Author: webrwanda

  • Abimuwe i Mazane na Sharita barasaba koroherezwa kororera amatungo magufi #rwanda #RwOT

    Abaturage bimuwe mu birwa bya Mazane na Sharita, bagatuzwa mu Mudugudu w'icyitegererezo, baravuga ko ingamba zashyizweho zibabuza kororera amatungo magufi mu nzu bahawe, doreko biri kubagiraho ingaruka zikomeye ku mibereho yabo ya buri munsi. Bavuga ko ayo matungo yari inkingi ikomeye y'iterambere ry'imiryango yabo, bityo kubuzwa kuyitaho bikaba bibasubiza inyuma mu rugendo rwo kwigira.

    Bamwe muri bo basobanura ko amatungo magufi nk'inkoko, ingurube n'ihene byabafashaga kubona ifumbire yo mu mirima, indyo yuzuye ku bana ndetse n'amafaranga make yabunganiraga mu bindi bikenewe by'ibanze. Kuri ubu, bavuga ko kubura ayo mahirwe byatumye bamwe batangira kugorwa no kubona amafunguro ahagije, bikaba bitera impungenge ku nzara n'ubukene bukabije.

    Abo baturage bavuga ko bashima kwimurwa bagahabwa amacumbi meza kandi batekanye, ariko bagasaba ko amategeko abayagenga baborohereza, hakabaho uburyo bwo kororera ayo matungo mu buryo bujyanye n'isuku n'umutekano by'aho batuye. Bongeraho ko iterambere ridashobora kugerwaho mu gihe abaturage bambuwe uburyo busanzwe bubafasha kwiteza imbere.

    Basaba inzego bireba ko zabumva, zigashaka ibisubizo byatuma babasha kongera korora amatungo magufi mu buryo butabangamira gahunda z'umudugudu w'icyitegererezo, bityo bakabasha kwiteza imbere no kwirinda inzara n'ubukene.

    Abimuwe i Mazane na Sharita barasaba koroherezwa kororera amatungo magufi

    Source : https://kasukumedia.com/abimuwe-i-mazane-na-sharita-barasaba-koroherezwa-kororera-amatungo-magufi/

  • Niwe bireba – Spice Diana ku gusaba uwamurebereraga inyungu gusiba tattoo ye #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi wo muri Uganda, Spice Diana, yavuze ko nta kibazo afite kuba uwamurebereraga inyungu, Lubega Roger, agifite ku mubiri we tattoo yanditseho izina rye nibwo bombi batandukanye mu kazi.

    Mu kiganiro yagiranye na radiyo yo muri Uganda, Spice Diana yavuze ko adafite ikibazo na gito kuri iyo tatou, agaragaza ko atari ibintu bimubangamira na gato.

    Yasobanuye ko Roger yayishyizeho bitewe n’urukundo yari amufitiye, kandi ko kuba batagikorana bitamuha uburenganzira bwo kumutegeka icyo akora ku mubiri we.

    Aho yagize ati 'Ni icyemezo cye. Iyo wakoze ikintu ugikoreye urukundo ufitiye umuntu kandi uwo muntu atarakubabaje, urukundo ntiruhita rushira.'

    'Niba hari igihe byagera aho umubabaro utuma uyikuraho, na byo ni amahitamo yawe. Si njye wagombaga kubimutegeka kuko sinigeze mbyuka mu gitondo musabe gushyiraho iyo tatou.'

    Uyu muhanzikazi yanongeyeho ko kuba uyu mugabo yakiyandika ku mubiri we izina rye ari ikintu cyiza kandi gituruka ku mutima ukunze.Yagaragaje ko atabona impamvu byahinduka intandaro y’amakimbirane nyuma yo gutandukana mu kazi.

    Mu cyumweru gishize, nibwo Spice Diana yatangaje ku mugaragaro ko yatandukanye burundu na Manager Roger, bagabana imitungo n’uburenganzira ku bihangano byabo, anatangaza ko yamaze kubona ubuyobozi bushya buzamufasha gukomeza urugendo rwe rw’umuziki.

    Mu myaka ibiri ishize, Lubega Roger yari yarishushanyijeho izina rya Spice Diana ku kuboko kwe kw’ibumoso, akajya arigaragaza ku mbuga nkoranyambaga binyuze mu mafoto n’amashusho yashyiraga hanze.

    Mu bihe bitandukanye kandi Spice Diana yagiye agaragara arimo kwerekana iyo tatou mu kiganiro, ayikoresha mu gusubiza abavugaga ko bafitanye amakimbirane mbere yuko batangaza ugutandukana kwabo.

    Gusiba iyi tatoo ngo ni we bireba

    Source : http://isimbi.rw/niwe-bireba-spice-diana-ku-gusaba-uwamurebereraga-inyungu-gusiba-tattoo-ye.html

  • Arsenal yarishije umunyarwenya arenga miliyoni 11 Frw #rwanda #RwOT

    Umunyarwenya Oga Obinna ari mu gihombo gikomeye nyuma yo gutakaza arenga Miliyoni 11 z’Amafaranga y’u Rwanda yari yateze ku mukino ukomeye wa Premier League ko Arsenal itsinda Manchester United birangira itsinzwe.

    Mbere y’uyu mukino wari witezwe cyane, Obinna umunyarwenya wo muri Kenya, yari yemeje ko azashyira amafaranga ye yose ku ikipe ya Arsenal kugira ngo itsinde Manchester United, nubwo we ari umukunzi wa Manchester.

    Yari yavuze ko icyemezo cye cyari cyashingiye ku nama yagiriwe n’abasesenguzi batatu b’umupira w’amaguru, bose bari bahurije ku kuba yaza gushetera Arsenal, kandi Obinna yavuze ko yari yizeye ko ashobora kubona inyungu ingana na Miliyoni 1.6 KSh iyo Arsenal iramuka itsinze ni mu gihe yari yashoye miliyoni 1 y’amashilingi ya Kenya ni ukuvuga miliyoni 11 n’ibihumbi 200 by’amafaranga y’u Rwanda.

    Arsenal yatangiye umukino neza, itsinda igitego cya mbere binyuze mu mupira washyizwe mu izamu na Jurrien Timber ariko ubanje gushotwa kuri Lisandro Martínez mu gice cya mbere.

    Nyuma y’iminota irindwi, Manchester United yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Bryan Mbeumo. Patrick Dorgu atera ishoti rikomeye cyane ashyiramo igitego cya kabiri hari mu ntangiriro z’igice cya kabiri.

    Arsenal yagerageje kongera kubona igitego cyo kunganya kugeza ku munota wa 84 binyuze kuri Mikel Merino watsinze igitego cyo mu kavuyo, ariko Manchester United iza kuyitsinda igitego cya nyuma mu munota wa 87 cya Matheus Cunha, ituma Obinna atakaza amafaranga yose yari yateze.

    Amashusho yashyizwe hanze mu masaha make ya nyuma y’umukino yagaragaje Obinna ari kureba uyu mukino mu kabari ari hamwe n’abandi bafana, asa nk’ususumira intoki.

    Oga Obinna yahiye miliyoni y’amashilingi ya Kenya kubera gushetera Arsenal

    Source : http://isimbi.rw/arsenal-yarishije-umunyarwenya-arenga-miliyoni-11-frw.html

  • Rudasingwa Prince yaba yaratekeye umutwe Police FC? #rwanda #RwOT

    Rutahizamu mushya wa Police FC ntabwo yemeranya n’abavuga ko yasinyiye Police FC afite imvune ayibeshya ko ari muzima, ngo ibijyanye n’ubuzima bwe yari ibuzi ndetse akaba ari bunatangire imyitozo uyu munsi.

    Ni nyuma y’uko avuye muri AS Kigali agasinyira Police FC aho agiye kuyifasha gukomeza guhatanira igikombe cya shampiyona, ni nyuma y’uko tariki ya 22 Mutarama 2026 yamutangaje.

    Kuva yatangazwa ntabwo yigeze akora imyitozo aho hatangiye kujya hanze amakuru y’uko yasinyiye iyi kipe afite imvune ndetse ashobora kuzamara hanze y’ikibuga amezi atari munsi y’abiri.

    Mu kiganiro kigufi yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Rudasingwa Prince yavuze ko atari byo, ko yasinyiye iyi kipe bazi uko ahagaze ndetse ko ibyo kumara ayo mezi atari yo ndetse atangira imyitozo uyu munsi.

    Ati “Nta byinshi navuga gusa ntabwo ari ukuri. Police FC nayisinyiye ibizi ko nkirutse imvune yari ibizi. Oya, uyu munsi ndatangira kwiruka narakize, ntabwo wahita ujya mu kibuga n’abandi kandi umaze iminsi udakora, rero ndatangira uyu munsi.”

    Rudasingwa Prince yakiniye amakipe atandukanye aho yakiniye Rayon Sports ayivamo yerekeza muri AS Kigali ari nayo yakiniraga kugeza ubu mbere yo kujya muri Police FC.

    Rudasingwa Prince biravugwa ko yasinyiye Police FC afite imvune

    Source : http://isimbi.rw/rudasingwa-prince-yaba-yaratekeye-umutwe-police-fc.html

  • Noneho APR FC iremera kwihagararaho n’iyo yazahomba? #rwanda #RwOT

    APR FC ntabwo irumva neza uburyo yarekura myugariro wayo igenderaho, Niyigena Clement akerekeza muri Al Hilal irimo gukora ibishoboka byose ngo ibe yamwegukana.

    Ubu inkuru igezweho ya Siporo muri Sudani, ni iya Niyigena Clement ukinira APR FC wifuzwa bikomeye na Al Hilal ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

    Uyu mukinnyi ukina mu mutima w’ubwugarizi yabengutswe n’iyi kipe ndetse yatangiye ibiganiro ngo irebe ko yamwegukana nubwo bitoroshye na APR FC idashaka kumurekura.

    ISIMBI yamenye amakuru ko Al Hilal yifashishije umwe mu bakinnyi bayo ngo abe yakumvisha Niyigena Clement ko kuyerekezamo nta gihombo kirimo, amwereka ubuzima babayemo ko nayo ari ikipe ihagaze neza ndetse ko ibyo abona muri APR FC muri Al Hilal biziyongera.

    Iyi kipe ikaba yifuza ko mu gihe byakunda yazanamukinisha ku mukino w’amatsinda wa Champions League bakiramo Mamelodie Sundowns i Kigali kuri Stade Amahoro.

    Niyigena Clement usigaje amasezerano y’amezi 6 muri APR FC, abamwegereye bavuga ko yifuza gusohoka muri APR FC ndetse ko mu gihe itamurekura uyu mwaka w’imikino nurangira azagendera ubuntu.

    Bivugwa ko muri APR FC hari ababyumva cyane cyane abashinzwe isoko ry’igura n’igurisha ariko ubuyobozi bukaba butabyumva neza.

    Amakuru adafitiwe gihamya ni uko no mu mikino ibiri iherutse atakinnye uw’Amagaju na Al Merreikh nta kibazo yari afite ahubwo bifitanye isano no kuba yifuzwa na Al Hilal.

    Niyigena Clement arifuzwa cyane na Al Hilal

    Source : http://isimbi.rw/noneho-apr-fc-iremera-kwihagararaho-n-iyo-yazahomba.html

  • Fizi: Intambara, ubuhunzi n'inzara bikomeje guhitana abaturage #rwanda #RwOT

    Teritware ya Fizi, iherereye mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeje kunyura mu bihe bikomeye by'umutekano muke n'ibibazo by'ubutabazi byugarije abaturage. Imirwano ihuza ingabo za Leta (FARDC) n'imitwe yitwaje intwaro ikomeje gusenya ubuzima bw'abasivili, ituma benshi bahunga, abandi bagatakaza icyizere cyo kubaho neza.

    Nyuma y'imirwano iherutse, Ibitaro Bikuru bya Fizi byakiriye abarwayi barenga 100 bakomerekejwe n'intambara, nyamara bifite ubushobozi bw'ibitanda 25 gusa. Ibi byashyize abaganga n'abaforomo mu kazi katoroshye, aho bamwe mu barwayi babura serivisi z'ubuvuzi zikwiye. Ubuyobozi bw'ibitaro bwasabye inkunga yihutirwa y'imiryango mpuzamahanga, by'umwihariko CICR, kugira ngo hafashwe abakomeretse.

    Ikibazo cy'ubuhunzi n'inzara na cyo kirakabije. OCHA itangaza ko muri Kivu y'Amajyepfo hari abimuwe barenga miliyoni 1.5, benshi muri bo bakaba bari muri Fizi. Abenshi babayeho badafite ibiribwa bihagije, amazi meza n'ubuvuzi. Abana ni bo bibasirwa cyane, aho abarenga 1,800 bafite imirire mibi ikabije.

    Intambara yahagaritse ubuhinzi n'ubucuruzi, bituma ibiciro by'ibiribwa by'ibanze bizamuka cyane. Fizi ikomeje kuba isibaniro ry'amakimbirane, abaturage bayo bahorana ubwoba, inzara n'ubukene bukabije.

    Fizi: Intambara, ubuhunzi n'inzara bikomeje guhitana abaturage

    Source : https://kasukumedia.com/fizi-intambara-ubuhunzi-ninzara-bikomeje-guhitana-abaturage/

  • Burya indyo nziza niyo soko y'ubuzima buzira umuze #rwanda #RwOT

    Byinshi utari uzi burya indyo nziza niyo soko y'ubuzima buzira umuze, kandi guhitamo aho ufatira amafunguro n'icyo kunywa niyo ntambwe ikomeye iganisha ku mibereho myiza. Abantu benshi bajya bibaza aho bakura amafunguro meza, ateguwe kinyamwuga, afasha umubiri gukomera kandi akaryohera ururimi. Igisubizo cy'icyo kibazo ni Ti'Amo Lounge i Remera, imbere ya Gare, hafi ya station ya ORYX.

    Ti'Amo Lounge ni Bar & Restaurant yitaye ku buzima bw'abakiriya bayo, igashyira imbere isuku, ubuziranenge n'ubuhanga mu gutegura amafunguro. Aha ni ho usanga amafunguro atandukanye, ateguwe n'abatekera babifitiye ubumenyi n'uburambe, bakita ku bipimo bikwiye by'intungamubiri, bakirinda ibintu bishobora kwangiza ubuzima bw'abantu. Kuva ku mafunguro ya kinyarwanda aryoshye, kugera ku mafunguro mpuzamahanga ateguwe ku rwego rwo hejuru, Ti'Amo Lounge iguha amahitamo ajyanye n'icyo ukeneye n'icyo ukunda.

    Si amafunguro gusa, ahubwo n'ibinyobwa biba byatoranyijwe neza, haba ibidasembuye n'ibisembuye, byose byujuje ubuziranenge kandi bigatangwa mu buryo bw'umwuga. Aho wicaye wumva utuje, umuziki mwiza uba ucurangirwamo, n'akazi k'abakozi bakwakira neza bigatuma ifunguro rirusha kuryoha.

    Niba ushaka aho waruhukira n'inshuti, umuryango cyangwa abo mukorana, ukishimira amafunguro meza n'ibinyobwa byiza mu mwuka mwiza, Ti'Amo Lounge i Remera ni ho ugomba kwerekeza. Aha si aho gufatira amafunguro gusa, ni naho wakwidagadurira kuko bagufitiye na club.

    Ti'Amo Lounge ni Bar & Restaurant yitaye ku buzima bw'abakiriya bayo
    Bagufitiye aho wafatira ifunguro hasa neza

    Indyo nziza niyo soko y'ubuzima buzira umuze

    Source : https://kasukumedia.com/burya-indyo-nziza-niyo-soko-yubuzima-buzira-umuze/

  • Imyaka itandatu irihitse Kobe Bryant n'umukobwa we Gianna bitabye Imana #rwanda #RwOT

    Imyaka itandatu irashize Isi yose iguye mu kantu, abakunzi b'umukino wa Basketball bakubiswe n'inkuru y'inshamugongo y'urupfu rwa Kobe Bryant, icyamamare gikomeye mu mukino wa Basketball, we n'umukobwa we Gianna Maria-Onore Bryant. Byabaye ku wa 26 Mutarama 2020, umunsi wabaye ikimenyetso cy'akababaro ku bakunzi ba siporo n'abatari bake ku Isi yose.

    Iyo mpanuka yabaye mu masaha ya mu gitondo, mu Ntara ya California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gace ka Calabasas. Indege ntoya (helicopter) bari barimo yagize impanuka ikomeye, ihitana abantu icyenda bose bari bayirimo, nta n'umwe warokotse. Muri abo, harimo Kobe Bryant wari ufite imyaka 41, n'umukobwa we Gianna wari ufite imyaka 13 y'amavuko, wari ufite impano idasanzwe muri Basketball.

    Kobe Bryant yari icyitegererezo ku bakiri bato benshi, azwi cyane ku mateka akomeye yagize mu ikipe ya Los Angeles Lakers, aho yatwaye ibikombe bitanu bya NBA, akanahabwa ibihembo byinshi by'icyubahiro. Uretse kuba yari umukinnyi w'indashyikirwa, yari n'umubyeyi wuje urukundo, wagaragarizaga Isi yose ko siporo n'umuryango bishobora kujyana.

    N'ubwo imyaka itandatu ishize, izina rya Kobe Bryant riracyumvikana mu mitima ya benshi. Umurage yasize wo kwitanga, gukunda akazi no kutiganyira uracyigisha abakiri bato, cyane cyane abakiri bato, ko inzozi zishoboka iyo ziherekezwa n'umurava n'indangagaciro nzima.

    Imyaka itandatu irihitse Kobe Bryant n'umukobwa we Gianna bitabye Imana

    Source : https://kasukumedia.com/imyaka-itandatu-irihitse-kobe-bryant-numukobwa-we-gianna-bitabye-imana/

  • Massamba Intore yahishuye urukumbuzi afitiye inganzo ya Miss Jojo #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’inararibonye mu muziki gakondo, Massamba Intore, yongeye gukangura amarangamutima y’abakunzi b’umuziki nyarwanda nyuma yo kugaragaza ko akumbuye ibihangano by’umuhanzikazi Miss Jojo, wagize izina rikomeye mu myaka yashize.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Massamba wasangije abamukurikira ubutumwa bwuzuyemo amarangamutima, yifashishije amagambo agaragaza ko akumbuye cyane umusanzu wa Uwineza Iman Josiane wamamaye nka Miss Jojo mu nganzo.

    Mu butuma yaherekesheje indirimbo ya Miss Jojo yise '’Bareke Bige”, uyu mutoza mu itorero ry’igihugu yanditse ati 'Oh! Miss Jojo ndagukumbura mu nganzo nkakubura!”

    Nubwo yari akunzwe cyane, Miss Jojo yafashe icyemezo gikomeye mu 2012 cyo gushyira ku ruhande ibikorwa by’umuziki n’ibitaramo, ahitamo kwitangira ibikorwa by’iterambere bifasha abagore n’abakobwa batishoboye.

    Icyo gihe, yibumbiye hamwe n’abandi b’Abayisilamukazi bashinga ishyirahamwe rigamije guteza imbere imibereho myiza y’abagore n’abakobwa, ryibanda ku kubaha ubujyanama n’ubumenyi bubafasha kwiyubaka.

    Uyu muhanzikazi yagiye asobanura kenshi ko n’ubwo atakiri mu ruhando rw’umuziki nk’uko byari bisanzwe, atigeze awuvamo burundu n’ubuhanzi.

    Yagaragaje ko rimwe na rimwe yandika indirimbo igihe abonye umwanya, ariko akemeza ko umwanya munini yawuhariye imishinga ifitiye sosiyete akamaro, ndetse no ku nshingano ze nk’umubyeyi.

    Mu rwego rwo gukomeza gutanga umusanzu we, Miss Jojo yanatangije gahunda izwi nka 'Igikari Events’, igamije guha urubyiruko, by’umwihariko abakobwa, umwanya wo kuganira ku bibazo by’ubuzima, indangagaciro n’iterambere, mu bwisanzure no mu ibanga.

    Miss Jojo azwi nk’umwe mu bagize uruhare rugaragara mu guteza imbere umuziki nyarwanda, cyane cyane mu kuwugeza ku rwego mpuzamahanga binyuze mu ndirimbo no mu mikoranire n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda no hanze yarwo.

    Yabaye kandi umwe mu bahanzikazi b’intangarugero, watinyuye abakobwa benshi kwinjira mu buhanzi, mu bihe byari bikigoye ko umukobwa ahabwa umwanya uhagije mu muziki.

    Miss Jojo yahagaritse umuziki agikenewe na benshi

    Massamba yagaragaje urukumbuzi amufitiye

    Source : http://isimbi.rw/massamba-intore-yahishuye-urukumbuzi-afitiye-inganzo-ya-miss-jojo.html

  • Umusobanuzi wa filime PK yakoze ubukwe #rwanda #RwOT

    Karemera Hassan wamamaye mu gusobanura filime nka PK Production yakoze ubukwe na Murekatete Diane bamaze igihe bakundana.

    Ni ubukwe bwabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026 bubera Ahava River Kicukiro.

    Ukaba wabanjirijwe n’umuhango wo gusaba no gukwa aho mu basore bari bagaragiye PK bari biganjemo ibyamamare barimo na Savimbi na we uzwi mu gusobanura filime.

    Ni mu gihe Chita ari we wari umusangiza w’amagambo (MC). Nyuma yo gusaba no gukwa haraba umuhango wo gushyingirwa ukaba na wo ubera Ahava River.

    Ubu bukwe bubaye nyuma y’uko tariki ya 15 Mutarama 2026 bari bakoze ubukwe imbere y’idini ya Islam ibyo bita “Kufunga Ndoa”.

    Murakatete byamurenze

    Byari ibyishimo kuri PK na Diane

    Bari bamaze igihe bakundana

    Source : http://isimbi.rw/umusobanuzi-wa-filime-pk-yakoze-ubukwe.html