Author: webrwanda

  • Butaro: Abaturage bavuga ko bahungira muri Uganda gushakisha kanyanga, nyuma yo guca inzoga gakondo mu gace kabo #rwanda #RwOT

    Nubwo bimeze bityo, bamwe mu baturage bavuga ko batanyuzwe n'icyo cyemezo, kuko bavuga ko izo nzoga zari zisanzwe ari igice cy'umuco wabo ndetse zikabafasha mu mibereho ya buri munsi. Ibi byatumye hari abahitamo kujya mu gihugu cya Uganda gihana imbibi n'Akarere ka Burera, aho bavuga ko babasha kubona inzoga ya Kanyanga ku buryo bworoshye kandi ku giciro gito.

    Umwe mu baturage utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati: 'Tujyayo kuko hano batubujije ibyo twari tumenyereye. Nubwo ari kure gato, turagenda tukabona ibyo dushaka.' Ibi ariko bitera impungenge bamwe mu bayobozi n'abaturage, kuko Kanyanga izwiho kuba ishobora guteza ibibazo by'ubuzima ndetse n'umutekano muke.

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Burera bukomeje gushishikariza abaturage kwirinda kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge no gushaka ibindi bikorwa bibafasha kwiteza imbere. Bunasaba inzego z'umutekano gukomeza gukaza ingamba zo kurwanya iyinjizwa rya bene izo nzoga mu buryo butemewe, mu rwego rwo kurinda ubuzima bw'abaturage no kubungabunga ituze rusange.

    Source : https://kasukumedia.com/butaro-abaturage-bavuga-ko-bahungira-muri-uganda-gushakisha-kanyanga-nyuma-yo-guca-inzoga-gakondo-mu-gace-kabo/

  • Zari Hassan yahakanye umwirane uvugwa mu rugo rwe #rwanda #RwOT

    Zari Hassan yahakanye amakuru amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko urugo rwe n’umugabo we Shakib Cham ruri mu mwiryane udasanzwe.

    Aya makuru yatangiye gukwirakwira nyuma y’ifoto [Screenshot] igaragaza inyandiko bivugwa ko yashyizwe kuri paje ya Facebook ya Zari, igaragaza amagambo asa n’ashinja umugabo we kumuca inyuma.

    Mu magambo ari muri iyi nyandiko yavugaga ko uyu munyamiderikazi akaba n’umucuruzi ukomoka muri Uganda yamufatiye mu buriri ari kumwe n’undi mugore, ibintu byahise bikurura impaka mu bakoresha imbuga nkoranyambaga.

    Mu butumwa bw’amashusho Zari yashyize hanze, yahakanye ayo makuru ayita ibinyoma byahimbwe, anashimangira ko atigeze ayandika cyangwa ngo ayashyire ku rubuga rwe.

    Yagaragaje ko hari abantu bashyira imbere gukurura ukuvugwa kw’ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga, bakoresheje ubuzima bw’abandi.

    Yagize ati 'Turimo kubaho mu Isi yuzuyemo agahinda, aho abantu bishimira kwinjira mu buzima bw’abandi. Kuki mushaka kubona abandi bababaye? Nimureke gukurikirana ubuzima bw’abandi mushaka 'likes’ n’inyungu.'

    Yakomeje anenga uwakoze iyo nyandiko, avuga ko ibyo bikorwa bigaragaza imyitwarire mibi y’uwayihimbye kurusha uko byagira icyo bivuga ku buzima bwe bwite.

    Nubwo aya makuru yakwirakwiriye cyane, Shakib Cham we ntiyigeze atanga ibisobanuro birambuye, ariko yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze amashusho ari kumwe na Zari, bigaragaza ko bombi bakiri mu mubano mwiza.

    Zari Hassan yahakanye umwirane uvugwa mu rugo rwe

    Source : http://isimbi.rw/zari-hassan-yahakanye-umwirane-uvugwa-mu-rugo-rwe.html

  • Nta bunini bw’ibibazo buruta Imana – Maranatha Family Choir mu ndirimbo ‘Ubunini’ #rwanda #RwOT

    Itsinda Maranatha Family Choir rikomeje urugendo rwo kugeza ubutumwa bwiza ku bakunzi b’umuziki wa Gospel, ryashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya yise 'Ubunini', igaruka ku mbaraga z’ukwizera mu bihe by’ingorane.

    Iyi ndirimbo ifite ubutumwa bukora ku mitima ya benshi, cyane cyane abahura n’ibibazo bikomeye ariko bakabihisha inyuma y’ibyishimo bagaragaza hanze. 'Ubunini' yibutsa abantu ko nubwo hari ibihe bitoroshye umuntu anyuramo, Imana ihora iri kumwe na we, kandi ububasha bwayo buruta kure ingano y’ibibazo byose ashobora guhura na byo.

    Mu busobanuro bw’iyi ndirimbo, Perezida w’iri tsinda, Selemani Munyazikwiye yavuze ko banditse iyi ndirimbo bashingiye ku gitekerezo cy’uko kwizera guhindura uko umuntu abona ubuzima. Aho guhanga amaso ku buremere bw’ibibazo, umuntu ahitamo kureba ku bukomeye bw’Imana. Iyo umuntu ateze amatwi ijwi ry’Umwungere Mwiza, aruhuka umutima, agasubizwamo imbaraga ndetse ubuzima bwe bukuzura ibyishimo.

    Indirimbo 'Ubunini' si nshya mu buryo bw’ihimbwa, kuko yanditswe mu myaka ishize na Clement Ishimwe, wari uri no mu bahimbyi b’iri tsinda icyo gihe. Nubwo bayigerageje mu buryo butandukanye mu bihe byatandukanye, bavuga ko batigeze banyurwa n’uko yakorwaga, bituma hari n’ibihe bahisemo kudashyira hanze ibyo babaga bakozeho. Kugeza ubu ni bwo bayihaye isura nshya bumva ijyanye n’ubutumwa bwifuzwaga gutangwa.

    Mu gutunganya iyi ndirimbo, Bolingo Paccy ni we wakoze amajwi, anagira uruhare rukomeye mu kuyigeza ku rwego iriho ubu. Hari kandi Mickal Uwihirwe bayiririmbanye, bose bakaba bashimiwe uruhare bagize kugira ngo iyi ndirimbo ibe igihangano gifite ireme. Amashusho yayo yakozwe na Vista, bayishyiramo ubuhanga bujyanye n’ubutumwa bwayo.

    Maranatha Family Choir igaragaza ko umwaka wa 2025 wababereye mwiza cyane, kuko wabahaye uburambe mu murimo, bagahura n’abantu batandukanye babafashije gukomeza gutera imbere. Ni umwaka kandi baririmbyemo henshi, banasohora indirimbo zitandukanye. Nubwo hari ibyishimo byinshi bawubonyeho, ntibabura no kwibuka ibihe bikomeye birimo kubura umwe mu baririmbyi babo, ndetse n’ibyishimo byo kwakira ubuzima bushya mu miryango yabo.

    Mu migambi ya 2026, iri tsinda rivuga ko rifite intego yo kurushaho gusakaza ibikorwa byaryo ku rwego rwo hejuru, kugira ngo ubutumwa bwiza bugere ku bantu benshi kurushaho, binyuze mu ndirimbo n’ibindi bikorwa byo kuramya no guhimbaza Imana.

    Basabye abakunzi babo gukomeza kubashyigikira no gufatanya na bo muri uru rugendo, bagira uruhare mu gusangiza abandi ubutumwa bwiza. Bashimangira ko abafana babo ari abafatanyabikorwa b’ingenzi, kuko ari bo batuma ibyo bakora bigera kure.

    Maranatha Family Choir ni itsinda ry’abaramyi rifite intego yo kwamamaza ubwiza bw’Imana aho rishoboye hose, kugira ngo abantu babashe kubaho mu munezero no mu mahoro aturuka ku kwizera. Bamaze kumenyekana mu ndirimbo zitandukanye zirimo 'Nzajya nkusingiza Yesu', 'Tuma umuntu aseka', 'Nyigisha' bakoranye na Butera Knowless, ndetse na 'Narahindutse' bakoranye na Nel Ngabo n’izindi nyinshi zakunzwe.

    Bamwe mu bagize Maranatha Family Choir

    Manzi Robert, umutoza muri Maranatha Choir

    Niyogakiza Brupo umwe mu bagize Chorale Maranatha

    Irakoze Divine umwe mu baririmbyi Chorale Maranatha

    Ahishakiye Denise, umuririmbyi

    Ishimwe Ariane na Uwihirwe Mickal, abaririmbyi ba Chorale Maranatha

    MUNYAZIKWIYE Selemani Umuyobozi mukuru wa Chorale Maranatha

    Source : http://isimbi.rw/nta-bunini-bw-ibibazo-buruta-imana-maranatha-family-choir-mu-ndirimbo-ubunini.html

  • Umujyi wa Kigali nta kipe ufite – Emma Claudine, yavuze umuti mu gihe amakipe bafasha yakwanga kwihuza #rwanda #RwOT

    Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine yavuze ko kugeza ubu nta kipe uyu Mujyi ufite uretse amakipe atatu ufasha ya AS Kigali, Gasogi United na Kiyovu Sports kandi bakaziha amafaranga angana.

    Ibi yabitangaje nyuma y’uko mu minsi yashize hagiye hanze ibaruwa y’Umujyi wa Kigali usaba aya makipe uko ari 3 kwihuza agakora ikipe imwe kugira ngo ibyo Umujyi wa Kigali wayahaga bijye bigenda ku ikipe imwe.

    AS Kigali, Kiyovu Sports na Gasogi United akaba yahawe kugeza tariki 30 Werurwe 2025 kuba yamenyesheje Umujyi wa Kigali umwanzuro yafashe.

    Gusa amakuru ISIMBI yamenye ni uko yaba Gasogi United yo ibyo kwihuza n’aya makipe itabyemera ni mu gihe Kiyovu Sports na AS Kigali zo zitarafata umwanzuro.

    Mu kiganiro ISIMBI yagiranye n’Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine abajijwe impamvu barimo bashaka guhuza aya makipe ngo babone ikipe bafasha 100% kandi hari AS Kigali, yavuze ko AS Kigali atari ikipe y’Umujyi wa Kigali ubu yigenga.

    Ati 'Hari ibyo abantu baba bazi ariko hari ukundi kuri cyangwa mu mategeko bifite ukundi bimeze, nibyo ikipe ya AS Kigali yatangijwe n’Umujyi wa Kigali ariko nyuma Umujyi waje kuyirekura iba ikipe yigenga, usigara uyitera inkunga.'

    'Uyu munsi nituvuga ngo dufate ikipe imwe, ikipe dufasha tugashyiramo akaboko ntabwo dufata AS Kigali kuko yari yarabaye ikipe yigenga, nta nubwo turi buvugire Gasogi United cyangwa Kiyovu Sports ngo ntizibishaka, ni yo mpamvu tugomba gutegereza icyemezo kiva muri buri kipe noneho tukamenya icyo dukora dukurikije icyo amakipe yifuje.'

    Emma Claudine yashimangiye ko mu gihe aya makipe atakwemera kwihuza ngo akore ikipe imwe, Umujyi wa Kigali uzahita urekera kuyatera inkunga ahubwo ushinge ikipe yawo, iyiteho umunsi ku munsi nk’uko yashakaga kubikorera aya makipe yihuje, amafaranga bahaga aya makipe niyo bazajya bakoresha mu ikipe yabo.

    Emma Claudine yavuze ko nibanga kwivanga bazashinga ikipe yabo

    AS Kigali na Kiyovu Sports ntizirafata umwanzuro

    Gasogi United yo amakuru avuga ko idakozwa ibyo kwivanga n’andi makipe

    Source : http://isimbi.rw/umujyi-wa-kigali-nta-kipe-ufite-emma-claudine-yavuze-umuti-mu-gihe-amakipe.html

  • Biteye isoni ku ikipe nka APR FC itatsinda Gasogi idafashijwe n’abasifuzi – Team Manager wa Gasogi #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru akaba na Team Manager wa Gasogi United, Kabera Fidele, yifatiye ku gahanga abasifuzi baraye basifuye umukino APR FC yabasezereyemo mu gikombe cy’Amahoro ko ari bo bayifashije.

    Wari umukino wo kwishyura wa 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro wabaye ejo hashize ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026 kuri Kigali Pele Stadium aho APR FC yatsinze Gasogi United 4-0 iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 4-1 kuko umukino ubanza Gasogi United yari yatsinze 1-0.

    Mu kiganiro cy’incamake z’imikino kuri Radio1 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu cyakozwe na Kabera Fidele akaba na Team Manager wa Gasogi United, yavuze ko ari igisebo kuri APR FC kuba itabasha gutsinda Gasogi idafashijwe n’abasifuzi.

    Ati “Ni igisebo ku mupira w’amaguru wo mu Rwanda, ni isoni ku ikipe nka APR FC, ikomeye mu nguni zose, ikomeye ku bakinnyi, ku batoza, ikomeye mu mibereho ariko ikaba idashobora gutsinda Gasogi United hatajemo akaboko k’umusifuzi, ni yo mpamvu tujya tuvuga ngo iyi kipe dukomeze tuyizere?”

    Yakomeje avuga ko wagira ngo abasifuzi bari barimo bashyira mu bikorwa amabwiriza bahawe maze umukino ugenda uko wateguwe.

    Ati 'Abasifuzi bari bahawe amabwiriza, ngira ngo ahari byari ugufasha APR FC gutsinda Gasogi United FC ibitego biri hejuru ya bine ni ko navuga. Navuga ko ubutumwa bahawe babukoze neza cyangwa se ibyo bifuzaga byagezweho.'

    'Biteye isoni n’agahinda kubona umukino Ugirashebuja Ibrahim yasifuye ku munsi w’ejo, akandamiza Gasogi United, ayirwanya, ayishotora, amakarita y’umuhondo menshi hakiri kare cyane, atanabaho. Hari ukwima amahirwe Gasogi akayaha APR, byari bibi kuri Ugirashebuja Ibrahim. Na we arabizi aho ari, yaba yabikoze abishaka […]. Wabonaga wagira ngo ni ubushake.'

    Yanagarutse k’umusifuzi wo ku ruhande, Ndayisaba Saidi avuga ko akunze kubogama inshuro nyinshi iyo yasifuriye Gasogi United FC.

    Ati 'Abasifuzi bo ku mpande barimo Ndayisaba Saidi wari umaze imyaka ine cyangwa itanu adasifurira Gasogi United, yagarutse asubiramo ibyo yari yarakoze mbere, byo kwiba ku bushake Gasogi United.'

    Nyuma yo gutsinda Gasogi United, APR FC ikaba yageze muri 1/2 aho igomba guhura n’izakomeza hagati ya Etincelles na Bugesera FC.

    Gasogi United ntabwo yishimiye uko umukino waraye ugenze

    Source : http://isimbi.rw/biteye-isoni-ku-ikipe-nka-apr-fc-itatsinda-gasogi-idafashijwe-n-abasifuzi-team.html

  • Imyambarire ya Doja Cat yazamuye impaka, Minisitiri Utumatwishima avuga ko rubyiniro atari mu rusengero #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean-Népo Abdallah, yavuze ko abantu bagomba kumenya ko buri muhanzi yambara bijyanye n’ibihangano bye uzashaka kwigana Doja Cat azaba ataratojwe.

    Ni nyuma y’impaka ndende zavutse kubera imyambarire y’umuhanzikazi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Doja Cat waraye ataramiye i Kigali agashimisha benshi ariko imyambarire ye ntiyavugwaho rumwe.

    Uyu muraperikazi wakunzwe mu ndirimbo nka 'B*tch I’am Cow’, 'Paint the Town Red’ yanahereyeho, uko yari yambaye byagaragazaga bimwe mu bice by’umubiri we, abatabyishimiye bavuga ko atari umuco wo kwigisha Abanyarwanda

    Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yashyize ubutumwa kuri X abaza Minisitiri Utumatwishima niba umunsi umwe umunyarwandakazi yambaye nka Doja Cat, RIB itazamuhamagaza.

    Minisitiri Utumatwishima yavuze ko abantu bagomba kumenya ko ku rubyiniro atari mu rusengero cyangwa mu nteko y’Umuco.

    Ati 'Ku rubyiniro, umuhanzi atarama bijyanye n’ubuhanzi bwe. Urubyiniro rw’umuziki si ku rusengero, si ku Nteko y’Umuco, si mu ishuri, si mu rugo. Dutoze umuco wo kubaha ikintu mu mwanya wacyo.'

    Gusa yasoje avuga ko uzigana Doja azaba ataratojwe. Ati “Uzabyigana atari Doja ku rubyiniro azaba ataratojwe.”

    Tuzamure imyumvire:

    (1)- Kuri stage, Umuhanzi akora performance ijyanye n’ubuhanzi bwe.

    (2)- Music Stage si ku rusengero, si ku nteko y’umuco, si mu ishuri, si no mu rugo.

    (3)- Dutoze umuco wo kubaha ikintu mu mwanya wacyo

    Uzabyigana atari #Doja kuri stage azaba ataratojwe

    — UTUMATWISHIMA (@jnabdallah) March 18, 2026

    Imyambarire ya Doja Cat yateje impaka

    Minisitiri Utumatwishima yavuze ko ku rubyiniro atari mu rusengero

    Source : http://isimbi.rw/imyambarire-ya-doja-cat-yazamuye-impaka-minisitiri-utumatwishima-avuga-ko.html

  • Ese APR FC nta bushobozi ifite bwo gutsinda ikipe n’imwe? #rwanda #RwOT

    Byagenze gute ngo iyari Intare batinya yisange aho isigaye ikangwa n’umuhisi n’umugenzi, igafatwaho ijambo na buri wese kugeza aho isigaye igaragara nk’aho idashoboye ndetse nta bushobozi ifite bwo kugira inyamaswa n’imwe ikangara.

    Nshobora kuba mbacanze, reka ngaruke mu rurimi twumva twse, ndavuga APR FC isigaye ifatwa nk’ikipe idakomeye, ikipe isanzwe, aho abantu benshi bayifashe nk’aho nta bushobozi igifite bwo kugira ikipe n’imwe yatsinda, iyo yatsinze biba inkuru ikomeye.

    Hari imyumviye yinjiye mu bantu cyane cyane abakunzi b’umupira w’amaguru kandi bigizwemo uruhare natwe itangazamakuru aho nta kipe igitsinda indi kuko ibifitiye ubushobozi ahubwo hari ukundi biba byagenze.

    Gusa ibi bikunda kugaruka cyane ku ikipe ya APR FC, kuko iyo usesenguye ibyo abantu bayivugaho, ni ikipe idafite ubushobozi na buke bwo kugira ikipe n’imwe itsinda kuko iyo yayitsinze wumva ku mpande izindi impamvu zibyihishe inyuma.

    Abantu benshi bahuriza ku kuba APR FC ari ikipe ikomeye, ifite abakinnyi bakomeye kandi bashobora gutsinda ikipe iyo ari yo yose, ifite ubuyobozi buzi umupira, ari ikipe y’ikigugu cyane ko ari yo ifite ibikombe byinshi mu Rwanda, yaba ibya shampiyona (23) cyangwa iby’Amahoro (10).

    Gusa ni ikipe iyo itsinze wumva ngo ntabwo ibikwiye, ngo ibyabye ni ikinamico, harimo akaboko kw’abasifuzi, hari ibindi biganiro byabaye n’ibindi.

    Ni ikipe iyo yatsinzwe biba ikiganiro mpaka bibaza uko yatsinzwe n’abakinnyi ifite, n’amafaranga iba yashoye, yatsinda nabwo bikaba uko, ko nta bishobozi ifite.

    Wenda dufashe urugero rwa vuba nko mu mukino wo kwishyura wa ¼ mu gikombe cy’Amahro waraye ubaye APR FC igatsinda Gasogi United 4-0 ikayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 4-1, hari ababyise ikinamico.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, umunyamakuru wa Siporo akaba na Team Manager wa Gasogi United, Kabera Fidele mu ncamake z’imikino mu gitondo kuri Radio1 akorera, yavuze uburyo abasifuzi ari bo bafashije APR FC gutsinda Gasogi United, akaba ari igisebo kuri APR FC nk’ikipe ifite byose ariko ntibe yabasha gutsinda Gasogi United bidasabye ubundi bufasha.

    Gusa nubwo bikunda kuvugwa cyane kuri APR FC, si yo yinyine n’andi makipe biyageraho, usanga buri muntu wese yarabaye umusesenguzi, buri umwe akubwira ko afite amakuru y’indani cyane cyangwa se ibyo bakunda kwita ubwino by’icyatumye ikipe itsindwa, hari n’abavuga aho ibiganiro byabereye kugira ngo uwo mukino ugende uko wagenze.

    Muri make hano mu Rwanda nta kipe igitsindwa ngo ibyemere ahubwo usanga ifite urwitwazo rundi ruba rwatumye badatsinda.

    APR FC isigaye ifatwa nk’ikipe idafite ubushobozi bwo gutsinda ikipe iyo ari yo yose

    Source : http://isimbi.rw/ese-apr-fc-nta-bushobozi-ifite-bwo-gutsinda-ikipe-n-imwe.html

  • Pep Guardiola ati: 'Muri indashima, nyuma yo kubahesha igikombe cya UEFA Champions league igihembo ni ukwirukanwa?' #rwanda #RwOT

    Yagize ati: 'Oh, buri wese ashaka ko nirukanwa, si byo?' aya magambo yayavuze aseka, agaragaza ko azi neza ibimuvugwaho ariko atabifata nk'ikibazo gikomeye. Yakomeje agira ati: 'Umunsi umwe nzaza hano mbabwire nti: murabeho nshuti! Ariko nanone ndacyari hano, nkiri mu masezerano y'umwaka umwe usigaye.'

    Aya magambo ya Guardiola agaragaza ko nubwo hari igitutu gituruka ku bafana n'itangazamakuru, we akomeje gukora akazi ke yitonze. Kuva yagera muri Manchester City, yayifashije kwegukana ibikombe byinshi birimo ibya shampiyona ndetse n'igikombe gikomeye cya Champions League, cyari kimaze igihe kinini gishakishwa n'iyi kipe.

    Nubwo bamwe batekereza ko intsinzi imwe ya Champions League idahagije ku rwego rwe, Guardiola agaragaza ko atari ibintu byamuca intege. Ahubwo akomeza kwerekana ko agifite intego yo gukomeza gutsinda no kubaka ikipe ikomeye kurushaho.

    Ejo hazaza he haracyari urujijo, ariko ikigaragara ni uko akiri umutoza wa Manchester City kandi afite amahirwe yo gukomeza kwandika amateka mashya muri ruhago y'i Burayi.

    Source : https://kasukumedia.com/pep-guardiola-ati-muri-indashima-nyuma-yo-kubahesha-igikombe-cya-uefa-champions-league-igihembo-ni-ukwirukanwa/

  • Impinduka mu mategeko y'umupira w'amaguru zemejwe na FIFA mbere ya 2026 FIFA World Cup – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi, FIFA, ryemeje amategeko mashya agamije kwihutisha umukino no kugabanya guta igihe. Aya mategeko azatangira gukoreshwa mu marushanwa ya FIFA Series mbere yo gukoreshwa mu gikombe cy'Isi cya 2026.

    Umukinnyi usimbuwe agomba kuva mu kibuga mu masegonda 10, naho usimbura agategereza umunota umwe mbere yo kwinjira. Kurengura umupira uvuye ku murongo (throw-in) bigomba gukorwa mu masegonda 5; bitaba ibyo, umupira uhabwa ikipe bahanganye.

    Umukinnyi uhawe ubuvuzi azajya asohoka hanze y'ikibuga umunota umwe mbere yo kugaruka. VAR izafasha gusuzuma amakosa agaragara, harimo ikarita ya kabiri y'umuhondo n'imyanzuro ya koruneri.

    Written by Alexandre Rugwiza

    Source : https://yegob.rw/impinduka-mu-mategeko-yumupira-wamaguru-zemejwe-na-fifa-mbere-ya-2026-fifa-world-cup/

  • Mutoni Assia ‘Gatarina’ akigera mu Rwanda yakiranywe amarira na nyina #rwanda #RwOT

    Nyuma y’imyaka ine agiye gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umukinnyi wa filime Nyarwanda, Mutoni Assia yagarutse mu Rwanda aho yakiriwe n’abarimo nyina.

    Uyu wakunzwe mu mafilime menshi, akaba yageze mu Rwanda mu saa saba z’ijoro (tariki ya 18 Werurwe 2026) aho yari kumwe n’umugabo we, Uwizeye Mohammed n’abana babo babiri.

    Akigera ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, akaba yakiriwe n’abantu benshi, inshuti n’umuryango barimo na nyina, wamukubise amaso agasuka amarira menshi kubera ibyishimo byo kongera kubona umwana we nyuma y’igihe kirekire.

    Assia Mutoni wamenyekanye nka Gatarina, izina yakinnye muri filime ye bwite yitwa ‘Gatarina’, yakiriwe na bamwe mubo bakinanye muri iyi filime, n’abandi bakinnyi ba filime nyarwanda barimo na Nyambo Jesca.

    Muri 2022 ni bwo Assia Mutoni wari umaze kubaka isina muri Sinema Nyarwanda yimukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika asanze umugabo we, muri 2023 ni bwo bibarutse imfura yabo.

    Mutoni Assia w’imyaka 32 yagaragaye muri filime zitandukanye zirimo Gatarina, Giramata, Intare y’ingore, Seburikoko, City Maid, Close Chapter yo muri Tanzania n’izindi.

    Byari ibyishimo bikomeye kuri Mutoni Assia nyuma yo kugera mu Rwanda

    Nyina yamuhobeye ari nako Asuka amarira y’ibyishimo

    Source : http://isimbi.rw/mutoni-assia-gatarina-akigera-mu-rwanda-yakiranywe-amarira-na-nyina.html