Author: webrwanda

  • Jose Chameleone yafunguye Radio i Bujumbura #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’umunyabigwi wanditse izina muri Afurika ukomoka muri Uganda, Jose Chameleone yafunguye Radio i Burundi.

    Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yagaragaje ko ubu yamaze gufungura Radio izajya ivugira mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi yise “Chameleone FM Bujumbura.”

    Yashyizeho amashusho arimo ikirango cy’iyi Radio gikozwe mu ishusho ry’Urunyaruvu, amajwi yumvikanamo inyuma avuga ko izajya ivugira muri 94.9 FM.

    Iyo urebye usanga uyu murongo wari ufitwe n’indi radio yitwa Black FM, ashobora kuba yaraguze umurongo wayo nubwo nta makuru menshi ajyanye nabyo arajya hanze.

    Jose Chameleone akaba kuva mu mwaka ushize yaragiye asura u Burundi cyane kubera uyu mushinga, akaba yaranabonanye Perezida w’iki gihugu, Ndayishimiye Evariste.

    Jose Chameleone akaba ari umwe mu bahanzi bakomeye bafite ibendera ry’umuziki wa Afurika y’Iburasirazuba aho yamamaye mu ndirimbo nka “Badilisha”, “Shida za Dunia”, “Bei Kali” n’izindi.

    Jose Chameleone yafunguye Radio i Burundi

    Radio yafunguye i Bujumbura

    Source : http://isimbi.rw/jose-chameleone-yafunguye-radio-i-bujumbura.html

  • Ishimwe Vestine nyuma y’igihe yatoboye aravuga #rwanda #RwOT

    Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana , Ishimwe Vestine yasabye abakunzi be kwirinda kuyobywa n’amakuru amuvugwaho atangazwa n’abiyitirira amazina ye, ni nyuma y’igihe acecetse.

    Vestine wari umaze igihe acecetse yaba ku mbuga nkoranyambaga ndetse atanagaragara mu ruhame kuva hatambuka kuri Instagram ye amakuru asa n’aca amarenga ko yatandukanye n’umugabo, abakunzi bari bafite amatsiko y’icyo azavuga bwa mbere.

    Kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Mutarama 2026 ,ni bwo uyu mugore ubarizwa mu itsinda rya 'Vestine na Dorcas’ yifashishije urukuta rwe rwo ku rubuga rwa Instagram mu kumenyesha abafana be kuba amaso mu gushaka amakuru amuvugwaho mu gihe hirya no hino hakomeje kugaragara benshi bamwiyitirira.

    Muri ubu butumwa,Vestine yerekanye ko hari umuntu washinze urukuta rwa Instagram rwa yise 'Vestine_and Quedraogo _Family’ atambutsaho amakuru y’ibihuha amwerekeyeho ndetse n’umugabo we Idrissa Jean Luc Quèdraogo.

    Uru rukuta ruri muri nyinshi zimwiyitirira rufite abarukurikira barenga ibihumbi bitatu magana inani mirongo inani naho urwa Vestine nyakuri rufite abasaga ibihumbi ijana na mirongo irindwi barukurikirana.

    Uyu mugore atangaje ibi mu gihe mu mpera z’umwaka ushize yari yigaruriye myinshi mu mitwe y’ibitangazamakuru by’imyidagaduro mu Rwanda nyuma yo gutangaza amagambo akomeye yacaga amarenga y’umwuka mubi wari mu rugo rwe.

    Mu butumwa burebure yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, uyu mugore wumvikanaga nk’uwicuza cyane, yavuze ko niyongera kugira amahitamo y’umugabo bazabana, azaba ari uwo azi neza.

    Icyo gihe yagize ati 'Ubutaha ninjya guhitamo umugabo tuzabana, azaba ari uwo tuziranye neza, nzi umuryango we ndetse na buri kimwe kuri we. Nta muntu uzongera kunkoresha ukundi.'

    Gusa nyuma yaho, hari andi makuru yaje kujya hanze yavugaga ko ubu butumwa bwaba bwaranditswe n’undi muntu winjiriye uyu muramyikazi.

    Vestine yari amaze igihe acecetse

    Ubutumwa bwa mbere yahise atanga

    Source : http://isimbi.rw/ishimwe-vestine-nyuma-y-igihe-yatoboye-aravuga.html

  • U Rwanda rwatangiye neza Igikombe cya Afurika (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    U Rwanda rwatangiye neza Igikombe cya Afurika cya Handball rutsinda Zambia ibitego 30-19, ni Igikombe cyatangiye tariki ya 21 kikazarangira 31 Mutarama 2026, kirimo kubera mu Rwanda.

    Uyu mukino wabereye muri BK Arena, watangiye Saa Mbiri z’umugoroba, aho wakurikiye ibirori byo gufungura ku mugaragaro iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 27 ndetse rikaba ryarahuje ibihugu 16.

    Ibi birori byitabiriwe n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire; Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi; Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Handball muri Afurika (CAHB), Dr. Mansourou Aremou na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda, Twahirwa Alfred.

    Ni umukino utagoye ikipe y’u Rwanda cyane kuko yawutangiriye hejuru, byatumye iminota 10 ya mbere irangira rufite ibitego 7-1.

    Ikipe ya Zambia yitwaye neza mu minota yakurikiyeho itsindamo ibitego bine, u Rwanda rutsindamo bitanu, byatumye umukino winjira mu minota 10 ya nyuma y’igice cya mbere ari ibitego 12-5.

    Muri iyo minota yari isigaye, u Rwanda rwongeye kuzamuka rutsindamo ibitego bitanu mu gihe Zambia yatsinzemo ibitego bitatu, igice cya mbere kigizwe n’iminota 30 kirangira ruyoboye n’ibitego 17-8.

    Kugeza icyo gihe, nta mukinnyi wari wakoze ikosa rituma ashyirwa hanze iminota ibiri mu gihe Hagenimana Fidèle ari we wenyine wihanangirijwe ahabwa ikarita y’umuhondo.

    Nyuma yo kubona ko Zambia idakanganye cyane, dore ko u Rwanda rwayitsinze no mu Gikombe cya Afurika giheruka kubera mu Misiri mu 2024, abatoza b’Ikipe y’Igihugu bakuriwe na Fayedh Zouabi batangiye gutekereza umukino wa Algeria uzakurikiraho, baruhutsa bamwe mu bakinnyi barimo Mbesutunguwe Samuel na Kayijamahe Yves.

    Iminota 10 ya mbere y’igice cya kabiri yarangiye habonetsemo ibitego bitanu ku mpande zombi, birimo bitatu by’u Rwanda na bibiri bya Zambia, u Rwanda ruyoboye n’ibitego 20-10.

    Gukinisha ikipe imeze nk’iya kabiri ku ruhande rw’u Rwanda byatumye Zambia izamura urwego, umukino winjira mu minota 10 ya nyuma ari ibitego 24-14.

    Nyuma yo kubona ko Zambia itangiye kuzamuka, ikinyuranyo kikaba ibitego umunani, Kayijamahe Yves, Akayezu André 'Kibonge’ na Kubwimana Emmy basubiye mu kibuga, bafatanya n’abandi bakinnyi bose bahawe amahirwe yo kwigaragaza, umukino urangira ari ibitego 30-19.

    Umukinnyi w’umukino yabaye Kayijamahe Yves watsinze ibitego 10, aho yakurikiwe na Rwamanywa Viateur na Nshimiyimana Alexis batsinze ibitego bitanu. Ni mu gihe uwatsinze ibitego byinshi ku ruhande rwa Zambia ari Syakwayi Prichard watsinze ibitego bitandatu.

    Mu yindi mikino yabaye kuri uyu wa Gatatu, Algeria iri mu zihabwa amahirwe yo gutwara igikombe yatsinzwe na Nigeria ibitego 25-23, Misiri itsinda Gabon 36-25, Guinea itsinda Kenya 36-27, Angola itsinda Uganda 37-21, Cap-Vert itsinda Congo Brazzaville 34-28, Maroc itsinda Bénin 52-28 mu gihe Tunisia yatsinze Cameroun ibitego 41-22.

    Ku wa Kane, tariki ya 22 Mutarama 2026, hateganyijwe imikino itanu muri BK Arena n’itatu muri Petit Stade guhera Saa Yine za mu gitondo. Ikipe y’u Rwanda izakina na Algeria guhera Saa 19:00 muri BK Arena.

    Source : http://isimbi.rw/u-rwanda-rwatangiye-neza-igikombe-cya-afurika-amafoto.html

  • Burera: Inzego z'umutekano ziri gushakisha umugabo ukekwaho kwica umugore we #rwanda #RwOT

    Polisi y'u Rwanda ifatanyije n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) batangiye iperereza n'igikorwa cyo gushakisha umugabo wo mu Murenge wa Nemba, mu Karere ka Burera, ukekwaho kwica umugore we amuteye umuhini, bikamuviramo urupfu.

    Amakuru yizewe atangwa n'abaturage bo muri uwo Murenge avuga ko uyu muryango wari usanzwe ubana mu makimbirane, ahanini ashingiye ku businzi bw'uwo mugabo. Abaturanyi bavuga ko intonganya zari zimaze iminsi zigaragara, aho kenshi hageraga ku magambo akomeye n'imirwano, ariko ntibyitabwaho uko bikwiye.

    Bamwe mu baturage baganiriye na Kasuku Media bavuze ko icyaha cyabaye mu masaha y'umugoroba, ubwo intonganya zaje gufata indi ntera, umugabo akagirira umugore we nabi amukubita umuhini. Umugore yahise agira ibikomere bikomeye, nyuma aza gushiramo umwuka mbere y'uko agezwa kwa muganga.

    Nyuma y'ibi byabaye, uwo mugabo yahise ahunga, bituma inzego z'umutekano zitangira igikorwa cyo kumushakisha kugira ngo ashyikirizwe ubutabera. Polisi n'abagenzacyaha ba RIB bemeza ko iperereza rikomeje, banasaba abaturage gutanga amakuru yose yafasha mu kumenya aho ucyekwaho icyaha aherereye.

    Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze bwihanangirije abaturage kwirinda amakimbirane ashingiye ku businzi n'ihohoterwa ryo mu ngo, bushimangira ko ayo makimbirane akenshi aganisha ku byaha bikomeye n'ingaruka zikomeye ku miryango n'umuryango mugari muri rusange.

    Inzego z'umutekano ziri gushakisha umugabo ukekwaho kwica umugore we

    Source : https://kasukumedia.com/burera-inzego-zumutekano-ziri-gushakisha-umugabo-ukekwaho-kwica-umugore-we/

  • Abarimo Dj Kiss, Dj Lou, Dj Pinky, Dj Benda, na Jesca ni bamwe mu bazasusurutsa igitaramo 'SOCIAL THURSDAY' #rwanda #RwOT

    Umujyi wa Kigali ukomeje gutera imbere mu myidagaduro, Ti'Amo Lounge i Remera ikomeje kwigaragaza nk'ahantu hihariye hahurira umunezero, umuziki mwiza ndetse na serivisi zinoze. Abahageze barabyemeza: Ti'Amo ni isibaniro ridasanzwe rikomeje kuvugwa n'abatari bake kubera uko ryakira neza abashyitsi n'uburyo ritegura ibyishimo by'ijoro.

    Ku wa Kane tariki ya 22 Mutarama 2026, Ti'Amo Lounge yaguteguriye igitaramo cyihariye cyiswe 'SOCIAL THURSDAY', kizaba cyuzuyemo ibyishimo n'umunezero urenze ibisanzwe. Ni ijoro rigenewe abakunda gusabana, kuruhuka no kwishimana n'inshuti n'abo bakunda.

    Umuziki uzaba uri kuvangwa na Dj Kiss, Dj Lou, Dj Pinky na Dj Benda, aba-DJ bamenyerewe gutuma abantu banezerwa mu buryo buhebuje, bakavanga injyana zigezweho n'izikunzwe. Ibyishimo bizayoborwa na Jesca, uzagira uruhare rukomeye mu kwakira abashyitsi no gutuma ijoro rigenda neza mu mwuka w'ubusabane.

    Ti'Amo Lounge si umuziki uharangwa gusa , ni n'ahantu hazwi cyane kubera ibinyobwa byiza bitegurwa kinyamwuga, amafunguro aryoshye kandi ateguwe neza, ndetse n'abakozi bafite urugwiro. Ni ho hantu heza ho kubarizwa nk'umuntu wese ushaka kwidagaduro gufite ireme. Tangira witegure wowe n'abawe, kuko ubuze mu gitaramo 'SOCIAL THURSDAY' wazicuza by'iteka.

    Abarimo Dj Kiss, Dj Lou, Dj Pinky, Dj Benda, na Jesca ni bamwe mu bazasusurutsa igitaramo 'SOCIAL THURSDAY'

    Source : https://kasukumedia.com/abarimo-dj-kiss-dj-lou-dj-pinky-dj-benda-na-jesca-ni-bamwe-mu-bazasusurutsa-igitaramo-social-thursday/

  • Morocco yasabiye Senegal kwamburwa Igikombe iheruka kwegukana cya Afurika #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Morocco ryagejeje ikirego ku nzego zireberera ruhago ku Mugabane wa Afurika, risaba ko ikipe y'igihugu ya Senegal yamburwa Igikombe cya Afurika iheruka gutwara. Iri shyirahamwe rivuga ko Senegal yakoze amakosa akomeye mu mukino wahuje impande zombi, aho bivugwa ko abakinnyi bayo bigeze kuva mu kibuga bagahagarika umukino mu gihe cy'igihe gito.

    Nk'uko Morocco ibitangaza, yifashishije amategeko agenga amarushanwa ya CAF, by'umwihariko ingingo ya 82, isobanura ko ikipe ifata icyemezo cyo kuva mu kibuga idasoje umukino ihita iterwa mpaga. Abareze bavuga ko n'ubwo abakinnyi ba Senegal baje kugaruka mu kibuga, icyo gikorwa cyagize ingaruka mbi ku mukino, cyane cyane ku bakinnyi ba Morocco.

    Morocco ivuga ko guhagarika umukino byahungabanyije imitekerereze n'imyitwarire y'abakinnyi bayo, bituma batitwara uko byari byitezwe mu minota yakurikiyeho. Ibyo bivugwa ko byagize uruhare mu myanzuro y'ukuntu umukino wagenze n'uko warangiye.

    Iri shyirahamwe risaba CAF gusuzuma neza ibyabaye, ikareba niba amategeko yarubahirijwe uko bikwiye, bityo hakafatwa icyemezo gishingiye ku mategeko n'uburinganire bw'amakipe yose. Ku ruhande rwa Senegal, ntiharasohoka itangazo rirambuye risubiza ibi birego, ariko biteganyijwe ko CAF izatangaza umwanzuro wayo nyuma yo gusesengura ibirego byatanzwe n'impande zombi.

    Iyi dosiye ishobora kugira ingaruka zikomeye ku mateka y'iri rushanwa, bitewe n'icyemezo kizafatwa n'inzego zibishinzwe.

    Morocco yasabiye Senegal kwamburwa Igikombe iheruka kwegukana cya Afurika

    Source : https://kasukumedia.com/morocco-yasabiye-senegal-kwamburwa-igikombe-iheruka-kwegukana-cya-afurika/

  • Bruce Melodie yasubije The Ben wise ‘ibihuha’ ibyo gukorana na we ibitaramo #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Bruce Melodie yashimangiye ko nta gisibya The Ben ahari mu bitaramo bye bizazenguruka igihugu bizaba mu mpeshyi y’uyu mwaka.

    Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo Bruce Melodie abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko mu mpeshyi y’uyu mwaka azakora ibitaramo bizenguruka igihugu yise ‘2026 Summer Country Tour’ aho azafatanya n’umuhanzi The Ben, gusa yongeyeho ko “amakuru arambuye azasohoka vuba.”

    Iyi ‘graphic’ ivuga ko bafitanye ibitaramo ni yo The Ben yifashishije ashyira ku rukuta rwe rwa Instagram ahajya ubutumwa bumara amasaha 24 maze agira ati “Ni ibihuha”.

    Gusa nyuma y’amasaha yaje guhita asiba ubu butumwa, benshi bakeka ko yaba yisubiyeho.

    Mu kiganiro Amahumbezi, Bruce Melodie yavuze ko hashobora kuba harabayeho gutanga amakuru nabi mu bagize ikipe ya The Ben bayamuha ariko baricaye barabikemura ubu nta kibazo gihari The Ben azaboneka.

    Ati “Twaravuganye ahubwo nkeka ko ikibazo kiri mu bashinzwe itumanaho mu ikipe ya The Ben, bashobora kuba bataramubwiye uko bikwiye ariko ibintu byose byari biri ku murongo biratunganyije kandi mwarabibonye ko ubutumwa yahise abusiba ubwo ahari yari amaze kubona amakuru yose, ibitaramo birahari kandi na The Ben arahari nta kibazo gihari.”

    Aba bombi baheruka guhurira mu gitaramo The Nu-Year Groove cyasize impaka nyinshi aho bamwe bavugaga ko The Ben yabapfunyikiye, ndetse na nyuma ku mbuga nkoranyambaga igitaramo cyari The Ben asa n’usebywa nubwo igitaramo cyari icye, amakuru aturuka hafi ya The Ben avuga ko byamubabaje cyane ku buryo yafashe umwanzuro wo kwikura muri iki gitaramo cya Melodie cyane ko yaketse ko ibyamubayeho bifite aho bihuriye na Melodie.

    Melodie yavuze ko ibi bitaramo bihari kandi azabikorana na The Ben

    The Ben yari yavuze ko ari amakuru y’ibihuha

    Source : http://isimbi.rw/bruce-melodie-yasubije-the-ben-wise-ibihuha-ibyo-gukorana-na-we-ibitaramo.html

  • Ni iki kiri kuba ku murongo wa Internet mu Rwanda muri iki gihe?

     

    Niba uri kwumva ko internet yawe iri kugenda buhoro cyangwa ikaba idakora neza muri iyi minsi mu Rwanda, si wowe wenyine ubyumva —  Abantu benshi mu gihugu baravuga ko bafite ibibazo bya internet, cyane cyane mu byumweru bishize. Dore ibisobanuro byimbitse ku bibazo biriho, impamvu zishoboka, n’icyo twakwitega mu gihe kiri imbere.


    📉 Abantu baratanga ubuhamya: abakoresha barumva ikibazo

    Ku mbuga nkoranyambaga no ku mbuga z’abaturage, abanyarwanda benshi baravuga ko internet yabo idakora neza, cyane cyane kuri bamwe mu batanga service bakomeye nka CanalBox. Bamwe bavuga ko connection yabo iri kugenda buhoro cyane, ikagorana, cyangwa ikageraho ivaho burundu. Hari n’abavuga ko ibi bibazo bitatangiriye ubu gusa, ahubwo bimaze icyumweru cyangwa ibindi byinshi.

    Abantu bamwe banavuga ko abenshi mu batanga internet mu Rwanda bakoresha umuyoboro umwe wo hanze (upstream). Iyo hari ikibazo kuri uwo muyoboro, bishobora kugera kuri benshi icyarimwe, bigatuma bigaragara nk’ikibazo cy’igihugu cyose.


    🌍 Ntabwo ari guhagarika internet ku gihugu cyose — ahubwo ni ibibazo bya tekinike

    Kugeza ubu, nta makuru yemewe avuga ko habayeho guhagarika internet mu gihugu cyose mu Rwanda. Bitandukanye n’ibihugu bimwe aho internet ihagarikwa ku mpamvu za politiki, ikibazo cya none gisa n’icyatewe n’ikibazo cya tekinike cyangwa ibikoresho.

    U Rwanda ruciye ku miyoboro y’isi yose y’itumanaho (cables sous-marines) binyuze mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba. Mu bihe byashize, gucika kw’ayo muyoboro byarateje ikibazo ku rwego rw’akarere kose, bikerekana ko umuyoboro ushobora guhungabana igihe igice kimwe cyangiritse.


    📊 Uburyo internet iri gukura mu Rwanda

    Kugira ngo dusobanukirwe impamvu ibibazo byigaragaza cyane, reka turebe uko ibintu bimeze muri rusange:

    • Kwinjira ku murongo wa internet mu Rwanda biracyiyongera, cyane cyane binyuze ku internet ya telefoni igendanwa.

    • Coverage ya 4G iragera henshi, kandi 5G iri kugeragezwa mu bice bimwe. Gusa internet y’umurongo uhagaze (fibre) iracyari mu nzira y’iterambere.

    • Hari imishinga y’itumanaho rya satellite n’iyagura fibre optique mu gihugu hagamijwe gukomeza kugirira akamaro abaturage.

    Ibi bivuze ko umuyoboro wa internet ukiri mu nzira y’iterambere, bityo ukaba ushobora guhura n’ibibazo mu bihe by’ingenzi cyangwa igihe hari ikibazo ku muyoboro wo hanze.


    📶 Kuki biboneka cyane muri iki gihe?

    Uko abantu benshi bakoresha teletravail, videoconference, streaming, na serivisi z’ishyirwa ku murongo, ubushobozi buke bw’umuyoboro bugaragara cyane. Urupapuro rutuzuye, videwo zigahagarara, guhamagara kuri internet bikagenda buhoro, byose ni ibimenyetso by’umuyoboro uri ku gipimo cy’ikirenga.


    💡 Icyo wakora muri iki gihe

    Niba uri guhura n’ikibazo:

    • Gerageza gusimburanya Wi-Fi n’internet ya telefoni urebe icyiza kurusha ikindi.

    • Reba niba ukanze router cyangwa modem — kenshi birakemura ikibazo.

    • Hamagara umukoresha wawe wa internet (ISP) urebe niba hari maintenance cyangwa ikibazo bazi.

    • Irinde gukoresha ibintu bikoresha internet nyinshi cyane mu gihe cy’amasaha ya peak.


    🚀 Ejo hazaza

    U Rwanda rurimo gukomeza gushyira imbaraga mu miyoboro y’ikoranabuhanga, hagamijwe kuzamura coverage, umuvuduko, n’imikorere ya internet. Intego ni ugukora umuyoboro ukomeye ushobora guhangana n’ibibazo bya tekinike n’ibyifuzo by’abakoresha.

    Mu gihe dutegereje ibi, internet ishobora gukomeza kugenda buhoro cyangwa guhagarara igihe gito, cyane cyane mu bihe bya peak cyangwa igihe hari ikibazo ku muyoboro w’isi.

    Internet yizewe ni ingenzi mu kazi, mu mashuri, mu bucuruzi no mu kwidagadura. Kumenya impamvu y’ibi bibazo bizadufasha kubyitwaramo neza no gukomeza gukurikirana uko iterambere ry’ikoranabuhanga rihagaze mu Rwanda.

  • Perezida wa Rayon Sports yijeje abafana igikombe cya shampiyona #rwanda #RwOT

    Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yavuze ko yizeye kuzegukana igikombe cya Shampiyona ya 2025-26 nubwo ikipe itari mu bihe byiza.

    Yabigarutseho mu Kiganiro yagiranye na Radio Rwanda aho uyu muperezida w’inzibacyuho yavuze ko igikombe bagifite mu ntoki zabo.

    Ati “Icyo nabwira abakunzi ba Rayon Sports ni uko igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda tugifite mu biganza byacu, tugiye kugiharanira kugeza tukibonye.”

    Yanavuze ko n’Igikombe cy’Amahoro bizeye kuzacyegukana, bakaba biteguye kugihatanira.

    Ati “N’igikombe cy’Amahoro, ibikombe byombi amakipe tubihanganiye dukuyemo ayo mu mahanga, tuzakomeza guhatana ku buryo muri Gicurasi, Shampiyona izajya kurangira amahirwe tuzaba tuyafite ahagije.”

    Avuze ibi mu gihe ikipe idahagaze neza aho itsindwa buri gihe kandi wanareba abakinnyi ifite, nta cyizere batanga ko yazahatanira ibi bikombe.

    Mu mikino 15 ya shampiyona imaze gukina yatsinze 7, itsindwa 5 inganya 3 ikaba yaratsinzwe igitego 18 nayo itsinda 18. Ubu iri ku mwanya wa 9 n’amanota 24, Al Hilal ya mbere ifite 35, Police FC 34 na APR FC ikagira 33.

    Murenzi Abdallah yavuze ko bazegukana shampiyona

    Source : http://isimbi.rw/perezida-wa-rayon-sports-yijeje-abafana-igikombe-cya-shampiyona.html

  • Igitaramo 'TAKEOVER' kiraba kirimo umunezero udasanzwe iri joro Ti'Amo i Remera #rwanda #RwOT

    Mu Mujyi wa Kigali, ahazwi cyane mu myidagaduro n'imyemerere y'ijoro rigezweho, Tiamo Lounge i Remera irongera yerekane impamvu ikomeje kuvugwa n'abatari bake. Kuri uyu wa Gatatu taliki ya 21 Mutarama 2026, hateganyijwe igitaramo kidasanzwe cyiswe TAKEOVER, kiraba ari ijoro ryo kwishimira umunsi wo kuri uyu wa Gatatu doreko Imana iba ikomeje kudutiza iminsi yo kubaho.

    Ni igitaramo kirasusurutsa benshi, kikaba kirasusurutswa n'umuziki uvanze neza, urab uri gucurangwa na DJ Joo, umwe mu ba DJ bazwiho gutuma ijoro riba iridasanzwe kubera umuziki avangavanga. Ku ruhande rw'uyobora ibirori, QUEEN Runner araba ari we mc, akazamura ibyishimo by'abitabiriye, abinyujije mu magambo aryoshye n'imiyoborere irimo ubunararibonye.

    Tiamo Lounge ikomeje kwigaragaza nk'ahantu hatandukanye n'ahandi, si mu muziki gusa, ahubwo no muri serivisi nziza, ibinyobwa byateguwe mu buryo buhanitse, n'amafunguro kandi aryoshye bituma uhagenda wumva wisanze iwanyu. Ni ho hantu hahurira abakunda umuziki mwiza, n'abashaka kuruhuka mu buryo bw'akataraboneka hagati mu Cyumweru.

    Igitaramo cyiswe TAKEOVER Wednesday Night ni ijoro ryo kwitandukanya na stress, ukanezerwa n'uko Imana ikomeje kugutiza ubuzima muri iy'Isi, ukanishimira injyana ziryoheye amatwi.

    Igitaramo 'TAKEOVER' kiraba kirimo umunezero udasanzwe iri joro Ti'Amo i Remera

    Source : https://kasukumedia.com/igitaramo-takeover-kiraba-kirimo-umunezero-udasanzwe-iri-joro-tiamo-i-remera/