Uburanga bwa Gentille, umukunzi wa Patient Bizimana bagiye kurushingana nyuma yo kwerekanwa mu rusengero #rwanda #RwOT

Written by

in

Ku munsi w’ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 20 Kamena, umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza Imana, Patient Bizimana yerekanywe mu rusengero na Karamira Uwera Gentille bitegura kurushingana.

Uyu muhango wabereye mu rusengero Patient Bizimana asanzwe asengeramo rwa Evangelical Restoration Church (ERC) Masoro.

Ni umuhango wabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, aho bageze mu mwanya wo kwerekana abazashyingiranwa bakavuga couple imwe imwe bakerekana ifoto yabo, ni bwo buryo Patient Bizimana na Gentille berekanywemo.

Uyu akaba ari umuhango ubanziriza gisezerana imbere y’Imana aho bikorwa mu rwego kugira ngo niba hari abafite impamvu zatuma abo bombi badasezerana bazazitange mbere y’ubukwe.

Ntabwo haramenyekana itariki y’ubukwe bwabo, ariko aba bombi bagiye gusezerana imbere y’Imana nyuma y’imyaka 2 basezeranye imbere y’amategeko kuko muri Kamena 2019 basezeraniye mu Karere ka Rubavu.

Karamira Uwera Gentilleugiye kurushinga na Patient Bizimana

Urukundo rwabo ntirwavuzwe cyane

Ejo hashize berekanywe mu rusengero

Akunze guhora yisekera

Gentille umukobwa wanyuze umutima wa Patient akamuhitamo mu bandi

Imyaka 2 irashize basezeranye imbere y’amategeko

Source : http://isimbi.rw/iyobokamana/article/uburanga-bwa-gentille-umukunzi-wa-patient-bizimana-bagiye-kurushingana-nyuma-yo-kwerekanwa-mu-rusengero

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *