Author: webrwanda

  • Tiamo Lounge i Remera hateguwe igitaramo cyiswe First Class Friday #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026, Tiamo Lounge iherereye i Remera iruhande rwa Oryx Station irategura igitaramo kidasanzwe cyiraba cyiganjemo imyidagaduro, umuziki w'igitangaza n'amapromotion adasanzwe ku bakunzi b'imyidagaduro yo mu mujyi wa Kigali.

    Ni ijoro riteganyijwe gutangira ku mugoroba aho abararyitabira barahabwa amahirwe yo gusangira n'inshuti zabo mu mwuka mwiza, bishimira serivisi nziza izwi kuri Tiamo Lounge. Muri iri joro, haraba hari promotion idasanzwe aho umuntu ugura cocktail imwe ahabwa indi ku buntu, bigafasha abashyitsi kuryoherwa n'ibinyobwa byabo batavunitse.

    Byongeyeho, amacupa asanzwe aragabanyirizwa ku giciro cya 5%, mu gihe abakunzi b'ibinyobwa by'akataraboneka nka Don Julio na Hennessy bo barahabwa igabanyirizwa rya 20%, bigatuma iri joro riba amahirwe adakwiye gucikwa.

    Uyu muhango urayoborwa na Chelina Doll, uzwiho gutanga umunezero no gushyushya imbaga, mu gihe umuziki uraba ucurangwa na DJ Inno, DJ Caspi ndetse na DJ Lou, bamwe mu ba DJ bakunzwe cyane mu Rwanda, baraba bateguye indirimbo zinyuranye ziratuma abitabiriye babyina bataruhuka.

    Tiamo Lounge i Remera hateguwe igitaramo cyiswe First Class Friday

    Source : https://kasukumedia.com/tiamo-lounge-i-remera-hateguwe-igitaramo-cyiswe-first-class-friday/

  • B-Threy agiye guha ibyishimo ab’i Huye #rwanda #RwOT

    Umuraperi B-Threy yemeje ko agiye gutaramira abakunzi be mu Karere ka Huye mu gitaramo cyiswe 'Login Into 2026 Party' cyo gusoza umwaka.

    Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 31 Ukuboza 2025 ni bwo B-Threy abinyujije ahacishwa ubutumwa bumara amasaha 24 ku rukuta rwe rwo ku rubuga rwa Instagram, yemeje ko tariki ya mbere Mutarama 2026 agomba gutaramira i Huye.

    Iki gitaramo kigomba kubera ahitwa Chill Lounge & Club ku muhanda uva muri gare y’Akarere ka Huye werekeza kuri Kaminuza y’u Rwanda.

    B-Threy azafatanya n’abavangamuziki batandatukanye ndetse n’umushyushyarugamba umaze kumenyerwa muri aka karere witwa Pato.

    Mu kiganiro na ISIMBI, abari gutegura iki gitaramo bemeje ko zimwe mu mpamvu zo gutumira uyu muraperi harimo no kuba bashaka gusoza umwaka bishimana n’abakiriya babo.

    Ati 'Twavuga ko twiteze byinshi ariko icy’ingenzi ni ukwishimana n’abantu bose twabanye muri uyu mwaka b’umwihariko urubyiruko.'

    Jizzo usanzwe ari umuyobozi mukuru wa Chill Launge kandi yakomeje ashimangira ko bafite gahunda y’uko buri kwezi bazajya batumira umuhanzi ukomeye mu rwego guha ibyishimo abatuye aka karere nyuma y’uko mu kwezi gishize batumiye Logan Joe.

    Ibiciro byo kwinjira muri iki gitaramo, itike ya make iri ku mafaranga ibihumbi bibiri by’amafaranga y’u Rwanda (2,000frw) mu gihe iya VIP iri ku mafaranga ibihumbi bitanu by’amafaranga y’u Rwanda (5,000frw); amatike agurwa ukanze *669*1958#.

    B Threy agiye gutaramira i Huye

    Source : http://isimbi.rw/b-threy-agiye-guha-ibyishimo-ab-i-huye.html

  • Uyu mwaka nta n’ibihumbi 500 ninjije – Killaman (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa Sinema Nyarwanda, Niyonshuti Yannick wamenyekanye nka Killaman yavuze ko atazigera akumbura umwaka wa 2025 kuko wamubereye umwaka mubi cyane.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Killaman yavuze ko umwaka wa 2024 wamubereye umwaka mwiza cyane ariko ageze kuri 2025 ati 'Apuuu! Uyu mwaka nugire urangire, ntabwo nzawukumbura.'

    Killaman yavuze ko uyu mwaka atigeze yinjizamo n’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda.

    Ati '2025 ni wo mwaka ntigeze ninjizamo n’ibihumbi 500 (Frw), umwaka wose warangiye nta n’ibihumbi 500 ninjije, nyine ubwo nta Kundi. Ni ukuri kw’Imana kandi sinarahira izina ry’Imana mbeshya. ntabwo mbeshya.'

    Killaman yavuze ko iyo avuze kutinjiza aba avuga amafaranga y’inyungu rero akaba atazakumbura uyu mwaka kuko wanamusize mu madeni.

    Gusa ngo iyo arebye uko ibintu bimeze, asanga umwaka utaha wa 2026 uzaba ari umwaka mwiza kuri we.

    Source : http://isimbi.rw/uyu-mwaka-nta-n-ibihumbi-500-ninjije-killaman-video.html

  • Kamonyi: ½ cy'Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri 20 kuri uyu wa 30 Ukuboza 2025 basoje amasomo ajyanye n'Ubumenyingiro bari bamazemo amezi atatu( 04/082025-04/11/2025) muri AFRICA FOOD SUPPLY Ltd. Mu masomo bize harimo; Ibijyanye no Guteka, Gutegura neza Ibiribwa n'Ibinyobwa, Gutegura Kawa(Barista), Kwakira Abakiriya n'ibindi. Muri 20 basoje Amasomo, 10 bangana na ½ cy'abayasoje bahise bizezwa akazi ariko n'abandi bizezwa ko batari bonyine, ko bazakomeza guherekezwa. Babwiwe ko muri AFRICA FOOD SUPPLY Ldt ari mu rugo, basabwa kuba intangarugero aho bagenda hose. Ni amasomo yatanzwe ku bufatanye na Minisiyeri y'Uburezi/ Mineduc binyuze muri Rwanda TVET Board(RTB).

    Serge Ganza, Umuyobozi wa AFRICA FOOD SUPPLY Ltd, yabwiye intyoza.com ko aba banyeshuri aribo ba mbere bahawe ubu bumenyingiro, ko kandi intego ya AFRICA FOOD SUPPLY ari uko umunyeshuri urangije ajya hanze agatangira Business (gukora akiteza imbere), ko kandi kubikora neza bisaba kugira icyerekezo( Business Oriented).

    Serge Ganza, Umuyobozi wa AFRICA FOOD SUPPLY ashyikiriza umunyeshuri usoje amasomo Impamyabushobozi.

    Yabwiye abasoje aya masomo ati' Mugiye hanze ku isoko ry'Umurimo! Ni mugende mukore kandi mwerekane itandukaniro, mube intangarugero mwerekane ko mushoboye kuko Ubumenyi n'ubushobozi bwo kubikora murabufite. Kwiteza imbere kwanyu nibyo bya mbere ariko kwiteza imbere kwanyu niko guteza imbere Igihugu'.

    Serge Ganza, avuga ko aba banyeshuri barangije aya masomo bakwiye kubyaza aya mahirwe Leta yabahaye kuko batoranijwe nk'abana abenshi batari barabashije gusoza amasomo yabo mu mashuri asanzwe, aho barimo n'abarangije gusa umwaka wa Gatandatu w'Amashuri abanza. Ati 'Aya mahiwe Leta ibayahe ni mugende muyabyaze umusaruro, mwiteze imbere, mufashe Imiryango yanyu, mwubake Igihugu'.

    Noella Uwumukiza, umwe muri 20 basoje amasomo yabwiye intyoza.com ko nyuma y'amasomo ahawe abaye undi muntu mushya utandukanye cyane n'uwo yaje ariwe. Ati ' Naje nta kintu na kimwe nzi ariko dufashijwe n'abarezi bacu ndetse n'Abayobozi batandukanye batuganirije muri aya mezi atatu, hahindutse byinshi muri njye ndetse na bagenzi banjye. Ubumenyi dukuye aha, Amasomo twahawe ni intambwe ya mbere ituremamo icyizere ko natwe dushoboye. Tugiye tuzi icyo gukora kandi ntabwo tugiye kwicara'.

    Akomeza ati' Kuri iki gihe dusoje, hari ibyo tujyanye hanze, hari Ubumenyi dukuye aha nko Gukora Amakawa, Uburyo bw'Imibanire na bagenzi bacu hanze aha ng'aha, Gutanga Serivise nziza kandi inoze mu byo tuzaba dukora n'aho tuzakorera. Ibyo nize biri ku isoko ry'umurimo kandi ndizera nta gushidikanya ko bizamfasha nkagera ku cyo nifuza mu kwiteza imbere ngahindura ubuzima bwanjye bukaba bwiza kurusha, ariko kandi nkanagira uruhare mu bikorwa byo kwiyubakira Igihugu mfatanije n'abandi'.

    Christopher Umuhire Manzi, umuhungu usoje amasomo nyamara atari azi ko azahura nayo mu buzima, nta cyizere yigiriraga, yabwiye Umunyamakuru wa intyoza.com ati' Mu by'ukuri nsoje aya masomo ntari naratekereje ko mzayabona. Ni amahirwe nagize kandi byose kubera Ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu. Ndashima Leta yacu idahwema gushyigikira Urubyiruko no kuducira inzira ngo idukure ahabi mu buzima idufashe gutera intambwe igana aheza'.

    Akomeza ati' Aya mahirwe mpawe nzayabyaza umusaruro niteze imbere kuko nize ibintu byinshi birimo; Gukora Ikawa ku buryo umukiriya uyinyoye ashima kandi akazagaruka. Nize gukora ibinyobwa bitandukanye kandi neza ndetse no gutunganya ibiribwa ku buryo nta mukiriya wangeraho ngo agende ubutagaruka. Kuri njye, aya ni amahirwe mpawe ntagomba gupfusha ubusa kuko ni Umusingi wo kurema ahazaza hanjye no kugira ngo mbe uw'umumaro ku Gihugu cyanjye'.

    Umugiraneza Martha, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Gacurabwenge wifatanije mu byishimo n'aba basore n'Inkumi basoje amasomo yabo, yabasabye kudapfusha ubusa ubumenyi bahawe, kuba Urugero rwiza aho batuye, aho bagenda n'aho bazaba bakorera, baharanira kubyaza umusaruro Ubumenyi bahawe.

    Yababwiye kandi ati' Mwirinde Ubunebwe no Kwiganyira, mwirinde gushaka guhita umera nka runaka mu mikorere n'imivugire kuko wowe ni wowe. Kora neza ibyo ugiyemo, utange Serivise nziza kandi yihuse, ugire Ikinyabupfura, Umuco ndetse n'Indangagaciro, gukunda abantu no gukunda Umurimo ubitandukanye n'Imigirire yose mibi y'Umuntu urimo gutanga Serivise idashimwa n'uwo ariwe wese uyikeneye. Kora neza unoze ibyo ukora kuko igihe utanga Serivise ukwiye kuyitanga neza, uvuga neza, ufite isuku kuri wowe n'aho ukorera. Garagaza ko wahawe Ubumenyi kandi ko watojwe neza ubere abandi urugero rw'umuntu ushoboye kandi ushobotse mu byo ukora'.

    Cyriaque Musengarurema, Umukozi w'Akarere ka Kamonyi ufite ibijyanye n'Umurimo mu nshingano akaba ari nawe wari uhagarariye Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi muri uyu muhango wo gusoza amasomo kuri aba banyeshuri no gushyikirizwa Impamyabushobozi zabo, yabahaye inama n'impanuro ariko agira ibyo abasaba nk'abagiye ku isoko ry'umurimo bashaka gukora bagatera imbere.

    Ati' Niba mu giye ku isoko ry'Umurimo mukaba mushaka gutera imbere, mushaka kugera kure kandi heza mukwiye kuzirikana izi ntambwe kuko ni ingenzi; 1.Kwisobanukirwa wowe ubwawe ukamenya impano ikurimo, uwo ushaka kuba we, Icyo ushaka gukora, aho ushaka Kugera, uwo uri we( Ndi inde), Ndashaka kuzaba inde muri ubu buzima?, 2. Kugira Intego, 3. Kugira Indangagaciro y'Ikinyabupfura(kubaha no kubanira neza abandi, kubaha abagukuriye, abo mukorana abakuruta n'abo uruta, guha agaciro ibyo usanze…), 4. Gukorana Umurava, 5. Kumenya Kwizigamira( Saving)'. Yakomeje ababwira ko mu rugendo rwiterambere bidashoboka gukabya indoto mu gihe izo ntambwe zitubahirijwe.

    AFRICA FOOD SUPPLY Ltd, iherereye mu Murenge wa Gacurabwenge, Akagari ka Nkingo ahazwi nko Mukibuza( ruguru gato y'Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi). Bimwe mu bikorwa bakora birimo; Ibijyanye n'Ubukerarugendo( bafite Motel ahari ibikorwa bitandukanye, aho bacumbikira abantu), Bafite ibyo Kurya no kunywa, bakira Inama, Ibirori bitandukanye birimo n'Ubukwe n'ibindi.

    Amasomo bize mu gihe cy'amezi 3.

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi: ½ cy'Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi: ½ cy'Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/12/31/kamonyi-%C2%BD-cyabasoje-amasomo-muri-africa-food-supply-bemerewe-akazi/

  • Rayon Sports itegereje umukinnyi mpuzamahanga #rwanda #RwOT

    Rayon Sports itegereje myugariro mushya wo ku ruhande rw’ibumoso ukomoka muri Congo Brazzaville, Charles Atipo Konde ukinira AS Otôho y’iwabo.

    Nyuma y’uko umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry ageze mu Rwanda, akareba imikinire y’abakinnyi afite yabwiye ubuyobozi ko hari imyanya akeneyeho abakinnyi.

    Iyi kipe yanageze ku isoko aho yamaze gusinyisha Faustin Likau Pizzalo Kitoko, umukinnyi ukina mu kibuga hagati ukomoka muri DR Congo.

    Gusa yategereje rutahizamu ukomoka muri Cameroun, Jules Armand Kooh Bioumla ntiyaza aho amakuru avuga ko yabakwepye.

    Kuri ubu binyuze mu mutoza Bruno Ferry, Rayon Sports iri mu biganio na myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso, Charles Atipo ngo abe yaza kongeramo imbaraga muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko ibiganiro bigeze kure aho yanohererejwe itike y’Indege ngo abe yaza mu Rwanda ibindi abe ari ho birangirira.

    Uyu mukinnyi unafite andi makipe amwifuza, kuri gahunda biteganyijwe ko azagera mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026.

    Charles Atipo ategerejwe muri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-itegereje-umukinnyi-mpuzamahanga.html

  • The Ben wicijishe amazi ubwo wazanagamo Bruce Melodie –Bahati Makaca #rwanda #RwOT

    Bahati Makaca wamamaye cyane mu itsinda rya Just Family, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo kunenga The Ben ku cyemezo yafashe cyo guhurira ku rubyiniro na Bruce Melodie mu gitaramo 'The NU-Year Groove' giteganyijwe ku wa 1 Mutarama 2026 muri BK Arena.

    Mu butumwa burebure yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram ye, Bahati yavuze ko kubona The Ben yifashisha Bruce Melodie ngo yuzuze Arena ari ukwicisha amazi bikomeye.

    Bahati yagaragaje ko The Ben ari umuhanzi ukomeye ku rwego rwo kuba yakwikorera igitaramo wenyine, nk’uko byagenze mu mwaka ushize ubwo Arena yuzuraga bitewe n’abafana bamukunda.

    Yavuze ko kuzana Bruce Melodie muri iki gitaramo byatumye The Ben akora amakosa atandukanye, harimo no gusubiza Melodie mu ndirimbo, ibintu Bahati avuga ko bitajyanye n’indangagaciro n’icyubahiro The Ben yari asanzwe azwiho.

    Yongeyeho ko gusubiza Melodie byahaye uyu muhanzi umwanya wo kwerekana ko ashoboye, ndetse bishobora gutuma The Ben atakaza bamwe mu bafana be.

    Bahati kandi yagaragaje impungenge ku bandi bahanzi bafatanyije na The Ben mu mushinga wa Press One, avuga ko bashobora kuba batishimiye uburyo The Ben yitwaye muri iyi minsi.

    Uyu mushoramari muri sinema nyarwanda atangaje ibi muri iki gihe hakomeje kumvikana uguterana amagambo gukomeye hagati ya The Ben na Bruce Melodie, bombi bashimangira ko ari bo ba mbere mu muziki, inkundura yatangiye ubwo hategurwaga igitaramo 'The NU-Year Groove' kizabahuriza hamwe tariki ya 1 Mutarama 2026.

    Nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye 'Indabo zanjye’, intambara y’amagambo yongeye kubura hagati ya The Ben na Bruce Melodie nyuma y’iminsi n’ubundi bacyocyorana.

    The Ben wari wirinze kugaragaza ko indirimbo 'Indabo zanjye’ yayihimbiye Bruce Melodie, byaje kurangira abwiye itangazamakuru ko ari kugerageza gusubiza mugenzi we wamushotoye igihe kinini.

    Bahati ntiyemera ibyo The Ben yakoze

    Source : http://isimbi.rw/the-ben-wicijishe-amazi-ubwo-wazanagamo-bruce-melodie-bahati-makaca.html

  • Utandukanye n’umugabo kuko yaguciye inyuma,wazapfa utubatse – Micky (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime Mukobwajana Asifiwe uzwi nka Micky yagaragaje ko umuco wo gucana inyuma weze mu bagabo utagakwiye kuba intandaro yo gusenyuka kw’ingo kuko ushingiye ku irari ry’igihe gito abagabo baremanywe.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Micky yatangaje ko kuba umugabo yaca inyuma uwo bashakanye ari ikintu kimugwirira nk’impanuka ndetse hari abagore benshi bacibwa inyuma n’abo bashakanye bagakomeza kubaka neza urugo rwabo kubera ko bagira Imana yo kubihishwa bikaba ari byo bibaha umutuzo.

    Ati 'Njyewe sinavuga ngo umugabo wanjye azajye kunca inyuma ariko binabaye nabyakira, njyewe mbifata nk’impanuka ishobora kugwirira buri mugabo wese nubwo ntabimushyigikiramo ngo agende abikore, gusa abagabo aho baca kubera imiterere yabo bagenda bahura n’ibigusha agahishyi.'

    Uyu mugore uherutse gushyira hanze filime ye yise 'Icyumba Cyanjye’ yasobanuye uko umubyeyi we yahinduye imitekerereze yari afite kuri iyi ngingo ubwo yari akiri umukobwa aho yemeje ko yumvaga ko aramutse afashe uwo bazarushingana ari kumuca inyuma yahita atandukana nawe ako kanya.

    Ati 'Kera nkiri umukobwa numvaga umugabo anciye inyuma yaba ansuzuguye, ngahita nigendera, nkamusiga ariko mama yarambwiye ngo 'nuramuka utandukanye n’umugabo n’uko ngo yaguciye inyuma uzasenya mpaka upfuye. Niba ukeneye umugabo uteye uko wifuza uzamwiremera umutuze ahatagera abagore.'

    Micky yavuze uburyo umugabo ashobora guca umugore we inyuma aho yerekanye ko umugabo ushobora kubikora mu buryo bwiyubashye adasuzuguje umufasha we, ibyo byerekana ko aba akimukunda nubwo irari ry’umubiri ritamubanira.

    Ku wa 29 Ugushyingo 2025, Nibwo Micky yasezeranye imbere y’amategeko n’umugabo we Agiraneza Pacifique wamenyekanye nka AG Promoter nyuma y’uko ku wa 9 Ugushyingo 2025 yari yambwitse impeta y’urukundo.

    ISIMBI kandi twamenye ko aba bombi bateganya kuzakora ubukwe ku itariki 31 Mutarama 2025.

    Micky yavuze ko atasenya kuko umugabo yamuciye inyuma

    Source : http://isimbi.rw/utandukanye-n-umugabo-kuko-yaguciye-inyuma-wazapfa-utubatse-micky-video.html

  • Icyo umuhungu wa Jimmy Mulisa yamubwiye akimara gusuhuzanya na Perezida Kagame, yari yarabihigiye #rwanda #RwOT

    Umuhungu wa Jimmy Mulisa yashimishijwe bikomeye no kuba yarabashije gusuhuzanya na Perezida Kagame, ibintu yahigiye akibona ifoto ya se arimo yambikwa umudali.

    Ibi yabigezeho ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ari kumwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, bahaye impano y’imipira yo gukina abana 220 bakina ruhago mu gikorwa cyiswe 'FIFA Football Festival' cyabereye muri Stade Amahoro ku wa Gatanu, tariki ya 26 Ukuboza 2025.

    Abo barimo abakobwa 100 bo mu marerero atanu batarengeje imyaka 13 n’abatarengeje imyaka 15 n’abahungu 120 batarengeje imyaka 11, 13 na 15, baturutse mu marero atandatu. Bose baherekejwe n’abatoza babo 10.

    Muri ayo marerero harimo na Umuri Foundation ya Jimmy Mulisa inakinamo umwana we ushaka kuzatera ikirenge mu cya se.

    Mu mafoto yafashwe harimo n’iy’uyu muhungu we arimo asuhuzanya na Perezida Kagame bahuje ibipfunsi.

    Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Jimmy Mulisa yavuze ko ubwo umuhungu we yabonaga ifoto ari kumwe na Perezida Kagame yayishimiye cyane, amaze guhura na we yaje yishimye bitabaho.

    Ati “Ku myaka itandatu gusa umuhungu wanjye yakunze ifoto yanjye na Perezida. Ubwo bihuriraga, yasazwe n’ibyishimo bitera ishema, arambwira ngo papa nanjye nahuye na Perezida.”

    Jimmy Mulisa ni umunyabigwi w’ikipe y’igihugu Amavubi wakiniye APR FC ndetse akanayitoza mu bihe bitandukanye, yanakiniye kandi amakipe atandukanye hanze y’u Rwanda i Burayi.

    Ifoto ya Jimmy Mulisa na Perezida Kagame yatumye umuhungu we agira inyota yo kuzahura na we

    Akimara guhura na we, yaje abwira se ko na we yamusuhuje

    Source : http://isimbi.rw/umuhungu-wa-jimmy-mulisa-yateye-ikirenge-mu-cya-se.html

  • Kitoko Bibarwa agiye gufasha abatuye I Huye gusoza umwaka #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Kitoko Bibarwa yatumiwe mu karere ka Huye mu gitaramo cyo kwizihiza umwaka mushya agomba guhuriramo na DJ Crush umaze kugira izina rinini mu kuvunga umuziki.

    Kuwa Gatatu tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo Kitoko agomba gutaramira abakunzi be mu gitaramo cyiswe 'Official New Year Hangout Party' kigomba kubera ahitwa kuri City Snack Lounge iri rwagati mu mujyi wa Huye iruhande rw’ishami rya WASAC rikorera muri aka karere.

    Kitoko Bibarwa uzaba ugiye kujya ku rubyiniro ku nshuro ye ya Kane kuva yatangaza ku mugaragaro ko agarutse kuba mu Rwanda bya burundu nyuma y’imyaka umunani ari mu gihugu cy’u Bwongereza, azaba afatanya ku rubyiniro na Kharim The Great nawe ufite izina rikomeye mu bijyanye n’ubushyushyarugamba no gutegura ibirori bikomeye mu gihugu.

    Ku ruhande rw’abavangamuziki bagomba gususurutsa abitabiriye iki kirori nabo urutonde ni rurerure, usibye Dj Crush hazaba hari n’abandi ba_Dj bakomeye barangajwe imbere na DJ Lyan uri mu beza bari kuzamuka muri uyu mwuga ndetse na DJ Srimix.

    Mu kiganiro ISIMBI yagiranye na Milindi Eric uri mu bari gutegura iki gitaramo, yayihamirije ko bigamije gutuma abaturage bo muri aka karere ndetse n’abazakagenderera mu gihe cyo gusoza umwaka barushaho kwishimana n’inshuti zabo hamwe n’inganzo ya Kitoko.

    Ati 'Twateguye iki gitaramo mu rwego rwo kugira ngo duhe ubunani abatugana baba abari i Huye n’abagomba kuva mu tundi duce tw’Igihugu.'

    Kuri ubu, amatike yo kwitabira iki gitaramo yamaze kugera hanze kwinjira ni ibihumbi bitanu by’amafaranga y’u Rwanda( 5000 frw) itike igurwa ukanze *668*2135#

    Kitoko agiye gutaramira i Huye

    Source : http://isimbi.rw/kitoko-bibarwa-agiye-gufasha-abatuye-i-huye-gusoza-umwaka.html

  • Ijoro ryo kuri uyu wa 30 Ukuboza, igitaramo cyiswe 'Tuesday Funday' The Sky Sports Lounge haraba hari ibyishimo bidasanzwe #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Ukuboza 2025, imihanda yose iraba yerekeza The Sky Sports Lounge, ahahoze hitwa The Wave Lounge, i Remera 'Kisimenti', KG 218 Street, mu Mujyi wa Kigali. Ni ijoro ridasanzwe ryiswe 'Tuesday Funday', rigamije guhuza abakunzi b'imyidagaduro, umuziki mu mwuka w'ibyishimo n'iminsi mikuru isoza umwaka wa 2025.

    Guhera ku isaha y'isaa kumi n'imwe z'umugoroba(5:00PM) kugeza ku isaba y'isaa 10:00 z'umugoroba, The Sky Sports Lounge iraba yateguye ama-promotion akomeye adasanzwe: ugura pizza imwe ugahabwa indi ku buntu, ugura bucket y'inzoga ugahabwa pizza ku buntu, ugura icupa rya divayi ugahabwa igice cy'inkoko (chicken leg cyangwa wing), ndetse no ku bakunda ibinyobwa bivangavanze, ugura cocktail imwe ugahabwa indi ku buntu. Ibi byose bigakorwa mu gihe kwinjira ari ubuntu ndetse n'aho guparika imodoka ari ubuntu.

    Iri joro rirayoborwa n'ibyamamare bitandukanye birimo Semuhungu Eric usanzwe akora akazi ke neza nk'umu-host, Diane na Pitchou, mu gihe umuziki uraba ucurangwa n'abavanga umuziki bakunzwe cyane ari bo Dj omar na Dj sisqorwa, baraha abakunzi injyana zitandukanye.

    Ku bindi bisobanuro birambuye, wahamagara cyangwa wakohereza ubutumwa kuri nimero ya 0788305002 cyangwa 0788827100.

    Ijoro ryo kuri uyu wa 30 Ukuboza, igitaramo cyiswe 'Tuesday Funday' The Sky Sports Lounge haraba hari ibyishimo bidasanzwe

    Source : https://kasukumedia.com/ijoro-ryo-kuri-uyu-wa-30-ukuboza-igitaramo-cyiswe-tuesday-funday-the-sky-sports-lounge-haraba-hari-ibyishimo-bidasanzwe/