Author: webrwanda

  • Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro #rwanda #RwOT

    Mu ihererekanya bubasha, hagati ya komite ya PSF ishoje inshingano na komite nshya, Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi, Dr Sylvere Nahayo yasabye Ubuyobozi bushya bwa PSF kumenya no kuzirikana ko bagikora ihererekanya ari nabwo akazi gatangiye. Yabahaye umukoro wo gushaka abashoramari, abasaba kuzakora cyane kurusha abo basimbuye ariko kandi byose mu nyungu y'Abikorera n'Abesamihigo muri rusange.

    Nyuma y'imyaka umunani, Munyankumburwa Jean Marie ayoboye urwego rw'abikorera/PSF mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa 19 Werurwe 2026 yashyikirije ububasha(Handover), Ntiyamira Felix ( aka Yadema) umukoreye mu ngata.

    Mu ijambo rye, Munyankumburwa Jean Marie yashimiye Ntiyamira Felix wagiriwe icyizere n'abanyamuryango cyo gufata inshingano zo kuyobora PSF mu karere ka Kamonyi. Yamwijeje ko nka komite ishoje ikivi aho bazakenerwa bazitaba bwangu.

    Ntiyamira Felix, Perezida wa PSF Kamonyi mu gukora iri hererekanyabubasha, yavuze ko yiteguye gukora, ko imbaraga zihari ndetse n'ubushake, yaba kuri we bwite ndetse na Komite yose bafatanije.

    Yabwiye Komite ishoje ikivi ati' Mwarakoze!. Inshingano mwazihagazemo neza kugeza kuri uyu munota wa none ubwo muzeguriye twebwe tuje gukomereza aho mwari mugeze. Tuzakomereza ku byagezweho tubisigasire, dukomeze ibyari mu nzira bikorwa tubinoze, dushyire imbaraga mu byateganywaga gukorwa ari nako dushyiramo cyangwa twongeramo ibindi bishya kandi byiza. Turabizeza ko nta nakimwe kizasubira inyuma, ahubwo tuzaharanira kubyongerera agaciro'.

    Yagize kandi ati' Tuzakoresha imbaraga n'ubushobozi kandi turabifite. Ntabwo tuje kurebera, dufite byinshi dutekereza byiza kandi by'iterambere ryacu nk'abanyamuryango ba PSF, Akarere kacu n'Igihugu muri rusange. Iterambere niryo rituraje inshinga, tuzakora duharanira ko imibereho y'Abanyakamonyi irushaho kuba myiza'.

    Dr Sylvere Nahayo, Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi mu ijambo rye yashimiye Komite ishoje ikivi ku mikoranire myiza yabaranze hagati yabo ariko kandi n'imikoranire n'ubuyobozi bw'Akarere.

    Yijeje Komite nshya ko nk'ubuyobozi bw'Akarere biteguye gukorana kandi neza, baharanira kugera kuri byinshi byiza kandi biruta ibyo abo basimbuye bagezeho cyane ko umusingi uhari.

    Yagize kandi ati' Icyerekezo turimo ni icya kora ndebe, ntabwo ari vuga numve. Ni kora ndebe, ibikorwa bikivugira n'abantu batiriwe bavuga byinshi. Kuba mwaratowe, mwari musanzwe n'ubundi dukorana, bivuze neza ko tuzagera kuri byinshi, tuzakorana neza. Twifuza ko dukorera hamwe tugatahiriza umugozi umwe, tukagenda muri uwo murongo wo gukomeza kubaka Akarere kacu n'Igihugu muri rusange'.

    Yabahaye umukoro, ati' Imikoranire ni ukuvugana kenshi, Guhana ibitekerezo kenshi, kugirana inama kenshi. Twifuza ko nta kintu na kimwe muri kano Karere cyagira imbogamizi, cyapfa kandi muhari nka PSF. Yaba ari ibisaba ibitekerezo, Ibisaba ubushobozi, ibisaba ubujyanama mu buryo bumwe cyangwa ubundi, imiryango irafunguye kugira ngo tuganire. Tuzi umusanzu wa PSF mu kubaka Akarere'.

    Yongeyeho ati' PSF ni inkingi ikomeye, ni Inkingi ya mwamba mu mibereho y'Akarere ka Kamonyi. Kuba muri ku ruhembe rwa PSF, bivuzeko tuzafatanya tukagera kuri byinshi. Tubitezeho byinshi biruta ibyo abo musimbuye kuko mukoze nk'ibyo bakoze mutarushijeho ntabwo twaba turimo dutera imbere kuko iterambere ni ukuva ku rwego rumwe ujya ku rundi. Ni mutangire kuko twe mu nzego z'ibanze nta kwezi kwa buki kuhaba, ubu mwinjiye nta kuvuga ngo si ndamenya uko bigenda, ngo batangira bate'.

    Meya Dr Sylvere Nahayo, yabahaye kandi umukoro wo kuzana Abashoramari. Ati' Ikintu gikomeye twumva mwadufasha, ni mutuzanire Abashoramari muri Kamonyi. Ni mudufashe mu byinjiremo n'imbaraga zishoboka zose haze Abashoramari, mubatubwire tuborohereze ibyo dushoboye mu bushobozi bwacu byubahirije amategeko, baze bashore imari mu byiciro bitandukanye. Iki ni mukidufasha mukagishyiramo imbaraga muzaba mutanze umusanzu ukomeye muri Kamonyi'.

    Iyi Komite nyobozi nshya y'Urugaga rw'Abikorera/PSF mu Karere ka kamonyi, yatowe ku wa 09 Werurwe 2026. Igizwe na; Ntiyamira Felix (perezida), Niyonsenga Michel (Visi Perezida wa 1), Mukarusine Appolinarie(Visi Perezida wa 2). Irimo kandi abantu 7 batorewe kujya mu kanama nkemurampaka kayobowe na Diane Mukakalisa.

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/03/19/kamonyi-meya-dr-sylvere-nahayo-ahaye-komite-nshya-ya-psf-umukoro/

  • Rayon Sports yageze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports yakatishije itike ya 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro cya 2026 nyuma yo gutsinda Police FC kuri penaliti 4-2, mu mukino wo kwishyura wa 1/4 warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa, nk’uko byari byagenze no mu mukino ubanza.

    Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium wari urimo guhangana gukomeye hagati y’impande zombi, aho buri kipe yagerageje gushaka igitego cy’intsinzi ariko bikarangira iminota 90 isanzwe irangiye nta na kimwe kibonetse.

    Rayon Sports yatangiye isatira cyane mu minota ya mbere, ishaka igitego cyayihesha amahirwe, ariko ubwugarizi bwa Police FC burabyitwaramo neza.

    Ku rundi ruhande, Police FC na yo yagerageje gusatira binyuze kuri Ani Elijah na bagenzi be, ariko umunyezamu Kwizera Olivier akomeza kwitwara neza.

    Mu gice cya kabiri, umukino wakomeje kugenda ungana ku mpande zombi. Amahirwe akomeye yagiye aboneka, cyane cyane ku ruhande rwa Rayon Sports, ariko ba rutahizamu bayo bananirwa kuyabyaza umusaruro. Police FC yaje no guhabwa ikarita itukura ku munota wa 51, ibintu byayigizeho ingaruka mu mikinire yayo, nubwo yakomeje kwihagararaho.

    Mu minota ya nyuma, Rayon Sports yashyize igitutu kuri Police FC yashyize abakinnyi benshi inyuma, irinda izamu ryayo. Icyakora, iminota y’inyongera yarangiye nta gihindutse, biba ngombwa ko hitabazwa penaliti.

    Mu gutera penaliti, amakipe yombi yatangiye atitwaye neza, aho penaliti za mbere ku mpande zombi zahushijwe. Gusa Rayon Sports yaje kwisuganya, itsinda enye muri eshanu, mu gihe Police FC yo yatsinzemo ebyiri gusa, harimo n’iyatewe na Issah Yakubu yakubise umutambiko.

    Penaliti ya nyuma yinjijwe na Fall Ngagne ni yo yashimangiye intsinzi ya Rayon Sports, iyihesha gukomeza muri 1/2.

    Muri iki cyiciro gikurikira, Rayon Sports izahura na Gorilla FC yasezereye AS Kigali, mu gihe undi mukino uzahuza APR FC na Etincelles FC

    Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-yageze-muri-1-2-cy-igikombe-cy-amahoro.html

  • Riderman, Christopher, Kevin Kade, Rumaga, Element Eleeeh bahagurutse i Kigali mu rugendo rw’amateka (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ibyamamare bitandukanye mu Rwanda, byamaze guhaguruka i byerekeza i Huye mu Iserukiramuco ry’ubuhanzi ryiswe ‘Siga Arts Festival’, aho bagenda basobanurirwa amwe mu mateka y’u Rwanda.

    Aba bagiye Huye bakaba bahagurikiye i Kigali ku Nteko y’Umuco ku Ngoro ya Richard Kandt.

    Ni Iserukiramuco ryateguwe n’umusizi Rumaga Jr aho ryatangiye uyu munsi rikazasozwa tariki ya 21 Werurwe 2026.

    Kuva Kigali kugera Huye biteganyijwe bari bugende bahagarara hamwe mu hantu hazitse amateka y’u Rwanda basobanurirwa hamwe mu mateka ahagjze.

    Hamwe mu hantu ibi byamamare n’abanaherekeje bari busure harimo mu Mujyi wa Kigali ahazwi nko ku Giti Cyinyoni ku Iriba rya Rwezangoro.

    Hari mu Karere ka Kamonyi Buhoro bwa Reramacu no ku Mana ya Nkusi.

    Muhanga barahagarara Kabyayi basobanurirwe amateka ya Kabgayi, muri Ruhango barasobanurirwa amateka ya Ruhango rwa Mutakara no mu Butantsinda bwa Kigomba na Muyange ndetse no ku Mukingo ukingiye u Rwanda.

    Nyanza ni mu Rukari i Bwami mu gihe Huye ari i Giseke na Nyagisenyi.

    Bamwe mu byamamare bifatanyije na Rumaga harimo Meneza Christopher, Kevin Kade, Juno Kizigenza, Diez Dola, Element Eleeeh, Riderman (yasigaye i Kigali ariko arasanga abandi i Huye), Fally Merci, Titi Brown, Burikantu na Buringuni n’abandi.

    Biteganyijwe ko buri joro hazajya haba igicaniro cy’ubusabane n’imyidagaduro i Huye.

    Ku wa 20 Werurwe 2026 hitezwe igikorwa cyiswe 'Intambwe ya Nyirarumaga’ urugendo rugamije kwibuka umurage w’abagore no gushimira uruhare rwabo mu buhanzi, umuco n’iterambere ry’igihugu, dore ko Werurwe ari ukwezi kwahariwe abagore.

    Umunsi wa gatatu w’iri serukiramuco hateganyijwe igitaramo kizarisoza, kikazabera kuri Sitade ya Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye ku wa 21 Werurwe 2026.

    Rumaga watangije iri serukiramuco

    Christopher, Element Eleeeh na Diez Dola

    Riderman mu itsinda rigari ry’abahanzi bitezwe muri iri serukiramuco

    Burikantu na Buringuni mu baje gushyigikira Rumaga Junior

    Fally Merci na we yari ahari

    Source : http://isimbi.rw/riderman-christopher-kevin-kade-rumaga-element-eleeeh-bahagurutse-i-kigali-mu.html

  • Twabwirwaga ko imibonano mpuzabitsina ari ibishitani, tuzapfa – Nadia wasabye impinduka #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime Ishimwe Sandra wamamaye nka 'Nadia’ muri filime y’uruhererekane 'City Maid’, yasabye ababyeyi kujya baganiriza abana babo byimbitse ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere aho kubakangisha igitsure gusa.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Sandra yavuze uburyo ababyeyi benshi bakoresha bwo kubuza abana gukora imibonano mpuzabitsina bubamo igitsure cyinshi, ariko ntibasobanurire abana ingaruka n’impamvu nyayo zo kwirinda.

    Yagize ati 'Twebwe twakuze tubwirwa ko imibonano mpuzabitsina ari ibishitani, ko izagutera inda cyangwa ukazapfa. Ariko iyo uyikoze rimwe ugasanga nta kibaye, bituma ushaka kongera kubigerageza.'

    Uyu mukinnyi wa filime yagaragaje ko kudasobanurirwa bihagije ari imwe mu mpamvu zituma abakobwa benshi bashidukira kugerageza imibonano mpuzabitsina batabanje kumenya ingaruka zayo.

    Yashimangiye ko igihe kigeze ngo ababyeyi bahindure imyumvire, bakicaza abana babo bakabaganiriza mu buryo bubafasha gusobanukirwa neza ibyiza n’ingaruka ziri mu rukundo no mu mibonano mpuzabitsina.

    Ati 'Abana b’abakobwa by’umwihariko bakeneye kwigishwa kurusha uko byakorwaga kera. Ni ngombwa ko ababyeyi babaganiriza mu buryo bwimbitse bakabereka uko babyitwaramo, kuko kubabuza gusa bidahagije.'

    Sandra yanavuze ko muri iki gihe aho amakuru menshi aboneka ku mbuga zitandukanye, kutaganiriza abana bishobora kubashyira mu byago byo kwigira ku byo babonye aho badafite ubuyobozi.

    Mu rwego rwo guteza imbere ibi biganiro, Ishimwe Sandra yatangije shene ya YouTube yise 'The Mind Shift’, igamije gutanga ibiganiro byubaka ku kurengera abana, inshingano z’ababyeyi n’uruhare rw’umuryango mu kurinda abana ihohoterwa.

    Nadia yasabye ababyeyi guhindura uburyo baganiriza abana ku mibonano mpuzabitsina

    Source : http://isimbi.rw/twabwirwaga-ko-imibonano-mpuzabitsina-ari-ibishitani-tuzapfa-nadia-wasabye.html

  • Abaturage ba Ruganda bakomeje guhungabanywa n'inzu baherutse gutuzwamo zatangiye gusenyuka #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bahatuye bavuga ko batangiye kubona ibimenyetso by'uko izo nzu zitameze neza, birimo inkuta zitangiye gusaduka, ibisenge byinjiza amazi n'imiryango itagifunga neza. Ibi byose bavuga ko byatangiye kugaragara mu gihe gito cyane nyuma yo kuzituzwamo, ibintu bibatera kwibaza ku bwiza n'uburyo izo nzu zubatswemo.

    Umwe mu baturage yagize ati: 'Twari twishimye cyane dutaha, ariko ubu turi mu bwoba bukomeye. Iyo imvura iguye nijoro, turara twikanga ko inzu yadusenyukiraho.'

    Aba baturage basaba inzego zibishinzwe kubatabara hakiri kare, bagasuzuma neza uko izo nzu zubatswe ndetse hakanakorwa ibikenewe byose kugira ngo zongere gukomera no kuramba. Bavuga ko bifuza ko ubuzima bwabo n'ubw'imiryango yabo bwahabwa agaciro, aho kuba mu nzu zibateza impungenge aho kubaha umutekano.

    Ku ruhande rw'ubuyobozi, haracyategerejwe ibisobanuro birambuye ku kibazo cy'izo nzu, ndetse n'ingamba zizafatwa mu gukemura iki kibazo cyugarije aba baturage.

    Abaturage ba Ruganda bakomeje guhungabanywa n'inzu baherutse gutuzwamo zatangiye gusenyuka

    Source : https://kasukumedia.com/abaturage-ba-ruganda-bakomeje-guhungabanywa-ninzu-baherutse-gutuzwamo-zatangiye-gusenyuka/

  • Jay-Z agiye kwizihiza imyaka 30 amaze asohoye album ye ya mbere #rwanda #RwOT

    Umuraperi w'icyamamare ku Isi Jay-Z yatangaje ko yiteguye kongera gutaramira abafana be mu bitaramo bibiri bikomeye bizaba ari ibirori byo kwizihiza imyaka album ze zamaze zisohotse.

    Ku wa 10 Nyakanga 2026, Jay-Z azataramira mu gitaramo kizaba kigamije kwizihiza imyaka 30 ishize asohoye album ye ya mbere yise Reasonable Doubt. Iyi album yasohotse mu 1996, ikaba ari yo yamwinjije mu ruhando rw'abaraperi bakomeye i New York no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri rusange.

    Bukeye bwaho, ku wa 11 Nyakanga 2026, azakora ikindi gitaramo cyo kwizihiza imyaka 25 ishize asohoye album The Blueprint, imwe mu zikunzwe cyane mu mateka ya hip-hop.

    Ibi bitaramo byahawe amazina ya 'JAŸ-Z 30' na 'JAŸ-Z 25', bikazabera ku kibuga cya Yankee Stadium, ahantu hazwi cyane ho kwakira ibitaramo bikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    N'ubwo ibisobanuro birambuye ku matike n'ibiciro byayo bitaratangazwa, abakunzi b'umuziki wa Jay-Z bamaze kugaragaza amatsiko menshi kuri ibi bitaramo.

    Uretse ibi, uyu muraperi yanemeje ko azitabira iserukiramuco rya Roots Picnic rizabera muri Philadelphia, aho azahurira ku rubyiniro na The Roots nyuma y'imyaka myinshi badakorana.

    Jay-Z aheruka gukora ibitaramo bikomeye mu 2017 mu rugendo rwa '4:44 Tour', rwabereye muri Amerika na Canada, rukaba rwaramwinjirije amafaranga menshi cyane. Ibi bitaramo bishya byitezweho kongera gushimangira izina rye mu muziki.

    Jay-Z agiye kwizihiza imyaka 30 amaze asohoye album ye ya mbere

    Source : https://kasukumedia.com/jay-z-agiye-kwizihiza-imyaka-30-amaze-asohoye-album-ye-ya-mbere/

  • Ijoro rya 'First Friday Class' muri Ti'Amo Lounge ritegerejwe n'abatari bake #rwanda #RwOT

    Mu Mujyi wa Kigali, aho imyidagaduro igenda irushaho gutera imbere umunsi ku wundi, abakunzi b'ibirori bagejejweho igitaramo cyihariye kizwi nka 'First Friday Class' gisanzwe kibera i Remera muri Ti'Amo Lounge imbera ya Gare impande ya station ORXY ku wa Gatanu, tariki 20 Werurwe . Ni ijoro riteganyijwe kuzaba ryuzuyemo uburanga, umuziki uryoheye amatwi ndetse n'ibihe bitazibagirana ku bazaryitabira.

    Iki gitaramo kije gisusurutsa abantu bose bakunda gusohokana mu buryo bugezweho, aho hazaba hari umuziki ucuranzwe n'aba-DJ b'abahanga barimo DJ Caspi na DJ Cyusa, bazwiho gutuma ibyishimo bizamuka ku rwego rwo hejuru. Uretse umuziki, abazitabira bazanakirwa n'abashyushyarugamba Zeby na Tania, bazafasha abari aho kuguma mu mwuka mwiza w'ibirori.

    Abateguye iki gitaramo batangaje ko ibiciro bizaba byagabanyijwe mu buryo budasanzwe ku bazaba bahageze kare, bityo bakaba basaba abantu kutazacikanwa n'ibi bihe bidasanzwe. Ni amahirwe yo gusabana n'inshuti, kumenyana n'abandi ndetse no kwishimira ubuzima mu buryo bwiza kandi bwubahiriza umuco wo gusohokana mu cyubahiro.

    'Come early, stay classy' ni yo ntego y'iri joro, igaragaza ko abazitabira basabwa kuza hakiri kare kandi bakitwara mu buryo buboneye, bagahabwa serivisi nziza kandi bakishimira ambiance y'akataraboneka.

    Niba uri mu bakunda imyidagaduro irimo ubunyamwuga, Ti'Amo Lounge yaguteguriye igitaramo ku wa Gatanu kugira winjire mu buzima bwa 'First Friday Class' utibagiwe kuzana inshuti zawe.

    Ijoro rya 'First Friday Class' muri Ti'Amo Lounge ritegerejwe n'abatari bake

    Source : https://kasukumedia.com/ijoro-rya-first-friday-class-muri-tiamo-lounge-ritegerejwe-nabatari-bake/

  • Umugore wo muri Miyove arasaba ubutabera, nyuma yo gusenyerwa inzu na mukeba we #rwanda #RwOT

    Mu Murenge wa Miyove, mu Karere ka Gicumbi, haravugwa inkuru y'umugore uri gusaba kurenganurwa nyuma y'uko inzu ye isenywe n'umugore basangiye umugabo, bapfa imitungo bavuga ko bayisangiye.

    Uyu mugore uvuga ko ari nyir'inzu, atangaza ko yayubatse afatanyije n'umugabo we, ariko nyuma y'igihe undi mugore waje mu rugo nk'umugore wa kabiri, hatangira kutumvikana ku micungire n'ikoreshwa ry'iyo mitungo. Ibyo byatumye amakimbirane akura, kugeza ubwo umwe muri bo afashe icyemezo cyo gusenya inzu yari ituwemo n'uwo mugore.

    Abaturanyi bavuga ko aya makimbirane yari amaze iminsi agaragara, ariko bakibaza impamvu byageze ku rwego rwo gusenya inzu, aho kuba abayobozi b'inzego z'ibanze barahamagariwe gukemura ikibazo mbere y'uko gifata indi ntera.

    Uwasenyewe inzu ashimangira ko yahohotewe kandi ko akeneye ubutabera, asaba ko ubuyobozi bwamufasha gusubizwa uburenganzira bwe, ndetse uwamuteje icyo cyago akabiryozwa. Avuga ko ubu ari mu buzima bugoye kuko asigaye adafite aho akinga umusaya.

    Ku rundi ruhande, amakuru aturuka mu baturage avuga ko ikibazo kiri gukurikiranwa n'inzego zibishinzwe kugira ngo harebwe ukuri kwabyo n'uko amategeko yakurikizwa.

    Iyi nkuru irongera kwerekana ibibazo bikunze guterwa n'amakimbirane ashingiye ku mitungo mu miryango ifite abagore barenze umwe, aho benshi basaba ko hajya habaho ibiganiro n'ubujyanama mbere yo kugera ku makimbirane akomeye nk'aya.

    Umugore wo muri Miyove arasaba ubutabera, nyuma yo gusenyerwa inzu na mukeba we

    Source : https://kasukumedia.com/umugore-wo-muri-miyove-arasaba-ubutabera-nyuma-yo-gusenyerwa-inzu-na-mukeba-we/

  • Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika #rwanda #RwOT

    Perezida w'Impuzamashyirahamwe muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe, ashyigikiye ko Sénégal ijya mu Rukiko rwa Siporo ku Isi (CAS/TAS) kujurira, nyuma y'uko yambuwe Igikombe cya Afurika kigahabwa Maroc.

    Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 18 Werurwe 2026, ni bwo Patrice Motsepe yagaragaje icyo atekereza ku cyemezo cyafashwe n'Akanama gashinzwe Ubujurire muri CAF, ku mvururu zabaye ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika cya 2025.

    Ubwo Sénégal na Maroc zahuriraga ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, abakinnyi ba Sénégal bari mu mukino hagati bikuye mu kibuga kubera kutanyurwa n'ibyemezo by'abasifuzi.

    Nyuma Komisiyo ishinzwe Imyitwarire muri CAF yahannye yihanukiriye amakipe yombi, ariko Maroc ntiyanyurwa n'umwanzuro wayo ahubwo igana Akanama gashinzwe Ubujurire.

    Aka kanama kemeje ko Igikombe cyari cyegukanywe na Sénégal icyamburwa kuri mpaga y'ibitego 3-0, kigahabwa Maroc.

    Patrice Motsepe yashimye iki cyemezo, ahamya ko cyanyuze mu mucyo kuko yizeye neza abagize inzego zishinzwe gukemura impaka muri CAF.

    Ati 'Ibyabaye kuri uriya mukino byari bibabaje kuko bitesha agaciro akazi kose tuba twarakoze mu myaka yose kugira ngo irushanwa rigende neza. Duhitamo abagize izi nzego twaritonze cyane kandi bigirwamo uruhare n'ibihugu byose bya Afurika uko ari 54.'

    'Twe rero turi ku ruhande rw'imyanzuro yafashwe n'izo nzego kuko zikwiriye kwigenga. Ababikoze babikoranye ubushishozi, ariko nanone tunashyigikiye ko abatsinzwe bagana izindi nzego zisumbuyeho nka CAS, kandi umwanzuro wayo na wo uzubahwa.'

    Guverinoma ya Sénégal idakozwa ibyo kuyambura Igikombe cya Afurika cya 2025, yasabye ko CAF ikorwamo iperereza kuri ruswa.

    Source : https://rushyashya.net/motsepe-uyobora-caf-yasabye-senegal-kujurira-niba-itemera-icyemezo-cyo-kuyambura-igikombe-cya-afurika/

  • U Rwanda na Sénégal bikomeje gushimangira umubano #rwanda #RwOT

    Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yakiriye Minisitiri wa Siporo w'u Rwanda, Nelly Mukazayire, wari umutwariye ubutumwa bwihariye bwa Perezida Paul Kagame. Aya makuru yamenyekanye ku wa 18 Werurwe 2026, atangazwa n'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu muri Sénégal binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

    Uru ruzinduko rwibanze ku gukomeza kunoza umubano w'ibihugu byombi no kuganira ku nyungu bihuriyeho, cyane cyane mu Muryango w'Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF). Ibiganiro byibanze ku guteza imbere urubyiruko no gushimangira ubufatanye mu iterambere ry'ubukungu, ibintu ibihugu byombi bishyize imbere muri politiki yabyo.

    Ikindi cyagarutsweho cyane ni ugushyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo ku mwanya w'Umunyamabanga Mukuru wa OIF. U Rwanda rukomeje gushaka ubufasha bw'ibindi bihugu kugira ngo Mushikiwabo akomeze kuri uwo mwanya, aho asanzwe awuriho kuva mu 2019, akaba ashaka kongera kuwuhatanira kuri manda ya gatatu.

    Mbere yo kugera muri Sénégal, Minisitiri Mukazayire yari yabanje kugirira uruzinduko muri Mauritania, aho yakiriwe na Perezida Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani. Ibiganiro byabo byibanze ku gushaka ubufasha bwa Mauritania muri iyo kandidatire.

    Umubano w'u Rwanda na Sénégal umaze igihe kinini ugaragaza ubufatanye bufatika. Ibi byarushijeho kugaragara mu 2025, ubwo abayobozi b'ibihugu byombi bashyiraga umukono ku masezerano y'imikoranire mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, ubworozi, ubuzima n'iterambere rusange.

    Ibi bikorwa byose bigaragaza ko u Rwanda na Sénégal bikomeje gushimangira umubano wabyo, binyuze mu bufatanye bugamije iterambere rirambye no kuzamura inyungu z'abaturage b'ibihugu byombi.

    U Rwanda na Sénégal bikomeje gushimangira umubano

    Source : https://kasukumedia.com/u-rwanda-na-senegal-bikomeje-gushimangira-umubano/