Author: webrwanda

  • Burera: Abaturage babangamiwe no kubura amarimbi rusange #rwanda #RwOT

    Abatuye mu bice bitandukanye byo mu Karere ka Burera baravuga ko babangamiwe bikomeye no kuba imirenge ibiri gusa mu mirenge 17 igize aka Karere ariyo ifite amarimbi rusange yo gushyinguramo, ibintu bavuga ko bibatera ingorane zikomeye mu bihe by'akababaro.

    Bamwe mu baturage bavuga ko iyo hagize uwitaba Imana, imiryango igira ikibazo gikomeye cyo gushaka aho ishyingura ababo, bigasaba gukora ingendo ndende bajya mu y'indi mirenge ifite amarimbi rusange. Ibi bituma batakaza umwanya, amafaranga ndetse bikiyongera ku gahinda baba bafite.

    Hari abavuga ko kubera kubura amarimbi rusange hafi yabo, bamwe bagahitamo gushyingura mu mirima yabo cyangwa ahantu hatemewe n'amategeko, ibintu bavuga ko bishobora guteza amakimbirane mu miryango no mu baturage muri rusange, ndetse bikagira n'ingaruka ku isuku n'iterambere ry'imidugudu.

    Abaturage basaba ubuyobozi bw'Akarere ka Burera kwihutisha umushinga wo gushyiraho amarimbi rusange mu mirenge yose cyangwa nibura mu bice byinshi by'akarere, kugira ngo buri muturage abone aho ashyingura ababo mu cyubahiro no mu buryo bwemewe n'amategeko.

    Ku ruhande rw'ubuyobozi, haravugwa ko iki kibazo kimaze kumenyekana kandi ko hari gahunda zo kugishakira umuti urambye, hakorwa inyigo ku butaka bwabonekamo amarimbi rusange mu mirenge itaritabwaho. Abaturage bifuza ko iyo migambi yashyirwa mu bikorwa vuba, kuko iki kibazo gikomeje kubabangamira mu buzima bwa buri munsi.

    Burera: Abaturage babangamiwe no kubura amarimbi rusange
    Abaturage basaba ubuyobozi bw'Akarere ka Burera kwihutisha umushinga wo gushyiraho amarimbi rusange mu mirenge yose

    Source : https://kasukumedia.com/burera-abaturage-babangamiwe-no-kubura-amarimbi-rusange/

  • Israel Mbonyi yatumiwe gutaramira mu Bubiligi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, agiye kongera gutaramira mu Bubiligi nk’uko byamaze kwemezwa n’ubuyobozi bwa Team Production yamutumiye.

    Iki gitaramo giteganyijwe kuba ku wa 6 Kamena 2026, kikaba kije gikurikiye igitaramo gikomeye yahakoreye mu 2024 cyasize amateka adasanzwe.

    Mu gitaramo cyo mu 2024, Israel Mbonyi yari yakiriwe ku rubyiniro n’Umuyobozi w’Umujyi wa Bruxelles, Philippe Close, anashimirwa by’umwihariko n’abari bagize Team Production bamugaragaza nk’umuhanzi wo mu Burasirazuba bwa Afurika ukunzwe cyane n’abatuye i Burayi.

    Icyo gitaramo cyabereye mu nyubako izwi nka Docks, izwi kandi nka Dome Events Hall, yakira abantu barenga ibihumbi bine, icyo gihe ikaba yari yuzuye ku kigero cyo hejuru.

    Igitaramo giteganyijwe mu 2026 kizaba kibaye icya gatatu Israel Mbonyi akoreye mu Bubiligi mu gihe cy’imyaka itatu ikurikirana. Mbere y’icyo, yari yarataramiye i Bruxelles no mu 2023, aho yakoreye igitaramo cyabereye muri Birmingham Palace.

    Team Production yatangaje iki gitaramo mu gihe ikomeje imyiteguro y’ikindi gitaramo gikomeye cya Alex Dusabe giteganyijwe kubera i Bruxelles ku wa 4 Mata 2026.

    Iki gitaramo cya Alex Dusabe kizitabirwa n’abandi bahanzi bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana barimo Rene Patrick na Tracy, Ben na Chance ndetse n’abandi bazaba bagiye gushyigikira uru rugendo rwo kugeza indirimbo z’ivugabutumwa ku rwego mpuzamahanga.

    Israel Mbonyi agiye gutaramira i Burayi nyuma y’igitaramo cye gikomeye 'Icyambu4' cyabereye muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza 2025, cyitabiriwe n’abantu benshi.

    Amakuru agera kuri Isimbi anemeza ko uyu muhanzi ateganya no gukora ibitaramo bizenguruka Intara zitandukanye z’u Rwanda, mu rwego rwo kwegera abakunzi be no gukomeza gutanga ubutumwa bwo kwizera n’ihumure.

    Israel Mbonyi agiye gutaramira mu Bubiligi

    Source : http://isimbi.rw/israel-mbonyi-yatumiwe-gutaramira-mu-bubiligi.html

  • Sheilah Gashumba yagiriye urubyiruko inama ikomeye #rwanda #RwOT

    Umunyamideri n’umushyushyarugamba uzwi muri Uganda, Sheilah Gashumba, yasabye urubyiruko kwirinda gukoresha ibiyobyabwenge n’ibindi bisindisha nk’uburyo bwo guhunga ibibazo by’ubuzima.

    Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Snapchat, Gashumba yasabye cyane cyane urubyiruko rwo muri Uganda kureka kwiremereza no guhagarara kigabo bagahangana n’ukuri k’ubuzima.

    Sheilah yagaragaje ko ubuzima butoroshye, kandi ko buri wese agomba kugira imbaraga zo kwikorera imitwaro ye aho guhora ategereje ko abandi bamufasha.

    Yibukije urubyiruko ko abantu badahora biteguye gufasha buri gihe, bityo ko kwiyubaka no kugira umutima ukomeye ari ingenzi mu rugendo rw’ubuzima.

    Uyu munyamideri yanasabye abakiri bato gutoza imitima yabo gukomera, bakareka kumva ko ubuzima bugomba guhora buboroheye.

    Yashimangiye ko atari buri gihe umunsi uba mwiza, agaragaza ko hari igihe ubuzima bugorana cyane, ariko ko ibyo bidakwiye gutuma umuntu yiheba cyangwa agahitamo inzira mbi.

    Sheilah Gashumba yanenze bikomeye imyitwarire yo kwitwaza ibibazo by’ubuzima ugahitamo kwisindisha cyangwa gukoresha ibiyobyabwenge umubiri utabasha kwihanganira.

    Yavuze ko ibyo atari umuti w’ibibazo, ahubwo ko byangiza ubuzima kurushaho. Yasabye urubyiruko kumenya kwiyegurira ejo hazaza, rukareba kure, rukagira intego zo kubaho neza ejo, mu mwaka utaha no mu myaka iri imbere.

    Yagize ati 'Iyo uguye, ugomba kwiga guhaguruka ku bwawe. Ntabwo buri munsi uba Noheli, hari n’igihe ubuzima buba bugoye cyane, ariko ntukigere wiheba.'

    Yongeyeho ko gukomera mu bitekerezo ari ingenzi, kandi ko abantu bagomba kwigishwa
    cyane ibijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, cyane cyane
    mu rubyiruko.

    Ubu butumwa bwa Sheilah buje mu gihe hashize iminsi micye humvikanye inkuru y’inshuti ye ya hafi nayo yakoraga ibizwi nka 'Hosting’ yitwa, Gloria Njuba, uvugwa ko yirukanwe muri kamwe mu tubari two mu Mujyi wa Kampala kubera ko yari yanyweye ibisindisha birenze urugero.

    Sheilah Gashumba yagiriye inama urubyiruko

    Source : http://isimbi.rw/sheilah-gashumba-yagiriye-urubyiruko-inama-ikomeye.html

  • Abacuruzi bo muri Duhahirane Gisozi baratakamba kubera amategeko abagonga yashyizweho batabanje kugishwa inama #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bacuruzi bakorera mu isoko riherereye mu Murenge wa Gisozi, mu Karere ka Gasabo, by'umwihariko abacururiza mu kibuga kiri muri koperative ya Duhahirane Gisozi, baratangaza ko babangamiwe n'amategeko mashya bavuga ko yashyizweho batabanje kugishwa inama. Aba bacuruzi bavuga ko bategekwa kwanura ibicuruzwa byabo saa sita z'amanywa, igihe bavuga ko kiba kitarabaha umusaruro uhagije wo kugurisha.

    Nk'uko babitangaza, saa sita z'amanywa ni bwo abakiliya benshi baba bagitangira kuza mu isoko, cyane cyane abakozi basohoka mu kazi n'abava mu bice bitandukanye by'umujyi. Guhagarika ibikorwa by'ubucuruzi kuri iyo saha, bavuga ko bibateza igihombo gikomeye, kuko hari ibicuruzwa biba bitaracuruzwa kandi bikaba byangirika, cyane cyane ibiribwa byihuta.

    Ikindi kibabangamiye ni iyongerwa ry'amafaranga y'ubukode bavuga ko ryaje mu gihe batari mu bihe byiza by'ubucuruzi. Bavuga ko kongera ubukode mu gihe amasaha yo gukora agabanywa, byabaye umutwaro uremereye, bigatuma bamwe batekereza gufunga ibikorwa byabo burundu.

    Abacuruzi bagaragaza ko bifuza ko ubuyobozi bwa koperative n'inzego z'ibanze zabumva, hakabaho ibiganiro bigamije gushaka igisubizo kirambye. Basaba ko amasaha yo gucuruza yasubirwamo cyangwa agashyirwa mu buryo buhuje n'inyungu z'abacuruzi n'isuku y'isoko, kandi hakabaho n'isubirwamo ry'ibijyanye n'ubukode.

    Bavuga ko umutekano n'isuku by'isoko ari ingenzi, ariko ko bitakorwa mu nyungu z'uruhande rumwe, hagomba kubaho ubwumvikane hagati y'abayobozi n'abacuruzi kugira ngo bose bateze imbere ubucuruzi n'iterambere ry'umujyi.

    Abacuruzi bo muri Duhahirane Gisozi baratakamba kubera amategeko abagonga yashyizweho batabanje kugishwa inama
    Bakomeje guhangayikishwa n'iyongerwa ry'amafaranga y'ubukode bavuga ko ryaje mu gihe batari mu bihe byiza by'ubucuruzi.

    Source : https://kasukumedia.com/abacuruzi-bo-muri-duhahirane-gisozi-baratakamba-kubera-amategeko-abagonga-yashyizweho-batabanje-kugishwa-inama/

  • Abakinnyi ba APR FC bagiye gutera penaliti baseta ibirenge abandi baranga #rwanda #RwOT

    Benshi batunguwe no kuba bamwe mu bakinnyi ba APR FC banze kujya gutera penaliti ni mu gihe abagiye batabishaka bazihushije.

    Hari ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari cya 2026 baraye batsinzwemo na Police FC kuri penaliti 7-6, ni nyuma y’uko bari banganyije 1-1.

    Ubwo bari bagiye gutera penaliti bamwe mu bakinnyi bari bazwiho kuzitera nka Cheikh Djibril Ouatara na William Togui bazanze.

    Aba bakinnyi bari batoranyijwe gutera penaliti muri 5 ba mbere ariko amakuru ISIMBI yamenye ni uko babyanze bavuga ko batiteguye.

    APR FC abakinnyi batanu baziteye ni Ruboneka Bosco, Niyigena Clement, Byiringiro Gilbert, Mamadou Sy na Seidu Yussif Dauda wayihushije.

    Na Police FC yari yahushije imwe, byabaye ngombwa ko bakomeza batera imwe imwe, aha ni ho rero habaye ikibazo ku ruhande rwa APR FC kuko bamwe mu bakinnyi batangiye kuza baseta ibirenge ubona ko batabishaka, abaje batabishaka bose baje no kuzihusha.

    Hahise hajyaho William Togui Mel waje bamwinginga, yayihushije na Police ihita iyihusha, Niyomugabo Claude na Yunusu bazitsinze, APR FC yinginze Djibril Ouatara usanzwe utera aranga neza ababera ibamba neza, binginga Ssekiganda Ronald na we utashakaga kuyitera, yaje arayitera arayihusha. Police FC yaje kwegukana igikombe itsinze kuri penaliti 7-6.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko nta kindi kibazo bari bafite uretse ubwoba gusa no kumva nta cyizere bari bifitiye ko bazitsinda.

    William Togui (wa kabiri uhereye iburyo) yagiye kuyitera abyanga arayihusha, Ouatara (wa mbere iburyo) we yabyanze burundu

    Ssekiganda Ronald yagiye kuyitera aseta ibirenge birangira ayihushije na we

    Source : http://isimbi.rw/abakinnyi-ba-apr-fc-bagiye-gutera-penaliti-baseta-ibirenge-abandi-baranga.html

  • Abakunzi b'umupira w'amaguru bahora bibaza uko byari kugenda iyo Pogba yerekeza i Madrid #rwanda #RwOT

    Paul Pogba yongeye gukurura amarangamutima y'abakunzi b'umupira w'amaguru nyuma yo gutangaza ko mu 2016 yari hafi kwerekeza muri Real Madrid, ariko umutima we ukamuganisha kongera gusubira muri Manchester United. Ibi yabitangaje mu kiganiro Beyond the Pitch podcast, aho yavuze ko Real Madrid yamwifuzaga bikomeye, ndetse we ubwe akaba yarabitekerezagaho cyane.

    Pogba yagize ati: 'Real Madrid kuri njye natekerezaga kujyayo, ariko nanone ntekereza Manchester United. Umutima wanjye wambwiye gusubira i Manchester. Sinzi impamvu nyayo, ariko ni ho nahisemo, kandi sinabyicuza na rimwe.' Aya magambo agaragaza ko icyemezo cye kitari gishingiye gusa ku mafaranga cyangwa ku bikombe, ahubwo yari impamvu y'umutima nama we.

    Icyakora, abakunzi b'umupira bagifite amatsiko yo kwibaza uko byari kugenda iyo Pogba ajya muri Real Madrid. Tekereza hagati mu kibuga hari Pogba afatanya na Luka Modrić na Toni Kroos ubuhanga, imbaraga n'uburambe byose bigahurira hamwe. Byari kuba ari amateka adasanzwe mu mupira w'i Burayi.

    Uyu munsi, amateka yongeye guhura n'ukuri. Pogba, ubu ukinira ikipe ya AS Monaco, ari buze gusura Santiago Bernabéu ahura na Real Madrid. Ni umukino ufite igisobanuro gikomeye, wibutsa amahirwe yigeze kubaho ariko ntagerweho. Nubwo atigeze yambara umwambaro w'i Madrid, izina rya Pogba riracyafite umwihariko mu mateka y'umupira w'amaguru, kandi amahitamo ye akomeza kuba isomo ku bakinnyi benshi akizamuka.

    Abakunzi b'umupira w'amaguru bahora bafite amatsiko yo kwibaza uko byari kugenda iyo Pogba ajya muri Real Madrid icyo gihe

    Source : https://kasukumedia.com/abakunzi-bumupira-wamaguru-bahora-bibaza-uko-byari-kugenda-iyo-pogba-yerekeza-i-madrid/

  • Uhora wibaza aho wafatira amafunguro n'icyo kunywa kandi biteguwe kinyamwuga? #rwanda #RwOT

    Ese uhorana ikibazo cyo kumenya aho wafatira amafunguro meza, ateguye neza kandi afite ubuziranenge? Wikomeza guhangayikishwa nibyo, kuko Bar&Resto Ti'Amo Lounge i Remera niho wasanga indyo nziza cyangwa icyo kunywa wifuza cyose. Ti'Amo Lounge iherereye imbere ya Gare impande ya station ORXY, Ti'Amo Lounge ni ihuriro ry'abakunda ibiryo byujuje ubuziranenge kandi biteguye mu buryo butangaje.

    Aha ni ho uzabona amafunguro atetse neza, ibinyobwa bitandukanye kandi byuzuye icyanga, byose bikozwe ku buryo buhuza icyanga, uburyohe, n'umuco wo gufata amafunguro mu mahoro. Burgers zabo, ku rugero rwiza rw'ubuzima, ni zishyushye, zifite isura nziza kandi zujuje icyanga, ku buryo buri wese ugera aho atabona gusa ibiryo, ahubwo n'amarangamutima y'icyo kurya neza.

    Si amafunguro gusa; ni uburyo bwo kwishimira ibihe byiza hamwe n'inshuti cyangwa umuryango. Ibiryo bya Ti'Amo Lounge biba biteguwe ku buryo buri kintu cyose, kuva ku mboga, ku nyama, kugera ku by'inyongera, bihuriza hamwe uburyohe n'ubuziranenge. Kunywa cyangwa gufata amafunguro Ti'Amo Lounge, uba uri mu rugendo rwo kwiyitaho no kwishimira ibyiza wagezeho.

    Aha ni ho uzabona amafunguro atetse neza, ibinyobwa bitandukanye kandi byuzuye icyanga

    Source : https://kasukumedia.com/uhora-wibaza-aho-wafatira-amafunguro-nicyo-kunywa-kandi-biteguwe-kinyamwuga/

  • Kendrick Lamar yanditse amateka mu bihembo bya Grammy Awards #rwanda #RwOT

    Mu muhango w'ibihembo bya Grammy Awards 2026, umuraperi w'Umunyamerika Kendrick Lamar yanditse amateka, aba umuhanzi wa Hip-hop wegukanye ibihembo byinshi kurusha abandi bose mu mateka y'ibi bihembo bikomeye ku Isi. Lamar yahise aca agahigo kari gafitwe na Jay-Z, wari ufite ibihembo 25 bya Grammy, maze Lamar agera kuri 27.

    Ibi Lamar yabigezeho nyuma yo kwegukana igihembo cya Best Rap Album abikesha album ye yise GNX. Uyu muraperi kandi yatwaye ibihembo bitanu muri uyu muhango, birimo Record of the Year abikesha indirimbo Luther yakoranye na SZA, Best Rap Song na Best Rap Album, bituma akomeza gushimangira umwanya we mu mateka y'umuziki wa Hip-hop.

    Mu ijambo yavuze amaze kwakira kimwe mu bihembo bye, Kendrick Lamar yagize ati: 'Hip-hop izahora ihari. Tuzakomeza kuba hano, turi kumwe n'abacu kandi turi kumwe n'umuco wacu.' Iri jambo ryashimangiye uruhare rukomeye Hip-hop ikomeje kugira mu muco w'Isi.

    Ku rundi ruhande, Billie Eilish yatwaye igihembo cya Song of the Year abikesha indirimbo Wildflower, asaba abantu gukomeza kwamagana akarengane no kurengera uburenganzira bwa buri wese. Igihembo cya Best New Artist cyegukanywe na Olivia Dean, wavuze ku mateka y'imiryango yimukiye mu bindi bihugu.

    Lady Gaga yatwaye ibihembo bya Best Pop Vocal Album na Best Dance-Pop Recording, mu gihe Lola Young yatunguye benshi atsinda ibihangange nka Lady Gaga na Justin Bieber muri Best Pop Solo Performance.

    Kendrick Lamar yanditse amateka mu bihembo bya Grammy Awards 2026

    Source : https://kasukumedia.com/kendrick-lamar-yanditse-amateka-mu-bihembo-bya-grammy-awards/

  • Taylor Swift arimo! Urutonde rw’ibyamamare 10 byateye ishoti Grammy Awards 2026 #rwanda #RwOT

    Mu gihe ibihembo bya Grammy Awards 2026 byatangirwaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikanitabwirwa n’abahanzi benshi b’ingeri zose, ISIMBI twaguteguriye urutonde rw’abahanzi 10 batunguranye ntibabyitabire kandi bari batumiwe.

    Mu byamamare bitagaragaye harimo Gracie Abrams, nubwo yari yarigeze gutangazwa mu bahataniye ibi bihembo [Nomination] inshuro nyinshi mu myaka yashize, amakuru dukesha ikinyamakuru Variety yemeza ko kuba atarabonye amahirwe mu guhatana mu byiciro bikomeye birimo indirimbo y’umwaka byatumye asiba kwitabira uyu muhango.

    Umuhanzikazi Role Model na we ntiyagaragaye, ahanini bitewe n’uko atabonye nomination n’imwe muri uyu mwaka, nubwo yari afite indirimbo nyinshi zamenyekanye cyane.

    Umuhanzi The Weeknd, wegukanye Grammy enye mu mateka ye, na we ntiyitabiriye kuko album ye nshya n’indirimbo yakoranye na Playboi Carti itigeze ihabwa agaciro n’akanama ka Grammy ibi ahurijeho na Lorde na we wasibye nyuma yo kudahabwa nomination kuri album ye ya kane yise 'Virgin’.

    Abahanzikazi bakomeye barimo Beyoncé na Taylor Swift nabo ntibagaragaye. Beyoncé yari yaratsindiye igihembo cya 'Album of the Year’ mu mwaka ushize, ariko iyi album ye ntiyari mu gihe cyemewe uyu mwaka ku buryo yashoboraga guhatana.

    Taylor Swift we ntiyari mu bahatanira ibihembo kandi amakuru avuga ko ari mu myiteguro y’ubukwe na Travis Kelce.

    Ariana Grande, nubwo yari yegukanye igihembo cya 'Best Pop Duo/Group Performance’ mu mwaka ushize, nawe yasibye kimwe na Cynthia Erivo wari uri mu birori by’ikinamico byabereye i London.

    Timothée Chalamet na we ntiyitabiriye kubera indi mihango yari yitabiriye mu Bwongereza, ibintu byatumye n’umukunzi we Kylie Jenner atagaragara.

    Mu bandi basibye harimo LISA wo muri Blackpink uri mu ifatwa ry’amashusho ya filime azagaragaramo riri kubera muri Koreya y’Epfo, ndetse na Halsey, wasohoye album ye hanze y’igihe cyemewe n’amategeko ya Grammy.

    Grammy 2026 yaranzwe n’intsinzi z’abahanzi bakomeye barimo umuraperi Bad Bunny wegukanye alubumu y’umwaka ,Kendrick Lamar, Lady Gaga, Billie Ellish ,Justin Bieber n’abandi .

    Taylor Swift na Travis bakwepye itangwa ry’ibihembo rya Grammy

    Source : http://isimbi.rw/taylor-swift-arimo-urutonde-rw-ibyamamare-10-byateye-ishoti-grammy-awards-2026.html

  • Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari itsinze APR FC (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari cya 2026 itsinze APR FC kuri penaliti 7-6, ni nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 1-1.

    Kuri iki Cyumweru hakinwaga umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Intwari wahuje APR FC yasezereye AS Kigali na Police FC yasezereye Rayon Sports.

    Uyu mukino wabereye muri Stade Amahoro, APR FC ni yo yabonye amahirwe menshi nk’abiri yo mu gice cya mbere ya William Togui Mel ariko umunyezamu Onesime akayakuramo, mu gice cya kabiri nabwo yakuyemo imipira ikomeye irimo iya Dauda, Mamadou Sy na Cheikh Djibril Ouatara.

    Gusa mu ntangiriro z’igice cya gatatu ku munota wa 53, APR FC yabonye igitego cyatsinzwe na William Togui Mel yikaraze mu kirere (bicycle kick) ku mupira wari uhinduwe na Hakim Kiwanuka.

    Police FC itigeze ibona amahirwe menshi yaje kwishyura ku munota wa 68 kubera ubwumvikane buke bwa Ishimwe Pierre wagiye gufata umupira wari uhinduwe na Kilongozi ariko Yunusu akamukoma, Gakwaya Leonard ahita atsinda. Umukino warangiye ari 1-1.

    Mbere y’uko umukino urangira Police FC yakoze impinduka ikuramo umunyezamu Twizerimana Onesime wagize umukino mwiza bazanamo Niyongira Patience ngo aze gukuramo penaliti, yanakoze akazi ke neza kuko yakuyemo 3.

    Bahise bitabaza penaliti aho 5 za mbere buri kipe yahushije imwe ku ruhande rwa APR FC yahushijwe na Seidu Yussif Dauda maze Ruboneka Bosco, Niyigena Clement, Mamadou Sy na Byiringiro Gilbert barazinjiza.

    Police FC kapiteni Nsabimana Eric Zidane ni we wayihushije mu hihe Ani Elijah, Byiringiro Lague, Ndayishimiye Dieudonne na Ishimwe Christian bazinjije.

    Bahise bakomeza gutera imwe, imwe, maze Togui arayihusha ni nako kuri Police FC, Ekeson yayihushije, Niyomugabo Claude na Nshimiyimana Yunusu bahise bazinjiza ku ruhande rwa APR FC, Kilongozi na Iradukunda Simeon nabo barazinjiza ku ruhande rwa Police FC, Ssekiganda Ronald yahise ayihusha maze David Chimezi wa Police FC arayinjizs bahita begukana Igikombe kuri penaliti 7-6.

    Source : http://isimbi.rw/police-fc-yegukanye-igikombe-cy-intwari-itsinze-apr-fc-amafoto.html