Author: webrwanda

  • APR FC yanyagiye AS Kigali (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari nyuma yo kunyagira AS Kigali 3-0.

    Ni umukino wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama 2026 kuri Kigali Pelé Stadium.

    Nubwo APR FC yagerageje gusatira mu gice cya mbere ariko nta mahirwe afatika yabonye kimwe na AS Kigali wabonaga iri hasi. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.

    APR FC yagarutse mu gice cya kabiri ishaka igitego yaje no kukibona ku munota wa 60 cyatsinzwe na Hakim Kiwanuka ku mupira yari ayahawe na Ssekiganda Ronald maze agacenga akinjira mu rubuga rw’amahina maze ahita atsinda.

    Ku munota wa 65, William Togui Mel yatsindiye APR FC igitego cya kabiri nyuma yo gucenga ubwugarizi bwa AS Kigali.

    Nyuma yo gukinana neza hagati y’abakinnyi ba APR FC, Ruboneka yatsindiye APR FC agashinguracumu maze umukino urangira ari 3-0.

    APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari ikaba izahura n’ikipe izatsinda hagati ya Rayon Sports na Police FC ejo.

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yanyagiye-as-kigali-amafoto.html

  • Mukuru wa Jay Polly, Uwera Jean Maurice yagizwe Umuvugizi wungirije guverinoma #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru akaba n’Umuyobozi wa Radio SK FM, Uwera Jean Maurice yagizwe Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda.

    Ni umwe mu mwanzuro wafatiwe mu Nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama 2026 aho Jean Maurice Uwera akaba umuvandimwe wa Nyakwigendera Jay Polly yagizwe Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije.

    Akaba yasimbuye Alain Mukuralinda witabye Imana muri Mata 2025 azize uburwayi bwo guhagarara k’umutima.

    Muri Mutarama 2025 ni bwo Uwera Jean Maurice wamenyekanye nk’umunyamakuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), by’umwihariko mu biganiro nka 'Waramutse Rwanda’ n’amakuru ya Televiziyo y’u Rwanda, byavuzwe ko yahawe akazi ko kuyobora SK FM.

    Uretse kuba umuyobozi wa radiyo, amakuru ahamya ko Uwera yakoraga ikiganiro cya mu gitondo cyagarukaga ku ngingo zitandukanye.

    Uwera Jean Maurice yagizwe Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/mukuru-wa-jay-polly-uwera-jean-maurice-yagizwe-umuvugizi-wungirije-guverinoma.html

  • Shaddyboo yavuze nyuma y’impaka ndende ku mashusho ye #rwanda #RwOT

    Icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, Shaddyboo, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo kuvuga ku mashusho amugaragaza ari kubyina mu kabari yakwirakwiye gusa hakagarukwaho cyane ubwoko bwa telefone yari afite.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa kane tariki ya 29 Mutarama 2026, Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddyboo yagaragaje ko ayo mashusho atari mashya, kuko yafashwe mu 2018, anenga uburyo yakomeje gusakazwa no kugirwaho ibitekerezo bigamije gusebanya aho kuganisha ku nyungu rusange.

    Mu butumwa bwe, Shaddyboo yagaragaje ko gusoma ibitekerezo by’abantu byerekana neza uko sosiyete imeze n’imitekerereze iyigize.

    Yavuze ko hari imyitwarire imwe n’imwe ihabwa umwanya nk’aho ari yo shingiro ry’uruganda rw’imyidagaduro, nyamara mu by’ukuri ari yo irusenya buhoro buhoro.

    Yagize ati 'Niba ushaka gusobanukirwa icyica intege sosiyete yacu, rimwe na rimwe uba ukeneye kureba imyitwarire imwe n’imwe gusa. Gusoma ibitekerezo by’abantu birahagije, bigaragaza byinshi ku bihe turimo.'

    Yongeyeho ko hari ibintu byinshi byakagombye guhabwa agaciro kuko byubaka, bigahuza abantu kandi bigatanga icyizere, aho kwibanda ku bitarufitiye akamaro.

    Shaddyboo yasobanuye ko kwibaza ku bwoko bwa telefone yari afite icyo gihe bidakwiye guhabwa umwanya munini kurusha ubutumwa nyabwo n’icyo uruganda rw’imyidagaduro rukwiye kuba ruharanira.

    Uyu mubyeyi w’abana babiri yanibukije ko atari ibintu byose biba ku mbuga nkoranyambaga bikwiye gusangizwa cyangwa gukomeza guhererekanywa, cyane cyane iyo bidafasha mu iterambere.

    Yasoje agaragaza ko we yahisemo gutuza no kuguma ku murongo uhamye, ashimangira ko kwitwararika no kwibanda ku byubaka ari byo byafasha uruganda rw’imyidagaduro rw’u Rwanda gutera imbere.

    Uyu wakunze kitwa umwamikazi w’imbuga nkoranyambaga avuze ibi nta gihe kinini gitambutse yongeye kwihanangiriza abantu bakomeje kwibasira amahitamo ye yitsa cyane ko ari nawe ari umuntu ukuze ufite uburenganzira bwo kwifatira imyanzuro byumwihariko irebana n’imikoreshereje y’umubire we.

    Shaddyboo yavuze ko amashusho ari aya kera

    Source : http://isimbi.rw/shaddyboo-yavuze-nyuma-y-impaka-ndende-ku-mashusho-ye.html

  • Ntituramenya niba tubyemera cyangwa tubyanga – Chairman wa APR FC ku igenda rya Niyigena Clement muri Al Hilal #rwanda #RwOT

    Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko bakiriye ubusabe bwa Al Hilal yifuza myugariro wayo Niyigena Clement ariko bataricara ngo bafate umwanzuro.

    Hamaze iminsi inkuru mu itangazamakuru ko uyu myugariro ufatiye runini APR FC yifuzwa bikomeye n’iyi kipe yo muri Sudani ikina muri Shampiyona y’u Rwanda.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nibwo habyutse amakuru ko yamaze gusinyira iyi kipe amasezerano y’imyaka 3, ni mu gihe yari asigaje amasezerano y’amezi 6 gusa muri APR FC.

    Mu kiganiro Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yahaye ikinyamakuru ISIMBI yavuze ko bakiriye ubusabe bwa Al Hilal ejo hashize ariko bataricara ngo bafate umwanzuro.

    Ati “Oya ntaho arajya. Twakiriye ubusabe bwa Al Hilal ejo hashize ariko ntabwo turicarana n’abatekinisiye ngo turebe niba tubyemera cyangwa tubyanga. Ubuyobozi nibumara kwicarana bukabyigaho ni bwo tumenya icyo gukora.”

    Niyigena Clement usigaranye amezi 6, amakuru avuga ko atifuza kongera amasezerano muri iyi kipe, akaba bivugwa ko Al Hilal yiteguye kumutangaho agera ku 120 by’amadorali.

    Niyigena Clement mu muryango winjira muri APR FC

    Source : http://isimbi.rw/ntituramenya-niba-tubyemera-cyangwa-tubyanga-chairman-wa-apr-fc-ku-igenda-rya.html

  • Uwera Jean Maurice yahaye isezerano Perezida Kagame #rwanda #RwOT

    Uwera Jean Maurice yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuba yamugiriye icyizere amusezeranya kutazamutenguha.

    Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ejo hashize tariki ya 28 Mutarama 2026, byashyize abayobozi mu myanya itandukanye, Uwera Jean Maurice usanzwe ari umunyamakuru agirwa Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije.

    Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Uwera Jean Maurice yashimiye bikomeye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye, amusezeranya ko atazamutenguha.

    Ati “Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku cyizere mwangiriye mumpa inshingano zo kuba umuvugizi wungirije wa Guverinoma. Ndabizeza gutanga umusanzu wanjye mu guharanira icyateza imbere Abanyarwanda no gushyira umuturage ku isonga.”

    Agiye kuri izi nshingano asimbura Alain Mukuralinda witabye Imana muri Mata 2025 azize uburwayi bwo guhagarara k’umutima.

    Muri Mutarama 2025 ni bwo mukuru w’umuraperi Jay Polly, Uwera Jean Maurice wamenyekanye nk’umunyamakuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), by’umwihariko mu biganiro nka 'Waramutse Rwanda’ n’amakuru ya Televiziyo y’u Rwanda, byavuzwe ko yahawe akazi ko kuyobora SK FM.

    Ndabashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika @PaulKagame ku cyizere mwangiriye mumpa inshingano zo kuba umuvugizi wungirije wa Guverinoma. Ndabizeza gutanga umusanzu wanjye mu guharanira icyateza imbere Abanyarwanda no gushyira umuturage ku isonga. pic.twitter.com/UgRLAOztC1

    — UWERA Jean Maurice (@UweraJeanMauice) January 28, 2026

    Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame

    Source : http://isimbi.rw/uwera-jean-maurice-yahaye-isezerano-perezida-kagame.html

  • Micky yabeshyuje iby’umwuka mubi hagati ye na Mutesi Scovia (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Micky yahaye umurongo ibihuha byari bimaze iminsi bikwirakwira ku mbuga nkoranyambaga byavugaga ku kuba yarubahutse Mutesi Scovia.

    Asifiwe Mukobwajana wamamaye muri sinema nka Micky yasobanuye ko umugore uvugwa yigeze kumvikana yiyama kubera kumugendaho cyane atari umuyobozi mukuru w’Urwego rw’Abanyaamakuru Bigenzura (RMC) ndetse na nyir’igitangazamakuru cyitwa 'Mama Urwagasabo’,Mutesi Scovia.

    Mu kiganiro na ISIMBI, Micky yemeje ko umugore wo mu Rwanda ukora ibiganiro bica kuri YouTube bigaruka ku nkuru zirebana n’intambara ikomeje kuyogoza uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yumvikana aha gasopo ntaho ahuriye na Scovia nubwo bose bakora ibiganiro bimwe.

    Ati 'Mutesi Scovia ndamwubaha, ntabwo tuziranye ntacyo naba mushakaho. Navugaga undi mugore ukora ibiganiro byo muri Congo nawe ugira umunwa muremure.'

    Uyu mukinnyi wa filime unitegura gukora ubukwe mu mpera z’iki cyumweru
    ashinja uyu mugore utuye mu gace kitwa Norvège gaherereye mu Kagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali kumwinjirira mu buzima bwite kugeza ku kwangisha abantu kutagana saloon itunganya imisatsi ya marraine we.

    Yakomeje avuga ko nubwo aya makimbirane yigeze kubaho ariko kuri ubu bamaze kwiyunga.

    Tariki ya 27 Ugushyingo 2025 nibwo AG Promoter yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we w’igihe kirekire Micky, mu birori byabereye mu Murenge wa Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali.

    Uyu muhango wo gusezerana ubaye nyuma y’iminsi micye AG Promoter yambitse impeta Micky dore ko byabaye ku wa 09 Ugushyingo 2025 bibera i Rebero mu karere ka Kicukiro.

    Micky yavuze ko atigeze avuga Mutesi Scovia

    Source : http://isimbi.rw/isimbi-rw-micky-yabeshyuje-iby-umwuka-mubi-hagati-ye-na-mutesi-scovia-video-html.html

  • Mu mukino waranzwe n’amahane menshi Rayon Sports yatsinzwe na Police FC #rwanda #RwOT

    Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari cya 2026 nyuma yo gutsinda Rayon Sports 1-0 mu mukino waranzwe n’amahane menshi.

    Nyuma y’uko APR FC yari yaraye igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari itsinze AS Kigali, uyu munsi yagombaga kumenyekana indi iyisangayo hagati ya Rayon Sports na Police FC.

    Igice cya mbere cy’uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium hagati ya Police FC na Rayon Sports, cyaranzwe n’amakosa menshi.

    Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa nyuma y’uko batabashije kubyaza umusaruro amahirwe babonye muri iki gice cya mbere.

    Uyu mukino warimo amahane menshi cyane ku mpande zombi kubera gukanirana cyane, waje guhagarara ugeze ku munota wa 62.

    Ni nyuma ya kufura yari itewe na Lague maze umukinnyi wa Police FC ashyiraho umutwe ariko myugariro wa Rayon Sports, Tshimanga Tshilemb awukuramo n’amaboko.

    Hahise havuka akavuyo gakomeye cyane, nyuma yo kuganira kw’abasifuzi, umusifuzi, Celestin yatanze penaliti ku munota 68 yahise yinjizwa neza na Byiringiro Lague.

    Rayon Sports yahise ishaka unuryo bwo kwishyura iki gitego ndetse inabona amahirwe ariko ntiyayabyaza umusaruro amahirwe babonye umukino urangira ari 1-0.

    Tariki ya 1 Gashyantare ni bwo hazaba umukino wa nyuma uzahuza Police FC na APR FC kuri Stade Amahoro.

    Police FC yatsinze Rayon Sports

    Bishimira igitego Lague yatsinze

    Source : http://isimbi.rw/mu-mukino-waranzwe-n-amahane-menshi-rayon-sports-yatsinzwe-na-police-fc.html

  • U Rwanda ntirwabashije gutsinda Gabon mu gikombe cya Afurika (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    U Rwanda rwananiwe kujya mu makipe 2 ahantanira Igikombe cya Perezida “President Cup” mu gikombe cya Afurika cya Handball kirimo kubera mu Rwanda, ni nyuma yo gutsindwa na Gabon.

    Guhera tariki ya 21 Mutarama mu Rwanda harimo kubera Igikombe cya Afurika kirimo kuba ku nshuro ya 27.

    Ntabwo U Rwanda rwagize amahirwe yo kurenga itsinda, rukaba ahubwo rwarisanze mu makipe ahataniye Igikombe cya Perezida “President Cup” (umwanya 9-16).

    Rwatsinze Uganda na Zambia, rukaba rwahuye na Gabon aho rwasavwaga gutsinda kugira ngo ruge mu makipe abiri ahatanira umwanya wa 9-10 ari nayo avamo itwara President Cup.

    Mu mukino wabaye uyu munsi muri Petit Stade ikaba yaje gutsindwa na Gabon ibitego 32-28.

    U Rwanda rwatangiye neza ndetse ruyoboye umukino aho amakipe yagiye kuruhuka ruri imbere n’ibitego 18-14.

    Gabon yagarutse mu gice cya kabiri ishyiramo imbaraga birangira Gabon itsinze ibitego 32-28.

    Bivuze ko Ganon yatsinze u Rwanda ari yo ijya guhatanira iki gikombe na Cameroun yatsinze Congo Brazzaville.

    U Rwanda ejo ruzahura na Congo mu guhatanira umwanya 11-12, Bénin izahura na Zambia batanira unwanya wa 13-14 ni mu gihe Uganda na Kenya zizahatanira 15-16.

    Misiri yageze ku mukino wa nyuma itsinze Cape Verde ikaba izahura n’itsinda hagati ya Tunisia na Algeria. Itsindwa izahura na Cape Verde bahatanira umwanya 3-4, Nigeria izahura na Angola bahatanira umwanya wa 5-6 mu gihe Moroc na Guinea bazahatanira 7-8.

    Source : http://isimbi.rw/u-rwanda-ntirwabashije-gutsinda-gabon-mu-gikombe-cya-afurika-amafoto.html

  • Mbiyame ntabwo umugabo wanjye namukurikiyeho visa – Nana #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa sinema nyarwanda, Nana yashyize hanze agahinda akomeje guterwa n’abantu bari kumuharabika ko yashatse umugabo ukuze amukurikiyeho ubutunzi.

    Umurerwa Aziza Naila ukina nka Nana muri filime zitandukanye yavuze ko nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko n’umugabo we Bigirimana Jean Paul yatangiye kwibasirwa mu buryo bukomeye ku rwego byamwangije mu marangamutima.

    Nana avuga ko benshi mu bari kumusebya bavuga ko kuba yarashatse umugabo udafite uburanga yifuza ndetse usa nk’aho akuze kugira ngo amuvaneho inyungu z’ubutunzi zirimo no kumusanga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

    Ubwo yaganiraga na ISIMBI, uyu mugore yavuze ko afite izindi ngingo yashingiyeho ubwo yahitagamo umugabo we kuruta gushaka ibyangombwa bimwemerera gutura muri Amerika.

    Ati 'Kuba namukurikiraho visa byo ntabwo ari byo rwose pe kuko sindibubyuke mvuga ngo ndagiye. Hari n’igihe twapanga nkakomeza gukorera mu Rwanda ahubwo we akajya aza kundeba.'

    Uyu mukinnyi wa filime yakomeje asaba abantu kumuvugaho wenyine ariko bakareka umugabo we kuko adasanzwe amenyereye inyifato zo ku mbuga nkoranyambaga.

    Ati:'Ndabinginze njyewe mumvuge uko mushaka pe ariko we mumureke kuko ntabwo abimenyereye kandi Umugabo wanjye ntabwo akuze nk’uko bivugwa pe ari mu myaka nka 35,37,gutyo.'

    Ku wa Gatandatu tariki ya 24 Mutarama 2026 nibwo Nana wakunzwe cyane muri filime “My Heart” yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Jean Paul mu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Rugalika mu Karere ka Kamonyi.

    Nana yiyamye abita umugabo we umusaza

    Source : http://isimbi.rw/mbiyame-ntabwo-umugabo-wanjye-namukurikiyeho-visa-nana.html