Amwe mu mabanga ya Zuckerberg Mark yashyizwe ku karubanda. – YEGOB #rwanda #RwOT

Written by

in

Amwe mu mabanga arimo Nimero za telefone za nyazo nyiri Facebook Zuckerberg Mark akoresha, ni bimwe mu byashyizwe ku karubanda kumbuga zinyuranye za internet biturutse kuburangare bwa Facebook. Uretse numero za telefone kandi harimo andi mabanga ya Zuckerberg arimo: amazina ye nyakuri, ibyangombwa byo gushyingirwa, itariki y'amavuko, ndetse n'ijambo banga hamwe n'izina (password &username) Zuckerberg ubwe akoresha kuri Facebook, nk'uko inkuru ya the sun ibitangaza. Ibi byose bikaba byagiye hanze.

Aya mabanga ya Zuckerberg nubwo yagiye hanze kandi siwe wenyine kuko byasohokanye niby'abandi bantu bakoresha Facebook babarirwa muri miliyoni 500 ku isi. Umugabo usanzwe uzobereye mu bikorwa by'ubujura bwo kuri internet witwa Dave Walker we yavuze ko uretse Mark Zuckerberg, abandi bafatanya kuyobora Facebook nabo ibi byabagezeho. Nibwo bwa mbere aya makuru asohotse arimo n'amabanga y'abakozi ba Facebook bakomeye biganjemo abayobozi bakuru.

Leave your vote

Comments

0 comments

Source : https://yegob.rw/amwe-mu-mabanga-ya-zuckerberg-mark-yashyizwe-ku-karubanda/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *