Author: webrwanda

  • Jérémy Doku ati: 'Gushimira Imana niyo soko y'umugisha uhoraho' #rwanda #RwOT

    Mu buzima bw'umuntu, hari ibihe byihariye bigaragaza ko ibyo agezeho bitaturutse ku mbaraga ze gusa, ahubwo hari ukuboko kw'Imana kumuyobora. Iyo umuntu ageze ku ntsinzi, akabona igihembo cyangwa agasohoza inzozi ze, aba akwiye guhagarara akibuka aho yavuye n'uwamufashije kugera aho ari. Ni muri urwo rwego umutima wuzura ishimwe, ukavuga uti: 'Mana ndagushimira ku bw'amahirwe n'impano wampaye, ndetse n'uko wampaye kwiyongera.'

    Hari igihe abantu batekereza ko gutsinda biva gusa ku bushobozi bwabo, ariko ukuri ni uko Imana ariyo ishyira umugisha ku byo dukora. Iyi ntsinzi iba ari ikimenyetso cy'uko Imana itatwibagiwe, ko idukunda kandi iduhora hafi mu rugendo rwacu rwa buri munsi. Iyo tubonye igikombe cyangwa igihembo, ntituba twishimira ibyacu gusa, ahubwo tuba twishimira n'icyubahiro duha Imana.

    Ni byiza rero ko umuntu yegurira Imana ibyo agezeho byose, akavuga ati: 'Iyi ntsinzi ni iyawe Mana.' Ibi bituma umutima wicisha bugufi kandi bikazana umugisha urambye. Nk'uko Bibiliya ibivuga mu Migani 21:31, 'Ifarashi itegurirwa umunsi w'intambara, ariko gutsinda bituruka ku Uwiteka.' Ibi bitwigisha ko n'ubwo twitegura, tugakora cyane, iherezo ry'ibintu rigenwa n'Imana.

    Gushima Imana rero si amagambo gusa, ahubwo ni ukwemera ko ariyo soko y'ibyiza byose dufite, kandi ko ari nayo ikwiye icyubahiro cyose iteka.

    Jérémy Doku ati: 'Gushima Imana ku ntsinzi n'impano ni isoko y'umugisha uhoraho'

    Source : https://kasukumedia.com/jeremy-doku-ati-gushimira-imana-niyo-soko-yumugisha-uhoraho/

  • Olivier Nduhungirehe yasabye Isi guhagurukira ku ihohoterwa rikorerwa Abatutsi muri RDC #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yongeye kwibutsa amahanga inshingano zayo zo gukumira ibyaha ndengakamere, ashimangira ko hakenewe ingamba zihuse mu guhangana n'ibimenyetso by'urugomo rushingiye ku bwoko mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ibi yabigarutseho mu nama mpuzamahanga yibanze ku kwiga ku mateka hagamijwe kubaka ejo hazaza heza, aho yagaragaje ko hari ibikorwa byibasira Abatutsi b'Abanye-Congo, cyane cyane Abanyamulenge. Yavuze ko urugomo, ubwicanyi ndetse no kwimura abaturage bikorwa n'imitwe itandukanye bifite aho bihuriye n'ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Yibukije ko kurebera ibi bikorwa nta gikozwe ari nko kubishyigikira, asobanura ko Isi ikwiye kwigira ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho amahanga yatinze gufata ingamba bigatuma abantu benshi bicwa.

    Yongeyeho ko ikibazo cy'umutekano muke muri RDC gifitanye isano n'ingaruka za Jenoside, aho bamwe mu bayigizemo uruhare bahungiye muri icyo gihugu bagashyiraho imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, ikomeje guteza umutekano muke.

    N'ubwo hari raporo zitandukanye zagaragaje ibyago bya Jenoside muri aka gace, nta cyemezo gikomeye kirafatwa n'umuryango mpuzamahanga. Nduhungirehe asanga igihe kigeze ngo amahanga ave mu magambo ajye mu bikorwa bifatika.

    Yasoje ashimangira ko amahoro arambye muri RDC azagerwaho ari uko haranduwe burundu ingengabitekerezo ya Jenoside, hakubahirizwa uburenganzira bwa buri muturage, kandi imitwe yitwaje intwaro igahagarikwa burundu.

    Minisitiri Olivier Nduhungirehe yasabye Isi guhagurukira ku ihohoterwa rikorerwa Abatutsi muri RDC

    Source : https://kasukumedia.com/olivier-nduhungirehe-yasabye-isi-guhagurukira-ku-ihohoterwa-rikorerwa-abatutsi-muri-rdc/

  • Paul Kagame yasabye abayobozi batuzuza inshingano zabo guhitamo gusezera #rwanda #RwOT

    Perezida w'u Rwanda Paul Kagame yongeye kwibutsa abayobozi ko inshingano bahawe zigomba gukorana ubunyamwuga n'ubwitange, abasaba ko uwumva atazishoboye yakwihitamo akegura agahitamo ibindi yakora.

    Ibi yabigarutseho ku wa Mbere ubwo yasozaga inama yahuje abayobozi mu nzego zitandukanye z'igihugu, yabereye mu Ishuri rikuru rya Gisirikare riherereye i Gako, mu Karere ka Bugesera. Muri iyo nama, Perezida Kagame yagaragaje ko bidakwiye ko abayobozi bahabwa ibikoresho n'ububasha bwo gukora ariko ibikorwa bikabura.

    Yagize ati hari aho usanga ibisabwa byose bihari, uhereye ku bikoresho kugeza ku bantu babishinzwe, nyamara ibikorwa bikaguma mu magambo gusa. Yabajije abayobozi impamvu badashyira mu bikorwa ibyo bashinzwe, abibutsa ko kuyobora ari inshingano ikomeye isaba ibisubizo bifatika aho kuba amagambo.

    Perezida Kagame yanagaragaje ko abayobozi bagomba kwisuzuma bakamenya niba koko bashoboye inshingano bafite. Ku bwe, uwumva ko atabishoboye, aho gukomeza gutinza cyangwa kudindiza ibikorwa, yakwihitamo agasezera ku mwanya, agahitamo indi mirimo yamufasha gutanga umusaruro.

    Yasoje ashimangira ko igihugu gikeneye abayobozi bafite ubushake n'ubushobozi bwo gukora, bityo buri wese akwiye gufata umwanzuro ujyanye n'inshingano ze, aho gukomeza kuba ku mwanya adatanga umusaruro ukwiye.

    Paul Kagame yasabye abayobozi batuzuza inshingano zabo guhitamo gusezera

    Source : https://kasukumedia.com/paul-kagame-yasabye-abayobozi-batuzuza-inshingano-zabo-guhitamo-gusezera/

  • Urugendo rwa Ryan Coogler ku ntsinzi ya Oscars 2026 #rwanda #RwOT

    Mu mwaka wa 2026, izina rya Ryan Coogler ryavuzwe cyane mu ruhando rwa sinema ku Isi, nyuma yo gukora filime Sinners yitwaye neza ikegukana ibihembo bine bya Oscars. Iyi ntsinzi yaje ishimangira ubuhanga bwe nk'umwanditsi n'umuyobozi wa filime, ariko inyuma yayo hihishe amateka arimo urugamba rukomeye.

    Mu bihe byashize, Coogler yigeze guhura n'ibibazo by'amikoro, aho byageze igihe agira umwenda ugera ku bihumbi 200 by'amadolari y'Amerika bitewe n'amashuri. Icyo gihe ntiyari azi neza ejo hazaza he, ariko yakomeje gukurikira inzozi ze zo gukora filime, yiringira ko hari igihe bizamuhira.

    Mu birori bya Academy Awards 2026 byabaye ku wa 15 Werurwe 2026, Coogler yahawe igihembo cya 'Best Original Screenplay', aba umwe mu birabura bake bageze kuri iyo ntsinzi, akurikiye Jordan Peele wabigezeho mu 2018.

    Filime Sinners yanahesheje Michael B. Jordan igihembo cya 'Best Actor', mu gihe Autumn Durald Arkapaw yaciye agahigo nk'umugore wa mbere wegukanye 'Best Cinematography'. Naho Ludwig Göransson atsindira 'Best Original Score'.

    Iyi filime yinjije amafaranga arenga miliyoni 370 z'amadolari ku Isi yose, ndetse igira amanota 100% kuri Rotten Tomatoes, ibintu bidakunze kubaho. Inkuru ya Coogler ni isomo rikomeye rigaragaza ko kwihangana no gukurikira inzozi bishobora kuganisha ku ntsinzi ikomeye.

    Urugendo rwa Ryan Coogler rwavuye mu bibazo rukagera ku ntsinzi ya Oscars 2026
    Filime Sinners yanahesheje Michael B. Jordan igihembo cya 'Best Actor', mu gihe Autumn Durald Arkapaw yaciye agahigo nk'umugore wa mbere wegukanye 'Best Cinematography'. Naho Ludwig Göransson atsindira 'Best Original Score'

    Source : https://kasukumedia.com/urugendo-rwa-ryan-coogler-rwavuye-mu-bibazo-rukagera-ku-ntsinzi-ya-oscars-2026/

  • Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico #rwanda #RwOT

    Umuhezanguni Nadine Kasinge Claire umenyerewe mu mvugo zihakana ndetse zigapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu biganiro bye bitandukanye ndetse n'abafatanyabikorwa be bamushungera yasizoye ku mbuga ze agereranya Inamanyunguranabitekerezo n'Ikinamico

    Ubwo Nyakubahwa Perezida Kagame yasozaga Inama Nyunguranabitekerezo y'Abayobozi b'Inzego bwite za Leta n'inzego z'ibanze yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Yitabiriwe n'abayobozi b'uturere, ba minisitiri batandukanye n'abandi.

    Uyu Nadine Kasinge yirukiye ku mbuga nkoranyambaga maze yifata ku gahanga yita iyo nama Ikinamico kandi nyamara abanyarwanda ndetse n'isi nzima izi icyo kubazwa inshingano bisobanuye,birazwi neza icyo imiyoborere myiza ishingiye ku kutajenjeka imaze mu kubaka Umurango nyarwanda

    Ninde munyarwanda wakwishimira kongera kurwara inda ndetse no kwirirwa bahandura amavunja mu byaro no mu mugi?, Ese ninde wakwishimira ko abantu batura mu kajagari mu migi y'u Rwanda hahandi bucya abaturage bicwa n'ibiza biterwa n'imiturire itagira gahunda

    Nadine Kasinge yakwibutswa cyane aho u Rwanda rwavuye naho rugeze nk'Ubwisungane mu kwivuza uretse kwigiza nkana, niba atari ukwirengagiza bya Ntamunoza reka tumwibutse muri make aho ubu mutuelle de sante igeze

    Urwego rw'Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rutangaza ko hari serivisi nshya z'ubuvuzi zongewemo ku banyamuryango b'Ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé), zirimo n'imiti ya kanseri, mu rwego rwo kurushaho korohereza abakoresha ubu bwishingizi

    Mu mwaka w'ingengo y'imari wa 2024/2025, RSSB yinjije amafaranga arenga miliyari 84 Frw aturuka mu bwisungane mu kwivuza. Muri ayo mafaranga, Leta y'u Rwanda yatanze asaga miliyari 53 Frw mu rwego rwo kunganira ikigega cya Mutuelle.

    Kari agaciyemo ko gukebura abigizankana bake barimo iri kondera Kasinge, reka twibutse abasomyi uwo ari we;

    Uyu mugore yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikaba yaramutwaye ababyeyi ndetse na bene nyina bose. Papa we yitwaga Nzagirukwayo akaba yarakoraga muri Electrogaz naho nyina yitwaga Mukandinda Euphrasie we akaba yari umwarimu mu ishuri ribanza rya Kacyiru, aba bombi bakaba baraguye kuri bariyeri bishwe n'interahamwe ubwo bageragezaga guhungira kuri Sitade Amahoro ahari ingabo zari iza RPA-Inkotanyi na MINUAR.

    Nyuma gato ya Jenoside yakorewe abatutsi uyu Kasinge yaje gutoragurwa n'abagiraneza b'Abataliyani bamujyana mu Butaliyani aho baje kumurerera igihe kirekire hanyuma bamwohereza gukomereza amashuri muri Canada.

    Uyu mugore wigize 'akari aha kajya he, akigera muri Canada yaje kwisunga interahamwe maze atangira gucudika nazo zimugira inama yo gushinja FPR Inkotanyi kuba ariyo yishe ababyeyi be na bene nyina maze birangira abaye shitani kuko nubu icyo kinyoma nicyo akomeje gukwirakwiza, aho kuri ubu ahora ku mbuga nkoranyambaga atuka ubuyobozi bw'igihugu ndetse anapfobya Jenoside yakorewe abatutsi we ubwe yarokotse.

    Muri Canada uyu Kasinge yaje gushaka umugabo w'Umunyakanada ndetse banabyarana umwana.

    Muri 2017 iyi nkotsa yaje kwisunga ingirwamupadiri Nahimana Thomas ngo bazane mu Rwanda kwiyamamariza kuruyobora; yiyemeza kurira indege atabimenyesheje umugabo we ndetse anasiga uruhinja rwonkaga maze aza yiruka inyuma y'iriya ngirwamupadiri, cyakora urugendo rwe rwaje kugarukira i Nairobi kuko ubwo yahageraga yahamagawe n'umugabo we ndetse na Ambasade ya Canada bose bamusaba kugaruka akaza kwita kuri rwa ruhinja.

    Ariko mbere yaho gato hari amakuru yemezaga ko uyu mugore yinjiwe na Nahimana cyane ko birirwaga bazererana Isi babeshya ko ngo bari mu ibikorwa bya Politiku yabo

    Kasinge niwe waje kuyobora ingirwashyaka 'Ishema' we n'interahamwe ruharwa Chaste Gahunde muri 2018, uyu nawe bakaba baragiranye umubano wihariye nyuma y'ingirwamupadiri Nahimana.

    Inzererezi Kasinge ikwiye kumenya ko ibyo yishoyemo ntaho bizamugeza kuko gukorana n'interahamwe zasize zimuhekuye akirirwa azisingiza ari ukudaha agaciro amaraso y'abe n'ubundi bishwe na zo.

    Mu kuvuga ibyo, Kasinge aba agaragiwe n'abarimo interahamwe zisanzwe zimenyerewe ku mbuga nkoranyambaga zirimo Chaste Gahunde, Ruhumuza Mbonyumutwa, Musabyimana Gaspard n'izindi.

    Umuhezanguni Kasinge usibye imvugo z'urwango ndetse zibasira abayobozi bakuru b'u Rwanda nta kindi  agaragaza yamarira Abanyarwanda muri urwo rugendo rw'ubusazi  yiyita ko yatangiye rwo kuzategeka Abanyarwanda.

     

    Source : https://rushyashya.net/iyo-tugira-aho-ubwenge-bugurwa-twakwipeshereza-nadine-kasinge-wita-inamanyunguranabitekerezoikinamico/

  • Haje uburyo bushya bw'ikoranabuhanga bwo kwimurira ububiko bw'amakuru mu isanzure #rwanda #RwOT

    Sosiyete Blue Origin ya Jeff Bezos iri gutegura umushinga mushya witwa Project Sunrise, ugamije kwimurira ububiko bw'amakuru mu isanzure. Iyi gahunda yatangajwe mu nyandiko yashyikirijwe Leta ya Amerika ku wa 19 Werurwe 2026, aho iyi sosiyete yasabye uruhushya rwo kohereza ibyogajuru byinshi cyane byakwifashishwa muri uwo mushinga.

    Intego nyamukuru ni ukugabanya ibikorwa bikoresha ingufu nyinshi ku Isi, cyane cyane ibijyanye na za seriveri zibika amakuru. Mu isanzure, izi seriveri zashobora gukoresha ingufu z'izuba zidahagarara kandi zigakorerwa mu bukonje busanzwe buhari, bityo bikagabanya ibibazo byo gukonjesha no gukoresha amashanyarazi menshi.

    Si Blue Origin yonyine ifite iki gitekerezo kuko na SpaceX irateganya kohereza ibyogajuru byinshi cyane, mu gihe ibindi bigo nka Starcloud na Google nabyo biri gukora igerageza muri uru rwego.

    Mu ishyirwa mu bikorwa, hazoherezwa uduce duto twa seriveri (modules) tukazateranyirizwa mu isanzure n'imashini zikorana n'ubwenge bukorano (robots), kuko abantu batabasha kubikora byoroshye muri ibyo bihe.

    N'ubwo bimeze gutyo, hari imbogamizi zikomeye zirimo uburyo bwo gusana seriveri zangiritse no kugenzura imyanda yo mu isanzure ishobora guteza ibyago. Inzobere zivuga ko n'ubwo bishoboka, iri koranabuhanga ritaragera ku rwego rwo gukoreshwa vuba, rikazashoboka nyuma ya 2030.

    Haje uburyo bushya bw'ikoranabuhanga bwo kwimurira ububiko bw'amakuru mu isanzure

    Source : https://kasukumedia.com/haje-uburyo-bushya-bwikoranabuhanga-bwo-kwimurira-ububiko-bwamakuru-mu-isanzure/

  • Witeguye kuzamura ubucuruzi bwawe? Tangira kugurisha kuri Alamode.rw uyu munsi

     

     Kuri buri mucuruzi ushaka kugurisha online, Alamode.rw ni umwanya w’ingenzi wo kumenyekanisha no kugurisha ibicuruzwa byawe mu buryo bworoshye kandi bwizewe.

    Muri iki gihe ikoranabuhanga rifasha abantu kugura no kugurisha, kuba uri ku rubuga rwa internet rukorewe mu Rwanda ni ingenzi cyane. Alamode.rw ni urubuga rwa e-commerce rwateguwe kugira ngo rufashe abacuruzi kumenyekanisha ibicuruzwa byabo, kongera ubucuruzi, no gufasha abakiriya kubona ibyo bakeneye mu buryo bwihuse.

    Kora ubucuruzi bwawe amasaha 24 kuri 24

    Iyo ukoresheje Alamode.rw, ubucuruzi bwawe ntibugarukira ku masaha yo gufungura iduka gusa. Urubuga rukomeza gukora amasaha yose, umunsi n’ijoro, rutuma ibicuruzwa byawe biboneka igihe cyose.

    Ibi bivuze ko ushobora kwakira abakiriya, kwakira commandes no kugurisha amasaha 24 kuri 24, n’iyo wowe utari ku kazi. Ni uburyo bwiza bwo kongera umusaruro w’ubucuruzi bwawe no gukoresha amahirwe yose aboneka ku isoko.

    Ibyiciro by’ibicuruzwa

    Imyambarire (Abagore, Abagabo, Abana)

    Alamode.rw itanga uburyo bwo gushyira ku rubuga imyenda igezweho, inkweto, amasakoshi, imitako n’ibikoresho by’inyongera.

    Imitako n’ibikoresho byo mu rugo

    Hano harimo meubles, imitako itandukanye, ndetse n’ibikoresho byo gutunganya no gususurutsa urugo.

    Ikoranabuhanga

    Telefoni, ibikoresho bya electronics bitandukanye, ndetse n’udushya tw’ikoranabuhanga bishyirwa ku rubuga mu buryo bworoshye kandi bufasha abakiriya gufata ibyemezo byihuse.

    Impamvu yo guhitamo Alamode.rw

    Kumenyekana kurushaho: Ubucuruzi bwawe buragaragara neza kandi bwizewe

    Kwagura amahirwe yo kugurisha: Ibicuruzwa byawe bigaragara ku bakiriya benshi

    Kwiyobora mu micungire y’ubucuruzi bwawe: Ushobora guhindura ibicuruzwa, ibiciro no gushyiraho promotions

    Kwagura izina ryiduka yawe: Abakiriya bamenya neza ubucuruzi bwawe

    Ubwungure ku bufatanye: Ubufatanye n’abandi bacuruzi butuma ubucuruzi bwawe burushaho gukura

    Amahirwe ku bacuruzi bose

    Waba ufite iduka risanzwe cyangwa ucuruza online, Alamode.rw iguha amahirwe yo guteza imbere no kunoza ubucuruzi bwawe.

    Iyandikishe ubu, utangire kugurisha ibicuruzwa byawe kuri Alamode.rw

    Ntucikwe

    Isoko ryo kugurisha online riragenda rikura buri munsi. Gufata icyemezo uyu munsi bishobora guhindura ejo hawe mu bucuruzi.                                                                                                                                                                                                                                                                               Hamwe na alamode.rw , ubucuruzi bwawe butera imbere kandi bugera kure.

  • Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yasabye abayobozi b'inzego z'ibanze gukurikirana ibibazo by'abaturage, bakabikemura, bitaba ibyo bakegura kuko imikorere yabo idahwitse idashobora kugira aho igeza igihugu.

    Yabigarutseho ubwo yasozaga Inama Nyunguranabitekerezo y'Abayobozi b'Inzego bwite za Leta n'inzego z'ibanze yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Yitabiriwe n'abayobozi b'uturere, ba minisitiri batandukanye n'abandi.

    Muri iyi nama hagarutswe ku bibazo bikigaragara mu miyoborere, birimo imikorere idahwitse, abayobozi badakorana, serivisi mbi n'ibindi.

    Mu ijambo rye ritangiza inama, Minisitiri w'Intebe yavuze ko Raporo y'Urwego rw'Igihugu rushinzwe Imiyoborere igaragaza ko imitangire ya serivisi igenda isubira inyuma kuko yavuye kuri 78,2% mu 2023, igera kuri 75,8 % mu 2024, naho mu 2025 igera 71,7%.

    Mbere y'uko Perezida Kagame atangira ijambo rye, yabwiwe ko abayobozi binenze, bakiyemeza kuvugurura imikorere yabo. Yabajije abayobozi niba ari ubwa mbere bumvise ibyasuzumwe, ibyo kwinenga, ibyashingiweho abantu binenga ndetse n'imyanzuro.

    Ati 'Ni inde hano ubyumvise bwa mbere? Ubwo ni ukuvuga ngo hari ikindi kibazo kitari kiri mu byinenzwe. Naho wahora winenga ugasuzuma ibitagenda neza byose ku murongo ndetse ugafata ingamba z'uko ibintu bigiye guhinduka ariko icyo tuvanamo kikaba kubisubiramo? Ubwo haba hari ikibazo ki? Ndashaka ko mumbwira niba ari nacyo mwasuzumye.'

    Perezida Kagame yavuze ku bayobozi bahora bakora amakosa, bagasaba imbabazi bavuga ko batazongera, avuga ko atumva ukuntu umuntu akora ikosa rimwe buri gihe.

    Ati 'Gukora ikosa rimwe buri gihe ukarisabira imbabazi, ukarisubiramo ntabwo mbyumva nk'uburyo bw'abantu bakora amakosa mu buryo busanzwe. Biba byabaye ikibazo…Ibyavuzwe ni amakosa akorwa buri gihe n'abantu bamwe cyangwa se abantu bamwe binavuze abiswe abayobozi…Niba uri muri uyu mwanya nk'umuyobozi ugakora ikosa, ukarisubiramo, haba hari ikibazo utumva neza ugomba guhindura.'

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko bitumvikana ukuntu umuntu akora ikosa rimwe, n'umusimbuye na we akazasubira agakora rya kosa.

    Ati 'Ikibazo kiri muri twe nk'Abanyarwanda? Dufite ikibazo kihe? Uko mwicaye hano mwese, ntabwo navuga ko mutumva inshingano n'ibikwiriye kuba bikorwa, murabyumva. Muranandusha no kubyumva. Ariko njye aho bigeze ni yo mpamvu mbaza ikibazo nk'iki'.

    Perezida Kagame yatanze ingero ku mishinga, igenamigambi rituzuye, avuga ko muri iyo ngeri hari ibintu bifite ikibazo kuko kugena imigambi ntuyihuze n'ibigomba gukorwa, udashobora kugira icyo ugeraho cyangwa se nabwo wakigeraho bikaguhenda.

    Ati 'Bigomba kujyana. Hariho noneho no kutagena imigambi cyangwa kugena imigambi nabi. N'iyo waba wagennye imigambi neza uko bikwiriye ariko utayihuza n'ibikorwa bigomba gukorwa, icyo ni ikibazo cy'umwihariko […] ntabwo ushobora gukora ibintu utateguye imigambi yabyo ngo ugire icyo uvanamo gikwiriye.'

    Yatanze urundi rugero, abaza abayobozi bo mu Burasirazuba, ku mushinga wagombaga gufasha mu kuhira ugatanga n'amazi ku baturage. Abaza icyabuze ngo ibyo byombi bikorwe.

    Ati 'Ugakurikirana kimwe utakurikiranye ikindi. Wagera ku mwanzuro gute uguha ibyo wifuza?'

    Guverineri w'Intara y'Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yavuze ko hakozwe igice kimwe cyo kuhira, hanyuma habaho kwibagirwa ko hagomba gutangwa n'amazi ku baturage.

    Perezida Kagame yahise amubaza impamvu bibagiwe gukora ibintu bifitiye inyungu abaturage. Yabajije icyabuze ngo abantu bafite aho bahuriye n'umushinga bavugane.

    Ati 'Ubwo mwavuye aha noneho mugiye kuvugana, ibintu ntarabona mu myaka 31 ishize'.

    Rubingisa yavuze ko kutavugana abayobozi babyinenze, bakiyemeza ko bagiye gushyiramo n'umuturage akajya atanga ibitekerezo mu bimukorerwa.

    Perezida Kagame yamubajije niba kuba byaganiriwe bigiye gukemuka, ko bigiye kuba, ibibazo bigakemuka, Rubingisa amusubiza ati 'ni ukuri'.

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko hari ikibazo gikwiriye guhindurwa vuba na bwangu abantu bakareka guhora basubiramo gusa banasaba imbabazi. Yavuze ko abayobozi bibagirwa ibyo bagomba gukora, bakibagirwa n'abo bagombaga kubikorana.

    Perezida Paul Kagame yanenze abayobozi batuzuza inshingano, avuga ko babiterwa n'imico mibi kandi ko iyo yiganjemo ubwirasi nubwo baba babikora ntacyo bishingikirije.

    Ati 'Impamvu ya mbere mufite imico mibi irimo n'ubwirasi, iki gihugu cyanyu muzagisenya. Muri abirasi kandi mwiratana ubusa. Mwiratana iki? Abayobozi muri hano mwiratana iki?'

    Perezida Kagame yavuze ko niba abayobozi bemeye kujya mu nzego z'ubuyobozi, batagomba guhunga inshingano, ahubwo bikwiriye gukorwa cyangwa se niba ntacyo bibatwaye bakajya ahandi bagakora ibyo bashaka.

    Ati 'Uwiba aziba wenda agire ibyago bamufate afungwe cyangwa uzakora andi marorerwa aho muzaba mwagiye muhure n'ingaruka zayo.'

    Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha.

    Yakomeje agira ati ' Ubu muri aha muri abayobozi b'Abanyarwanda mwikorera ibyo mushatse? Ntawe uzababaza, ntawe uzabakurikirana n'ibi mwavugaga mugiye kwinenga, hari ikintu cyangombwa mutavuze. Ntabwo nigeze numva mu myanzuro muvuga uko muzakurikirana uko ibi muvuye hano musezeranye bizashyirwa mu bikorwa.'

    Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko kugira ngo ibyemejwe bishyirwe mu bikorwa, abayobozi bazajya bahura, Perezida Kagame amusubiza ko bidahagije ahubwo hakwiriye kugira ababiryozwa.

    Perezida Kagame ati 'Ntabwo umuntu umwe yaburizamo umushinga ukwiriye guha abantu ibihumbi 10 amazi kuko ngo yibagiwe. Ariko murumva uburemere bwabyo? Umuntu agaharika umushinga wagombaga kuramira abantu ibihumbi bikaba ibintu bisanzwe.'

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko hari ibyo abona ku mbuga nkoranyambaga, abaturage batakamba, akabyoherereza abayobozi ababaza ibyo ari byo, bakamusubiza ko batabizi. Yibaza ukuntu batamenya ibintu bibera mu gace kabo.

    Perezida Kagame yavuze ko bitumvikana ukuntu n'ikintu kibi gikorwa abantu bakireba, ntihagire uvuga ati 'sigaho'.

    Photo: Igihe.com

    Source : https://rushyashya.net/perezida-kagame-yavuze-ko-kwibagirwa-ibifitiye-inyungu-abaturage-ari-icyaha/

  • Riderman icyo umuryango we wamuhatiraga akibona ubu, indirimbo yamugoye ntikundwe #rwanda #RwOT

    Gatsinze Emery wamamaye mu muziki nka Riderman yavuze ko kimwe mu bintu byamugoye mu ntangiriro y’umuziki we, ari umuryango we utarabyumvaga washakaga ko abanza kwiga.

    Uyu mwami w’Ibisumizi nk’uko akunda kwiyita, amaze imyaka 20 mu muziki kandi akunzwe cyane bitewe n’ubutumwa buri mu bihangano bye.

    Uyu muraperi wigaruriye imitima ya benshi, yabwiye ISIMBI ko agitangira umuziki muri 2006, icyamugoye kurusha ibindi ari ukumvisha umuryango we ko agomba kuba umuhanzi.

    Ati “Mu gutangira kugira ngo abantu babyakire byari bigoye, n’umuryango wanjye ntabwo wabyakiraga, ntabwo byari byoroshye kubera ko abo mu rugo ntibarimo babyumva kubera ko bashakaga ko mbaza nkarangiza amashuri.”

    Akomeza avuga ko icyo gihe atabyumvaga ariko ubu abyumva neza cyane.

    Ati “Kiriya gihe nari nkiri muto sinabumvaga ariko ubu ndabumva cyane, Hip Hop icyo gihe yari ikiri nshya mu mitwe y’abantu bamwe bakanavuga ko ari iy’ibirara.”

    Agaruka ku ndirimbo yamugoye ariko abantu ntibayakire nk’uko bikwiye, yavuze ko ari ‘Umutekamutwe.’

    Ati “Indirimbo yangoye navuga ‘Umutekamutwe’, ni indirimbo ifite igitekerezo cyiza, ifite inkuru nziza cyane ariko hari abantu bayikunda cyane ariko hari n’abandi bayifashe nk’aho ari igitekerezo kiri aho.”

    “Rero hari indirimbo wandika ukayishyiramo ubuhanga, ukavanga inkuru n’ubusizi ariko abantu bakayakira uko babishaka ariko kuri wowe ifite igisobanuro gikomeye.”

    Yunzemo ati “Hari indi ndirimbo ‘Nyegamo ya Nyagasani’ nayo ifite ubutumwa bwo gukunda igihugu ariko kuko abantu indirimbo zifite ubutumwa ntibashaka kuziha agaciro zikwiye.”

    Riderman akaba yizeje abakunzi b’umuziki we ko uyu mwaka ari umwaka wo gukora cyane, azabaha ibihangano bishya ndetse azanakora ibitaramo.

    Riderman yavuze ingorane yahuye nazo mu ntangiriro z’umuziki we

    Source : http://isimbi.rw/riderman-icyo-umuryango-we-wamuhatiraga-akibona-ubu-indirimbo-yamugoye.html

  • Riderman icyo umuryango we wamugatiraga akibona ubu, indirimbo yamugoye ntikundwe #rwanda #RwOT

    Gatsinze Emery wamamaye mu muziki nka Riderman yavuze ko kimwe mu bintu byamugoye mu ntangiriro y’umuziki we, ari umuryango we utarabyumvaga washakaga ko abanza kwiga.

    Uyu mwami w’Ibisumizi nk’uko akunda kwiyita, amaze imyaka 20 mu muziki kandi akunzwe cyane bitewe n’ubutumwa buri mu bihangano bye.

    Uyu muraperi wigaruriye imitima ya benshi, yabwiye ISIMBI ko agitangira umuziki muri 2006, icyamugoye kurusha ibindi ari ukumvisha umuryango we ko agomba kuba umuhanzi.

    Ati “Mu gutangira kugira ngo abantu babyakire byari bigoye, n’umuryango wanjye ntabwo wabyakiraga, ntabwo byari byoroshye kubera ko abo mu rugo ntibarimo babyumva kubera ko bashakaga ko mbaza nkarangiza amashuri.”

    Akomeza avuga ko icyo gihe atabyumvaga ariko ubu abyumva neza cyane.

    Ati “Kiriya gihe nari nkiri muto sinabumvaga ariko ubu ndabumva cyane, Hip Hop icyo gihe yari ikiri nshya mu mitwe y’abantu bamwe bakanavuga ko ari iy’ibirara.”

    Agaruka ku ndirimbo yamugoye ariko abantu ntibayakire nk’uko bikwiye, yavuze ko ari ‘Umutekamutwe.’

    Ati “Indirimbo yangoye navuga ‘Umutekamutwe’, ni indirimbo ifite igitekerezo cyiza, ifite inkuru nziza cyane ariko hari abantu bayikunda cyane ariko hari n’abandi bayifashe nk’aho ari igitekerezo kiri aho.”

    “Rero hari indirimbo wandika ukayishyiramo ubuhanga, ukavanga inkuru n’ubusizi ariko abantu bakayakira uko babishaka ariko kuri wowe ifite igisobanuro gikomeye.”

    Yunzemo ati “Hari indi ndirimbo ‘Nyegamo ya Nyagasani’ nayo ifite ubutumwa bwo gukunda igihugu ariko kuko abantu indirimbo zifite ubutumwa ntibashaka kuziha agaciro zikwiye.”

    Riderman akaba yizeje abakunzi b’umuziki we ko uyu mwaka ari umwaka wo gukora cyane, azabaha ibihangano bishya ndetse azanakora ibitaramo.

    Riderman yavuze ingorane yahuye nazo mu ntangiriro z’umuziki we

    Source : http://isimbi.rw/riderman-icyo-umuryango-we-wamugatiraga-akibona-ubu-indirimbo-yamugoye.html