Author: webrwanda

  • Nta muntu uzongera gutobanga umupira yitwaje indonke – KNC #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles [KNC], yavuze ko bajuririye icyemezo cyo guterwa mpaga kandi bagaragaje iki kibazo ku buryo nta muntu uzongera gutobanga umupira.

    Ni nyuma y’uko atewe mpaga ku mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona yagombaga guhuramo na Rayon Sports tariki ya 22 Werurwe 2026 ariko ikipe ye ntiyagaragara ku kibuga.

    KNC yandikiye Rwanda Premier League agaragaza ko yaba arenganye kuko bishe amategeko harimo ko Rayon Sports yasabye guhindura umukino iminsi 5 iteganywa n’amategeko itarimo ndetse ko nka Gasogi United batigeze babimenyeshwa, gusa Rwanda Premier yamusubije ko ibyabaye byose byari bikurikije amategeko.

    Mu gihe bamwe bemezaga ko iyi kipe yaba yaremeye mpaga, itigeze ijurira, KNC yabiteye utwatsi avuga ko bajuriye kandi uburyo bimeze nta muntu uzongera gutobanga ikigo runaka yitwaje indonke ze.

    Mu kiganiro Rirarashe cy’uyu munsi yagize ati “Twebwe ntabwo twajuriye gusa ahubwo twagaragaje ikibazo ku buryo nta muntu uzongera gutoba ikigo yitwaje indonke ntoya cyane kuri we, tugomba kureba mu buryo bwagutse.”

    Yashinje Rwanda Premier League kuba yarahuye igasanga yarishe amategeko ariko ikacara igakora ibitemewe.

    Ati “Aba bantu aho babera akaga barahuye baravuga ngo amategeko yarapfuye twarayishe tubyandike gutya, bagenda bandika ibyo bandika n’ubundi barishinja bakora n’ibitemewe n’ibihabanyije yaba ingingo ya 3 n’iya 5 barandika baradoda doda.”

    “Ibyo byose turabibona tubona ubushobozi bwabo n’imitekerereze yabo aho igarukira.”

    Yakomeje yungamo ati “Noneho baravuga ngo Komisiyo y’Amarushanwa iyo igeze ahantu icyemezo cyayo kitajuririjwa.”

    Yavuze ko icyo baregera ari amategeko atarubahirijwe kandi ko ari ibintu byabaye na mbere y’umukino.

    Ati “Hariya icyo turegera ni amategeko atarubahirijwe kandi ni ibintu byabaye mbere y’umukino kuko mbere y’amasaha runaka message zari zihari ko tutari bukine umukino, ko tutari bukore ibintu bitemewe n’amategeko.”

    Kuba harishwe amategeko ni yo mpamvu baregeye Komisiyo y’Amategeko muri FERWAFA.

    Ati “Twe rero kutanyurwa kwacu, binyuze muri FERWAFA twaregeye Komisiyo y’Amategeko n’Imiyoborere.”

    Biteganyijwe ko Gasogi United izagaruka mu kibuga ejo ku wa Gatanu ikina Kiyovu Sports mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26.

    KNC yavuze yatanze ikirego ku buryo nta muntu uzongera kwica gutoba umupira

    Source : http://isimbi.rw/nta-muntu-uzongera-gutobanga-umupira-yitwaje-indonke-knc.html

  • APR WVC na Police VC yatangiye imikino ya nyuma itanga isomo rya Volleyball #rwanda #RwOT

    Umunsi wa mbere w’imikino ya nyuma ya Kamarampaka muri Volleyball yahiriye amakipe y’abashinzwe umutekano Police VC na APR WVC.

    Ejo hashize ku wa Gatatu ni bwo hatangiye umunsi wa mbere w’imukino wa nyuma mu bagabo n’abagore muri Volleyball aho bagomba gutanguranwa imikino 3 muri 5 bagomba gukina.

    Umukino wa nyuma mu bagore ukaba warahuriweho na APR WVC ndetse n’ikipe ya Kaminuza ya Kepler ni mu gihe mu bagabo ari Police VC na REG VC.

    Iyi mikino irimo ibera muri Petit Stade, habanje uwa APR WVC na Kepler WVC saa 16h30.’

    Ni umukino woroheye cyane APR WVC kuko yawutsinze amaseti amaseti 3-0.

    Iseti ya mbere APR WVC yayitsinze ku manota 25-16, iseti ya kabiri iyitsinda amanota 25-20 mu gihe iya gatatu yayitsinze amanota 25-21.

    Police VC yatsindiwe ku mukino wa nyuma na APR mu mwaka w’imikino ushize, kuri iyi nshuro yitwaye neza itsinda umukino wa mbere wayihuje na REG VC ku maseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-23)

    Police VC yubakiye umukino wayo mu kubuza Nicholas Matue gutsinda ndetse biza kuyihira ubwo yatsindaga iseti ya mbere ku manota 25-18, mu gihe kwinjizamo Madol Ayang Maker wafatanyaga Gisubizo Merci byatanze izindi mbaraga ku ruhande rwa REG yatsinzwe iseti ya kabiri ku manota 25-21.

    Ni imikino yombi yarebwe n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.

    Mu makipe ahataniye umwanya wa gatatu, Kepler VC yatsinze Gisagara VC amaseti 3-1 (21-25, 25-17, 25-22, 25-15) mu bagabo naho Police WVC ifite igikombe giheruka, itsinda Rwanda Revenue Authority (RRA) amaseti 3-0 (25-18, 25-21, 25-15) mu bagore.

    Imikino ya nyuma izakomeza ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Mata 2026, hakinwa Umukino wa Kabiri ku makipe yose.

    APR WVC yatangiye itsinda Kepler WVC

    Police VC yatsinze REG VC

    Minisitiri Nelly Mukazayire yarebye iyi mikino

    Source : http://isimbi.rw/apr-wvc-na-police-vc-yatangiye-imikino-ya-nyuma-itanga-isomo-rya-volleyball.html

  • Kiyovu Sports na Haringingo byabaye tura tugabane! Rayon irabihomberamo? #rwanda #RwOT

    Nubwo yamaze gutangazwa nk’umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis, Kiyovu Sports yarahiriye ko atazigera atoza iyi kipe muri uyu mwaka w’imikino.

    Mu mpera z’ukwezi gushize ni bwo Kiyovu Sports yakiriye ibaruwa ya Haringingo Francis yifuza gusesa amasezerano yari afitanye n’iyi kipe ariko yo iramwangira imubwira ko agomba gusoza amasezerano y’imyaka ibiri yari asigaranye.

    Tariki ya 31 Werurwe, Rayon Sports yatangaje ko yamaze kumvikana na Haringingo Francis ndetse agomba gutangira akazi tariki ya 1 Mata 2026.

    Kiyovu Sports ikaba yamaze kumenyesha FERWAFA iki kibazo bafitanye na Haringingo Francis ndetse bayisaba ko batamuha license yo gutoza Rayon Sports.

    Umunyamabanga wa FERWAFA, Bonnie Mugabe yavuze ko mu gihe batarasuzuma iby’iki libazo Haringingo Francis atemerewe kugira indi kipe atoza.

    Ati “Kiyovu Sports yatumenyesheje ko ifitaye ikibazo n’umutoza wayo Haringingo Francis idusaba kutamuha License yo gutoza indi kipe yaba mu Rwanda no hanze.”

    “Kiyovu Sports yatugaragarije ikibazo ifitanye n’umutoza kumuha uburenganzira ngo ajye gutoza indi kipe, ikibazo afitanye n’indi kipe kitarakemuka ntabwo byaba ari byo.”

    Yavuze ko abanyamategeko bayo bagomba kwicara bakiga kuri iki kibazo, mu gihe bataricara ngo babifateho umwanzuro nta kipe Haringingo yemerewe gutoza cyane ko bo bakimufata nk’umukozi wa Kiyovu Sports ibya Rayon Sports batabizi.

    Kiyovu Sports ikaba yemeje ko yamaze gutanga ikirego muri FIFA ivuga ko umutoza wayo Haringingo Francis yasheshe amasezerano binyuranyije n’amategeko.

    Rayon Sports ikaba yaragerageje kumusabira ibyangombwa muri ‘System’ kuko Kiyovu Sports yagombaga kubyemeza ahubwo ihita ibihakana, FERWAFA ikaba ari yo igomba kureba niba ikirego cya Haringingo gifite ishingiro.

    Ubwo yakoreshaga imyitozo ya mbere, Haringingo Francis yirinze kugira byinshi atangaza kuri iki kirego.

    Ibya Haringingo Francis muri Rayon Sports bikomeje kugorana

    Source : http://isimbi.rw/kiyovu-sports-na-haringingo-byabaye-tura-tugabane-rayon-irabihomberamo.html

  • Rwamagana:Abahinzi barasaba ko hagenwa igiciro fatizo cy'umusaruro wabo #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Rwamagana baravugako igihe kigeze ngo abagena igiciro fatizo cy'umusaruro w'ibikomoka k'ubuhinzi bacyongere kuko imbaraga bashora mu buhinzi zifite agaciro karenze inyungu bakuramo. 

    Aba baturage bakora ubuhinzi bwiganjemo umuceri n'ibigori bavuga ko iyo bagereranyije ibishoro bashyira muri ubu buhinzi basanga bahendwa na byinshi birimo igiciro cy'ifumbire n'imbuto,amafaranga ahabwa abahinzi, n'ayo bagura imiti yica udukoko ariko bakaba bakigorwa no kugurirwa ku giciro kiri hasi ugereranyije n'ibyo baba bashoye bagasaba ko harebwa uburyo hazamurwa igiciro fatizo.

    Bagaragaza ko bashishikarizwa guhinga ndetse bakabikora ariko bakagorwa n'iyo bagejeje umusaruro ku isoko.bamwe mu baganiriye na Flash bavuga ko ubu ikiro cy'ibigori bagitangira amafaranga magana ane(400 frw)nyamara bareba ibyo baba bashoyemo bagasanga ikiro cyari gikwiye kugura amafaranga magana atanu na makumyabiri (520frw) kuko igishoro cy'umuhinzi kigera kuri 480frw.

    Ministeri y'ubuhinzi n'ubworozi ivuga ko izakomeza gukorana n'ama banki n'ibigo by'ubwishingizi kugirango abagiye kugura umusaruro bajye bumvikana n'abahinzi igiciro bazawuguriraho mbere yo guhinga nk'uko byatangajwe n'umujyanama wa minitiri w'ubuhinzi n'ubworozi  Bwana Alexis Mutebutsi,aho yagaragaje ko umuhinzi ku giti cye cyangwa abahinzi igihe batari hamwe biba bigoye kugirango igiciro kibe kimwe ku isoko.

     

     

    The post Rwamagana:Abahinzi barasaba ko hagenwa igiciro fatizo cy'umusaruro wabo appeared first on FLASH RADIO&TV.

    Source : https://flash.rw/2026/04/02/rwamaganaabahinzi-barasaba-ko-hagenwa-igiciro-fatizo-cyumusaruro-wabo/

  • Kwizera Olivier yakurwaza umutima – Constantine abwira perezida wa FERWAFA #rwanda #RwOT

    Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, Shema Ngoga Fabrice yavuze umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Stephen Constantine akibona umukino wa mbere wa Kwizera Olivier yamubwiye ko udafite umutima ukomeye byakugora kumureba mu kibuga akina.

    Ubwo hahamagarwaga Ikipe y’Igihugu Amavubi izakina imikino ya FIFA Series ntabwo Kwizera Olivier yigeze ahamagarwa maze itangazamakuru rirasakuza ribaza impamvu atahamagawe maze Shema Fabrice asaba ko yakongerwamo ariko Stephen Constantine arabyanga.

    Ubwo yaganiraga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, perezida wa FERWAFA yabajijwe uko byagenze ngo Kwizera ahamagarwe kandi umutoza yari yabyanze.

    Ati 'Ntabwo nivanga mu mihamagarire y’ikipe y’igihugu ariko ikintu kimwe Constantine yasanze kandi twagombaga kubikora kuko twari dufite igihe ntarengwa cya FIFA idusaba ko dushyiramo abakinnyi muri sisitemu (System) hakiri kare na we ntabwo yari amuzi muri make, icyo yashakaga kuvuga hariya ntabwo umuntu yaza nyuma twamaze guhamagara ngo tumwongeremo.'

    Yavuze ko umutoza atari azi Kwizera Olivier ndetse n’umukino wa mbere yamurebyeho yamubwiye ko ashobora kurwaza abantu umutima bitewe n’imikinire ye.

    Ati 'Twagize amahirwe uwo hari umukino wa Rayon Sports turagenda turawureba, yego Olivier hari 'saves’ zingahe yakoze ariko icyo twaganiriye n’umutoza aravuga ngo hari ugukura mu mutwe agomba kuba afite niba ashaka kujya gukina mu ikipe y’igihugu, akoresha ijambo ati 'yakurwaza umutima.’ Yakora ibintu byiza ijana ariko agakora ikosa rimwe bakadutsindisha, ni uko twabiganiriyeho.'

    Kugira ngo Kwizera Olivier ahamagarwe byatewe n’uko Ntwari Fiacre yari yamaze kuvunika babwiwe ko atazaza, asaba umutoza guha amahirwe Kwizera Olivier ariko amubwira ko atazigera amukinisha.

    Ati 'Reka mbivuge niba ari ku mahirwe y’umwe cyangwa ibyago by’undi, tuza kumenya ko Fiacre atakije ko bamubaze, ndamubwira nti ko utarakora urutonde rwa nyuma kuki utafata Olivier ukamugerageza, ntabwo nkubwiye ngo umukinishe, mugerageze, aremera ariko avuga ko atazamukinisha, nanjye ndamubwira ngo sinkubwiye ngo umukinishe.'

    Yavuze ko na we yatunguwe no kubona Kwizera Olivier yabanje mu kibuga kuko yari yamubwiye ko atazamukinisha, bivuze ko yasanze ibyo yabwirwaga kuri uyu munyezamu atari byo maze ahitamo kumugira umunyezamu wa mbere.

    Umukino wa mbere Constantine yarebye wa Kwizera Olivier yabwiye Shema Fabrice ko ashobora kurwaza umuntu umutima

    Kwizera Olivier mu ikipe y’igihugu ku mugereka ahita abanzamo

    Source : http://isimbi.rw/kwizera-olivier-yakurwaza-umutima-constantine-abwira-perezida-wa-ferwafa.html

  • DC Clement yanditse ibaruwa aca bugufi asaba imbabazi #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko umunyamakuru Niyigaba Clement atawe muri yombi akurikiranyweho kwangiza ikintu cy’undi no kurwanya ububasha bw’amategeko, yaciye bugufi asaba imbabazi aho yavuze ko yabikoreshejwe n’umujinya.

    Uyu munyamakuru wamamaye nka DC Clement, yatawe muri yombi ejo hashize tariki ya 31 Werurwe 2026 nyuma y’uko asenyewe ishuri yarimo yubaka muri Jabana ariko mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    DC Clement na mugenzi we bahawe icyangombwa cyo kuvugurura inzu ahubwo bahita bubaka ishuri, binyuranye n’ibyo bari bemerewe cyane ko n’aho iyo nzu iri ari mu kibanza cy’ubuhinzi atari icyo kubakamo.

    Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze yaherekejwe n’amagambo asobanura uko byagenze ndetse na we akiyemerera ko yahawe icyangomvwa cyo kuvugurura ariko akubaka bushya kuko yari yabigiriwemo inama na Engeneer w’Umurenge wa Jabana, yavugaga ko yarenganye bakaba bahonbye miliyoni 70 Frw

    Nyuma yo gutabwa muri yombi aho afungiwe muri afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana yanditse ibaruwa ifunguye asaba imbabazi.

    Ati 'Banyarwanda, Banyarwandakazi mbandikiye nshaka kubamenyesha ko nciye bugufi nsaba imbabazi ku bw’inyandiko, amashusho, amajwi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, mu by’ukuri twakoze ibinyuranyije n’amategeko maze tugasenyerwa inzu, byaje kuvamo kugira umujinya utari ngombwa nkakora ibyaha.'

    'Rero nsabye imbabazi ntakamba ko ibyabaye ari ubwa mbere n’ubwa nyuma byari bibaye. Aho ndi meze neza, ibyo nemererwa n’amategeko ndabihabwa kandi niteguye ko ningaruka nzaba urugero rwiza.'

    Yasoje abwira abakunzi be ko abakumbuye ndetse ko ahari arinzwe ameze neza.

    DC Clement kuva ejo arafunzwe

    Yanditse asaba imbabazi

    Source : http://isimbi.rw/dc-clement-yanditse-ibaruwa-aca-bugufi-asaba-imbabazi.html

  • Tigers BBC ikomeje kwandikira amateka muri Afurika y’Epfo #rwanda #RwOT

    RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL yatsinze Johannesburg Giants amanota 102-89, uba umukino 3 wikurikiranya itsinze.

    Ni imikino yo mu Itsinda rya Kalahari Conference irimo kubera Pretoria muri Afurika y’Epfo aho barimo gushaka itike y’imikino ya nyuma izabera mu Rwanda muri Gicurasi 2026.

    Nyuma yo gutsinda Al Ahly Benghazi yo muri Libya na Petro de Luanda yo muri Angola, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Mata 2026 yakurikijeho Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo.

    RSSB Tigers BBC itari ifite umwe mu bakinnyi ngenderwahoTeafale Lenard kubera imvune y’ikirenge, yogowe n’agace ka mbere aho yanagatakaje ku manota 27-25.

    Tigers BBC yagarukanye imbaraga mu gace ka kabiri maze igatsinda ku manota 24-20, bivuze ko amakipe yagiye kuruhuka Tigers BBC iri imbere n’amanota 49-47 ya Johannesburg Giants.

    Johannesburg Giants ibifashijwemo n’abarimo Jakobi Terrell Heady na Nkosinathi Sibanyoni bagoye cyane RSSB Tigers bituma agace ka gatatu karangira Tigers itsinze 25 kuri 24.

    Tigers BBC yazamuye ikinyuranyo mu gace ka nyuma ibifashijwemo na Leonard Craig wanatsinze amanota menshi muri uyu mukino (39), Tigers BBC yagatsinze ku manota 28-18. Umukino warangiye ari 102-89.

    Gutsinda uyu mukino byari bivuze ikomeje kuyobora itsinda aho yatsinze imikino yayo itatu.

    RSSB Tigers BBC yamaze kubona itike ya 1/4 kizabera mu Rwanda muri Kigali Arena muri Gicurasi 2026, izagaruka mu kibuga tariki ya 4 Mata 2026 ikina na Dar City.

    RSSB Tigers yakatishije itike ya 1/4

    Source : http://isimbi.rw/tigers-bbc-ikomeje-kwandikira-amateka-muri-afurika-y-epfo.html

  • Kamonyi-ESB: N'Utsindwa yatsinda-Padiri Majyambere Jean d'Amour #rwanda #RwOT

    Mu gitaramo cyo kugaragariza abanyeshuri umusaruro w'amanota y'Igihembwe cya Kabiri mu ishuri ryitiriwe Mutagatifu Berenadeta (Ste Bernadette) Kamonyi, Padiri Majyambere Jean d'Amour uyobora iki Kigo, ahereye ku manota ya bamwe mu banyeshuri bagaragaje impinduka nziza ugereranije n'Igihembwe cya mbere, yabwiye abanyeshuri ko gutsinda biri mu biganza byabo, abibutsa ko badakwiye gucika intege kuko n'uwatsinzwe yatsinda bitewe n'umuhate afite n'intego yihaye. Ati' Gutsindwa si ikibazo. Ikibazo ni ukwemera gukomeza gutsindwa'.

    Abanyeshuri 1795 nibo basoje Igihembwe cya Kabiri cy'uyu mwaka w'amashuri mu kigo kitiriwe Mutagatifu Berenadeta, kamonyi. Hari abanyeshuri 3 mu kigo cyose basoje bafite amanota ari hejuru ya 90%. Uko ari batatu, Ikigo cyahise kibasonera Minerivale, Amafaranga y'ishuri y'Igihembwe cya Gatatu.

    Padiri Majyambere, avuga ko Abanyeshuri 57 basoje igihembwe cya Kabiri bafite amanota ari hagati ya 80-90%, mu gihe abandi 200 basoje bafite amanota ari hagati ya 79-70%. Abasoje bafite muri 60% ni 526, mu gihe 759 basoje bafite ari hagati ya 50-60%, naho 226 bafite amanota ari muri 40%. Kimwe n'aba bari muri 40%, hari abandi nabo ngo usanga nta bushake, nta mbaraga, ari ugusunika sunika ariko bigakomeza kwanga.

    Yababwiye ko nubwo umwaka w'amashuri utararangira, mu bigaragara ngo aba 226 kimwe n'abandi bari munsi yabo ngo haramutse habaye impamvu ituma abanyeshuri basabwa kwimurwa, aba 226 kimwe na bagenzi babo ngo bajya mu basibira kuko batujuje ibisabwa. Yasabye buri wese kwikebuka akareba aho yaguye agafata ingamba.

    Ahereye ku rugero rw'abatsinzwe bafite amanota makeya, yerekanye ko hari abandi babishoboye, aho hari abana mu gihembwe cya mbere bisanze bafite amanota ari muri 40% ariko kubera Umuhate, Ingamba nshya bisanga Igihembwe cya 2 bari mu manota 70%.

    Aha niho Padiri Majyambere yahereye ababwira ati' Nta kidashoboka! Hari abo usanga bari bafite amanota 45% ariko none bafite muri 70%. Ni ukuvuga rero ngo Kwiga no gutsinda birashoboka!. Ugasanga umuntu yari yarabaye uwa 30, none yabaye uwa 5. Hari abanyeshuri 90 bakoze ibyabera buri wese urugero kuko bongereye amanota, bashyiramo ubushake bariga kandi birakunda, n'abandi rero mwabikora'. Yakomeje ababwira ko Ikigo cyose basoje batsinze ku kigero cya 86%.

    Padiri Majyambere, yasabye abanyeshuri bagiye mu biruhuko kuzitwara neza, kwibuka gusubiramo amasomo no kudapfusha igihe ubusa, ariko kandi anibutsa ababyeyi kuzirikana ko kwiga neza ku mwana, Gutsinda neza kwe, uwo bashaka ko azaba we ejo hazaza bagomba kubigiramo uruhare buzuza inshingano zose zibareba ku mwana, nta kumuharira Ikigo n'abarezi, ko ahubwo ubufatanye aribwo buzarema umwana ukenewe.

    Mugisha Clever, Umunyeshuri wiga muri S 2 C( mu mwaka wa 2 C), ni umwe mu bagaragaje impinduka nziza mu mitsindire kuko mu gihembwe cya mbere yari mu bafite amanota 40% ariko Igihembwe cya 2 yiyongeraho asaga 16%.

    Yabwiye intyoza.com ko nyuma y'inama z'ababyeyi ubwo yajyaga mu kiruhuko, nyuma kandi yo kuganirizwa n'ubuyobozi bw'Ikigo n'abarimu, yahisemo gufata ingamba zo kuva mu byo yita ibigare, Uburangare ndetse n'inshuti mbi yabanaga nazo, ahitamo kwita ku masomo nk'intego yamuzanye. Ahamya ko ashaka amanota atari munsi ya 70% mu gihembwe cya 3, ko kandi yumva neza ko azabikora kuko n'ibindi ngo yabikoze bigakunda.

    Uwase Gisubizo Nelly, yiga mu mwaka wa 2 muri ESB Kamonyi, Igihembwe cya mbere yagize amanota 57 ariko Igihembwe cya Kabiri azamuka ho amanota umunani kuko yagize 65%. Ahamya ko byose byatewe no kureka Uburangare, Inshuti mbi ariko kandi no gukurikiza inama yagiye ahabwa bikamufasha gufata ingamba nshya z'amasomo.

    Abwira abanyeshuri bagenzi be ko kujya mu biruhuko atari umwanya wo kujya mu bidafite umumaro, ko waba watsinze cyangwa watsinzwe no mu biruhuko amasomo akomeza. Yibutsa ko umuntu ubwe ariwe wiha intego kandi ko nta kidashoboka ahari ubushake. Asaba abakobwa bagenzi be kudasamara, kutajya mu bishuko, kwirinda inshuti mbi zishobora kubangiriza ahazaza kuko iyo byakomeye ari wowe wirengera ingaruka.

    Songa Sangwa Sano Sefu, yiga mu mwaka wa 2C. Avuga ko igihembwe cya mbere yagize amanota 60% ariko ubu yiyongereyeho amanota 10 agira 70%. Ku cyamubashishije kuzamuka mu manota, yagize ati' Imbaraga nakoresheje nta zindi ni ukwirinda ibigare nabagamo mu Gihembwe cya mbere ndetse no kudateshuka ku ntego yanzanye aha ng'aha nk'uko ababyeyi babinganirije ariko kandi n'abarimu. Nasanze rero ikibazo ari njyewe kandi n'igisubizo ari njyewe, mfata ingamba'. Akomeza abwira bagenzi be ko buri wese yafata ingamba zo kwiga no gutsinda kandi bigakunda aramutse ateye umugongo ibitamufitiye umumaro ahubwo akita ku masomo.

    Uretse kuganira n'abanyeshuri akabaha inama n'Impanuro, Padiri Majyambere Jean d'Amour yafashe umwanya ashimira abarezi bagize uruhare mu musaruro w'amanota y'abana, abibutsa ko Ikiruhuko bagiyemo bakwiye kuruhuka ariko kandi no gutekereza ku mishanga mito cyangwa minini yakunganira ibyo bakora bagamije kwiteza imbere. Yabasabye kandi guhora biteguye kwita no gufasha abana babiyambaza, ababwira ko igikenewe ari uruhare rwa buri wese mu kurema Umwana Igihugu gikeneye, uzigirira Umumaro, akawugirira Umuryango Nyarwanda n'Igihugu muri rusanjye.

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-ESB: N'Utsindwa yatsinda-Padiri Majyambere Jean d'Amour first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-ESB: N'Utsindwa yatsinda-Padiri Majyambere Jean d'Amour appeared first on Intyoza.

    Source : https://intyoza.com/2026/04/02/kamonyi-esb-nutsindwa-yatsinda-padiri-majyambere-jean-damour/

  • Ti'Amo Bar&Resto ikomeje kuba igicumbi cy'imyidagaduro kubera ibitaramo bihabera #rwanda #RwOT

    Mu Mujyi wa Kigali, imyidagaduro ikomeje gufata indi ntera aho abakunzi bayo bagenda babona ahantu heza ho gusohokera no kuruhukira. Muri Bar&Resto zikunze gutegura ibitaramo harimo Ti'Amo Lounge, ikomeje kwigarurira imitima ya benshi kubera serivisi nziza ihatangwa n'ibitaramo bidasanzwe ihora itegura.

    Ku munsi wo ku wa Gatanu tariki ya 3 Mata 2026, hazaba igitaramo gikomeye cyiswe 'FIRST CLASS FRIDAY', kikazitabirwa n'abahanga mu kuvanga imiziki barimo DJ Caspi, DJ Cyusa, Zebby na Tania. Aba bose bazafatanya gutanga ibyishimo ku bazitabira iki gitaramo, bakabagezaho umuziki uri ku rwego rwo hejuru ujyanye n'igihe.

    Abarimo Dj Caspi, Dj Cyusa, Zebby na Tania ni bamwe mu bazitabira igitaramo kizabera Ti'Amo Lounge i Remera

    Si ibyo gusa kuko no ku wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, hazaba habanjirijwe igitaramo cyiswe 'THURSDAY HANGOUT', aho DJ Brian azaba ari we ushinzwe kuvanga imiziki, agashyushya ikirori.

    Dj Brian ni umwe mu ba Dj bazasusurutsa abazitabira THURSDAY HANGOUT ku munsi wejo

    Ti'Amo Lounge iherereye i Remera imbere ya gare, hafi ya station ORXY, ikomeje kuba igicumbi cy'abakunzi b'umuziki, cyane cyane ku bakunda agasembuye ndetse n'abashaka gusohokera ahantu hafite umutekano n'imitunganyirize myiza. Ubuyobozi bwayo buvuga ko buri wese ushaka imyidagaduro irimo ubunyamwuga iyo ahageze ahabonera ibyishimo bidasanzwe.

    Niba uri mu bakunda gusohokana n'inshuti, kuruhuka nyuma y'akazi no kwishimira ubuzima umaze kugeraho, Ti'Amo Lounge ni ho hantu hakubereye. Abategura ibi bitaramo barasaba abantu kuza ari benshi, batibagiwe n'inshuti zabo, kugira ngo basangire umunezero udasanzwe.

    Source : https://kasukumedia.com/tiamo-barresto-ikomeje-kuba-igicumbi-cyimyidagaduro-kubera-ibitaramo-bikunze-kuhabera/

  • Lamine Yamal yagize ubutumwa agenera abafana bakoze ivangura rishingiye ku idini rye #rwanda #RwOT

    Rutahizamu ukiri muto wa FC Barcelona, Lamine Yamal, yagaragaje akababaro n'agahinda yatewe n'indirimbo zimwe zafashwe nk'izibasira idini ya Islamu, zaririmbwe n'abafana mu mukino wabaye mu ijoro ryashize. Yamal yavuze ko n'ubwo ibyo byari bigamije guterura ikipe bahanganye, bidakuraho ko byari ugusuzugura idini rye.

    Mu magambo ye, yagize ati: 'Ndi Umusilamu, alhamdulillah. Numvise neza amagambo yavugwaga mu kibuga, n'ubwo atari anyerekejweho ku giti cyanjye, ariko nk'Umusilamu birambabaza kuko ari ugutuka no gutesha agaciro imyemerere yanjye.'

    Yakomeje asobanura ko siporo, cyane cyane umupira w'amaguru, igamije guhuza abantu no kubashimisha, atari urubuga rwo gutambutsamo urwango cyangwa ivangura rishingiye ku myemerere. Yamal yavuze ko gukoresha idini mu buryo bwo gusetsa cyangwa gutuka abandi ari ikimenyetso cy'ubujiji n'imitekerereze mibi.

    Yagize ati: 'Umupira w'amaguru ni uwo kwishimira no gushyigikira amakipe, si uwo gusuzugura abantu bitewe n'icyo bemera cyangwa abo ari bo.'

    Yamal kandi yashimiye abafana bamushyigikiye, agaragaza ko atari bose bafite iyo myumvire mibi. Yasoje ashimangira ko hakwiye kubaho kubahana hagati y'abafana bose, anabizeza ko azakomeza guharanira gutsinda no kwitwara neza mu mikino iri imbere, harimo n'igikombe cy'Isi.

    Lamine Yamal yagize ubutumwa agenera abafana bakoze ivangura rishingiye ku idini rye

    Source : https://kasukumedia.com/lamine-yamal-yagize-ubutumwa-agenera-abafana-bakoze-ivangura-rishingiye-ku-idini-rye/