, nyuma y’umwaka w’imikino 2024-25 ubwo yari asoje amasezerano muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ntabwo yamwongereye amasezerano.
Muri icyo gihe ni nabwo Rayon Sports yatangiye kwegera uyu mukinnyi w’umurundi ngo aze kubafasha mu kibuga hagati ariko ibiganiro ntibyagenda neza cyane ko yanavugaga ko afite izindi kipe bari mu biganiro zo hanze y’u Rwanda.
Gusa nk’aho bitagenze neza. Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Rayon itacitse intege yakomeje kwegera uyu mukinnyi ndetse ibiganiro bikaba bimeze nk’aho byarangiye, isaha n’isaha yasinyira Gikundiro.
Biramutse bikunze yaba aje asanzemo Bigirimana Abedi bakinanye muri Kiyovu ndetse n’abandi barundi bagenzi be nka Ndayishimiye Richard, Tambwe Gloire, Musore Prince na Ndikumana Asman.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Theo Bosebabireba yasabye abantu kumufasha kuvuza umugore we urembye urwaye impyiko cyane ko we ubushobozi bumaze kumushirana.
Mu mashusho yasangije abakunzi be yagize ati 'Abantu mwifuza ko naba ndi amahoro, bamwe mumbwira ngo ongera uririmbe indirimbo nshya, nimubanze mumenye ko mfite ikibazo cy’umugore urembye. Dusigaye tumara gatatu adasinzira, akava kuri 'Dialyse’ akarara areba akirirwa areba akongera agasubira areba. Hakagira ibindi bimenyetso ntavugira kuri 'camera’ binyereka ko ibintu bitameze neza. Hakiyongeraho ko njya kuri 'Dialyse’ ngomba kwishyura amafaranga y’indengakamere rimwe na rimwe nkajyamo amadeni.'
Theo Bosebabireba yavuze ko ntako atagize, yakoze ibishoboka byose ndetse n’abantu bakamufasha ariko bikaba byaranze.
Ati 'Mwa bantu mwe ntako ntagize, ntako mutagize mwaramfashije ariko na none bigeze aho mwongera mugahaguruka bikaba nk’uko ku munsi wa mbere mwabyumvise mukadufasha pe. Byaranze kubona miliyoni n’igice yo gutanga ku muntu ntacyo ukora niyo wasaba gute ntabwo ari kuboneka. Nje hano muri iki kiganiro ngo nkubwire ngo niba hari icyo wadufasha dufashe.'
Umugore wa Theo Bosebabireba yafashwe mu Gushyingo 2024 aho impyiko ze zose zangiritse.
Kamikazi Dorcas yavuze ko nyuma y’uko umuvandimwe we ashatse, kwiyakira byaramunanite yibaza uko agiye kubaho batari kumwe biramunanira.
Ngo ubukwe bukimara kuba yahise ajya ku ishuri kuko yari mu bandi yumvaga nta kibazo, byose byangiritse ubwo yari agarutse avuye ku ishuri, no kurya byaranze ngo ategereje Vestine.
Ati 'Dore ngo mveyo! Mama ni we wabibabwira. Yageraga aho akavuga ngo 'sinjya ku meza utari waza. Kurya byari byananiye, ntabwo mwabyumva. Ni umuntu twakuranye kuva kera noneho yari ameze nka mama wanjye muto. Ni umuntu wanyitagaho, naba ntari kurya akambaza impamvu, akanantera imbaraga.'
Yakomeje agira 'Nagize agahinda gakabije 'depression’ ku buryo namuhamagaye saa Cyenda z’Ijoro, Mama yaza kundaza nkamubwira ngo ahamagare Vestine ndamushaka. Byageze aho nkajya nanga no kujya iwe kuko ndishyiramo ko turi kumwe kandi tutari kumwe. Namaze nk’ukwezi ntishima, byaranze. Ubu ndi kurya kuko ndi iwe, kuko Mama yarambwiye ngo 'jya iwe kugira ngo ubashe kurya.’ Nakoresheje n’imiti ariko biranga.'
Vestine na Dorcas bazataramira muri Canada hagati y’itariki ya 18 Ukwakira n’iya 15 Ukwakira 2025. Ni ibitaramo bine birimo icyo mu Mujyi wa Vancouver muri Sonset Church, Winnipeg muri Riverwood Church, Regina muri Parliament Community Church na Edmonton muri People’s Church.
Jürgen Klopp umutoza wahoze atoza ikipe ya Liverpool, yongeye kugaragaza uburyo afitiye icyizere gikomeye umusore Florian Wirtz, amuvuga nk'impano y'ikinyejana idasanzwe, kubera ubuhanga n'ubushobozi afite mu kibuga. Klopp yavuze ko abantu badakwiye kugira impungenge ku mikinire y'uyu musore kuko afite ubuhanga budasanzwe kandi buri wese abibona. Mu kiganiro yahaye televiziyo RTL, Klopp yagize ati: 'Ntimukwiye kugira impungenge kuri Florian Wirtz, kuko ubuziranenge bwe burigaragaza. Uburyo abantu bari kubivugaho ni nko kubyongereraho umunwa gusa. Ni impano y'ikinyejana, kandi vuba cyane azongera kubigaragaza muri buri mukino nk'uko yabikoraga ari muri Bayer Leverkusen.'
Yakomeje avuga ko Wirtz ari mu buzima bwiza muri Liverpool kugeza ubu, aho afitiye abamushyigikira n'ikipe imufasha mu bihe byose.
Uyu musore ukomoka mu Budage, Florian Wirtz, yakomeje kwigaragaza nk'umukinnyi ufite ubuhanga n'imbaraga zidasanzwe mu gusatira, mu gucenga ndetse no gutanga imipira ivamo ibitego. Mu myaka ye mike, yamaze kuba umwe mu bakinnyi bafite icyerekezo cy'ejo hazaza mu mupira w'amaguru w'i Burayi.
Klopp, uzwiho kuba ari umutoza ushobora kubyutsa impano z'abakinnyi bakiri bato, yemeza ko Wirtz afite imico n'ubwitonzi buzatuma agera ku rwego rwo hejuru.
Yongeyeho ati: 'Nk'uko nabibonye kuva mu mwiherero wa mbere, Wirtz afite umutima w'umukinnyi ukunda gukora cyane kandi udacogora. Ni umwana ufite icyerekezo gikomeye, kandi igihe kizagera azaba umwe mu bakinnyi bakomeye ku Isi.'
Abasesenguzi mu by'umupira bo bemeza ko Wirtz ari umwe mu bakinnyi bazasimbura abamaze iminsi bafite inyenyeri zibamurikira mu mupira wa ruhago. Ku rundi ruhande, abakunzi ba Liverpool bakomeje kwishimira amagambo y'uwahoze ari umutoza wabo Klopp, bavuga ko ari ikimenyetso cy'uko ikipe ifite ejo heza, kuko kuba umutoza wahoze ayitoza ashyigikiye umukinnyi muto nk'uwo bitanga icyizere cyo kubaka ahazaza h'ikipe ku musingi ukomeye.
Mu magambo make, Jürgen Klopp yagaragaje ko Florian Wirtz atari umukinnyi usanzwe, ahubwo ari impano idasanzwe y'ikinyejana, ishobora guhindura byinshi mu rugendo rwa Liverpool n'umupira w'i Burayi muri rusange.
Jurgen Klopp yavuze ko Florian Wirtz ari nk'impano y'ikinyejana mu mupira w'amaguru