Author: webrwanda

  • Harmonize arakekwaho kurwanira muri Afurika y’Epfo #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Harmonize, ari kuvugisha benshi nyuma y’amakuru avuga ko yaba yagize uruhare mu mirwano yabereye muri Afurika y’Epfo, ibintu bishobora kumushyira mu bibazo n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu.

    Aya makuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga guhera ku wa 1 Mata 2026, nyuma y’uko hasohotse amashusho agaragaza Harmonize ari kuganira n’abashinzwe umutekano b’aho byabereye.

    Muri ayo mashusho, agaragara atuje ari kumva ibisobanuro ahabwa n’abo bashinzwe umutekano, mu gihe umwe mu bagize itsinda rye nawe agaragara aganirizwa mu buryo bukomeye.

    Nubwo ayo mashusho atumvikanamo amajwi, amakuru akomeje gucicikana avuga ko izi mvururu zaba zaratewe n’intonganya zavutse hagati ya Harmonize n’umwe mu bakiriya bari aho.

    Hari n’abavuga ko uyu muhanzi yaba yarateye ikirahure uwo muntu, ibintu byakurikiwe n’akavuyo kagombye gukizwa n’abashinzwe umutekano.

    Muri ayo mashusho kandi, hagaragara undi mugabo wari ufite uburakari bwinshi ajyanwa ku ruhande n’abashinzwe umutekano, wasaga n’ushinja Harmonize kuba nyirabayazana w’ibyabaye.

    Kugeza ubu, ibisobanuro birambuye ku cyateye ayo makimbirane ntibiratangazwa ku mugaragaro, ndetse n’inzego z’umutekano zo muri Afurika y’Epfo ntiziragira icyo zitangaza ku mugaragaro kuri iki kibazo.

    Ibi bibaye mu gihe Harmonize ari mu mujyi wa Johannesburg aho yagiye gukora ibikorwa bitandukanye birimo ibitaramo no kumenyekanisha ibikorwa bye ku rwego mpuzamahanga.

    Harmonize arakekwaho guteza imvururu muri Afurika y’Epfo

    Source : http://isimbi.rw/harmonize-arakekwaho-kurwanira-muri-afurika-y-epfo.html

  • Amarangamutima y’umutoza Antoine wa Police HC wabonye IHF License A(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Police Handball Club, Ntabanganyimana Antoine ari mu byishimo bikomeye nyuma yo kubona License A ya Handball ku rwego rwa Afurika itangwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino wa Handball (International Handball Federation 'IHF’).

    Ni License yakuye mu gihugu cya Misiri aho yari amaze iminsi 10 ayikorera, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Mata 2026 akaba yageze mu Rwanda.

    Antoine nyuma yo kubona iyi License A yo ku rwego rwo hejuru mu mukino wa Handball muri Afurika, akaba yavuze ko ari ibyishimo bikomeye kuba yabashije kubona iyi License kuko bitari ibintu byoroshye.

    Ati 'Ni amahugurwa asaba gukurikira, asaba kwitanga, asaba ubwenge bwinshi kuko ni amahugurwa uba ubona ko harimo abatoza bo ku rwego rwo hejuru.'

    'Ndashima Imana kuko iyi license yari ikenewe cyane kuko umuntu ayikoresha ahantu hose, icya kabiri iguha ubushobozi bwo kugira icyo utanga mu bumenyi aho ari ho hose ndetse uhereye no mu bana bato, abakuru no mu batoza bakiri ku rwego ruri hasi ukabafasha kuruzamura. Izamfasha gufasha mpereye mu mizi Handball yo mu Rwanda.'

    Yanashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda uburyo ryagiye rimuba hafi umunsi ku munsi na we avuga ko azaba ahari igihe cyose rizamukenera kandi ko azakoresha ubu bumenyi n’ubushobozi yahawe mu guteza imbere Handabll y’u Rwanda.

    Ntiyibagiwe n’ikipe ye ya Police HC yemeye kumufasha ikanamuha uruhushya rwo kujya kwitabira aya mahugurwa ko na we azakora ibishoboka byose akayizamurira urwego.

    Muri rusange aya mahugurwa yitabiriwe n’abatoza 26 barimo abo mu Misiri, muri Ethiopia, Guinea Uganda Gabon n’u Rwanda bose bakaba barabonye izi License, bikaba ari nabwo bwa mbere bibayeho ko abatoza bose bitabiriye batsinda ikizami bakabona iyi License.

    Antoine agera i Kigali ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege i Kanombe

    Umugore we yamwakiranye urugwiro

    Byari ibyishimo bikomeye

    Source : http://isimbi.rw/amarangamutima-y-umutoza-antoine-wa-police-hc-wabonye-ihf-license-a-amafoto.html

  • RSSB Tigers yateye intambwe ikomeye mbere ya BAL 2026 – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ikipe ya RSSB Tigers BBC iratanga icyizere gikomeye mbere yo kwitabira Basketball Africa League 2026 (BAL 2026), nyuma yo kwiyubaka no kongeramo abakinnyi n'abatoza bafite ubunararibonye.

    Mu myiteguro ya nyuma y'iri rushanwa, iyi kipe yanasuwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, wayifurije amahirwe masa ndetse anizeza ubufasha bwa Leta mu rugendo rwayo.

    Mu rwego rwo kongera imbaraga no kuzamura urwego rw'imikinire, RSSB Tigers yakoze impinduka zikomeye yongeramo abakinnyi batandukanye. Abo barimo Axel Mpoyo, Ntore Habimana, Teafale Leonard Jr, Craig Randall II, Mangok Mathiang, Dieudonné Ndizeye bavuye muri APR BBC, Furaha Cadeaux wavuye muri REG Basketball Club, ndetse na Cziya Chandelier wavuye muri Kepler Basketball Club.

    Ku ruhande rw'abatoza, iyi kipe iyobowe na Henry Mwinuka, afatanyije na James Maye Jr. na Kenny Gasana, bakomeje gutegura iyi kipe mu buryo bw'imyitozo no guhuza abakinnyi bashya.

    RSSB Tigers igaragaza intego yo kwitwara neza no guhatanira umwanya mwiza muri BAL 2026, cyane ko imyiteguro yayo igaragaza ko yiyubatse mu buryo bufatika.

    Icyiciro cya Kalahari Conference kizabera muri Afurika y'Epfo kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 5 Mata 2026, mu gihe imikino ya nyuma izabera i Kigali kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.

    Written by Alexandre Rugwiza

    Source : https://yegob.rw/rssb-tigers-yateye-intambwe-ikomeye-mbere-ya-bal-2026/

  • Hakozwe inama ku izamuka ry'ibiciro bya peterole bishobora gukoma mu nkokora ubukungu #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rushobora guhura n'izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peterole, bitewe n'ingaruka z'intambara iri kubera mu Burasirazuba bwo hagati. Yagaragaje ko izi ntambara ziri guhungabanya isoko mpuzamahanga rya peterole, bigatuma ibiciro bizamuka ku rwego rw'Isi, bikagira ingaruka no ku bihugu bitayicukura birimo n'u Rwanda.

    Mu rwego rwo kugabanya izo ngaruka, Minisitiri w'Intebe yasabye Abaturarwanda guhindura imikoreshereze y'ingufu, bashyira imbere gukoresha imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange aho gukoresha izabo bwite igihe cyose bishoboka. Yanaboneyeho kubasaba kwirinda ingendo zitari ngombwa, kuko zigira uruhare mu kongera ikoreshwa rya peterole kandi ishobora kubura cyangwa igahenda kurushaho.

    Yongeyeho ko izi mpinduka ziri kugaragara ku rwego mpuzamahanga ziri no kugira ingaruka ku bucuruzi bw'u Rwanda n'ibindi bihugu. Hari ibicuruzwa bimwe na bimwe byoherezwaga mu mahanga, cyane cyane mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati nka Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, bishobora kudakomeza koherezwa nk'uko byari bisanzwe. Ibi bishobora kugira ingaruka ku bukungu bw'igihugu, cyane cyane mu bijyanye n'iyinjizwa ry'amadevize.

    Guverinoma ikomeje gushaka ingamba zafasha guhangana n'iki kibazo, harimo gushishikariza abaturage kuzigama ingufu no gushaka ubundi buryo burambye bwo kubona ingufu. Abaturage basabwe gukorana na Leta muri uru rugamba, bakoresha neza ibihari mu rwego rwo kurengera ubukungu bw'igihugu.

    Hakozwe inama ku izamuka ry'ibiciro bya peterole bishobora gukoma mu nkokora ubukungu
    Minisitiri w'Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rushobora guhura n'izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peterole

    Source : https://kasukumedia.com/hakozwe-inama-ku-izamuka-ryibiciro-bya-peterole-bishobora-gukoma-mu-nkokora-ubukungu/

  • RBC yateguye abajyanama n'urubyiruko gutabara abahura n'ihungabana mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi #rwanda #RwOT

    Mu gihe u Rwanda rwegereje ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima (RBC) cyatangaje ko cyamaze gutegura abajyanama b'ubuzima n'urubyiruko rw'abakorerabushake bazafasha abaturage bashobora guhura n'ihungabana muri iki gihe.

    Ibi byakozwe mu rwego rwo kurushaho kwita ku buzima bwo mu mutwe bw'Abanyarwanda, cyane cyane ababa bafite amateka ajyanye n'ingaruka za Jenoside. Abo bajyanama n'abakorerabushake bahawe amahugurwa yihariye abafasha kumenya uko bakemura ibibazo by'ihungabana, gutanga ubufasha bw'ibanze bwihuse, no kumenya aho bohereza abakeneye ubufasha bwisumbuyeho.

    RBC isobanura ko igihe cyo Kwibuka ari ingenzi cyane, ariko nanone kikaba gishobora gutera bamwe mu baturage kongera guhura n'ihungabana rituruka ku mateka banyuzemo. Ni yo mpamvu hashyizweho ingamba zo gutuma ubufasha bugera ku bantu vuba kandi ku buryo bworoshye.

    Abajyanama b'ubuzima bazakorera ku bigo nderabuzima no mu baturage aho batuye, mu gihe urubyiruko rw'abakorerabushake ruzajya ruba hafi y'ahabera ibikorwa byo Kwibuka, rufasha mu gutahura hakiri kare abagaragaza ibimenyetso by'ihungabana.

    Uretse ibyo, hanateganyijwe ubufatanye n'izindi nzego zirimo ubuyobozi bw'inzego z'ibanze n'imiryango itandukanye, hagamijwe gutanga ubufasha bwuzuye. Abaturage barasabwa kudatinya kwegera abo bajyanama igihe cyose bagize ikibazo, kuko ubuzima bwo mu mutwe bufatwa nk'ingenzi nk'ubw'umubiri.

    RBC yateguye abajyanama n'urubyiruko gutabara abahura n'ihungabana mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

    Source : https://kasukumedia.com/rbc-yateguye-abajyanama-nurubyiruko-gutabara-abahura-nihungabana-mu-gihe-cyo-kwibuka-jenoside-yakorewe-abatutsi/

  • Kageyo: Abaturage baracyategereje ubufasha bw'amabati bemerewe imyaka ibiri ishize #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baturage batishoboye bo mu Murenge wa Kageyo, mu Karere ka Gicumbi, baravuga ko ubuzima bwabo bukomeje kuba ingorabahizi bitewe n'uko bagituye mu nzu zitameze neza, bamwe bakaba barara mu byatsi no mu nturusu z'ibiti.

    Aba baturage, bavuga ko bari mu cyiciro cy'abasigajwe inyuma n'amateka, bagaragaza ko ubuyobozi bw'Akarere bwigeze kubizeza ko buzabafasha kubona amabati yo gusakara inzu zabo, ariko kugeza ubu imyaka ibiri irashize batarayahabwa.

    Umwe mu baturage yaganiriye na kasuku Media agira ati: 'Twabwiwe ko tugiye gufashwa amabati kugira ngo tubashe kuba mu nzu zijyanye n'igihe, ariko amaso yaheze mu kirere. Iyo imvura iguye turanyagirwa, tukarara mu mbeho.'

    Aba baturage basaba ubuyobozi kubazirikana, bukabashyira mu bikorwa ibyo bwabemereye, kuko imibereho yabo ikomeje kuzamba. Bavuga ko kuba mu nzu zidasakaye neza bibashyira mu kaga, cyane cyane mu bihe by'imvura, aho ubuzima bwabo bushobora no kujya mu kaga.

    Ku rundi ruhande, bamwe mu bayobozi bavuga ko hari gahunda zitandukanye zigamije gufasha abatishoboye, ariko bagasaba abaturage gukomeza kwihangana mu gihe hagishakishwa ubushobozi bwo kubafasha bose.

    Icyakora, abaturage bo muri Kageyo bakomeza kugaragaza ko bifuza kubona ibisubizo bifatika vuba, kuko ubuzima babayemo buri munsi bubashyira mu bwigunge n'akababaro.

    Kageyo: Abaturage baracyategereje ubufasha bw'amabati bemerewe imyaka ibiri ishize

    Source : https://kasukumedia.com/kageyo-abaturage-baracyategereje-ubufasha-bwamabati-bemerewe-imyaka-ibiri-ishize/

  • Enzo Fernández yavuze ku bihano yahawe n'ikipe ya Chelsea ko bidafite ishingiro #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wo hagati mu kibuga wa Enzo Fernández ukinira ikipe ya Chelsea FC ari mu mvugo zikomeje kuvugisha benshi, nyuma y'uko ahanishijwe ibihano n'iyi kipe, ibintu umu-agent we Javier Pastore yamaganye avuga ko bidafite ishingiro.

    Mu kiganiro yagiranye na The Athletic, Pastore yasobanuye ko umukinnyi we atigeze asobanukirwa neza impamvu y'ibyo bihano. Yagize ati: 'Enzo yabwiwe n'umutoza kubyemera arabyemera kuko ari umunyamwuga wiyemeje akazi ke, ariko twe nk'abamuhagarariye ntitwumva impamvu y'ibihano, kuko nta kipe n'imwe yavuze cyangwa ngo agaragaze ko ashaka kuva muri Chelsea.'

    Yakomeje asobanura ko amagambo ya Enzo yavuzwe nabi n'itangazamakuru, cyane cyane ku bijyanye n'umujyi wa Madrid. Yagize ati: 'Enzo yavuze Madrid gusa kuko yabajijwe umujyi wo mu Burayi yakwifuza kubamo umunsi umwe. Kuba yaravuze Madrid ni ibintu bisanzwe kuko ari hafi y'umuco wa Argentine, ndetse n'ururimi rukoreshwayo rukaba rusa n'urwo muri Buenos Aires.'

    Pastore yashimangiye ko nta na rimwe Enzo yigeze avuga ko ashaka kuva i London cyangwa mu ikipe ya Chelsea. Yavuze ko ibi byose byaturutse ku isobanuramvugo ritari ryo ryakozwe n'itangazamakuru.

    Yongeyeho ko Enzo yiteguye gusaba imbabazi abafana baba barababajwe n'ayo magambo, ariko ashimangira ko nta mugambi afite wo kuva muri iyi kipe. Ku ruhande rw'abamuhagarariye, bavuga ko ibihano yahawe bidakwiye kandi ko bigomba gusubirwamo.

    Enzo Fernández yavuze ku bihano yahawe n'ikipe ya Chelsea ko bidafite ishingiro

    Source : https://kasukumedia.com/enzo-fernandez-yavuze-ku-bihano-yahawe-nikipe-ya-chelsea-ko-bidafite-ishingiro/

  • Impinduka zishobora kuba mu Mavubi #rwanda #RwOT

    Biravugwa ko hashobora kuba impinduka mu ikipe y’igihugu aho umutoza Eric Nshyimiyimana wari wungirije Stephen Constantine ashobora gusohokamo.

    Tariki ya 12 Werurwe 2026 ni bwo Stephen Constantine yatangajwe nk’umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi ariko ntihatangazwa abungiriza be.

    Ubwo yari ageze mu Rwanda, yavuze ko yahisemo gukorana n’abo ahasanze wenda akazihindurwa bitewe n’uburyo bakoranyemo.

    Eric Nshimiyimana akaba ari we wari usanzwe wungirije Adel Amrouche wari wasigaye, ni we wabanje gukorana na Stephen Constantine aho bakoranye muri FIFA Series.

    Nyuma y’igihe gito bakoranye, bivugwa ko uyu mutoza ukomoka mu Bwongereza, yahisemo ko atazokomezanya Eric Nshimiyimana ndetse akaba arimo ashaka uburyo yahuramo n’ubuyobozi bwa FERWAFA akabamenyesha ko arimo gushaka umutoza ugomba kumwungiriza nk’uko biri mu masezerano ko agomba kwishakira umutoza ugomba kumwungiriza.

    Mu batoza bivugwa ko yifuza harimo n’umutoza wa Dodoma Jiji, Mashami Vincent ariko bikaba bitararangira kuko uyu mutoza wabaye umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu igihe kinini atarumva uburyo agomba kongera kuba umutoza wungirije.

    Stephen Constantine arimo gushaka umwungiriza mushya

    Eric Nshimiyimana ashobora kudakomeza kuba umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu

    Source : http://isimbi.rw/impinduka-zishobora-kuba-mu-mavubi.html

  • Amarangamutima y’umutoza Antoine wa Police HC wabonye License yo ku rwego rwa mbere muri Afurika (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Police Handball Club, Ntabanganyimana Antoine ari mu byishimo bikomeye nyuma yo kubona License A ya Handball ku rwego rwa Afurika itangwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino wa Handball (International Handball Federation 'IHF’).

    Ni License yakuye mu gihugu cya Misiri aho yari amaze iminsi 10 ayikorera, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Mata 2026 akaba yageze mu Rwanda.

    Antoine nyuma yo kubona iyi License A yo ku rwego rwo hejuru mu mukino wa Handball muri Afurika, akaba yavuze ko ari ibyishimo bikomeye kuba yabashije kubona iyi License kuko bitari ibintu byoroshye.

    Ati 'Ni amahugurwa asaba gukurikira, asaba kwitanga, asaba ubwenge bwinshi kuko ni amahugurwa uba ubona ko harimo abatoza bo ku rwego rwo hejuru.'

    'Ndashima Imana kuko iyi license yari ikenewe cyane kuko umuntu ayikoresha ahantu hose, icya kabiri iguha ubushobozi bwo kugira icyo utanga mu bumenyi aho ari ho hose ndetse uhereye no mu Rwanda bato, abakuru no mu batoza bakiri ku rwego ruri hasi ukabafasha kuruzamura. Izamfasha gufasha mpereye mu mizi Handball yo mu Rwanda.'

    Yanashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda uburyo ryagiye rimuba hafi umunsi ku munsi na we avuga ko azaba ahari igihe cyose rizamukenera kandi ko azakoresha ubu bumenyi n’ubushobozi yahawe mu guteza imbere Handabll y’u Rwanda.

    Ntiyibagiwe n’ikipe ye ya Police HC yemeye kumufasha ikanamuha uruhushya rwo kujya kwitabira aya mahugurwa ko na we azakora ibishoboka byose akayizamurira urwego.

    Muri rusange aya mahugurwa yitabiriwe n’abatoza 26 barimo abo mu Misiri, muri Ethiopia, Guinea Uganda Gabon n’u Rwanda bose bakaba barabonye izi License, bikaba ari nabwo bwa mbere bibayeho ko abatoza bose bitabiriye batsinda ikizami bakabona iyi License.

    Antoine agera i Kigali ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege i Kanombe

    Umugore we yamwakiranye urugwiro

    Byari ibyishimo bikomeye

    Source : http://isimbi.rw/amarangamutima-y-umutoza-antoine-wa-police-hc-wabonye-license-yo-ku-rwego-rwa-mbere-muri-afurika.html

  • Uko Rema Namakula yateye ‘micro’ uwamukoze ku gitsina ari ku rubyiniro #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi wo muri Uganda, Rema Namakula, yahishuye ko yakorewe ihohoterwa nyuma yo gukorwaho ku gutsina n’umufana mu buryo budakwiye ubwo yari ari ku rubyiniro nyuma akamutera indangururamajwi [mikoro].

    Uyu wakoranye indirimbo 'This is Love’ na The Ben yabitangaje nyuma y’ibiherutse kuba ku muhanzikazi Tracy Melon, wavuye ku rubyiniro igitaraganya mu mpera z’icyumweru gishize mu mujyi wa Mbarara, nyuma y’uko umwe mu bafana amukozeho.

    Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu muhanzikazi agize ihungabana, agahitamo guhagarika igitaramo igitaraganya.

    Avuga kuri iki kibazo, Rema yavuze ko imyitwarire nk’iyo idakwiye na gato, anasaba abafana kubaha abahanzi.

    Yagize ati 'N’ubwo ku rubyiniro dusabana n’abafana tukaganira, ntibivuze ko turi ibikinisho byabo. Ndi umubyeyi, ndi umukobwa w’umuntu, tugomba guhabwa icyubahiro.'

    Rema yanavuze ko na we yigeze guhura n’iki kibazo mu gitaramo yakoreye hanze y’umujyi, aho umufana yamukozeho mu gice cy’ibanga.

    Nubwo icyo gihe bitigeze bijya mu itangazamakuru, yavuze ko byamubabaje cyane, ndetse byamuhatiye kwitabara akava ku rubyiniro gusa akabanza gutera indangururamajwi umufana wari ubikoze.

    Ati 'Nafashe mikoro nyitera uwo muntu, imukubita inyuma ku mutwe. Ibyo bice ni byo byica, byari bikomeye hanyuma mpita ngenda.'

    Uyu muhanzikazi yahise atanga ubutumwa bukomeye asaba abantu bose kubaha imbibi z’abandi, cyane cyane ku bagore. Yashimangiye ko gukoraho umuntu utabimusabye ari ihohoterwa ridakwiye kwihanganirwa.

    Rema Namakula yavuze uko umufana yamukoze ku myanya ye y’ibanga

    Source : http://isimbi.rw/rema-namakula-yateye-mikoro-uwamukoreye-ku-gitsina-ari-ku-rubyiniro.html