Author: webrwanda

  • Amateka yanditswe! Bwa mbere mu Rwanda VAR yakoreshejwe ifata icyemezo gikomeye #rwanda #RwOT

    Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda, muri Stade Amahoro hakoreshejwe VAR mu mukino Al Hilal SC yakiriyemo RS Berkane.

    Stade Amahoro kuva yavugururwa, yanashyizwemo Ikoranabuhanga ry’amashusho ryunganira abasifuzi rya VAR (Video Assistant Referee).

    Gusa kuva yashyirwamo yari itarakoreshwa na rimwe, yakoreshejwe uyu munsi tariki ya 22 Werurwe 2026 mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cya CAF Champions League, Al Hilal SC yo muri Sudani ariko ikina Shampiyona y’u Rwanda yakiriyemo RS Berkane.

    Iyi VAR ikaba yaje gukoreshwa ku munota wa 56 ubwo Adama Coulibaly yatsindiraga Al Hilal SC igitego ariko bajya kuri VAR bakacyanga, ni nyuma yo gusanga Ousmane Diouf yari yabanje gukorera ikosa Mounir Chouiar ahubwo bahita batanga penaliti kuri RS Berkane yanatewe na Mounir akayihusha.

    Umukino ubanza warangiye amakipe yombi yanganyije 1-1, ni mu gihe RS Berkane yaje kubona igitego ku munota wa 4 w’inyongera muri 7 bari bongeyeho, cyatsinzwe na Mounir Chouiar. Umukino warangiye ari 1-0, RS Berkane isezerera Al Hilal ku giteranyo cy’ibitego 2-1.

    VAR yakoreshejwe bwa mbere mu Rwanda

    RS Berkane yatsinze Al Hilal ihita iyisezerera

    Source : http://isimbi.rw/amateka-yanditswe-bwa-mbere-mu-rwanda-var-yakoreshejwe-ifata-icyemezo-gikomeye.html

  • Gasogi United yabuze mu Mahoro, amahoro aboneka muri Rayon iyitera mpaga #rwanda #RwOT

    Gasogi United yanze gukina umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona yagombaga kwakirwamo na Rayon Sports muri Stade Amahoro.

    Ubusanzwe uyu mukino wagombaga n’ubundi kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2026 muri Kigali Pelé Stadium saa 15h00′.

    Ku wa Gatanu tariki ya 20 Werurwe 2026 ni bwo Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier yabwiye ISIMBI ko uyu mukino wakuwe kuri Kigali Pelé Stadium ujyanwa kuri Stade Amahoro.

    Gusa icyo gihe ntabwo yavuze amasaha umukino uzabera gusa yavugaga ko ari nyuma y’umukino wa 1/4 cya CAF Champions League, Al Hilal SC yakiriyemo RS Berkane.

    Ku ruhande rwa Rayon Sports yavugaga ko yaganiriye na Al Hilal yemera gukunira kuri Stade Amahoro kuko yemeye kuzishyura ibizagenda ku mukino byose nayo ikagira amahirwe yo kubona abafana bazayifana.

    Ku bijyanye no kuba yaremerewe kwishyuza uyu mukino, yavuze ko atari byo ndetse ko batari baganira kubijyanye n’amafaranga bazahabwa.

    Nyuma nibwo Rwanda Premier League yasohoye itangazo ivuga ko uyu mukino uri bube saa 22h00′, nyuma y’umukino wa Al Hilal SC na RS Berkane.

    Umukino warangiye, bategereza Gasogi United ko iza muri Stade Amahoro, barayibura.

    Gasogi United ikaba yanze gukina uyu mukino aho yavuze ko izi mpinduka zabaye batigeze bazimenyeshwa mu buryo bwanditse, ko bazumviye mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

    Ikindi perezida wa Gasogi United kandi avuga ko abakinnyi be bamwe bafite amatike ya saa tanu z’ijoro bajya mu bihugu byabo kwitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu.

    Nk’uko amategeko abiteganya, ikipe iyo ibuze ku kibuga, bagategereza igihe cy’umukino kikagera itaraza, iyo isaha umukino wagombaga gutangiriraho igeze, bategereza iminota 15, yaba itaraza igaterwa mpaga.

    Ni byo byabaye, saa 22h15′, Nizeyimana Is’aq n’itsinda ry’abasifuzi bari kumwe Mugabo Eric, Karemera Tonny, Hakizimana Osai wari umusifuzi wa kane ndetse na Komiseri Rurangirwa Aaron bafashe umwanzuro wo gutera mpaga Gasogi United y’ibitego 3-0.

    Rayon Sports yahise ifata umwanya wa 4 n’amanota 42, APR FC ya mbere ifite 49, Al Merrikh SC ya kabiri ifite 48, Al Hilal SC 45. Gasogi United yagumye ku mwanya wa 12 n’amanota 26.

    Gasogi United yagombaga gukina na Rayon Sports

    Bayitegereje irabura

    Rayon Sports yaje irishyushya itegereza ikipe iraheba

    Abasifuzi babuze ikipe

    Source : http://isimbi.rw/gasogi-united-yabuze-mu-mahoro-amahoro-aboneka-muri-rayon-iyitera-mpaga.html

  • FERWAFA yakiriye ikipe ya Al Hilal SC, iyizeza ubufasha mu rugendo rwa CAF #rwanda #RwOT

    Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yakiriye mu cyubahiro Perezida w'Inama y'Ubutegetsi ya Al Hilal SC, Hisham Hassan Al-Sobat, mu biganiro byagarutse cyane ku bufatanye hagati y'impande zombi ndetse n'uburyo iyi kipe yakomeza gufashwa mu marushanwa ya CAF Champions League.

    Ibi biganiro byabereye mu Rwanda byagaragaje ubushake bwo kurushaho guteza imbere umubano w'imikino hagati ya FERWAFA na Al Hilal, cyane cyane mu gihe iyi kipe ikomeje gukinira imikino mpuzamahanga ku butaka bw'u Rwanda. Perezida Shema Ngoga Fabrice yashimye imikoranire iriho, avuga ko u Rwanda rwiteguye gukomeza kwakira neza iyi kipe no kuyifasha mu buryo bwose bushoboka.

    Mu butumwa bwe, yagaragaje ko Abanyarwanda bishimira kuba Al Hilal yarahisemo u Rwanda nk'ahantu ho kwakirira imikino yayo, anongeraho ko abafana b'umupira w'amaguru mu gihugu biteguye kuyishyigikira nk'aho ari ikipe yabo.

    Ku rundi ruhande, Hisham Hassan Al-Sobat yashimiye cyane ubuyobozi bwa FERWAFA n'u Rwanda muri rusange ku bw'ubufasha bukomeje guhabwa ikipe ayoboye, agaragaza ko byayifashije kwitwara neza mu marushanwa arimo.

    Perezida wa FERWAFA kandi yifurije Al Hilal amahirwe masa mu mukino uzayihuza na RS Berkane, agaragaza ko yizeye intsinzi izatuma ikomeza gutera intambwe igana kure muri iri rushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika. Ibi biganiro byasize icyizere cy'uko ubufatanye hagati y'impande zombi buzakomeza gutanga umusaruro ufatika.

    FERWAFA yakiriye ikipe ya Al Hilal SC, iyizeza ubufasha mu rugendo rwa CAF
    Ibi biganiro byabereye mu Rwanda byagaragaje ubushake bwo kurushaho guteza imbere umubano w'imikino hagati ya FERWAFA n'ikipe ya Al Hilal SC

    Source : https://kasukumedia.com/ferwafa-yakiriye-ikipe-ya-al-hilal-sc-iyizeza-ubufasha-mu-rugendo-rwa-caf/

  • Marten de Roon yanditse amateka mashya adasanzwe mu ikipe ya Atalanta Bergamo #rwanda #RwOT

    Marten de Roon yanditse amateka akomeye mu ikipe ya Atalanta BC, nyuma yo kuba umukinnyi umaze gukinira iyi kipe imikino myinshi kurusha abandi bose bayiciyemo. Uyu mukinnyi ukomoka mu Buholandi yujuje imikino 436 yambaye umwambaro w'iyi kipe uzwiho ibara ry'ubururu n'umukara, ibintu byamushyize ku rwego rwo hejuru mu mateka yayo.

    De Roon yageze muri Atalanta bwa mbere mu 2015, aza kuyivamo gato mbere yo kongera kuyigarukamo mu 2017. Kuva icyo gihe, yabaye umwe mu bakinnyi ngenderwaho, agaragaza ubwitange, imbaraga n'ubuyobozi mu kibuga hagati. Uko imyaka yagiye ishira, yakomeje kwiyubakira izina nk'umukinnyi udacika intege, ufasha bagenzi be haba mu bwugarizi no mu gutangiza ibitero.

    Abafana ba Atalanta bamufata nk'intwari y'iyi kipe, kuko yagize uruhare rukomeye mu kuyifasha kugera ku ntsinzi zitandukanye no kwitwara neza mu marushanwa akomeye arimo na UEFA Champions League. Kuba ageze kuri iyi mibare y'imikino 436 si ibintu byoroshye, bisaba kwihanganirwa na buri wese, kwitwara neza no gukomeza guharanira urwego rwo hejuru igihe kirekire.

    Ubuyobozi bw'iyi kipe ndetse n'abakunzi bayo bakomeje kumushimira uruhare rwe n'umuhate adahwema kugaragaza. Marten de Roon rero yinjiye mu gitabo cy'amateka ya Atalanta nk'umukinnyi w'indashyikirwa, uzahora wibukwa mu bihe byose.

    Marten de Roon yanditse amateka mashya adasanzwe mu ikipe ya Atalanta Bergamo

    Source : https://kasukumedia.com/marten-de-roon-yanditse-amateka-mashya-adasanzwe-mu-ikipe-ya-atalanta-bergamo/

  • Riderman ni umwe mu bahanzi bakomeye basusurukije urubyiruko mu nama ya FPR Inkotanyi #rwanda #RwOT

    Mu rwego rwo kurushaho kugaragaza ubufatanye n'imbaraga z'urubyiruko mu kubaka igihugu, Inama Nkuru ya Gatandatu y'Urugaga rw'Urubyiruko rushamikiye ku Muryango wa FPR Inkotanyi yaranzwe n'ibikorwa bitandukanye by'ishimisha abayitabiriye. Muri ibyo bikorwa, hagaragayemo umwanya wihariye w'imyidagaduro aho abahanzi b'ibyamamare mu Rwanda, Nel Ngabo na Riderman, basusurukije imbaga y'urubyiruko rwari rwitabiriye iyo nama.

    Aba bahanzi bombi bazamuye ibyishimo by'abari aho binyuze mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane, zirimo ubutumwa bukangurira urubyiruko gukunda igihugu, gukora cyane no guharanira iterambere. Nel Ngabo yaririmbye indirimbo ze ziganjemo urukundo n'ubuzima busanzwe, mu gihe Riderman we yashimangiye ubutumwa bw'ubutwari, ubwitange n'uruhare rw'urubyiruko mu miyoborere myiza.

    Abitabiriye iyi nama bagaragaje ko bishimiye cyane uru ruhare rw'abahanzi, bavuga ko imyidagaduro ituma ubutumwa butangwa bwumvikana neza kandi bukagera ku mitima yabo. Bavuze ko ari uburyo bwiza bwo guhuza imyigire n'imyidagaduro, bikabafasha gusabana no gusangira ibitekerezo mu buryo bworoshye.

    Iyi nama yitabiriwe n'urubyiruko ruturutse hirya no hino mu gihugu, igamije kurebera hamwe uruhare rwabo mu iterambere ry'igihugu no gushimangira indangagaciro z'Ubunyarwanda. Kuba yaherekejwe n'imyidagaduro irimo abahanzi bakunzwe, byarushijeho kuyigira umwanya w'ingenzi utibagirana ku bayitabiriye.

    Abahanzi bakomeye basusurukije urubyiruko mu nama ya FPR Inkotanyi
    Riderman, yasusurukije imbaga y'urubyiruko rwari rwitabiriye iyo nama.

    Source : https://kasukumedia.com/riderman-ni-umwe-mu-bahanzi-bakomeye-basusurukije-urubyiruko-mu-nama-ya-fpr-inkotanyi/

  • 1991: Umuyobozi w'Ingabo mu Ruhengeri atsembera Habyarimana wamusabaga kwica imfungwa za politike #rwanda #RwOT

    Lt Col Uwihoreye Charles wari umuyobozi w'Ingabo muri Perefegitura ya Ruhengeri mu 1991 yahawe amabwiriza na Habyarimana yo kwica imfungwa za politiki zari zahafungiwe ngo bizitirirwe Inkotanyi aratsemba, ahitamo kutumvira abamukuriye aho kumena amaraso y'inzirakarengane.

    Lt Col Uwihoreye mbere yo kuyobora Ingabo mu Ruhengeri yari Umuyobozi Mukuru wa jandarumori y'u Rwanda ndetse anabifitemo ubumenyi buhambaye kuko yari yarabiherewe amasomo mu Bubiligi.

    Byatumye abanza kugirwa umuyobozi w'ishuri rya jandarumori ryitwaga EGENA (Poste de Commandant de l'Ecole de Police de Musanze: ex-EGENA), ryatangirwagamo amasomo y'abitegura kuba abajandarume ndetse nyuma aza no kugirwa Umuyobozi Mukuru wa jandarumori y'u Rwanda.

    Ni inshingano yakoze kugeza mu 1991 ubwo yasimburwaga na Col Jean-Marie Vianney Nzapfakumunsi maze ahita yimurirwa mu Ngabo z'Igihugu ari bwo yagirwaga umuyobozi w'ingabo mu Ruhengeri ubwo urugamba rwo kubohora Igihugu rwari rumaze gutangira.

    Uwo mugabo waje kwitaba Imana mu 2009 azize uburwayi, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye umwe mu boherejwe mu Butumwa bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Darfur muri Sudani.

    Mu buhamya yasize yanditse, yagaragaje uburyo kwitandukanya n'umugambi w'ingabo za Habyarimana wa Jenoside biza gutuma afungwa imyaka bamushinja kuba icyitso cy'Inkotanyi.

    Ubwo buhamya buvugwa na Karutubusa Alphonsine bugaragaza ko ubwo Lt Col Uwihoreye yari ahagarariye Ingabo mu Ruhengeri urugamba rwo kubohora Igihugu rumaze gutangira hoherejwe ingabo z'Abafaransa ngo ziharinde ariko zimara igihe gito zigenda nta kigaragara zikoze zivuga ko zahawe amabwiriza n'Igihugu cyazo yo kutivanga mu ntambara.

    Bukomeza bugaragaza ko mu gitero cy'Inkotanyi cyari kigamije kubohoza imfungwa za politiki zari zifungiye mu Ruhengeri ari bwo yanze kumvira amabwiriza y'abamukuriye bashakaga ko amena amaraso.

    Karutubusa ati 'Ku wa 22 Mutarama 1991 Ruhengeri yaratewe amasasu yumvikana mu cyerekezo cya Muhabura ariko igitero nticyakomeza. Uwo munsi nyuma abasirikare bo mu mutwe warindaga Habyarimana bakuriwe na Maj. Mugemana baje mu Ruhengeri ntabizi ariko nza kumenya ko bari bafite inshingano zo kunyica. […]'.

    Yakomeje avuga ko bukeye bwaho amasasu menshi yumvikanye mu Kinigi mu masaha mu gitondo urusaku rugenda rusatira umujyi ndetse ubwo Inkotanyi zahageraga ngo abasirikare ba Leta barirutse, Lt Col Uwihoreye asa n'usigaye wenyine ariko hari amabwiriza yari yabanje guhabwa arayanga.

    Ati 'Mbere y'uko zihagera Col Sagatwa wari Umunyamabanga wa Habyarimana yampamagaye kuri telefone ambwira ko nica imfungwa zari muri Gereza ya Ruhengeri mubwira ko ibyo bitemewe mu mategeko y'intambara.'

    'Mu kandi kanya yarongeye arampamagara arambwira ngo 'Perezida avuze ngo wice abari muri gereza bazavuga ko bishwe n'Inkotanyi' ndongera ndamuhakanira. Mu masaha ya Saa Kumi n'Ebyiri mu gitondo cyakurikiyeho ni bwo Inkotanyi zaje zifungura Gereza zitwara bamwe mu bari bayifungiyemo.'

    Yakomeje agaragaza ku mugoroba w'uwo munsi yaje kumenyeshwa ko yimuriwe i Kigali nyuma ajyanwa muri gereza yitwaga 1930, afungwa adakorewe dosiye ndetse ahamya ko yashoboraga kwicwa igihe icyo ari cyo cyose.

    Nyuma Habyarimana yaje kuvugira ijambo kuri Radio Rwanda ribwira Abanyarwanda ko Lt Col Uwihoreye ari we watumye Inkotanyi zigera mu Ruhengeri ndetse noneho akorerwa dosiye ariko kuko itari ikurikije amategeko bituma ajya mu nkiko ndetse aratsinda.

    Yatsinze imanza eshatu zose ariko Leta yanga kumusubiza uburenganzira bwe.

    Ati 'Maze gutsinda izo manza zose Leta yanze kunsubiza mu rwego rwa Ofisiye ngo mbone amapeti nagombaga kubona iyo ntahohoterwa kandi ngahabwa n'amafaranga ajyanye n'ayo mapeti. Nakomeje kubuzwa uburyo mbura akazi hose bituma niyambaza uwari uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda.'

    Ubwo buhamya bukomeza bugaragaza ko Lt Col Uwihoreye yakomeje kubaho mu buzima bubi butamworoheye kugeza muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 abasha guhungira mu Burundi n'umuryango we.

    Nyuma yaje guhungira mu Bufaransa ariko agenda yamaze kumenyesha FPR Inkotanyi ko yiteguye gukorana na yo bituma muri Nyakanga 1994 ahunguka ariko abana be bane n'umugore we basigarayo.

    Source : https://rushyashya.net/1991-umuyobozi-wingabo-mu-ruhengeri-atsembera-habyarimana-wamusabaga-kwica-imfungwa-za-politike/

  • Chelsea ikomeje gutsindwa mpaga, nyuma yo gutsindwa imikino ine yikurikiranya #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Liam Rosenior yatangaje ko ijoro ryabaye iryo kwibagirana nyuma y'umukino wabaye mubi cyane ku ikipe ya Chelsea FC, aho yavuze ko ari bwo bwa mbere yumvise agahinda gakomeye kuva yatangira gukurikirana imikinire yabo muri iyi minsi.

    Yagize ati: 'Iri ni ryo joro rimbabaje kurusha ayandi yose kugeza ubu.' Yongeyeho ko ibyo bari bemeranyijeho mbere y'umukino batigeze bishyurwa mu bikorwa, cyane cyane kwirinda gutanga ibitego byorohereye no kugenzura umukino.

    Mu busanzwe, Chelsea izwiho gukina umupira ugenzurwa neza, ariko kuri uyu mukino byagaragaye ko batabashije gufata iya mbere haba mu kibuga hagati no mu bwugarizi. Amakosa menshi yakozwe n'abakinnyi yatumye batsindwa ibitego byari byoroshye cyane, ibintu byababaje abakunzi b'iyi kipe ku rwego rwo hejuru.

    Ikipe ya Chelsea imaze gutsindwa imikino ine yikurikiranya, ibintu bitari byarabayeho kuva mu mwaka wa 1993, bikaba bishyira igitutu gikomeye ku batoza n'abakinnyi muri rusange. Ibi kandi byateje impungenge ku hazaza h'iyi kipe mu marushanwa barimo muri uyu mwaka.

    Abasesenguzi b'umupira w'amaguru bo bavuga ko Chelsea igomba kwisubiraho vuba, igakosora amakosa yayo, bitabaye ibyo ishobora gukomeza kujya mu bihe bibi kurushaho. Abafana bo bakomeje gusaba impinduka zihuse kugira ngo ikipe yabo yongere igaruke ku murongo w'intsinzi nuko byari bisanzwe.

     

    Source : https://kasukumedia.com/chelsea-ikomeje-gutsindwa-mpaga-nyuma-yo-gutsindwa-imikino-ine-yikurikiranya/

  • Bwiza yasomewe ku rubyiniro, Riderman abafana banga kumurekura, Juno na Christopher bakora amateka i Huye (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Abahanzi bakomeye mu Rwanda barimo Riderman, Bwiza Emerance, Christopher, Juno Kizigenza, Massamba Intore, Kevin Kade bakoreye igitaramo cy’amateka i Huye, abakitabiriye bataha bagifite inyota.

    Hari mu gitaramo gisoza Iserukiramuco ry’ubuhanzi ryiswe Siga Arts Festival 2026 ryabaga ku nshuro ya mbere rikazajya riba ngaruka mwaka.

    Iri serukiramuco ryateguwe na Rumaga Junior rikaba ryaratangiye ku wa 19 Werurwe 2026 rikaba ryasojwe uyu munsi tariki ya 21 Werurwe muri Kaminuza y’u Rwanda bibera muri Stade.

    Saa 15h52′ ni bwo abagombaga kuyobora iki gitaramo, Anita Pendo na MC Tino binjiye ku rubyiniro maze batangira gushyushya abantu benshi bari bahari nubwo imvura yaguye ari nyinshi ntiyabakanze.

    Saa 16h10′ ni bwo bakiriye umuhanzi wa mbere aho yari umuhanzi ukizamuka w’i Huye witwa Kirenga wishimiwe bikomeye.

    Saa 16h15′ bongeye kwakira undi na we w’i Huye, witwa EBJ aho yashimishije abantu benshi aho Anita Pendo yamufashije kubyina bishimisha benshi.

    Saa 16h22′ bakiriye umuhanzi wa 3 na we ukomoka i Huye witwa Rich Code we waje aririmba Gakondo, yakurikiwe n’undi witwa King Jonathan waje aririmba indirimbo ye ‘Ay’Icyuzi’ akaba yashimishije benshi.

    Saa 16h33′ ni bwo Kenny Edwin wanize muri Kaminuza y’u Rwanda yinjiye ku rubyiniro yishimirwa bidasanzwe, yari kumwe n’ababyinnyi bamufashaga.

    Yahereye ku ndirimbo ye ‘Ni bon’, uyu muhanzi wari wishimiwe yakuyemo ingofero na lunette abiha abafana. Yanaririmbye ‘Koloba’.

    Anita Pendo na MC Tino bahise bakira Burikantu na Buringuni maze basusurutsa abakunzi bari bahari, nubwo bari bafite umwanya muto.

    Hakurikiyeho Gen-Z Comedy maze abarimo Fally Merci, Muhinde n’Umushumbu barishimirwa cyane.

    Saa 17h20′ bakiriye Rumaga Junior wateguye iki gitaramo maze yinjirira ku ndirimbo ‘Intango’ yakoranye na Yvan Buravan.

    Uyu musizi wanateguye iki gitaramo yishimiwe bikomeye maze aha isezerano Abya-Huye.

    Ati “Iyi minsi itatu y’iri serukiramuco ryari ryiza cyane, ibintu byagenze neza. Nimunyereka ko bikenewe n’umwaka utaha tuzaza.”

    “Impamvu twahereye hano ni uko ni ho ku gicumbi cy’umuco n’ubusizi.”

    Saa 17h33′ Anita Pendo yahamagaye umuhanzi ukiri muto kandi ugezweho, Diez Dola, agihamagarwa induru abakunzi be bayiha umunwa.

    Yahereye ku ndirimbo ye ‘Zangelewa’ yakurikijeho ‘Repete’ ibintu bihindura isura, yasoreje kuri ‘Extra Stimana’ yaraye asohoye nubwo ari nshya ariko abantu bari bayizi.

    Saa 17h48′ umunyabigwi mu muziki w’u Rwanda, Mani Martin ni bwo yahamagawe maze ahera ku ndirimbo Urukumbuzi. Uyu muhanzi yeretswe urukundo rudasanzwe.

    Ibintu byongeye guhindura isura kuko abanya-Huye bavaga mu bwiza bajya mu bundi aho saa 18h04′, ubwo MC Tino yahamagaraga Umuhanzikazi Bwiza Emerance.

    Yinjiriye ku ndirimbo ye ‘Ahazaza’ maze ahamagara umusore aramubyinisha maze biba ibindi bindi, basoje yabajije abantu ati “Tumuhembe iki?” Bose bavugira rimwe ngo “Ikibizu” maze yahise abwira uyu musore ngo amusome undi arabikora.

    Yakurikijeho indirimbo ‘Ogera’ yakoreye Perezida Kagame, yayiririmbanye n’abafana kuva itangiye kugeza irangiye. Asoje ahita ababwira bati “Huye muri aba Danger”.

    Uyu muhanzikazi akaba yasoreje ku ndirimbo ye “Do Me” yanamanutse akajya mu bafana kubyinana nabo.

    Hakurikiyeho Rusine mu rwenya rwinshi cyane asetsa abari muri Stade ya Kaminuza. Ni umwe mu barangirije muri Kaminuza y’u Rwanda 2022, yasekeje abari bahari ko kugira ngo amenye aho ataha “nabaraga umusaraba wa 8, kuko nari ntuye ku irimbi, rero nabaraga guhera ku musaraba wa 1 kugera ku wa 8.”

    Jules Sentore ni we wahise akurikiraho ahera ku ndirimbo “Udatsikira” akurikizaho “Aho Uzajya”.

    Yayirimbanye n’abantu bose maze asoje ati “Ndabakunda”. Yahise yakira Massamba Intore.

    Yinjiye aririmba indirimbo ye “JengaTaifa” aho yishimiwe n’abantu benshi.

    Uyu munyabigwi mu muziki Gakondo yakurikijeho “Agasaza” yabyinanye n’abari aho bose, akurikizaho “Rwabihama”.

    Ibintu byaje guhindura isura ubwo bari bageze ku ndirimbo “Ntimugire Ubwoba” icungirangitse mu buryo bw’amapiano, Massamba Intore yahuriyemo na Dj Marnaud, Ruti Joel maze abantu biterera hejuru, yayibyinnye bitungurabenshi.

    Irangiye yagize ati “Ndaza gutura hano, ndabona bidasanzwe.”

    Yahise ahamagara Muneza Christopher baririmbana indirimbo bakoranye yitwa “Nzaza”

    Yahise amusigira urubyiniro aririmba indirimbo ye “Mi Casa”, byaje kuba uburyohe kurushaho ubwo yageraga ku ndirimbo ‘Iri Joro’ yakoranye na Danny Nonane yaririmbanye n’abakunzi be. ‘Uwo munsi’, ‘Ndabyemeye’ zose ariko yazirimbye igice.

    Yakurikijeho Hashtag yaririmbanye n’abakunzi be, yakurikijeho indirimbo ye yo mu myaka 10 ishize yise ‘Agatima’. Ayisoje yagize ati “narimbakumbuye abanya- Butare”, naherukaga hano muri Guma Guma.”

    Uyu muhazni wari ucyishimiwe na benshi yasoreje ku ndirimbo ye “Amarira”.

    Juno Kizigenza yinjiye ku rubyiniro abwira abantu kuvuga “Huha” maze ahera ku ndirimbo ye “Igitangaza”, uyu muhanzi ugezweho yakurikijeho “Shenge”, yaririmbanye n’abakunzi b’indirimbo ze.

    Juno Kizigenza guhera ku ndirimbo ya mbere yahereyeho kugeza kuri “Aye” yasorejeho yaririmbanaga n’abakunzi be, yavuye ku rubyiniro batabishaka.

    Kevin Kade ni we wahise utahirwa yinjirira muri Jugumila maze bamufasha kuyibyina.

    Akigera ku rubyiniro yagize ati “muze munyegere” maze abafana begera urubyiniro batangira kuririmbana na we, yakurikijeho “Si ikosa”.

    Irangiye yahise azana umuntu ku rubyiniro maze avuga ko nabyina neza amuha amadolari 100.

    Bahise bajya kubyina indirimbo ye yabiciye ‘Mu Nda’. Yakurikijeho imwe mu ndirimbo ze zigezweho “Mazi ya Nyanja” maze amanuka mu bafana kubyinana nabo, ni yo yasorejeho ava ku rubyiniro batabishaka.

    Ku isaha ya saa 19h55′ ni bwo Anita na MC Tino bahamagaye umuhanzi wa nyuma ari we Riderman wakiranywe amashyi menshi cyane.

    Yinjiriye kuri “Nta Kibazo” ayisoje aririmba mu buryo bwa “Free Style” indirimbo ye ya kera yise “Umwana w’i Muhanda” akurikizaho “Mambata” yaririmbanye n’abakunzi be. Yakomereje kuri ‘Ikinyarwanda’ na ‘Warikiniraga’.

    Uyu muraperi ukomeye mu Rwanda, ukunzwe cyane kuva 2006 yakurikijeho ‘Holo’ maze biba ibindi bindi, Riderman yakomereje ku ndirimbo ‘Niko Nabaye’ yahuriyemo n’ibindi byamamare, ‘Ababyabirori’ ni yo ndirimbo yasorejeho ava ku rubyiniro batabishaka.

    Asoje yagize ati “Huye mwakoze cyane, murabizi Iserukiramuco ryacu ryitwa Siga Fest, uwariteguye yitwa Rumaga naze tumuhe indabo ze.”

    “Mu Rwanda tugira amaserukiramuco menshi, ariko iri ni ryo serukiramuco ribaye ryateguwe n’abahanzi 100%.”

    Rumaga wariteguye ryamurenze ati “Hari igihe ibintu biba byiza kurusha uko wabikega.”

    Abafana babujije Riderman kuva ku rubyiniro maze ahita abaririmbira agace gato k’indirimbo ye ‘Amateka’. Saa 20h23′ iki gitaramo cyari gisojwe abantu batangiye gusohoka.

    Muri rusange igitaramo Siga Arts Festival cyabaga ku nshuro ya mbere cyasize amateka i Huye aho abantu bari bagifite inyota y’umuziki.

    Anita Pendo na MC Tino ni bo bayoboye iki gitaramo

    Anita Pendo na MC Tino ni bo bayoboye iki gitaramo

    Kenny Edwin yashimishije benshi

    Diez Dola yatanze ibyishimo i Huye mu ndirimbo ze zikunzwe

    Rumaga Junior wateguye iki gitaramo, yavuze ko byamurenze byagenze uko atabitekerezaga

    Mani Martin yasusurujije abantu mu ndirimbo ze zitandukanye

    Muneza Christopher abafana bamweretse ko bari bakumbuye cyane

    Juno Kizigenza umwe mu bahanzi beretswe urukundo

    Igisumizi gikuru, Riderman yavuye ku rubyiniro batabishaka

    Bwiza Emerance yakoze amateka i Huye

    Jules Sentore yerekanye ko ari umwe mu bahanzi bakomeye mu njyana i Gakondo

    Kevin Kade ni umwe mu bahanzi beretswe urukundo rukomeye

    Abantu bari benshi bitabiriye iki gitaramo

    Source : http://isimbi.rw/bwiza-yasomewe-ku-rubyiniro-riderman-abafana-banga-kumurekura-juno-na-12869.html

  • Ninjye Mana mujya mwumva – Madederi i Huye yatunguranye mu mukino udasanzwe #rwanda #RwOT

    Mu mukino washimishije benshi, umukinnyi wa filime Dusenge Clenia wamamaye nka Mamadedeli yakinnye ari Imana bitungura benshi.

    Wari umunsi wa kabiri w’Iserukiramuco ry’Ubunanzi rya ‘Siga Arts Festival’ ririmo kuba ku nshuro ya mbere aho ririmo kubera i Huye kuva tariki ya 19-21 Werurwe 2026.

    Ibikorwa by’uyu munsi byabimburiwe no gusura Ingoro y’Umwamikazi Rozalia Gicanda wabaye Umwamikazi wa nyuma w’u Rwanda nyuma bakomereza ku Ngoro y’amateka n’imibereho by’Abanyarwanda iherere mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye.

    Hazirikanywe kandi uruhare rw’umugore mu iterambere ry’ubuhanzi.

    Nyuma ya saa sita iri serukiramuco ryakomereje i Kiruri muri Karama, ahari umusozi wagabiwe Umusizi Rumaga Junior.

    Aha ni ho hafatwa n’Inteko y’Abasizi, Intebe y’Abasizi kuko niho havuka umusizi ukomeye mu mateka y’u Rwanda, Nyirarumaga hakavuka abandi nka Nyakayonga ka Musare na Sekarama ka Mpumba.

    Iri serukiramuco ryateguwe na Rumaga Junior, yitabiriwe n’abarimo Meya w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, Murego Yves wari uhagarariye Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Umuhanzi, inzego z’umutekano n’abandi.

    Hari ibyamamare bitandukanye birimo Papa Sava, Madederi, Buri Kantu ba Buringuni, abagize Gen-Z, Titi Brown n’abandi benshi.

    Rumaga akaba yavuze ko ari ibyishimo bikomeye kuri uyu munsi kandi bizahora biba.

    Ati “Turi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’abahanzi, turazirikana ibigwi by’abakuru bakuriye kuri uyu musozi.”

    Habaye ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro birimo gukina igisoro, kumasha barasa ku ntego, kunnyabana, gusimbuka urukiramende.

    Umunyarwenya Umushumba yasekeje benshi ni mu gihe Papa Sava na we mu bisigo byiza yishimiwe.

    Itsinda ry’abasizi Ibyanzu, byasusurukije benshi mu mukino bari kumwe na Madederi ubona wari uteguye neza urimo udushya twinshi.

    Ni umukino wari ushingiye ku myemerere warimo amazina azwi cyane mu bijyanye n’Iyobokamana aho nka Mamadederi yakinnye ari Imana, harimo Yezu, Eva, Samson, Delila hari n’uwakinnye ari Satani.

    Madederi wari Imana, yumvikanaga afite umujinya avuga ngo “ndabarimbura,” yararambiwe ibyaha by’abantu.

    Benshi bazaga baramya Imana ariko na none bakayishinja byinshi itajya ibumvaho ikabihanira kandi hari ibyo yabimye nk’iraha ry’Isi n’ibindi.

    Abantu bari benshi cyane

    Madederi yakinnye ari Imana bitungura benshi

    Abasizi bibumbiye mu itsinda Ibyanzu, bahacanye umucyo

    Papa Sava yari ahabaye

    Habayeho n’umukino wo kubuguza maze Dongoroni, usanzwe ari nimero ya mbere mu Rwanda muri uyu mukino aratsinda

    Rumaga yahembye Dongoroni igisoro yakiniyeho agatsinda

    Source : http://isimbi.rw/ninjye-mana-mujya-mwumva-madederi-i-huye-yatunguranye-mu-mukino-udasanzwe.html

  • Haringingo Francis ashobora kujya gusoza ibyo yatangiye muri Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umutoza Haringingo Francis Christian Mbaya ashobora kugirwa umutoza usimbura Bruno Ferry muri Rayon Sports.

    Mu ijoro ryakeye ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yamaze gutandukandana na Bruno Ferry wari uyimazemo amezi atatu gusa.

    ISIMBI yamenye amakuru ko ku batoza iyi kipe yegereye yifuza ko baza gusimbura uyu mufaransa, harimo na Haringingo Francis Christian Mbaya utoza Kiyovu Sports.

    Haringingo ntabwo yaba ari mushya muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru kubera ko n’Igikombe iheruka ari we wakiyihesheje.

    Rayon Sports iheruka igikombe gishobora gutuma ihagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika muri 2023 ubwo yatwaraga Igikombe cy’Amahoro, akaba icyo gikombe yaragiheshejwe na Haringingo Francis atsinze mukeba APR FC 1-0 ku mukino wa nyuma.

    Uyu mutoza w’Umurundi akaba amaze kugira ubunararibonye mu makipe yo mu Rwanda aho yatoje Mukura VS, Rayon Sports na Kiyovu Sports arimo uyu munsi.

    Mu minsi ishize ubwo yabazwaga ku byo kwerekeza muri Rayon Sports, yavuze ko ari ibisanzwe iyo umukinnyi cyangwa umutoza yitwara neza aba afite benshi bamwifuza ariko we umutima we ukaba uri muri Rayon Sports.

    Haringingo Francis aravugwa muri Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/haringingo-francis-ashobora-kujya-gusoza-ibyo-yatangiye-muri-rayon-sports.html