Author: webrwanda

  • Umutima wanjye waguhisemo, ijuru rirabyemeza – Nkomezi Prosper nyuma yo kwambika impeta umukunzi we (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’irindirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi yambitse impeta umukunzi Retina Nkurunziza bitegura kurushinga.

    Mu mafoto yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ari kumwe n’uyu mukunzi we bari ahantu ku kirwa, yagaragaje ko yamaze kumwambika impeta ya fiançailles.

    Aya mafoto yaherekejwe n’amagambi agira ati 'Umutima wanjye waguhisemo, ijuru rirabyemeza. Ndagukunda.' Ni amagambo uyu muhanzi yakurikije utumenyetso tw’umutima.

    Uyu muhanzi ni bwo bwa mbere ashyize hanze umukobwa bakundana kuva yamenyekana. Amakuru ahari avuga ko uyu yerekanye ari umu-diaspora.

    Gusa, mu minsi yashize yari yaketswe amababa ku mubano uri hagati ye na Miss Muheto Nshuti Divine.

    Ubwo yamurikaga album ye nshya yise 'Warandamiye' Nkomezi yabajijwe iby’umubano we n’uyu mukobwa cyane ko bari bamaze iminsi bavugwa mu rukundo ku mbuga nkoranyambaga mu gusubiza ati 'Ni inshuti yanjye yari yaje [mu gikorwa cyo kumurika album ye], nari natumiye inshuti na we rero yari yajemo. Iby’inkuru z’urukundo muzisibe rwose ntabwo ari byo.'

    Prosper Nkomezi wavutse mu 1995, azwiho ubuhanga mu gucuranga piano. Yatangiye umuziki mu 2017 ubwo yasohoraga indirimbo yise 'Sinzahwema’ yamamaye nka 'Amamara’.

    Nkomezi Prosper yambitse umukunzi we impeta ya fiançailles

    Source : http://isimbi.rw/umutima-wanjye-waguhisemo-ijuru-rirabyemeza-nkomezi-prosper-nyuma-yo-kwambika.html

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'Umukino w'Amagare mu Rwanda (FERWACY) ryamuritse ku mugaragaro inzira zizakoreshwa muri Tour du Rwanda 2026, irushanwa riteganyijwe kuba rifite udushya twinshi, turimo gukinira mu Karere ka Rubavu iminsi itatu ikurikiranye no kongera gusorezwa i Nyamirambo nyuma y'imyaka itandatu hadakorerwa.

    Tour du Rwanda 2026 izakinwa kuva tariki ya 22 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe 2026, imaze iminsi umunani, ikaba igiye kuba ku nshuro ya 18 kuva yaba mpuzamahanga ndetse n'inshuro ya munani iri ku rwego rwa UCI 2.1.

    Mu kiganiro n'abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere, FERWACY yatangaje ko iri siganwa rizaba rifite intera y'ibilometero 993, rikaba riri mu marushanwa maremare cyane kuva ryazamurwa mu cyiciro cya 2.1, aho riza ku mwanya wa kabiri mu burebure.

    Mu byihariye by'uyu mwaka, Akarere ka Rubavu kazakira isiganwa iminsi itatu ikurikiranye. Abasiganwa bazahagera baturutse i Karongi mu gace ka kane, bukeye bwaho bazakina agace kazenguruka Umujyi wa Rubavu, mbere yo kuhava berekeza i Musanze mu gace ka gatandatu.

    Harimo kandi kugaruka kw'agace kazasorezwa i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, ahaherukaga kwakira Tour du Rwanda mu 2020.

    Iri rushanwa rizitabirwa n'amakipe 18, aho 16 yamaze gutangazwa ku mugaragaro. Harimo amakipe atandatu y'abato b'amakipe akomeye ku rwego rw'Isi (World Tour Development Teams) nka UAE Team Emirates, Movistar, Soudal Quick-Step na Lotto Intermarché.

    Harimo kandi amakipe y'ibihugu arimo Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Eritrea, Afurika y'Epfo na Ethiopia, hiyongereyeho amakipe yo ku mugabane wa Afurika (Continental Teams) nka Team Amani, Benediction Kitei Pro 2020, May Stars na Madar.

    Agace karekare muri Tour du Rwanda 2026 kazaba ari aka mbere, kazakinwa ku munsi wo gufungura, aho abakinnyi bazahagurukira i Rukomo mu Karere ka Gicumbi bagasoreza i Rwamagana ku ntera ya kilometero 174.

    Udace umunani tugize Tour du Rwanda 2026:

    • Agace ka 1 (22/02): Rukomo — Rwamagana (174 Km)

    • Agace ka 2 (23/02): Nyamata — Huye (135 Km)

    • Agace ka 3 (24/02): Huye — Rusizi (144 Km)

    • Agace ka 4 (25/02): Karongi — Rubavu (127 Km)

    • Agace ka 5 (26/02): Kuzenguruka Rubavu (82 Km)

    • Agace ka 6 (27/02): Rubavu — Musanze (84 Km)

    • Agace ka 7 (28/02): Musanze — Kigali Pelé Stadium (147 Km)

    • Agace ka 8 (01/03): Kuzenguruka Kigali (99 Km)

    Tour du Rwanda iheruka mu 2025 yegukanywe n'Umufaransa Fabien Doubey ukinira ikipe ya TotalEnergies.

    Mu nshuro zirindwi ziheruka, Abanya-Eritrea bayitwayemo inshuro enye barimo Merhawi Kudus (2019), Natnael Tesfazion (2020 na 2022) na Henok Mulubrhan (2023).

    Umunya-Espagne Cristian Rodriguez ni we wegukanye Tour du Rwanda 2021, mu gihe Umwongereza Joseph Black ari we wayitwaye mu 2024.

    Kuva iri siganwa ryashyirwa ku rwego rwa 2.1, Mugisha Moïse ni we Munyarwanda rukumbi wabashije kwegukana agace muri Tour du Rwanda, mu gihe kugeza ubu nta Munyarwanda uraryegukana ku rutonde rusange.

    Source : https://rushyashya.net/ferwacy-yatangaje-inzira-za-tour-du-rwanda-2026-rubavu-yakira-isiganwa-iminsi-itatu-nyamirambo-iragaruka/

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe #rwanda #RwOT

    Umukuru w'Igihugu yabivuze kuri uyu wa Gatanu, ubwo yari muri Stade Amahoro, gutangiza gahunda yo guhuriza hamwe abana bato hagamijwe ubusabane no kwidagadura binyuze mu gukina umupira w'amaguru, izwi nka FIFA Football Clinic/Festival.

    Ati 'Tekereza, Noheli yagombaga kuba ari kumwe n'umuryango we, kuba bari ahandi hatari hano, ariko bahisemo kuza hano gusangira Noheli namwe, mu mwuka w'umupira w'amaguru. Wakoze Gianni.'

    Gahunda ya FIFA Football Clinic/Festival, isanzwe iba hirya no hino ku Isi, mu gukundisha abana bato umupira w'amaguru.

    Kuri iyi nshuro, iyi gahunda yahuriranye n'uruzinduko rwa Perezida wa FIFA, Gianni Infantino ari kugirira mu mu Rwanda nyuma yaho mu minsi ishize yari muri Morocco ahari kubera imikino y'igikombe cya Afurika.

    Muri iyi gahunda abana bayitabiriye bahawe ibihembo birimo imipira yo gukina mu rwego rwo kubifuriza kugira iminsi mikuru isoza umwaka myiza.

    Ishyirahamwe Nyarwanda rya Ruhago, FERWAFA, ritangaza ko binyuze muri iyi gahunda ya FIFA Football Clinic/Festival, hazatangwa imipira yo gukina ku bana bose bo mu Gihugu.

    Biteganyijwe ko kuri uyu munsi, hatangwa imipira 250, aho buri mwana wese witabiriye ahabwa uwe ndetse nyuma hazatangwa imipira yo gukina igera kuri 5000.

    Muri uyu muhango, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, kuri iyi gahunda ndetse n'izindi zigamije guteza imbere umupira w'amaguru zirimo kubaka ibikorwaremezo mu mashuri no gutoza abakiri bato.

    Ati 'Umupira w'amaguru ni ho kwigirira icyizere bitangirira, ni ho ubucuti butangirira. Ni yo mpamvu uyu munsi ari ingenzi, mwakoze kubana natwe.'

    Perezida w'Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi, Gianni Infantino, yijeje abana bafite impano by'umwihariko mu mupira w'amaguru ko FIFA izakomeza gufatanya n'u Rwanda mu kububakira ibikorwaremezo no kubaha ibikoresho bifashisha.

    Ati 'Turakomeza gusangiza ballon, gutanga ibi bikoresho kugira ngo abana bazavemo abantu beza, ibiremwamuntu byiza kuko iyo ukinnye umupira w'amaguru wiga byinshi, wiga kuba umuntu, ugatangira kwitegura gutsinda. Muri ahazaza h'iki gihugu cyiza cy'u Rwanda kandi turi hano ngo dusangire ibihe byiza.'

    Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yashimye Perezida Kagame ku bwo kubaka ibikorwaremezo bya siporo birimo Stade Amahoro bifasha abafite impano kuziteza imbere.

    Ati 'Twizihiza mwe, twizihiza abana b'u Rwanda, abana b'Igihugu cyiza. Uyu munsi turatanga imipira y'amaguru 1000, tuzubaka izindi FIFA Arena mu mashuri tuzakomeza kwagura imishinga ku bana b'u Rwanda, abana b'Igihugu cyanjye.'

    Perezida wa FIFA, Gianni Infantino yabwiye abakiri bato ko umupira bakina [ballon] atari ikintu gisanzwe, ahubwo ari icyizere cy'ahazaza.

    Ati 'Murabona iyi ballon, ariko iyo utangiye kuyihereza umuntu ahita aseka. Ni igikoresho gihindura buri mwana, umwana wishimye, umuntu wishimye.'

    Source : https://rushyashya.net/perezida-kagame-yashimye-perezida-wa-fifa-gianni-infantino-wahisemo-kwizihiriza-noheli-mu-rwanda-mu-buryo-budasanzwe/

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye #rwanda #RwOT

    Jenerali Alain Guillaume Bunyoni, wahoze ari Minisitiri w'Intebe w'u Burundi nyuma agakekwaho kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Évariste Ndayishimiye, yimuriwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Ukuboza 2025 avanywe mu bitaro bya Gitega ajyanwa i Bujumbura mu bitaro byigenga bya Kira Hospital. Iyi kwimurwa yakozwe mu ibanga rikomeye kandi iherekezwa n'umutekano ukaze, bikomeza kongera kwibaza ku miterere y'ubuzima bwe n'uburyo arimo kwitabwaho.

    Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye yemeza ko Jenerali Bunyoni yari amaze igihe ari mu bitaro bya Gitega kuva ku wa 9 Ukwakira 2025, aho yari yarajyanywe nyuma y'impuruza nyinshi zagaragazaga ko afite ibibazo bikomeye by'ubuzima bwo mu mutwe. Abatangabuhamya bo muri icyo gihe bavugaga ko yari agaragaza ibimenyetso bikomeye birimo kutavuga igihe kirekire, kutamenya aho ari n'igihe ariho, ndetse n'imyitwarire idasanzwe irimo kwihisha munsi y'uburiri igihe yasurwaga.

    Mu minsi ishize ariko, hari amakuru yavugaga ko ubuzima bwe bwari butangiye kugaragaza impinduka nkeya, aho ngo yashoboraga kongera kurya—by'umwihariko imineke—kandi rimwe na rimwe akavuga amagambo make, nk'uko byatangajwe n'abantu bake bemerewe kumwegera.

    Nubwo bimeze bityo, kugeza ubu nta tangazo ryemewe ryigeze ritangwa risobanura impamvu nyakuri y'iyo kwimurwa i Bujumbura. Ntiharamenyekana niba byatewe n'uko ubuzima bwe bwongeye kuzamba, cyangwa niba byatewe n'uko i Gitega hatari ibikoresho bihagije by'ubuvuzi bwihariye akenera.

    Amakuru aturuka hafi y'iki kibazo agaragaza ko iyi gahunda yo kumwimura yari yarateguwe mbere. Mu cyumweru cyabanje, itsinda ry'abayobozi bakuru ririmo ushinzwe umutekano wa Perezida, abayobozi b'inzego z'iperereza n'abapolisi bakuru, bivugwa ko bari bagiriye uruzinduko Kira Hospital bagamije gusuzuma aho yakwitabwaho.

    Nk'uko andi makuru abivuga, Jenerali Bunyoni yinjiye muri ibyo bitaro anyuze mu muryango wihariye, hatari rubanda, maze acumbikirwa mu byumba byo hejuru bizwi nka VIP, bikunze kugenewe abantu bakomeye kandi bikora mu buryo bwigenga. Aho hantu hashyizweho umutekano wihariye kandi ukomeye.

    Kubera ko nta rwego rwa Leta ruragira icyo rutangaza ku mugaragaro, impamvu n'ibisobanuro by'iyi kwimurwa bikomeje kuba urujijo, bigasigira rubanda n'abakurikirana politiki y'u Burundi ibibazo byinshi bikiri mu kirere.

    Source : https://rushyashya.net/u-burundi-jenerali-alain-guillaume-bunyoni-akomeje-kuremba-yimurirwa-mu-bitaro-bya-kira-i-bujumbura-mu-ibanga-rikomeye/

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n'ubutegetsi bwa Tshisekedi #rwanda #RwOT

    Mu minsi ibiri ishize, Maj Gen Sylvain Ekenge, umuvugizi w'ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yatangaje amagambo arimo ivangura rikabije ndetse yimakaza urwango ku Batutsi, agira inama Abakongomani ko kurongora abagore b'Abatutsikazi bagomba kubyitondera . Ibi byateje imvururu, ndetse n'ubuyobozi bw'ingabo bwa FARDC bumuhagarika mu inshingano kubera igitutu cyaturikaga ku isi yose.

    Ariko ikibazo nyamukuru si uko Ekenge yasubitswe, ahubwo ni uko ivangura, urwango n'ivanguramoko bigaragara mu mvugo n'imikorere ya bamwe mu bayobozi muri Congo byamaze igihe birangwa mu miyoborere yabo. Abasesenguzi n'impuguke mu by'imibanire y'abantu bavuga ko ibivugwa na Ekenge bitari impanuka cyangwa ijambo ry'umuntu ku giti cye, ahubwo byerekana ko hari imitekerereze yegamiye ku ivanguramoko kandi ishyigikiwe n'abayobozi bakuru.

    Urwango rukabije ruri gukwirakwira mu mvugo za politiki, aho bamwe batanga inyigisho zishingiye ku ivangura ry'Abatutsi, rikaba rishobora guteza ibibazo bikomeye mu muryango mu karere.

    Guhagarika Ekenge si igisubizo kirambye ku kibazo cy'urwango n'ivanguramoko, keretse niba abayobozi ba politiki n'inzego za leta muri Congo bemeye guhindura imitekerereze n'imiyoborere y'ibitekerezo by'urwango.
    Televiziyo ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RTNC) yahagaritse by'agateganyo umunyamakuru witwa Joseph Oscar Mbal Kahij wakiriye Gen Maj Sylvain Ekenge ubwo yibasiraga Abanye-Congo bo mu bwoko bw'Abatutsi.

    KU wa 29 Ukuboza 2025, ubuyobozi bukuru bwa RTNC bwagize buti 'Umuyobozi ushinzwe isakazamakuru kuri televiziyo, Oscar Mbal Kahij, yahagaritswe by'agateganyo ku mirimo ye, kubera ko yemeye ko amagambo yibasira ubwoko bw'Abatutsi y'Umuvugizi wa FARDC, Gen Sylvain Ekenge Efomi, atambuka.'

    Kahij yakiriye Gen Maj Ekenge kuri televiziyo y'igihugu tariki ya 27 Ukuboza, mu kiganiro 'Plateau Special'. Yari yagiye gusobanura uko umutekano uhagaze mu burasirazuba bw'igihugu, cyane cyane mu bice biri kuberamo imirwano mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo.

    Aho kwibanda ku nsanganyamatsiko, Kahij na Gen Maj Ekenge bafashe umwanya munini bibasira Abanyarwanda n'Abanye-Congo bo mu bwoko bw'Abatutsi. Byageze aho uyu musirikare avuga ko gushaka umugore w'Umutsikazi bisaba kwitonda kuko ngo ntibabyarana n'abo badahuje ubwoko.

    Umugaba Mukuru w'ingabo za RDC, Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, yaraye ahagaritse by'agateganyo Gen Maj Ekenge kubera aya magambo, nyuma y'igitutu cyaturukaga impande n'impande cy'abayamagana.

    Amagambo ya Gen Maj Ekenge agaragaza uburyo urwango Abatutsi bafitiwe muri RDC rwafashe intera ndende, nubwo ubutegetsi bw'iki gihugu bwari bumaze igihe kinini bugaragaza ko abaturage bose bafatwa kimwe.

    Source : https://rushyashya.net/ekenge-si-we-kibazo-nyamukuru-ikibazo-ni-urwango-rwigishwa-abakongomani-rwo-kwanga-abatutsi-rukorwa-nubutegetsi-bwa-tshisekedi/

  • Yambwiye ko ashonje – Motari watwaye IshowSpeed akinitwa maneko yagarutse ku bihe byiza bagiranye (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umumotari Bizumuremyi Saadi wamamaye nka 'Your Motari' cyangwa Motari Wawe ku mbuga nkoranyambaga yahishuye uburyo yatwayemo ibyamamare ku Isi nka IshowSpeed na Shenseea benshi bakaba basigaye bamwita Maneko.

    Your Motari umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga ndetse anakunze kumvikana ashishikariza abamotari bagenzi be gukurikiza gahunda za leta, akaba amaze iminsi mu mitwe ya benshi nyuma y’uko atwaye kuri moto ye ibyamamare byaje mu Rwanda mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mutarama 2026.

    Muri byo harimo umuhanzikazi ukomoka muri Jamaica, Shenseea ndetse n’umunyamerika uzwi cyane kuri Youtube, IshowSpeed wari mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, agaruka ku bantu bamwita Maneko, yagize ati 'Hari nk’umuntu ubona ubwiye nk’abantu ni urugero ba motari bagenzi banjye duse neza mu kazi dukora biduheshe ishema, twambare casque tuzihe n’abagenzi tunazisukure, tugendere ku muvuduko wagenwe, twubahirize ibyapa, dutware neza mu muhanda, agahita avuga ngo polisi yagutumye.'

    'Umuntu wese uzavuga ikintu gifitiye rubanda umumaro uzavuga ngo yishyuwe ngo avuge ibyo? None se uruhare rwawe ni uruhe mu gufasha Sosiyete? Niba uri umuntu utagira icyo ukora ngo ufashe sosiyete gukemura ibibazo na we uri mu bibazo Isi ifite.'

    Yakomeje agira ati 'Ibyo ntabwo njya mbyitaho mba numva ko ntabayeho nkajye ubwanjye ahubwo mbereyeho rubanda, ejobundi nzapfa ariko ibikorwa byanjye bizasigara.'

    Yakomeje avuga ko ubutumwa anyuza ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ko afasha abantu gutembera i Kigali ari byo byamuhesheje gutwara ibi byamamare, aho yavuze ko nubwo asanzwe agira isuku ariko umunsi ajya gutwara Shenseea yayitunganyije bitabaho.

    Ati 'Nk’umunsi njya gutwara Shenseea, niteguye nk’amasaha abiri mbere, moto narayogeje nyitera n’imibavu isaha bampaye yageze mpari ntegereje, abantu bari mu ikipe ye barambwiye ngo agiye kuza umutembereze abantu bashobora kumufata amafoto birasaba kugenda witonze.'

    'Naramutwaye tugezeyo aranshimira, abantu bari batangiye kubibona ariko bataramenya ko ari njye, mfata amafoto ndayapositinga bavuga byinshi ariko urumva niba umuntu nk’uwo aje ashaka gutembera kuri moto, wa mumotari uhora wigagaragaza, ugira isuku unavuga icyongereza ni we bazareba.'

    Yakomeje avuga ko na IshowSpeed aza, haje abantu bakamubwira ko IshowSpeed azamutwara kuri moto kuko azasura u Rwanda kandi azaba ari kumwe n’ikipe ngari.

    Ati 'Ejobundi nabwo haza abantu barambwira ngo IshowSpeed azasura u Rwanda, wamutwara kuri Moto, azaba ari kumwe n’ikipe ngari ugomba gushaka abamotari bagenzi ba we b’abanyamwuga mukazamutwara.'

    'Nari nsanzwe muzi IshowSpeed ariko sinari nzi ko afite abantu bangana kuriya no mu Rwanda numvaga ari ibintu bisanzwe kuko abanyarwanda tudakunda gushamaduka cyane, yaraje mbona abantu ni benshi, ndi ku gitutu cya bagenzi banjye kuko ninjye wabazanye, ngomba kuba niteguye yamvugisha nkamusubiza, yambaza nkamusubiza.'

    Yavuze ko yishimiye cyane kumutwara abantu bakamwishimira cyane, akaba yarakoranye n’itsinda rigari ry’abamotari bagera hafi kuri 20.

    Yavuze ko kimwe mu bintu yamubwiye barimo bagenda yageze ati 'yarambwiye ngo ndashonje. Ndamubwira aho tugiye kuri hoteli barakwakira kandi abanyarwanda bateka neza.'

    Ikindi yamubwiye ni uko yatangariye Stade Amahoro, ati 'Twinjiye muri Stade Amahoro aratangara ngo ni nini, naramubwiye ngo byibuze yakira ibihumbi 45, aratangara cyane ngo ntibishoboka.'

    Ikindi yavuze cyamushishije kuri ibi ni uburyo n’umuhanzi Davido yamupositinze kuri Instagram, byamweretse ko ibyo akora bigera kure kandi hari n’ababibona.

    Motari watwaye IshowSpeed yavuze ko byamushimishije cyane

    Wari umunsi w’amateka kuri Motari Saadi

    Source : http://isimbi.rw/yambwiye-ko-ashonje-motari-watwaye-ishowspeed-akinitwa-maneko-yagarutse-ku-bihe.html

  • Eddy Kenzo yasubiye ku ntebe y'ishuri #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w'icyamamare wo muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko nyuma y'igihe kirekire atiga, yongeye gufata icyemezo cyo gusubukura amasomo ye, aho kuri ubu ari kwiga muri Kaminuza. Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru, ashimangira ko kwiga ari urugendo rw'ingenzi yafashe ku bushake bwe, atagamije inyungu za politike nk'uko bamwe babivuga.

    Eddy Kenzo yavuze ko hari abagiye bagaragaza ko gusubira kwiga kwe bifitanye isano n'imigambi ya politike ashobora kuba afite mu gihe kiri imbere. Icyakora, yateye utwatsi ayo makuru, avuga ko adafite gahunda yo kwinjira muri politike, kandi ko abantu batagomba kumushyiraho ibyo atigeze ategura.

    Ati: 'Ntabwo ndi kwitegura politike mu by'ukuri. Abantu ntibakwiye kunyitegaho ibyo.' Yakomeje asobanura ko icyamuhatiye gusubira mu ishuri ari uko ari umushoramari, bityo akaba akeneye ubumenyi bwimbitse bumufasha mu micungire n'iterambere ry'imishinga ye itandukanye. Yanavuze ko kwiga ari ingenzi cyane mu buzima, kandi ko yifuza kubera icyitegererezo abana be, kugira ngo bakure basobanukiwe neza akamaro ko gushaka ubumenyi.

    N'ubwo yemeje ko ari kwiga muri Kaminuza, Eddy Kenzo yirinze gutangaza ishami cyangwa amasomo yihariye ari gukurikirana, avuga ko ik'ingenzi kuri we ari urugendo yatangiye, n'umwanzuro yafashe wo gukomeza kwiyungura ubumenyi, aho kwibanda ku byo abantu bavuga.

    Iyi ntambwe ye yakiriwe neza n'abakunzi be, benshi babona ko ari urugero rwiza rw'uko kwiga bitagira igihe.

    Eddy Kenzo yasubiye ku ntebe y'ishuri

    Source : https://kasukumedia.com/eddy-kenzo-yasubiye-ku-ntebe-yishuri/

  • Corneille Nangaa yatangaje ko Joseph Kabila ari mu gihugu imbere #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa Yobeluo, yatangaje ku mugaragaro ko uwahoze ari Perezida w'iki gihugu, Joseph Kabila Kabange, ari imbere mu gihugu.

    Ibi Nangaa yabitangaje ku wa 12 Mutarama 2026, mu nama yahuje ubuyobozi bukuru bwa AFC/M23 n'abavuga rikumvikana bo mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru. Muri iyo nama, yavuze ko hari igihe Joseph Kabila azongera kugaragara mu ruhame agahura n'abaturage.

    Yagize ati: 'Dufite umushyitsi udasanzwe hano, uwahoze ari Perezida wa Repubulika, Joseph Kabila. Ari hano rwose. Hari umunsi tuzamuzana, akabaganiriza. Ni Senateri ubuzima bwe bwose nk'uko Itegeko Nshinga ribiteganya, ariko yakuwe muri Sena.'

    Joseph Kabila aheruka kugaragara mu ruhame mu kwezi kwa Kamena 2025, mu bice bigenzurwa na AFC/M23, aho yamaze iminsi aganira n'Abanye-Congo bo mu byiciro bitandukanye, agamije gushakira igihugu amahoro n'ubwiyunge. Icyakora icyo gihe yari yarashinze ibiro by'agateganyo mu gace ka Kinyogote, mu Burengerazuba bw'Umujyi wa Goma, aho yakiriraga abantu baganira ku hazaza ha RDC.

    Ibi bikorwa byatumye Ubushinjacyaha bwa Repubulika butangira kumukurikirana, bumurega kugambanira igihugu no kwinjira mu mutwe w'ingabo utemewe n'amategeko. Yaje gukatirwa igihano cy'urupfu adahari n'Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Kinshasa.

    Nyuma y'icyo cyemezo, Kabila yakomeje ibikorwa bya politiki mu bihugu bitandukanye bya Afurika birimo Kenya, aho yashinze ihuriro rya politiki ryitwa Sauvons le RDC. Aya makuru akomeje gukurura impaka ku hazaza ha politiki n'umutekano wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Corneille Nangaa yatangaje ko Joseph Kabila ari mu gihugu imbere

    Source : https://kasukumedia.com/corneille-nangaa-yatangaje-ko-joseph-kabila-ari-mu-gihugu-imbere/

  • Uko Rayon Sports yihanaguye kuri miliyoni 10 Frw yatsindiye muri Super Cup #rwanda #RwOT

    Nubwo yegukanye umwanya wa 2 kuri Super Cup, Rayon Sports ntabwo yahawe amafaranga yatsindiye kuko yari yaramaze kuyatangamo ingwate muri FERWAFA.

    Rayon Sports yakinnye umukino wa Super Cup na APR FC tariki ya 10 Mutarama 2026, APR FC yegukanye igikombe itsinze ibitego 4-1.

    Gusa Rayon Sports y’abagore yo yaje kwegukana igikombe itsinze Indahangarwa WFC bari bahuriye kuri iki gikombe bagihanganiye.

    Byari biteganyijwe ko ikipe yegukana Super Cup yaba mu bagabo n’abagore yagombaga guhabwa miliyoni 20 Frw mu gihe iya kabiri yari guhabwa miliyoni 10 Frw (ni nako byagenze).

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Rayon Sports yagize ikibazo cy’amafaranga yo kwandikisha abakinnyi bashya 5 b’abanyamahanga yaguze yifuzaga ko bakina uyu mukino.

    Ubu kwandikisha umukinnyi umwe w’umunyamahanga bisaba kwishyura miliyoni 2 Frw, Rayon Sports yahise yigira inama yo kujya kwinginga FERWAFA.

    Yagiye ibwira FERWAFA ko byibuze yizeye kuzegukana miliyoni 20 Frw mu mikino ya Super Cup kuko ifitemo amakipe abiri iy’abagabo n’abagore mu gihe yombi yaba yatsinzwe.

    Yasabye ko babafasha bakandika abakinnyi bashya yaguze hanyuma Super Cup yarangira baba batsinzwe ntibazagire icyo babaza kuko bihura n’izo miliyoni 10 Frw agomba guhabwa ikipe yatsinzwe itatwaye igikombe, mu gihe batsinda bagahabwa miliyoni 10 Frw.

    Rayon Sports ikaba izahabwa miliyoni 20 Frw zatsindiwe na Rayon Sports WFC, ni mu gihe aya Rayon Sports y’abagabo yo agomba kwishyura ideni yafashe muri FERWAFA.

    Rayon Sports y’abagabo nta mafaranga ya Super Cup izabona

    Source : http://isimbi.rw/uko-rayon-sports-yihanaguye-kuri-miliyoni-10-frw-yatsindiye-muri-super-cup.html

  • Diamond Platnumz arashinjwa gutererana uwamugiraga inama uri mu mage #rwanda #RwOT

    Umugore w’uwahoze ari umujyanama w’umuhanzi, Diamond Platnumz, witwa Said Mkubwa Fella, aramushinja kumutererana nyuma y’uko umugabo we atangiye guhangana n’indwara ikomeye.

    Umufasha wa Mkubwa Fella, Sweet Fella ni we watangaje aya makuru, avuga ko yafashe icyemezo cyo kubivugira mu ruhame nyuma yo kubona ko abantu benshi bari barigeze kugirana umubano wa hafi n’umugabo we bamwihoreye burundu.

    Mu kiganiro n’ikinyamakuru Mwananchi, Sweet yagize ati 'Abenshi batekereza ko Diamond Platnumz ari we uri kwita kuri byose, nyamara si byo. Nahisemo kuvuga ibi kugira ngo abantu bamenye ko ndi kurwana jyenyine ngo umugabo wanjye abone ubuvuzi bukwiye.'

    Ku bijyanye na Diamond Platnumz, Sweet Fella yemeye ko yamufashije mu rugendo rwo kujya kwivuriza mu Buhinde umwaka ushize, agaragaza ko amushimira byimazeyo kuri iyo nkunga.

    Ariko avuga ko nyuma yaho nta yindi mfashanyo yongeye kuboneka. Ati 'Diamond azi neza ko Fella arwaye. Yadufashije kugera mu Buhinde, ariko nyuma haciyeho yaracecetse pe. Numvaga hari ibirenzeho byashobokaga.'

    Sweet Fella yanagarutse ku bihe byashize, agaragaza itandukaniro rikomeye hagati y’igihe umugabo we yari muzima neza n’ubu arwaye.

    Yagize ati 'Ubwo yari muzima telephone ye ntiyigeze iceceke gusona. Bamuhamagara nijoro, bakamuhamagara mu rukerera. Iyo batamubonaga, bahamagaraga nanjye ngo mumukangure. Ubu byose byarahindutse, nta n’umwe ukimuhamagara.'

    Yongeyeho ko ubu ari we witanga wenyine ikiguzi cyose cy’ubuvuzi bwa Mkubwa Fella, nubwo uyu mugabo yagize uruhare runini mu guteza imbere impano n’imyuga y’abantu batandukanye mu ruganda rw’imyidagaduro muri Tanzania.

    Uyu muryango usaba inkunga n’ubufatanye bw’abafite umutima mwiza, kugira ngo Mkubwa Fella akomeze kubona ubuvuzi bukenewe muri ibi bihe bikomeye.

    Said ararembye

    Diamond Platnumz arashinjwa gutererana uwari umujyanama we

    Source : http://isimbi.rw/diamond-platnumz-arashinjwa-gutererana-uwamugiraga-inama-uri-mu-mage.html