Bigoranye u Bwongereza bwageze ku mukino wa nyuma wa Euro 2020(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Mu mukino wasabye iminota 30 y’inyongera, u Bwongereza bwatsinze Denmark mu mukino wa 1/2 cya Euro 2020 buhita bugera ku mukino wa nyuma aho buzahura n’u Butaliyani.

Mbere y’uko umukino utangira, Kapiteni w’u Bwongereza, Harry Kane, yahaye mugenzi we wa Danemark, Simon Kjaer, umupira wasinyweho n’abakinnyi bose ba Three Lions, wanditseho Eriksen na nimero 10 mu mugongo.

Denmark niyo yinjiye mu mukino mbere ndetse biza no kuyihira ibona igitego ku munota wa 30 gitsinzwe na Mikkel Damsgaard ku mupira w’umuterekano.

U Bwongereza waje kubona igitego cyo kwishyura ku munota wa 39 ubwo myugariro w’u Butaliyani, Simon Kjaer yitsindaga ku mupira wahinduwe na Bukayo Saka mu rubuga rw’amahina ku munota wa 39.

Mu gice cya kabiri, amakipe yombi yabonye uburyo butandukanye burimo ishoti rikomeye ryatewe na Damsgaard, umunyezamu Jordan Pickford ashyira umupira muri koruneri mu gihe Kasper Schmeichel yakuyemo umupira watewe na Harry Maguire n’umutwe n’undi watewe na Harry Kane.

Umukino warangiye ari 1-1 bahita bitabaza iminota 30 y’inyongera, ku munota wa 15 w’inyongera Raheem Sterling yakorewe ikosa mu rubuga rw’amahina batanga penaliti yatewe na Harry Kane ariko umunyezamu ayikuramo ariko n’ubundi ugarukira uyu musore ahita awushyira mu rushundura.

Umukino waje kurangira ari 2-1 maze u Bwongereza buba bugeze ku mukino wa nyuma aho buzahura n’u Butaliyani tariki ya 11 Nyakanga 2021.

Kufura yavuyemo igitego cya Denmark

Mikkel Damsgaard yishimira igitego yatsinze

U Bwongereza bwishimira igitego cya Simon Kjaer yitsinze

Umenyezamu wa Denmark yahuye n’akazi gakomeye

Ikosa ryakorewe Raheem Sterling ryavuyemo penaliti

Harry Kane yahushije oenaliti ariko umupira yahise awusubizamo

Harty Kane yishimira igitego cye

Byari ibyishimo ku bakinnyi b’u Bwongereza

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/bigoranye-u-bwongereza-bwageze-ku-mukino-wa-nyuma-wa-euro-2020-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *