Gatsibo : Uwari SEDO w’Akagali yishwe n’umugore we amukubise umwuko mu mutwe #rwanda #RwOT

Written by

in

Uyu mugore witwa Abayisenga wiyemerera ko yishe umugabo we Kamizikunze Pierre w’imyaka 51, akimara kumwica yahise yijyana kuri Polisi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry, avuga ko uriya muryango wari umaze igihe ubana mu makimbirane.

Dr Murangira yagize ati 'Uyu mugore arabyemera yamaze kumwica ajya kuri Polisi ati 'Nishe umugabo wanjye,' bati 'Umujijije iki ?' Ati 'Mujije amakimbirane.'

Umugabo we ngo yari amaze igihe agiye gushakisha imibereho mu Ntara y’Amajyepfo.

Dr Murangira Thierry avuga ko ubutumwa aha abantu ari uko nta we ukwiye kwica uwo bashakanye bishingiye ku makimbirane y’igihe kirekire.

Ati 'Bakwiye kwifashisha inzego za Leta mu kuyakemura byakwanga bakaza muri RIB, uko kubibika ni byo bivamo kwicana.'

Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Gatsibo-Uwari-SEDO-w-Akagali-yishwe-n-umugore-we-amukubise-umwuko-mu-mutwe

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *