Author: webrwanda

  • Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w'Ubumwe bw'Afurika #rwanda #RwOT

    Mu gihe kitageze no ku mezi abiri ayoboye African Union, Perezida w'u Burundi Évariste Ndayishimiye yamaze gushyira uyu muryango mu bibazo bikomeye bya dipolomasi, bigaragaza intege nke mu miyoborere no kutubahiriza amategeko agenga uyu muryango.

    Ku itariki ya 2 Werurwe 2026, u Burundi bwatangaje ku mugaragaro ko bushyigikiye kandidatire ya Macky Sall ku mwanya w'Umunyamabanga Mukuru wa United Nations. Icyakora, iki cyemezo cyafashwe nta nama ibanje guhuza ibihugu bigize AU, ibintu byahise bitera impaka zikomeye.

    Igitangaje kurushaho ni uko n'igihugu cya Senegal ubwayo cyavuze ko kitigeze gitanga uburenganzira kuri iyo kandidatire. Ibi byahise bigaragaza ko iki gikorwa cyakozwe mu buryo bwihuse kandi budafite ishingiro rya dipolomasi.

    Ikibazo gikomeye kuruta ibindi si izina rya Macky Sall, ahubwo ni uburyo bwakoreshejwe. Perezida Ndayishimiye yashatse kwemeza iki cyemezo akoresheje uburyo bwiswe 'silence procedure' bw'amasaha 24, aho ibihugu byasabwaga kutavuga niba byemera, bikavuga gusa niba byanze. Ibi byafashwe n'ibihugu byinshi nk'igitutu no kutubaha inzego z'umuryango. Mu masaha make, ibihugu birenga 20 byahise byamaganye icyo cyemezo, birimo South Africa na Nigeria, byerekana ko nta bwumvikane bwari bwabayeho mbere.

    Ubusanzwe, kandidatire z'Afurika ku myanya mpuzamahanga zinyura mu kanama k'abaminisitiri b'ububanyi n'amahanga kagena abakandida (AU Candidatures Committee), kagamije kubaka ubwumvikane mbere yo gutanga izina.

    Ariko muri iki gihe, iyi nzira yose yarirengagijwe. Ibi byatumye habaho kwibaza niba koko ubuyobozi bwa AU bushobora kuvuga mu izina rya Afurika hatabayeho kumvikana.

    Icyabaye cyasize isura mbi ku African Union ku rwego mpuzamahanga. Byagaragaye ko umuryango ushobora gushyirwa mu bibazo n'imyanzuro ifatwa mu buryo bwihuse, idafite ubufatanye.

    Abasesenguzi bavuga ko iki kibazo cyerekanye isomo rikomeye: muri AU, ubuyobozi ntibushingira ku mwanya gusa, ahubwo bushingira ku bwumvikane bw'ibihugu byose.

    Ibi byabaye ni isomo rikomeye ku buyobozi bwa Burundi ndetse no ku muryango wa AU muri rusange.

    Byerekanye ko kwihutira gufata ibyemezo bikomeye bidafite inama ihagije bishobora guteza ibibazo bikomeye bya dipolomasi.

    Mu by'ukuri, Afurika ntiyavuga ijwi rimwe hatabayeho ibiganiro byimbitse n'ubwumvikane busesuye. Naho ubuyobozi bushyira imbere kwihutira ibyemezo, bushobora gusenya aho kubaka.

    Source : https://rushyashya.net/ndayishimiye-yazanye-imikorere-mibi-mu-muryango-wubumwe-bwafurika/

  • Kazungu Claver yasabiye Eric Umulisa igihembo gikomeye kubera ibyo yakoreye Amavubi #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru w’imikino, Kazungu Claver yasabiye Eric Umulisa kuba FERWAFA na MINISPORTS bakamuhaye igihembo gikomeye kubera uruhare yagize kugira ngo bamwe mu bakinnyi bakomeye ikipe y’igihugu ifite uyu munsi babe bakwemera kuza gukinira u Rwanda.

    Eric Umulisa, wanabaye umunyamabanga wa Etoile del’Est, benshi bamuzi ku mbuga nkoranyambaga kubera gahunda yafashe yo gushakisha abakinnyi bafite inkomoko mu Rwanda, akabaranga bamwe akanabavugisha abasaba kuba baza gukinira u Rwanda.

    Uyu musore wazanye gahunda yitwa “Tubazane”, yagiye aranga abakinnyi benshi ndetse bamwe bemera kuza gukinira u Rwanda.

    Iyo yabamenyaga, yageragezaga kubahuza n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, FERWAFA, maze naryo rikabaganiriza bamwe bakemera, abandi bakanga ndetse hari n’abandi bakiri mu biganiro.

    Abibinyujije kuri X, Eric Umulisa yavuze ko ubu yishimira ko umwe mu bakinnyi yahereyeho muri 2022, Hugo Bigirimana ukinira FC La Chaux-de-Fonds ubu yahamagawe mu ikipe y’igihugu.

    Ati “Igihe kimwe umusaruro uzaboneka ndabyizeye. Hugo Bigirimana ni umwe mubo natangiriyeho afite imyaka 16 ubu akaba ari bwo yahamagawe mu ikipe y’igihugu ni ukuri ndishimye.”

    Kazungu Claver ukorera SK FM akaba yaje avuga kuri ubu butumwa aho yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA na Minisiteri ya Siporo, MINISPORTS, kumuha igihembo gikomeye kuko yafashije igihugu ikintu gikomeye.

    Ati “Ukwiye guhabwa igihembo gikomeye na FERWAFA ndetse na Minisiteri ya Siporo kuko wakoze ibikomeye, ibyo tutatekerezaga.”

    “Ubu dufite Abakinnyi benshi beza mu
    Ikipe y’Igihugu Amavubi tutari tuzi ko bafite inkomoko mu Rwanda.”

    Muri rusange amaze kuzana abakinnyi 13 barimo Hakim sahabo, Kwizera Jojea, Phanuel Kavita, Marvin Johan kury, Maxime Wenssens, Hugo Bigirimana, Glen Habimana, Aly Enzo Hamon, Darryl Nkulikiyimana, Kayibanda Claude, Sven Kalisa, Vicky Joseph
    na Noe Umwimana.

    Ukwiye guhabwa Igihembo gikomeye na Ferwafa ndetse na Minisiteri ya Siporo kuko wakoze ibikomeye ibyo tuta tekerezaga!!!

    Ubu dufite Abakinnyi benshi beza mu ikipe y’Igihugu Amavubi tutari tuzi ko bafite inkomoko mu Rwanda! https://t.co/gy9uSe3Gzs

    — Kazungu Claver (@claver_kaz71345) March 27, 2026

    Ari hagati ya Kwizera Jojea (ibumoso) na Kury Johan Marvin (iburyo)

    Eric Umulisa yari kumwe na Phanuel Kavita ukina muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

    Yagize uruhare rukomeye kugira ngo Hakim Sahabo akinire u Rwanda

    Rafael York (ubumoso), Eric Umulisa (hagati) na Hakim Sahabo (iburyo)

    Eric Umulisa wihishe inyuma y’abakinnyi benshi bashya baje gukinira Amavubi

    Kazungu Claver yamusabiye igihembo

    Source : http://isimbi.rw/kazungu-claver-yasabiye-eric-umulisa-igihembo-gikomeye-kubera-ibyo-yakoreye-amavubi.html

  • Nasuzuguriwe kuba nsa n’abana! – Nise Jabo uri inyuma y’iterambere ry’abarimo Diez Dola #rwanda #RwOT

    Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje gutera imbere, hari bamwe mu bari inyuma yawo batavugwa cyane ariko bagira uruhare rukomeye. Muri abo harimo Nise Jabo Ghislain, umaze kwigaragaza mu gucunga inyungu z’abahanzi bakomeye barimo Kevin Kade, Diez Dola na Calvin Mbanda.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Ghislain yavuze ko yinjiye muri uyu mwuga mu 2021, atangirira mu nzu y’umuziki ya Incredible Records iyobowe na Bagenzi Bernard. Gusa mu Ukwakira 2022 batandukanye kubera kutumvikana ku mikorere, ibintu byabaye intangiriro y’urugendo rwe nk’umwikorera wigenga.

    Nyuma yo gutandukana n’iyo nzu, yakomeje gukorana n’abahanzi batandukanye barimo Kevin Kade na Calvin Mbanda, aza no gusinyana amasezerano y’imikoranire na Diez Dola mu Ugushyingo 2024.

    Nubwo amaze kugera kuri byinshi, Ghislain yavuze ko yagiye ahura n’imbogamizi zitandukanye, zirimo gusuzugurwa bitewe n’uko asa nk’umwana mu isura. Yagaragaje ko hari aho byigeze kumugiraho ingaruka mu kazi ke.

    Yagize ati 'Hari igihe nasabwaga kuzana undi witwa ko ari manager, kuko najyaga kuganira n’abashoramari bakavuga bati 'uyu mwana koko?’”

    Yakomeje avuga ko nubwo hari izo mbogamizi, atigeze acika intege, ahubwo yakomeje gukora cyane kugira ngo agaragaze ubushobozi bwe.

    Ku bijyanye n’ubukungu bwo mu muziki, Ghislain yagaragaje ko hakiri ikibazo ku bashoramari, aho usanga amafaranga bashora adahura n’ayo binjiza, bigatuma bamwe bagira impungenge zo gushora imari muri uru ruganda.

    Uretse gucunga inyungu z’abahanzi, Ghislain anategura ibirori bikomeye by’ubuhanzi, aho aherutse kugira uruhare mu gutegura iserukiramuco rya SIGA Festival ryabereye mu karere ka Huye, rikaba ari ku nshuro yaryo ya mbere.

    Nise Jabo ni umwe mubihishe inyuma y’ibikorwa bya bamwe mu bahanzi benshi

    Source : http://isimbi.rw/nasuzuguriwe-kuba-nsa-n-abana-nise-jabo-uri-inyuma-y-iterambere-ry-abarimo-diez.html

  • Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n'Imvugo z'urwango #rwanda #RwOT

    Mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe 2026, Abaturage b'Umurenge wa Karama bari kumwe n'Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi, inzego z'Umutekano, uhagarariye Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare mu Rwanda/NISR ndetse na Senateri Gahamanyi Bibiane Mbayi ari nawe wari umushyitsi mukuru, batunganije Imihanda migenderano, Basibura Imirwanyasuri, bakora Isuku ku Rwibutso rwa Bunyonga.

    Mu butumwa abayobozi batandukanye bahaye abitabiriye Umuganda, burimo ubwatanzwe na Senateri Gahamanyi Bibiane Mbayi wari umushyitsi mukuru, aho yabanje gusobanurira abitabiriye Umuganda imikorere y'Inteko Ishingamategeko Umutwe wa Sena.

    Mu butumwa buganisha ku kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, yasabye abaturage kuzitabira neza ibikorwa byo Kwibuka biteganyijwe mu minsi 100 izatangira kuwa 07 Mata 2026.

    Yagize kandi ati' Turitegura kwinjira mu gihe cy'iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Buri wese arasabwa kubigira ibye, aharanira kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside no kurwanya imvugo z'urwango'.

    Umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda mu karere ka Kamonyi, SP Habiyakare Damascène yasabye abaturage; Kwirinda Ingengabitekerezo ya Jenoside, Kwirinda Ibiyobyabwenge nk'Urumogi, Inzoga z'inkorano zitujuje ubuziranenge n'ibindi. Yabasabye kandi kuzirikana ko ibi bihe hari imvura nyinshi, abasaba Gukumira no kwirinda Ibiza bishobora kubangiriza no gutwara Ubuzima bwabo.

    Uwaje ahagarariye Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurisha mibare mu Rwanda/ NISR, Madame Providence yaganirije abaturage ku Irangamimerere, cyane cyane ku kumenyekanisha abantu bitabye Imana bikozwe n'abakuru b'imidugudu ariko bigizwemo uruhare n'abaturage yasabye kubigira ibyabo kugira ngo bishyirwe mu bikorwa neza.

    Dr Sylvere Nahayo, Umuyobozi w'Akarere ka kamonyi mu butumwa yahaye abaturage, yabasabye; Kwita ku Isuku, Kwirinda amakimbirane mu muryango no kwita ku muryango muri rusange, Kwirinda ubusinzi.

    Yasabye kandi ababyeyi gukora ibishoboka byose abana bose bakiga, abasaba gukumira ko hari uwata ishuri, Abasaba Gutanga Umusanzu ku ishuli, Kurwanya igwingira no kugaburira abana indyo yuzuye, Gukunda umurimo, Kwiteza imbere no gutekereza byagutse cyane cyane k'Urubyiruko, Kuzigama muri Ejo HEZA, Kwita ku bageze mu za bukuru bakabaho neza n'ibindi.

    Nyuma y'igikorwa cy'Umuganda wahuje abaturage ba Karama, Abayobozi batandukanye ku rwego rw'Akarere n'Abashyitsi baje kwifatanya nabo, Senateri Gahamanyi Bibiane Mbaye, ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere ndetse n'Inama y'Umutekano itaguye y'Akarere, basuye Urwibutso rwa Bunyonga ruruhukiyemo Imibiri y'Abatutsi 13,339 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Amakuru intyoza.com ifite, ikesha ubuyobozi bwa Ibuka Kamonyi ni uko mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aha i Karama mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Bunyonga biteganijwe ko hari indi mibiri izahashyingurwa, irimo 11 yavuye mu Murenge wa Kayumbu ndetse n'indi 6 yabonetse I karama.

    Gitifu w'Umurenge wa Karama, Yvette Aline Nirere aha ikaze Abashyitsi ubwo bari bagiye kuganira n'Abaturage nyuma y'igikorwa cy'Umuganda.

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n'Imvugo z'urwango first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n'Imvugo z'urwango appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/03/28/kamonyi-karama-umuganda-abaturage-basabwe-kurwanya-ingengabitekerezo-ya-jenoside-nimvugo-zurwango/

  • Tanasha Donna yaciye amarenga yo gusimbuza Diamond Platnumz #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi akaba n’umunyamideli wo muri Kenya, Tanasha Donna yongeye kuvugisha abatari bake ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutanga ibimenyetso by’uko yaba ari mu rukundo n’undi mugabo mushya utaramenyekana neza nyuma ya Diamond Platnumz.

    Ibi byaje nyuma y’uko mu minsi ishize yari aherutse kwakira mu rugo iwe abo mu muryango w’uwahoze ari umukunzi we Diamond Platnumz, barimo Mama Dangote na Esma Platnumz.

    Mu mashusho yakwirakwiye, Tanasha agaragara atunguwe cyane abonye Mama Dangote, ahita amuhobera anavuga ko atari yiteze ko nawe aza kumusura. Ibi byatumye benshi bongera kubona ko umubano we n’umuryango wa Diamond Platnumz ugifite igicumbi cyiza nubwo batandukanye.

    Gusa ikirenze kuri ibyo, ni amafoto Tanasha yashyize kuri Instagram Story, agaragaza umugabo wifotoje atambaye hejuru, arimo kwishimisha. Aya mafoto yayaherekejeho amagambo yo mu ndirimbo y’urukundo, ibintu byatumye benshi bakeka ko ari we mukunzi we mushya.

    Mu yandi mafoto, Tanasha agaragara ari ku nyanja yishimisha atwaye 'jet ski', ndetse uwo mugabo ari inyuma ye. Nubwo atatangaje amazina ye, ibi byahise bituma abakoresha imbuga nkoranyambaga batangira kuganira cyane kuri uwo mugabo.

    Bamwe mu bafana bagaragaje ko bishimiye kubona Tanasha yarabashije gukomeza ubuzima nyuma yo gutandukana na Diamond, bavuga ko akwiriye ibyishimo. Hari n’abagerageje gukeka uwo mugabo ari we w’ukuri, nubwo nta gihamya ifatika yatanzwe.

    Ibi byose bibaye mu gihe Tanasha akomeje kwibanda ku muziki we no kurera umwana we, Naseeb Junior, yabyaranye na Diamond.

    Tanasha Donna yaciye amarenga ko ari mu rukundo rushya

    Source : http://isimbi.rw/tanasha-donna-yaciye-amarenga-yo-gusimbuza-diamond-platnumz.html

  • Amavubi atangiranye imbaraga muri FIFA Series 2026 atsinda Grenada ibitego 4-0 #rwanda #RwOT

    Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda, Amavubi, yatangiye neza amarushanwa ya FIFA Series 2026 itsinda Grenada ibitego 4-0 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe 2026. Uyu mukino witabiriwe n'abafana benshi barimo na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, waje gushyigikira iyi kipe y'igihugu.

    Amavubi yagaragaje imbaraga kuva umukino utangiye, ashaka gufungura amazamu hakiri kare, ariko Grenada igerageza kwihagararaho mu bwugarizi. Byasabye iminota y'inyongera y'igice cya mbere kugira ngo igitego cya mbere kiboneke, aho Leroy-Jacques Mickels yatsinze igitego cyiza cyashimishije abafana benshi bari muri stade.

    Hashize iminota mike gusa, Kwizera Jojea yahise yongera igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe neza na Biramahire Abeddy, bituma igice cya mbere kirangira Amavubi ayoboye n'ibitego 2-0.

    Mu gice cya kabiri, Amavubi yakomeje gusatira cyane. Ku munota wa 68, kapiteni Bizimana Djihad yatsinze igitego cya gatatu, agarura ibyishimo ku bafana bari bamaze igihe batamubona atsinda. Nyuma yaho, Hakim Sahabo winjiye asimbuye yaje gutsinda igitego cya kane ku munota wa 81, asoza umukino neza.

    Iyi ntsinzi yahesheje u Rwanda itike yo gukina umukino wa nyuma w'Itsinda A, aho ruzahura na Estonia yatsinze Kenya kuri penaliti. Umukino uteganyijwe ku wa Mbere kuri Stade Amahoro, mu gihe Kenya na Grenada bazahatanira umwanya wa gatatu.

    Amavubi atangiranye imbaraga muri FIFA Series 2026 atsinda Grenada ibitego 4-0

    Source : https://kasukumedia.com/amavubi-atangiranye-imbaraga-muri-fifa-series-2026-atsinda-grenada-ibitego-4-0/

  • Queen Cha yagarukanye imbaraga nshya mu muziki, nyuma y'imyaka itanu #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi wamenyekanye cyane mu njyana zitandukanye z'umuziki nyarwanda, Queen Cha, yongeye gutangaza amakuru ashimishije ku bakunzi be, agaragaza ko yamaze gusubira mu bikorwa bya muzika nyuma y'igihe kinini atagaragara cyane.

    Nyuma y'imyaka isaga itanu atashyira hanze indirimbo nshya, Queen Cha yavuze ko kuri ubu ari mu mirimo yo gutunganya indirimbo nshya zizajya hanze mu minsi iri imbere. Ibi yabigarutseho mu butumwa yahaye abakunzi be, abizeza ko bagiye kongera kumva ijwi rye mu bihangano bishya bifite ubuziranenge.

    Uyu muhanzi kandi yasobanuye ko impamvu y'icyo gihe kirekire yamaze atagaragara mu muziki itari imwe gusa, ahubwo hari ibibazo n'inzitizi zitandukanye yahuye na zo mu buzima bwe bwite no mu mwuga. N'ubwo atagiye mu mizi y'ibyo bibazo byose, yagaragaje ko byamusabye gufata igihe cyo kwisuganya no kongera gutekereza ku cyerekezo cy'umuziki we.

    Queen Cha yavuze ko ubu agarukanye imbaraga nshya, icyizere ndetse n'ishyaka ryo gukora cyane kurusha mbere. Yemeje ko intego ye ari ugukomeza gushimisha abakunzi b'umuziki nyarwanda no gutanga ibihangano bifite ubutumwa bufasha sosiyete.

    Abakunzi be bamaze igihe bategereje ibikorwa bye bishya, bishimiye ayo makuru, bavuga ko biteguye kongera kumwakira no kumushyigikira nk'uko byahoze. Kugaruka kwe bishobora kongera kuzamura urwego rw'umuziki we no kumugarura ku isoko ry'umuziki nyarwanda aho yari afite izina rikomeye.

    Queen Cha yagarukanye imbaraga nshya mu muziki, nyuma y'imyaka itanu

    Source : https://kasukumedia.com/queen-cha-yagarukanye-imbaraga-nshya-mu-muziki-nyuma-yimyaka-itanu/

  • Impinduka mu butasi bwa Uganda: Col Rugumayo yasimbuwe mu buryo butunguranye #rwanda #RwOT

    Mu rwego rw'impinduka zikomeje kugaragara mu nzego z'umutekano za Uganda, Umugaba Mukuru w'Ingabo, Muhoozi Kainerugaba, yafashe icyemezo cyo gukura ku nshingano Col Abdul Rugumayo wari umuyobozi wungirije w'urwego rw'ubutasi bwa gisirikare (CMI).

    Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo muri Uganda agaragaza ko impamvu nyamukuru y'iki cyemezo itaratangazwa ku mugaragaro, ibintu byakomeje guteza kwibaza kuri benshi bakurikiranira hafi ibijyanye n'umutekano w'iki gihugu.

    Col Rugumayo yari yahawe izi nshingano mu mwaka wa 2022, abishyizwemo n'Umukuru w'Igihugu, Yoweri Kaguta Museveni. Icyo gihe yari asimbuye Brig. Gen Charles Asiimwe, wari uvuye kuri uwo mwanya.

    Mu gihe kingana hafi n'imyaka ine yari amaze muri izo nshingano, Rugumayo yakoranye n'abayobozi batandukanye bo mu rwego rwo hejuru, barimo Maj. Gen James Birungi. Uyu Birungi ariko aza gutabwa muri yombi mu mwaka wa 2025, nyuma gato yo gukurwa ku mirimo ye agasimburwa na Maj. Gen Richard Otto.

    Uwasimbuye Rugumayo ni Brig. Gen Oscar Munanura, usanzwe azwi mu bikorwa by'ubutasi, cyane cyane mu bijyanye no kurwanya iterabwoba. Mbere yo kugirwa umuyobozi wungirije w'ubutasi bwa gisirikare, yari ashinzwe ishami rishinzwe ibikorwa byo guhangana n'iterabwoba muri uru rwego.

    Munanura yazamuwe mu ntera mu mwaka wa 2025, avanwa ku ipeti rya Colonel agirwa Brigadier General, ibintu byagaragazaga icyizere yari afitiwe n'abayobozi bakuru.

    Izi mpinduka zigaragaza uburyo inzego z'umutekano za Uganda zikomeje kuvugururwa, n'ubwo hari ibibazo bikomeje kwibazwa ku mpamvu nyazo ziri inyuma y'izi mpinduka zitunguranye.

    Impinduka mu butasi bwa Uganda: Col Rugumayo yasimbuwe mu buryo butunguranye
    Umugaba Mukuru w'Ingabo z'Igihugu cya, Muhoozi Kainerugaba, yafashe icyemezo cyo gukura ku nshingano Col Abdul Rugumayo wari umuyobozi wungirije w'urwego rw'ubutasi bwa gisirikare (CMI)

    Source : https://kasukumedia.com/impinduka-mu-butasi-bwa-uganda-col-rugumayo-yasimbuwe-mu-buryo-butunguranye/

  • Kuri Captain Ndinzabera Mayunga inshingano zikomeje kwiyongera kubera intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa RDC #rwanda #RwOT

    Mu gihe umutekano muke ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bamwe mu basirikare bakomeje kugaragaza ubwitange budasanzwe mu kurinda abaturage. Muri abo, hagaragaramo Captain Ndinzabera Mayunga, umwe mu barwanyi bazwiho kugira uruhare rukomeye mu bikorwa byo kwirwanaho mu duce twa Minembwe.

    Ndinzabera abarizwa mu mutwe wa MRDP-Twirwaneho, ushinzwe kwirwanaho hagamijwe kurinda abaturage b'Abanyamulenge bakunze guhura n'ibitero by'imitwe itandukanye ikorera muri ako Karere. Iyi mitwe irimo FDLR, Wazalendo ndetse n'ingabo za Leta ya Congo (FARDC), bakunze guhanganya ibice by'imisozi miremire ya Fizi, Uvira na Itombwe.

    Amakuru atangwa n'abamuzi neza agaragaza ko Captain Ndinzabera ari umwe mu basirikare bafite umutima udacika intege, ukunze kuba ku isonga mu mirwano ikomeye. Yigaragaje cyane mu bice nka Ndondo na Rurambo, aho yakunze kuyobora bagenzi be mu bihe bikomeye by'imirwano.

    Urugendo rwe rugaragaza amateka y'umuntu wanyuze mu bihe bikomeye. Kuva mu mwaka we 2008, yigeze guhungira i Nairobi muri Kenya, ahunze ibibazo by'umutekano muke. Nyuma y'imyaka irenga icumi, mu mwaka wa 2019, yafashe icyemezo cyo kugaruka iwabo muri Minembwe, aho yahise yinjira mu bikorwa byo kurinda abaturage.

    Ubwitange bwe bwaje no kumuhesha ipeti rya Captain, mu gihe ubuyobozi bwa MRDP-Twirwaneho bwazamuraga abasirikare bagaragaje ibikorwa by'indashyikirwa. Inkuru ye igaragaza uko intambara imaze igihe muri aka Karere yakomeje kugira ingaruka ku baturage, mu gihe amahoro arambye agikomeje gushakishwa.

    Kuri Captain Ndinzabera Mayunga inshingano zikomeje kwiyongera kubera intambara iri kubera mu Burasirazuba bwa RDC

    Source : https://kasukumedia.com/kuri-captain-ndinzabera-mayunga-inshingano-zikomeje-kwiyongera-kubera-intambara-iri-kubera-mu-burasirazuba-bwa-rdc/

  • Hakim Sahabo yavuze icyo yari akumbuye mu Rwanda no mu Mavubi #rwanda #RwOT

    Nyuma y’umwaka adahamagarwa mu ikipe y’igihugu, Hakim Sahabo yavuze ko yari akumbuye bagenzi be ndetse no gukandagira mu Rwanda.

    Ni nyuma y’uko uyu mukinnyi wa AEK Athens mu Bugereki yongeye guhamagarwa mu Mavubi arimo gukina imikino mpuzamahanga ya FIFA Series irimo kubera mu Rwanda.

    Akaba yaraye atsinze igitego kimwe muri bine u Rwanda rwaraye runyagiyemo Grenada ibitego 4-0.

    Hakim Sahabo utaherukaga guhamagarwa akaba yabwiye ISIMBI ko yari akumbuye u Rwanda, abantu baho ndetse na bagenzi be bakinana mu ikipe mu ikipe y’igihugu.

    Ati “Icya mbere nari nkumbuye abanyarwanda. Icya kabiri gukinira imbere ya Stade yuzuye gutya, gukinira imbere ya Perezida wacu (Perezida Kagame) no gukinana na bagenzi banjye.”

    Hakim Sahabo yaherukaga mu kibuga akinira Amavubi tariki ya 25 Werurwe 2025 ubwo u Rwanda rwanganyaga na Lesotho 1-1 i Kigali gushaka itike y’igikombe cy’Isi, kuva icyo gihe ntabwo yongeye guhamagarwa.

    Hakim Sahabo yari amaze igihe adahamagarwa mu Mavubi

    Yari akumbuye gukinira imbere ya Stade yuzuye gutya

    Kubona Perezida Kagame yaje kubashyigikira nabyo yari abikumbuye

    Source : http://isimbi.rw/hakim-sahabo-yavuze-icyo-yari-akumbuye-mu-rwanda-no-mu-mavubi.html