Author: webrwanda

  • Madame Jeannette Kagame yitabiriye igitaramo cya Doja Cat (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Madame Jeannette Kagame yitabiriye igitaramo cy’amateka cya Doja Cat, igitaramo cya mbere yakoreye ku mugabane wa Afurika.

    Ni igitaramo cyabaye guhera ku mugoroba wo w’ejo hashize ku wa Kabiri tariki ya 18 Werurwe 2026 muri Kigali Arena.

    Ni igitaramo cyatangijwe na Dj Ira asusurutsa abantu bari muri Kagali Arena, aho yibanze ku ndirimbo zo mu Rwanda zashimishije benshi.

    Uyu muraperikazi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze ku rubyiniro ahera ku ndirimbo “Paint the Town Red” akaba yishimiwe bikomeye.

    Doja Cat wari uherekejwe n’abacuranzi bari bahagaze neza, yasoje igitaramo cye atanga indabo avuga ko yishimiye uko igitaramo cye cya mbere muri Afurika cyagenze.

    Uyu muraperikazi akaba amaze kwegukana ibihembo bitandukanye aho indirimbo ye “Say So” yegukanye igihembo muri Grammy Awards. Yaneegukanye igihembo cy’umuhanzi ushyigikiwe n’abafana muri Amerika kizwi nka American Music Awards (AMA).

    Igitaramo yakoreye mu Rwanda kikaba cyitabiriwe na Madame Jeannette Kagame yari kumwe n’umuririmbyi Khadja Nin, wamenyekanye cyane muri Afurika y’Iburasirazuba.

    Doja Cat Yatangiye urugendo rwe mu muziki nka nyamwigendaho mu 2014, ariko kwigaragaza ku rubyiniro mpuzamahanga byazamuye umuziki we cyane guhera mu 2019 ubwo indirimbo ye “Say So” yamenyekanye ku rwego rw’isi, imuhesha kandi igihembo cya Grammy Award. Indirimbo “Say So” iri kuri album ye “Hot Pink”, ikaba yarabaye intandaro yo kumenyekana cyane.

    Madame Jeannette Kagame yitabiriye igitaramo cya Doja Cat

    Doja Cat yishimiye igitaramo cya mbere yakoreye muri Afurika

    Doja Cat yatanze indabo

    Dj Ira ni we wasusurukije abitabiriye iki gitaramo

    Source : http://isimbi.rw/madame-jeannette-kagame-yitabiriye-igitaramo-cya-doja-cat-amafoto.html

  • Senegal yambuwe igikombe cya Afurika gihabwa Maroc #rwanda #RwOT

    Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, yafashe umwanzuro wo kwambura Igikombe cya Afurika cya 2026 Senegal yacyugakanye igiha Maroc.

    Ni umwanzuro wafashwe n’Akanama k’Ubujurire ka CAF bitewe n’imvururu zavaye ku mukino wa nyuma.

    CAF ikaba yasohoye itangazo mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2026, rigaragaza ibyavuye mu bujurire bwatanzwe na Maroc nyuma bitewe n’ikibazo cy’imyitwarire cyabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2026.

    Uyu mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika wabaye tariki ya 18 Mutarama 2026 a nyuma w’Igikombe cya Afurika wabereye kuri Prince Moulay Abdellah Stadium mu Mujyi wa Rabat, Morocco gusa ntiwagenze neza kuko waranzwe n’imvururu zikabije zasize na bamwe mu bafana ba Sénégal bafunzwe, umutoza wa Senagal arahanwa.

    CAF kandi yafatiye ibihano Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal n’iryo mu Bwami bwa Maroc kwishyura ibihumbi 15 by’Amadorali byagabanyijwe biba ibihumbi 10.

    Umutoza Pape Thiaw wa Senagal n’abakinnyi batandukanye barimo Ismaël Saibar ukinira Maroc wari wahagaritswe imikino itatu akanacibwa amande y’ibihumbi 100 by’Amadolar ibyo bihano byakuweho ariko ahanwa kudakina imikino ibiri ya CAF harimo umwe usubitse.

    Maroc yajuririye iki cyemezo maze CAF ifata icyemezo cyo kwambura Senegal igihe Maroc.

    Itangazo yasohoye yagize iti 'Akanama gashinzwe Ubujurire muri CAF kashingiye ku Ngingo ya 84 y’Amategeko y’Igikombe cya Afurika (AFCON), kemeza ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal iterwa mpaga ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 muri Maroc, ku bitego 3-0 by’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Maroc FRMF.'

    Senegal yambuwe igikombe gihabwa Maroc

    Source : http://isimbi.rw/senegal-yambuwe-igikombe-cya-afurika-gihabwa-maroc.html

  • APR FC yanyagiye Gasogi United iyisezerera mu Gikombe cy’Amahoro (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    APR FC yanyagiye Gasogi United ibitego 4-0 ihita inayisezerera muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro ku giteranyo cy’ibitego 4-1.

    Wari umukino wo kwishyura wa 1/4 w’Igikombe cy’Amahoro aho APR FC yari yakiriye Gasogi United wabaye kuri uyu wa Kabiri, ni nyuma y’uko umukino ubanza Gasogi United yari yayitsinze 1-0.

    Mu minota 10 ya mbere, amakipe yombi yabonyemo uburyo bubiri, ubwa APR buboneka kuri coup-franc yatewe na Memel Dao, Ishimwe Abdul ashyizeho umutwe umupira ujya ku ruhande.

    Ni mu gihe Gasogi United yagerageje ishoti ryatewe na nimero 14, umupira uca hejuru gato y’izamu rya APR.

    Gasogi yahise ibona ubundi buryo butatu mu minota 10 yakurikiyeho, Ndikumana Danny atwara umupira wasubijwe inyuma na Yunussu n’umutwe; awuteye mu izamu ukurwamo na Hakizimana Adolphe mbere y’uko Hakim Hamiss awusongamo ukajya hejuru.

    Ngono Guy Herve na we yagerageje ishoti ku ruhande rwa Gasogi United, umupira ufatwa neza na Hakizimana Adolphe.

    APR FC yashoboraga gufungura amazamu ku mupira Ouattara yahaye William Togui, awuteye ujya ku ruhande.

    Ni ko byagenze kandi ubwo Mugisha Gilbert yakinanaga na Memel Dao mu rubuga rw’amahina, uyu Munya-Burkina Faso ateye ishoti rijya ku ruhande.

    APR FC yakomeje gusatira, yahushije kandi uburyo bw’umupira watewe na Mugisha Gilbert ugafatwa na Ndayambaje Leandre.

    Byasabye gutegereza umunota wa 33, APR ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Byiringiro Jean Gilbert nyuma y’umupira wavuye kuri Niyomugabo Claude ugakora ku mutwe wa William Togui.

    Mu minota y’inyongera y’igice cya mbere, APR FC yabonye koruneri yatewe na Memel Dao, umupira usanga Djibril Ouattara watsinze igitego cya kabiri n’umutwe.

    Mu minota itanu ya mbere y’igice cya kabiri, APR yabonye koruneri yatewe na Dao, umupira usanga Ishimwe Abdul wawukinnye n’umutwe, usubizwa inyuma n’umutambiko w’izamu.

    APR yahise yongera kurema ubundi buryo, Memel Dao acomeka umupira wafashwe na Willim Togui wacenze umunyezamu, ateye umupira ugiye kurenga ujya hanze.

    APR FC yari igifite inyota y’ibitego, yabonye igitego cya gatatu ku munota wa 56 cyatsinzwe na William Togui Mel ku mupira yari ahawe na Cheikh Djibril Ouattara.

    APR FC yakomeje gushaka ikindi gitego maze ku munota wa 61, Dauda yazamukanye umupira awuha Togui wahise acomekera Djibril Ouattara ateye mu izamu umunyezamu awukuramo usanga Mugisha Gilbert asonzemo ukubita umutambiko w’izamu usanga Memel Dao ahagaze neza ahita atsinda igitego cya kane.

    Memel Dao na Mugisha Gilbert bahise bava mu kibuga baha umwanya Ruboneka Bosco na Hakim Kiwanuka. Ni nako ku munota wa 75, William Togui Mel na Cheikh Djibril Ouattara bavuye mu kibuga hakinjiramo Denis Omedi na Mamadou Sy.

    Ku munota wa 83, Gasogi United yabonye ikirita itukura yahawe Iradukunda Axel ku ikosa yakoreye Mamadou Sy ari myugariro wa nyuma. APR FC yahise ikora impinduka za nyuma
    Seidu Yussif Dauda aha umwanya Niyibizi Ramadhan.

    Umukino warangiye ari 4-0 maze APR FC ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 4-1.

    Muri 1/2 APR FC ikaba izahura n’ikipe izakomeza hagati ya Etincelles FC na Bugesera FC zizakina ejo ku wa Gatatu.

    Ejo kandi AS Kigali izakina na Gorilla FC mu gihe izakomeza izahura n’izakomeza hagati ya Rayon Sports na Police FC.

    Byari ibyishimo bikomeye ku bakinnyi ba APR FC

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yanyagiye-gasogi-united-iyisezerera-mu-gikombe-cy-amahoro-amafoto.html

  • Ibyamamare bigiye guhurira i Huye #rwanda #RwOT

    Mu Karere ka Huye hategerejwe iserukiramuco ry’ubuhanzi ryiswe Siga Arts Festival riteganyijwe kumara iminsi itatu kuva ku wa 19 kugeza ku wa 21 Werurwe 2026, rikazahuriza hamwe abahanzi batandukanye n’abakunzi b’imyidagaduro.

    Iri serukiramuco rigiye kuba ku nshuro ya mbere ryateguwe na sosiyete Siga Rwanda yashinzwe n’umusizi Rumaga Junior.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, uyu musizi yavuze ko iki gikorwa kigamije guteza imbere ubuhanzi mu Rwanda no kubuha urubuga rugera ku baturage benshi.

    Rumaga yavuze ko bahisemo gutangiriza iri serukiramuco i Huye kubera amateka akomeye aka karere gafite mu muco n’amateka by’u Rwanda.

    Yagize ati 'Ni iserukiramuco rizajya rizenguruka igihugu, ariko Huye ni ho rizajya ritangirira. Turashaka ko ubuhanzi butagarukira mu nzu z’imyidagaduro gusa, ahubwo bukagera mu baturage bose.'

    Mu bahanzi bategerejwe gususurutsa abazaryitabira harimo Massamba Intore, Riderman, Element Eleeeh, Juno Kizigenza, Alyn Sano, Mani Martin, Christopher Muneza, Kevin Kade, Bwiza, Rusine Patrick na Jules Sentore n’abandi benshi.

    Ku munsi wa mbere w’iri serukiramuco hazabaho urugendo ruzahagurukira i Kigali rugana i Huye, aho abazaryitabira bazajya bahagarara ahantu hatandukanye biga amateka n’umuco by’u Rwanda ari na ko basusurutswa n’abahanzi.

    Ku wa 20 Werurwe hateganyijwe igikorwa cyiswe 'Intambwe ya Nyirarumaga', kigamije kuzirikana no gushimira uruhare rw’abagore mu buhanzi, mu muco no mu iterambere ry’igihugu, cyane ko ukwezi kwa Werurwe kwahariwe kuzirikana abagore.

    Abazitabira iri serukiramuco bazanasura Umusozi wa Kiruri Hill uherutse guhabwa Rumaga Junior kugira ngo awubyaze umusaruro mu bikorwa by’ubuhanzi n’ubukerarugendo.

    Umunsi wa nyuma, ku wa 21 Werurwe 2026, hazaba igitaramo gikomeye kizasoza iri serukiramuco kikazabera kuri Sitade ya Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye.

    Huye hagiye guhurira iserukiramuco rizahuza ibyamamare

    Source : http://isimbi.rw/ibyamamare-bigiye-guhurira-i-huye.html

  • Rutahizamu Mike Trésor wifuzwa n’u Rwanda agiye kuza i Kigali #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Burnley mu Bwongereza wifuzwa n’ikipe y’igihugu Amavubi, Ndayishimiye Mike Trésor ategerejwe i Kigali aho azaba aje gusura u Rwanda.

    Uyu rutahizamu umaze igihe wifuzwa n’u Rwanda ariko akaba yarakiniye ikipe y’igihugu y’u Bubiligi, gusa yahamagawe rimwe ntibongeye kumuhamagara hakaba hari amahirwe ko yazakinira u Rwanda.

    U Rwanda rukaba ruri mu biganiro n’uyu mukinnyi ngo abe yaza kurukinira ariko ibiganiro bikaba bitararangira ahubwo murumuna we Ndayishimiye Matteo ukinira KVC Wilrijk yo mu Bubiligi we yarahamagawe.

    Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice yavuze ko Mike Trésor azaza mu Rwanda kureba murumuna we mu mikino ya FIFA Series izabera mu Rwanda guhera tariki ya 26 Werurwe 2026.

    Mike Trésor akaba atazaza mu Rwanda wenyine ahubwo azazana na nyina aho bazaba baje gutembera no kureba u Rwanda, ibi bishobora kuzagira ingaruka ku biganiro u Rwanda rurimo kugirana n’uyu mukinnyi.

    Ati 'Hari murumuna wa Trésor, umuntu w’icyitegererezo kuri we ni mukuru we Mike Trésor, yaradusabye aratubwira ngo we na mama we byibuze baza bakanareba n’u Rwanda? Bakareba n’ukuntu FIFA Series iteguwe, bakanareba n’Amavubi?'

    'Nabo turacyari mu biganiro bigeze kure nubwo muri iyi FIFA Series bitabashije gukunda ariko turibaza naza akareba n’u Rwanda ukuntu babafata neza, akareba murumuna we akina, na we azavuga ngo reka nanjye nzagusange ubutaha, twizera kuzagira Mike Trésor mu mikino iri imbere, gusa kuri iyi nshuro azaza aherekeje murumuna we.'

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Mike Trésor na we yifuzaga kuza gusura u Rwanda akareba igihugu cyimwifuza ko yagikinira ndetse akaba anatekereza ko nubwo atakinira u Rwanda ariko akaba yahagira n’ibikorwa byafasha mu kuzamura impano z’abakiri bato.

    Mike Tresor agiye kuza mu Rwanda

    Source : http://isimbi.rw/rutahizamu-mike-tresor-wifuzwa-n-u-rwanda-agiye-kuza-i-kigali.html

  • Ese harabaho remontada idasanzwe, nyuma y'uko amakipe akomeye yagiye akubitwa umufiririzo #rwanda #RwOT

    Mu marushanwa akomeye ya UEFA Champions League, ibintu birarushaho gufata indi ntera aho amakipe akomeye arimo guhatanira itike ya ¼ cy'irangiza. Icyibazwa na benshi ni uko niba dushobora kongera kubona 'remontada' zitangaje cyangwa niba ibyavuye mu mikino ibanza byamaze gutanga icyerekezo.

    Ku ruhande rwa Real Madrid, bafite amahirwe akomeye nyuma yo gutsinda ibitego 3-0 Manchester City. Iyi kipe izwiho amateka yo gukora ibitangaza muri iri rushanwa, ndetse abafana bayo bizeye ko izakomeza kwitwara neza, cyane cyane iri imbere y'abafana bayo. Ariko ntibivuze ko Manchester City yamaze gusezererwa, kuko nayo ifite abakinnyi bashobora guhindura umukino mu kanya gato.

    Ku rundi ruhande, Paris Saint-Germain iri imbere ya Chelsea n'ibitego 5-2, ibintu bituma benshi batekereza ko amahirwe ya Chelsea ari make cyane. Nubwo bimeze bityo, umupira w'amaguru ntugira iherezo, cyane cyane iyo ugeze ku rwego nk'uru rwa Champions League. Chelsea ishobora gutungurana igakora remontada, n'ubwo bizasaba imbaraga nyinshi n'ubwitange budasanzwe.

    Mu mateka y'iri rushanwa, twabonye amakipe akora ibitangaza, aho ibitego byinshi byishyurwa mu mikino yo kwishyura. Ibi bituma abafana bagira icyizere ko n'ubu hashobora kubaho ibindi bitangaza.

    Ese tuzabona amateka mashya yandikwa, cyangwa se amakipe afite amahirwe azakomereza aho ageze? Ibisubizo byose biramenyekana mu kibuga, aho buri kipe iraharanira kugera kure hashoboka.

    Ese harabaho remontada idasanzwe, nyuma y'uko amakipe akomeye yagiye akubitwa umufiririzo

    Source : https://kasukumedia.com/ese-harabaho-remontada-idasanzwe-nyuma-yuko-amakipe-akomeye-yagiye-akubitwa-umufiririzo/

  • Gushobora no kudashoboka? Kwizera Olivier koko yibera mu Isi ye? Ni cyo azira? #rwanda #RwOT

    Ubu impaka ni zose, bamwe baribaza impamvu umunyezamu Kwizera Olivier atahamagawe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu izakina imikino ya gicuti ya 'FIAFA Series’ kandi ari umwe mu banyezamu bakina kandi bahagaze neza.

    Ejo hashize ni bwo hahamagawe urutonde rw’abakinnyi 31 bazifashishwa muri iyi mikino ntabwo hagaragayemo umunyezamu Kwizera Olivier wa Rayon Sports umwe mu bahagaze neza uyu munsi.

    Eric Nshimiyimana, umutoza wungirije akaba yabwiye itangazamakuru ko impamvu yasizwe ari uko adahagaze neza kuko nubwo afatira Rayon Sports ariko inshuro nyinshi iyo agonganye n’umukinnyi gato ahita agwa bakajya kumuvura kandi bikaba inshuro nyinshi.

    Ibi ntabwo itangazamakuru ryabyemeye rikomeza kugaragaza ko yagakwiye guhamagarwa, perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice yahise avuga ko bagiye kumuha umwanya maze umutoza akazamureba na we.

    Umutoza mukuru Stephen Constantine yahise abyamaganira kure avuga ko 'Sinjye wahamagaye ni Eric wahamagaye, rero abo yahamagaye ni abo. Buri wese hano afite umukinnyi yakongeramo rero, urumva buri umwe amuvuze ntabwo twava hano.'

    Kwizera Olivier arazira iki?

    Nta muntu ushidikanya ku mpano ya Kwizera Olivier, gusa amakuru ISIMBI yagerageje gushakisha ni uko uyu mukinnyi bimwe mu byo azira harimo n’ibyo hanze y’ikibuga.

    Kimwe mu bintu ISIMBI yamenye ni uko ubwo aheruka mu ikipe y’igihugu Amavubi mu Gushyingo 2025 yagaragaweho n’imyitwarire itari myiza ari nayo mpamvu atigeze akinishwa umukino n’umwe wa gishuti.

    Ikindi amakuru avuga ko abatoza bagerageje gushakisha amakuru basanga ari umukinnyi wibera mu Isi ye, nta kintu na kimwe yitaho ku buryo no muri Rayon Sports bashyizeho umuntu ugomba kumumenyesha gahunda zose.

    Bivugwa ko hari umuntu bahorana umunsi ku munsi w’inshuti ye umubwira igihe cy’imyitozo, imyenda bari bukoreshe, aho umwiherero ubera, igihe cy’umukino n’ibindi ibi abatoza bakaba barasanze bishobora kugorana kubona umuntu umukurikirana muri ubwo buryo.

    Mu busesenguzi bakoze kandi ni uko basanze uko guhora aryama mu mukino biterwa n’imiterere y’umubiri we aho ananutse cyane bituma buri uko aguye ahita ababara kubera ko umubiri we udafite inyama nyinshi ku buryo buri kantu kabaye biba bimeze nk’aho ari amagufa gusa, ikirenze kuri ibyo ngo ntabwo akunda kurya yarabyanze.

    Hejuru y’ibyo abatoza banagize impungenge ku mikinire ye, ni umunyezamu ukunda gukinisha amaguru cyane, agacenga bituma akora amakosa cyane ku buryo hari n’imipira bajya bamwambura bishobora no gutuma yatsindisha ikipe.

    Kwizera Olivier ntabwo yahamagawe biteza impaka nyinshi

    Source : http://isimbi.rw/gushobora-no-kudashoboka-kwizera-olivier-koko-yibera-mu-isi-ye-ni-cyo-azira.html

  • Muhanga: Umugore arasaba ubutabera, nyuma yo kwamburwa urugo yubatse #rwanda #RwOT

    Mu mudugudu wa Matsinsi, Akagari ka Mubuga, mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga, umugore ari mu gahinda gakomeye, nyuma yo kwirukanwa mu nzu yubatse mu isambu yari asangiye n'umugabo we, amusiga mu buzima bugoye bwo kubaho asembera.

    Uyu mugore avuga ko ubuzima bwe bwahindutse akarushywa, nyuma y'imyaka myinshi atotezwa n'uwo bashakanye, amuziza ko batigeze babyarana. Ibi byatumye urugo rwabo rurangwa n'amakimbirane n'agahinda gakomeye, aho yakomeje kwihanganira ibibazo byose yizeye ko bizashira.

    Mu buhamya bwe, yagaragaje ko yagize uruhare runini mu kubaka iyo nzu, kuko yatanze imbaraga ze n'umutungo yari afite, agurisha byinshi mu byo yari yarizigamiye kugira ngo bubake urugo ruzabafasha kubaho neza nk'umuryango. Icyakora, ibintu byaje guhindura isura ubwo umugabo we yafashe icyemezo cyo kugurisha iyo sambu n'inzu bubatsemo atabimumenyesheje.

    Nyuma yo kugurishwa k'uwo mutungo, uyu mugore yahise yirukanwa mu rugo, asigara nta hantu afite ho kuba ndetse nta n'undi mutungo asigaranye. Kuri ubu, avuga ko imibereho ye igoye cyane kuko abayeho asaba ubufasha, ibintu atatekerezaga ko byamugeraho nyuma yo gushora imbaraga ze mu kubaka urugo.

    Arasaba ubuyobozi n'inzego zibishinzwe kumurenganura, agahabwa ubutabera ku mutungo yagizemo uruhare kubaka no ku burenganzira bwe nk'umugore washakanye byemewe n'amategeko. Avuga ko akeneye ko ikibazo cye gikemurwa mu buryo buboneye, kugira ngo abashe kongera kubona ubuzima bwiza n'icyizere cy'ejo hazaza.

    Umugore w'i Muhanga arasaba ubutabera, nyuma yo kwamburwa urugo yubatse

    Source : https://kasukumedia.com/12611-2/

  • Abatuye Rukoko mu Manegeka barasaba ko bakwimurwa byihuse #rwanda #RwOT

    Abaturage batuye mu Mudugudu wa Rukoko, ubarizwa mu Kagari ka Gihira, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, barasaba ubuyobozi kubafasha kwimurwa byihuse, nyuma yo kubona ko aho batuye hashyira ubuzima bwabo mu kaga gakomeye. Ibi babitangaje mu gihe bavuga ko hatangiye kugaragara ibimenyetso by'inkangu, birimo gucikagurika kw'itaka no gusenyuka kw'ahantu hatandukanye hafi y'ingo zabo.

    Aba baturage bavuga ko bamaze iminsi babona ibimenyetso biteye impungenge, birimo imvura nyinshi igwa igatuma ubutaka bworoha cyane, bikaba byaratumye habaho gucikamo ibice by'ahantu hatandukanye. Bemeza ko hari n'inzu zatangiye kugaragaza ibimenyetso byo gusaduka, ibintu bavuga ko bishobora guteza impanuka zikomeye mu gihe nta gikozwe.

    Umwe mu baturage yavuze ko babayeho mu bwoba bukomeye, kuko buri gihe iyo imvura iguye bibatera impungenge z'uko inkangu ishobora kubatwara. Ati: 'Turasaba ko ubuyobozi bwadufasha tukimurwa tukajyanwa ahantu hatekanye, kuko ubuzima bwacu buri mu kaga.'

    Ubuyobozi bw'inzego z'ibanze bwatangaje ko iki kibazo bakizi kandi ko hari ingamba zirimo gutegurwa kugira ngo harebwe uburyo abaturage bagira ubufasha bukenewe. Banasaba abaturage gukomeza kwitwararika no gutanga amakuru ku gihe igihe babonye ibimenyetso byongera gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

    Iki kibazo cyaje kiyongera ku bindi bijyanye n'ingaruka z'imihindagurikire y'ikirere, aho imvura nyinshi ikomeje guteza inkangu n'imyuzure mu bice bitandukanye by'igihugu, cyane cyane mu Turere two mu Burengerazuba.

    Abatuye Rukoko mu Manegeka barasaba ko bakwimurwa byihuse

    Source : https://kasukumedia.com/abatuye-rukoko-mu-manegeka-barasaba-ko-bakwimurwa-byihuse/

  • 'Nirukanwe muri korali banziza ko nta mpano mfite' – Chance wa Ben mu ntangiriro ye y'ubuhanzi #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Mbanza Chance, umwe mu bagize itsinda rizwi nka Ben na Chance, yagarutse ku ntangiriro z'urugendo rwe mu muziki, agaragaza ko rutari rworoshye nk'uko benshi babyibwira uyu munsi. Yavuze ko mu gihe yatangiraga kuririmba, yahuye n'imbogamizi zikomeye zirimo no kwirukanwa muri korali yaririmbyemo bwa mbere.

    Ibi Chance yabivuze ari kumwe n'umugabo we Ben, ubwo bitabiraga igitaramo cya Gen-Z Comedy gisanzwe kibera muri Camp Kigali, mu gice cyiswe nka 'Meet Me Tonight'. Mu kiganiro bagiranye n'abitabiriye icyo gitaramo, Chance yasobanuye ko igihe yatangiraga, ubuhanzi bwe mu kuririmba butari buhamye, bituma bamwe batamubonamo impano ihagije.

    Yagize ati, hari igihe yigeze kubwirwa ko atazigera aba umuririmbyi mwiza, ndetse aza no gukurwa muri korali kubera iyo mpamvu. Icyakora, aho gucika intege, yahisemo gukomeza gushakisha impano yari afite, maze aza gusanga kubyina ari byo bimubereye.

    Chance yavuze ko iyo ntambwe yo kumenya impano ye nyakuri yamufashije kongera kwiyubaka no gutinyuka kugaruka mu muziki afite icyizere. Uyu munsi, we na Ben bamaze kuba bamwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda, ibintu agaragaza ko byaturutse ku kwihangana no kutareka inzozi zabo zipfa.

    Yasoje ashishikariza urubyiruko kudacika intege igihe bahuye n'ibigeragezo, kuko hari igihe gutsindwa biba intangiriro yo kuvumbura impano nyayo umuntu yihishemo.

    'Nirukanwe muri korali banziza ko nta mpano mfite' — Chance wa Ben mu ntangiriro ye nk'umuhanzi

    Source : https://kasukumedia.com/nirukanwe-muri-korali-banziza-ko-nta-mpano-mfite-chance-wa-ben-mu-ntangiriro-ye-yubuhanzi/