Author: webrwanda

  • Ibitaramo ni byinshi byaguciyeho, iki cyo ntikigucike #rwanda #RwOT

    Timo Lounge irabatumiye mwese mu gitaramo cyiswe Social Thursday, ni igitaramo kidasanzwe giteganyijwe kuri uyu munsi wa Kane, tariki ya 15 Mutarama 2026, aho umuziki mwiza, ibyishimo n'umwuka mwiza bihurira ahantu hamwe. Ni muri iri joro ryagenewe abantu bakunda gusohokana n'inshuti n'abavandimwe, bakishimira ibihe byiza mu buryo budasanzwe.

    Uyu mugoroba urasusurutswa n'abavanga imiziki b'inararibonye barimo DJ Caspi, General Benda, DJ Crush na DJ Pinky, biteguye kuguha umuziki mwiza. Ku ruhande rwo kuyobora ibirori, MC Pato na Jesa baraba bahari kugira ngo bongere akanyamuneza, n'imiyoborere y'iri joro ridasanzwe.

    Muri Timo Lounge, byose biba byateguwe neza: haba ku byo kunywa byujuje ubuziranenge, n'ibiryo binyuranye bitegurwa n'ababigize umwuga, biguhesha amahitamo atandukanye ajyanye n'icyo wifuza. Umutekano, isuku n'umwuka mwiza ni bimwe mu bituma Timo Lounge ikomeza kuba ahantu hihariye ho gusohokera muri uyu Mujyi wa Kigali.

    Ntucikwe n'iri joro rya Social Thursday. Zana inshuti n'abandimwe, musangire ibyishimo, umuziki n'urukundo rwo gusabana. Timo Lounge ni ho hantu ho gusangira n'abawe, ni ho hantu ho kuryoherwa n'ibihe byiza. Uje rimwe, uhava wifuza kugaruka.

    Ibitaramo ni byinshi byaguciyeho, iki cyo ntikigucike

    Source : https://kasukumedia.com/ibitaramo-ni-byinshi-byaguciyeho-iki-cyo-ntikigucike/

  • Perezida Évariste Ndayishimiye yavuze ko ejo hazaza h'umuntu hagenwa n'Imana, yirinda kwemeza ko aziyamamaza muri 2027 #rwanda #RwOT

    Perezida w'u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko atazi neza niba azongera kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora ateganyijwe mu mwaka wa 2027, ashimangira ko ubuzima bw'umuntu butagenwa na we, kuko bishoboka ko yaba atazaba akiriho icyo gihe.

    Ibi yabivugiye mu muhango wo kumurika igitabo cyiswe 'Une Nation en Marche', wabereye muri hoteli Club du Lac Tanganyika, i Bujumbura, ku wa Gatatu tariki ya 14 Mutarama 2026. Uyu muhango wari witabiriwe n'abayobozi batandukanye, abanyapolitiki, abahagarariye inzego za Leta n'abandi bashyitsi batandukanye.

    Mu ijambo rye, Perezida Ndayishimiye yasubije abibaza ku byo kongera kwiyamamaza muri manda ya kabiri, avuga ko abantu bakwiye kumva ko ejo hazaza h'umuntu hagenwa n'Imana, atari ibyifuzo bye bwite. Yagize ati: 'Hari abibaza niba nzongera kwiyamamaza mu 2027. Ariko se mwebwe muzi neza ko nzaba nkiriho? Ubuse mpfuye uyu munsi, byagenda bite?'

    Aya magambo yagaragaje ko Perezida Ndayishimiye adashaka kwihutira gufata icyemezo ku byerekeye ejo hazaza he mu bya politiki, ahubwo ashimangira ko akomeje gushyira imbere inshingano yahawe n'abaturage muri manda ari gukoreramo ubu.

    Yakomeje avuga ko icy'ingenzi kuri we ari ugukora uko ashoboye kose kugira ngo u Burundi bukomeze gutera imbere, abaturage bagire imibereho myiza, n'igihugu kigakomera mu bumwe n'amahoro, aho kwibanda ku kibazo cy'amatora yo mu 2027 ataragera.

    Ibi byatangajwe mu gihe abakurikiranira hafi politiki y'u Burundi bakomeje gutekereza ku cyerekezo igihugu kizafata mu myaka iri imbere.

    Perezida Évariste Ndayishimiye yavuze ko ejo hazaza h'umuntu hagenwa n'Imana, yirinda kwemeza ko aziyamamaza muri 2027

    Source : https://kasukumedia.com/perezida-evariste-ndayishimiye-yavuze-ko-ejo-hazaza-humuntu-hagenwa-nimana-yirinze-kwemeza-ko-aziyamamaza-muri-2027/

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire #rwanda #RwOT

    Abasabitswe n'ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n'urwango bishyize hamwe ngo bashyigikire Ingabire Victoire basangiye ingengabitekerezo aho biyemeje gukora imyigaragambyo ku munsi w'ejo tariki ya 16 Mutarama 2025 ndetse bakaba barakusanyije inkunga y'amafaranga. Ubu urutonde rugera kuri Rushyashya rukaba ruriho abantu 54. Muri abo hari amazina asanzwe amenyerewe mu bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nka Musabyimana Gasapard utangira urutonde watanze amayero 50, Rwalinda watanze amayero 100 Placide Kayumba washinze Jambo asbl ihuriwemo n'abana bakomoka ku bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi watanze 50 Mpozembizi nawe watanze 50 ndetse na Ndahayo watanze amayero 50.

    Kuri urwo rutonde rero hariho n'abahishe amazina yabo duhamya ko ari abari kurutonde rw'abashakishwa bagize uruhare muri Jenoside.

    Tariki ya 19 Kanama 2025 nibwo RIB yatangaje ko yataye muri yombi Ingabire Victoire nyuma y'uko Urukiko Rukuru rusabye ko akorwaho iperereza ku byaha birimo kurema umutwe w'abagizi ba nabi no gutegura ibikorwa bigamije gukurura imvururu muri rubanda.

    Iki cyemezo cyo gukurikirana Ingabire Victoire cyafashwe nyuma y'aho urukiko rutanyuzwe n'ibisobanuro Ingabire yatanze ku ruhare avugwaho mu mahugurwa yahawe abahoze ari abanyamuryango ba DALFA-Umurinzi, ubwo yari yatumijwe muri uru rubanza ngo agire ibyo asobanura.

    Ubushinjacyaha bwasobanuye ko aya mahugurwa yari ajyanye no guhirika ubutegetsi binyuze mu bukangurambaga bwo kubwangisha abaturage.

    Ingabire yavukiye mu yahoze ari Komini Ngororero (ubu ni mu Karere ka Ngororero) mu 1968, akaba umukobwa wa Thérèse Dusabe wakatiwe n'Urukiko Gacaca rwa Butamwa igifungo cya burundu muri 2009 nyuma yo guhamwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Mu 1997, Ingabire yinjiye muri RDR, umutwe washinzwe n'Interahamwe hamwe n'abahoze muri Leta yakoze Jenoside mu Rwanda. Yabaye umuyobozi wa RDR ku Isi yose guhera mu 2000. Mu 2006, yayoboye FDU-Inkingi, ishyaka ryakomotse kuri RDR, rifite intego yo gukuraho ubutegetsi buriho no kugarura ingengabitekerezo ya Parmehutu yateguye, ishyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe abatutsi.
    Ingabire victoire yagarutse mu Rwanda mu 2010 ashaka kwiyamamaza mu matora y'Umukuru w'Igihugu. Ageze ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, yabajije impamvu hatibukwa n'Abahutu, byerekana imyumvire ye yo kuvuga ko habaye Jenoside ebyiri. Yasuye n'imva ya Dominique Mbonyumutwa, umwe mu bashinze Parmehutu.

    Ntibitangaje kuba ashyigikiwe n'interahamwe ndetse n'abahakana bagapfobya Jenoside yakorewe Abatutsu no kurwanya ubutegetsi bw'u Rwanda.

    Source : https://rushyashya.net/interahamwe-mu-burayi-zishyize-hamwe-ngo-zishyigikire-victoire-ingabire/

  • Abarimo DJ Caspi, DJ Lou, Chelina Doll na Jesa ni bamwe mu bazitabira 'First Class Friday' #rwanda #RwOT

    Tiamo Lounge i Remera ikomeje kwigaragaza nk'isibaniro nyakuri ry'imyidagaduro igezweho mu Mujyi wa Kigali, aho buri wese ahasanga umunezero, serivisi zinoze n'ikirere cyihariye. Ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, hateganyijwe igitaramo kidasanzwe cyiswe First Class Friday, kizahuriza hamwe abakunzi b'umuziki, imyidagaduro ku rwego rwo hejuru.

    Iki gitaramo kizaba kirimo bamwe mu byamamare muri iki gihugu cy'u Rwanda bazi kuvanga umuziki barimo DJ Caspi na DJ Lou. Ijoro rizaba rirushaho kuryohera abitabiriye bitewe n'uko abasanzwe bayobora ibitaramo barimo Chelina Doll na Jesa, abazwiho guha abitabiriye igitaramo akanyamuneza n'ingufu zidasanzwe, bigatuma buri wese yiyumva nk'uri mu kirere kidasanzwe.

    Tiamo Lounge yamamaye kubera serivisi nziza ikomeza gutanga haba umuziki uhabarizwa, ku byo kunywa byujuje ubuziranenge, no ku mafunguro ateguwe neza anyuze amaso n'akanwa. Ibi bituma buri mugoroba wose uhahurira n'abandi uba umwanya wo kuruhuka, kwishimira ubuzima no kwinezeza.

    'FirsT Class Friday' si igitaramo gisanzwe gusa, ni ubunararibonye bwuzuye umunezero, no kwidagadura ku rwego mpuzamahanga. Niba ushaka ahantu ho guhurira n'inshuti n'abavandimwe, kumva umuziki mwiza no kwiyumva nk'umunyacyubahiro, Tiamo Lounge i Remera ni ho ugomba kuba uri ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026.

    Abarimo DJ Caspi, DJ Lou, Chelina Doll na Jesa ni bamwe mu bazitabira 'First Class Friday'

    Source : https://kasukumedia.com/abarimo-dj-caspi-dj-lou-chelina-doll-na-jesa-ni-bamwe-mu-bazitabira-first-class-friday/

  • Amerika yahagaritse by'agateganyo gutanga Viza ku bihugu 75 birimo n'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zahagaritse by'agateganyo gutanga viza ku baturage b'abimukira baturuka mu bihugu 75, birimo n'u Rwanda. Icyo cyemezo cyatangajwe n'Urwego rushinzwe ububanyi n'amahanga (U.S. Department of State), kikaba kigamije gukumira imigezi y'abimukira bashobora kuzaba umutwaro ku bukungu n'imibereho y'igihugu.

    Nk'uko byatangajwe, izi ngamba zizatangira gushyirwa mu bikorwa ku mugaragaro guhera tariki ya 21 Mutarama 2026. Zireba cyane cyane viza zijyanye n'abimukira bashaka gutura burundu muri Amerika, mu gihe izindi viza zimwe z'igihe gito zishobora gukomeza gusuzumwa hashingiwe ku mpamvu z'umuntu ku giti cye.

    Mu bihugu byashyizwe kuri urwo rutonde harimo u Rwanda, Uganda, Tanzania, Nigeria, Ghana, Senegal, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Somalia, Misiri (Egypt), Ethiopia, Sierra Leone, Algeria n'ibindi bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika ndetse n'ahandi ku Isi.

    Abategetsi ba Amerika basobanuye ko iki cyemezo kitagamije guhana ibi bihugu, ahubwo kigamije kongera kunoza uburyo bwo gusuzuma abasaba viza, hagamijwe umutekano w'igihugu no kurinda ubukungu bwacyo. Banavuze ko ari icyemezo cy'agateganyo, gishobora guhinduka bitewe n'uko ibihugu birebwa bizaba byujuje ibisabwa mu mikoranire n'Amerika ku bijyanye n'abimukira n'umutekano.

    Ku ruhande rw'abaturage bo mu bihugu byibasiwe n'iki cyemezo, bamwe bagaragaje impungenge, cyane cyane abari bafite gahunda zo kwiga, gukora cyangwa gutura muri Amerika. Icyakora, inzego zibishinzwe zikomeje kuganira n'uruhande rwa Amerika harebwa icyakorwa kugira ngo ubufatanye bukomeze kubakwa mu mahoro.

    Amerika yahagaritse by'agateganyo gutanga Viza ku bihugu 75 birimo n'u Rwanda

    Source : https://kasukumedia.com/amerika-yahagaritse-byagateganyo-gutanga-viza-ku-bihugu-75-birimo-nu-rwanda/

  • AFC/M23 yashimangiye ko itazatezuka ku rugamba #rwanda #RwOT

    Ku munsi wo ku wa Mbere tariki ya 12 Mutarama 2026, mu mujyi wa Goma, habereye ibiganiro byahuje abayobozi bakuru b'ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) n'abantu batandukanye bafite ijambo mu mibereho y'Intara ya Kivu y'Amajyaruguru. Ibi biganiro byibanze ku isesengura ryimbitse ry'ibibazo bya politiki, umutekano n'imibereho y'abaturage, bigamije gushimangira ubwiyunge, ubumwe n'imibanire ishingiye ku bwubahane.

    Muri iyo nama, abayobozi ba AFC/M23 bashimangiye ku mugaragaro ko batazigera bateshuka ku murongo w'urugamba, bagaragaza ko intego yabo ari uguharanira impinduka zifatika mu miyoborere y'igihugu no kugarura umutekano urambye. Umuhuzabikorwa wa gisirikare akaba n'Umugaba Mukuru wa ARC, Gen. Major Sultani Makenga, yatangaje ko urugamba rukomeje kandi ko rufite icyerekezo gihamye.

    Gen. Makenga yashimiye abaturage ku bufatanye n'ubwitange bakomeje kugaragaza, avuga ko ari bo nkingi y'imbaraga zose z'ihuriro. Yibukije ko umutekano ari ishingiro ry'iterambere, ashimangira ko nubwo hari ibitaragerwaho byose, intambwe igaragara imaze guterwa kubera ubufatanye bw'abaturage n'abari ku rugamba.

    Yanahamagariye Abanye-Congo bakiri mu mitwe yitwaje intwaro kwisubiraho, avuga ko benshi bakoreshwa mu nyungu za politiki zibatesha agaciro. Yabasabye kwifatanya n'ARC ifite indangagaciro, cyangwa bagahitamo gusubira mu buzima busanzwe bw'abasivili.

    Ubu butumwa bwatangiwe i Goma bugaragaza ko AFC/M23 ikomeje kwiyerekana nk'ihuriro rifite icyerekezo gishingiye ku mutekano, ubumwe n'icyizere cy'ejo hazaza h'igihugu.

    AFC/M23 yashimangiye ko itazatezuka ku rugamba

    Source : https://kasukumedia.com/afc-m23-yashimangiye-ko-itazatezuka-ku-rugamba/

  • Umutoza wa APR FC yashimye Omborenga Fitina na Aliou Suane #rwanda #RwOT

    Umutoza wa APR FC, Taleb Abdelrahim yavuze ko nubwo bari bamaze igihe badakina ariko Aliou Suane na Omborenga Fitina bitwaye neza cyane ku mukino batsinzemo Amagaju.

    Uyu mukino waraye ubereye kuri Stade ya Muhanga, warangiye APR FC itsinze igitego kimwe ku busa, ni igitego cya Omborenga Fitina.

    Taleb akaba yari yagiye akora impinduka aho yakoze impinduka 5 ugereranyije n’ikipe yatsinze Rayon Sports ariko muri izo mpinduka, Omborenga Fitina na Aliou Suane ni bo bakinnyi bajemo bafite imikino mike cyane kuko batehurukaga gukina.

    Abajijwe uko yabonye bitwaye, yavuze ko ari abakinnyi beza bagize umukino mwiza cyane ko nka Omborenga ari we umuhaye amanota atatu.

    Ati “Baravuga ngo ntabwo uhindura ikipe itsinda ariko na none utegura abandi, Aliou Suane yari hejuru afite amanota yose, Fitina yatsinze uyu munsi. Bari biteguye bameze neza, morale iri hejuru, buri wa Kabiri abakinnyi b’abasimbura bakina n’irerero ryacu, urumva ni nk’aho baba bari mu irushanwa.”

    “Uyu munsi Aliou (Suane) yakinnye neza agerageza kugira utuntu tumwe na tumwe ahindura by’umwihariko kuba mu mutwe yiteguye, ni umukinnyi mwiza, Fitina (Omborenga) yabaye umukinnyi w’umukino mwamubonye.”

    Taleb yavuze ko umukino ukurikiraho wa Al Merreikh ku Cyumweru, bagiye kwicara bakiga ikipe bakemenya uburyo bazakinamo kuko nubwo ari ikipe nziza ariko na none ntabwo ari ikipe idatsinda.

    Aliou Suane yitwaye neza yanyuze umutoza Taleb Abdelrahim

    Omborenga Fitina ni we watowe nk’umukinnyi w’umukino

    Source : http://isimbi.rw/umutoza-wa-apr-fc-yashimye-omborenga-fitina-na-aliou-suane.html

  • Hari n’abagiye mu buraya burabahombera babitwegekaho – Mutako Sonia ku bamusiga icyaha #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa Filime, Mutako Sonia yatangaje ko impamvu y’imyumvire iri muri benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga inatuma bakunze kumubeshyera ko akora umwuga wo kwicuruza ahanini iterwa no kugereranya ubuzima bwabo n’ubwe.

    Ubwo yaganiraga na ISIMBI, Mutako yagaragaje agahinda aterwa no kuba haba we n’abandi bakobwa bari mu ruganda rw’imyidagaduro bakunze kwifatirwa ku gahanga ko nta kintu kibyara inyungu bakora ingana n’uko babayeho bigatuma benshi muri bo babeshyerwa ko bashobora kuba basambana n’abagabo ku bw’amaramuko.

    Ati 'Muri iyi minsi kuri interineti usanga hari abantu babeshejweho no gusebya abantu ko nta kintu bakora kandi nabo ntacyo bakora usibye kwicara bakirirwa bareba ibyashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.”

    'Ntabwo ushobora kwishimira ko umuntu yageze ku kintu gishimishije ahubwo uhita uvuga ngo 'ubu yagiye mu buraya.’ Erega hari n’ababugiyemo burabahombera.'

    Mukwerekana ko abantu ari ba ntamunoza, Mutako yatanze urugero kuri Isimbi Vestine wamamaye nka Isimbi Model uherutse kwibaruka nyuma y’igihe yarabuze urubyaro agashima Imana ndetse akagaragaza ko ntacyo Imana itakorera umuntu ariko abantu bakaza bamutuka bamubwira nabi.

    Ati 'Isimbi Model yaje avuga ibyo Imana yamukoreye, abwira abantu ko nta kure utava cyangwa utagera ariko njyewe natunguwe no kubona hari abantu baje bamubwira bati 'ubwo urugo rurakunaniye’.'

    Uyu mukobwa yanavuze ko iyi myitwarire y’abakoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bwo gucira urubanza abo babonyeho bataziye amavu n’amavuko aribyo byatumye agira igiterekerezo cyo gutangiza ikiganiro yise 'Dark Side’ kigiye kujya gitambuka kuri shene ya Youtube.

    Ashimangira ko iki kiganiro kigamije kuvanamo abantu imyumvire yo kumva umuntu yaciye mu nzira y’ubuzima igororotse itarimo ibibazo ahubwo ko hari uruhande rimwe na rimwe adashyira hanze rwuje umwijima w’ibizazane byamugoye kubyigobotora mu buzima bwe .

    Mutako yavuze ko hari n’abagiye mu buraya bikabahombera

    Source : http://isimbi.rw/hari-n-abagiye-mu-buraya-burabahombera-babitwegekaho-mutako-sonia-ku-bamusiga.html

  • APR FC yatsinze Amagaju ifata umwanya wa kabiri #rwanda #RwOT

    APR FC yatsinze Amagaju 1-0 cya Omborenga Fitina mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona ku ruhande rwa APR FC ihita ifata umwanya wa kabiri inyuma ya Police FC ibarusha 2.

    APR FC yakinaga umukino w’umunsi wa 15 mu gihe Amagaju yaherukaga kunyagirwa na Al Hilal 8-0, yo yakinaga umunsi wa 17 ari na wo usoza imikino ibanza yayo.

    APR FC yari mu byishimo byo gutsinda Rayon Sports 4-1 ikanayitwara igikombe cya Super Cup, umutoza Taleb Abdelrahim yari yakoze impinduka zitandukanye aho nka Byiringiro Gilbert, Niyigena Clement, Memel Dao, Mugisha Gilbert na William Togui Mel mu gihe Omborenga Fitina, Aliou Suane, Ruboneka Bosco, Mamadou Sy na Denis Omedi bari bagarutse muri 11.

    Igice cya mbere cy’umukino nta mahirwe afatika yabonetse ku mpande zombi uretse amahirwe Mamadou Sy yabonye na Omborenga Futina ariko imipira bakayitera inyuma y’izamu. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.

    APR FC yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka Memel Dao yinjira mu mwanya wa Dauda.

    APR FC wabonaga ishaka igitego yagerageje ariko umunyezamu abanza kubabera ibamba.

    Ku munota wa 63, Ruboneka Bosco yagerageje ishoti rikomeye ariko umunyezamu Clement awushyira muri koruneri itagize icyo atanga.

    Ku munota wa 64, Uwizeyimana Daniel yateye ishoti rikomeye Ishimwe Pierre ariko awukuramo ujya muri koruneri itagize icyo itanga.

    Omborenga Fitina akaba yaje gutsindira APR FC igitego cya mbere ku munota wa 65 ku burangare bwa ba myugariro b’Amagaju.

    Amagaju yahise akora impinduka umunyezamu Clement yahaye umwanya Jacques. Muri iyi minota APR FC yashakaga ibitego cya kabiri ariko Jacques ababera ibamba aho yakuyemo imipira ibiri ikomeye ya Cheikh Djibril Ouatara na Ronald Ssekiganda. Umukino warangiye ari 1-0. APR FC ikaba yahise ifata umwanya wa kabiri n’amanota 32 mu gihe Police FC ya mbere ifite 34

    APR FC yishimira igitego yatsinze

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yatsinze-amagaju-ifata-umwanya-wa-kabiri.html

  • Zuchu yageneye nyina imodoka y’akataraboneka #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi wo muri Tanzaniya, Zuchu yongeye gushimangira urukundo afitiye umubyeyi we Khadija Kopa kandi ko ari ntagereranywa, ni nyuma yo kumuha impano y’imodoka nshya y’akataraboneka yo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser Prado.

    Zuhura Othman uzwi nka Zuchu yateguye iki gikorwa mu ibanga rikomeye, aho imodoka yavuye ku isoko ry’imodoka muri Tanzaniya igashyikirizwa nyina, nawe wigeze kuba umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Taarab atabizi na gato.

    Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, Zuchu agaragara ari kumwe n’abandi bantu bo mu muryango we, basohokanye Kopa hanze y’urugo rwe hanyuma bakamutunguza iyi modoka.

    Kopa yafunguwe amaso asanga imbere ye imodoka y’umukara, ifite plaque yihariye yanditseho izina rye 'Kopa’, yahise atungurwa cyane ararira, ananirwa kuvuga.

    Zuchu yamubwiye amagambo amwibutsa ko yari yarigeze kumubwira ko imodoka ye ishaje, imaze kumunanira, kandi ko yifuzaga Prado.

    Ati 'Mama, wifuzaga Prado, none ngiyi. Ni iyawe.'

    Kopa yashimiye Imana n’umukobwa we, amusabira imigisha n’uburinzi, anamusabira kuramba.

    Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Zuchu yagize ati 'Nta munezero uruta kubona mama yishimye. Ibi si ibintu bito kuri njye nk’umwana wiyemeje gukora cyane.'

    Yashimiye kandi umugabo we Diamond Platnumz ku nkunga ahora amuha mu nzozi ze. Iyo modoka byemezwa ko ifite agaciro kari hafi miliyoni 106 z’amashilingi ya Tanzaniya, ikaba ifite ibikoresho bigezweho birimo imyanya itanga ubwinyagamburiro budasanzwe, sisiteme y’umutekano n’umuziki wo ku rwego rwo hejuru.

    Source : http://isimbi.rw/zuchu-yageneye-nyina-imodoka-y-akataraboneka.html