Author: webrwanda

  • Ese koko Byiringiro Lague yatorotse umwiherero wa Police FC #rwanda #RwOT

    Mu buryo butunguranye rutahizamu usatira anyuze ku mpande mu ikipe ya Police FC, Byiringiro Lague yakuwe mu bakinnyi bakinnye na AS Kigali mu mukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo hagiye hanze amakuru y’uko Lague atari bukine umukino wa AS Kigali.

    Amakuru avuga ko uyu mukinnyi yaraye atorotse umwiherero wa Police FC maze umutoza Ben Moussa ahitamo kumukura mu bandi bari bukine uyu mukino.

    Gusa ku ruhande rwa Byiringiro Lague ntabwo yemera ko ari ugutoroka nk’uko amakuru yagiye hanze yasakaye, we avuga ko ari uko yatinze kugera mu mwiherero w’ikipe kubera ikibazo cya ‘Traffic Jam’.

    Uyu mugabo usigaye utuye ku Ruyenzi avuga ko ubwo yari avuye iwe yakubitanye na taffic jam bituma atagerera mu mwiherero ku gihe.

    Byiringiro Lague avuga ko ari traffic jam yamukereje kugera mu mwiherero

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12174

  • Warum spinnando die erste Wahl für viele Online-Casino-Liebhaber ist #rwanda #RwOT

    In diesem Artikel werden wir untersuchen, warum spinnando sich als bevorzugte Plattform für viele Online-Casino-Enthusiasten etabliert hat. Wir werden sowohl die Funktionen und Angebote, die die Spieler anziehen, als auch persönliche Erfahrungsberichte von Nutzern analysieren, die ihre Meinungen und Erlebnisse teilen. Die Kombination aus benutzerfreundlicher Oberfläche, attraktiven Boni und einer Vielzahl von Spielen macht spinnando zu einem herausragenden Anbieter in der Online-Glücksspielbranche.

    Die Benutzerfreundlichkeit von spinnando: Ein entscheidender Faktor

    Ein Hauptgrund, warum viele Spieler spinnando bevorzugen, ist die Benutzerfreundlichkeit der Plattform. Die Webseite ist intuitiv gestaltet und ermöglicht es den Nutzern, schnell zu den gewünschten Spielen zu navigieren. Dies ist besonders wichtig für neue Spieler, die sich in der Welt der Online-Casinos noch nicht gut auskennen. Die klare Struktur und die übersichtliche Anordnung der Spiele tragen dazu bei, dass sich jeder Spieler sofort wohlfühlt.

    „Ich habe viele Online-Casinos ausprobiert, aber spinnando hat mich sofort angesprochen. Die Seite ist so leicht zu bedienen, dass ich mir nicht einmal das Tutorial ansehen musste', erzählt Michael, ein begeisterter Spieler. Diese positive Benutzererfahrung wird von vielen anderen Spielern geteilt, die die Navigation als benutzerfreundlich empfinden.

    Zusätzlich zu der einfachen Navigation bietet spinnando auch eine mobile App, die es den Spielern ermöglicht, jederzeit und überall zu spielen. „Ich spiele oft in der U-Bahn auf meinem Handy, und die mobile App funktioniert einwandfrei', sagt Anna, eine treue Nutzerin. Diese Flexibilität ist ein weiterer entscheidender Faktor, der spinnando so beliebt macht.

    Vielfalt an Spielen: Von Slots bis Tischspielen

    Die Spielauswahl bei spinnando ist beeindruckend und reicht von klassischen Spielautomaten bis hin zu modernen Tischspielen. Diese Vielfalt zieht Spieler aller Geschmäcker an. Egal, ob man ein Fan von Video-Slots ist oder die strategischen Elemente von Poker und Blackjack bevorzugt, spinnando hat für jeden etwas zu bieten.

    „Ich liebe die Slot-Spiele bei spinnando! Es gibt so viele verschiedene Themen und Jackpots, dass ich jedes Mal neue Spiele ausprobieren kann', sagt Leon, ein leidenschaftlicher Slot-Spieler. Diese Auswahl ermöglicht es den Spielern, immer wieder neue Erfahrungen zu machen und erhöht die Wahrscheinlichkeit, das perfekte Spiel zu finden.

    Darüber hinaus bietet spinnando auch Live-Casino-Spiele an, bei denen die Spieler gegen echte Dealer antreten können. Diese Erfahrung bringt das Casino-Feeling direkt ins eigene Wohnzimmer. „Die Live-Dealer sind super freundlich, und es macht wirklich Spaß, mit ihnen zu interagieren', fügt Maria hinzu, die regelmäßig Live-Spiele spielt. Diese Kombination aus Vielfalt und Qualität macht spinnando zu einer top Wahl für Casino-Liebhaber.

    Attraktive Boni und Promotions für neue und bestehende Spieler

    Boni und Promotions sind ein weiterer wichtiger Aspekt, der spinnando von anderen Online-Casinos unterscheidet. Neue Spieler können von einem großzügigen Willkommensbonus profitieren, während bestehende Nutzer regelmäßig an verschiedenen Aktionen teilnehmen können. Diese Angebote steigern nicht nur die Spielmotivation, sondern erhöhen auch die Gewinnchancen der Spieler.

    Zusätzlich zu den Willkommensboni sind auch Loyalty-Programme und Cashback-Aktionen sehr beliebt. „Ich schätze es, dass ich für mein Spielverhalten belohnt werde. Es fühlt sich an, als ob ich Teil einer Community bin', erklärt Julia, die regelmäßig von den Treueboni profitiert. Diese Anreize tragen dazu bei, dass Spieler langfristig bei spinnando bleiben.

    Sicherheit und Fairness: Vertrauenswürdigkeit von spinnando

    Ein entscheidendes Kriterium für die Wahl eines Online-Casinos ist die Sicherheit. spinnando legt großen Wert auf den Schutz der persönlichen Daten und finanziellen Informationen seiner Spieler. Die Plattform verwendet modernste Verschlüsselungstechnologien, um sicherzustellen, dass alle Transaktionen und Daten sicher sind.

    „Ich habe noch nie Bedenken hinsichtlich der Sicherheit bei spinnando gehabt. Ich fühle mich wohl dabei, meine Daten dort einzugeben', sagt Markus, ein erfahrener Spieler. Diese Sicherheit sorgt für ein beruhigendes Gefühl und trägt zur positiven Spielerfahrung bei.

    Darüber hinaus ist spinnando lizenziert und reguliert, was ein weiterer Beweis für die Fairness und Vertrauenswürdigkeit der Plattform ist. „Die Spiele sind fair und transparent. Ich kann sicher sein, dass ich mit echten Gewinnchancen spiele', fügt Sarah hinzu, die die Fairness der Spiele bei spinnando schätzt. Dieses Vertrauen ist entscheidend für die langfristige Bindung der Spieler an die Plattform.

    Kundenservice: Unterstützung rund um die Uhr

    Ein effektiver Kundenservice ist für Online-Casinos von großer Bedeutung, und spinnando hat dies erkannt. Die Plattform bietet einen 24/7-Kundensupport, der den Spielern bei Fragen oder Problemen jederzeit zur Verfügung steht. Dies ist besonders wichtig für neue Spieler, die möglicherweise zusätzliche Unterstützung benötigen.

    „Ich hatte einmal ein Problem mit meiner Einzahlung und war sehr erleichtert, als ich sofort jemanden erreichen konnte, der mir geholfen hat', sagt Laura, die den Kundenservice von spinnando sehr schätzt. Schnelle Reaktionszeiten und kompetente Mitarbeiter sind ein Markenzeichen des Supports.

    Zusätzlich zu den Live-Chat-Optionen bietet spinnando auch eine umfangreiche FAQ-Sektion, in der viele häufige Fragen beantwortet werden. „Es ist toll, dass ich viele Antworten selbst finden kann, ohne auf eine Antwort warten zu müssen', erklärt Alex, ein weiterer zufriedener Spieler. Diese Kombination aus Erreichbarkeit und Informationsangebot macht den Kundenservice von spinnando besonders positiv.

    Zahlungsmethoden: Flexibilität für alle Spieler

    Die Vielzahl an Zahlungsmethoden bei spinnando sorgt dafür, dass jeder Spieler eine bequeme Möglichkeit findet, Geld einzuzahlen oder abzuheben. Von Kreditkarten über E-Wallets bis hin zu Banküberweisungen bietet die Plattform eine breite Palette an Optionen, die den unterschiedlichen Bedürfnissen der Spieler gerecht werden.

    „Ich bevorzuge es, mit meiner Kreditkarte zu zahlen, und bei spinnando funktioniert das reibungslos. Ich habe nie Probleme mit meinen Einzahlungen oder Auszahlungen gehabt', sagt Daniel, der die Flexibilität der Zahlungsmethoden schätzt. Diese Vielfalt ist besonders wichtig, da sie den Spielern die Wahl lässt, die Methode zu verwenden, die für sie am besten geeignet ist.

    Darüber hinaus sind viele Zahlungsmethoden sofort verfügbar, was bedeutet, dass Spieler sofort mit dem Spielen beginnen können. „Ich finde es super, dass ich sofort spielen kann, nachdem ich Geld eingezahlt habe. Es gibt nichts Schlimmeres, als auf die Einzahlung warten zu müssen', fügt Claudia hinzu, die oft spontan spielt. Diese Schnelligkeit und Flexibilität sind entscheidende Faktoren für die Beliebtheit von spinnando.

    Die Community und das Spielerlebnis: Was andere sagen

    Das Spielerlebnis bei spinnando wird nicht nur durch die Plattform selbst, sondern auch durch die Community der Spieler bestimmt. Viele Nutzer berichten von positiven Interaktionen mit anderen Spielern und der allgemeinen Atmosphäre auf der Plattform. Diese Gemeinschaft trägt zur Attraktivität von spinnando bei.

    „Es ist großartig, mit anderen Spielern in Kontakt zu treten und Erfahrungen auszutauschen. Ich habe viele Freunde über spinnando gefunden', sagt Stefan, der die sozialen Aspekte des Online-Spielens schätzt. Diese Gemeinschaftsbildung ist für viele Spieler ein wichtiger Teil des Erlebnisses.

    Ein weiterer Aspekt, den viele Spieler hervorheben, ist die regelmäßige Kommunikation von spinnando. „Ich liebe es, dass ich über neue Spiele und Aktionen informiert werde. Es fühlt sich an, als ob die Betreiber sich wirklich um uns kümmern', erklärt Nadine, die regelmäßig die Newsletter von spinnando liest. Diese Interaktion zwischen der Plattform und den Spielern verstärkt das Gefühl, Teil einer Gemeinschaft zu sein.

    Aspekt Bewertung
    Benutzerfreundlichkeit ★★★★★
    Spielauswahl ★★★★★
    Kundenservice ★★★★☆
    Sicherheit ★★★★★
    Zahlungsmethoden ★★★★☆

    Zusammenfassend lässt sich sagen, dass spinnando eine hervorragende Wahl für Online-Casino-Liebhaber ist, die nach einer sicheren, benutzerfreundlichen und unterhaltsamen Plattform suchen. Die Vielzahl an Spielen, attraktiven Boni und der engagierte Kundenservice sind nur einige der Gründe, warum Spieler immer wieder zurückkehren. Wenn Sie mehr über spinnando erfahren möchten, besuchen Sie https://spinnando.de/ und entdecken Sie selbst, was die Plattform zu bieten hat.

    The post Warum spinnando die erste Wahl für viele Online-Casino-Liebhaber ist first appeared on Intyoza.

    The post Warum spinnando die erste Wahl für viele Online-Casino-Liebhaber ist appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/11/06/warum-spinnando-die-erste-wahl-f-r-viele-online-casino-liebhaber-ist/

  • I Burundi ho no kwicana bakwicana – Umutoza wa Rayon Sports mbere yo guhura na APR FC #rwanda #RwOT

    Umutoza w’agateganyo wa Rayon Sports, Haruna Ferouz yavuze ko adatewe ubwoba n’igitutu cy’umukino uzabahuza na APR FC kuko yabinyuzemo i Burundi kandi ho biba biri no ku rundi rwego no kwicana bakicana.

    Yabitangarije itangazamakuru nyuma y’imyitozo ibanziriza iya nyuma mbere yo gukina umukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona ya 2025-26 ku wa Gatandatu kuri Stade Amahoro aho bazasuramo APR FC.

    Ubwo yari abajijwe niba adatewe ubwoba n’uyu mukino, yavuze ko yakinnye imikino myinshi nk’iyi y’amakipe ahanganye i Burundi ari umukinnyi kandi ngo ho no kwicana bakwicana biba bikomeye cyane.

    Ati 'Nakinnye imikino y’amakipe ahanganye ndi umukinnyi, nyikina i Burundi noneho hariya no kwicana baricana. Njye narabimenyereye rero nta gitutu nakwishyiraho cyangwa ngo nkishyire ku bakinnyi. Ni umukino wo kubaha ariko urasanzwe ku mutoza, keretse ku bafana.'

    Yakomeje avuga ko igisigaye ari ugushyira mu bikorwa bagatsinda umukino kuko ubuyobozi bwo bwakoze ibyo busabwa, ibyo bakeneye byose babibahaye.

    Ati 'Abayobozi twabasabye ibyo dukeneye byose babiduhaye, natwe turiteguye. Abakinnyi bameze neza bose, mu mutwe barisanzuye kandi ni ko abakinnyi banjye baba bameze aho ari ho hose.'

    Aya makipe agiye guhura Rayon Sports imaze gukina imikino 6 ya shampiyona aho ari iya kabiri n’amanota 10 inyuma ya Police FC ifite 13, APR FC ni iya 8 n’amanota 8 mu mikino 4 imaze gukina.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12171

  • Mfite inzozi zo kuzatwara abagenzi muri taxi – Davido utegerejwe i Kigali #rwanda #RwOT

    Umuhanzi ukomeye muri Afurika ukomoka muri Nigeria, David Adeleke [Davido] yatangaje ko afite inyota yo kwinjira mu ruganda rwa sinema, avuga ko yifuza cyane kuzabona amahirwe yo gukina filime ari nk’umufosheri w’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange [Taxi].

    Ibi uyu muhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, yabivugiye mu nama nyafurika y’ibikorwa bya sinema yiswe 'Africa International Film Festival (AFRIFF) 2025′, yabereye i Lagos.

    Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye ikiganiro cyihariye cyiswe 'Rhythms of the Continent: The Afrobeat Movement and Its Impacts on African Film,' David Adeleke wamamaye nka Davido yasobanuye ko atifuza kugumisha impano ye mu muziki gusa, ahubwo ko agomba no kuyijyana mu gukina amafilime.

    Davido yavuze ko gukina filime ari ikintu yakunze kuva kera kandi yiteguye gutangira niyo byamusaba guca mu buryo butoroshye ariko bufite ubusobanuro.

    Yagize ati 'Umuvandimwe wanjye yarambajije ngo ndumva yampa uruhe ruhare rwo gukina [..uko wakina umeze ..] muri filime, ndamusubiza nti 'nifuza gukina nka shoferi wa taxi cyangwa undi muntu ukora akazi gasanzwe.'

    Yanavuze kandi ko intumbero ye ari ugushyira imbere inkuru z’Abanyafurika, akazifasha kugera ku rwego mpuzamahanga. Yongeyeho ko afatira icyitegererezo ku byamamare byabashije guhuza umuziki na sinema nka 50 Cent, umwe mu babimushishikariza cyane.

    Ati ' Nta gushidikanya, ndifuza kuba mu ruganda rwa sinema. Ni indi nzira yo gusobanura inkuru zacu no kwereka isi ubukire bw’umuco wacu nyafurika.'

    Uretse gukina, Davido yatangaje ko anateganya kwinjira mu bikorwa byo gutunganya filimi azibanda ku nkuru zigaragaza umuco n’inyigisho z’Abanyafurika.

    Yavuze ko yishimira cyane filimi zishingiye ku nkuru zifite ubutumwa zitanga, aha yanatanze urugero kuri filimu yitwa 'Uncorked’, ivuga ku bijyanye n’umuco no gukura mu bitekerezo bya muntu.

    Uyu muhanzi w’imyaka 32 wamenyekanye mu ndirimbo nka 'Unavailable’ yashimangiye ko umuziki n’amafilimi y’Abanyafurika ari ibikoresho bikomeye byo guhindura uko isi ibona Afurika no kwerekana ubuhanga bwayo mu buryo bushya.

    Davido azataramira abakunzi be b’i Kigali mu Kuboza 2025. Ni igitaramo cyateguwe na Intore Entertainment ya Bruce Intore kizabera muri BK Arena.

    Davido yavuze ko yifuza kuzakina filime ari umushoferi wa taxi

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12170

  • Umusifuzi ukiri muto Kayitare David yahawe gusifura umukino wa APR FC na Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umukino w’Abakeba mu rw’Imisozi 1000 (1000 Hills Derby) uhuza APR FC na Rayon Sports amakuru avuga ko wamaze guhabwa umusifuzi umwe mu bakiri bato, Kayitare David.

    Ni umukino uteganyijwe ku wa Gatandatu w’iki cyumweru tariki ya 8 Ugushyingo 2025 kuri Stade Amahoro saa 15h00′, azaba ari umukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona ya 2025.

    Uyu mukino uteza impaka nyinshi ndetse biba binagoye kwemera ibyavuye mu misifurire, benshi baba bumva wagahawe umusifuzi mpuzamahanga.

    Uheruka guhuza aya makipe wasifuwe na Murindangabo Moise na we akaba atari umusifuzi mpuzamahanga.

    Uwo kuri uyu wa Gatandatu na we amakuru avuga ko uzasifurwa na Kayitare David umwe mu basifuzi bakiri bato ariko na none batanga icyizere.

    Kayitare akaba azafatanya na Ishimwe Didier nk’umusifuzi wa mbere w’igitambaro, Mutuyimana Dieudonne nk’umusifuzi wa kabiri w’igitambaro mu gihe umusifuzi wa kane azaba ari Nizeyimana Is’haq.

    Kayitare David ni we uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12169

  • Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa'Muriture' n'abakekwaho ibindi byaha #rwanda #RwOT

    Mu masaha y'urukerera ashyira saa kumi n'imwe z'Igitondo cyo kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2025, Polisi y'u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi yakoze Umukwabu(Operation) wo gushakisha abakekwaho gukora ibikorwa bihungabanya umutekano, bigize ibyaha. Abatawe muri yombi barimo; Abacuruza bakanakwirakwiza Ibiyobyabwenge(urumogi), Ababikoresha kimwe n'abakora inzoga zitemewe n'amategeko(Muriture), Abacukura amabuye yagaciro muburyo butemewe.

    Amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Karama mu tugari n'Imidugudu y'ahabereye iyi Mikwabu, ni uko babonye Polisi, Dasso, Inkeragutabara hamwe n'inzego z'Ibanze bari mu mukwabu ariko ngo bigaragara ko bari bazi neza ibyo bashaka n'aho babishakira kuko atari muri buri rugo bagiye.

    Bamwe muri aba baturage, babwiye umunyamakuru ko uyu mukwabu wafatiwemo Abantu bamwe basanzwe bazwi mu bikorwa bibi bitandukanye barimo; Abacuruza urumogi, Abarunywa, Abanyarugomo bajya batangira abantu bakabiba. Hafashwe kandi n'inzoga z'inkorano zitemewe zizwi ku izina rya Muriture.

    Bamwe mu bafatiwe muri iyi Operasiyo, benshi ni bato(urubyiruko). Mu rumogi, barucuruza, barunywa abandi mu bucukuzi bw'Amabuye y'Agaciro butemewe.

    CIP Hassan Kamanzi, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo yemereye intyoza.com ko Polisi ku makuru yahawe n'Abaturage ku ho bakeka hakorerwa ibyaha n'ababikora, hakozwe Umukwabu ugamije gufata abakekwa bose kandi ko wagenze neza.

    Avuga ko baba Abacuruza, Abakwirakwiza n'abakoresha Ibiyobyabwenge nk'Urumogi, bafashwe, hafatwa Abakekwaho ibikorwa bibi by'Urugomo barimo abatega abantu bakabambura ibyabo ndetse bakanatera mu ngo z'Abaturage bakabiba.

    Ukekwaho kurucuruza no kurukwirakwiza.

    CIP Hassan Kamanzi, avuga kandi ko uyu mukwabu hari urugo rw'Umuturage bagezemo bagasanga yarahahinduye uruganda rw'Inzoga z'Inkorano zitemewe n'Amategeko zizwi ku izina rya Muriture, aho bamusanganye Litiro 220.

    Izi Litiro 220 z'izi nzoga zitemewe (Muriture), zamenwe, uwazifatanywe arafatwa ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi na RIB ya Kayenzi mu gihe ibikoresho yakoreshaga byafashwe bijyanwa ku Murenge wa Karama.

    Abafatiwe muri uyu mukwabu nkuko CIP Hassan Kamanzi abivuga, ni abantu Umunani barimo Abacuruza Urumogi, Abarukwirakwiza, Abafashwe barunywa. Mu bandi bafashwe harimo kandi Abakora Ubucukuzi bw'Amabuye y'Agaciro butemewe, hakaba Abakekwa mu bikorwa by'Ubujura bitandukanye ndetse n'Uwafatanywe Muriture.

    CIP Hassan Kamanzi, yabwiye intyoza.com ko Polisi ikomeje gushimira Abaturage bakomeje kuyigaragariza ko basobanukiwe n'uruhare rwabo mu gutanga amakuru neza kandi ku gihe bagamije gufasha gukumira no kurwanya ibyaha.

    Asaba n'abandi bose kubigiraho bakumva ko Umutekano ureba buri wese, ko kandi gukumira no kurwanya ibyaha bikwiye kuba inshingano ya buri wese kuko ukora icyaha cyangwa ugira nabi atarobanura uwo abikorera, none aba kanaka ejo akaba wowe cyangwa se uwawe.

    Muri uru rugo, hafatiwe Litiro 220 za Muriture. Zose zamenwe.

    Abatarava ku izima ngo bareke gukora ibyaha no kugira abo babishoramo, Polisi irabagira inama yo kubivamo inzira zikigendwa kuko nta n'umwe uzihanganirwa kandi nta n'uzacika Polisi kuko n'aho itari Ijisho ry'Umuturage rirareba agatanga amakuru ukekwa agafatwa agashyikirizwa Amategeko nayo akamukanira urumukwiye.
    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa'Muriture' n'abakekwaho ibindi byaha first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa'Muriture' n'abakekwaho ibindi byaha appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/11/06/kamonyi-karama-operasiyo-ya-polisi-yavumbuye-ahengerwamuriture-nabakekwaho-ibindi-byaha/

  • Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n'ibigarasha #rwanda #RwOT

    Munyampeta Jean Luc, wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, cyane cyane ubwo yari muri Korali Abagenzi y'Abadiventisiti b'Umunsi wa Karindwi yo ku Muhima, akomeje kugaragara mu bikorwa n'amahuriro y'abantu bazwiho kurwanya Leta y'u Rwanda mu mahanga, by'umwihariko mu Bubiligi aho atuye.

    Ku wa 25 Ukwakira 2025, Munyampeta yagaragaye mu gikorwa cyiswe 'Ingabire Day' cyabereye i Bruxelles, cyateguwe n'abayoboke ba Victoire Ingabire, aho benshi mu bitabiriye bagaragayemo bakunze kugaragara mu bikorwa byo guhakana, gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi no gusebya u Rwanda. Muri icyo gikorwa, mu magambo yavuzwe n'abacyitabiriye hagaragayemo amagambo akangurira urwango, guhemukira igihugu no gusenya ubumwe bw'Abanyarwanda.

    Amakuru aturuka ku bantu bamuzi neza avuga ko Munyampeta Jean Luc yavuye mu Rwanda mu 2018 yerekeza mu Bubiligi, ariko mu mezi ashize ari bwo yatangiye kubonwa inshuro nyinshi mu bikorwa bya FDU-Inkingi na JAMBO asbl, azwiho kwimakaza imyumvire ishingiye ku guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse no gushyigikira umutwe wa FDLR ukorera mu mashyamba ya RDC.

    Uko kwegera ayo matsinda n'abantu bayagize, byatangaje benshi bamuzi nk'umukirisitu n'umuririmbyi wazirikanaga indangagaciro z'ubuzima busobanutse n'ubutumwa bw'amahoro. Abamuzi bavuga ko ibikorwa ari kwishoramo bidahura n'indangagaciro z'itorero rye n'ubutumwa yigeze kuririmba.

    Hari abakebura ko kwifatanya n'itsinda rifite intego yo gusenya igihugu no kubiba urwango ari inzira itajyana ku cyiza. Bongeraho ko hari abamutumira n'abamushishikariza kugaruka mu murongo wubaka, agasigasira impano ye yo kuririmba izahurizaga benshi ku butumwa bw'amahoro, aho kwishora mu bikorwa bishobora kumurimburira izina n'icyizere yubatse mu myaka ishize.

    Bamwe mu nshuti ze za hafi baramusaba gufata umwanya wo kwitekerezaho, akareba aho yavuye, impano yahawe, uruhare yagize mu gusakaza ubutumwa bwiza, maze akibaza niba koko ari byo byamuhamagarira kuba mu ruhande rw'abantu bazwiho guhemukira u Rwanda n'Abanyarwanda.

    Urugendo Munyampeta Jean Luc yahisemo kurimo gukurikiranwa n'amaso ya benshi, haba abamukunda, abaririmbyi bagenzi be ndetse n'Itorero yabagamo. Abenshi bifuza kumubona agaruka ku nzira yo kubaka no kubohora imitima, aho kujya mu bikorwa bishobora kumuviramo kwangirika k'ubuzima bwe bw'umwuka n'iteka rye nk'umuhanzi w'Indirimbo z'Imana.

    Source : https://rushyashya.net/munyampeta-jean-luc-wamamaye-mu-ndirimbo-zo-guhimbaza-imana-akomeje-kwifatanya-nibigarasha/

  • Diamond Platnumz yahombye abarenga ibihumbi 100 #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Diamond Platnumz yamaze guhomba abantu barenga ibihumbi 100 bakoze ‘Unfollow’ kuri Instagram ye kubera kugaragaza ko ashyigikiye Samia Suluhu Hassan, Perezida wa Tanzania.

    Diamond Platnumz ni umwe mu bantu bokejwe igututu n’abigaragambya muri Tanzania bavuga ko atari akwiriye gushyigikira Samia Suluhu mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Gatatu w’Icyumweru gishize.

    Nyuma yo kotswa igitutu yagiye ku rukuta rwe rwa Instagram akuraho buri post yose yagaragazaga ko ashyigikiye umukandida w’Ishyaka CCM. Samia Suluhu mu matora y’umukuru w’igihugu, ndetse amakuru akavuga ko we n’umuryango we bahise bahungira muri Kenya aho bahungaga abigaragambya batinya ko babagirira nabi.

    Nyuma y’uko Samia atsinze amatora ndetse akanarahirira kuyobora Tanzania, Diamond yahise agarura amafoto yose yagiye gushyigikira Samia Suluhu, ndetse anatanga abutumwa avuga ko Imana ari yo igena byose kandi ko ibyabaye byose bifite impamvu.

    Ati 'Imana niyo igena byose. Nta kintu kiba kidafite impamvu. Ndasaba Imana kuduha amahoro menshi kuruta mbere, urukundo, ubumwe n’ubufatanye nk’Abatanzaniya. Imana iruhukishe mu mahoro abitabye Imana. Amina.'

    Benshi bagiye bamunenga ko yabaye ikigwari agasiba amafoto yakagombye kuba yarahagaze ku ijambo rye ni mu gihe abandi nabo bavuze ko atakagombye kuba yarashyigikiye umunyagitungu Samia Suluhu.

    Ibi byose byatumye umubare w’abamukurikira kuri Instagram umanuka cyane akaba amaze gutakaza abantu barenga ibihumbi 100.

    Mu bantu barenga miliyoni 18 n’ibihumbi 800 bamukurikiraga, ubu asigaranye miliyoni 18 n’ibihumbi 700.

    Abantu barenga ibihumbi 100 bakoze unfollow kuri Instagram ya Diamond

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12165

  • Mutoni Saranda ari mu gahinda gakomeye #rwanda #RwOT

    Umusizi akaba n’umukinnyi wa filime uri mu bagezweho mu Rwanda, Mutoni Saranda Oliva, ari mu gahinda gakomeye ko gupfusha umubyeyi we (mama we) witabye Imana azize uburwayi.

    Mutoni Saranda Oliva wamamaye nka Saranda Poetess yabuze umubyeyi we muri iki gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 6 Ugushyingo 2025.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Mama Saranda yari amaze igihe arwariye mu Bitaro bya Gisirikare i Kanombe akaba ari n’aho yaguye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane.

    Ni agahinda gakomeye kuri Saranda kuko nta minsi yari ishize asezeye kuri Sekuru aho yitabye Imana mu kwezi kwa Kane uyu mwaka wa 2025.

    Mutoni Saranda Oliva muri 2020 ni bwo yatangiye yamenyekana mu ruganda rw’imyidagaduro by’umwihariko mu gisata cya Sinema muri The Secret Series. Mu rugendo rw’Ubusizi, aheruka gusohora igisigo yise ‘Ghetto’.

    Mutoni salanda ari mu gahinda gakomeye ko kubura umubyeyi we

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12166

  • Niyomugabo Claude yasabye imbabazi abakunzi ba APR FC, atanga gasopo kuri 'Derby’ #rwanda #RwOT

    Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yasabye imbabazi abakunzi b’iyi kipe kubera umusaruro bamaze iminsi bagaragaza, abizeza ko bagomba kubahoza amarira ku mukino wa Rayon Sports kuko barimo kuwitegura nk’umukino wa nyuma.

    Niyomugabo yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru cya nyuma y’imyitozo yabaye ku wa Gatatu yabereye i Shyorongi, aho yavuze ko umukino wose baba bagiye gukina bawufata nk’umukino wa nyuma ndetse bagashyiramo imbaraga zabo zose.

    Ati ' Si ukuvuga ngo ni imibare kuko twe umukino wose tugezeho tuba tugomba kuwutegura nk’aho ari umukino wa nyuma kuko tuba dukeneye amakosa atatu . Rero umukino wo ku wa gatandatu tugiye gushyira hamwe nk’ikipe, abatoza n’ubuyobozi kugira ngo twitware neza.'

    Yaniseguye kandi ku bafana b’iyi kipe yambara umukara n’umweru nyuma y’uko batagize intangiriro nziza z’uyu mwaka w’imikino, gusa yabijije ko bagiye kwisubiraho bahereye ku mukino bafitanye na Mukeba.

    Ati 'Abafana bihangane ntabwo bimeze neza … Umufana aho ari hose, aho ava akagera aba yifuza intsinzi, ntabwo aba yifuza kunganya cyangwa gutsindwa. Mu mupira habamo ibyawo, ariko icyo nababwira batwihanganire natwe ni inshingano zacu tugomba gukomeza gusunika tugatanga imbaraga zose tugaruka mu bihe byiza twahozemo.'

    Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y’umukino w’umunsi wa 7 wa shampiyona ya 2025-26 ifitanye na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Ugushyingo 2025 kuri Stade Amahoro.

    APR FC iheruka kunganya na Rutsiro FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona wabereye mu karere ka Rubavu. APR FC kugeza ubu iri ku mwanya wa munani n’amanota 8 ku rutonde rw’Agateganyo rwa Shampiyona ni mu gihe Rayon sports ari iya kabiri n’amanota 10..

    Niyomugabo Claude yijije intsinzi ku mukino wa Rayon Sports

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12167