Bimaze kuba akamenyero ko kwishyura kureba imikino y’ikipey’igihugu Amavubi, ari nk’ikosa ibintu bamwe bavuga ko bikwiye guhinduka.
Imikino imaze kuba myinshi kuko kuva Stade Amahoro yavugururwa abafana batazi kwishyura icyo ari cyo bagiye kureba imikino y’ikipe y’igihugu Amavubi.
Ni umuco bamwe bavuga ko ukwiye gucika hakazajya hareba uwishyuye niyo hajya haza bake.
Kimwe kitashimishaga benshi ni uburyo amatike yajyaga hanze, abagura bakagura maze ku munota wa nyuma bakavuga ko kwinjira ari ubuntu.
Mu minsi yashize Perezida wa FERWAFA aganira n’itangazamakuru mbere gato ya FIFA, yavuze ko ari ikibazo bazi kandi ko bagiye gukora ibishoboka byose maze uwo muco ugacika, bashaka hakajya hishyura mbarwa ariko bakaba ari bo bareba uwo mukino.
Ndetse yanavugaga ko gutangirana n’imikino ya FIFA Series yabereye mu Rwanda guhera tariki ya 26-30 Werurwe 2026 bazajya bishyura.
Gusa benshi batunguwe no kubona imikino ari ubuntu ndetse hashyizweho imodoka zitwara abantu kuri Stade nk’uko byari bisanzwe na mbere.
Ntabwo ndi umuhanga mu mibare ariko byibuze abantu bari hagati y’ibihumbi 3 na 5 baraye batashye batarebye umukino Amavubi yaraye atsinzemo Estonia 2-0.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yegukanye FIFA Series imaze iminsi ibera mu Rwanda, iba igikombe cya gatatu yegukanye mu mateka.
Ni nyuma yo gutsinda Estonia ku mukino wa nyuma ibitego bibiri ku busa.
Iri rushanwa mpuzamahanga rya gicuti rimaze iminsi ribera mu Rwanda, ryasojwe uyu munsi ku wa Mbere tariki ya 30 Werurwe 2026 aho Amavubi yageze ku mukino wa nyuma, nyuma yo gutsinda Grenada 4-0, yaje kongera gutsindwa na Kenya 3-0 mu mukino w’umwanya wa 3.
Umutoza Stephen Constantine 11 yabanjemo ku mukino wa Estonia yasezereye Kenya, nta mpinduka n’imwe yari yakoze.
Amahirwe akomeye u Rwanda rwabonye ni ku munota wa 31 bahise banabyaza umusaruro, ni ku mupira wahinduwe na Joy-Lance Mickles maze Biramahire Abeddy ahita ashyira mu izamu. Amakipe yombi yagiye kuruhuha ari 1-0.
Igice cya kabiri u Rwanda rwagitangiranye imbaraga maze ku munota wa 51 babona igitego cya kabiri cyatsinzwe na Leroy-Jacques Mickles ku mupira yari ahawe na Bizimana Djihad.
Amavubi yakoze impinduka za mbere ku munota wa 65, Phanuel Kavita, Jojea Kwizera na Biramahire Abeddy bavuyemo hinjiramo Manzi Thierry, Byiringiro Lague na Hakim Sahabo.
Ni nako nyuma Mugisha Gilbert na Joy-Slayd Mickles baje kujyamo havamo Leroy-Jacques Mickles na Joy-Lance Mickles.
Amavubi yashatse igitego cya gatatu ariko kirabura ni nako Estonia yashatse impazamarira biranga. Umukino warangiye ari 2-0, Amavubi yegukana igikombe atyo.
Ni igikombe begukanye mu maso ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame warebye uyu mukino aho yari yaje gushyigikira ikipe y’igihugu, n’umukino batsinzemo Grenada na wo yarawurebye.
Kibaye igikombe cya gatatu mu mateka y’ikipe y’igihugu Amavubi ni nyuma ya CECAFA yegukanywe na Rwanda B mu 1999 ndetse n’igikombe cya COMESA cyo muri 2001.
Biramahire Abeddy watsinze igitego cya mbere
Mugisha Bonheur yari ahagaze neza mu kibuga hagati
Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry'Ubukungu, Uzziel Niyongira avuga ko mu myaka 2 Akarere gakorana n'abaganga b'Amatungo bigenga bibumbiye muri Kampani 'Livestock Solutions Co. Ltd', igipimo cya Serivise zihabwa aborozi cyarazamutse ugereranije na mbere bigikorwa na Veterineri bo ku rwego rw'Umurenge. Mu mahugurwa aba bigenga bakoze kuri uyu wa 29 Werurwe 2026 ku gukarishya ubumenyi mu kazi bihebeye, yabasabye kutirara, abibutsa ko bakwiye kurushaho kwegera umworozi, bakamukundisha ubworozi.
Avuga ku mpinduka zazanywe n'Abaganga b'amatungo bigenga mu maka 2 bamaze bakorana n'Akarere, Visi Meya Uzziel yagize ati' Impinduka zirahari kandi nziza. Urugero ni umwaka ushize kuko mu cyegeranyo cyakozwe na RGB, Akarere kaje ari aka 2 mu rwego rw'Igihugu k'uko abaturage bashima Serivise z'Ubworozi. Ibyo rero ni ikimenyetso kidashidikanywaho cy'uko abaturage bacu batangiye kubona Serivise nziza kuva aho dutangiye iyi mikoranire n'Abaganga b'amatungo bigenga'.
Visi Meya, Uzziel Niyongira, aganira n'Abaganga b'Amatugo(Veterineri) bigenga, aho bari mu gukarishya ubwenge, banoza ubumenyi mu mwuga bakora.
Yasabye aba baganga b'amatungo bigenga kurushaho kwegera Umworozi hagamijwe kunoza Serivise bamuha no kumukundisha Ubworozi. Ati' Icyo tubasaba ni ukutajya kureba umworozi kuko yagize ikibazo cy'amatungo ye. Ni bamusure igihe cyose gishoboka. Usibye no kuvuga ngo baramufasha kuvura, Gukingira n'ibindi! Ni banamufashe gufata neza amatungo ye, bamufashe korora neza bitange umusaruro urushijeho'.
Yagize kandi ati' Turifuza ko Abaveterineri baba mu baturage, babegere aho bari, babe abajyanama babo, babe abaganga b'amatungo yabo, mbese babe abantu bashobora kuba umusemburo wo guhindura amateka y'ubworozi bumaze imyaka budatanga umusaruro uko bikwiye. Umuturage wese ni yorore ariko ubworozi bwe bumufashe kubaho neza. Ibyo rero bizemera igihe Abaveterineri bazajyayo atari ukujyayo gusa kubera ko itungo ryagize ikibazo'.
Bamwe mu baganga b'Amatungo(Veterineri) bigenga, bakurikiye inyigisho bari guhabwa.
Dr. Bonaventure Ndikumana, Umuyobozi wa Kampani ishinzwe kuvura amatungo no gukurikirana ibikorwa by'Ubworozi mu Karere ka Kamonyi(Livestock Solutions Co. Ltd), yabwiye intyoza.com ko mu rwego rwo kurushaho kwegera umworozi, ngo nibura muri buri Murenge muri 12 igize Akarere, ahari ba Veterineri bakeya ni 5 ariko kandi ngo hakaba umwe ushinzwe gukurikirana umunsi ku wundi ibikorwa by'Abaveterineri.
Avuga kandi ko mu rwego rwo guha agaciro umwuga bakora no kuwunoza, buri muganga w'Amatungo(Veterineri) ategetswe kuba afite uruhushya(License) rw'akazi rutangwa buri mwaka, ari narwo rumutandukanya n'abashobora kwiyitirira uwo mwuga.
Dr Bonaventure, avuga kandi ko mu rwego rwo guhesha agaciro umwuga bakora no kuwunoza, bahisemo ko buri muganga w'amatungo agira aho abarizwa hamwe mu rwego rwo kwirinda igongana ry'inyungu(Conflicts of interest). Niba uri Veterineri ufite iguriro ry'ibiryo by'amatungo cyangwa Imiti, gumana ibyo nta kujya kandi kuvura, niba uhisemo kuvura amatungo, vura gusa. Mbese gira hamwe gusa ubarizwa, nta kuvanga.
Avuga kandi ko mu gihe cy'imyaka 2 bamaze bakora hari impinduka nziza zigaragara mu borozi ugereranije n'uko ibintu byahoze. Ati' Impinduka muri iki gihe cy'imyaka 2 ziri mu buryo bwinshi butandukanye. Abaveterineri twabakwirakwije mu tugari twose tugize imirenge y'Akarere ka Kamonyi, umworozi iyo akeneye Serivise hari Telefone ya Kampani itishyurwa, arahamagara ikamwoherereza umuganga umwegereye, kandi uwo nubwo ataboneka yohererezwa undi uturutse kure ariko umworozi agahabwa Serivise yihuse kandi inoze'.
Uru rwuri ubonamo izi Nka, ruherereye Ruyenzi, ahitegeye Bishenyi.
Akomeza ati' Tuzenguruka kenshi mu borozi tuganira nabo, tubagira inama mu buryo bwo Korora neza, kwirinda indwara, kugenzura ko Inka zarwaye, Tubigisha guhinga ubwatsi bw'amatungo no kububika neza bateganya ko hari ibihe biba bigoye ku bubona bitewe n'igindagurika ry'ibihe, Tugira kandi ukwezi duharira Ubworozi n'Ubuvuzi bw'Amatungo n'ibindi'.
Emmanuel Niyonshuti, Umworozi ufite urwuri mu Murenge wa Runda, Akagari ka Ruyenzi, ahamya ko Abaganga b'Amatungo bigenga hari impinduka nziza bazaniye aborozi agereranije na mbere bakiyambaza ba Veterineri b'imirenge gusa.
Emmanuel Niyonshuti, umworozi. Abatari bake i Runda, bamuzi ku izina ry'Umuhudi.
Uwimana Germaine, Veterineri wigenga ukorera mu Mayaga, Umurenge wa Nyamiyaga avuga ko nta washidikanya ku musaruro mwiza wazanywe na ba Veterineri bigenga bibumbiye muri Kampani ya 'Livestock Solutions Co. Ltd'.
Uwimana Germaine/Veterineri i Nyamiyaga yo mu Mayaga, ashima Serivise nk'Abaganga b'amatungo bigenga baha Aborozi.
Mu kwishimira umusaruro ugaragarira muri Serivise baha Aborozi, agira ati' Uyu munsi navuga ko twegereye cyane aborozi kurusha uko mbere byari biri bagihabwa serivise na Veterineri w'Umurenge gusa. Aborozi bari benshi, abaganga usanga ku Murenge ari umwe, ugasanga hari n'imihigo iteswa atari uko idashoboka ahubwo kubera ko bikorwa n'umuntu umwe ukenewe na benshi'.
Agira kandi ati' Mbere, wasangaga no gutanga Raporo bigorana, niba hari n'Inyana zavutse nti bimenyekane, Umuhigo ukaba uri hasi bitewe nuko ibyakozwe byose bidatangirwa Raporo. Kubera Kampani, dutangira Raporo ku gihe, niba kandi hari nk'igikorwa cyo gukingira tugikora mu gihe gito kubera ko twibumbiye hamwe, niba dushobora nko gukingira inka ibihumbi 4 mu byumweru bibiri, mbere ab'imirenge byabatwaraga nk'Ukwezi kose kubera ko bari bakeya kandi bafite inshingano nyinshi, ababakeneye ari benshi'.
Avuga ku byo bishimira agereranije na mbere, agira ati' Turishimira yuko batwegereje Kampani, badufasha kubona amahugurwa adufasha guhora twuguka ubumenyi bujyanye n'igihe mu kazi kacu, tubasha gukorera hamwe tukanoza ibyo dukora kandi ibyo bigatanga umusaruro twishimira ndetse n'Aborozi ugasanga nta kibazo kuko tubari hafi, tubana nabo kenshi kuko nti dutegereza ko baduhamagara, ahubwo tunabasura kenshi tugamije kunoza Ubworozi'.
Umuhanzi w’Umunya-Kenya, Bien-Aime Baraza, yamaganye uburyo itangazamakuru ryo muri Tanzania rikunze gushyira Ali Kiba na Diamond Platnumz mu marushanwa adafite umumaro, ashimangira ko bikwiye ko hibandwa ku muziki aho guhora bagereranywa.
Uyu muhanzi wahoze mu itsinda rya Sauti Sol, yabitangaje nyuma y’uko ashyize hanze indirimbo nshya yakoranye na Ali Kiba yitwa 'Finale', yakurikiye indi yakoranye na Diamond Platnumz yitwa 'Katam'.
Izi ndirimbo zombi zarakunzwe cyane, aho 'Katam' imaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni 17 kuri YouTube mu mezi umunani ishyizwe hanze, mu gihe 'Finale' yo imaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni 2.2 mu minsi itatu gusa isohotse.
Nubwo izi ndirimbo zombi ziri gukundwa ku rwego rwo hejuru, Bien yavuze ko atishimiye uburyo bamwe mu banyamakuru bo muri iki gihugu bakomeje kumubaza indirimbo iruta indi, ibyo asanga bidindiza iterambere ry’umuziki.
Yagize ati 'Hari abantu batabasha kwishimira ibintu batabanje kubigereranya. Ibyo ni imyumvire iciriritse, tugomba kubireka.'
Bien yasobanuye ko guhuriza abahanzi bakomeye mu ndirimbo imwe ari ikintu gikomeye kandi kidasanzwe, bityo ko abantu bakwiye kubyishimira aho kubigira amarushanwa.
Ati 'Abahanzi b’ibyamamare bahuye bakora indirimbo imwe, aho kubyishimira abantu batangira kubaza ngo ni nde wakoze neza kurusha undi. Ibyo si byo.'
Yakomeje agaragaza ko we, Ali Kiba na Diamond Platnumz bose ari abahanzi bakomeye bo mu kiragano kimwe, kandi buri wese afite impano ye idasanzwe
Ali Kiba ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba
Diamond Platnumz amaze igihe ari ku gasongero k’umuziki wa Afurika
Bien-Aime Baraza yasabye abantu kudakomeza kugereranya Diamond Platnumz na Ali
ISIMBI yamenye amakuru ko bamwe mu bajyanama ba David, perezida wa Kiyovu bamubwiye ko atazakora ikosa ryo kumureka akagenda byaba ari agasuzuguro, ngo nashaka ntazongere kubatoza ariko ntazajye no muri Rayon Sports.
Rayon Sports nayo uko amasaha agenda ashira niko nayo igenda itekereza kabiri kuko uretse kuba Kiyovu itabishaka na Haringingo gusa yiteguye kwerekana uyu mutoza.
Aruba yanyagiye Liechtenstein ibitego 4-1 mu mukino wa nyuma w'irushanwa rya FIFA Series 2026 mu Itsinda B, ikora amateka yo kwegukana igikombe ku nshuro ya mbere gikiniwe i Kigali.
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, ni bwo kuri Kigali Pelé Stadium habereye imikino ya nyuma yo mu Itsinda B, ry'iyi mikino itegurwa n'Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA).
Umukino wari ukomeye kuri uyu munsi ni uwahuje Liechtenstein na Aruba kuko amakipe yombi yahataniraga igikombe cy'iri rushanwa riri kubera mu Rwanda bwa mbere.
Aruba yinjiye mu mukino mbere ndetse ibona n'igitego cya mbere ku munota wa 18 gitsinzwe na Jaybrien Romano, mugenzi we Gello Robertha shyiramo icya kabiri ku munota wa 25.
Ibi byatumye umukinnyi wo mu kibuga hagati wa Aruba, Ostiana Rovien, ahabwa ikarita ya kabiri y'umuhondo, Uwikunda Samuel wari umusifuzi amwereka umutuku, asohoka hanze.
Gusa Aruba yari yigarurire abakunzi benshi muri Stade, yashyizemo igitego cya gatatu ku munota wa 69, kivuye ku ishoti rikomeye ryatewe na Rainey Breinburg wari hanze y'urubuga rw'amahina.
Igitego cya kane muri uyu mukino cyitsinzwe na myugariro wa Liechtenstein, Hofer Jens, wawushyize mu izamu ashaka kuwambura Conner van Kilsdonk wa Aruba wari wacenze n'umunyezamu.
Iki gitego ni cyo cya nyuma cyabonetse muri uyu mukino, biha intsinzi Aruba yo kwegukana iri rushanwa, ikora amateka yo kuritwarira mu Rwanda, aho rikiniwe bwa mbere.
Umwanya wa gatatu wegukanywe na Tanzania yanyagiye Macau ibitego 6-0. Byatsinzwe na Amancio wa Macau witsinze icya mbere ku munota wa 16, Bakari Mwamnyeto ashyiramo ikindi nyuma y'iminota 10.
Ku munota wa 45 Mudathir Yahya yashyizemo igitego cya gatatu, Paul Peter ashyiramo icya kane ku munota wa 56, Novatus Miroshi ashyiramo icya gatanu, naho Tarryn Allarakhia ashyiramo icy'agashinguracumu.
Indi mikino ya FIFA Series iteganyijwe ku wa Mbere, tariki ya 30 Werurwe 2026, kuri Stade Amahoro, aho Kenya izakina na Grenada, Saa Kumi (16:00) na Saa Moya n'Igice u Rwanda rukine na Estonia.
Byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026 ubwo bari basoje imyitozo bamaze gufata amafunguro ya nimugoroba.
Aba bakinnyi batunguwe no kubona kapiteni Djihad Bizimana azanye cake ndetse akaba yari aherekejwe n’abarimo perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice.
Aba bakinnyi bombi bizihiza isabukuru buri tariki ya 29 Werurwe, bakaba kuri iyi nshuro bujuje imyaka 32.
Aba bakinnyi bombi bakaba bagaragaje ko bishimiye bikomeye iki gikorwa bakorewe, bibongerera kwisanga mu Mavubi aho bari mu muryango mushya bungutse.
Ni ku mshuro ya mbere baje gukinira u Rwanda, bakaba barishimiwe bikomeye ku mukino wabo wa mbere aho bazanye na murumuna wabo, Leroy-Jacques Mickles we wanamaze gutsindira Amavubi igitego cya mbere ku mukino banyagiyemo Grenada.
Uyu munsi bakaba bari bugaruke mu kibuga mu mukino wa nyuma wa FIFA Series irimo kubera mu Rwanda aho bari bube buhatanira igikombe na Estonia yasezereye Kenya.
Bad Rama umaze iminsi yibasira, asebya u Rwanda n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu, yangiwe kwinjira mu gitaramo cya Ruti Joel cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ni igitaramo cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2028 kibera muri Leta ya Indiana aho cyitabiriwe n’abanyarwanda batandukanye batuye muri iyi Leta n’ahandi byegeranye.
Ni igitaramo na Bad Rama yari yashatse kwitabira ariko ahageze yahahuriye n’ibibazo bikomeye kuko yabwiwe ko atemerewe kwinjira.
Uyu wari waje yitwaje n’abashinzwe kumurindira umutekano, yasabwe no guhita ava hafi y’aho icyo gitaramo cyaberaga.
Bad Rama wabaye inyanga Rwanda kubera uburyo yirirwa asebya igihugu, mu mashusho ye yagiye hanze yumvikanaga arimo avuga agahinda ke, uburyo yasohowe nk’igisambo.
Ati “Hari igitaramo cy’Umunyarwanda Ruti Joel, bamamaje igitaramo ndakibona nk’abandi nkora urugendo aho nanyuze muri Leta enye zose ngo mpagere, navuye Phoenix njya Denver mva Denver njya Michigan mfata imodoka n’ikipe yanjye, ndahageze kwinjira mu gitaramo ibibaye urabibonye, ntabwo ntuje na gato, uzi ko umuntu ampamagarije nk’igisambo?'
Bwinshi mu butumwa bwagiye butangwa kuri aya mashusho, bakaba bashimiye Ruti Joel n’abo bafatanyije gutegura iki gitaramo kuko babashije gukumira umuntu nka Bad Rama kuko nta keza ke aho asigaye arajwe ishinga no kubiba urwango n’abacakubiri mu banyarwanda, asebya igihugu n’abayobozi bacyo.
Ni igitaramo cyagaragayemo kandi TMC wahoze mu itsinda Dream Boys wasusurukije abakitabiriye.
RSSB Tigers BBC yatunguye Petro de Luanda iyitsinda amanota 82-78 mu mikino y’ijonjora rya BAL irimo kubera muri Afurika y’Epfo i Pretoria.
Ni imikino yo mu itsinda rya Kalahari Conference aho Tigers BBC ihagarariye u Rwanda yarimo ikina umukino wa kabiri na Petro de Luanda yabaye iya kabiri umwaka ushize.
Nyuma yo gutsinda Al Hilal Benghazi, Tigers BBC uyu munsi yagomba kwisobanura na Petro de Luanda kuri iki Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026.
Ntabwo RSSB Tigers BBC yahiriwe n’agace ka mbere kuko Petro de Luanda yagatsinze amanota 17-12.
Abarimo Ntore Habimana, Leonard Craig Randall baje mu gace ka kabiri bariye amavubi maze batsindira Tigers BBC amanota menshi maze aka gace bagatsinda 22-19.