Messi yagiriye ibihe byiza muri Miami n’umuryango we, asinyira abana 'autographs'(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyuma yo kwegukana igikombe cya Copa Amerika, Argentine itsinze Brazil ku mukino wa nyuma, Lionel Messi yagiye mu kiruhuko we n’umuryango we aho bagiriye ibihe byiza muri Miami.

Uyu rutahizamu witezwe kongera amasezerano muri FC Barcelona yo muri Espagne, yari kumwe n’umugore we, Antonela n’abahungu babo batatu, Thiago, Mateo na Ciro.

Ifoto imwe igagaragaza umugore we, Antonela ari kumwe naThiago w’imyaka 8 na Mateo w’imyaka 5.

Indi foto igaragaza Messi ari kumwe na Mateo ndetse na Ciro w’imyaka 3 bari mu mazi.

Muri ibi biruhuko yafashe n’umwanya aganira n’abana bakiri bato bari bari hafi yaho bagiriye ikiruhuko, bari ku kibuga cy’umupira bamwe bambanye jersey ye abandi bambaye imyenda isanzwe anabasinyira 'autographs’ kuri iyo mipira.

Messi n’abahungu be bato

Umugore wa Messi n’abaunu bakuru

Umugore wa Messi

Lionel Messi muri Miami

Umuryango wose

Yabasinyiye ku mipira

Yagize umwanya wo kuganira n’abana bakiri bato

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/messi-yagiriye-ibihe-byiza-muri-miami-n-umuryango-we-asinyira-abana-autographs-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *