Urubanza rwa Bishop Harerimana wa Zeraphat Holy Church rwashyizwe mu muhezo – #rwanda #RwOT

Written by

in

Icyemezo cyashingiye ku busabe bw'umushinjacyaha, wagaragaje ko hashingiwe ku miterere y'urubanza n'ibivugirwamo, byaba byiza urubanza rukomereje mu muhezo.

Yagaragaje kandi ko hari impungenge zo kuba uwahohotewe nubwo yahishwe imyirondoro, ashobora kumenyekana mu gihe cyo gutanga ibimenyetso.

Urukiko rwabajije Bishop Harerimana icyo avuga ku kuba urubanza rwe rwakomereza mu muhezo, yemeza ko nta kibazo.

Ati “Nta kibazo kuba rwakomereza mu muhezo.”

Urukiko rwahise rufata icyemezo ko urubanza rukomereza mu muhezo abari mu cyumba cy'iburanisha batari ababuranyi bategekwa gusohoka.

Urubanza rwari rwitabiriwe n'abantu benshi barimo abo mu Itorero Zeraphat Holy Church ndetse n'abo mu miryango y'abaregwa.

Bishop Harerimana n'umugore we bakekwaho ibyaha bitatu birimo kwihesha ikintu cy'undi hakoreshejwe uburiganya, gukangisha gusebanya no gukwirakwiza amafoto y'imikoreshereze y'ibitsina.

Urubanza rwa Bishop Harerimana n’umugore we rwashyizwe mu muhezo


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urubanza-rwa-bishop-harerimana-wa-zeraphat-holy-church-rwashyizwe-mu-muhezo

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *